Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano wâU Rwanda
Hari amakuru avuga ko mu gihugu cya Suwede (Sweden) haherutse kubera inama yâAbarwanya Leta yâU Rwanda aho bigaga ku buryo bahundura umuvuno wâibikorwa byabo bya buri munsi. Aya makuru avuga ko iyi nama yabereye mu biro bya ambasade ya Uganda muri Suwede kandi ikitabirwa nâabatavuga rumwe nâU Rwanda barimo Rugema Kayumba akenshi abinyujije ku rukuta […]
RDC: Ese koko Katumbi na Dr Mukwege baba baherutse kurwanira I Buruseli?
Fondation Panzi ya Dr Denis Mukwege uherutse kwegukana igihembo cya Nobel cyâAmahoro, irahakana amakuru ivuga ko ari impuha aherutse gutangazwa avuga ko umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Congo, Moise Katumbi, yarwaniye na Dr Mukwege I Buruseli mu Bubiligi. Ni inkuru yakwirakwijwe kuwa Kabiri ushize, itariki 06 Ugushyingo 2018 yemezaga ko impuguke mu kuvura indwara zâabagore […]
Rwaza: Barasabwa kurandura burundu amakimbirane akigaragara mu miryango
Ibi abaturage bâUmurenge wa Rwaza babisabwe na Guverineri wâIntara yâAmajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, ku gicamunsi cyo kuwa kabiri, itariki ya 6 Ugushyingo 2018, ubwo yabasuraga akanifatanya na bo mu Nteko yâAbaturage. Mu ijambo rye, nyuma yo kugeza kuri abo baturage intashyo ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubashimira urukundo bamugaragarije bamusaba ko […]
Inkongi yâumuriro yahitanye Umubyeyi nâabana be batatu barimo uruhinja
Agahinda katashye abaturage bo mu giturage cya Nabutiti muri Makindye yâUburasirazuba muri Kampala mu gihugu cya Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo, nyuma yâaho umugore nâabana be batatu barimo uruhinja rwâamezi 8 bapfiriye rimwe bazize inkongi yâumuriro yibasiye inzu yabo baryamye mu masaha ya nijoro. Igipolisi cya Kampala kivuga ko […]
Uvira: Biravugwa ko ingabo zâu Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara
Igisirikare cyâu Burundi kirimo kwigarurira ibirindiro byâumutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza biherereye muri Kivu yâAmajyepfo mu gihe iki gisirikare cya leta cyari giherutse guhakana ko cyinjiye muri Congo. Amakuru mashya ahari avuga ko imirwano yabereye kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo mu gace cya Kigoma, gaherereye muri Teritwari ya Uvira, muri […]
Umuntu ntakwiye kuzira kuvuga ibibazo biri mu gihugu- Ingabire Victoire
Umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi wâishyaka FDU-Inkingi ritemewe nâamategeko mu Rwanda, yatangaje ko bidakwiriye ko umuntu azira kuba yavuze ibitagenda neza mu gihugu. Uyu munyapolitiki yabitangaje kuri uyu wa Gatatu kuwa 10 Ugushyingo 2018 ubwo yatangaga ibitekerezo bye ku gihano ubushinjacyaha bwasabiye Diane Rwigara,umunyapolitiki mugenzi we. Yagize atiâ Ntabwo mbona ko umuntu yazira kuba ari […]
Kirehe: Babiri bari batwaye urumogi mu majerekani bafashwe
Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe ku bufatanye nâabaturage yafashe abantu babiri bari batwaye urumogi mu majerekani nkâamayeri kugira ngo abababona bagire ngo batwaye inzoga. Abafashwe ni Mugishawimana Pacific wâimyaka 29 yâamavuko wafatiwe mu murenge wa Nyamugali akagari ka Nyamugali afite ijerekani ya litiro 20 yâurumogi na Ndayisenga uzwi ku izina rya Hungu […]
Paul Pogba avuga ko kwamburwa ubuyobozi ntacyo byamuhungabanyijeho
