Me Ntaganda avuga ko ibyo Minisitiri Sezibera yavuze ku ihuriro P5 biteye agahinda
Uwiyita Perezida Fondateri wâIshyaka PS Imberakuri, Me Bernard Ntaganda avuga ko kuba Minisitiri Sezibera avuga ko atazi ihuriro ryâamashyaka ryitwa  P5 biteye agahinda. Me Ntaganda atangaza ibi nyuma yâaho mu kiganiro nâabanyamakuru kuwa 20 Ugushyingo 2018, Minisitiri wâUbubanyi nâAamahanga, Dr Richard Sezibera  yavuze ko atazi ihuriro ryâamashyaka ya politiki atavuga rumwe nâu Rwanda, P5 kuko […]
Guca inyuma umugore we byamuviriyemo gufatana n'uwo basambanaga -Amafoto
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Uganda utatangajwe izina usanzwe ari umushoferi w’ikamyo itwara ibicuruzwa, yajyanwe kwa muganga igitaraganya nyuma yo gusangwa yafatanye n’umugore bakoranaga imibonano mpuzabitsina bikarangira bafatanye. Amakuru y’ifatana ry’iyi Kupure(couple) yamenyekanye ku munsi w’ejo tariki 20 Ugushyingo 2018 ndetse amafoto yabo bombi akaba yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga bari kwa muganga aho bari kugerageza […]
Rwamagana: Umusaza aratabariza umuryango we wenda kugwirwa nâinzu
Umusaza witwa Ntigurirwa Yohani utuye mu mudugudu wa Gisanza, Akagari ka Mwulire, mu murenge wa Mwulire, akarere ka Rwamagana, aratabariza umuryango we kubera inzu ye abona yenda kubagwira. Ntigurirwa Yohani ni umwe mu Banyarwanda bahungutse muri Tanzaniya, ageze mu Rwanda yasubiye aho akomoka mu murenge wa Mwulire ahabwa ikibanza kingana na metero  21 kuri 26, abayeho […]
Umubano wâu Rwanda nâUburundi ntabwo umeze neza ku mpamvu zitaduturukaho-Â Richard Sezibera
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Rwanda, Dr Richard Sezibera, yatangaje ko umubano wâu Rwanda nâu Burundi utameze neza gusa akemeza ko nta ruhare rwâigihugu cye rurimo. Mu kiganiro nâitangazamakuru kuri uyu wa 20 Ugushyingo, Minisitiri Sezibera yavuze ko u Rwanda ntaho ruhuriye nâibibazo byâu Burundi nâubwo rimwe na rimwe rubigerekwaho Ati âNtabwo umeze neza ku mpamvu […]
Nifuza gutsinda ibitego byinshi birenze ibyo Ronaldo na Messi batsinze- Harry Kane
Umwongereza Harry Kane atangaza ko mu nzozi ze yifuza gukora ibitangaza muri ruhago, agatsinda ibitego byinshi bishoboka birenze ibyatsinzwe na Cristiano Ronaldo na Lionel Messi. Kane yatangaje ibi, nyuma yâumukino wahuje ikipe yâu Bwongereza nâiya Croatia, ku cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018, bikarangira buyitsinze ibitego 2-1, byâumwihariko Kane atsinze icya kabiri ku munota wa […]
Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi nâAbanyarwanda
Abantu 120 bashinjwa guhungabanya umutekano mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, berekanwe mu ruhame nâingabo za Congo. Ku wa Mbere wâiki cyumweru nibwo ubuyobozi bwa batayo ya 33 yâingabo za Congo (FARDC), yeretse itangazamakuru izi nyeshyamba avuga ko zigizwe nâAbarundi, Abanyarwanda, Abagande ndetse nâAbanye-Congo. Izi nyeshyamba zafatiwe mu bitero byiswe […]
Nyanza: Ubukene mu rubyiruko, imbogamizi irubuza gusura ingoro ndangamurage
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyanza, Intara yâAmajyepfo, bavuga ko baba bifuza kumenya amateka yaranze u Rwanda, ariko nâibigaragara mu karere kabo ntibabasha kubona ubushobozi bwo kubisura kubera ubushobozi bavuga ko ari buke. Akarere ka Nyanza, kagaragaramo Ingoro ndangamuco yâu Rwanda ndetse nâibindi bimenyetso bigaragaza amateka, abagatuye cyane cyane urubyiruko bakavuga ko baba […]
Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga, Ubutwererane nâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba, Dr Richard Sezibera yatangaje ko hari ibiganiro bizamuhuza na mugenzi we wa Afurika yâEpfo, Sisulu ariko ko ntaho bihuriye nâubusabe bwa Kayumba Nyamwasa kuko ngo iby’uyu mugabo atabizi. Mu kiganiro nâitangazamakuru kuri uyu wa 20 Ugushyingo, Dr Richard Sezibera yemeje ko biteganyijwe ko azahura na mugenzi we, […]
Umukino wagombaga kuzahuza APR FC na Rayon Sport wakuweho
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya APR FC na Rayon Sports ku wa Gatanu taki ya 23 Ugushyingo 2018, uteguwe nâurwego rwâumuvunyi mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa wamaze gukurwaho. Itangazo ryâIshyirahamwe rwâUmupira wâAmaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryo kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2018, ricishije ku rukuta rwayo rwa twitter, rivuga ko umukino wari uteganyijwe wo […]
Nyamasheke: Abaturage barenga 2500 bavuwe amaso ku buntu
Nyuma yo gusobanurirwa akamaro ko gufata  neza amaso no kuyisuzumisha hakiri kare, ibitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, ku bufatanye nâumuryango wâabanyamerika âCampus for Christâ bavuye banaha indorerwamo zâamaso ku buntu abaturage barenga 2500. Ni igikorwa kibaye ku nshuro ya 2 kuko umwaka ushize uyu muryango nâubundi wari wafashije ibi bitaro guha abaturage indorerwa […]
Dr. Mpozayo avuga ko urukiko rwamuhamije gufungwa imyaka 10 rutari rubyemerewe
Urukiko rw’ubujurire rwakomeje kuburanisha urubanza rwa Dr Mpozayo Christophe uregwa icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, avuga ko urukiko rwamuhamije icyaha rutari rubyemerewe. Mu rukiko, Christophe Mpozayo yavuze ko urukiko rukuru rwamukatiye gufungwa imyaka 10 rutari rubifitiye ububasha, icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda ngo gikozwe nâumuntu uri mu mahanga ngo ntabwo cyari mu bihanwa […]
Rwamagana/Kayonza: Abakoresha umuhanda basabwe kwirinda ibyateza impanuka
Abatwara ibinyabiziga mu turere twa Rwamagana na Kayonza nâabanyamaguru basabwe kwirinda amakosa yateza impanuka. Ibi babikanguriwe mu bikorwa byateguwe na Polisi yâu Rwanda, mu cyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda. Umuhango wo kugitangiza mu karere ka Rwamagana witabiriwe nâabatwara ibinyabiziga ndetse nâabaturage ku kibuga cya Polisi kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Ugushyingo 2018. Nsengimana […]
Real Madrid irashaka gutanga akayabo kuri Rashford na Eriksen
Ikpe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, irashaka gutanga akayabo ka Miliyoni 90 yâAmayero kuri Marcus Rashford ukinira Manchester United na Christian Ereksen wa Tottenham. Iyi kipe irifuza aba bakinnyi babiri kugira ngo bazibe icyuho cyasizwe na rutahizamu, Christano Ronaldo werekeje muri Juventus muri Kamena uyu mwaka. Nyuma yâumukino wahuje ikipe yâigihugu cyâu […]
Ntuzi kurongora, washyiragamo utabanje kuntegura- Vera Sidika abwira uwo bahoze bakundana
Umunyamideli wâUmunyakenya, Vera Sidika yabwiye uwo bahoze bakundana, Otile Brown ko atazi kurongora kuko ngo atabanzaga kumukorakora mbere yo gutangira igikorwa nyirâizina. Ni nyuma yâaho uyu mukobwa wamenyekanye muri aka Karere ka Afurika yâIburasirazuba bitewe nâikimero cye atandukanye na Otile Brown. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Sidika  yashyize hanze umuba wâamafoto (scereen shoots) yagiye […]
Min. Munyakazi yatangije ibizamini byâabasoza ibyiciro byâayisumbuye- AMAFOTO
