Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi nâurwego rwâubutasi, SNR
Abanyarwanda babiri ndetse nâumwe mu bayoboke bâihuriro Amizero yâAbarundi kuri uyu wa Kane batawe muri yombi nâurwego rushinzwe ubutasi mu Burundi (SNR). Abatawe muri yombi ni; Fabien Ngerageze, wo mu ihuriro ryâabatavuga rumwe nâubutegetsi, Amizero yâAbarundi, ndetse nâAbanyarwanda babiri, Callixte Mpozenzi na Juvenal Mundane. Bafatiwe muri Komini Bukinanyana, mu Ntara ya Cibitoke, kuri uyu wa […]
U Rwanda rwiyemeje kurushaho guteza imbere ikoreshwa ryâIgifaransa
U Rwanda rwatangiye ubukangurambaga bugamije gukomeza ikoreshwa ryâururimi rwâIgifaransa mu gihugu nkâuko byatangajwe kuri uyu wa Kane na minisitiri ushinzwe imirimo yâinama yâabaminisitiri Marie Solange Kayisire. Ikoreshwa ryâururimi rwâIgifaransa mu Rwanda ryari ryaragabanyije umurego bitewe nâuko abantu benshi bakoresha Icyongereza kurusha Igifaransa nubwo izi ndimi zombie ari indimi zikoreshwa mu buyobozi nkâuko Kayisire yabitangarije mu […]
Ni iki gikubiye mu butumwa budasanzwe Perezida Museveni yoherereje Perezida Kagame?
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda kuri uyu wa Kane, itariki 25 Ukwakira yoherereje ubutumwa bufatwa nkâubudasanzwe mugenzi we wâu Rwanda, Paul Kagame mu gihe ibihugu byombi bikomeje kutarebana neza muri dipolomasi yabyo kubera impamvu zitandukanye. Ni ubutumwa Perezida Paul Kagame yashyikirijwe na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Uganda, Sam Kutesa, wabonanye nâumukuru wâigihugu kuri uyu wa […]
Nyamasheke/Shangi: Barasaba ko hakongerwa ibyumba byâamashuri yâincuke
Ababyeyi barerera mu mashuri yâincuke mu murenge wa Shangi, akarere ka Nyamasheke, bashimira ubuyobozi bwâakarere  nâumuryango VSO ubafasha mu burezi, bagasaba ko nâikibazo cyâibyumba byâamashuri bike bifuza ko cyakemuaka vuba. Ni bimwe mu byo batangarije umuterankunga wabo akaba nâumuyobozi wâumuryango âDubai Caresâ, Tariq Al Gurg ubwo yabasuraga, akaba yishimiye uburyo abana bato biga mu mashuri […]
Amakosa akomeye yatumye abayobozi bâibigo 4 bya leta birukanwa burundu
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yirukanye muri Guverinoma abayobozi bane bazira imyitwarire mibi nyuma yâamezi hafi abiri yirukanye itsinda ryo muri minisiteri yâubuzima rizira gukoresha nabi umutungo wa rubanda. Kuri iyi nshuro, inama yâabaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu ushize, itariki 24 Ukwakira iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hashingiwe ku iteka rya minisitiri […]
RDC: Monusco yasubije inyuma igitero cya ADF ku birindiro byayo
Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 24 Ukwakira nyuma ya saa sita, ingabo za Monusco zasubije inyuma igitero cyitiriwe inyeshyamba za ADF ku birindiro byayo biri hafi yâikiraro cya Semuliki ku muhanda Mbau-Kamango muri Teritwari ya Beni. Umuyobozi wâIbiro bya Monusco mu majyaruguru ya Kivu, Karna Soro, wemeje aya makuru, yatangaje ko hitabajwe kajugujugu 2 […]
Prof. Shyaka yasabye abayobozi b'uturere tw'Amajyepfo kureka amatiku bagakora
Ku wa Kane tariki ya 25 Ukuboza 2018, mu muhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo, Emmanuel K. Gasana na Mureshyankwano Marie Rose wayiyoboraga, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof.Shyaka Anastase yihanangirije abayobozi b’uturere tuyigize kureka amatiku bagakora. Umuyobozi w’iyi Ntara yavuze ko ikeneye umuvuduko udasanzwe ngo ishobore gukora ibidasanzwe mu iterambere no gushyira abaturage ku […]