Paul Pogba umaze igihe avugwaho gushyamirana nâumutoza we, Jose Mourinho mu ikipe ya Manchester United, yatangaje ko nta kibazo na kimwe afite nyuma yo kwamburwa ubuyobozi. Uyu mutoza wâimyaka 25 yâamavuko, yakuwe ku mwana wâuwungirije kapiteni na Jose Mourinho biturutse ku mwuka mubi wari hagati yabo, ubu akaba avuga ko nta ngaruka byigeze bimugiraho. Yagize […]
Min. Dr. Sezibera yasubije umudepite muri Amerika uri kuvuganira Diane Rwigara
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Rwanda, Dr Richard Sezibera yasubije umudepite mu nteko ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika uvuga ko arimo kuvuganira Diane Rwigara mu rwego rwâumushinga wo kurengera ubwisanzure. Abinyujije ku rukuta rwa twitter Hon. Suzanne Bonamicci wongeye gutorerwa guhagararira akarere ka Oregon mu Nteko Ishinga Amategeko, yagize ati: â Diane ahanganye […]
Dore uburyo bwiza wakoramo imibonano mpuzabitsina mu gitondo
Ubushakashatsi bugaragaza ko abantu benshi babyuka mu gitondo bafite ubushake buri ku rugero rwo hejuru bwo gukora imibonano mpuzabitsina kandi ko ari na byiza kubikora kuko bigira ingaruka nziza ku bashakanye. Muri aya masaha nubwo umubiri uba waruhutse, si na byiza guhita uwurushya cyane utera akabariro kuko uba ugiye kubyuka ukajya mu kazi, niyo mpamvu […]
Umwe mu bantu bahafi ba Gen. Kayihura arahigwa bukware
Ururiko rwatanze impapuro zo guta muri yombi umwe mu bapolisi bakoranye bya hafi na Gen. Kayihura, ACP Siraje Bakaleke. Uyu mugabo wahoze ayobora polisi mu gace ka Kampala yâamajyepfo arashakishwa nâurukiko kugira ngo aryozwe ibyaha birimo gukoresha ububasha yari afite nabi no gushimuta. Umuyobozi wâubushinjacyaha bukuru muri Uganda, Alice Komuhangi ejo hashize yasabye urukiko rurwanya […]
Ingabo zâu Burundi muri Amisom zirashinjwa kwica abaturage
Ingabo za Afurika Yunze Ubumwe ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Somalia zirashinjwa kwica abaturage bane mu murwa mukuru Mogadishu. Abatangabuhamya baravuga ko abasirikare ba AMISOM barashe abaturage ubwo urukurikirane rwâimodoka zabo zanyuraga ku gisasu cya mine cyari giteze mu muhanda. Ibi bikaba biherutse kubera mu karere ka Huriwa gaherereye mu majyaruguru yâumurwa mukuru […]
Urupfu rwa Rwigara rwagarutsweho mu rubanza rwâumukobwa we na nyina
Urupfu rwâumunyemari Rwigara Assinapol rwagarutsweho mu rubanza ruregwamo umukobwa we, Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline Rwigara. Ubwo Diane Rwigana na nyina, Mukangemanyi bitabaga urukiko Rukuru kugira ngo bakomeza kuburana ku byaha bashinjwa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Ugushyingo 2018, nibwo hagarutswe ku rupfu rwe, nkâimbarutso ya bimwe mu byo bashinjwa. Mu iburanisha […]
RDC: Inzovu yishe umuntu ukekwaho kuba nyirayo nawe aricwa
Inzovu yâinyagasozi imaze ibyumweru ibunga mu baturage yiswe âYa Madoâ kuri uyu wa kabiri, itariki 06 Ugushyingo, yishe umugore wo mu giturage cya Bahaha muri Teritwari ya Ituri, ho muri Kivu yâAmajyaruguru, aho nyuma yâurupfu rwâuyu mugore abaturage bariye karungu bahise bivugana umuntu bikekwa ko ari we utunze iyi nzovu. Iyi nkuru dukesha Radio Okapi […]
Selena Gomez atewe ubwoba nâamarira ya hato na hato ya Justin Bieber
Umuhanzikazi Selena Gomez afite impungenge bitewe no kurira ku karubanda kâuwo bahoze bakundana, Justin Bieber. Justin Bieber kuwa 2 Ugushyingo 2018 yagaragaye yiyunamiriye  arira ubwo yari kuri studio ya Universal muri Leta ya Florida ahitwa Leaky Cauldron. Ibi ni byo bateye impungenge Selena Gomez bahoze bakundana akeka ko uyu musore yaba atamerewe neza muri iyi […]
Ikigo Zion Medical cyo muri Israel cyavumbuye umuti ushobora kuvura Sida