Umunyamabanga wa Leta  ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Munyakazi Isaac yatangije ku mugaragaro ibizamini byâabanyeshuri basoza ikiciro rusange (Tronc-Commun) ndetse nâabasoza umwaka wa Gatandatu wâamashuri yisumbuye. Ni umuhango wabereye ku rwunge rwâamashuri rwa Kicukiro (Groupe Scolaire Kicukiro), ruherereye mu murenge wa Niboye, akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 […]
Ubuhamya: Uko Furatiri akaba nâushinzwe imyitwarire yanteye igikomere ku mutima
 Nitwa Sam Kalisa ( amazina yahinduwe), ndi umusore wâimyaka 25 yâamavuko nkaba ntuye mu Mujyi wa Kigali aho niga muri Kaminuza. Ubwo nigaga mu ishuri ryisumbuye riri mu Ntara yâAmajyepfo ntari buvuge izina hano naje kurwara nyuma nirukanwa ibyumweru bibiri nâumuyobozi ushinzwe imyitwarire akaba na furatiri ntari buvuge amazina ye anshinja ko nagiye kwivuza nta […]
RDC: Hamenyekanye icyateye umusirikare kurasira abantu mu kiriyo
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku Cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018, nibwo umusirikare wa Leta ya Congo yagiye ahaberaga ikiriyo amisha urufaya rwâamasasu mu bantu bari mu kiriyo, bamwe barapfa abandi barakomereka. Ibi byabereye i Tshikapa, muri Komini ya Kanzala, Â Intara ya KasaĂ ÂŻ muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ubuyobozi bukaba […]
Rusizi: Uwamugaye amaguru yafatanwe urumogi
Baranyika Jean Claude wâimyaka 56 yâamavuko, utuye mu mudugudu wa Kanunga, akagari ka Gahinga mu murenge wa Mururu, mu karere ka Rusizi, usanzwe afite ubumuga bwâamaguru yombi yafatanywe ibiti bitanu byâurumogi aho yaruhinze munsi yâurugo rwe. Ushinzwe iterambere ryâimibereho myiza yâabaturage mu kagari ka Gahinga Muhawenimana Eugène, yavuze ko uyu mugabo wamugaye amaguru yombi, yafatanywe […]
Perezida Museveni yahishuye icyatumye yirukana Gen Kayihura
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko yirukanye uwahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura kubera amakosa yita akomeye yakoze yari gutuma umutekano wa Uganda ujya mu kangaratete. Mu nama yo kuwa 10 Ugushyingo 2018, yahuje abagize Komite Nkuru Nshingwabikorwa yâIshyaka riri ku butegetsi (NRM),  Perezida Museveni yagize icyo avuga ku […]
Itangazo ryâIbyemezo byâInama yâAbaminisitiri idasanzwe yo ku wa 19 Ugushyingo 2018
Inama yâAbaminisitiri Idasanzwe yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa Mbere, tariki ya 19 Ugushyingo 2018, yemeje ibi bikurikira: 1. Inama yâAbaminisitiri yemeje imyanzuro yâInama yâAbaminisitiri yo ku itariki ya 24 Ukwakira 2018. 2. Inama yâAbaminisitiri yamenyeshejwe: a) Uko u Rwanda rwitwaye mu bushakashatsi bwakozwe na Banki yâIsi ku byerekeye aho ibihugu bigeze […]
Arsene Wenger yatangiye ibiganiro na Real Madrid
Umutoza Arsene Wenger wahoze atoza ikipe ya Arsenal, yahuye nâabayobozi ba Real Madrid kugira ngo bagirane ibiganiro byâ uburyo yakwerekeza muri iyi kipe. Arsene Wenger yahoze yifuza igihe kirekire kuzatoza amakipe yo muri Espagne, mu myaka 22 yari amaze atoza Arsenal nkâumutoza mukuru wayo. Aganira na Paris united yagize ati âHari amakipe abiri ari gushaka […]
Ruhango: Abahinzi ba kawa bahangayikishijwe nâibura ryâingemwe
Muri gahunda yo gukangurira abahinzi ba kawa kuyikunda no kuyifata neza ndetse no kubana neza nâinganda ziyitunganya mu karere ka Ruhango, abahinzi bo mu murenge wa Mbuye bagaragaza ko kuba nta ngemwe ubu bafite ngo batere izindi ari imbogamizi ikomeye bafite. Bakundikije Theogène, umwe mu bahinzi bayo muri uyu murenge avuga ko yari asanzwe aba […]
Ngozi/Burundi: Ufashwe yumva Radiyo zo mu Rwanda yitwa urwanya Leta
