Ushinjwa urupfu rwa AIGP Kaweesi yituye hasi ubwo yari mu rukiko kubera inzara

Umwe mu bantu umunani bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa AIGP, Andrew Felix Kaweesi ari we Yusuf Nyanzi yituye hasi ubwo yitabaga urukiko ngo aburane ku kuba yaburana ari hanze. Yusuf  Nyanzi na bagenzi be bamaze imyaka isaga ibiri bafunzwe bakekwaho urupfu rwa Kaweesi. Uyu mugabo yituye hasi ubwo yari mu rukiko akavuga ko byatewe […]

Rwampara: Abana babiri bavukana bapfiriye mu kizenga bogagamo

Ibi Polisi y’u Rwanda ibitangaje nyuma y’aho kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Gashyantare, mu Kagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro abana babiri bavukana bogaga mu kizenga cya Rwampara barohamye bagahita bitaba Imana. Abo bana ni Igihozo Sandrine w’imyaka 12 y’amavuko na Mugisha Fabrice w’imyaka 8 […]

Muhima: Ibyiciro by’ubudehe byagombye guhera mu masibo

Abaturage bagize utugari twose tw’Umurenge wa Muhima bamaze iminsi baraza inkera y’abahizi, aho baganira ku muco no ku bindi bibazo bibugarije. Akagari ka Rugenge niko kaheturiye utundi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Gashyantare 2019, aho ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko hatahiwe imidugudu n’amasibo, ari naho hatangirwa amakuru yose, arimo n’areba ivugururwa ry’ibyiciro by’ubudehe. Rugenge […]

Min. Sezibera avuga ko umubano w’u Rwanda na E.U ukomeje kuba nta makemwa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Sezibera Richard, yatangaje ko umubano w’u Rwanda n’Umuryango w’Ibihugu by’i Burayi (E.U), ukomeje kuba mwiza. Yabitangaje mu biganiro ngarukamwaka bihuza abahagarariye ibihugu bigize E.U, ndetse na Leta y’u Rwanda byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gashyantare 2019, i Kigali. Ashimangira ko uyu muryango ukomeje gufasha u Rwanda […]

Israel: Minisitiri yakatiwe gufungwa imyaka isaga 10 ashinjwa kuba intasi ya Iran

Urukiko  rwo mu Mujyi wa Yerusalemu rwakatiye igihano cyo gufungwa imyaka 11  uwahoze ari Minisitiri muri Israel , Gonen Segev nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo  gutata igihugu cye mu nyungu z’igihugu cya Iran. Minisitiri Segevu yemeye ko yakoze icyaha gikomeye ku bwo gutanga amakuru ku gihugu gifatwa nk’umwanzi wa Israel. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umushinjacyaha Mukuru […]

Kenya: Hafashwe agatsiko k'abiganaga ijwi rya perezida Kenyatta bakariganya abanyemari

Igipolisi cya Kenya cyavumbuye agatsiko k’abagabo barindwi bashinwa kwigana perezida Uhuru Kenyatta bakambura Umunyemari ukomeye muri iki gihugu witwa Naushad Merali akayabo k’amafaranga. Abatawe muri yombi ni; Joseph Waswa, Duncan Muchai, Isaac Wajekeche, William Simiyu, David Luganya, Gilbert Kirunja na Anthony Wafula. Ni agatsiko bivugwa ko gafite abantu bakorana mu biro bitandukanye birimo n’iby’umukuru w’igihugu, […]

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 basaga 60 bari bari mu gihugu cya Uganda burijwe indege basubizwa iwabo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’imyaka isaga itanu bahungiye muri iki gihugu nyuma yo gutsindwa ku rugamba n’ingabo za leta ifatanyije n’umutwe udasanzwe wa Monusco. Biravugwa ko byibuze abahoze ari abarwanyi 57 n’abandi bantu 10 […]

Nyabihu: Urukiko rwakiriye dosiye iregwamo umugore ushinjwa kwangiza imyanya ndangagitsina y'umugabo

Ubushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rwa Mukamira, bwakiriye dosiye iregwamo umugore ukekwaho icyaha cyo kwangiza imyanya ndagagitsina y’umugabo, akoresheje amenyo. Ibyo byabaye tariki ya 11/02/2019, mu gihe cya saa tatu z’ijoro, mu mudugudu wa Kazibake, Akagari ka Rugeshi, Umurenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, ubwo uyu mugore uri mu kigero cy’imyaka 41 y’amavuko, usanzwe afite […]

Ruhango: Abahinzi b’inanasi bahangayikishijwe no kutabona imbuto nziza zo gutera

Bamwe mu bahinzi b’inanasi bo mu murenge wa Kabagari, mu Karere ka Ruhango bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo  cyo  kutabona imbuto nziza zo gutera  z’inanasi kubera uburwayi  bwibasiye iki gihingwa muri aka gace, mu gihe ari igihingwa ubusanzwe cyaheraga cyane. Ndahimana Franà§ois  utuye mu kagari ka Karambi  avuga ko ubusanzwe  bezaga inanasi cyane ariko ubu ngo […]

RDC: Abanyururu basaga 100 batorotse Gereza ya Bandundu

Abanyururu basaga 100 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere batorotse Gereza ya Bandundu iherereye mu Ntara ya Kwilu. Ubutumwa bw’Igipolisi cya Congo, bwanyuijwe kuri twitter buravuga ko abanyururu 105 muri 302 bari bafungiye muri Gereza ya Bandundu batorotse. Ubu butumwa bukomeza buvuga ko abo banyururu batorotse bigizwemo uruhare na bamwe mu […]

Zari yatangiye icyumweru cy’amasengesho no kwiyiriza kubera Diamond

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz, Zari Hassan Tlale yatangiye icyumweru cy’amasengesho no kwiyiriza kugira ngo asabire Diamond Platnum ashinja kuba umubyeyi gito. Mu minsi mike ishize, Zari yagiye aca amarenga ku ngingo yo kuba Diamond Platnumz ntacyo amufasha ku bijyanye no kurera abana babiri babyaranye. Ibi Diamond ntacyo yigeze abivugaho. Abinyijuje ku rukuta rwe […]

U Rwanda rurashaka kuba izingiro ry'ibijyanye n'ubwikorezi bwo mu kirere mu karere

U Rwanda rurashaka kuba izingiro ry’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu ndege mu karere nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye. ” Turareba u Rwanda nk’izingiro ry’akarere, bitari ukwibanda cyane gusa ku rujya n’uruza rw’abagenzi ahubwo n’imizigo. turi gutekereza gushyiraho umujyi w’ikibuga cy’indege uzahuzwa bya hafi n’icyanya cyahariwe […]

Mutarambirwa wahoze muri FDLR avuga ko umubare w’abasigaye muri Congo udakanganye

Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Gusubiza mu Buzima Busanzwe Ingabo Zavuye ku rugerero ndetse no mu mitwe yitwaje intwaro  (RDRC)  itangaza ko imaze gusubiza mu buzima busanzwe abasaga ibihumbi 12 bahoze muri FDLR. Komiseri muri iyi Komisiyo, Mutarambirwa Elie, na we wahoze ari umwe mu barwanyi ba FDLR mbere y’uko ataha mu Rwanda, avuga ko imibare y’abasigaye […]

Rusizi: Abahinzi b’icyayi barasabwa kongera umusaruro

Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Shagasha mu karere ka Rusizi n’ubw’ihuriro ry’amakoperative y’abahinzi b’icyayi mu Rwanda( FERWACOTHE)  buvuga ko nyuma yo kongerera ubumenyi abahinzi b’icyayi n’abasoromyi bacyo bagera ku 1581 bubatezeho kongera umusaruro w’icyayi mu buryo bwifuzwa. Nyuma y’umwaka abahinzi b’icyayi n’abasoromyi bacyo bagera ku 1581 bahabwa amasomo ajyanye n’amashuri y’abahinzi b’icyayi mu mirima,bavuga ko hari […]

