Kamonyi/Kayenzi: Kutagira umuhanda mwiza bishyira mu bwigunge abatuye akagari ka Cubi

Abaturage bo mu kagari ka Cubi gakungahaye ku mabuye y’agaciro, ubuhinzi cyane cyane ubw’inanasi, bavuga ko kuba batagira umuhanda mwiza, bibabangamira guhahirana n’abandi bo mu tundi duce baturanye natwo. Akagari ka Cubi kari mu murenge wa Kayenzi,mu karere ka Kamonyi,  ni akagari gakora ku rugabano rw’akarere ka Kamonyi, aka Muhanga ndetse na Gakenke, ni agace […]

Rusizi: Haravugwa ihungabana ry’ubukungu mu murenge wa Mururu

Abagize njyanama y’umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi bavuga ko  hashize igihe uyu murenge uhanganye n’ihungabana ry’ubukungu rishingiye ku bucuruzi kuva aho aka karere  gafatiye umwanzuro wo gusubiza mu mujyi rwagati bimwe mu bicuruzwa byacururizwaga ku mupaka wa Rusizi ya mbere muri uyu murenge. Bamwe muri aba bacuruzi bafashe ibicuruzwa byabo babijyana ku mupaka […]

Abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota ntibazazikabya-IGP Munyuza

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, aributsa buri muturarwanda wese ko Polisi y’u Rwanda iri maso ku kubungabunga mu buryo bwose bukenewe umutekano w’Abanyarwanda kandi ko n’abashaka kuwuhungabanya barimo kurota. Ibi IGP  Dan Munyuza yabivugiye mu kiganiro Polisi y’igihugu yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2018, ikiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru […]

Zimbabwe: Abasaga 40 bahiriye muri bus bikekwa ko yatwitswe na gaz

Byibuze abagenzi 42 nibo bimaze kwemezwa ko baguye mu mpanuka ya bus nyuma y’aho ikigega cya gaz gishwanyukiyemo nk’uko byatangajwe n’Igipolisi cya Zimbabwe cyanashyize ahagaragara amafoto y’iyo bus yahiye igakongoka. Iyi mpanuka yabaye mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ugushyingo, yabereye mu Karere ka Gwanda, mu birometero nka 550 mu majyepfo ya […]

Hashyizweho itsinda rihuriweho rigiye gushakisha abakoze jenoside batarafatwa

Hashinzwe itsinda rihuriweho n’ibiro by’umushinjacyaha w’urukiko rwashinzwe kurangiza imanza zitarangijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha, ndetse n’abakora mu nzego zitandukanye z’ubutabera z’u Rwanda bazakorera hamwe mu gushakisha abantu bashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batarafatwa barimo umunyemari Felicien Kabuga. Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yahuje uru rwego rw’Umuryango w’Abibumbye n’inzego zishinzwe ubutabera […]

P. Diddy yapfushije nyina w’abana be batatu

Umunyamideri akaba n’umukinnyi wa cinema, Kim Porter wakundanye n’Umuraperi P.Diddy kuva mu 1994 kugeza mu 2007 ndetse bakabyarana abana batatu barimo impanga, yitabye Imana kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ugushyingo afite imyaka 47 y’amavuko. CNN ivuga ko Kim Porter yasanzwe mu rugo iwe yapfuye kuri uyu wa Kane mu gitondo nk’uko byatangajwe n’abashinzwe gukora […]

Espagne ikeneye ko  u Bwongereza na Croatia binganya kugirango irangize mu itsinda ari iya mbere

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Espagne  yatakaje umukino  yakiriwemo na  Crotia , itsindwa ibitego 3:2  mu mukino wishiraniro wabereye mu murwa mukuru Zagreb kuri  Maksimir Stadium imbere y’ imbaga y’abasaga 35000 bya Abanya-Crotia. Ibitego ku mpande zombi byatsinzwe na Andrej Kramaric wa  Crotia watsinze igitego cya 1 ku munota wa 54, naho Isco wa Espagne azamukana […]