Abaturage bo mu gace ka Mwumba na Gashikanwa mu Ntara ya Ngozi iherereye mu Majyaruguru yâu Burundi, babujijwe kumva ibicishwa kuri Radiyo zo mu Rwanda mu gihe ngo abayobozi bababwira ko zicishwaho amakuru yâurwango ku Burundi. Aba baturage babujijwe kumva abamakuru acishwa kuri radiyo zo mu Rwanda, mu gihe ngo abayobozi bababwira ko zicishwaho amakuru […]
Uwari umutoza wa Rayons sports ashobora gusimbura PetroviĂ⥠muri APR
Nyuma yuko uwari umutoza wa APR FC, Dr. Ljubomir PetroviĂâĄ, yamaze gusezera ku mirimo ye kubera impamvu zâuburwayi bwâumutima, ashobora gusimburwa nâumutoza Luc Eymael waciye hano mu Rwanda mu ikipe ya Rayon Sports akaba yatozaga Free State Stars yo muri Afurika yâEpfo, uherutse gutandukana nayo. Kuri iki Cyumweru tariki 18 Ugushyingo 2018 nibwo umunya Serbia […]
Ingabo nyinshi za Uganda ziryamiye amajanja ku mupaka wa DR Congo
Ingabo nyinshi za Uganda (UPDF) zamaze kugera ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo guhangana nâinyeshyamba za ADF zaba zarinjiye ku butaka bwa Uganda. Umuvugizi Wungirije  wâigisirikare cya Uganda,  Lt Col Deo Akiiki yatangarije Dailymonitor ko uretse kuba ingabo zahageze ku bwinshi, hari nâabandi bashinzwe umutekano bashyizweho bashinzwe kuzenguruka ibyaro byegereye […]
U Budage bwafatiye ibihano abantu 18 bakekwaho uruhare mu iyicwa rya Khashoggi
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Budage aravuga ko igihugu cye cyafatiye ibihano bibuza abanya-Arabia Saoudite 18 kwinjira ku butaka bwacyo hifashishijwe visa ya Shengen ikoreshwa mu Burayi kubera ko bakekwaho uruhare mu iyicwa ryâumunyamakuru Jamal Khashoggi. Minisitiri Heiko Maas yabwiye abanyamakuru ubwo yari I Buruseli kuri uyu wa Mbere, itariki 19 ugushyingo, ko u Budage bwafashe […]
Beni: Ibikorwa byo kurwanya Ebola byari byasubitswe byasubukuwe
Ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byari byahagaritswe kubera umutekano mucye kuri uyu wa Gatandatu ushize byongeye gusubukurwa kuri iki Cyumweru. Minisitiri wâubuzima muri Congo yatangaje ko yari yafashe iki cyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo guhangana na Ebola muri Beni kubera imirwano yaberaga muri metero nkeya uvuye ahari ikigo kivurirwamo abarwayi […]
Amavubi ameze nko kugerekeranya amagorofa ku bitaka -Bamporiki
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida wâItorero ryâIgihugu, Bamporiki Edouard, yanenze imyitwarire yâIkipe yâigihugu yâu Rwanda, Amavubi, avuga ko umusaruro irimo kubona ujyanye nâintsinzi yashatswe. Bamporiki avuga ko kugira ngo haboneke ibyishimo mu banyarwanda, hakwiye gushyira imbaraga mu kuzamura abakiri bato, bitari ibyo ngo byaba ari nkâabifuza kugereka amagorofa ku nzu itagira ibyuma, amabuye […]
Urubanza rwa Karegeya ruzarangira nkâuko urubanza rwa Kayumba rwarangiye – Umuyobozi
Umwe mu bayobozi bâu Rwanda avuga ko bibabaje kubona igihugu gikomeye nka Afurika y’Epfo gikoreshwa nâabarwanya ubutegetsi bwâu Rwanda bahahungiye, agashimangira ko ibimenyetso byakoreshejwe mu gucira urubanza abashinjwaga kugerageza kwica Kayumba Nyamwasa ari akazi ka RNC ku bufatanye na bamwe mu bapolisi ba Afurika yâEpfo bamunzwe na ruswa agasanga ari ko bizagenda no ku iyicwa […]
Ingabo za Congo zatangiye kugaba ibitero ku mpunzi zâAbanyarwanda
Abahoze ari abarwanyi mu nyeshyamba za FDLR bakaza gushyira intwaro hasi, ubu bakaba bari bamaze imyaka ine bacumbikiwe mu nkambi zitandukanye nâimiryango yabo, batabaje amahanga bavuga ko abasirikare ba Leta ya Congo barimo kubasaba gutaha ku ngufu. Ku wa 20 Ukwakira 2018, Â nibwo izi nyeshyamba zari zasabwe kuba zavuye ku butaka bwa Congo zigataha ku […]