Kirundo: Ubuyobozi bwemeza ko imirambo icyenda yabonetse muri Rweru yavuye mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo mu gihugu cy’uBurundi butangaza ko imirambo icyenda yagaragaye mu kiyaga kiri hagati y’u Rwanda n’iki gihugu yavuye mu Rwanda. Mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi muri Komini Busoni, mu majyaruguru y’iki gihugu, kuri uyu wa Gatanu ushize hongeye kugaragara imirambo icyenda y’abantu ireremba hejuru y’amazi. Inkuru bifitanye isano: https://bwiza.com/2019/02/25/mu-kiyaga-cya-rweru-hongeye-kugaragara-imirambo-irimo-iyafatanyishijwe-igiti/ Babinyujije […]

Gasabo : Umumotari yafashwe agerageza guha ruswa umupolisi

Nyuma yaho mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoje mu karere ka Burera mu murenge wa Gahunga ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda rihafatiye umumotari wagerageje guha umupolisi ruswa yi 5,000frw; na none mu mpera za cyo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Remera hongeye gufatirwa undi mumotari wagerageje guha umupolisi ruswa yi 7000frw. […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi zijujutiye isoko zahahiragamo Leta yafunze

Leta ya Tanzania yatanze itegeko ryo gufunga isoko rya Mungano impunzi z’Abarundi zibarizwa mu nkambi ya Nduta zahahiragamo .Iki cyemezo zikaba zitacyakiriye neza ngo kuko ryari rizifatiye runini. Ni isoko bahuriragamo n’abandi baturage batuye hafi y’iyi nkambi yazo, ribarizwa mu bilometero 10 uvuye ku nkambi ya Nduta muri Tanzania, ryafunzwe ku itegeko ryatanzwe na Minisitiri […]

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ibyobo byacukuwe mu nsi y’inzu batuyemo

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kamamana, Akagari ka Mamfu, Umurenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko batewe impungenge n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwasize inzu zabo zinegetse, aho hari ibyobo bica mu nsi yazo ku buryo batekereza ko isaha n’isaha zishobora kuriduka bakahatakariza ubuzima. Ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorerwa mu mpinga y’agasozi […]

U Rwanda ni agati gasharira udapfa kurya gusa-Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ari agati gasharira ubwo yakomozaga ku bibazo byagiye bigaragara mu Ntara y’Amajyepfo, ahanini ngo bijyanye n’abaturanyi b’u Rwanda. Ni mu kiganiro umukuru w’igihugu yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amjayepfo, umuhuro wabo ukaba wabereye mu Karere ka Huye kuri uyu wa Mbere Tariki ya 25 Gashyantare 2019. Umukuru […]

Perezida  Museveni yatowe nk’umwe mu baperezida beza ku isi

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yashyizwe ku mwanya wa 12 mu baperezida bo ku  Isi bazamuye ubukungu bw’ibihugu bayoboye. Uru ni urutonde rwashyizwe ahagaragara na Kaminuza ya New York ndetse na Banki y’Isi. Raporo yashyizwe hanze muri Gicurasi 2018 igaragaza ko Perezida Museveni ari umwe mu bakuru b’ibihugu bazamuye ubukungu bwa Uganda ku buryo […]

Green Party yiteguye kubahiriza 100% itegeko rishya rigenga amashyaka

Itegeko rigenga amashyaka n’imitwe ya Politiki mu Rwanda ryo mu mwaka wa 2013 ryavuguruwe mu mwaka wa 2018, ryongerera amashyaka ububasha bumwe na bumwe, ariko ziyaka n’ubundi bubasha bunyuranye. Mu mahugurwa y’umunsi umwe Ishyaka Riharanmira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryahaye abanyamakuryango bayo bagiz eKomite Nyobozi na Komite yaguye, basobanuriwe byimbitse iby’iri tegeko, […]

RDC: Kimwe mu bigo bivurirwamo Ebola birakekwa ko cyatwitswe

Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko kuri kimwe mu bigo bivurirwamo Ebola mu burasirazuba bw’iki gihugu hafashwe n’inkongi y’umuriro bikekwa ko wakongejwe nkana. Biravugwa ko hari abantu bateye bitwaje imihoro babonwe ku cyumweru nijoro aha hitwa Katwa, mbere yuko iyo nkongi yaduka. Abantu bane barwaye Ebola bahungishijwe. Nta batangajwe ko bazize […]