Abahanga mu byâubumenyi bakoze umuti wica 99% bya Virus itera sida na sida mu mubiri wâumuntu mu byumweru bine gusa utangiye kuwufata. Uyu umuti wiswe ‘Gammora’ ugakorwa na Zion Medical, ikigo cyâikoranabuhanga mu byâubuvuzi gikorera muri Israel ugizwe nâibyitwa Peptides (proteins) bikomoka kuri virus ya VIH bituma utunyangingo twanduye twisenya kandi utundi tunyangingo tuzima ntacyo […]
Abahoze muri FDLR bakomeje kubera umutwaro uremereye Leta ya Congo
Sosiyeti Sivile muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, batangaza ko gukomeza gucumbikira abahoze ari abarwanyi ba FDLR mu nkambi ya Kanyabayonga, bikomeje kubangamira umutekanao wabo muri rusange ndetse nâuwaka gace byâumwihariko. Batangaza ko igihe izi nyeshyamba zari zahawe cyo kuba zikiri mu nkambi cyarangiye ku wa 20 Ukwakira 2018, zikaba zarasabwaga gutaha […]
Cameroun: Abanyeshuri 78 bari bashimuswe barekuwe umuyobozi wâishuri arasigara
Abana bâabanyeshuri bose bagera kuri 78 nâumushoferi wâishuri bari baherutse gushimutirwa mu majyepfo yâuburengerazuba bwa Cameroun barekuwe kuri uyu wa gatatu ariko umuyobozi wâishuri bashimutiwemo abamushimuse banga kumurekura nâundi mwarimu umwe nkâuko byemejwe nâumupadiri wagiye mu mishyikirano yo kurekura aba bana. â Imana ishimwe abana 78 nâumushoferi barekuwe. Umuyobozi wâishuri nâundi mwarimu umwe baracyari kumwe […]
Urutonde rwâabanyamakuru 12 bazicwa
Itsinda ryâabicanyi ryitwa âBijambiyaâ muri Uganda bamaze gushyira hanze urutonde rwâabanyamakuru 12 bazicwa mu buryo butandukanye bazira akazi kabo. Inyandiko ikomejwe gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga na ba Bijambiya ari byo kuvuga abakoresha imihoro igaragaraho abanyamakuru 12 barimo abakorera ibinyamakuru byigenga nâabakorera ibya Leta ya Uganda. Ba Bijambiya bavuga ko bashobora kwica aba banyamakuru binyuze mu […]
Burundi: Gaston Sindimwo yifuza ko CNDD-FDD na UPRONA ariyo mashyaka yakwemerwa gusa
Icyegera cya Mbere cyâumukuru wâigihugu, Gaston Sindimwo avuga ko yifuza ko nyuma yâamatora yo mu 2020, hakwemerwa amashyaka ya politiki abiri gusa arimo CNDD-FDD iri ku butegetsi na UPRONA andi yose agasenywa. Mu kiganiro yahaye Ijwi ryâAmerika, Gaston avuga ko ugushyamirana gukunze kubaho mu Burundi ahanini gukururwa nâubwinshi bwâamashyaka ari mu gihugu, kandi mu ruhando […]
USA: Abademokarate batsindiye kuyobora Inteko Ishinga Amategeko
Imibare imaze kuva mu biro byâamatora muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika iragaragaza ko abademokarate batsinze mu bice byinshi ariko ko nta cyizere ko bashobora gutsinda ku majwi menshi cyane, mu gihe hari abasanga Perezida Trump atazoroherwa mu kurangiza manda ebyiri. Nubwo bimeze gutyo, amahirwe yâuko abademokarate bashobora kuyobora Sena yo asa nkâaho akiri macye […]
Abakora ibyaha bihishe mu mahoteli akabo kagiye gushoboka
Abayobozi bâibigo byigenga bicunga umutekano basabwe kurushaho kunoza inshingano zâibigo bayobora zo gucunga umutekano usesuye wâabo bagirana amasezerano hagamijwe kubungabunga umutekano wâabantu nâibyabo. Ibi babisabwe kuri uyu wa 06 Ugushingo mu nama yabahuje nâubuyobozi bwa Polisi yâ u Rwanda, iyi nama yari igamije kwibutsa abayobozi bâibigo byigenga bicunga umutekano kunoza imikorere nâimikoraninire nabo bagirana amasezerano […]
Kigali: Imodoka yinjiye mu nzu yâubucuruzi yangiza byinshi