Iyumvire “IBYA-TSI” ya Oda Passy ikomeje kuvugwaho byinsi
Bwa mbere umugore yatorewe kuyobora EthiopiaÂ
Inteko Ishinga Amategeko ya Ethiopia bwa mbere  yatoye Perzida wâUmugore , Sahle-Work Zewde ngo asimbure Molute Teshomu weguye ku mirimo mu buryo budasobanutse. Ni nyuma yaho Minisitiri wâIntebe wâiki gihugu Dr.Abiy Ahmed ashyizeho inteko ishinga amategeko igizwe na 50% byâabagore. Akimara gutorwa, Sahle-Work Zewde wâimyaka 68 yavuze ko ari igihe cyiza cyo kubaka Ethiopia izira […]
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe
Umwe mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi, atangaza ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu iteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukwakira 2018, yamaze kwemererwa kubera mu murwa mukuru Kinshasa. Ni imyigaragambyo yo kwamagana imashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ubwoba ko zakwifashishwa mu gukora uburiganya mu […]
Wema Sepetu ari kwitegura ubukwe n'umugabo ufite undi mugore
Wema Sepetu umukinyi wa mafilime akaba yaranabaye nyampinga wa Tanzaniya muri 2006 yatangaje ko ubukwe bwe n’umukunzi we mushya Patrick Christopher buba mu minsi yavuba Ni nyuma yaho ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwizwa amashusho uyu mukobwa ari mu buriri n’umukunzi we mushya bisa naho bari mubyishimo by’abakuru bigatungura benshi ubu ikiri kuvugwa ni Ubukwe […]
Muhanga: Abakora mu nzego zâubuzima bagaragaje uruhuri rwâibibazo bibugarije
Mu biganiro byahuje abayobozi nâabakozi ba komisiyo yâIgihugu ishinzwe abakozi ba Leta nâabakozi bâakarere ka Muhanga ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, bamwe mu bayobora ibigo nderabuzima bayigaragarije ibibazo byugarije uru rwego rwâubuzima. Bavuga ko batemerewe gutanga akazi ku baforomo ndetse bakanabwirwa ko akarere nako katabyemerewe, bigatuma abakozi ku mavuriro bakora ari bacyeya […]
Isesengura :Kenyatta na Raila Odinga, urugero rwiza mu bumwe n' ubwiyunge
Hashize igihe gito inkuru nziza isesekaye  muri Komisiyo y’ Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ( African Union) ko utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Bwana Raila Odinga yahawe inshingano zikomeye muri uwo muryango. Izi nshingano zikaba zirebana n’ibyerekeye kuzamura ibikorwaremezo muri Afurika. Uyu mugabo uzwiho cyane kuba yarahanganye mu matora n’uwari Perezida wa Kenya Mwai Kibaki […]
Hon. Dr.Habineza avuga ko nâabanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore
Perezida wâIshyaka Riharanira  Demokorasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party  of Rwanda), ntiyemeranya nâumuyobozi wâitorero ryâu Rwanda, Bamporiki Edouard, wambuye Ubutore umuhanzikazi, Uzamberumwana uzwi ku izina rya Oda Paccy. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, nibwo umuyobozi wâitorero ryâu Rwanda, Bamporiki Edouard yasohoye itangazo anarishyiraho umukono avuga ko ku bwâububasha ahabwa […]
Kim Kardashian yibasiwe nâabamukurikirana  kuri instagram
Umunyamideri Kim Kardashian yibasiwe nâabafana be bamukurikirana ku rukuta rwe rwa instagram  bamushinja kubeshya ku ngano y’ikibuno cye mu  ifoto yashyize hanze. Kim Kardashian ahanini washyize iyi foto hanze agamije kwamamaza ibyo bita âmake upâ ariko abamukurikana birebera ku kibuno cye maze batangira kumushinga ko yaba yaritabaje âPhotoshopâ kugira ngo akigire gito. Umwe muri aba […]
Ese umubano wa Ingabire Victoire nâabo kwa Rwigara waba uhatse iki?
Umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire avuga ko ubucuti bwe nâabâabagize umuryango wa Rwigara Assinapol, watangiriye muri gereza, bityo akaba ashimangira ko ibyabo bitakabaye ibintu byo kwibazwaho cyane. ku wa Gatanu tariki ya 14 Nzeri 2018, nibwo Ingabire Victoire yahawe imbabazi nâUmukuru wâIgihugu, Paul Kagame, afungurwa muri gereza ya Nyarugenge i Mageragere, bucyeye bwaho ubwo yageraga mu […]
Mwarabu Fighter yatangaje uburyo Diamond Platnumz yamutotezaga
Uwahoze ari umurinzi wa Dimond Platnumz, Mwarabu Fighter yatangaje ko  ubuzima bwe bwari mu kaga akirinda umuhanzi Diamond  kandi ko yakatwaga umushahara mu buryo budasobanutse. Mu kiganiro na Bongo 5, Mwarabu Selemani Milundi uzwi nka Mwarabu Fighter  avuga ko ubwo yarindaga Diamond Platnumz yakoze impanuka za moto inshuro zirenze enye kubera kwirukanswa nâamabwiriza ya Diamond […]
Abarenga 50 baguye mu mirwano hagati yâamoko muri Somalia
Abantu barenga 50 nibo bamaze kugwa mu mirwano hagati yâamoko zabaye kuwa Kabiri wâiki cyumweru mu  gace ka Somaliland mu gihugu cya Somalia. Umwe mu babonye ibyâizi mvururu  akaba nâumuturanyi wâagace kabereyemo iyi mirwano, Ahmed Ismail wo mu cyaro cya  Dhumey yatangarije Reuters dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu imirwano igikomeje. Yagize atiâ Habayeho ugutana […]
Nyamasheke: Barasabwa kwisuzumisha amaso no kurwanya indwara zâubuhumyi
Ubuyobozi bwâakarere ka Nyamasheke, ubwâibitaro bya Kibogora  nâubwâumuryango âThe Fred hollow foundationâ burakangurira abagatuye  kwisuzumisha amaso no kurwanya indwara zâubuhumyi zitarabagiraho ingaruka. Nubwo abakurikiranira hafi ibyâubuvuzi bwâamaso mu bitaro bya Kibogora bavuga ko muri iyi myaka itatu imyumvire yâabaturage mu kuyisuzumisha  yazamutse, ngo haracyari bamwe muri bo batarumva ukuntu bashobora  kwisuzumisha amaso mu gihe batumva […]
Itangazo ry'Ibyemezo byâInama yâAbaminisitiri yo ku wa 24 Nzeri 2018
Ku wa gatatu, tariki ya 24 Ukwakira 2018, Inama yâAbaminisitiri yateranye iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.1. Inama yâAbaminisitiri yifurije ikaze nâimirimo myiza Abaminisitiri nâAbanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma mu ivugururwa ryayo ryo ku wa 18 Ukwakira 2018. 2. Inama yâAbaminisitiri yishimiye itorwa rya Madamu Mushikiwabo Louise ku mwanya wâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango […]
Iburengerazuba na Musanze: Aborozi barataka igihombo, Litiro yâamata ya 50Frws yabuze uyigura
Mu ntara y’Iburasirazuba, mu nzuri za Gishwati no mu nkengero zaho, mu karere ka Musanze , Aborozi ndetse nâabanyamuryango ba za koperative zâamakusanyirizo y’amata barataka igihombo, barasaba leta kugira icyo ikora nyuma yaho uruganda rwa Mukamira Diary ruhagaritse amata yo mu cyiciro cya kabiri bikabateza igihombo gikomeye bigeze naho Litiro ya 50, kubona uyigura bitoroshye. […]
Itangazo ryo guhindura izina
Hafi 20% byâAbanyarwanda ntibazi uburenganzira bwabo – CNDH
Abanyarwanda babarirwa muri 20% ngo ntibazi ibijyanye nâuburenganzira bwabo, aho Komisiyo yâIgihugu yâUburenganzira bwa Muntu (CNDH) ivuga ko mu ngamba zayo za 2018-2023 izibanda ku bukangurambaga bugamije kumenyesha abantu uburenganzira bwabo mu rwego rwo kugabanya iyi mibare itari mito. Umuyobozi wa CNDH, Nirere Madeleine avuga ko Abanyarwanda 80% ari bo basobanukiwe ibijyanye nâuburenganzira bwabo mu […]
C.Ronaldo yavuze uko ahagaze nyuma yo gushinjwa gusambanya ku ngufu
Icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo, avuga ko nta kibazo na kimwe afite ndetse ko abamwunganira mu mategeko bifitiye icyizere mu gihe ashinjwa gufata ku ngufu umukobwa wâimyaka 34 yâamavuko. Umukobwa witwa Kathryn Mayorga avuga ko uyu munyapolitigali ukinira ikipe ya Juventus yamusambanyije ku ngufu mu mwaka wa 2009, amusambanyiriza muri Hoteli âPalms Hotel and Casinoâ […]
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe nâigisirikare cya Congo
Abarwanyi bane bo mu nyeshyamba za RED- Tabbara zikomoka mu Burundi bishwe nâigisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) abandi batandatu bafatwa mpiri. Aba bafashwe bafungiye muri kasho yâingabo za FARDC, kuva ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukwakira 2018, i Uvira muri Kivu yâAmajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Igisirikare cya Congo, gitangaza ko […]
Uganda: Urukiko rwahaye igihano uwasambanyaga umwishywa akanamutera sida
Umucamanza wâUrukiko Rukuru rwa Kampala, Alex Ajiji, yakatiye umusore wâimyaka 27 igihano cyâigifungo cyâimyaka 17 nyuma yo guhamwa nâicyaha cyo gusambanya mwishywa we wâimyaka 9 akanamwanduza agakoko ka sida. Uwahamwe nâicyaha, David kayondo, byemejwe nâabaganga ko ari we wasambanyije uyu mwana wâumukobwa wa mushiki we ubwe ndetse akamwanduza agakoko gatera sida nkâuko iyi nkuru dukesha […]
Oda Paccy yirukanwe burundu mu ntore z'igihugu
Kuri uyu wagatatu tariki 24 ukwakira 2018, umuyobozi wâItorero ryâIgihugu, Bwana Bamporiki Edouard, yatangaje ko yambuye burundu izina ryâubutore umuhanzikazi Oda Paccy kubera imyitwarire ye inyuranyije nâumuco wâubutore. Mu itangazo ryavuye mu biro bye Bwana Bamporiki yagize ati âNshingiye ku bubasha mpabwa nâUmutoza wâIkirenga wandagije Itorero; ndamenyesha Abanyarwanda ko uwari waratojwe agahabwa izina ryâ âIndatabigwi […]
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rwâabayobozi basaga 15 bazicwa
Polisi ya Uganda irimo gukora iperereza ku rutonde rwashyizwe ahagaragara nâabantu bataramenyekana  ruriho abantu b’abayobozi 16 bazicwa barimo umudepite wa Kyadondo yâiburasirazuba, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine. Benshi muri aba biganjemo abanyepolitiki, abanyamadini nâabayobozi gakondo. Kuri uru rutonde hagaragaraho aba bakurikira: Minisitiri wâIntebe wâUbwami bwa Buganda( Katikkiro)  Charles Peter Mayiga,  Depite wâagace ka […]
RDC: Igipolisi cyatangiye gukarishya abapolisi bazarinda abakandida mu kwiyamamaza
Abapolisi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bari gutozwa ibijyanye no kurinda inzego zâingenzi za leta no guherekeza no kurinda abakandida mu matora ya perezida ateganyijwe mu mpera zâuyu mwaka. Aya mahugurwa yo kongera gukarishya aba bapolisi bashinzwe kurinda ibigo byâingenzi bya leta ndetse nâabayobozi yateriwe abapolisi 512 nâinkeragutabara zigera kuri 50. Ubwo yagiranaga nabo […]
Umugabo yakorakoye imyanya y'ibanga y'umugore yitwaje amagambo ya Trump
Umugabo witwa Bruce Michael Alexander  watawe muri yombi ashinjwa gukora ku mabere yâumugore bari kumwe mu ndege yavuze ko  ibyo yakoze nta kibazo kuko na Perezida Trump abishyigikiye. Ni nyuma yaho umugore utatangajwe amazina atangarije polisi ko yari asinziriye ubwo yari mu ndege yavaga Houston yerekeza  Albuquerque agakangurwa nâintoki zamukoraga ku mabere agira ngo ni impanuka. […]
Kigali: Ikigo âBTCâ gihugura kikanigisha itangazamakuru cyorohereje urubyiruko