Bangladesh: Yarashwe mu gihe yashakaga gushimuta indege irimo abantu 156

Ubwo indege yavaga mu gihugu cya Bangladesh, umugenzi yashatse gushimuta abantu 156 barimo ariko inzego z’umutekano zimugwa gitumo, ziramurasa. CNN iratangaza ko ubwo iyi ndege yerekezaga i Dubai ivuye Dhaka muri Bangladesh, uyu mugenzi yafashe imbunda yo mu bwoko bwa pisitoli(Pistol) ayitunga bamwe mu bakozi bo mu ndege. Yategetse umutwazi ko kugusha indege ku kibuga […]

Tour du Rwanda: Umunya-à‰rythrĂ©e, Merhawi Kudus niwe wegukanye agace ka kabiri

Umunya-à‰rythrĂ©e, Merhawi Kudus ni we wegukanye agace ka kabiri (Kigali-Huye) k’irushanwa ry’amagare ririmo kubere mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2019. Abakinnyi bitabiriye iri rushanwa bahagurutse mu Mujyi wa Kigali saa Yine z’igitondo (10:00) cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Gashyantare 2019, berekeza i Huye aho basoreje aka gace. Ni urugendo rw’ibilometero 120.5. […]

Mani Martin yahembwe nk’umuhanzi Nyafurika uberewe kurenza abandi bose

Amakuru dukesha urubuga Twitter rwa Minisiteri y’Umuco na Siporo mu Rwanda aragaragaza ko Umuhanzi w’Umunyarwanda Mani Martin wagiye mu Iserukiramuco Nyafurika ry’Umuco n’imbyino FESPACO riri kubera muri Burukina FASO, yatangiye kwegukana ibihembo. Igihembo cyahawe MANI Martin ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gashyantare 2019 ni icyo kuba ari we wari urimbye kandi aberewe kurenza […]

RHA yashyize ku mugaragaro umubare w’inyubako leta itunze

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (Rwanda Housing Authority) kinashinzwe gucunga inyubako za leta, cyashyize ahagaragara umubare w’inyubako zanditse kuri leta nyuma y’inkuru y’ikinyamakuru The Chronicles yavugaga ko nta hantu wabona umubare w’inyubako leta itunze. Inkuru y’ikinyamakuru The Chronicles yari ifite umutwe ugira uti: “ As Gov’t Seek to End Rent Dependence, There are No Records […]

Rusizi: Ubuyobozi bwa TTC-Mururu bukemanga ubumenyi bw’abanyeshuri bwohererezwa

Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya TTC- Mururu giherereye mu karere ka Rusizi, butangaza ko bwohererezwa abanyeshuri barangije ikiciro rusange busanga baba badafite amanota ahagije. Umuyobozi w’iki kigo, FrĂšre Mfurayase Jean  avuga ko n’ubwo abenshi batabyitaho bitewe n’uko baba bavuga ngo nta mwana w’umuswa ubaho ariko iki ari ikibazo gikomeye cyane ku ireme ry’uburezi. Avuga ko bimaze […]

Uwahoze ari umugore wa Katawuti aricuza

Uwahoze ari umugore w’Umukinnyi w’Amavubi, Ndikumana  Katawuti ari we Irene Uwoya uzwi nka Oprah atangaza ko yicuza kuba yarashakanye  n’umuhanzi Dogo Janja. Uyu mugore atangaza ko yashakanye na Dogo Janja ariko ko umutima we utamukundaga. Ni ubukwe bwatunguranye ariko nanone urugo rw’aba bombi ntirwarambye kuko rutamaze umwaka umwe. Mu kiganiro n’ikinyamakuru Risasi Jumamosi cyo muri […]

Mu kiyaga cya Rweru hongeye kugaragara imirambo irimo iyafatanyishijwe igiti

Mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi muri Komini Busoni, mu majyaruguru y’iki gihugu, kuri uyu wa Gatanu ushize hongeye kugaragara imirambo itanu y’abantu ireremba hejuru y’amazi, ariko iziritse mu buryo budasanzwe, aho abaturage bo muri iyi komini bavuga ko imirambo imwe yari ifatanyishije igiti cyacishijwe mu mirambo kigatunguka ku rundi ruhande. Ni imirambo […]

