Twababajwe cyane na kiriya gikorwa cya Diamond- Leta ya Tanzaniya

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe  Ubugeni muri Tanzaniya (BASATA) gitangaza ko cyababajwe n’uburyo Diamond yifatanyije na Rayvanny mu ndirimbo bise ‘Mwanza’ kandi ivugwamo ibyo yise ibidakwiriye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa BASATA, Godfrey Mwingereza yatangarije ikinyamakuru Mwananchi  dukesha iyi nkuru kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, ko iyi ndirimbo ihagaritswe kuba yakoreshwa  aho ari ho hose mu gihugu kuko […]

RDC: Martin Fayulu niwe ugiye guhagararira Opozosiyo mu matora ya Perezida

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku cyumweru tariki ya 11 Ugushyingo 2018, bemeje Martin Fayulu nk’umukandida-perezida bahuriyeho mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka. Igikorwa cyo kumugena nk’umukandida cyakurikiye ibiganiro byari bimaze iminsi bihuza abakuru barindwi b’amashyaka atavuga rumwe na leta ya […]

Ibintu 10 ushobora kuba utari uzi kuri Gen. Sultani Makenga

Gen. Makenga ni umugaba mukuru w’inyeshyamba za M23, ubu akaba ari mu buhunzi muri Uganda nyuma yaho izi nyeshyamba zitangarije ko zihagaritse imirwano mu mpera za 2013. Ibintu 10 wamumenyaho, ni: 1.Makenga yavutse kuri Noheli : Amazina yiswe n’ababyeyi be ni Emmanuel Sultani Makenga, yavutse ku wa 25 Ukuboza 1973, i Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru, […]

Itegeko ryo gukuramo inda ntirivugwaho rumwe mu Burasirazuba

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Uburasirazuba ntibavuga rumwe ku Itegeko ryo gukuramo inda ryakunze kutavugwaho rumwe n’ubundi na benshi mu Rwanda. Kuva Itegeko ryemerera abagore gukuramo inda mu Rwanda ryemejwe, rigasohoka mu Itegeko ngenga ryo kuwa 02/05/2012 mu igazeti ya Leta kuwa 14 Kamena 2012, ryakuruye impaka nyinshi mu baturage na n’ubu zigikomeza. Bamwe […]

Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi

Mu gihugu cy’u Burundi haravugwa umutwe witwa Forces Populaires du Burundi — Urunani rw’Abanyagihugu, uvuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohoza igihugu hakoreshejwe intambara. Ni nyuma y’aho uyu mutwe muri 2017 wari watangaje ko ugiye guhangana n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD kubera imiyoborere yayo. Mu kiganiro Bogora Uburundi cyatambutse kuri radio Intwari Ijwi rya FPB y’uyu mutwe […]

Muhanga: Ubuyobozi ntibutangaza abatwaye telefoni z’abo kwa Bonifasi Twagirimana

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, Jean Claude Nshimiyimana  ntiyerura ngo atangaze amazina y’abantu yari kumwe n’abo yemeza ko batwaye telefoni ngendanwa z’abo mu muryango wa Visi-Perezida wa Mbere w’Ishyaka FDU-Inkingi, Bonifasi Twagirimana bivugwa ko yatorotse gereza. Mu kiganiro kuri telefoni na Bwiza.com mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere 12 Ugushyingo […]

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kiravuga ko gikomeje ibikorwa byo guhiga imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki gihugu, aho kivuga ko muri Bukavu na Maniema muri Kivu y’Amajyepfo cyataye muri yombi inyeshyamba zigera kuri 63 zirimo iza FDLR, Mai-Mai ndetse ngo n’abarwanyi b’Abarundi. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’igisirikare cya Congo mu mpera […]

Abarundi basoma inzoga cyane kurusha uko basoma ibitabo

Perezida w’ihuriro ry’abanditsi mu Burundi, Joseph Butoyi atangaza ko umuco wo kudasoma ibitabo ikomeje kuremaza abarundi bityo n’abandika ibitabo bakaba bake. Atangaza ko aho ‘gusoma’ cyane ibitabo ahubwo basoma ikiyeri [Inzoga], ibi ngo bikaba biri mu bica intege abanditsi b’ibitabo. Yagize ati “Ntabwo bakunda gusoma[ibitabo] ahubwo bakanywa cyane inzoga”. Akomeza avuga ko abanditsi bacika intege […]

Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya — Kagame

“ Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya ”, ibi ni ibyatangajwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na AFP I Paris mu Bufaransa aho yitabiriye Inama ya Mbere y’Ihuriro ry’I Paris ku Mahoro (Paris Peace Forum) yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’umutekano birambye ku Isi. Perezida Kagame yasobanuraga […]

Meddy yagereranyije ubwiza bw’Abanyarwandakazi n’ubw’Abanyatanzaniya

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy  atangaza ko yatunguwe n’ubwiza bw’abakobwa yabonye ku musenyi w’inyanja mu gihugu cya Tanzaniya n’ubwiza bw’Umurwa Mukuru wa Tanzaniya, Dar Es —Salaam. Uyu muhanzi ari mu gihugu cya Tanzaniya bakunda kwita ‘Bongo land’ mu rwego rwo gukorana indirimbo n’abahanzi batandukanye bakomeye bo muri iki gihugu. Mu kiganiro na Bongo […]

Nord-Kivu: Barindwi barimo umusirikare wa FARDC bishwe

Abantu barindwi barimo n’ umusirikare wa Leta ya Congo, bishwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Ugushyingo 2018, mu bice bitandukanye byo muri Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Igitero cya mbere cyagwabwe ahagana saa tanu z’ijoro zo ku wa Gatandatu, mu bilometero 300 uvuye kuri Hoteli Okapi Palce, i Boikene. Aha umugore umwe yarahiciwe […]

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi batoye umukandida utari witezwe

Abayobozi b’ingenzi b’abatavuga rumwe n’ubutegetasi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bahisemo Depite Martin Fayulu nk’umukandida wabo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka kuwa 23 Ukuboza 2018. Ni icyemezo cyafashwe kuri iki Cyumweru, itariki 11 Ugushyingo nyuma y’iminsi y’imishyikirano I Geneve mu Busuwisi. Iki cyemezo kandi kikaba cyatunguranye kuko benshi bibwiraga ko […]

Kicukiro na Ngoma Polisi yafashe abantu bibaga moto z’abamotari bakazigurisha

Polisi y’u Rwanda  ikorera  mu karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasizuba no mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali yafashe abasore 3  bamburaga moto abamotari bakajya kuzigurisha,  izindi bakabanza kuzikuramo ibyuma bakabigurisha ukwabyo. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Insepector of Police(CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko  ku mugoroba wo  ku itariki 10 Ugushyingo […]

Gasabo: Umuzungu w’Umunyamerika arashinjwa amacakubiri no gutobora imodoka ya RIB

Kuwa kane tariki ya 8 Ugushyingo 2018, urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru I Kibagabaga rwaburanishije urubanza ruregwamo umunyamerika ukora imirimo y’ubwubatsi; ushinjwa kubiba amacakubiri no kuvana imyuka mu modoka y’urwego rw’iperereza mu Rwanda (RIB). Urubanza ruri ku rwego rw’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ku byaha bibiri uyu munyamerika Christopher ashinjwa, byombi byakorewe mu murenge wa Kinigi, akarere ka […]

OIF: Inama y’abanyamakuru yagombaga kubera I Kigali yasubitswe

Kuva tariki 22 kugeza 24 Ugushyingo, I Kigali hari hateganijwe inama mpuzamahanga y’abanyamakuru bakoresha ururimi rw’igifaransa ivuga ku buzima. Ku wa gatanu tariki ya 9 nibwo habonetse itangazo rivuga ko iyo nama itakibaye ku mpamvu ziswe iz’amikoro. Nyamara hari n’abasanga iri subikwa ryaba rikomoka ku gahimano ka Michaelle Jean utarahiriwe n’amatora agatsindwa n’umunyakigali Louise Mushikiwabo. […]

