Chelsea yahanwe kutagura umukinnyi kugeza mu 2020

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryahannye Chelsea kutazagura abakinnyi mu masoko abiri y’igura ry’abakinnyi ari imbere. Uyu mwanzuro ryawufashe nyuma y’aho bigaragariye ko iyi kipe yo mu Bwongereza yaguze abakinnyi bakiri bato. Kugeza mu mpera za Mutarama 2020, iyi kipe izaba yemerewe kugurisha abakinnyi ariko yo itemerewe kugira abo igura. Icyakoze, iyi kipe yahawe […]

Nashakaga kumva uko igitsina cye kimeze- uwakundanaga na Blac Chyna

Umuraperi Soulja Boy wari umaze iminsi akundana n’umunyamideri Blac Chyna avuga ko mu by’ukuri atakundaga uyu mugore ko ahubwo yari agamije kumva uko imiterere y’igitsina cye imeze. Ibi uyu muraperi yabitangaje abinyujije ku rukutarwe rwa twitter nyuma yo gutandukana na Blac Chyna ariko kugeza ubu bikaba byarahise bisibwa nk’uko TMZ ibitangaza. Yagize ati “  Nashakaga […]

Perezida w’u Burusiya yavuze igihe azarasira muri Amerika

Amerika n’u Burusiya ni ibihugu bibiri by’ibihangage ku Isi bihora bicunganwa ijisho ku rindi kugira ngo kimwe kidaca ikindi mu rihumye kikagihungabanyiriza umutekano, bityo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, akaba avuga ko azarasa Amerika mu gihe cyose yazaba yashyize ibisasu byayo bya misile i Burayi. Perezida Putin yabitangaje mu ijambo yagejeje ku baturage imbere y’inteko […]

Uganda: Ingona yari imaze kwica inka zirenga 10 yafashwe

Ikigo k’igihugu gishinzwe ubuzima bw’inyamaswa zo mu ishyamba muri Uganda, Uganda Wildlife Authority (UWA) cyatangaje ko ingona yari imaze kwica inka zisaga 10 yafashwe kuri uyu wa kane, tariki ya 21 Gashyantare. Iyi ngona yafashwe n’itsinda rizobereye mu byo guhangana n’ibibazo by’inyamaswa zo mu ishyamba mu gace ka Tonya-Buseruka, hafi y’ikiyaga cya Albert. Ubuyobozi bw’iki […]

Ibintu by’ingenzi wakora kuri murandasi (Internet) bikakugirira umumaro mu buzima

Nyuma y’aho murandasi (internet) itangiriye gukoreshwa, ubu ifite ubushobozi bubiri ari bwo “gutuma umuntu atakaza umwanya” no “gutuma umuntu abyaza umusaruro igihe abonye” bitewe n’ibyo aba ahakorera. Hari abakoresha imbuga mu buryo bw’ibiganiro gusa, abandi bakazikoresha bashaka kunguka ubumenyi mu ngeri zitandukanye. Muri izi mbuga zo kuganiriraho, twavuga cyane “imbuga nkoranyambaga” nka Facebook, Whatsapp, Twitter, […]

Kihebe wakoranaga n’inyeshyamba z’i Burundi yishyikirije ingabo za Leta ya Congo

Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyatangaje ko ku wa 21 Gashyantare 2019, umuyobozi w’inyeshyamba za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Kihebe, uzwi ku izina rya Kihebe Ngabunga yashyize intwaro hasi kikaba kimufite. Izi nyeshyamba za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Kihebe zirwanira mu gace ka Mulenge, mu misozi ya Ruzizi, Teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Ubuvanganzo bwa Bamporiki na Mc Philos bimwe mu byaryoheje ubukwe bwa Mike Karangwa- AMAFOTO

Mike Karangwa wamamaye mu itangazamakuru no mu kanama nkempurampaka k’irushanwa rya Miss Rwanda, yasabye anakwa umukunzi we Isimbi Roselyne ’Mimi’; uyu akaba umwana wa Dr BIHIRA Canisius. Ibi birori byayobowe na Mc Philos wagaragaje ubuhanga bukomeye mu kuyobora imisango y’ubukwe ndetse Hon. BAMPORIKI Edouard yongera kugaragaza ko ari umutoza w’intore. Mike Karangwa n’umukunzi we Isimbi […]