Naryamanye n'Umunyesipanye ampaye biswi- Bad Black

Umugore ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ukomoka mu gihugu cya Uganda Shanita Namuyimba uzwi nka Bad Black yatangaje ko yigeze kuryamana n’umunyesipanye amuhaye ikiguzi cya Biscuits(Biswi). Abinyujije kurukuta rwe rwa instagram Bad Black yahishuye uko yigeze kuryamana n’umugabo ukomoka mu gihugu cy’Ubutaliyani amuhaye biscuits, uyu mugore udatinya gushyira hanze amabanga ye yo mu gitanda yanatangaje ko […]

UPDF ntacyo izakora kuri Gen Kyaligonza wagaragaye ahohotera umupolisikazi

Igisirikare cya Uganda (UPDF) gitangaza ko ntacyo cyiteguye gukora ku byakozwe na Rtd Maj. Gen Matayo  Kyaligonza  wagaragaye ashaka gukubita umupolisikazi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Esther Namaganda ahitwa Seeta mu Karere ka Mukono. Ubwumvikane buke bwatangiye ubwo uwo mupolisikazi yahagarikaga imodoka yari itwaye Kyaligonza ayishinja kwica amategeko y’umuhanda. Iyi ngo yaregwaga  gukata iri […]

Harmonize yasohoreye rimwe indirimbo 4 ziganjemo ibyamamare byo muri Nigeria

Icyamamare mu muziki muri Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize yasohoye uruhurirane rw’indirimbo (EP) 4 afatanyije na Diamond Platinumz, Yemi Aladi, Mr Eazi, Burna Boy bo muri Nigeria. Uretse indirimbo imwe yakoze wenyine yitwa “Niteke”, izindi zose yazifatanyije na bagenzi be. “Kainama” yayikoranye na Diamond Platinumz ndetse na Burna Boy. “Show me What You […]

Nyagatare: Hafatiwe amabaro asaga 10 y’imyenda yinjiye mu gihugu mu buryo bwa magendu

Kuri uyu wa 23 Gashyantare,Polisi  mu karere ka Nyagatare yafashe imodoka yo mubwoko bwa Toyota Landcruiser RAA778H ipakiye amabaro 11 y’imyenda ya caguwa y’injiye mu gihugu mu buryo bwa magendu. Iyi modoka yavaga mu Karere ka Nyagatare yerekeza mu mujyi wa Kigali yafatiwe mu murenge wa Rwimiyaga akagari ka Gacundezi itwawe na Mugarura Jean Pierre. […]

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Minisitiri Ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko umunyapolitiki Antoine Gizenga yapfuye. Min. Mende yemeje aya makuru y’urupfu rw’uyu munyapolitiki, yihanganisha abo mu muryango we yakomokagamo ndetse n’amatsinda atandukanye y’abo bagiye bakorana mu kazi gatandukanye. Yagize ati “Ni inkuru twakiranye akababaro kenshi, twihanganishije umuryango we akomokamo ndetse n’umuryango we […]

Gatsibo: Abatwika amatafari bangiza ibidukikije kubera ubushobozi buke

Abanyamuryango ba Koperative ‘Dutere Imbere Babumbyi’ ibarizwa mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko bashatse kwiteza imbere binyuze mu kubumba amatafari ariko bakaba bakomwa mu nkokora n’ubushobozi buke butabemerera kubahiriza gahunda yo kubungabunga ibidukikije. Ibi bikorwa babikorera mu gishanga kiri mu mudugudu wa Bushobora, Akagari ka Akagarama I. Bavuga ko abenshi muri […]

Perezida Kagame arasura Nyamagabe imaze igihe ivugwamo ibibazo byinshi

Akarere ka Nyamagabe ni akarere kavuzwemo ibibazo byinshi birimwo gira inka zariwe n’abatazigenewe, kurya amabati, ruswa n’ibyabagizi ba nabi bateye bagatwika imodoka . Amakuru aturuka mu Karere ka Nyamagabe aremeza ko hari imyiteguro yo kwakira Umukuru w’igihugu Paul Kagame ‘ushobora’ kuzabasura kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Gashyantare 2019. Umuseke wavuganye n’umuyobozi w’Akarere ka […]

Akarengane ku kiremwamuntu, imitavu, inzuki, ninde uzishyura inyemezabwishyu zibyo yacucuye?