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster, yataye umuhanda yinjira mu nzu ikorerwamo ubucuruzi yangiza ibikoresho birimo mudasobwa (computers) n’ibindi bitandukanye. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 06 Ugushyingo 2018, ahagana saa tatu na mirongo itatu n’itanu z’ijoro (21:35), i Nyamirambo mu gace ka Biryogo, nibwo imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko […]
Rusizi: Prof. Shyaka yatunguwe no gusanga 40% bari mu cyiciro cya mbere nâicya 2 byâubudehe
Umunsi wa mbere wâuruzinduko Minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu, Prof. Shyaka Anastase agirira mu turere twa Rusizi na Nyamasheke yarutangiriye mu karere ka Rusizi, aho yasuye ibikorwa binyuranye birimo ibyâiterambere atungurwa no gusanga 40% byâabaturage bari mu kiciro cya mbere nicya 2 cyâubudehe. Mu bikorerwa kandi yabanje gusura harimo no ku mipaka ya Rusizi ya mbere nâiya […]
Karongi: Zimwe mu mpunzi zo mu Nkambi ya Kiziba zabuze mu rukiko biteza impaka
Kuri uyu wa kabiri, itariki 06 Ugushyingo Urukiko rwisumbuye rwa Karongi rwasubukuye urubanza rw’impunzi z’Abanyekongo zo mu Nkambi ya Kiziba ariko bamwe mu baregwa badahari biteza impaka mu rukiko ababunganira babaza aho baburiye n’icyakozwe bamaze kubura. Iri tsinda ry’impunzi z’Abanyekongo ryagejejwe mu Rukiko Rwisumbuye rwa Korongi baregwa guteza imidugararo no gusuzugura amategeko y’igihugu cyazakiriye. Ni […]
Abacunga umutekano  basaga  20,000 bitabajwe mu gitaramo cya Bobi Wine
Leta ya Uganda irateganya kwifashisha abashinzwe uutekano barenga 20,000 mu rwego rwo kubungabunga umutekano mu gitararamo cya depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine cyiswe âKyalengaâ. Aba bashinzwe umutekano nkâuko  Spyreports dukesha iyi nkuru ibitangaza bazaba baturuka mu gipolisi, ubutasi bwa gisirikare nâabashinzwe kurwanya iterabwoba. Iyi nkuru ivuga ko uyu ari umwanzuro wafatiwe mu nama […]
Hatahuwe imirambo myinshi aho ingabo zâu Burundi zarwaniye nâinyeshyamba
Abaturage bâahitwa Muhanga, mu gace ka Kigoma mu Ntara ka Kivu yâAmajyepfo bavuga ko hatoraguwe imirambo myinshi aho inyeshyamba zikomoka mu Burundi za RED-Tabbara zarwaniye nâabo bita abasirikare bâu Burundi. Mu cyumweru gishize nibwo imirwano yatangiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho inyeshyamba zikomoka i Burundi ngo zarwanye nâundi mutwe wâinyeshyamba, bicyekwa ko ari […]
Kuryamana na Kim Kardashian ni nko gukorera marato mu gitanda- Ray J baryamanye
Umuririmbyi Ray-J atangaza ko kuryamana na Kim Kardashian ari nko gukora imyitozo ya marato (Marathon) mu gitanda. Ibi musaza wâumuhanzi Brandy, Ray-J yabitangarije ikinyamakuru  The Sun mu cyumweru gishize ubwo yari mu Mujyi wa Landani(London). Yagize atiâ Iyo twaryamanaga nabaga meze nkuri marato mu gitanda. Ntiyakundaga kubira ibyuya kuko iyo byabaga yabaga ahita abyihorera.â Ku […]
Miss Iradukunda yasabwe kuzahagararira u Rwanda neza muri Miss World 2018
Miss Rwanda 2018, Iradukunda Liliane, kuri uyu wa Kabiri, itariki 06 Ugushyingo yakiriwe na minisitiri wa siporo nâumuco, Nyirasafari Esperence mu biro bye asabwa kuzahagararira igihugu neza mu Bushinwa. Mu mubonano we na minisitiri wâumuco, Miss Iradukunda Liliane yahawe impanuro zizamufasha mu marushanwa ya Nyampinga wâIsi 2018 (Miss World 2018) agiye kwitabira azabera mu Mujyi […]
Perezida Salva Kiir agiye guhuza Khartoum nâinyeshyamba zayigometseho
Perezida Salva Kiir wa Sudani yâEpfo agiye kuba umuhuza mu biganiro hagati ya guverinoma ya Sudani nâinyeshyamba mu ntara ya Blue Nile, Kordofan yâAmajyepfo na Darfur. Ni ibiganiro biteganyijwe ko bizatangira mu cyumweru gitaha. Tut Kew, Umujyanama mu byâumutekano wa Salva Kiir yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, itariki 05 Ugushyingo, ko Perezida Kiir yemeye […]
