Wema Sepetu yatawe muri yombi

Amakuru ataremezwa neza arimo gucicikana mu gihugu cya Tanzaniya ni uko umukinnyi w’icyamamare mu gukina filimi muri Tanzaniya, Wema Sepetu n’umukunzi we mushya batawe muri yombi  muri weekend ishize bashinjwa gukorera uburiganya umugabo utatangajwe amazina. Amakuru afitwe n’igipolisi n’umuryango wa Wema Sepetu biravugwa ko ari bo bakomeje kwibikaho amakuru arambuye kuri iki gikorwa cy’uburiganya  bwo […]

Burundi: Umudepite ushinjwa gucura umugambi wo kwica Nkurunziza yagize icyo abivugaho

Mu gihe Hon Ndikumana Pierre Celestin ashinjwa n’inzego z’umutekano mu Burundi kuba umwe mu bategura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu, yavuze ko ari agakino yateguriwe ko kumuvana mu ruhando rwa politiki. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo inzego z’umutekano zerekanye abasore babatu, bivugwa ko aribo Hon  Ndikumana Pierre Celestin wo mu […]

Perezida wa FC Barcelona yateye utwatsi abibwira ko ishobora kwisubiza Neymar

Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Josep Maria Bartomeu avuga ko kugaruka kwa Neymar muri iyi kipe bitari mu mishanga bafite. Atangaje ibi mu gihe hari amakuru yari amaze iminsi avuga ko uyu musore wavuye muri iyi kipe umwaka ushize akerekeza muri Paris Saint Germain (PSG) ashobora kuyigarukamo, ku mafaranga arenga ayo yaguzwe. Kuri uyu wa […]

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Umubyeyi wa nyakwigendera Muhammad Kirumira wigeze kuyobora Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Buyende yakuye icyasha ku Gipolisi cya Uganda na Gen Kale kayihura avuga ko nta ruhare bagize mu iyicwa ry’umuhungu we. Hajji Kawooya Abubaker yatangaje ibi kuri iki Cyumweru mu giturage cya Mpambire mu Karere ka Mpigi ahari hateraniye amagana y’abantu bari bitabiriye […]

Gukorera hamwe nibyo byonyine bizafasha Afurika kugira ijwi ryumvikana- Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) avuga ko gukorera hamwe ariyo nzira nziza yafasha Afurika kugira ijwi mu ruhando mpuzamahanga. Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama ya mbere y’Inteko Nyafurika ya Gatanu, irimo kubera i Kigali kuva kuri uyu wa Mbere Tariki ya 22 Ukwakira 2018, nibwo Perezida […]

Jay-z yiswe inkende, Chris Brown azurirwa akaboze

Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, Kelvin Pena uzwi nka ‘brother nature’ yibasiye umuraperi Jay-Z avuga ko asa n’inkende, anibutsa abantu uburyo Chris Brown yakubise Rihanna. Uyu musore wamenyekanye cyane mu 2016 bitewe n’uburyo yegerana n’inyamaswa, mu mpera z’icyumweru yavanye ku karubanda urukuta rwe rwa twitter nyuma yaho abakunzi be bagaruye ibyo yajyaga yandikakuri twitter mu myaka […]

Gicumbi: Hari umuryango umaze imyaka 3 uba mu ishyamba

Mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi hari umuryango w’abantu batatu wibera mu ishyamba ku gasozi kuko nta bushobozi ufite bwo kwiyubakira inzu yo kubamo. Nyiranambajimana Marie Louise na Nyiranzabonimana Sandrine bavuga ko bamaze imyaka itatu babana mu ishyamba na nyina ubabyara Nakure Theresa kuri ubu bivugwako afite uburwayi bwo mu mutwe. Uyu muryango […]

Noble Marara wabaye mu barinda Perezida Kagame yirukanwe mu ishyaka yashinze

Inama y’abayobozi bakuru b’ishyaka RRM rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rikorera hanze y’igihugu kuri iki Cyumweru, itariki 21 Ukwakira 2018 yafashe icyemezo cyo gusezerera mu ishyaka abayoboke batatu ari bo; Noble Marara, Camille Nkurunziza na Andrew Kazigaba. Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n’iri shyaka Bwiza.com yabashije kubona, riravuga ko iki cyemezo cyo gusezerera aba banyamuryango bari […]