Ariko noneho dore ko nigenje, ibi byo n ibiki? ko ntize amategeko sinige iby’imibarire y’abantu, sinige iby’ubukungu, sinige ibya filizofiya, ibi byo bije bite? Wagira ngo nigize umucamanza wazakiza uru rubanza rukomeye! Ariko kuko nigeze kuba umumotsi n’ubunararibonye nibitseho bintera kubura ibaba buri gihe rikangurukana, ryo kagira inka, maze ngashishimura iby’ubwenge nkageeeeeenda n’iyo kure kugira […]

Umutaliyani ukinana na Areruya Joseph yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2019

Ku nshuro ya mbere Tour du Rwanda ivuye ku rwego rwa 2.2 ikajya 2.1 ari na bwo ibaye, agace ka mbere katangiriye mu mugi wa Kigali kerekeza Rwamagana kagaruka i Kigali, ku ntera y’ibirometero 111.8, gatwawe n’Umutaliyani, Fedelli Alessandro. Igikundi cyari kirimo Umunyarwanda, Mugisha Moise ni cyo cyari imbere binjira mu mugi wa Kigali, baturutse […]

Gicumbi: Umuganga wasambanyije umugore arimo kumubyaza yakatiwe gufungwa imyaka 10

Ubushinjacyaha bwatsinze urubanza bwaregagamo umuganga witwa Mutabaruka Jean Bosco utuye mu Karere ka Gicumbi , Umurenge wa Rubaya ,Akagari ka Muguramo , ku cyaha cyo gusambanya Umugore arimo kumubyaza . Urukiko rwasanze Mutabaruka  ahamwa  n’icyaha ahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka icumi n’ ihazabu ya Miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda (1.000.000Frw). Mu iburana rye, Mutabaruka yaburanye ahakana icyaha […]

Rwanda: Ubusambanyi buvugwa kuri ba Musenyeri, Padiri, Pasitoro, Sheikh, Manseri, mu murimo w' Imana, birashoboka?

Kuri iki cyumweru umwana w’umutambyi ariko udakomoka mu muryango w’Abalewi bo muri bibliya dore ko ariwo wavagamo abatambyi gusa, niyemeje kubura ibaba ryanjye nzanywe no gukoma rutenderi muri kiliziya yanjye, itorero ryanjye, umusigiti wanjye n’ahandi hose nkorera Imana uko yampamagaye kose nkibaza niba bisoboka ko ubusambanyi buvugwa kubakorera Imana niba byaba bishoboka? nkanibaza kandi niba […]

U Burundi ngo bushobora kuvana ingabo zabwo zose muri Somalia

Nyuma y’aho Afurika Yunze Ubumwe ifatiye icyemezo cyo gucyura ingabo z’u Burundi 1000 mu zari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Somalia guhera kuri uyu wa kane ushize, na n’ubu impaka zirakomeje kuri iki cyemezo ku buryo u Burundi bunavuga ko bushobora gukura n’izindi ngabo zabwo zari zisigaye muri Somalia zigera ku 5400. U Burundi […]

Rwamagana: Abaturage bijeje abadepite guhindura imyumvire

Abaturage  batuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana bavuga ko bishimiye impinduka mu mikorere y’inteko ishingamategeko, banishimira ko abadepite bahisemo kubegera bakaganira ku bibazo bibabangamiye mu ntego biyemeje hagamijwe imibereho myiza n’iterambere ry’umuturage . Mu  Murenge wa Kigabiro abadepite bari mu Karere ka Rwamagana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri bafatanyije n’abaturage gukora umuganda rusange  bakora isuku hafi y’ikibuga […]