Rwamagana: abantu 13 bari mu bitaro bazira kunywa ikigage

Mu bitaro by’akarere ka Rwamagana, haravugwa abarwayi bagera kuri 13 bahazanywe ejo bavuye ku kigo nderabuzima cya Nyagasambu. Aba barwayi ngo bazize ikigage banyoye ku wa gatanu, ariko ubuyobozi bw’ibitaro butanga ihumure buvuga ko bari koroherwa. Iki kigage cyari kigaritse ingogo, cyavuye mu murenge wa Mwurire muri aka karere, giturwa umuryango wo mu mudugudu wa […]

Amafoto ya Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed mu rukundo n’umufasha we yavugishije benshi

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, uherutse gushimirwa gushyira abagore benshi muri guverinoma ye ndetse no mu myanya y’ingenzi yagaragaye yishimanye n’umufasha we mu buryo bwavugishije benshi ubwo bari basuye intara ya Amhara. Minisitiri w’Intebe Abiy wagiriye inama zitandukanye zijyanye na dipolomasi, iterambere n’ubuyobozi muri uru ruzinduko yakoreye muri Amhara kuwa Kane, itariki 08 Ugushyingo […]

Urutonde rw’abahamijwe ibyaha bya ruswa rwasohowe ntiruvugwaho rumwe

Ibiro by’Umuvunyi Mukuru byashyize ahagaragara amazina y’abantu bahamijwe ruswa biganjemo abayakiriye n’abayitanze igizwe n’amafaranga makeya. Ni mu rwego rwo gukurikirana ikibazo cya ruswa mu gihugu. Uru rutonde rwashyizwe ahagaragara ntiruvugwaho rumwe nko kuba hatagaragaraho abantu bakiriye ruswa y’amafaranga menshi. Ni urutonde ruriho abantu 37, muri bo 36 bakaba ari abagore ruriho imyirondoro yabo, igitsina n’aho […]

Arifuza inkumi itarengeje imyaka 26 bafatanya mu rugendo rw’urukundo

Uwitwa Elyse wo mu Majyaruguru yandikiye Bwiza.com ayisaba kumufasha kubona umukobwa wamubera umukunzi uwujuje ibyo yifuza akaba yamuhamagara bagafatanya urugendo rw’urukundo. Muraho Bwiza.com! Nitwa Elyse ntuye mu Majyaruguru, ndifuza umukobwa ufite imyaka hagati ya 21ans na 26 ans w’imibiri yombi cyangwa w’inzobe wize Kaminuza byaba akarusho akaba afite akazi, nanjye narangije kwiga ubu ndacuruza kandi […]

Kirundo: Umusirikare  wa leta yishe mugenzi we arangije nawe ariyahura

Muri Komini Ntega, mu Ntara ya Kirundo iherereye mu majyaruguru y’u Burundi, kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 09 Ugushyingo umusirikare yarashe mugenzi we aramwica anakomeretsa undi mbere y’uko nawe yirasa. Biravugwa ko amasasu yumvikanye ku birindiro bya gisirikare biri ahitwa Kinyovu, muri Komini Ntega mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uwo wa […]

Amnesty International yagize icyo isaba leta ku birebana n'ibiregwa ba Rwigara

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Amnesty International urasaba ko ibirego bishinjwa Diane Rwigara na nyina byateshwa agaciro. Ibi ikaba yarabisabye mbere y’uko urubanza rw’aba rusubukurwa kuwa gatatu ushize. Amnesty International ivuga ko Diane Rwigara azira kunenga ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, kwamagana akarengane ndetse no kunenga uko ubukungu bw’igihugu bwifashe. Ni mu gihe […]

Rusizi:Umuturage yafatiwe mu cyuho agerageza guha ruswa umupolisi

Mu rukerera rwo kuwa 09 Ugushyingo 2018 Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza yazindukiye mu gikorwa cyo gufata bamwe mu baturage bacuruza ibintu bitemewe mu Rwanda. Ubwo Polisi yageraga mu rugo rw’umuturage witwa Nyabyenda Vianney ufite imyaka 49 basanze muri butike ye afitemo amashashi yacuruzaga andi akayapfunyikiramo abakiriya be. […]