Burundi: Urubyiruko hafi ya rwose rwitabiriye imyigaragambyo mu 2015 rurwaye mu mutwe — Min. Ndikumana

“ Urubyiruko hafi ya rwose rwagize uruhare mu myigaragambyo yo mu 2015 rwabaye abarwayi bo mu mutwe ”, ibi ni ibyatangajwe na minisitiri w’ubuzima w’u Burundi, Dr Thaddeus Ndikumana. Minisitiri w’ubuzima w’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu ushize akaba yarahamagariye urubyiruko kwirinda kugwa mu mutego w’abarukoresha bita mu Kirundi ‘Bansesankuyoze’ avuga ko basunikira urubyiruko mu […]

Uganda: Yaciye igitsina cy’umugabo we amuziza kumuca inyuma

Igipolisi cya Uganda muri Mukono cyataye muri yombi umugore ukurikiranweho gukata igitsina cy’umugabo we akoresheje icyuma amuziza ko yamuciye inyuma. Rehema Kabayana w’imyaka 24, yabwiye igipolisi ko yategereje kugeza ubwo umugabo we, Anthony Sekawa w’imyaka 28, yafataga igitotsi yarangiza akamukata igitsina akoresheje icyuma gifite centimeter 10. Igipolisi kikavuga ko Sekawa yarwanyije ngo atabare ubuzima bwe […]

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Abantu 12 bishwe n’inyeshyamba mu ijoro ryo ku wa 20 Ukwakira 2018, i Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Raporo yashyizwe hanze na Burugumesitiri wa Komini Rwenzori ndetse na sosiyeti Sivile, igaragaza ko nyuma y’ubwo bwicanyi ikivunge cy’abantu bigaragambije mu mihanda bamagana ubwo bwicanyi bukomeje gukorerwa muri Beni. Nk’uko […]

Abayinga 70% by’abarangiza amashuri abanza mu Rwanda ntibazi gusoma

Imibare mishya ya raporo yitwa ‘World Development 2018’ yakozwe na Banki y’Isi igaragaza ko abasaga 70% by’abanyeshuri barangiza amashuri abanza mu Rwanda  baba batazi gusoma. Banki y’Isi ivuga ko ubushakashatsi yakoreye mu bihugu 10, bitandatu muri ibyo hari aho kimwe cya kabiri cyangwa se munsi yacyo cy’abanyeshuri usanga batabasha gusoma. Banki y’Isi ivuga ko kutamenya […]

Umugandekazi w’imyaka 40 yabyaye abana 44

Mariam Nabatanzi, ni umugore w’imyaka 40, ukomoka i Mukoono muri Uganda, yabyaye abana 44, akaba ari we mugore wa Mbere muri Afurika wabashije kwesa umuhigo wo kubyara abana banga uku. Mu gace akomokamo ka Kabimbiri, Mariam azwi ku izina rya ‘Nalongo Muzaala Bana’. Yabyaye inshuro esheshatu abyara abana babiri, abyara inshuro enye abyara batatu, inshuro […]

Rulindo: Babiri bajyaga biba amabuye y'agaciro batawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukwakira 2018 Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo yafashe abagabo babiri  bo mu murenge wa Murambi bacukuraga amabuye ya Gasegereti mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakangiza imirima n’amazu y’abaturage. Umuvugizi wa Police mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko Nsabimana Jean damascene w’imyaka  36 na […]

Burundi: Ishyaka CNDD-FDD rirasabira Pierre Buyoya ibihano bikakaye

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, rirasabira Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi imyaka myinshi ibihano bikakaye kubera kudeta yakoze bita ko zabangamiye Demokarasi. Ibi ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi i Burundi, Gen. Evaritse Ndayishimiye, ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, ubwo hibukwaga ku nshuro ya […]