Koreya ya Ruguru: Kim Jong Un yagiye guhura na Trump agendeye muri gali ya moshi

Ejo, tariki ya 23 Gashyantare, Umukuru w’Igihugu cya Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yagiye guhurira na Donald Trump muri Vietnam agendeye muri gali ya moshi. Ni ibiganiro bizaba ku wa gatatu no ku wa kane tariki ya 27-28 Gashyantare 2019. Uru rugendo biteganwa ko rutwara iminsi irenze ibiri kugira ngo Kim agere mu murwa […]

Venezuela: Igisirikare cyakumiriye imfashanyo zivuye hanze

Igisirikare cyo muri Venezuela kuri uyu wa Gatandatu cyateye ibyuka biryana mu maso mu baturage bari ku kiraro gihuza icyo gihugu na Columbia. Abo baturage bageragezaga gukura bariyeri kuri icyo kiraro kugirango imfashanyo n’ubutabazi zishobore kwinjira muri Venezuela. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Venezuela baravuga ko biyemeje kwinjiza ku ngufu imfashanyo ivuye muri Columbia bakoresheje amamodoka […]

Rwamagana: Ibura ry’amazi ryatumye ijerekani y’amazi igura amafaranaga 300

Abaturage batuye mu karere ka Rwamagana mu mirenge ya Kigabiro na Muhazi bavuga ko bahangayikishijwe no kubura amazi byazamuye ibiciro by’amazi kugera naho ijerekani igura amafaranga 300 . Abatuye mu murenge wa Kigabiro bafite amazi mu rugo bavuga ko kuyagira mu rugo ntacyo bibamariye kuko kugirango bayabone bibasaba kuyagura amafaranga 300. Ndashimiye Jean Claude avuga […]

AMAFOTO: Mike Karangwa yambikanye impeta n’umukunzi we

Mike Karangwa wakoze mu itangazamakuru ryo mu Rwanda cyane mu myidagaduro, yasezeranye imbere y’Imana na Isimbi ‘Mimi’ Roselyne kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Gashyantare 2019. Umuhango wo gusezerana imbere y’Imana wa Mike Karangwa n’umukunzi we wabereye muri muri Eglise Vivante ku Kimihurura, ibirori byo kwakira no kwishimana n’inshuti n’abavandimwe bibera muri Camp Kigali. […]

Nyamasheke: Ruharambuga: Barishimira aho SACCO yabo igeze yiyubaka nyuma y’ibihe

Abanyamuryango ba Terimbere Ruharambuga SACCO ikorera mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bishimiye aho iki kigo cy’imari cyabo kigeze cyongera kwiyubaka nyuma y’ibihe bibi byagishegeshe biri mo inyerezwa ry’amafaranga yabo agera kuri 50.000.000 z’amanyarwanda ryakozwe na bamwe mu bari abayobozi bayo muri 2014 na 2015 n’izindi ngorane yagiye ica mo. Ni […]

Ubuhinde: Inzoga y’inkorano imaze guhitana abasaga 99

Abakozi bo mu cyayi mu Buhinde basaga 99 bamaze guhitanwa n’inzoga irimo uburozi, abandi 100 bari mu bitaro. Ibi byabereye mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’iki gihugu kuva ku wa 22 Gashyantare. Uko iminsi yagiye ihita, ni ko umubare w’ababayinyoyeho bapfa biyongera. Ku wa Kane ushize ni bwo humvikanye ko umuntu wa mbere yapfuye. Aya makuru yaturutse […]

U Burusiya bwatoye itegeko ribuza abasirikare gukoresha Smart Phones

Mu gihe n’ubusanzwe bamwe mu basirikare b’u Burusiya batari bemerewe gukoresha telephone zigezweho igihe bari ku kazi, bitewe n’aho bakorera hakenewe kurindirwa ibanga ry’akazi ku buryo buhanitse, ubu noneho ingingo ibabuza gukoresha Smart phones igiye kugirwa itegeko ku basirikare bose b’u Burusiya hatitawe ku bwoko bw’akazi buri umwe yaba akora gatandukanye n’ak’undi. Ku mpamvu zo […]