Ashaka kuganira ku biki? na nde?- Vincent Karega avuga ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa
Ambasaderi wâu Rwanda muri Afurika yâEpfo, Vincent Karega avuga ko atumva ingingo Kayumba Nyamwasa ashaka kuganiraho  ndetse nâuwo yifuza kuganira nawe n’uwo byaba bifitiye inyungu. Uyu muyobozi arimo yibaza ibi bibazo nyuma yâaho  Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Afurika yâEpfo, Nonceba Lindiwe Sisulu, avuze ko Kayumba Faustin Nyamwasa yamusabye ko yagirana ibiganiro nâu Rwanda. Vincent Karega […]
Imyaka 5 ni myinshi ndi mu ikipe ya Rayon Sports – Jean-Luc Bakame
Nyuma yâigihe kitari gito yari amaze yarahagaritswe nâikipe ya Rayon Sports bamushinja kuba yaragambaniye iyi kipe, uyu munyezamu yamaze kwemererwa kuba yajya mu ikipe ashaka, aho yamaze guhabwa urupapuro rumurekura (Release letter). Uyu munyezamu byari bimaze iminsi bivugwa ko ashakishwa cyane nâikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya ndetse ko bari baranamaze kumvikana, ashobora guhita […]
Busasamana: Ntibavuga rumwe ku nkwano itangwa mu mafaranga
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana, akarere ka Nyanza, Intara yâAmajyepfo, bavuga ko mu muco wa kera umukobwa yakoshwaga inka, ubu ngo bamwe bakaba batanga amafaranga, ibi ntabwo babivugaho rumwe dore ko bamwe bemeza ko iyo bahawe amafaranga biborohera kumuguriramo ibyambarwa, abandi bakabifata nkâikiguzi. Bavuga ko kera babaga bafite inzuri zo kororeramo, ubu ngo bakaba […]
Burundi: Inkambi yâabavanwe mu byabo bivugwa ko ari ubwoko bumwe ishobora guhura nâakaga
Ubuyobozi bwa Komini Ruhororo nâabayobozi bâishyaka CNDD-FDD muri iyi komini batangiye gushyira mu majwi inkambi yagenewe kwakira abakuwe mu byabo nâumutekano mukeya bashinja kuba indiri yâabatavuga rumwe nâubutegetsi nâabarwanyi babo, ndetse bakongeraho ko imitwe irwanya ubutegetsi bavuga ko ikorera mu Rwanda ari ho ijya gukura abarwanyi. Umwe mu bayobozi ba Kimini Ruhororo yagize ati: â […]
Justin Bieber yemeje bidasubirwaho ko yarongoye Hailey Baldwin
Icyamamare muri muzika, Justin Bieber yemeje ibyâubukwe bwe nâumunyamideli, Â Hailey Baldwin wâimyaka 21 yâamavuko, abicishije ku mbuga nkoranyambaga. Uyu musore wâimyaka 24 yâamavuko, yatambukije ubutumwa bwe abicishije ku rukuta rwa Instagram afiteho abamukurikira basaga miliyoni 102, aho yagize ati âUmugore wanjye ni agatangazaâ, aya magambo akaba yari akurikiye ifoto yabo bombi, umwe afashe undi mu […]
Centrafrica: Umudepite wari umukuru wâinyeshyamba bamwita Rambo yoherejwe muri ICC
Uwahoze ari umukuru w’inyeshyamba muri Repubulika ya Centrafrique, akaba yari umudepite kuri uyu wa gatandatu, itariki 17 Ugushyingo yagejejwe mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa La Haye (The Hague) mu Buholandi ngo aburanishwe ku byaha byibasira inyokomuntu ashinjwa. Uru rukiko rushinja Alfred Yekatom kwica, iyicarubozo, kugaba ibitero ku baturage b’abasivile no gukoresha abarwanyi b’abana. Yekatom, bakundaga […]
 DR Congo:  Inyeshyamba zahitanye abarobyi barindwi bâAbagande
Inyeshyamba zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zishe abarobyi barindwi bâAbabanyayuganda undi umwe arakomereka  ku Kiyaga cya Albert. Abayobozi bo muri Uganda bavuga ko iki gitero cyabaye kuwa Gatandatu wâicyumweru gishize ahitwa Kaiso mu gace ka Buseruka mu Karere ka Hoima. Biravugwa ko aba barobyi baguwe gitumo nâagatsiko kitwaje intwaro kavuye muri Congo ubwo […]
Rusizi: Abantu 25 bagize uruhare muri Jenoside basabye imbabazi abo bahemukiye