Mu rwego rwo gufasha urubyiruko kwiga imyuga, Ikigo BTC (Belgine Training Center) gihugura kikanigisha itangazamakuru, kiratangaza ko cyagabanyije ibiciro ndetse kikanongera umubare wâamasomo gitanga. Iki kigo gikorera mu Mujyi wa Kigali, imbere ya sitade Ragional i Nyamirambo mu kigo cyâAbasaveri, kikaba gihugura ndetse kikanigisha itangazamakuru, ariko kuri iyi nshuro mu rwego rwo korohereza urubyiruko kwiga […]
Arusha: Guverinoma yâu Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi
Icyiciro cya gatanu cyâibiganiro bihuza Abarundi cyatangiye kuri uyu wa gatatu, itariki 24 Ukwakira I Arusha muri Tanzania. Ni ko kugerageza kwa nyuma guhuza Abarundi kubaye kwâakarere mu gihe Guverinoma yâu Burundi nâishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD byanze kwitabira ibi biganiro. Umuvugizi wa Guverinoma yâu Burundi, Prosper Ntahorwamiye, yatangarije RFI ko ari ukubera impamvu yâicyunamo […]
Perezida Kagame arashimira abamwifurije isabukuru nziza yâamavuko
Perezida Kagame arashimira imbaga yâabanyarwanda nâabanyamahanga bamwifurije isabukuru nziza yâamavuko ubwo yuzuzaga imyaka 61. Ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukwakira 2018, nibwo Umukuru wâIgihugu, Paul Kagame yari yujuje imyaka 61 yâamavuko, abantu bâingeri zose, abanyarwanda nâabanyamahanga, bakaba bamwifurije isabukuru nziza, ari nako bamwifuriza kuramba, gukomeza neza urugendo ruganisha u Rwanda aheza,⊠Umukobwa we, Ange […]
Umugabo w'umuhanzikazi Fille Mutoni  yariye karungu
Umugabo wâUmunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni ari we Edwin Katamba uzwi nka MC Kats yarakariye  inshuti ze za hafi nâitangazamakuru ryo muri Uganda ariryoza ko kuwa 23 kwakira 2018 ryafashe iya mbere rigatangaza ko yatandukanye nâumugore we. MC Kats yababajwe ahanini nâuburyo inshuti ze za hafi zafashe iya mbere zikabwira itangazamakuru […]
U Rwanda rutunzwe cyane cyane nâibyo kurya biva mu Burundi-J.C Karerwa
Perezida wâu Burundi, Pierre Nkurunziza, akomeje kugaragaza urugero imibanire igihugu cye nâu Rwanda igezeho agaragaza ko bitari hafi aha kongera gucana uwaka, aho yongeye kubuza abaturage be kohereza ibicuruzwa byâibyo kurya mu Rwanda umuvugizi we avuga ko rutunzwe nâibyo byo kurya biva mu Burundi. Abinyujije ku muvugizi we, Jean Claude Karerwa (uri ku ifoto), Perezida […]
Somalia: Abantu 30 biciwe mu makimbirane ashingiye ku butaka
Abantu bagera kuri 30 muri Somalia biciwe mu mirwano yahuje imitwe 2 yâabarwanyi itavuga rumwe mu Ntara ya Sool mu majyaruguru yâiki gihugu nkâuko byemejwe nâabaturage ndetse nâabayobozi kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Ukwakira. Amakuru aturuka mu bashinzwe ubuzima aravuga ko abandi bantu basaga 90 bakomeretse, aho bivugwa ko bamwe muri bo ari abaturage […]
Nyamasheke: Umusaza wâimyaka 70 yafatanwe imiti ya magendu
Marekabiri Joseph wâimyaka 70 yâamavuko utuye mu mudugudu wa Kamarebe, akagari ka Mariba mu murenge wa Nyabitekeri , akarere ka Nyamasheke ari mu maboko ya polisi, sitasiyo ya Shangi nyuma yo gufatanwa imiti nâinshinge yakoreshaga avura abaturage anayibacuruza  mu buryo bwa magendu. Abaturage bavuga ko atari ubwa mbere afatanwa imiti nkâiyi akanabifungirwa, mu myaka ishize […]
Nyarugenge: Polisi yafashe imodoka ipakiye ibilo 280 byâinyama zirimo nâizangiritse
Haracyari abantu bacuruza, bakanatwara inyama mu buryo bunyuranyije nâamabwiriza ateganywa na Minisiteri yâubihinzi nâubworozi (MINAGRI), Polisi yâu Rwanda irasaba abaguzi kujya bitondera aho bagurira inyama kuko bimaze kugaragara ko hari bamwe bacuruza inyama zangiritse ku buryo zishobora gutera abantu uburwayi. Mu ijoro ryo ku itariki 22 Ukwakira, Polisi ikorera mu murege wa Nyakabanda mu Karere […]