Meddy yagize icyo abaza abakobwa n’abahungu  bo muri Uganda

Umuhanzi  Meddy yabajije abasore n’inkumi bo muri Uganda ku byo bavugwaho byo kutababarira igihe babajwe n’abo bakundana. Ibi bikomoka  ku mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zirimo Watsupp aho umusore umwe w’uruhu rwera ababaza umukunzi we w’umukobwa. Uyu ashaka kumukubita ariko nyuma akamureka. Ku rundi ruhande, undi mukobwa bivuga ko ari Umunyayuganda we ntababarira umusore ahubwo […]

Wema Sepetu yazanye urujijo mu rubanza rwe

Icyamare muri sinema mu gihugu cya Tanzania, Wema Sepetu yabashije kwikura imbere y’umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Kisutu, Maira Kasonde nyuma yo gutera utwatsi ibyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga. Mbere yo gusomerwa, ibinyamakuru byo muri Tanzania byari byatangaje ko isomwa ryo kuwa 18 Gashyantare 2019 rishobora gusiga Wema Sepetu ahamwe n’iki cyaha. Wema […]

Iby’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ntibyahingukijwe mu biganiro byahuje Min. Sezibera na Amb.Wonheka

Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Oliver Wonheka na Minsitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera ariko ntibaganiriye ku mubano w’ibihugu byombi wazambye kuva mu Kwakira 2017. Muri iyi nama y’isaha n’igice hagati y’aba bombi kuri uyu wa 21 Gashyantare 2019 nk’uko The EastAfrican ibitangaza, haganiriwe  ku zindi ngingo zo kunoza umubano. Amb. Wonheka yatangarije […]

U Burundi burashinja u Rwanda kwirukanisha ingabo zabwo muri Somalia

Igihugu y’u Burundi ntikishimiye gahunda yo kuvana abasirikare bayo mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, bukaba bunashinja u Rwanda kuba inyuma y’ubugambanyi butuma ingabo zabwo zisabirwa kugabanywa muri ubwo butumwa. Minisitiri w’Ingabo w’u Burundi Emmanuel Ntahomvukiye uvuga aya magambo, ntasobanura uburyo u Rwanda rubifitemo uruhare. Arongera kandi agahinja Maj Petero Buyoya wahoze ari Perezida w’u Burundi […]

RDC: Abantu 18 baburiye ubuzima mu mpanuka y’imodoka

I mpanuka yabaye ku wa Gatatu tariki ya 20 Gashyantare 2019, yatwaye ubuzima bw’abantu 18, ahitwa Kabwe, mu Ntara ya Lualaba, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.12 barakomereka, umunani muri bo bari barembye cyane bajyanwa kwitabwaho n’abaganga mu bitaro by’i Kolwezi. Umuyobozi w’Umuryango ACAT  (Action des chrĂ©tiens pour l’abolition de la torture) i Tenke, M. […]

Rusizi: Abakobwa babyariye iwabo bagaragaje uruhuri rw'ibibazo bahura nabyo

Abakobwa 22 babyariye iwabo barimo n’abacikirije amashuri bamaze kubyara, bo mu mirenge ya Kamembe,Gihundwe na Mururu mu karere ka Rusizi, barashimira itorero ry’abangilikani Diyoseze ya Cyangugu rimaze umwaka wose ribigisha umwuga wo kudoda imyenda,bakarisaba ko nyuma yo kurangiza aya masomo no kuyahererwa impamyabushobozi bahabwa n’uburyo bwo gukora bakiteza imbere bakanarera neza abo babyaye, bahabwa ibikoresho […]

Abiyitirira Nyampinga w’u Rwanda 2019 bikomwe

Abategura Miss Rwanda bikomye abantu batandukanye bagiye bafungura inkuta kuri twitter mu izina ry’uwatowe muri uyu mwaka wa 2016, Nimwiza Meghan. Bimaze kugaragara ko hari inkuta nyinshi zifungurwa mu mazina y’abantu bazwi cyane mu Rwanda by’umwihariko abo mu myidagaduro. Nyuma bigaragara ko amazina aba yakoreshejwe aba atari ayabo. NK’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa […]