Mpayimana yangiwe gukorana ikiganiro n’itangazamakuru

Umunyepolitiki wigenga Mpayimana Philippe wigeze kuba umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2017, akongera akaba umukandida wigenga mu matora y’abadepite yo mu mwaka wa 2018, yangiwe gukorana ikiganiro n’Abanyamakuru, none kuwa 10 Ugushyingo 2018. Ikiganiro cyari giteganyijwe kuva isa yine za mu gitondo kugeza I saa munani, ariko ntibyamukundiye, kuko aho […]

Amajyaruguru: Bejeje ibijumba ku bwinshi ariko babuze isoko

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko bejeje ibijumba kugeza ubwo babura isoko ryabyo, bimwe bikaba biri gupfira ubusa mu mirima, Ubuyobozi bw’intara y’amajyaruguru buvuga ko kuba bejeje atari ikibazo ngo hagiye gushakwa amasoko ariko kandi abasobanukiwe iby’ibijumba bo basaba abaturage guhinga imbuto nziza ishobora kubyazwamo ibindi biribwa. Mu bigaragarira amaso yaba mu […]

Dore ibizakwereka ko umugore ageze ku rwego rwo gushaka imibonano mpuzabitsina

Mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina, ni ngombwa ko hagati y’abagiye gukora igikorwa bategurana, umwe akabanza gufasha mugenzi we kumugeza ku rwego yumva amwiyumvamo cyangwa yumva umubiri witeguye. Mugabo, dore ibimenyetso bizakwera ko ageze ku rwego abikeneye: 1.Indoro : Umugore ugeze ku rwego rwo kumva ashaka cyane imibonano mpuzabitsina, uzabona ayatangiye guhindura indoor, areba nk’unaniwe cyangwa […]

Kugira ngo uhindure abandi ugomba kwiheraho- IGP Dan Munyuza

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda,  IGP Dan Munyuza arasaba urubyiruko rw’abakorerabushake kubanza kuba intangarugero mbere yo kwigisha abandi. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ugushyingo 2018, ubwo hatangizwaga amahugurwa y’urubyiruko rw’abakorerabushake baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu. IGP Munyuza yasabye uru rubyiruko guhindura imyumvire y’urubyiruko n’abandi baturage aho batuye, aho bakorera, biga […]

Ange Kagame nawe yasubije Michaà«lle Jean nyuma yo kuvugira Diane Rwigara

Nyuma y’aho Michaà«lle Jean watsinzwe kuyobora umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) abinyujije kuri twitter asabiye gukurikirana ubwitonzi urubanza rwa Diane Rwigara na nyina, akanengwa n’Umunyabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe wamubwiye ko avugishwa no kuba aherutse gutsindwa na Louise Mushikiwabo, Ange Kagame, umukobwa wa Perezida wa Repubulika nawe yagize icyo abwira uyu […]

Muvuga ko urumogi rufite ikibazo,nimukitubwire?-umudepite abwira inteko ishinga amategeko

Umudepite mu gihugu cya Tanzaniya, Joseph Musukuma avuga ko atumva impamvu Leta y’igihugu cye ikomeje kwanga ko urumogi rwacuruzwa nk’ibindi bicuruzwa byose yitwaje ko ngo rufite ikibazo. Uyu mugabo uhagarariye agace ka Geita kuwa 9 Ugushyingo 2018 ubwo yatangaga ibitekerezo  mu nteko yavuze ko  Leta ikwiriye gusobanura ikibazo kiba mu rumogi mu gihe ibindi bihugu […]

Burundi: Bamwe mu bayoboke ba CNDD-FDD bayinenze baranayiburira

Bamwe mu barwanashyaka ba CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, bandikiye ibaruwa ifunguye igizwe n’amapaji 6 Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, Evariste Ndayishimiye, amubwiza ukuri ku birebana n’ibibazo biri mu Burundi, amusobanurira ko bidaterwa n’u Rwanda n’u Bubiligi nk’uko bavuga, ahubwo anamuburira avuga ko ubukene buri mu gihugu nibukomeza abaturage bazahaguruka bakarwanya ubutegetsi. Ni ibaruwa […]

Watsapu ni uburyo bwiza bwo gutanga ubutumire ?