Kayonza: Abarimu ba G.S. Gikaya bateye inkunga umukecuru ufite ubumuga

Kuri uyu wa kane, tariki ya 15 Ugushyingo, abarimu  bigisha mu Rwuge rw’Amashuri rwa Gikaya(G.S Gikaya) bafatanyije n’ubuyobozi bw’ishuri bashoje umwaka w’amashuri 2018 bagenera imfashanyo igizwe y’ibiribwa bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 40 umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 78 banamwemerera kumusanira inzu yenda kumugwira . Uwo mukecuru witwa Barakundwa Costasie  atuye muri metero 35 uvuye aho […]

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Abasirikare barindwi b’Umuryango w’Abibumbye muri Congo, umutanzaniya umwe n’abanyamalawi 6, biciwe mu gitero izi ngabo za Monusco zagabye ku nyeshyamba z’umutwe wa ADF hafi ya Beni ku bufatanye na FARDC nk’uko itangazo ry’Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni kabitangaje kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ugushyingo. Umusirikare ukomoka muri Tanzania umwe yishwe mu gihe abandi batandatu […]

U Rwanda na Qatar byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye

U Rwanda na Qatar byasinyanye amasezerano arimo aya serivisi z’ingendo zo mu kirere, kurinda ishoramari ndetse bigirana amasezerano y’ubwumvikane ku bukungu, ubucuruzi, n’ubufatanye mu bya tekiniki. Amasezerano uko ari atatu yashyizweho umukono kuri uyu wa kane, itariki 15 Ugushyingo ahagarikiwe na Perezida Kagame na Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, umuyobozi wa Qatar. Perezida Paul […]

Centrafrica: Abapolisi b'u Rwanda bambitswe imidari y'ishimwe

Kuri uyu wa Kane tariki 15 Ugushyingo2018  abapolisi b’u Rwanda  barenga  431 bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Centre Africa (MINUSCA) bambitswe imidari y’ishimwe. Ni imidali bambitswe n’intumwa z’umuryango w’ababibumbye (UN) nk’ishimwe ry’ukuntu bagaragaza  umurava,ubunyamwuga  n’ubwitange  mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Abambitswe  imidali  bibumbiye mu  matsinda atatu  arimo abapolisi bashinzwe […]

Ibintu 10 byari byakuye umutima Perezida Habyarimana mbere y’uko yicwa

Ku wa 6 Mata 1994, nibwo inkuru yakwiye i Rwanda n’i Mahanga ko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda indege yari arimo irashwe agapfiramo, umwe mu bari kumwe nawe avuga ko hari ibintu byari bagiye biba mbere yabyo ku buryo ngo byari byamuteye amakenga. Umwe mu bari kumwe na Prezida Habyarimana mu nama i Dar es salaam […]

Nyamasheke: Umusaza w’imyaka 70 yishwe ashinjwa amarozi

Mu mudugudu wa Ryanyagahangara, akagari ka Gasovu, umurenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu rw’umusaza, Karekezi Jean w’imyaka 70 y’amavuko, wishwe n’umusore w’imyaka 31  witwa Habiyakare Pontien, wamushinjaga  kuroga nyina,  Mukamayira Esther. Mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 14 Ugushyingo 2018, ni bwo bumvise induru mu rugo […]

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi (UNHCR) uratabariza impunzi  z’Abarundi ziba mu nkambi ya Mahama uvuga ko zugarijwe n’ibibazo uruhuri. HCR irasaba indi  miryango gutabara mu maguru mashya kugira ngo imibereho y’izi mpunzi ihinduke kuko ngo amikoro ari hafi ya ntayo. Ibi bitangazwa n’umunyamideli,umufotozi kabuhariwe ndetse n’umwe mu bakorana  bya hafi na HCR, Helena Christensen ubwo […]

Messi na Ronaldo si abakinnyi b'ibihe byose- Kylian Mbappe 

Umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, Kylian Mbappe Lottin avuga ko Lionel Messi na Cristiano Ronaldo ndetse na Buffon atari abakinnyi b’ibihe byose muri ruhago. Mbappe unakinira ikipe y’igihugu y’Ubufaransa, mu kiganiro na ESPN  yavuze ko umukinnyi w’ibihe byose ari Umunyaburezili, Edson Arantes do Nascimento uzwi nka Pele. Uyu musore w’imyaka 19 […]