Burundi: Hafashwe umurozi umaze kuroga abasaga ijana -Amafoto

Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2019, mu gihugu cy’ u Burundi habyutse umukwabu wo guhiga abarozi nyuma yaho hagaragriye umurozi umaze kuroga abasaga 100, Iki gikorwa cyakozwe n’inzego z’umutekano zifashishije intwaro, cyabereye mu gace ka Mugala. Ibi bibaye nyuma y’aho umuturage afashwe, akiyemerera ko amaze kuroga abaturage basaga 100. Inzego z’umutekano zafashe umwanzuro wo guhiga […]

Isoko mpuzamipaka rya cyanika riratangira gukora mu kwezi kwa Werurwe

Iri soko rigezweho ryubatse mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera ku mupaka w’u Rwanda n’Igihugu cya Uganda, aho imirimo yo kuryubaka imaze hafi umwaka irangiye. Abatuye muri ako gace bakaba bategererezanye amatsiko umunsi rizafunguriraho imiryango bagatangira kurikoreramo no kurihahiramo, kuko ngo bizeye ko rizabaruhura ingendo bajyaga bakora bagiye gushakira ibicuruzwa n’ibiribwa mu Gihugu […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Harmonize n’ubuyobozi bwa Wasafi burimo Diamond Platnumz

Haravugwa umwuka utari mwiza hagati y’umuhanzi Harmonize n’Umuyobozi w’Inzu Itunganya Umuziki ya Wasafi (WCB), Diamond Platnumz ku  ngingo yo gushyira hanze umuzingo w’indirimbo (EP). Aya makuru ahera ku kuba  Harmonize yari yatangarije abakunzi be ko azashyira hanze EP (ni umubare w’indirimbo runaka ushyirwa hanze, aha bitandukanye na alubumu) ye hanze kuwa 18 Ukuboza 2019 ariko […]

Abahungu beretse igihandure abakobwa mu bizamini bisoza ayisumbuye

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yashyize hanze amanota y’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye. Bigaragara ko abahungu batsinze ku kigero cya cyo hejuru ya 93.3 % mu gihe abakobwa batsinze ku cya 84.0 %. Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugene Mutimura mu muhango wo gutangaza aya manota kuri uyu wa 21 Gashyantare 2019, yagaragaje n’ubwo abahungu batsinze cyane ari bo bari bake […]

Burundi: Urukiko rwumvise bane bahoze muri Ex-Fab bashinjwa uruhare mu rupfu rwa Ndadaye

Mu gihe mu Burundi hakomeje gushakishwa ukuri ku iyicwa rya Merchior Ndadaye, perezida wa mbere watowe mu nzira ya demokarasi mu 1993 akicwa atamaze igihe ku butegetsi, Urukiko rw’Ikirenga rwa Gitega rwumvise abahoze mu gisirikare cy’u Burundi bane barimo batatu bafite ipeti rya colonel n’uwari ufite ipeti rya general major. Abo ni ba Colonels Laurent […]

Dushaka sosiyete sivili idatekereza bimwe na Leta- Depite  Habineza

Umudepite akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (Green Party), Frank Habineza  avuga ko Sosiyete Sivile Nyarwanda yigize umuvugizi wa Leta bityo ko isubiramo ibyo iba yavuze aho kuvugira abaturage. Mu kiganiro na Bwiza.com, uyu mudepite yatangaje ko Sosiyete  Sivile Nyarwanda buri gihe isubiramo ibyo Leta yavuze kandi ubusanzwe yakabaye ivugira abaturage, ingingo avuga ko ari […]

Rubavu: Urubyiruko ruvuye i Wawa rwijejwe kwitabwaho no gukurikiranwa

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, yijeje urubyiruko rusoje amasomo mu kigo cya i Wawa kwitabwaho ndetse no gukurikiranwa binyuze muri gahunda zitandukanye z’Igihugu zigamije guteza imbere urubyiruko. Ibi yabyijeje kuri uyu wa 20 Gashyantare 2019 ubwo yarwakiraga ari kumwe na bamwe mu babyeyi barwo ndetse n’abafatanyabikorwa b’Akarere. Nk’uko yabishimangiye, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yaganirije […]