Nyuma yâamezi atandatu biga kongera kubana neza nâabo bahemukiye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa ngarukamwaka cyâisanamitima  nâubwiyunge kibera muri Paruwasi Gatulika ya Mushaka iri mu murenge wa Rwimbogo, mu Karere ka Rusizi, abagera kuri 25 bireze bakemera uruhare bayigizemo bababariwe nâabo bahemukiye banakomorerwa amasakaramentu na kiliziya. Bamwe muri aba bagize uruhare muri Jenoside yakorewe […]
Nyarugenge: Babiri bafatanwe mudasobwa bibye
Polisi yâu Rwanda mu Mujyi wa Kigali itangaza ko yataye muri yombi abasore babiri; Safari Ishimwe Sedrick ufite imyaka 17 na mugenzi we Hakizimana Kevin wâimyaka 19, bakekwaho kwiba mudasobwa. Aba bombi bafatiwe mu Murenge wa Kimisagara biturutse ku makuru yatanzwe nâabaturage. Bafashwe bamaze kwiba mudasobwa ebyiri, imwe yo mu bwoko bwa Laptop HP indi […]
RDC: Umusirikare yarashe abantu batanu bari mu kiriyo
Umusirikare wa Leta ya Congo yarashe abantu batanu bari mu kiriyo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku Cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018. Ni amahano yabereye i Tshikapa, Intara ya KasaĂ ÂŻ muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ubuyobozi bwa Polisi muri Tshikapa bwagize buti âUmusirikare yagiye mu kiriye ahera ko amisha urufaya […]
Huye: Ikipe yâigihugu âAmavubi â inganyije na Centrafrique
Ikipe yâigihugu cyâu Rwanda, Amavubi yanganyije nâikipe yo muri Repubulika ya Centrafrique , ibitego bibiri kuri bibiri. Ni umukino watangiye saa cyenda nâigice (15:30) zo kuri iki cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018, kuri sitade mpuzamahanga ya Huye, aho ikipe yâigihugu yâu Rwanda yakiriye iya Centrafrique mu mukino wo kwishyura. Ni ku munsi wa Gatanu […]
Amagambo ya Nduhungirehe nta cyizere atanga ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa
Nyuma yâaho Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Afurika yâEpfo, Lindiwe Sisulu, avuze ko Kayumba Faustin Nyamwasa yamusabye ko yagirana ibiganiro nâu Rwanda, ubu busabe bwe bushobora kutakirwa. Icyizere ku busabe bwa Kayumba gisa naho kiyoyotse nyuma yâaho Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, atangaje ko u Rwanda rudateze kugirana ibiganiro nâabo yise […]
Beni: Umutekano mucye watumye ibikorwa byâubutabazi kuri Ebola bihagarikwa
Abayoboye ibikorwa by’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo babaye bahagaritse ibikorwa by’ubutabazi ku ndwara ya Ebola mu mujyi wa Beni kubera ibitero by’inyeshyamba bikomeje gukara. Minisiteri y’ubuzima muri Congo yatangaje ko inyeshyamba zagabye igitero “mu ntambwe nkeya” uvuye ku kigo cy’ubutabazi bwihuse ku ndwara ya Ebola kiri muri uwo mujyi uri mu ntara ya […]
Bwa Mbere, Diamond na Wizkid bari gukorana indirimbo byitezwe ko izagera kure
Niba wari utegereje indirimbo ihuriweho nâabahanzi babiri bâAbanyafurika kuri ubu bagezweho ku ruhando mpuzamahanga, Wizkid na Diamond Platnumz kuri ubu ugiye gusubizwa kuko aba bahanzi bamaze kwemeza ko bakoranye indirimbo kandi biteguye kuyishyira ku mugaragaro vuba. Umuhanzi Wizkid yemeje aya makuru abinyujije muri video ngufi yashyizwe na Diamond ku rukuta rwe rwa Instagram, aho Wizkid […]
Umushinjacyaha mukuru yagiye kuragira inka yitwaje imbunda
Umushinjacyaha Mukuru Wungirije mu gihugu cya Uganda, Mwesigwa Rukutana yagaragaye mu ifoto yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga aragiye inka ze ariko yitwaje imbunda mu ntoki. Iyi foto yakwirakwiye kuwa Gatanu wâiki Cyumweru dusoza, igaragaza Rukutana ari imwe mu famu  (farm) ze yitwaje imbunda yo mu bwoko bwa Karacinikovu bakunda kwita AKA 47 Iyi foto ya Rukutana […]