Nigeria: 55 baguye mu mvururu z’amoko

Polisi yo muri Nigeriya iremeza ko abantu 55  bapfiriye mu mvururu zishingiye ku moko zabaye mu mpera z’iki cyumweru mu majyaruguru y’intara ya Kaduna mu gace ka Masuwan Magan. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Kaduna,   Ahmad Abdur-Rahman avuga ko imvururu zabaye kuwa Kane w’icyumweru gishize hagati y’amaoko atashatse gutangaza. Ati”  Buri wese wagize uruhare […]

Tuba dufite ubwoba- Umuvugizi wa Leta ya Uganda  avuga impamvu abayobozi batava ku butegetsi

Umuvugizi wa Leta ya Uganda, Ofonwo Opondo yatangaje ko abayobozi bo muri Leta ya Uganda batava ku myanya yabo kubera ubwoba. Uyu muyobozi yavuze ko abayobozi bagira ubwoba bwo gutakaza imyanya n’icyo itangazamakuru rivuga bituma banga kwegura nk’uko ikinyamakuru Chimpreports kibitangaza. Ibi Opondo yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu   ubwo yavugaga ku iyegura ry’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akanama […]

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

-Mukaze umutekano ku mupaka w’u Rwanda na Congo -Umudepite arimo gucura umugambi wo kwica Nkurunziza n’abamwungirije -Nyamitwe ati ‘umutekano ni wose 100%’ Mu gihe Leta y’u Burundi yari imaze iminsi itangariza abaturage bayo ko umutekano mu gihugu imbere umeze neza ku kigero cya 100%, ikigaragarira buri wese waba uzi gusesengura, ni uko iyi Leta ifite […]

Umugore wa Justin Bieber yibasiwe ku mbuga nkoranyambaga

Umugore wa Justin Bieber, Hailey Baldwin akomeje kwibasirwa ku mbuga nkoranyambaga  bamushinja ko yafashe izina rya Justin Bieber mu rwego rw’ubucuruzi aho kuba urukundo akunda umugabo we. Inshuti ya hafi y’uyu munyamideli yatangarije ikinyamakuru Hollywoodlife ko uyu mugore yavuze ko  kwitwa izina ry’umugabo we ari ibintu byo mu muco yateganyaga kuzakora niyo yashakana n’undi muntu […]

Gasabo: Abavandimwe 2 baba mu Bubiligi barashinja mubyara wabo kwigarurira ibyabo

Urukiko Rukuru rwa Kigali ruri kumva ubujurire bw’abavandimwe babiri baba mu Bubiligi bashinja mubyara wabo kwigarurira ubutaka bw’umuryango wabo. Abajuriye batsinzwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo mbere yo kujuririra Urukiko Rukuru, bavuga ko mubyara wabo yabeshye ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akigira nk’aho ari we ukwiye gusigarana imitungo. Aya makimbirane ashingiye ku […]

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Kabila ari gukina ikarita ye ya nyuma mu gihe abatavuga rumwe nawe byabananiye gushyira hamwe no kumvikana. Iyo witegereje neza politiki ya Congo mu bibazo irimo ubu, wakuramo ibi bikurikira: Uruhande rumwe ruyobowe na Perezida Kabila ufashe akaboko Shadari yatanzeho umukandida w’ ihuriro FCC, avuga ko ariwe abona wazamusimbura, mu gihe kuri urundi ruhande hari […]

Nigeze kumva ko ntazongera gukora imibonano mpuzabitsina- Kim Kardashian

Umunyamideri Kim Kardashian yatangaje ko yigeze gutekereza ko atazongera gukora imibonano mpuzabitsina kubera ingorane yagize ubwo yari atwite umwana we, Northwest. Uyu mugore mu kiganiro na Richardson Magazine nomero 20 yavuze ko yumvaga atazongera gutwita kubera uburyo ibiro bye byiyongeraga umunsi ku munsi. Yagize ati” Nari umuntu wiyongeragaho ibiro 27 ku kwezi (60 pounds). Numvaga […]

Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangiye gahunda ngarukamwaka yo gusuzuma uko umubiri uhagaze(imyitozo ngororamubiri) ku basirikare bose. Ku ikubitiro haherewe ku basirikare bari mu cyiciro cya ba ofisiye bato n’abakuru. Iyi gahunda izakomeza kugeza buri musirikare wese asuzumwe. Major Patrick Kayinamura, umuyobozi w’agateganyo wa siporo mu ngabo z’u Rwanda avuga ko abasirikare b’u Rwanda basabwa byibura gusuzumwa […]

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Mu gihe hashize iminsi hagaragara ibikorwa bigaragaza ko Perezida Museveni afitanye umubano udasanzwe n’umuhanzi Bebe Cool, kimwe mu biwuhatse cyagaragaye, aho bitangarijwe ko uyu muhanzi agiye gukorana indirimbo n’icyamamare, Kanye West. Ku wa 15 Ukwakira 2018, nibwo Kanye West hamwe n’umugore we, Kim Kardashian basesekanye i Kampala, bakirwa na Perezida Museveni n’umuyango we, bahava umukuru […]

A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma

Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ukwakira yashimye perezida Paul Kagame kubera kwita ku buringanire mu mavugurura yakoze muri guverinoma. Kuwa Kane ushize, itariki 18 Ukwakira nibwo habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda abagore baba 50% bangana n’abagabo. Izi mpinduka zikaba zaraje zikurikira itorwa rya […]

Kigali: Perezida Kagame yitabiriye Car Free Day anyonga igare

Perezida Kagame yifatanyije n’imbaga y’abatuye Umujyi wa Kigali mu munsi wahariwe siporo ‘Car Free Day’, akaba yagaragaye anyonga igare rya siporo. Ni muri iki gitondo tariki ya 21 Ukwakira 2018, Perezida Kagame akaba yanyongaga igare, mu muhanda wagennwe n’Umujyi wa Kigali siporo yabereyemo, kuva Remera- Sitade Amahoro, Kimihurura- mu Mujyi wa Kigali. Uretse Perezida Kagame […]

Perezida Donald Trump na Kim Jong Un mu nzira zo kongera kubonana

Inama ya kabiri hagati ya Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika na Kim Jong Un wa Koreya ya ruguru ishobora kuzaba mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ibyo byavuzwe n’umwe mu bayobozi bakuru ba Leta zunze ubumwe z’Amerika. Impande zombi zimaze igihe mu biganiro bigamije gutegura inama ya kabiri y’aba bakuru b’ibihugu nyuma y’iyo baheruka […]

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Abagabo batanu baherutse kugaragara bata muri yombi umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ariko mu buryo bwa kinyamanswa kuri uyu wa Gatandatu bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare muri Uganda. Abo bagabo kuri ubu bari muri gereza ya gisirikare, kuwa kane ushize, itariki 18 Ukwakira, bafashwe amashusho bakubitisha ibibuno by’imbunda uwitwa Yusuf Kawooya, mbere yo kumwinjiza mu […]

Niki Abanyarwanda biteze ku maraso mashya muri Guverinoma ?

Gusubiza iki kibazo abatari bake mu banyarwanda bagira icyo bakivugaho, gusa iyo witegereje neza wakeka ko icyifuzo cy ’ umukuru w ’ igihugu n ’ abanyarwanda muri rusange tuba twiteze ko icyizere abayobozi bakuru baba bagiriwe batugeza ku byiza aribyo iterambere mu by’ ubukungu n’ imibereho myiza y’ abaturage, kugira umwanya mwiza mu ruhando mpuzamahanga […]

Messi aramara ibyumweru bitatu adakina, dore urutonde rw’imikino azarata

Itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya FC Barcelona, rivuga ko rutahizamu wayo, Lionel Messi agiye kumara ibyumweru bitatu adakandagiza ikirenge cye mu kibuga, bityo akazarata imikino iyi kipe ifite mu minsiri iri imbere. Messi yavunikiye ukuboko kw’Iburyo, mu mukino wahuje ikipe ya Barcelone na SĂ©ville, umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, ukarangira […]