Louise Mushikiwabo yohereje intumwa muri Senegal zigomba gukurikirana amatora

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Gashyantare watangaje ko Umunyamabanga Mukuru wawo, Louise Mushikiwabo yohereje muri Senegal intumwa zigomba kuzakurikirana igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 24 Gashyantare muri iki gihugu. Ni itsinda ry’intumwa riyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Sao Tome na Principe, Patrice Emery Trovoada, rikaba rigizwe […]

RDC: Abayobozi b’imitwe ya politiki igize ihuriro FCC biyemeje gukomeza kubaha Joseph Kabila

Abayobozi b’imitwe ya politiki yibumbiye mu ihuriro FCC (Front commun pour le Congo) kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Gashyantare, bashyize umukono ku masezerano yo gukomeza kuba abizerwa kuri Joseph Kabila wahoze ayoboye iki gihugu ndetse no kumwubaha nk’umuyobozi w’iri huriro. Ihuriro FCC niryo rifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko ndetse n’abo ku rwego […]

Icyo Muhoozi yabwiye abakunzi be nyuma yo kwambikwa ipeti rya Liyetona Jenerali

Umuhungu w’imfura wa Perezida Museveni wa Uganda, Muhoozi Kainerugaba, nyuma yo kwambikwa ipeti rya Liyetona Jenerali, yashimiye abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga. Ku wa 8 Gashyantare 2019, nibwo byatangajwe ko Perezida wa Uganda, Joweli Kaguta Museveni akaba n’umugaba w’Ingabo w’Ikirenga z’iki gihugu (UPDF) yazamuye mu ntera abasirikare batandukanye b’abofisiye, barimo n’umuhungu we, Muhoozi wari umaze […]

U Burusiya: Hatowe itegeko ribuza abasirikare gutunga Telefoni za ‘smartphones’

Inteko Nshingamateka y’u Burusiya yemeje itegeko ribuza abasirikare gukoresha “smartphones” bari mu mirimo, kubera ikibazo cy’umutekano. Iryo tegeko rishya ribuza abakora mu gisirikare no muri Minisiteri y’ingabo, gutunga Telefoni ngendanwa ishobora gufata amafoto, Videwo no kujya ku mbuga nkoranyambaga. Nk’uko BBC ibitangaza, ngo abo basirikare babujijwe kwandika amakuru yerekeye igisirikare no kuvugana n’abanyamakuru. Abadepite barenga […]

Nyamasheke: Batatu barimo umuyobozi w’ishuri bafunze bakekwaho kwiba sima

Abagabo batatu barimo umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyamirundi mu murenge wa Nyabitekeri, mu karere ka Nyamasheke, bamaze iminsi mu maboko y’ubugenzacyaha, sitasiyo ya Ntendezi bakekwaho kwiba  imifuka  38 ya sima  yari igenewe kubaka ibyumba Bitanu by’amashuri  kuri iri shuri. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyabitekeri, Twagirayezu Zacharie aganira na Bwiza.com, yavuze ko abafunze ari umuyobozi  w’iri […]

Ibitekerezo ku itorero ry'igihugu – kugarura no kurengera umuco w'abanyarwanda

Mu nyandiko yanjye iheruka navuze nshima ubuyobozi bwongereye umurego mu kugarurira agaciro amuco w’u Rwanda kuko ariwo shingiro n’imibereho ya buri mbaga yose aho iva ikagera. Nyuma ya Kamere (nature) hakurikiraho umuco (culture) hagataho gutunganya aho aba (architecture) (Prof Khaled Haj) Uyu munsi nifuje ko turebera hamwe umuco ubwawo icyo aricyo, icyo umaze, akamaro kawo […]

Uburyo Umunyarwandakazi  Tabula na bagenzi be birukanwe babangamiraga umutekano wa Uganda

Umuvugizi wa Leta ya Uganda, Ofonwo Opondo yatangaje uburyo Umunyarwandakazi, Annie Tabura Bilenge, Umufaransa,Olivier Prentout n’Umutaliyanikazi, Elsa Mussolini, Umubiligi, Wim Vanhelleputte babangamiraga umutekano w’iki gihugu,bigatuma birukanwa. Amagambo ya Ofonwo Opondo asobanura iby’iki kibazo aje nyuma y’aho abantu benshi bagiye banenga Uganda kuba yarirukanye aba Banyamahanga ibashinja kubangamira umutekano w’iki gihugu ariko ntisobanure  uko babikoraga. Opondo […]