U Rwanda rurakataje mu  ikoranabuhanga mu bijyanye no guhana amakuru by’umwihariko gukoresh imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter,instagram n’izindi. N’ubwo bimeze gutyo, hari abavuga ko hari ubutumwa abantu badakwiriye kunyuza muri iyi nzira y’itumanaho abandi bakabyemeza. Urugero rtangwa ni ugutanga ubutumire bw’ubukwe ntibavuga  binyuze kuri kuri Watsapu (Watsapp). Mu kiganiro  Bwiza.com yagiranye na bamwe mu bakoresha […]

HRW isaba u Rwanda kugaragaza ukuri ku ibura rya Twagirimana Boniface

Umuryango Uhuranira Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Watch) urasaba Leta y’u Rwanda kugaragaza ukuri mu gihe hashize ukwezi, umuryango n’ inshuti z’umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta y’ U Rwanda, Boniface Twagirimana aburiwe irengero. Twagirimana Boniface yatawe muri yombi ku wa 6 Nzeri 2017, hamwe na bagenzi be bagiye bafatwa mu minsi yakurikiye ifatwa rye, nk’ […]

Umwe mu bantu ba hafi ba Gen. Kayihura yahunze igihugu

Uyu mugabo wahoze ayobora polisi mu gace ka Kampala y’amajyepfo akaba umwe mu bapolisi bakoranye bya hafi na Gen. Kayihura, ACP Hajji Siraje Bakaleke yahunze igihugu cya Uganda. Ni nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurwanya ruswa rutanze impapuro zo ku muta muri yombi kugira ngo aryozwe ibyaha birimo gukoresha ububasha yari afite nabi no gushimuta. Abantu […]

U Bubiligi: Hizihijwe isabukuru y’imyaka 75 ya Mgr Nzakamwita- AMAFOTO

Muri kiliziya iherereye i Gijzegem mu gice kivuga igifurama mu gihugu cy’u Bubiligi, habereye misa yo kwizihiza imyaka 75 Musenyeri Servilien Nzakamwita amaze avutse. Muri iyo misa yabaye ku wa Gatandatu taliki 3 Ugushyingo 2018, yari yateguwe n’abavandimwe ba Musenyeri Nzakamwita batuye mu Bubiligi bafatanije n’inshuti n’abavandimwe. Misa yasomwe na Musenyeri Nzakamwita ubwe akikijwe na […]

Bamwe mu banyamategeko mu Rwanda barakemanga ibizamini bikorwa ku mirambo

Mu Rwanda hari abanyamategeko bahangayikishijwe n’ibizamini by’abaganga bikorwa ku mirambo hagamijwe kumenya inkomoko y’urupfu bizwi nka Autopsy. Baravuga ko ibyo bimenyetso bikunze kwifashishwa mu nkiko biba bitarimo ukuri kandi abacamanza bakabishingiraho mu gufata ibyemezo. Barasaba ko abacamanza bagombye kubikoraho ubushishozi kuko ngo hari ababirenganiramo. Baravuga ko urugaga rw’abaganga mu Rwanda rwemeza ko nta mpuguke yabyigiye […]

Dr. J. Peter Pham, intumwa yihariye ya Perezida Trump mu Biyaga Bigari

Dr. J. Peter Pham yagizwe intumwa yihariye ya perezida w’Amerika mu Karere k’Ibiyaga Bigari k’Afurika nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na Department ya leta rivuga. Mu nshingano nshya Dr Pham yahawe,  harimo guhuza ibikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rw’umutekano ku mipaka, politiki n’iterambere ry’ubukungu mu karere k’Ibiyaga Bigari. Ni we kandi ushinzwe […]

MINAGRI irababwa ku gusobanura ikishe amafi i Musanze

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyatanzwe na minisiteri eshatu, iy’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI, iy’Ubucuruzi n’Inganda MINICOM n’iy’Ubutegetsi bw’Igihgu MINALOC, habajijwe byinshi birimo n’ikibazo cy’amafi yahumanyijwe agapfira rimwe i Musanze. Mu gitondo cyo kuwa 21 Nzeli 2018 igifite ubuzima cyose gihumeka mu mugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze cyasanzwe cyapfuye, amafi, inzoka n’ibikeri bireremba hejuru y’amazi. Yuma y’aho […]