Rusizi: Ababyeyi barasabwa kurushaho kwita ku buzima bwabo n’ubw’abana

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Mibilizi n’ibigo nderabuzima bikorana na byo mu karere ka Rusizi burasaba ababyeyi babigana kurushaho kwita ku buzima bwabo n’ubw’abana babo bitabira ku gihe gahunda zose z’ubuzima. Ni bimwe mu byatangajwe muri gahunda y’icyumweru cyahariwe umubyeyi n’umwana cyo kuva ku wa 8 kugeza ku wa 12 Werurwe uyu mwaka, aho ababyeyi baganirijwe kuri […]

Burundi: Abasirikare bane biciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro abandi 6 barakomereka

Abasirikare bane b’u Burundi bishwe abandi batandatu barakomereka nyuma yo kugabwaho igitero n’abantu bitwaje ibirwanisho muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke. Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, itariki 19 Ukwakira rishyira kuri uyu wa Gatandatu. Amakuru ahari akaba avuga ko igitero cyagabwe ahagana saa saba z’ijoro n’abagabo bitwaje ibirwanisho ku […]

Umugore wanjye aratwite, ni ikimenyetso cyerekana ko mbyara- Clapton Kibonke

Umunyarwenya umaze kubaka izina hano mu Rwanda Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka  Kibonke yemeye ko yasezeranye n’umugore we utwite inda nkuru ndetse ahamya ko ari uburyo bwiza bwo kumenya ko umugore we abyara. Kuwa 18 Ukwakira 2018 nibwo mu binyamakuru bikorera hano mu Rwanda ndetse no kumbuga nkoranyambaga hakwirakwije amafoto agaragaza umunyarwenya Kibonke yasezeranye imbere y’amategeko […]

Burundi: Umudepite arashinjwa gutegura umugambi wo kwica Perezida Nkurunziza

Inzego z’umutekano mu Burundi zirashinja umwe mu bagize inteko ishinga amategeko gutegura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu nk’uko byatangajwe na televiziyo y’u Burundi. Abayobozi bakaba batangaje ko hatawe muri yombi agatsiko k’abakomando bakekwaho gushaka kwica perezida, abamwungirije babiri n’umukuru w’inteko ishinga amategeko nk’uko itangazo ryanyuze kuri televiziyo kuwa kane ushize […]

Kivu y’Amajyepfo: Hatangiye gutunganywa ahazubakwa isoko rizahuza Congo n’u Rwanda

Nyuma y’icyemezo cya Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, ibikorwa byo gusenya amazu yubatswe hafi y’umupaka wa Rusizi ya mbere hagati ya Congo n’u Rwanda, byatangiye kuri uyu wa kane ushize, itariki 18 Ukwakira. Ubuyobozi bw’iyi ntara bukaba buvuga ko iki gikorwa kireba amazu yubatswe ahantu hari hagenewe kubaka isoko nyambukiranyamupaka. Abacuruzi bacirirtse, ari nabob a mbere […]

Wema Sepetu ntashobora kongera gusubirana na Diamond – Mariam Sepetu

Umubyeyi ubyara Wema Sepetu wabaye  Miss Tanzaniya 2006 akaza no gukundana na Diamond Platnumz Mariam Sepetu, yahakanye yivuye inyuma ko umukobwa we atazigera yongera gusubirana na Diamond ukunzi mu gihe akiriho. Mu guhakana ibi Mariam Sepetu umubyeyi wa Wema Sepetu yatangaje ko aba bombi babayeho mu buzima butandukanye kandi ko nta mpamvu nimwe yatuma aba […]

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Kera kabaye Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Jamal Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo muri  Instanbul muri Turkiya, aho bivugwa ko yapfuye arimo kurwana nk’uko bitangazwa na televiziyo y’iki gihugu. Iyi televiziyo ikomeza ivuga ko umukuru w’iperereza, Ahmad al-Assiri na Saud al-Qahtani, umwe mu bafasha bakuru b’igikomangoma Mohammed Bin Salman bahagaritswe ku mirimo yabo kubera iki […]