Imirambo ibiri yagaragaye  mu kiyaga kiri hagati y’u Rwanda n’Uburundi

Imirambo y’abagabo babiri bataramenyekana imyirondoro yabo yagaragaye mu Kiyaga cya Rweru kiri hagati y’u Rwanda n’Uburundi mu ntara ya Kirundo. Igipolisi cy’Uburundi cyemeza  gishimitse ko iyi mirambo yaturutse ku ruhande rw’u Rwanda binyuze mu ruzi rw’akagera nk’uko inkuru dukesha UBM News ibitangaza. Umuvugizi w’igipolisi cy’Uburundi, Pierre Nkurikiye  avuga ko iyi mirambo yatoraguwe ku minsi itandukanye […]

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Guverinoma ya Uganda irateganya guhagarika status y’impunzi ku Banyarwanda ibihumbi baba muri iki gihugu nk’impunzi. Ibi byatangajwe na minisitiri ushinzwe impunzi mu nshingano ze, Hillary Onek ubwo yabonanaga n’abagize inteko ishinga amategeko ya EAC (EALA) I Kampala. Yasobanuye ko Guverinoma ya Uganda iri guteganya guhagarika status y’impunzi ku banyarwanda ahubwo bagahabwa ibyangombwa byo gutura by’agateganyo. […]

USA: Uwari umujyanama muri perezidansi yirukanwe kubera Melania Trump

Uwari umujyanama wungirije mu by’umutekano w’igihugu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mira Ricardel, yakuwe kuri uwo mwanya, nyuma y’amakimbirane akomeye hagati ye na Melania Trump, umugore wa Perezida Donald Trump w’Amerika. Umuvugizi w’ibiro bya White House bya perezida w’Amerika, yavuze ko Madamu Ricardel “avuye muri White House yitegurira umwanya mushya muri ubu butegetsi”. Ku wa […]

APR FC yasabye ko imikino yayo yakwigizwa inyuma

Umukino wari uteganyijwe kuzahuza APR FC na Rayon Sports ku itariki 23 Ugushyingo 2018 mu Gikombe cyo kurwanya ruswa wimuriwe ku itariki itaramenyekana nyuma y’ubusabe bwa APR FC. Igikombe ngaruka mwaka  kitiriwe kurwanya ruswa gihuza amwe mu makipe meza y’imbere mu gihugu  gitegurwa kigaterwa inkunga n’Urwego rw’Umuvunyi. APR FC na Rayon Sports ni umukino ukurikirwa […]

Misiri ishobora kuzaba imbogamizi ku mavugurura ya Perezida Kagame muri A.U

Abakuru b’ibihugu bya Afurika bazahurira mu Nama idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe muri iyi weekend, aho bazigira hamwe ibijyanye n’amavugurura y’uyu muryango amaze imyaka 2 ashinzwe Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Abasesenguzi barasanga Perezida Paul Kagame watumije iyi nama asigaranye igihe gito ngo atambutse ayo mavugurura agamije guhindura umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe umuryango ufite […]

Ntidushobora kwemera ko Gicumbi ihinduka amarembo yo gusenya ibyagezweho — Min. Shyaka

“ Gicumbi yabaye amarembo y’u Rwanda rushya, ntidushobora rero kwemera ko ihinduka amarembo yo gusenya ibyagezweho, ibiyobyabwenge na magendu bigomba gucika burundu ”, Ibi Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yabisabye abakozi bose b’Akarere ka Gicumbi, guhera ku rwego rw’Akarere kugeza ku rwego rw’Akagari, mu nama yamuhuje na bo mu ntangiriro z’iki cyumweru kuwa 12 […]

Rutahizamu wa Rayons Sport akomeje kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga

Bimenyimana Bon Fils Caleb yitwaye neza mu mukino ikipe Intamba mu Rugamba y’u Burundi  y’abatarengeje imyaka 23 yatsinzemo iya Tanzania 2-0 mu mukino ubanza wo guhatanira itike yo kujya mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ugushyingo 2018 kuri Stade Louis Rwagasore. Igice cya mbere cyarangiye […]

Uvira: Abasaga 10 baguye mu mirwano hagati y’ingabo z’u Burundi na FNL

Abantu basaga 10 nibo babaruwe baherutse kugwa mu mirwano hagati y’ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba z’Abarundi zo mu mutwe wa FNL muri Uvira na Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko amakuru yatangajwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Ugushyingo avuga. Imbunda nyinshi n’amasasu kandi byafashwe n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa zakoreye […]