RURA yahaye gasopo amateleviziyo n’amaradiyo acyamamaza ibikorwa by’ubuvuzi

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro, RURA, cyongeye gushimangira amabwiriza ya minisiteri y’ubuzima gisaba amaradiyo n’amateleviziyo guhagarika kwamamaza no gutambutsa ibiganiro byamamaza ibikorwa by’ubuvuzi bitaba ibyo bagatangira gufatirwa ibihano. RURA ivuga ko ibi biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza ya Minisiteri NÂș20/0004 yo kuwa 09/01/2019 abuza kwamamaza ibikorwa by’ubuvuzi, n’ibiganiro bitemewe. […]

RALC yahaye REB impano y’ibitabo 1000 by’ indagagaciro z’umuco nyarwanda

Mu rwego rwo gusigasira umuco nyarwanda nk’umurage w’igihugu, Inteko y’umuco n’ururimi (RALC) yashyikirije ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi, REB impano y’ibitabo 1000 by’indangagaciro z’umuco nyarwanda. Uyu muhango wabaye kuri uyu wa 20 Gashyantare, ku kicaro cya REB. Iyi mpano igenewe amashuri, igaragaza ubufatanye hagati ya REB na RALC ku ntego yo gutoza abanyarwanda indangagaciro z’umuco cyane […]

RDC: Leta yaciye inyama z’ingurube zituruka mu bihugu bimwe by'iburayi

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubucuruzi bwo mu mahanga, Jean Lucien Busa yahagaritse ubucuruzi bw’inyama zituruka mu bihugu bigize Ubumwe bw’Uburayi (EU) nk’Ubuholandi kuko ngo “zanduye”. Ku munsi w’ejo, ku wa 19 Gashyantare, uyu munyamabanga wa leta yatangaje impamvu ahagaritse izi nyama. “Nkurikije ibaruwa EU yasohoye ku wa 22 Mutarama, itanga impuruza kuri bimwe mu […]

Perezida Museveni yasabwe kuzakomeza kuyobora igihugu mu 2021 na nyuma yaho

Ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, ryasabye Perezida Yoweri Museveni kuzakomeza kuyobora igihugu muri 2021 na nyuma y’aho. Itangazo ry’iri shyaka rikaba rije rikurikira ivugururwa ry’itegeko nshinga ryakozwe mu 2017 hagakurwamo ingingo ivuga ku myaka umukuru w’igihugu atagomba kuba arengeje, yari 75, kugirango uyu muperezida azabashe guhatanira izindi manda. Mu myanzuro yafashwe na NRM […]

Umuryango wa Tanasha ukomeje gushyira igitutu kuri Diamond Platnumz

Abantu bo mu muryango wa Tanasha Donna bakomeje gushyira igitutu kuri Diamond Platnumz bamusaba kurongora umukobwa wabo mu buryo bwemewe hirindwa ko yaterwa inda batarabana. Kuri ubu Diamond asa n’uciye agahigo kuba amaranye na Tanasha igihe kirenga amezi ane akaba ataramutera inda. Abo mu muryango wa Tanasha bavuga ko umukobwa wabo atakomeza kubana na Diamond […]

Nyamagabe: Umwarimu mu ishuri ribanza yakatiwe imyaka 3 y’igifungo azira ubujura

Mu cyumweru gishize, Ubushinjacyaha Urwego rw’ Ibanze rwa Gasaka  bwatsinze urubanza bwari bukurikiranyemo umwarimu witwa Maniraho Maurice wigisha mu mashuri abanza ya Gashwati aherereye mu Mudugudu wa Gahira, Akagari ka Mukungu, Umurenge wa Kitabi, mu Karere ka Nyamagabe. Uregwa akaba yahanishijwe igihano cy’imyaka itatu nyuma yo kumuhamya icyaha cy’ubujura. Ni ubujura bwabaye mu ijoro ryo […]

Ntidukurikiza amabwiriza, dukurikiza amahitamo- Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame atangaza ko u Rwanda ku bijyanye n’imikorere  rudakurikiza amabwiriza ahubwo ko rugendera ku mahitamo. Ibi yabitangarije mu kiganiro yatanze kuwa 18 Gashyantare 2019 ahitwa Charlotte muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni mu kiganiro yagiranye n’abashoramari batandukanye bo muri iki gihugu. Perezida Kagame yagize ati “  Ntidukurikiza amabwiriza, dukurikiza amahitamo. […]