Ruhango: Guverineri Gasana arasaba uruganda rwa Kinazi gushyiraho amakusanyirizo y’imyumbati

Bamwe mu bahinzi b’imyumbati bo mu murenge wa Kinazi bavuga ko nyuma y’aho baboneye imbuto nziza umusaruro wabaye mwinshi ariko bagorwa no kuwugeza ku ruganda, bifuza ko uruganda rwajya rubegera rukaza gutwara uwo musaruro wabo kuko bituma hari n’abahinzi bahitamo kuyinyuza ku ruhande bakigurishiriza ku masoko asanzwe. Umwe mu bahinzi bo muri uyu murenge, Nyabyenda […]

Ushinjwa gutuka Perezida Museveni na nyina yanze gusohoka muri gereza ya Luzira

Umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere akaba b’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu Dr. Stella Nyanzi yabwiye urukiko ko adashaka kuburana ari hanze ko ahubwo ashaka kwigumira muri gereza ya Luzira iri mu Mujyi wa Kampala. Ni nyuma yaho ubushinjacyaha bumushinja gusebya no gutuka Perezida Museveni na nyina Esteri Kokundeka abinyujije ku rukuta rwa Facebook rwe kuwa  16 […]

Madamu J. Kagame yitabiriye umwiherero w'abanyamuryango ba ‘Unit Club’- AMAFOTO

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umukuru w’Umuryango Unity Club– Intwararumuri,  yitabiriye umwiherero wa Gatatu uhuza abanyamuryango b’uyu muryango. Ubwo yabagezagaho ikiganiro yababwiye ko yifuza ko umwera ubaturukamo wakwira mu Banyarwanda bose. Ni umwiherero watangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Ugushyingo 2018, mu cyumba cy’inama ‘Intare Conference Arena’ kiri i Rusororo mu Karere ka Gasabo, Umujyi […]

Rwamagana: Umugabo n’umugore bashwaniye mu rukiko bagiye gusezerana

Umugabo yitwa Abdoul- Kharim uri mu kigero cy’imyaka 37, wari umaranye imyaka icyenda n’umugore we, Tamari, bashwaniye mu rukiko ubwo bari bagiye gusezerana imbere y’amategeko. Ku wa Kane tariki ya 8 Ugushyingo 2018, ubwo bombi bari bagiye gusezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Kigabiro, akarere ka Rwamagana, nibwo habaye ukutumvikana hagati yabo, umugabo yifuza gusezerana […]

Impamvu Perezida Kagame anenga Thomas Sankara na Laurent Gbagbo

Mu gihe isi yose yita Thomas Sankara intwari bitewe n’inyurabwenge ye ya politiki yari ishingiye mu guharanira inyungu z’umuturage mbere ya byose, na Perezida Kagame amushimira ubutwari bwe ariko akamunengera ikintu kimwe. Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru mpuzamahanga, inkuru igasohoka mu kinyamakuru ‘La Nouvelle Tribune’ ku wa 26 Nyakanga 2017, ku nsanganyamatsiko yibanze ku […]

Michaà«lle Jean yasabye ko urubanza rwa Diane Rwigara  rwakurikiranwa mu buryo bw'umwihariko

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) , Michaà«lle Jean yasabye ko urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rukwiye gukurikiranwa mu bushishozi bwo ku rwego rwo hejuru. Uyu Munya-Canada Michaà«lle Jean avuga ko urubanza rwa Diane Rwigara yita impirimbanyi  y’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo rukwiriye gukurikiranwa mu bushishozi. Ati “Dukurikirane n’ubushishozi bukomeye urubanza ruregwamo mu […]

Hamisa Mobetto yerekanye uwo yasimbuje Diamond Platnumz

Umunyamideli wo mu gihugu cya Tanzaniya, Hamisa Mobetto yashyize ku mugaragaro umugabo mushya yasimbuje Diamond baherutse gushwana. Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Mobetto yashyize hanze ifoto y’umusore utaramenyekana amazina,iherekejwe n’ubutumwa bugira buti” Iyi ni roho yiyicariye mu mutima.” Ibi uyu mugore w’abana babiri muri iyi minsi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu […]