Aimable Bayingana yatorewe kuyobora ihuriro ry’umukino w’amagare rya OIF

Umunyarwanda Aimable Bayingana yatorewe kuyobora Ihuriro ry’umukino w’amagare ry’ibihugu bikoresha Igifaransa (Union Francophone de Cyclisme) ribarizwa mu muryango wa OIF. Aimable Bayingana usanzwe ari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), yatorewe I Paris kuri uyu wa gatanu, itariki 19 Ukwakira 2018 muri kongere ya Union Francophone de Cyclisme (UFC) yateraniye ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umukino […]

USA: Tombola idasanzwe irimo miliyari y’amadolari

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatndatu, itariki 20 Ukwakira hategerejwe kumenyekana umunyamahirwe ushobora gutsindira bwa mbere mu mateka akayabo ka miliyari y’amadolari muri tombola. Kuri uyu wa Gatanu ushize, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, abaturage bakaba bari bategerezanije amatsiko menshi uwegukana amahirwe ya tombola idasanzwe. Ni ubwa mbere mu mateka umunyamahirwe […]

Burundi: Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED

Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED rihuriyemo amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi mu rwego rwo kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020. Kuri uyu wa kane, itariki 18 Ukwakira nibwo iri shyaka ryatangaje ko ryafashe ibyemezo bitandukanye bizaryorohereza n’abarwanashyaka baryo kwiyunga nyako mbere y’amatora ateganyijwe mu 2020. Urubuga Ubmnews rwo mu Burundi dukesha iyi nkuru […]

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Umuherwe wo muri Tanzania, Mohammed Dewji wari umaze iminsi igera mu 10 ashimutiwe I Dar es Salaam yabonetse mk’uko byemejwe n’umuryango we uvuga ko kuri ubu ari iwe mu rugo kandi nta kibazo afite. Ibinyujije ku rukuta rwayo, Mo Dewji Foundation yemeje aya makuru ivuga ko Mo Dewji ameze neza,kandi “ ashima Imana n’Abatanzaniya kubw’amasengesho […]

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 19 Ukwakira 2018, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’ u Rwanda ku Kacyiru habereye umuhango w’ihererekanya bubasha hagati y’umuyobozi mukuru wa Polisi ucyuye igihe CG Emmanuel K Gasana na DCG Dan Munyuza wagizwe umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda. Ni umuhango witabiriwe kandi uyoborwa na Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa […]

Rulindo:Polisi yafashe ukekwaho ubujura bwa Moto

Polisi y’uRwanda ikorera mu karere ka Rulindo kubufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) yafashe Maniragaba Fulgence w’imyaka 28 ukekwaho kwiba moto TVS RD 765G ya Munyempundu cyprien. Umuvugizi wa Police mu Ntara y’ Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko kuwa 18 Ukakira aribwo Munyampundu Cyprien utuye mu mujyi wa Kigali yatanze ikirego […]

Abaminisitiri 10 bayoboye MINADEF, Abajenerali 5 ba ex-FAR, abasivili 3, kuva u Rwanda rwigenga

Nyuma y’ihindurwa rya Guverinoma, GĂ©nĂ©ral Major MURASIRA Albert abaye Minisitiri w’Ingabo wa 10 uyoboye Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda kuva rwabaho. Minisiteri y’Ingabo niyo ikurikirana ibikorwa by’Ingabo z’Igihugu, zahoze zitwa GN (Garde Nationale) muri Repubulika ya Mbere, zitwa FAR (Forces ArmĂ©es Rwandaises),  mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 , nyuma ya Jenoside, U Rwanda […]

Rubavu: Abarimu nibo bigisha abana ingengabitekerezo ya Jenoside- Bishop Rucyahana

Umwarimu yigishije abanyeshuri ibijyanye n’urukundo,akabereka urukundo nta ngengabitekerezo yakongera kugaragara mu bana, ibi bitangazwa na kimisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu nama bagiranye n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye zikorera mu karere ka Rubavu. Kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Ukwakira, 2018 , intumwa za Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge ziyobowe na Bishop John Rucyahana bagiranye  inama y’ihariye n’inzego z’ubuyobozi mu […]