Kutavuga rumwe nâubutegetsi ntabwo ari intego- Mpayimana
Philippe Mpayimana wiyamamarije umwanya wâumukuru wâigihugu mu Rwanda mu 2017, yatangazaga ko yashinze ishyaka rya Politiki, anemeza ko intego yaryo atari iyo guhangana na Leta iriho mu Rwanda. Ishyaka rya Mpayimana yaryise iry’iterambere ry’Abanyarwanda, PPR (Parti du ProgrĂšs du Peuple Rwandais) riharanira iterambere ryâabanyarwanda, rikaba ryaratangajwe ku mugaragaro ku wa 28 Ukwakira 2018. Mu kiganiro […]
Urupfu rwâumubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali
Umuhuzabikorwa wa mbere wâIshyaka ritavuga rumwe na Leta yâURwanda rya RNC, Kayumba Faustin Nyamwasa avuga ko ubwo mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali haterwaga gerenade, yari mu Rwanda mu kiriyo cyâumubyeyi we. Kayumba Nyamwasa yari amabasaderi wâU Rwanda mu buhinde. Yaje kuza mu Rwanda gushyingura umubyeyi we ari nabwo kuwa 19 Gashyantare  2010 […]
Perezida Kagame arasabwa kugira icyo akora ku kibazo cya Sahara yâUburengerazuba
Ishyirahamwe ryo mu Bufaransa riharanira imibanire ya gicuti nâubufatanye nâabaturage bo muri Afurika (lâAssociation Franà §aise dâAmitiĂ© et de SolidaritĂ© avec les Peuples dâAfrique) ryitabaje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nka Perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, rimusaba kugira icyo akora ku kibazo kiri hagati ya Sahara ya Ruguru nâigihugu cya Maroc gishinjwa kuyigarurira. […]
Umugabo nâumugore bapfanye bamaze gusezerana
Umugore n’umugabo bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bapfiriye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu nyuma y’isaha imwe yari ishize bamaze gusezerana. Will Byler na Bailee Ackerman Byler bombi bigaga muri Kaminuza ya Sam Houston State University. Ikinyamakuru cyandikwa n’abanyeshuri ni cyo cyatangaje iyi nkuru bwa mbere ko bapfuye. Iyo mpanuka y’indege yabereye hafi y’ahitwa […]
Nyamasheke/Shangi: Gukoresha neza inguzanyo byabagobotoye ingoyi yâubukene
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bamaze kwigobotora ingoyi yâubukene yasaga nâiyababayeho karande mbere yâuko Leta ibegereza ibigo byâimari, bakavuga ko babikesha gutinyuka inguzanyo no kuyikoresha neza. Aba baturage bavuga ko mbere bakibika amafaranga mu ngo bayabonaga ari menshi ariko akagenda nkâuko yaje ntacyo abasigiye, ushatse inzoga […]
Umuhanzi Harmonize yafatiwe bugwate mu gihugu cya Kenya
Umuhanzi Harmonize yafatiwe bugwate mu gihe cyâamasaha ane  muri hoteli yo mu mujyi wa Eldoret bitewe no kunanirwa kwishyura fagitire. Harmonize na Bagenzi be bane bari bafatiwe muri hoteli ya Starbucks ku cyumweru nyuma yo kunanirwa kwishyura asaga amashilingi ya Kenya ibihumbi 68. Umuntu wa hafi yavuze ko ibi byatewe nuko uwateguye igitaramo yaburiwe irengero […]
RDC: Intambara yâamasasu ikomeje kuvuza ubuhuha mu bice bitandukanye
Inyeshyamba ebyiri za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Â zasize ubuzima mu mirwano yo ku wa 4 Ugushyingo 2018, mu gace ka Painda, kari mu bilometero bitanu uvuye mu mujyi wa Beni, ahari ibirindiro bya FARDC. Nkâuko Umuvugizi wa Operasiyo Sokola 1, Capt. Mak Hazukay abitangaza, ngo izi nyeshyamba zari zifite intwaro za gakondo nâiziturika, zagabye igitero ku kigo cyâingabo […]
Cameroun: Abanyeshuri hafi 80 nâumuyobozi wâishuri bashimuswe