Umupolisi mukuru ushinjwa ‘gushimuta’ Lt. Joel Mutabazi arara arira bugacya

Umwe mu bapolisi bakuru bashinjwa gushimuta uwahoze ari umurinzi wa Perezida Kagame, Lt.Joel Mutabazi ari we ACP Joel Aguma asigaye arara arira bugacya avuga ko we ari inzirakarengane y’ibihe. Amakuru atangwa n’abantu ba hafi na gereza uyu mugabo afungiwemo iri Makindye avuga ko yitungiwe n’amasengesho  muri gereza nyuma yaho ibyo gufungurwa biyoyotse. Aba batangarije Spyreports […]

Burundi: Ishyaka rishya rya Agathon Rwasa ryanzwe

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Burundi, itangaza ko ishyaka rishya rya Agathon Rwanda nta byangombwa rizahabwa nk’ishyaka ryemewe n’amategeko nyuma yaho bigaragaye ko ritujuje ibisabwa. Iyi Minisiteri yabinyujije mu itangazo yageneye umuyobozi w’iri shyaka FNL ( Front National de LibertĂ© ), Agathon Rwasa, imumenyesha ko ibirango n’izina rikoresha bisa n’iby’irindi shyaka FNL (Front National de Liberation). […]

Urubanza rwa Leta n'abatuye Bannyahe ruraca amarenga ko rutazoroha

Nyuma y’igice cy’umwaka abaturage ba Kangondo ya Mbere n’aba Kangondo ya Kabiri hombi hazwi nka Bannyahe, n’aba Kibiraro ya Mbere izwi nko mu Rwimpyisi mu karere ka Gasabo batanze ikirego, ejo baraburanye ku nshuro ya mbere, kuwa 07/11/2018. Kimwe mu bigaragaza ko uru rubanza rushobora kuzaba rutoroshye na mba, ni ukuba rukusanyirije hamwe ikirego cy’abantu […]

Abaminisitiri bahinduriwe uturere bagomba gukurikirana, bamwe bahabwa tubiri

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yahaye Abaminisitiri n’abandi bagize Guverinoma uturere bagomba gukurikirana, aho buri wese yahawe Akarere katari ako yari asanwemo. Kuba abagize Guverinoma y’u Rwanda baragabanutse, byatumye bamwe bahabwa Uturere tubiri two gukurikirana, mu gihe umwaka ushize buri wese yari yahawe Akarere kamwe gusa ko gukurikirana. ( Bisome hano […]

Imbogo 400 zatwawe n’amazi abaryi b’inyama barasakirwa

Imbogo amajana zahungaga intare zatwawe n’uruzi ku rubibi rugabanya Botswana na Namibiya, bituma abaturage babona inyama zo kurya z’ubuntu. Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi muri Botswana, ngo ubwo izo mbogo zahungaga intare, zagiye zigwa mu mugezi ukazitwara, abaturage bakazirohora zimwe zapfuye bahita bazibaga. Abaturage baganiriye na BBC, batangaje ko izi mbogo zananiwe koga ngo zigere ku yindi […]

Gen. Mubarak arasaba abakobwa gutera ikirenge mu cy’abo bari kumwe ku rugamba

Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, Gen. Maj. Mubarak Muganga, yahaye impanuro abanyeshuri b’abakobwa mu Karere ka Rwamagana, abashishikariza gutera ikirenge mu cy’intwari z’abakobwa babayeho mu Rwanda. Mu bukangurambaga bwaberega mu rwunge rw’amashuli rwitiriwe Mutagatifu Aloyizi rw’i Rwamagana, kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2018, bugamije gukangurira abana b’abakobwa kwigirira icyizere, Gen. […]

Umunyarwanda Buravan yatsindiye igihembo gitangwa na RFI

Burabyo Yvan uzwi ku izina rya Buravan wahataniraga igihembo gitangwa na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa ‘Prix Decouverte RFI 2018’ gihabwa abahanzi b’abahanga bo ku mugabane wa Afurika n’ahandi, abaye umunyarwanda wa mbere ucyegukanye. ‘Prix Decouverte’ ni igihembo Buravan yatsindiye kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Ugushyingo 2018, akaba ari we muhanzi wa mbere ubashije kucyegukana […]