Umugabo wa Nyiramasuhuko n'abandi 12 ntibagikurikiranweho jenoside
Ubushinjacyaha bukuru bwâu Rwanda bwamaze gushyingura dosiye ya Ntahobari Maurice na bagenzi be 12 bose batabaga mu Rwanda, bari bakurikiranweho jenoside yakorewe abatutsi, nubwo umugore we Nyiramasuhuko Pauline nâumuhungu we Ntahobari Shalom cyamaze kubahama. Uyu Ntahobari ukomoka i Butare wigeze kuyobora inteko ishinga amategeko ku ngoma ya Habyarimana, yababariwe hamwe na Major Kinyoni Stanislas ukomoka […]
Nyanza/Muyira: Abahinzi bâurutoki babuze isoko ryâumusaruro
Bamwe mu bahinzi bâurutoki bo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza , bavuga ko bitabiriye guhinga urutoki rwengwamo urwagwa bibwira ko ruzabateza imbere bitewe nuko babonaga hari inganda zirwenga bakibwira ko zizabagurira nibamara kurweza ariko si ko byabagendekeye. Ubwoko bwâinsina za Fiya ubusanzwe zera ibitoki binini cyane nibwo aba bahinzi bahinze nyuma yo […]
Uganda: Umunyarwandakazi Fille yatawe n'umugabo mu nzu
Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni ari mu gahinda bitewe nâumukunzi we, Edwin Katamba uzwi nka MC Kats wamwanze akamuta mu nzu akiyegurira uwitwa Shadia. Nkâuko incuti za hafi zâuyu muryango zatangarije Ugblizz dukesha iyi nkuru, Katamba na Fille baratonganye maze uyu mugore atangaza ko uyu mugabo amuca inyuma akajya ku ihabara […]
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Sudani yâAmajyepfo asobanura icyo igihugu cye kivuga kuri SADR
Sudani yâAmajyepfo ntabwo yigeze igira imikoranire yâinzego kandi nta mubano irengera hagati yayo nâibyitwa âSadrâ (Sahrawi Arab Democratic Republic) cyangwa ikindi gishamikiye kuri âSahrawiâ, Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Sudani yâAmajyepfo Nhial Deng Nhial niko yatangaje Ibi yabivuze mu rugendo rwâakazi yagiririye mu Gihugu cya Moroco ku butumire bwa mugenzi we Nyakubahwa Nasser Bourita wâUbwami bwa […]
Rusizi: Abahoze ari inzererezi nâabafite ubumuga barashima Leta yabagaruriye icyizere
Bamwe mu bana bahoze ari inzererezi mu mujyi wa Rusizi ndetse nâabafite ubumuga, bahamya ko iyo igihugu gifite Leta nziza yita ku baturage, ntacyo batageraho. Babigaragaje ubwo umuryango âRwanda aidâ wita ku bana bafite ibibazo binyuranye byâimibereho, cyane cyane inzererezi, abafite ubumuga, abana baturuka mu miryango ikennye cyane nâabandi mu turere twa Rusizi na Nyamasheke […]
Hamuritswe Igitabo Nyobozi ku Ndangagaciro z'Umuco w'u Rwanda
Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Ukwakira 2018, hamuritswe igitabo ku ndangagaciro remezo z”umuco w’u Rwanda ari zo: Gukunda Igihugu, Ubumwe, Ubupfura n’Umurimo. Ni umuhango watangijwe ku Mugaragaro na Minisitiri wa Siporo n’Umuco Nyirasafari Esperence ukaba witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, amadini n’abikorera. Minisitiri wa siporo nâumuco yavuze ko iki gitabo nikimara kwemezwa […]
Uwarongoye nyina wa Diamond arashinjwa kumuca inyuma atwite
Rally Jones warongoye nyina wa Diamond Platnumz arashinjwa kumuca inyuma kandi atwite, amakuru akaba akomeje kuvugwa cyane mu itangazamakuru ryo muri Tanzania nâubwo uyu mugabo abihakana yivuye inyuma. Umwaka ushize nibwo Jones yashakanye na Sanura Sandra Kassim, ubyara icyamamare Diamond Platnumz, amakuru aravuga ko uyu mubyeyi atwite inda yâuyu mugabo nubwo ashinjwa kumuca inyuma agasambana […]