Uganda: Hadutse imyigaragambyo yibasiye Abahinde nyuma yo kubashinja ubwicanyi
Abantu babiri barasiwe mu myigaragambyo yadutse mu Karere ka Kole no mu mujyi wa Lira mu majyaruguru ya Uganda yatangiye kuri uyu wa Gatandatu nyuma ya saa sita ubwo hashyingurwaga umwana wâumuhungu wâimyaka 11 witwa Dickens Okello bivugwa ko yishwe nâAbahinde babiri mu ntangiriro zâiki cyumweru dusoza. Iyi myigaragambyo yatangiriye Kole igakwira no mu mujyi […]
Abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi baracyidegembya muri Uganda
Amakuru yizewe aragaragaza amazina yâAbanyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ariko bakaba bacyidegembya mu turere dutandukanye two mu gihugu cya Uganda nta nkomyi. Muri aba Banyarwanda nkâuko ikinyamakuru Watchman kibitangaza harimo  Jean Baptiste Bizimungu na  Augustin Rwiririza, bombi bahoze ari abayobozi mu nzego zâibanze mu Rwanda mu gihe jenoside yabaga. Bivugwako […]
Nyagatare: Hafatiwe imodoka ipakiye ibiyobyabwenge
Ku bufatanye bwâinzego zâumutekano mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Matimba mu kagari ka Nyabwishongwezi kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2018, Polisi yafashe imodoka yo mu bwoko bwa DYNA ifite ibirango RAC 439T ipakiye amakarito 171 yâinzoga zitemewe zo mu bwoko bwa zebra waragi. Umuvugizi wa Polisi mu ntara yâIburasirazuba Chief Inspector of Police […]
U Bushinwa bwaburiye abashaka kubugabaho intambara yâubukungu
Perezida wâu Bushinwa, Xi Jinping yavuze ijambo risa nkâirirasa kuri gahunda ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo gushyira imbere inyungu zayo bwite kurusha izâibindi bihugu. Perezida Xi Jinping yavuze ko ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo byonyine birangira bitsinzwe. Ni ijambo  yavugiye mu nama y’ubukungu y’umuryango w’ibihugu byo muri Asia-Pacific, igice cy’isi gishobora kwibasirwa cyane […]
Nyamasheke: Ikibazo cy'ingemwe zo gutera kibereye ingorabahizi abahinzi b'icyayi
Abahinzi bâicyayi bibumbiye muri koperative yitwa COOPTHEVIGI mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bafite ikibazo cyâingemwe zâicyayi zo gutera, bakavuga ko mu gihe bari barateguye imirima minini yo kugihingamo ingemwe bagombaga guhabwa nâuruganda rwâicyayi rwa Gisakura bahawe nke ku zo bari biteze, bikaba bituma hari imwe mu mirira igiye kurara kandi yagombye kuba iteyeho icyayi […]
Haribazwa impamvu Selena Gomez arebana ayâingwe na Demi Lovato
Abantu bakurikiranira hafi ibyâimyidagaduro bakomeje kwibaza impamvu umubano hagati yâumuhanzi Selena Gomez na Demi Lovato ukomeje kuzamba kandi bombi ari nshuti kuva mu bwana bwa bo. Mu minsi ishize, Selena Gomez yahagaritse gukurikira (unfollow)  Demi Lovato kuri Instagram. Kuri uyu wa 16 Ugshyingo, Demi Lovato na we yahisemo kuhagarika gukurikira Selena Gomez. Umwe mu bakurikiranira […]
Umwami mu kotsa inyama  yahuruje Pogba na Mess i Dubai
Umugabo benshi bazi nkâumwami  mu kotsa inyama yatumye abakinnyi ba ruhago Lionel Messi wa Barelona na Pogba wa Manchester United bahurira mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe zâAbarabu. Uyu mugabo witwa Nusret GĂ Âśkà §e ndetse hari nâabamwita âSalt Baeâ ugenekereje mu Kinyarwanda bivuga  âumukunzi wâumunyuâ Messi na Pogba bamusabye ko yabategurira ibyo kurya ndetse […]
Tugiye gushyiraho uburyo bushoboka bwose kugirango umukandida wacu azatsinde – Katumbi