Tanzaniya:  Abatinganyi 10 batawe muri yombi

Igipolisi cyo mu gihugu cya Tanzaniya gitangaza ko cyataye muri yombi abagabo 10 bo mu birwa bya Zanzibar  bakekwaho kubana bahuje ibitsina bizwi nk’ubutinganyi. Umuyobozi wa Plisi mu gace k’amajyepfo ka Unguja, Suleiman Hassan yemeje iby’aya makuru anatangaza ko kugeza ubu iki kibazo kigiye gukurikiranwa mu mategeko. Aba bagabo 10 batawe muri yombi nyuma yaho […]

Jose Mourinho avuga ko yatutswe n’abafana ba Juventus

Umutoza w’ikipe ya Manchester United, Jose Mourinho atangaza ko yatutswe ubwo umukino wari urangiye wahuzaga iyi kipe atoza na Juventus yo mu Butaliyani. Ni umukino wabaye ku wa Gatatu tariki ya 7 Ugushyingo 2018, ubera ku kibuga cy’ikipe ya Juventus. Ubwo umukino wari urangiye Mourinho yagaragaye afashe ku gutwi nk’ugambiriye kumva ibyo abafana ba Juventus […]

California: Abantu 12 biciwe mu kabari abandi barakomereka

Abantu 12 barimo umupolisi bishwe barashwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu i California mu kabari kitwa Borderline Bar & Grill, aho bivugwa ko umuntu witwaje imbunda yinjiye ku ngufu agatangira kurasa nk’uko Sheriff Geoff Dean yabitangarije itangazamakuru. Uwarashe nawe yasanzwe aha hantu yapfuye mu gihe abandi bantu basaga 12 bakomeretse. Uyu mupolisi wiciwe […]

Abasore bambara poketi n’abakobwa bagaragaza ibice by’ibanga basabiwe gukubitwa

Umuyobozi w’Akarere ka Makete mu ntara ya Njombe ho muri Tanzaniya, Kessy  Veronika yasabye ko  abasore bakenyerera ipantaro munsi y’ikibuno n’abakobwa bambara imyenda igaragaza bimwe mu bice by’ibanga bazajya bakubitirwa ku karubanda. Uyu muyobozi yabwiye abaturage ko bakwiriye kwambara imyenda ibabereye nk’uko sosiyete ibigena. Avuga ku myambarire y’abasore n’inkumi, Veronika yavuze ko abahungu n’abakobwa bambaye […]

Ali Kiba yanze kwitabira igitaramo Diamond yamutumiyemo

Umuhanzi Ali Kiba yatangarije mugenzi we Diamond badakunze gucana uwaka ko atazitabira ibitaramo yari yaramutumiyemo bitewe n’izindi gahunda yavuze ko azaba afite. Diamond ni umuyobozi mukuru w’inzu itunganya umuziki ya Wasafi record, akaba yari yatumiye Ali Kiba mu bitaramo serukiramuco (Wasafi Festival) bateguye, bikazabera muri Kenya mu mpera z’Ukuboza 2018. Abicishije ku mbuga nkoranyambaga, Kiba […]

Uganda: Abaturage bibasiye minisitiri baramutuka benda no kumukubita

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ikoranabuhanga n’itumanaho muri Uganda, akaba ari n’umudepite uhagarariye Akarere ka Kayunga mu nteko , kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo yibasiwe n’abaturage bariye karungu baramutuka baramwandagaza habura gato ngo banamukubite. Madamu Idah Nantaba (uri ku ifoto) unahagarariye Kayunga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, bivugwa ko yari mu rukiko […]

Ruhago: Urutonde rw’amakipe 10 akize kurusha ayandi ku Isi

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, iyoboye urutonde rw’amakipe akize kurusha ayandi ku Isi muri ruhago mu mwaka wa 2018, ni urutonde rushyizwe hanze ku nshuro ya 14 n’ikinyamakuru Forbes kizwiho gukora intonde. 1.Man.Utd : Iyi kipe yo mu Bwongereza imaze imyaka 140 ishinzwe, amazina yayo yose ni ‘Manchester United Football Club’ ikaba izwi […]