Musanze: Bamwe mu bafite ababo bashyinguye mu Rwibutso rwa Muhoza ntibakozwa kubimura
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ababo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Muhoza ho mu Karere ka Musanze ntibakozwa icyifuzo cyo kwerekeza imibiri yâababo iharuhukiye mu Rwibutso rwa Busogo. Ni urwibutso rwubatse muri umwe mu mirenge yâumujyi wâAkarere ka Musanze. Ntirwubakiye, nta mva zirimo ndetse ngo nâamazi atemberamo avuye mu muhanda iyo imvura iguye. Uwitwa […]
Kinshasa: Haravugwa agatsiko kâabagizi ba nabi gashaka kwibasira abayobozi
Minisitiri wâitangazamakuru wa Congo akaba nâumuvugizi wa guverinoma, Lambert Mende, kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukwakira yagabweho igitero nâabantu bitwaje ibirwanisho bateye iwe mu gace ka Ngaliema, mu gihe kuri uyu munsi nâubundi I Kinshasa akandi gatsiko kâabantu bitwaje ibirwanisho kateye mu rugo rwâumuvugizi wâamashyaka ashyigikiye ubutegetsi, AndrĂ©-Alain Atundu, aho mu gihe hibazwa niba […]
Rihanna yashyizwe ku rutonde rwâabo abajura baziba
Ifoto yâumuhanzi Rihanna igaragara ku rutonde rwâabo itsinda ryâabajura ryateganya kwiba muri uyu mwaka. Ibi byamenyekanye nkâuko TMZ dukesha iyi nkuru ibitangaza nyuma yaho umwe mu bagize iri tsinda ryâabajura afatiwe nâinzego zâumutekano. Inzego zâumutekano zivuga ko zataye muri yombi Jshawne Daniels wagize uruhare mu kwiba uwitwa Chief Keef kuwa 23 Nzeri 2018 mu kabande ka […]
Bwa mbere mu mateka intare yâingore yishe ingabo bari babyaranye gatatu – Menya impamvu
Intare y’ingore yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika – iba nzu yororerwamo inyamaswa mu buryo bwo kuzereka ba mukerarugendo – yiciye mu nzu iy’ingabo yabanaga nayo ndetse yabyaranye nayo abana batatu – impuguke zikavuga ko bitari byarigeze bibaho mbere. Izi ntare zari zimaze imyaka 8 zibana muri iyo nzu y’ahitwa Indianapolis muri Amerika. Nkuko byatangajwe […]
Ubuhamya/Gitwaza: Umugabo urangarira amabuno yâabandi bagore kandi yicaranye nâuwe
Ubwo yigishanga imbaga yâAbakiristo mu itorero rya Zion Temple, umuyobozi waryo, Ap. Dr Paul Gitwaza, yabagejejeho ubuhamya bwâumugabo watwawe nâirari ryâabagore, kugera aho abarangarira ari kumwe nâuwe. Ap. Gitwaza avuga ko bibabaje kandi biteye agahinda kubona umugabo atwarwa nâirari ryâabagore kandi afite uwe, agatanga urugero rwâumwe wabonaga abakobwa cyangwa abagore atwaye imodoka, kubera kubarangarira akisanga […]
Karongi: Hafashwe imodoka yari ipakiye imifuka ine yâurumogi
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 21 Ukwakira Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Karongi ku makuru yatanzwe nâabaturage yafashe imodoka Toyota Corolla RAA 603Y yari ipakiye imifuka ine yâurumogi. Iyi modoka yafatiwe kuri bariyeri yari yashyizwe mu Kagari ka Mucyimba Umurenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi uwari uyitwaye arayita ariruka. Umuvugizi wa […]
FARDC iravuga ko ibyâinyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha
Region ya 34 yâigisirikare cya FARDC iravuga ko amakuru yakwirakwijwe kuwa 19 Ukwakira na sosiyete sivile, ko hari abantu bitwaje ibikoresho bya gisirikare byinshi binjiye muri Teritwari ya Rutshuru ari ibihuha. Umuvugizi wâiyi region ya 34 ya FARDC, Major Ndjike Kaiko, yatangaje ko nta na kimwe kigaragaza ko abo barwanyi bari ku butaka bwa Congo. […]
Umugore wa mbere warangije kaminuza muri Afurika yâiburasirazuba nâiyo hagati yapfuye