Abantu basaga 80 biganjemo abana bâabanyeshuri bashimutiwe muri rimwe mu mashuri yo mu burengerazuba bwa Cameroun mu mujyi wa Bamenda uherereye mu gice gikoresha Icyongereza, aho kugeza ubu nta mutwe urigamba iki gikorwa. Muri iki gice hari abatavuga rumwe nâubutegetsi bifuza leta yigenga muri iki gice cyâuburengerazuba bwa Cameroun ndetse bari basabye abanyeshuri kwanga kujya […]
Ba banyamahanga 4 bafatiwe mu Kiyaga cya Rweru binjiye mu Burundi bagaruwe mu Rwanda
Abanyamahanga bane;Abagande batatu nâumuzungukazi ukomoka muri Australia baherutse gufatirwa mu Kiyaga cya Rweru barenze amazi yâu Rwanda bakinjira mu gice cyâu Burundi bagarutse mu Rwanda. Aba banyamahanga uko ari bane, abagabo batatu bâAbagande nâumuzungukazi ukomoka muri Australia, batawe muri yombi kuwa Gatandatu ushize, itariki 03 Ugushyingo nyuma yâaho bari mu Kiyaga cya Rweru ku ruhande […]
Mayirungi,ikiyobyabwenge kidakunze kuvugwa nyamara gikomeje kwangiza urubyiruko
Khat,Miraa,Mayirungi aya yose ni amazina akunze kwitwa iki kiyobyabwenge, inzobere mu buzima zemeza ko iki kiyobyabwenge iyo cyageze mu muntu kimera nka nkongwa mu kigori. Polisi yâu Rwanda yashyize imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge aho biva bikagera ititaye ku bwoko bwabyo,ni muri urwo rwego Mayirungi nayo iri mu biyobyabwenge birwanywa umunsi ku wundi. Imibare igaragaza ko […]
Abanyarwanda mu nzira zo kwemererwa kwinjira mu gisirikare cyâu Bwongereza
Abaturage bo mu bihugu bibarizwa mu muryango wâIbihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) bagiye kujya bemererwa kwinjira mu gisirikare cyâu Bwongereza (Britain Armed Forces) nkâuko leta yâiki gihugu iteganya kubitangaza. Abaturage bo mu bihugu bikoresha Icyongereza byiganjemo ibyakolonijwe nâu Bwongereza bashobora kwakirwa mu gisirikare cyâu Bwongereza mu gihe bahamaze imyaka itanu bahaba. Ariko, mu rwego rwo gushaka […]
Umusirikare wâu Burundi yafatiwe mpiri muri Congo
Imirwano mu gace ka Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangiye ku wa Kane wâicyumweru gishize hagati yâinyeshyamba za RED-Tabara nâundi mutwe wâinyeshyamba utazwi ucyekwa kuba ari Imbonerakure zâu Burundi cyangwa abasirikare babwo. Mu gihe igisirikare cyâu Burundi gihakana ko atari cyo, umwe yafatiweyo. Mu gihe imirwano ikomeje kuri uyu wa Mbere tariki ya […]
Min.Prof. Shyaka yongeye guha impanuro abayobozi bâIntara yâAmajyepfo
Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Prof. Shyaka Anastase yahaye impanuro abayobozi bâIntara yâAmajyepfo, abasaba gushyira hamwe bakareka ibinyoma, ruswa nâibindi. Mu muhango wo gusoza umwiherero wâiminsi itatu abayobozi bâIntara yâAmajyepfo barimo, wabaye ku Cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo 2018, Min.Prof.Shyaka nibwo yongeye kubaha impanuro nyuma yâizo yabahaye ku wa 25 Ukwakira 2018, mu muhango wâihererekanyabubasha hagati ya […]
IRMCT yasabwe gukomeza gukurikirana abakoze jenoside bahunze ubutabera
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Tanzania unashinzwe ubutwererane muri EAC, Amb. Dr Augustine Mahiga, yasabye urukiko rwashyiriweho kurangiza imanza zitaciwe nâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (IRMCT), gukomeza gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje guhunga ubutabera. Ambasaderi Mahiga avuga ko bibabaje kuba jenoside yarabaye muri Afurika, akongeraho ko urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda […]
Ibibwana byâingurube bibiri byashyizwe imbere ya banki y'igihugu