Havumbuwe umugambi w'u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Amakuru yizewe agera ku rubuga Virungapost aravuga Abayobozi b’inzego z’umutekano za Uganda batangiye gufatanya n’igihugu cy’u Burundi mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu gihe abaturanyi beza ubusanzwe bakabaye bashishikazwa n’imibereho myiza ya bagenzi babo, guverinoma z’ibi bihugu zikomeje kugaragaza ubushake bwo gukongeza urugo rw’umuturanyi kandi rushobora gushya rugakongeza n’izabo. Aya makuru aravuga ko […]

Perezida Museveni yafashe ingamba zo kurindira umutekano abashoramari b’abanyamahanga

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yijeje abashoramari b’abanyamahanga kubarindira umutekano nyuma y’aho hari abagizi ban abi bamaze iminsi bagaba ibitero ku bashoramari b’Abashinwa muri iki gihugu. Museveni akaba yijeje ko mu cyanya cyahariwe inganda n’ahandi hari inganda z’abanyamahanga hagiye gushyirwa abashinzwe umutekano. Ibi Perezida Museveni Yabitangaje ubwo yakiraga Ambasaderi w’u Bushinwa muri Uganda, Zheng ZhuQiang, […]

P5 iracyategereje igisubizo cy’u Rwanda ku mishyikirano yasabye

Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 aravuga ko yandikiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, amwibutsa indi baruwa bamwandikiye muri Nyakanga uyu mwaka, basaba ibiganiro na Leta y’u Rwanda. Ayo mashyaka avugwa ni PS-Imberakuri, PDP-Imanzi, FDU-Inkingi, Amahoro na RNC yose atemewe mu Rwanda. Mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa RNC, Gervais Condo, yagiranye […]

Rusizi: Umumotari yafatanywe uruhushya rwo gutwara moto rw’uruhimbano

Ku mugoroba wo  ku itariki 13 Ugushyingo nibwo abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe umumotari witwa Karangwa Elie ufite imyaka 30 atawaye moto ifite ibiyiranga RC 848Z .Akaba yari afite  uruhushya rwo gutwara Moto(Categorie A)  rw’uruhimbano. Senior Superintendent of Police (SSP) Jean Marie Vianney Ndushabandi  umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami […]

Rwamagana :Abashakanye badahuza baragirwa inama yo kwaka gatanya aho kwicana

Ku wa   kabiri tariki ya 13 Ugushyingo 2018,  mu nteko y’  abaturage ,inzego z’umutekano zasabye abaturage  kudahishira abagabo n’abagore bafitanye ibibazo by’amakimbirane kuko bitera imfu za hato na hato, kugira ngo  bagirwe inama,  abananiwe guhuza bagatandukana  aho kwicana. Chief Inspecter of Police, Mutsinzi uyobora station ya Kigabiro yasabye abaturage kwirinda icyaha no ku gikumira ndetse bakirinda guhishira ingo zirimo […]

Diamond yatangaje amafaranga adashobora kujya munsi ku wifuza kumutumira mu gitaramo

Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania atangaza ko adashobora kujya munsi y’amadolari ibihumbi 70 by’amadolari ya Amerika mu gihe hari uwamutumiye kuririmba mu gitaramo. Uyu muhanzi umaze kwandika izina haba muri Afurika ndetse no ku yindi migabane, avuga ko mu gihe hari uwifuje ko aririmba mu gitaramo cye, adashobora kumuca amadolari ari munsi y’ibihumbi 70. […]

Perezida Kagame yagendereye igihugu cya Qatar

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagendereye igihugu cya Qatar, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri rugamije gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi. Binyujijwe ku rukuta rwa Twitter rwa Perezidansi y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Ugushyingo 2018, batangaza ko Perezida Kagame yageze i Doha kuri uyu wa Gatatu, akaba azagirana ibiganiro n’umuyobozi wa Qatar, […]

Nyanza: Abaturage barakemanga imicungire y’imitungo yabo mu makoperative

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza baranenga imicungire igaragara muri amwe mu makoperative bikabaviramo kuyareka kuko usanga imitungo yazo yitungiye abaziyobora ndetse no kubakurikirana bikabananiza. Ibyo byagarutsweho mu kiganirompaka cyateguwe n’Ihuriro ry’abanyamakuru baharanira amahoro (PAX PRESSE) hagati y’abaturage n’ubuyobozi taliki ya 17 Ukwakira 2018, ku nkunga ya Transparency International […]