Uganda: Umwe mu bapolisi bashinjwa gucyura ku ngufu impunzi yarekuwe arongera atabwa muri yombi

Urukiko rukuru rwa gisirikare muri Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 19 Gashyantare rwarekuye by’agateganyo Herbert Muhangi wahoze ari umuyobozi w’umutwe kabuhariwe wa polisi witwa Flying Squad, ku ngurane ya miliyoni 10 z’amashilingi, ariko nyuma yo kurekurwa yongera gutabwa muri yombi n’igisirikare ari kwerekeza iwe. Uyu akaba ari umwe mu bakurikiranweho gucyura […]

Dr Himbara arasaba Perezida Museveni gukora iperereza ku mpfu z’Abanyarwanda basaga 50

Umunyarwanda akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Dr David Himbara yandikiye Perezida wa Uganda, Yoweri  Kaguta Museveni amusaba gushyiraho Komisiyo y’iperereza ku ishimutwa,inyuruzwa n’iyicwa ry’Abanyarwanda basaga 50 kuva mu 2008 kugeza 2015. Mu ibaruwa ifunguye Bwiza.com yateyeho akajisho, Dr Himbara yagaragje urutonde rw’amazina 50 y’Abanyarwanda avuga ko bashimuswe, banyurujwe,bishwe ndetse n’igihe byabereye. Aragira ati “ Ndabasaba Nyakubahwa […]

Ubushinjacyaha ntibukozwa ibyo gukurikirana umunyamakuru Phocas Ndayizeye adafunzwe

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Kigali mu Rwanda rwaburanishije ubujurire bw’urubanza umunyamakuru Phocas Ndayizeye asaba gufungurwa by’agateganyo igihe urubanza rutaratangira kuburanishwa mu mizi. Ubushinjacyaha bumuregana n’itsinda ry’abantu 11 ku byaha by’iterabwoba birimo gucura umugambi wo guturitsa ibisasu hirya no hino mu gihugu. Benshi mu baregwa bahakana ibyaha. Abunganira mu mategeko umunyamakuru Phocas Ndayizeye babwiye […]

RDC: Abapolisi 350 mu myigaragambyo isaba ibirarane by’imishahara yabo

Abapolisi 350 bari mu kazi boherejwemo guhera mu Ukuboza ko gutuma amatora aba mu ituze muri Uvitra ho muri Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Mbere ushize batangiye imyigaragambyo basaba guhabwa ibirarane by’umushahara wabo w’amezi atatu bamaze batabona. Kuva kuwa Mbere ninjoro kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 19 Gashyantare, abo bapolisi […]

Kigali: Ikigo cya 'APABENA' cyafashaga abana batishoboye cyasenye inyubako zacyo zari mu gishanga

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gusenya inyubako ziri ahantu hafatwa nk’ibishanga biwukikije nyuma y’igihe ntarengwa cyatanzwe kikarangira ibikorwa byinshi bigihaze. Uretse ibikorwa by’ubucuruzi by’abantu ku giti cyabo, hari n’ibindi by’inyungu rusange nabyo bigomba gukurwaho hubahirijwe iri tegeko. Ahitwa ku Kinamba mu murenge wa Muhima, ku kigo gisanzwe gifasha abana batishoboye APABENA, abasore b’inkorokoro bitwaje amapiki […]

Gicumbi: Mugambira yafashwe apakiye mu modoka amaduzeni 320 y'inzoga ya Zebra

Polisi mu karere ka  Gicumbi, ku bufatanye  n’abaturage yafashe umugabo witwa Mugambira  Cedrick  w’imyaka 30 y’amavuko  apakiye mu modoka Toyota Corolla RAA 934 N imifuka 8 irimo amaduzene 320 y’inzoga zo mu bwoko bwa Zebra waragi zitemewe mu Rwanda. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko Mugambira […]

Minisitiri w’Intebe wa Tanzania arashinja abitwaje intwaro bava mu Burundi guteza umutekano mucye