Abantu bataramenyekana bashyize ibibwana byâingurube imbere ya Banki Nkuru ya Uganda (BOU)  biriho ifoto yâumuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’ubucuruzi yitwa DFCU,Juma Kisaame. Aba bantu bivugwa ko ari agatsiko kâurubyiruko rurwanya ruswa mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2018 ibyo bakoze ngo bigamije guhangana nâabayobozi barya ruswa,bâinda nini ba BOU bafatanyije nâubuyobozi bwa Banki […]
DRC: Umutoza Ibenge Florent ku rutonde rwâ abazamamaza umukandida Kabila ashyigikiye
Mu mpera zâ icyumweru gishize ihuriro FCC , Perezida Joseph Kabila abarizwamo ryashyize ahagaragara urutonde rwâ abantu 500 bazamamaza umukandida Emmanuel Ramazani Shadary ,ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018. Kimwe nâ abandi benshi bagaragaye kuri ur rutonde, umutoza wâ ikipe yâ igihugu ya Congo-Kinshasa (Leopard du Congo), Ibenge […]
Uganda: Umunyarwandakazi  Fille yatandukanye nâumugabo we
Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Mutoni Fille byamaze kugaragara ko yatandukanye nâumukunzi we, Edwin Katamba uzwi nka MC Kats. Mc Kats abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yerekanyeko Fille atakiri mu buzima bwe. Ni nyuma yaho uyu mugabo ahanaguye amafoto yose ya Fille ku mbuga nkoranyamabaga ze zose. Mu ifoto yashyize hanze yafashwe […]
Ababyeyi turabasaba gukomeza kuganiriza abana ku buzima bw'imyororokere- Umuhire Christiane
Minisiteri yâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango (MIGEPROF) irasaba ababyeyi kurushaho kuba hafi abana, babaganiriza ku buzima bwâimyororokere, ari nako inasaba abana kunyurwa nâibyo bagenerwa nâababyeyi babo cyangwa se ababarera kurusha uko bwatwarwa nâirari ryâibintu. Ibi ni ibyatangajwe nâUmukozi muri MIGEPROF ushinzwe guteza imbere umuryango no kurengera abana, Umuhire Christiane, ku Cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo 2018, mu […]
RDC: FARDC yahanganye nâigitero cya Mai-Mai ku birindiro bya Sokola 1
Ibirindiro byâingabo za FARDC zo muri Sokola 1 biherereye ahitwa Paida, mu birometero 5 uvuye mu Mujyi wa Beni rwagati, byaraye bigabweho igitero nâinyeshyamba za Mai-Mai mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 05 Ugushyingo. Inyeshyamba zari ziturutse mu ishyamba ryo muri Komini Beu, zishaka guhangana nâingabo za Congo zahuye […]
Urubanza rwa Col. Karegeya rushobora kuzamo kidobya
Umunyamategeko wâumuryango wa Col. Patrick Karegeya, Gihana Kennedy yasabiwe gutabwa muri yombi nâubushinjacyaha bwâURwanda ashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba. Amakuru yizewe avuga ko imyiteguro yo kohereza inyandiko zisaba Guverinoma ya Afurika yâEpfo guta muri yombi no kohereza mu Rwanda uyu mugabo bivugwa ko ashinzwe igenabikorwa muri RNC, ishyaka ritavuga rumwe na Leta yâU Rwanda. […]
Nicky MinaJ yakoze agashya mu bitaramo bya âMTV EMAs 2018â- AMAFOTO
Umuhanzikazi Nicki Minaj usanzwe azwiho gukora udushya ku rubyiniro, cyane cyane agatungurana mu myambarire, kuri iyi nshuro yamanukiye mu gisa nâikamba ryo mu birori(Crown). Hari mu birori byo gutanga ibihembo bizwi nka MTV EMAs (MTV-Europe Music Awards) muri uyu mwaka wa 2018, ku Cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo 2018, bibera muri âBilbao Exhibition Centreâ mu […]
Ikigega Agaciro kimaze kunguka asaga miliyari 30 zâAmanyarwanda
Ikigega, Agaciro Development Fund, kimaze kugeramo amafaranga yâu Rwanda agera kuri miliyari 52.3 avuye kuri miliyari zigera kuri 20 cyatangiranye kigishingwa mu 2012. Ibi bikaba byaratangajwe mu cyumweru gishize nâumuyobozi wâiki kigega, Jack Kayonga mu kiganiro yagiranye na The New Times. Miliyari 52.3 ziri mu kigega Agaciro zirimo 41.8 zavuye mu misanzu itangwa muri iki […]