Minisitiri w'Ingabo wa Israel yeguye ku mirimo ye

Minisitiri w’ingabo wa Israel, Avigdor Lieberman yeguye ku mirimo ye nyuma yaho inama y’Abaminisitiri yemeje agahenge mu mirwano n’intagondwa zo muri Palestine yari imaze iminsi ibiri ibera muri Gaza. Avigdor Lieberman, unakuriye ishyaka rya Yisrael Beiteinu, yamaganye ako gahenge avuga ko ari “ukugamburuzwa n’iterabwoba”. Yananenze ibikorwa byo kugerageza kugera ku gahenge k’igihe kirekire n’intagondwa zo […]

Nabonye bitwara igihe- Kizito Mihigo avuga ku ngingo yo gushaka umugore

Umuhanzi Kizito Mihigo avuga ko yasanze ibintu byo gushaka umugore ari ibintu bitwara igihe gusa ngo aracyafite iki  icyifuzo. Ni nyuma yaho uyu muhanzi ukunzwe n’abatari bake hano mu Rwanda kubw’indirimbo ahanini zigisha ubumwe n’ubwiyunge akimara gufungurwa yatangaje ko afite gahunda yo guhita ashinga urugo. Mu kiganiro na Large TV kuwa 12 Ugushyingo 2018, Kizito […]

Meddy yahishuye icyatumye akorana na Diamond akareka Ali Kiba

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy  atangaza ko yumvise  yahita akorana  hafi n’umuyobozi wa Wasafi, Diamond  Platnumz kuko ngo nta buryo bwo gutumanaho na Ali Kiba yari afite. Uyu muhanzi ari mu gihugu cya Tanzaniya bakunda kwita ‘Bongo land’ mu rwego rwo gukorana indirimbo n’abahanzi batandukanye bakomeye bo muri iki gihugu. Mu kiganiro na Bongo […]

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Abarwanashya b’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD batangaza ko bazashiririza abatavuga rumwe n’umurongo wa politiki w’ishyaka ryabo kandi ko bazakora ibishoboka byose bagahindagura ibijyanye n’amatora kugira ngo babone insinzi . Aya ni amagambo yumvikana mu karirimbo kuje ibyishimo by’a barwanashyaka ba CNDD-FDD  kagenda gakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Mu magambo y’Ikirundi atoroshye gusobanurwa na […]

Isinzi ry’abasirikare bagaragaye mu mujyi wa Kampala

Igisirikare cya Uganda cyigabye ku bwinshi mu mujyi wa Kampala no mu Karere ka Wakiso. Kuri ubu nk’uko ikinyamakuru Chimpreports kibitangaza, abasirikare kabuhariwe baragaragara kuri buri sitasiyo ya polisi muri utu duce twavuzwe haruguru ndetse hakiyongeraho n’uburinzi bwo mu ijoro. Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe na Leta ya Museveni  bavuga ko ibi bintu bikwiye kwibazwaho. […]

Kayumba Nyamwasa ashobora kwisanga i Kigali

Leta y’u Rwanda iratangaza ko ubushinjacyaha bwatangiye imyiteguro yo gusaba Afurika y’Epfo igicumbikiye Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi bacyekwaho kuba barasize bakoze ibyaha mu Rwanda kuba bagarurwa mu gihugu. Mu nama yahuje abashinjacyaha bose bo mu gihugu yo ku wa 13 Ugushyingo 2018, igamije  kurebera hamwe ibikorwa byakozwe mu mwaka ushize, imbogamizi zagaragaye no gushakira hamwe […]

Uganda: Umugabo yacakiwe amaze gusambanya umwana yashukishije amashilingi 500

Polisi yo muri Wakisoro yafashe umugabo w’imyaka 32 yafashwe ubwo yari amaze gusambanya umwana w’imyaka irindwi amushukishije amashilingi 500 ya Uganda. Uyu mugabo witwa Daniel Kasule, umuturage wo mu gace ka Ganda Nansana yafashwe afungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nansana, nyuma yo gucyekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’uwitwa Teddy Nakimbugwe. Amakuru agera kuri […]