Igihugu cya Tanzania kirashinja abantu bitwaje intwaro bava mu Burundi guteza umutekano mucye ku butaka bwacyo. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa kuwa Gatandatu ushize, itariki 16 Gashyantare, ubwo yari i Kigoma. Minisitiri w’Intebe Majaliwa yari mu nama n’abagize ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Chama Cha Mapinduzi (CCM). Nk’uko […]

Huye: Urubyiruko rw'abayisilamu rwasabwe kurwanya ubuhezanguni

Urubyiruko rwo mu idini ya Islam mu Karere ka Huye rurasabwa kurwanya ubuhezanguni, ahubwo rugaharanira gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu gishingiye ku iterambere n’umutekano usesuye Mu myaka ibiri ishize hari rumwe mu rubyiruko rwo mu idini ya islamu mu Rwanda rwamenyekanye ko rwatangiye kujya muri ibi bikorwa, ndetse bamwe bafatwa n’inzego zishinzwe umutekano, Mufiti w’u […]

Ku myaka 7 y’amavuko,Ingram Jr yaciye agahigo ko kwiruka amasegonda 13

Rudolph Ingram Junior ufite akabyiniriro ka Blaze, ubu ni we mwana uzi kwiruka nyuma yo guca agahigo akirunkanka amasegenda 13.48 muri metero 100. Iri ni irushanwa ryahuzaga abana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu minsi ishize. Uyu mwana yatangiye kwiruka afite imyaka ine nyuma yo kureba irushanwa rya Olympique. Iki gihe yari yajyanye […]

RDC: Uwahoze yungirije Joseph Kabila, Abdoulaye Yerodia Ndombasi yitabye Imana

Kuri uyu wa kabiri, uwahoze yungirije umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Senateri Abdoulaye Yerodia Ndombasi yitabye Imana nyuma y’uburwayi amaranye iminsi ku myaka 86 y’amavuko. Umuryango we watangarije Radio Okapi ko uyu musaza yaguye mu murwa mukuru wa Kinshasa. Senateri Yerodia yabaye umwe mu bungirije umukuru w’igihugu aturutse mu ishyaka ry’uwahoze ari […]

Syria: Abarwanyi 300 b’umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kiisilamu baguwe gitumo

Kuri uyu wa 18 Gashyantare, Itsinda ry’abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’iza Syria zaguye gitumo abarwanyi 300 b’umutwe wa Leta ya Kiislamu. Iki gikorwa cyabereye mu gace ka Baghouz. Aba barwanyi bagize umutwe wa ISIS/ISIL (Islamic State of Iraq and theLevant) bari bivanze n’abaturage, bari bazengurutswe n’ibimodoka bya gisirikare by’iri tsinda ryo […]

Abatoza ba Arsenal batangiye guhugura abatoza abana b’Abanyarwanda

Abatoza babiri b’ingimbi za Arsenal yo mu Bwongereza, kuri uyu wa mbere batangiye guhugura abatoza abana mirongo itanu, ku kicaro cya FERWAFA i Remera. Ni amahugurwa aramara iminsi itanu. Umutoza Simon McManus na Kerry Green bari muri iki gikorwa ku bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Minisiteri y’umuco na siporo(MINISPOC). Umutoza McManus ufite […]

Icyo Ingabire Victoire avuga ku bivugwa ko agiye  gusohoka mu Rwanda

Umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda(FDU-Inkingi), Ingabire  Umuhoza Victoire yabeshyuje amakuru avuga ko agiye kuva mu Rwanda akerekeza mu Bubiiligi mu kwezi gutaha. Uyu munyapolitiki  w’ishyaka ritaremerwa mu Rwanda avuga ko aya makuru atari yo kuko kuva mu Rwanda bisaba uruhushya rwa Minisitiri w’Ubutabera kandi kugeza ubu akaba ntarwo yasabye. Mu kiganiro na Bwiza.com […]

Umuhungu wa Perezida Museveni agiye kwambikwa ipeti rya Liyetona  Jenerali

Umuhungu wa Perezida wa Uganda ari we Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba kuwa Kabiri azambikwa inyenyeri  z’iri peti aherutse guhabwa mu gisirikare cya Uganda (UPDF). Ni umuhango uzabera ku cyicaro cy’igisirikare cya Uganda ahitwa Mbuya mu Mujyi wa Kampala. Muhoozi Kainerugaba yari aherutse kuzamurwa mu ntera na se mu mpera z’ukwezi gushize avuye ku ipeti rya […]