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru barenze amazi yâu Rwanda
Abanyamahanga bane barimo umuzungukazi kuwa Gatandatu ushize, itariki 03 Ugushyingo bafatiwe mu Kiyaga cya Rweru barenze amazi yâu Rwanda binjiye mu mazi yâu Burundi. Nkâuko byatangajwe nâabari aho aba bafatiwe, ngo abafashwe ni abagande batatu nâumuzungukazi ukomoka muri Australia bivugwa ko barenze mu mazi yâu Rwanda bakisanga mu gice cya Nzove mu Burundi muri Giteranyi. […]
RDC: Imirwano hagati ya FARDC nâinyeshyamba yaguyemo abantu 16
Imirwano yabaye hagati yâingabo za Leta ya Congo (FARDC) hamwe nâimitwe yâinyeshyamba, yaguyemo abantu 16 barimo abasirikare ba Leta bane. Abantu batatu bishwe nâamasasu ku wa Gatandatu tariki ya 3 Ugushyingo 2018, mu gace ka Sake, Teritwari Masisi, mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, aho FARDC yarwanaga nâumutwe wâamabandi yari yitwaje intwaro. Nkâuko Radiyo Okapi ibitangaza, […]
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi
Uwahoze ari umukuru wâigipolisi cya Uganda, Gen Kale kayihura, kuri ubu ukurikiranweho ibyaha bitandukanye, yongeye gusubira mu gihugu cya Kenya agiye kwivuza, aho umuryango we wabwiye Chimpreports muri iki gitondo ko yagiye mu rugendo ruto rwo kwivuza. Umuryango wa Gen Kale Kayihura biravugwa ko utifuje kugira byinshi utangaza kuri uru rugendo byâumwihariko nkâabantu baba bamuherekeje. […]
Gasabo: Hatawe muri yombi uwari umaze gushikuza igikapu kirimo amafaranga 500,000
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ugushyingo 2018, Polisi yâ u Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo yafashe uwitwa Tumwesige George ukekwaho kwiba Ntawubonabyose Elisa amafaranga yâ u Rwanda ibihumbi 500.000frw ubwo yari yururutse moto. Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP)Â Emmanuel Kayigi yavuze ko Ntawubonabyose amaze kwibwa yavugije […]
Bobi Wine yanenze abafana be bateye amacupa Bebe Cool
Mu magambo ye bwite, nibwo bwa mbere umunyapolitiki ndetse akaba nâumuhanzi,Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine yatangaje ko atishimiye abiyita abafana be bateye Bebe Cool amacupa. Ku itariki ya 31 Kanama 2018, Abafana ba Bobi Wine bateye urubyiniro ubwo Bebe Cool yaratangiye kuririmb bamutera amacupa. Byari mu gitaramo gikomeye cyabereye i Lugogo […]
Tanzania-Dar es Salaam: Akâ abatinganyi kashobotse! barahigwa bukware
Mu gihe Leta ya Tanzania iyobowe na Joseph Pombe Magufuli ikomeje guhiga bukware abatinganyi, Amnest International ntibikozwa. Umuryango Amnesty International uratunga agatoki Guverinori wa Dar es Salaam , Paul Makonda nyuma yaho ahamagariye abaturage kwamaga abantinganyi kuwa 5 Ugushyingo 2018. Mu kiganiro na RFI, Umuyobozi wa Amnesty muri Afurika yâ u Burasirazuba ,Seif Magango yatangaje […]
Video: Perezida Kagame yavuze ku urugendo nâitorwa bya Mushikiwabo muri OIF
Rwenzori : Ubufatanye hagati yâ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?
Nyuma yaho, politiki yâ u Bufaransa ikomeje gutsindwa muri Afurika, iki gihugu cyâ igihangange cyatangiye gushakisha uburyo cyagarura isura nshya ku bwâ inyungu zâubukungu. Ubushakatsi bwakomeje kugaragaza ko petiroli yâ ubwoko bwiza ndetse nâibiti byâ ishyamba biboneka mu gace ka Rwenzori ni bimwe mu bintu byâingenzi u Bufaransa bukirikiranye muri Uganda bigatuma inemera gukorana na […]