Amerika yafatiye ibihano abayobozi bakuru batanu muri RDC

Uyu wa 22 Gashyantare, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano abayobozi batanu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, birimo no guhagarikirwa viza. Aba bayobozi biganjemo abagize Komisiyo Y’igihugu y’amatora, CENI ni: Corneille Nanga, umuyobozi mukuru wa CENI, Marcellin Mukolo Basengezi, umujyanama wa Nanga, Norbert Basengezi Katintima wungirije Nanga. Abandi ni Aubin Minaku Ndjalandjoko […]

Hari abadepite badakozwa ukwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Abadepite batandatu banenze icyemezo cya Komite Nkuru y’Ishyaka (CEC) riri ku butegetsi muri Uganda, NRM cyo kwemeza ko Perezida  Yoweri Kaguta Museveni ari we uzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2021. Aba badepite barimo  Theodore Ssekikubo (Lwemiyaga), Monica Amoding, John Baptist Nambeshye, Sam Lyomoki,  Gaffa Mbwatekamwa na Patrick Nsamba. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa 21 […]

Uganda: Umunyarwanda yamaze amezi abiri apfutse amaso, aziritswe n'amapingu ku maguru n’amaboko

Umugabo w’Umunyarwanda, DamascĂšne Muhawenimana utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke,  avuga ko yamaze amezi abiri apfutse amaso,afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko. Uyu mugabo wari wagiye muri Uganda agiye gushaka murumuna we yemeje ko ibi yabikorerwaga n’inzego z’Iperereza rya Gisirikare muri  Uganda (CMI). Muhawenimana yatangarije ibinyamakuru byo mu Rwanda ko inzego z’Ubutasi […]

Abarundi ntibishimiye igitekerezo cya Jules Ulimwengu kuri Kagere Meddie

Umusatirizi mu ikipe y’igihugu y’Uburundi (Intambamurugamba) na Rayon Sports, Jules Ulimwengu ntiyishimiwe n’abarundi. Ni nyuma yo kuvuga ko iyi kipe y’iwabo iramutse ifite rutahizamu nka Kagere Meddie w’Umunyarwanda byafasha iyi kipe cyane. Kuwa kane, tariki ya 20 Gashyantare nib wo Jules Ulimwengu yabwiye Igihe ko Uburundi bukeneye umusatirizi nka Kagere Meddie muri iki gihe. “Nkunda […]

R Kelly yishyiriye polisi nyuma y’ibirego 10 bimushinja gufata ku ngufu abana

Icyamamare mu muziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Robert Kelly uzwi nka R Kelly, yishyiriye polisi yo mu mugi wa Chicago. Ni nyuma y’ibirego bishya 10 bimushinja ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye abana b’abakobwa kuva mu 1998. Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 22 Gashyantare ni bwo yishyikirije polisi, ako kanya imuta muri […]

 Abavuga rikijyana  b’ubwami bwa Ankole bariye karungu

Abavuga rikijyana bo mu bwami bwa Ankole muri Uganda barakajwe cyane n’igongwa ry’imodoka y’umwamikazi wabo, Denise Tusiime Kwezi yari itwawe n’umugabo  bitazwi umubano afitanye n’uyu mwamikazi wigeze gushinjwa kuba umusambanyi n’ubwo we yagiye abihakana. Imodoka y’umwamikazi Kwezi, kuri ubu udafite umugabo, yakoze impanuka ubwo yari itwawe n’umusore bivugwa ko ari umunyamategeko ukiri muto uba  i […]

Maitre Ntaganda ntiyemeranya na Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri P5

Nyuma y’igihe gito hasohotse raporo y’impuguke z’umuryango w’abibumbye zagaragaje ko hari umutwe wa Politiki unitwaje intwaro ushamikiye ku mashyaka atanu yibumbiye mu cyiswe P5 uteganya guhungabanya umutekano w’u Rwanda,. Maitre Ntaganda Bernard yavuze ko iby’iyo raporo amagambo yaharirwa Nankan a. Ni mu kiganiro Maitre Ntaganda yagiranye na Radio Ijwi rya Amerika kuri uyu wa 22 […]