FDC iremeza ko Uganda isatira kujya mu ntambara n’u Rwanda ariko abaturage babihishwa

Ishyaka FDC ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, ryasabye Guverinoma y’iki gihugu gutegura ahantu habera ibiganiro bigamije gusubiza mu buryo imibanire yacyo n’u Rwanda kuko ngo ikomeje guhisha abaturage ukuri kandi igihugu gisa nk’ikigana mu ntambara n’u Rwanda. Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Gashyantare, Umuvugizi wa FDC, Ibrahim Semujju Nganda, yavuze ko […]

Ihere ijisho amafoto y’umusore w’ibigango Zari yasimbuje Diamond

Umuherwe Zari Hassan yashyize hanze amafoto agaragaza umusore mushya w’ibigango bakundana. Hari hashize umwaka urenga uyu mugore atandukanye na Diamond Platnumz yashinje kumuca inyuma bikabije. Abinyijije ku rukura rwe rwa instagram, Zari yagiye ashyira hanze agace gato k’ukuboko k’uyu musore nyuma ashyiraho igihimba gusa ahisha isura.   Abamukurikira bagerageje, bakora iyo bwabaga ngo bamenye isura […]

RDC:  Umuryango Mpuzamahanga wabajije Fayulu impamvu abaturage batamaganye ibyavuye mu matora

Martin Fayulu, umuhuzabikorwa w’ihuriro Lamuka, akaba yaratsinzwe mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nubwo atabyemera, kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Gashyantare I Goma yatangaje ko agiye gukomeza urugamba rwe rwo kuzashyira ku karubanda ukuri kw’ibyabaye mu matora, anahishura ukuntu Umuryango Mpuzamahanga wamubajije impamvu abaturage batagiye mu mihanda ngo bamagane […]

Davido yavuze ko azatera inkunga Bobi Wine ubwo azaba yiyamamariza kuba Perezida wa Uganda

Icyamamare muri muzika, David Adedeji Adeleke wo muri Nigeria, uzwi ku izina rya Davido, yatangaje ko azashyigikira umuhanzi akaba n’Umudepite mu Nteko Nshingamategeko ya Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi ku izina rya Bobi Wine, ubwo azaba yiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Uganda. Amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda azaba mu 2021, Davido akavuga ko yiteguye […]

Nyamasheke/Shangi: Abana bicaraga ari Batandatu ku ntebe imwe mu ishuri basubijwe

Abaturage bo mu Murenge wa Shangi,  mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko nyuma yo kubona ko abana babo  bigaga mu rwunge rw’amashuri rwa Shangi mu mashuri abanza, bari bamaze kurenga kure abagenewe  icyumba cy’ishuri, bahisemo kwishakamo ibisubizo biyubakira ishuri ryuzuye ritwaye arenga Miliyoni 12 z’amanyarwanda. Ibi nk’uko bamwe muri bo babitangarije Bwiza.com, ngo babigezeho nyuma […]

Uganda: Ibyamamare byitambitse mu bibazo byugarije umuhanzi w’Umunyarwandakazi

Ibyamamare bitandukanye byo muri Uganda bikomeje gutanga inama ku bibazo biri hagati y’umuhanzi  Fille Mutoni,Umunyarwandakazi ukorera umuziki muri ki gihugu n’uwo bahoze bakundana, Edward Katamba uzwi nka MC Kats. Aba bombi batandukanye ku mugaragaro mu ntangiriro z’umwaka wa 2019 ariko bakomeza guterana amagambo by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga. Bimwe mu byamamare bimaze gutanga ibitekerezo kuri iki […]

Guverineri Mufulukye yasabye ko Rwamagana Challenge Marathon yajya itegurwa kenshi mu mwaka

Ku cyumweru tariki ya 17 Gashyantare habaye irushamwa ngarukamwaka rya Rwamagana Challenge Marathon, aho mu ijambo Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yagejeje ku bitabiriye irushanwa yavuze ko iryo siganwa rifite uruhare mu guteza imbere siporo ndetse ko rikwiye kujya riba inshuro irenze imwe mu mwaka . Guverineri Mufulukye niwe watangije Rwamagana Challenge Marathon nk’ umushyitsi […]