Ngoma: Umumotari yafashwe agerageza guha ruswa umupolisi

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri Tariki 13 Ugushyingo 2018, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ngoma yafashe Tumukunde Patrick w’imyaka 21 y’amavuko ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu murenge wa Kibungo mu karere  ka Ngoma. Uyu mumotari yafatiwe mu cyuho aha ruswa y’amafaranga ibihumbi makumyabiri (20 000 frw) umupolisi ushinzwe umutekano […]

Imbonerakure n’abasirikare bavuye muri Congo basubira i Burundi

Mu gihe hari hashize iminsi havugwa inkuru ko abasirikare b’u Burundi n’urubyiruko rw’Imbonerakure bari ku butaka bwa Congo mu mirwano yo guhangana n’inyeshyamba zirwanya Leta y’u Burundi, kuri ubu ngo batahutse. Abasirikare basaga 100 baherekejwe n’izi Mbonerakure, ngo bambutse umugezi wa Rusizi  bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, binjira ku butaka bw’u Burundi ku […]

Rusizi: Abajura bajujubije abakirisito mu nsengero

Abakiristo bo mu itorero rya Pentekote mu Rwanda (ADEPR), paruwasi ya Kamembe mu karere ka Rusizi batewe impungenge n’abajura babibira mu rusengero babeshya ko nabo baje gusenga. Aba bajura ngo baza biyise abakirisito nk’abandi ndetse harimo n’abitwaje Bibiliya, bamwe bakicazwa mu myanya y’imbere biswe abashyitsi kubera kuba badasanzwe bahasengera, igihe abantu batwawe, bahumirije basenga  buzuye […]

Burera: Umukire agiye kumara amezi atatu mu kigo ngororamuco

Kabatsi Pontien, ni umucuruzi muri santeri ya Kidaho mu murenge wa Cyanika akarere ka Burera. Amaze amezi abiri n’igice mu kigo ngororamuco cya Nemba, azira uruhare rwe mu ikwirakwizwa ry’inzoga zitemewe, hakaba n’abavuga ko azira urunguze (bank Lambert). Umuryango warahungabanye, ubayeyo mu bwoba bwinshi, ibye birangirika, ariko ubuyobozi buti, “nabanze azinutswe”. Hari umuturage yagurije abura […]

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara

 Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame atangaza ko ikibazo cy’umunyapolitiki, Ingabire Umuhoza Victoire cyoroshye maze agashimangira ko Diane Rwigara we ibyo yakoze byose yabitewe no kumva ko ari ntakorwaho. Ibi umukuru w’igihugu, Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro kirekire yagiranye n’ikinyamakuru LibĂ©ration, ubwo ku Cyumweru tariki ya 11 Ugushyingo yari i Paris yitabiriye inama mpuzamahanga ku mahoro, yahujwe […]

Leta y’u Rwanda ibereyemo abaturage umwenda w’asaga miliyari 2 — RGB

Leta y’u Rwanda ibereyemo abaturage umwenda usaga miliyari 2 z’amanyarwanda zimaze imyaka 5 nk’uko Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere, RGB rwabitangarije Inteko Ishinga Amategeko. Ibi ni ibikubiye muri Raporo ya 2017/2018 iki Kigo cya RGB cyamurikiye imitwe yombi igize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kinabagezaho na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2018-2019. Ibirarane byagaragajwe muri iyo raporo, byakomotse […]

Uwafungiwe kwica umuhungu we, yahohoteye umwana w’amezi atatu

Umugabo w’imyaka 30 akurikiranweho guhohotera bikomeye umwana we w’umukobwa w’amezi atatu, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 10 Ugushyingo 2018 i Koekelberg mu Bubiligi . Ikinyamakuru 7sur7 gitangaza ko ubwo umwana yari arimo kuriri bitewe n’uko yari ashonje, ngo yaramuhubuje amukubita hasi, umwana agira imvune mu ngingo zitandukanye ku buryo isaha ku isaha […]

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Eddie Kenzo, umwe mu bahanzi b’ibihangange mu gihugu cya Uganda, yatangaje ko Perezida Museveni atagishoboye kuyobora Uganda akwiye kurekura ubutegetsi agaha umwanya abantu bakiri bato nka Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umuhanzi mugenzi we. Mu kiganiro Focus on Africa cya BBC mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Eddy Kenzo, indirimbo ye Stamina yakoreshejwe […]