â Tugiye gukomeza, tugiye gushyiraho uburyo bushoboka bwose kugirango umukandida wacu azabashe gutsinda â, ibi ni ibyatangajwe nâumunyapolitiki, Moise Katumbi mu izina rya bagenzi be batavuga rumwe nâubutegetsi bashyigikiye umukandida Martin Fayulu bahisemo ngo azabahagararire mu matora yâumukuru wâigihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Moise Katumbi kimwe na Adolphe Muzito, […]
Perezida Kagame yihanganishije  Tanzaniya na Malawi
 Perezida wâu Rwanda akaba nâUmuyobozi wâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yihanganishije Tanzaniya na Malawi ku bwo kubura abasirikare bayo mu butumwa bwâamahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo . Perezida Kagame ubwo yari mu nama ya kabiri idasanzwe  ya AU Addis Abbeba muri Ethiopia  yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu mirwano yasankiranyije inyeshyamba za ADF […]
Kamonyi: Hakomeje gutoragurwa imirambo hatazwi aho iva
Bamwe mu baturage mu batuye Akarere ka Kamonyi baravuga ko bahangayikishijwe nâikibazo cyâimirambo itoragurwa muri bimwe mu bice byâAkarere kuko batazi iyo ituruka, bakifuza ko ubuyobozi bwabaha amakuru arambuye kuri icyo kibazo, cyane ko iyo barebye basanga ari ihajugunywa batazi iyo iturutse, kuko usanga atari Abanyakamonyi. Ubuyobozi bwâAkarere ka Kamonyi buvuga ko iki kibazo bakizi […]
Burundi:Â Mu ruzi hatowe umurambo wâImbonerakure bikekwa ko yishwe na mugenzi wayo
Umwe mu rubyiruko rwâishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi witwa Boniface Nizigiyimana kuri uyu wa Gatatu ushize, yasanzwe mu ruzi rwa Maragarazi ruri mu burasirazuba bwâigihugu ku mupaka wâu Burundi na Tanzania yishwe. Amakuru aturuka aha aravuga ko Nizigiyimana aheruka kugaragara ari kuri moto yari itwawe nâuwitwa Eric Ndayizeye nawe wâImbonerakure ku Cyumweru gishize. […]
Minisitiri Ecweru yageraranyije u Rwanda nâigikombe cyâigikoma mu gusobanura ikibazo cyâimpunzi zâAbanyarwanda
Uwahoze ari Minisitiri ufite Ibiza nâimpunzi mu nshingano ze, Musa Francis Ecweru atangaza ko impunzi zâAbanyarwanda zidakwiye gutinya gutaha kuko hari amahoro ariko akavuga ko u Rwanda rwaba rumeze nk’bindi bihugu byinshi byo muri Afurika bimeze nkâigikombe cyâigikoma aho hejuru kiba gihoze ariko kigashyuha uko umuntu agana hasi. Ibi uyu umunyapoliriki yabitangarije mu nama nâabagize […]
Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba
Igisirikare cya Uganda kiravuga ko kigiye gukomeza kuryamira amajanja gikomeza nâubwirinzi bwacyo ari nako gitekereza kugaba ibitero nyuma yibibazo byâumutekano bikomeje guterwa nâumutwe wa ADF ukomeje kugaragaza ingufu hataramenyekana aho izivana nkâuko byatangajwe nâabayobozi batandukanye ba gisirikare ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu. Ibi bije nyuma yâaho izi nyeshyamba za ADF zigabiweho igitero nâingabo […]
USA: CNN yatsinze Perezida Trump igitego cyâumutwe
Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetswe nâurukiko gusubiza umunyamakuru wa televiziyo CNN, Jim Acosta, impapuro ze zimwemerera gukora akazi ke nta nkomyi. Acosta yari yambuwe uburenganzira bwo kwinjira muri perezidansi nyuma yâuko abajije ibibazo Perezida Donald Trump, mu kiganiro kigenewe abanyamakuru. Umucamanza wâurukiko rwa Amerika mu mujyi wa Washington DC, Timothy Kelly, kuri […]
Gasabo: Yafatanywe ibihumbi byâAmayero nâAmadorali yâamiganano
Ku uru wa kane tariki 15 Ugushyingo nibwo Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo mu murenge wa Rusororo yafashe umugabo witwa Mukeshimana Anastase bakunze kwita Ibrahim, uyu akaba yarafatanywe amayero agera ku 3,450 nâamadorali 3,000. Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi yavuze ko uwafashwe yari kumwe […]