Icyo ubuyobozi bwa FC Barcelona buvuga ku makuru yo kwisubiza Neymar

Visi Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Jordi Cardoner avuga ko amakuru amaze iminsi acicikana hirya no hino mu binyamakuru, ko Neymar Junior agiye gusubira muri iyi kipe, nk’ubuyobozi bw’ikipe ngo nta kintu bwari bwabiganiraho. Amakuru yatangajwe muri iki cyumweru, yavugaga ko Perezida w’ikipe, Josep Maria Bartomeu yagiranye ikiganiro n’abakinnyi b’ibikomerezwa ngo ababaza niba igaruka rya […]

Rihanna yanze kwitabira igitaramo  agira ngo arwane ku birabura

Umuhanzikazi  Rihanna yanze kwitabira igitaramo kizatangiza Shampiyona Y’Umupira w’Amaguru (NFL) cyitwa Super Bowl III  kubera ihohoterwa rikorerwa abirabura muri Amerika. Ikinyamakuru US Weekly gitangaza ko Rihanna yari yasabwe kuzaririmba mu gitaramo kizabera Atlanta gusa  ngo ntazitabira kubera ibyabaye kuri Colli kaepernick wapfukamye ubwo harirmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu nk’ikimenyetso cyo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abirabura. Kaepernick ubwo […]

Muhanga: Uwicishije icyuma murumuna we w’imyaka 4 yasabiwe igihano

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Ukwakira, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije mu ruhame ahakorewe icyaha mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kinihira, Akagali ka Gitinda, Umudugudu wa Nyagatovu, uwitwa Nsengimana Eric ukurikiranweho icyaha cyo kwica umuvandimwe we ubushinjacyaha bukaba bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu. Ubushinjacyaha Bukuru bukurikiranyeho  uwitwa  Nsengimana Eric kuba yarishe murumuna we  […]

Ku myaka 22 arasobanura ikimutera gukomera ku busugi bwe

Snegugu Radebe ni umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko, ni umwe mu bagize itsinda ry’ amasugi yo muri Afurika y’Epfo, avuga ko hamwe na bagenzi be, batajya bumva bashishikajwe no gukora imibonano mpuzabitsina. Snegugu  atuye mu gace ka Daveyton, abarizwa mu itsinda ry’amasugi yo muri Ekurhuleni, avuga ko kudakora imibonano mpuzabitsina nk’uko abandi biba bibashishikaje, atari uko […]

Abanyarwanda bifuza kugira Igihugu cyuguruye amarembo- Perezida Kagame

Perezida Kagame ubwo yatangizaga ku mugaragaro umwaka w’Ubucamanza kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Ukwakira 2018, yatangaje ko Abanyarwanda bifuza kugira igihugu cyuguruye amarembo. Ni umuhango wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishingamategeko, Perezida Kagame akaba avuga ko Abanyarwanda bafite byinshi bifuza kugeraho, nk’intego biyemeje kugira ngo bagire igihugu cyuguruye amarembo. Yagize ati “Abanyarwanda bifuza kugira […]

Video: Reba ubugizi bwa nabi inzego z’umutekano za Uganda zikorera abaturage

Inzego z’umutekano za Uganda zikomeje kuvugwaho ibikorwa by’iyicarubozo no gukorera bamwe mu banyagihugu ibikorwa bitari ibya kimuntu zidatinya no gukora ku manywa y’ihangu isi yose irebera nk’uko video ikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ibigaragaza. Usibye abaturage ba Uganda bakorerwa ibi bikorwa bibatesha agaciro mu gihugu cyabo, izi nzego z’umutekano za Uganda zikunze no kwibasira abanyamahanga […]

U Burundi mu bihugu 10 ku Isi ukwiye kujyamo wigengesereye

Iteka iyo umuntu ategura urugendo agomba kumenya niba aho agana hatekanye, niba amazi yaho asukuye ndetse niba yabona ibyo yakenera mu buryo bumworoheye, ariko mu bihugu bimwe department ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika isanga hari ingamba zisumbuyeho zigomba gufatwa mbere yo kubijyamo. Hagendewe kuri politiki yabyo, umutekano bifite, urwego rw’ubuvuzi, ibikorwaremezo, ingaruka zaterwa n’ibiza, […]