Amerika yahaye gasopo leta ya  Tanzaniya

Amerika yihanangirije Leta ya Tanzaniya iyisaba guahagarika ibitero bigabwa ku matsinda y’abantu banyuranye barimo abatinganyi. Ubutumwa bwihanangiriza Leta ya Tanzaniya bwatanzwe na Ambasaderi ya Amerika muri iki gihugu buvuga ko  Amerika ibabajwe n’ibyemezo bikakaye by’amategeko bifatirwa abantu banyuranye ivuga ko bibangamiye ubwigenge n’uburenganzira bwa muntu. Riragira riti” Leta ya Amerika ibabajwe n’ibitero byibasira uburenganzira bwa […]

Uganda: Abahinde babiri bakurikiranweho kwica umwana w’imyaka 11

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kole cyataye muri yombi Abahinde babiri bashinjwa kwica umwana w’umuhungu w’imyaka 11 bivugwa ko yishwe ava ku ishuri. Igipolisi ku bufatanye n’abaturage kuwa Gatanu ushize kikaba cyarataye muri yombi aba babiri bitwa Manav na Franav bombi bakora mu ruganda rw’imyenda rwitwa Nina Industries Company. Aba bagabo bavugwaho kuba barakubise […]

Rwamagana: Umuyobozi  w’umudugudu arashinjwa kudindiza gahunda ya Girinka

Abaturage batuye mu Mudugudu wa Gisanza mu Kagari ka Mwulire mu Murenge wa Mwulire  mu Karere ka Rwamagana barashinja umuyobozi wabo, Rubayiza Etienne, kuba nyirabayazana mu igurishwa ry’inka zahawe abaturage muri gahunda ya Girinka . Abaturage bemeza ko izo inka zahawe abaturage mu Mudugudu wa Gisanza iyo zicungwa neza kandi ntizigurishwe nta muturage uba ukiri […]

Byinshi wamenya kuri Rev.Natasha watwerewe Ubunyarwanda akabuhakana- AMAFOTO

Rev.Luck Natasha ni umuvugabutumwa w’umunya Kenya, akaba umukobwa ufite ubwiza buvugisha benshi by’umwihariko akaba yaragiye yitwa umunyarwanda akabihakana. Mu kiganiro kirambuye yagiranye n’ikinyamakuru Tuko cyo muri Kenya, Natacha yavuze byinshi bitandunye birebana n’ubuzima bwe, muri byo 10 twabahitiyemo ni ibi bikurikira: 1.Rev.Natasha yavutse ryari? Uyu mukobwa asubiza iki kibazo, yatangaje itariki yo ku wa 24 […]

RNC yasabye Afurika y’Epfo kuyihuza na Guverinoma y’u Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Afurika y’Epfo, Lindiwe Nonceba Sisulu aratangaza ko ishyaka RNC rya Kayumba Nyamwasa ritavuga rumwe n’ubutegetsi rishaka kugirana imishyikirano na Guverinoma y’u Rwanda. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Afurika y’Epfo uvuga ko igihugu cye kizeye ko umubano wacyo n’u Rwanda uzarushaho kuba neza, yongeraho ko ikibazo cya Gen Kayumba Nyamwasa kikigoranye. Minisitiri Lindiwe Nonceba […]

Gen. Kayihura ashobora kurekurwa mu minsi ya vuba

Uwahoze ayobora Polisi ya Uganda, Gen. Kale Muhwezi Kayihura ashobora kuba agiye kurekurwa mu minsi ya vuba nyuma y’aho Perezida  Museveni avuze ko ibirego ashinjwa bidasobanutse ko akwiye kurekurwa. Ibimenyetso bishimangira iyi ngingo ni uburyo uyu mujenerali w’inyenyeri enye aherutse guhabwa imodoka ebyiri nshya zo mu bwoko bwa  T’oyotaLand Cruiser’ imwe ivuye mu gisirikare n’indi […]

Umubiri wanjye uraryoha kandi nziko unkeneye- Diamond yishongora kuri Mobetto

Umuhanzi Diamond Platnumz yatangarije Hamisa Mobetto babyaranye ko umubiri we uryoha kandi ko abizi neza ko akimukeneye. Aya magambo asa n’ayishongora Diamond ayatangaje nyuma y’aho Mobetto abinyujije ku mbuga nkoranyambaga atangaje ko yamaze gusimbuza Diamond Platnumz undi musore uba muri Amerika kugeza ubu utaramenyekana amazina. Diamond abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram  yabwiye Mobetto ko […]

Tshisekedi na Kamerhe bitandukanyije na Martin Fayulu wari kuzabahagararira mu matora

Nyuma y’umunsi umwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi batoye umukandida uzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Ugushyingo, umuyobozi wa UDPS na Vital Kamerhe batangaje ko bivanye mu masezerano bagiranye n’abandi bayobozi batanu batavuga rumwe n’ubutegetsi yemeje Martin Fayulu nk’umukandida wabo. Abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi nka […]

Rusizi: Babangamiwe n'imisoro ihanitse batanga ku butaka

Bamwe mu baturage bo mu mirenge ya Kamembe, Gihundwe na Mururu  ifatwa nk’iy’umujyi wa Rusizi bavuga ko babangamiwe cyane n’imisoro y’ubutaka ihanitse badashobora kwishyura, aho ubutaka bwabo bushyirwa mu cyiciro cy’ubwo guturamo kandi ari ubwo bahinga. Iki kibazo usangana abaturage benshi b’umujyi wa Rusizi bagihuriyeho ariko bakakivuga mu matamatama, ngo bababazwa n’uko umuyobozi wese bakigejejeho […]

Gatsibo: Abaturage bafashije Polisi gufata abajura bibaga inka

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rwimbogo kuri uyu wa 11 Ugushyingo yafashe abantu babiri bashoreye inka bari bibye   mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Karangazi  mu kagari ka Nyagashanga. Abafashwe ni Muzungu Elias w’imyaka 34 na Mugwiza Vianney w’imyaka 27,  bakaba barafatanywe inka ebyiri (2)  bazishoreye ninjoro nta […]

Kigali: Min. w’Intebe yatangije inama Mpuzamahanga ya Gatanu ku kuboneza urubyaro- AMAFOTO

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yatangije ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya Gatanu ku Kuboneza Urubyaro. Ni inama yatangirije i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ugushyingo 2018. Iyi nama yitabiriwe na MadamuJeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika ya Haiti, n’abandi bayobozi benshi n’intumwa baturutse mu bihugu 110. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe […]

Queen Cha yahishuye uburyo byamugoye kwakira ko ari umukobwa

Umuhanzikazi Mugemana Yvonne uzwi ku izina rya Queen Cha, atangaza ko mu bwana bwe yiyumvagamo ubuhungu kurusha uko yakwiyumva nk’umukobwa, by’umwihariko ngo bikaba byaramugore cyane kubyakira.   Mu kiganiro The turnup kuri TV10, cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ugushyingo 2018,  nibwo Queen Cha yatangaje uburyo yifuje kuba umuhungu ariko akaza kwiyakira, abonye […]

Ishyaka rya Ingabire Victoire riratabariza abahoze muri FDLR

Ishyaka ry’umunyapolitiki Ingabire Victoire,FDU-Inkingi riratabariza abahoze muri FDLR bashyize intwaro hasi none ngo bakaba bagiye kwicirwa n’inzara i Kisangani. Mu itangazo iri shyaka ryashyize hanze kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2018 rivuga ko kuva kuwa 30  Ukwakira uyu mwaka aba bantu batazi icyitwa amazi n’amashanyarazi mu gihe ibyo kurya byahagaritswe kuwa 23 Nzeri 2018. Iri […]

Ubuzima bwa Perezida wa Gabon buri mu kaga

Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba w’imyaka 59 y’amavuko, arembeye muri Saudi Arabia aho arimo kuvurwa indwara itaramenyekana. Umuvugizi we, Ike Ngouoni avuga ko perezida arimo kuvurirwa muri iki gihugu ariko akanyomoza amakuru avugwa ko yaba arwaye umutima, mu gihe hari n’abandi bashimangiraga ko ari umunaniro. Yagize ati “arimo kugenda atora agatege, ntaho bigeze bavuga […]