Umuryango Nyarwanda uhangayikishijwe n’ikibazo gikomeye cyo gusambanya abana- Min. Nyirasafari

Nyirasafari Esperence wari Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ubu akaba yagizwe Minisitiri w’Umuco na Siporo, avuga ko umuryango wugarijwe n’ikibazo cyo gusambanya abana, rimwe na rimwe bikabaviramo gutwara inda zitateganyijwe, kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina,… Ibi yabitangaje ku wa 18 Ukwakira 2018, ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza ‘Umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro’ wizihirijwe ku […]

Hatangijwe gushakisha Umunya-Afurika y’Epfo bivugwa ko yaburiye mu Rwanda

Mu gihe inshuti n’umuryango w’Umunya-Afurika y’Epfo, Leon Orsmond bivugwa ko yaburiye I Kigali batangije ubukangurambaga bwo kumushakisha, Guverinoma ya Afurika y’Epfo nayo iravuga ko n’ubu itazi uko byamugendekeye kimwe n’Igipolisi cy’u Rwanda. Muri iki cyumweru nibwo hafunguwe page ya facebook yiswe ‘Find Leon Orsmond’ ibaza impamvu Igipolisi cy’u Rwanda kitari gusubiza ibibazo kw’ibura rya Orsmond […]

Diamond Platnumz ni ikigwari mu buriri- ihabara rya Diamond

Umukobwa waryamanye n’umuhanzi Diamond Platnumz witwa Irene Charles uzwi nka Lynn yavuze ko uyu mugabo ubuhanga bwo gutera akabariro  ari hafi ya ntabwo n’ubwo ngo yirirwa yirukanka mu bagore. Uyu mukobwa yahisemo kubitangaza nyuma yaho Diamond ashyize hanze videwo ari kumwe n’umukobwa mu buriri bigaragagara ko bari barimo kugirana ibihe byiza amukorakora. Abakurikirana Diamond kuri […]

Cibitoke: Abasirikare, Polisi n’Imbonerakure baryamiye amajanja ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi

Nyuma yaho Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza asabiye inzego zirebwa n’umutekabo kuba maso, bagakaza umutekano ku mupaka, aho buhana imbibi n’u Rwanda ndetse na Congo, amakuru aturuka mu Ntara ya Cibitoke avuga ko Imbonerakure n’izindi nzego z’umutekano baryamiye amajanja. Polisi, abasirikare ndetse n’urubyiruko rw’Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi ‘Imbonerakure’ ngo nizo nzego […]

Abarusiya bazajya muri paradizo nihaba intambara kirimbuzi — Perezida Putin

Kuri uyu wa kane, itariki 18 Ukwakira, Perezida Vladmir Putin w’u Burusiya yatangaje ko mu gihe haramuka habaye intambara kirimbuzi Abarusiya bajya muri paradizo naho ababateye bagashirira ku icumu. “ Abarusiya bazajya muri paradizo nihaba intambara kirimbuzi ”, uwo ni perezida Vladmir Putin avuga ko nta ntambara yifuza ariko agashimangira ko uwo ari we wese […]

U Rwanda rukomeje inyigo zo gushakisha Peteroli mu Kiyaga cya Kivu

Igihugu cy’u Rwanda rwizeye kwinjira mu rubuga rw’ibihugu bicukura peteroli ku Isi, aho ruteganya kwifatanya n’amasosiyete ya Peteroli na gaz mu cyiciro gitaha cyo gushakisha peteroli mu Kiyaga cya Kivu. Nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amabuye y’agaciro, peteroli na gaz, Francis Gatare, ngo u Rwanda rwatangiye icyiciro cya mbere cy’ubushakashatsi bugamije kugerageza ibinyabutabire […]

Dr. Sezibera yasimbuye Mushikiwabo ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga

Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukwakira 2018, muri Guverinoma nshya yavuguruwe, Perezida Paul Kagame yashyize ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Richard Sezibera wari Senateri, asimbuye Mushikiwabo watorewe kuyobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF). Muri iyi Guverinoma hagaragayemo abaminisitiri bashya batandatu mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yagizwe Dr Sezibera […]