Umugore wa mbere warangije kaminuza muri Afurika yâiburasirazuba nâiyo hagati, Sarah Nyendwoha Ntiro kuri uyu wa Mbere 22 Ukwakira 2018 yitabye Imana afite imyaka 92. Nyakwigendera Ntiro impamyabumenyi yayivanye muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza mu ishami ryâamateka mu 1954. Yavukiye mu karere ka Hoima ku babyeyi bâabarimu ari naho yize amashuri ye abanza nâayisumbuye […]
Moscow: Ambasaderi Mujawamariya yahamagariye abikorera gushora imari muri Afurika
Afurika irahamagarira Guverinoma yâu Burusiya gushishikariza ishoramari ryigenga muri iki gihugu gushora imari ku mugabane nkâuko byatangajwe na Ambasaderi wâu Rwanda mu Burusiya, Jeanne dâArc Mujawamariya kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukwakira. â Turasaba guverinoma yâu Burusiya, yatwakiriye, gutera indi ntambwe igashishikariza urwego rwâabikorera mu Burusiya kujya muri Afurika nkâumugabane wâishoramari, nkâumugabane wâahazaza hacu, […]
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi
Uwitwa Habiyambere Andree, umuyoboke wâishyaka Amizero yâAbarundi rya Agathon Rwasa yatawe muri yombi, ashinjwa kuba inyuma igitero cyagabwe ku nkambi ya gisirikare ku wa Gatanu wâicyumweru gishize. Habiyambere asanzwe atuye ku musozi wa Nyamitanga, Zone Ndava, Komini Buganda mu Ntara ya Cibitoke, akaba yafashwe nâigipolisi kirimo gukora iperereza ku gitero cyagabwe ku wa Gatanu tariki […]
Maj. Gen. Murasira yijeje gukomeza kugera ikirenge mu cyâuwamubanjirije
Major General Albert Murasira, Minisitiri wâIngabo mushya; kuri uyu wa mbere yakiriye inshingano zo kuyobora Minisiteri yâIngabo. Ni mu muhango wâihererekanyabubasha hagati ye na Minisitiri ucyuye igihe; General James Kabarebe wanamwijeje kuzamuha ubufasha igihe cyose bukenewe. Uyu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cya Minisiteri yâIngabo ku Kimihurura mu mujyi wa Kigali, wanitabiriwe nâabayobozi bakuru muri […]
Perezida Kagame yujuje imyaka 61 yâamavuko
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ukwakira 2018, umukuru wâigihugu, Paul Kagame arizihiza isabukuru ye yâamavuko yâimyaka 61 amaze abonye izuba. Ku wa 23 Ukwakira 1957, nibwo Paul Kagame yabonye izuba, uyu munsi abantu benshi barimo Abanyarwanda nâabanyamahanga, bakaba bamwifuriza isabukuru nziza yâamavuko, yâimyaka 61, babicishije ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi […]
Reka nsabe abo tugiye gukorana kuzagirana imikorere itarimo agatotsi- Prof. Shyaka
Minisitiri mushya wâUbutegetsi bwâIgihugu, Prof. Shyaka Anastase arasaba abo bagiye gukorana kuzarangwa n’imikorere myiza itarangwamo agatotsi. Ibi yabitangaje ku wa Mbere tariki ya 22 Ukwakira 2018, mu muhango wâihererekanyabubasha hagati ye na Minisitiri Kaboneka Francis ucyuye igihe. Arashimira abo bakoranaga muri iyi Minisiteri yâUbutegetsi bwâIgihugu, uburyo bakoranye neza, mu gihe Shyaka na we asaba abo […]
Nyamasheke: Abakozi bâumurenge bagenda ibilometero bine bagiye gucapisha raporo
Abaturage n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Mahembe uri mu karere ka Nyamasheke, Intara y’Iburengerazuba, bavuga ko babangamiwe cyane n’ikibazo cyo kuba uyu murenge udafite umuriro w’amashanyarazi. Umurenge wa Mahembe ni umwe muri 15 igize akarere ka Nyamasheke utuwe nâabaturage barenga ibihumbi 20 ibiro byâuyu murenge ntibigira umuriro wâamashanyarazi. Mu gukemura ibibazo byâabaturage nâibindi byangombwa byâirangamimerere, Umukozi ushinzwe […]
Umujenerali mu gisirikare cya Amerika yakomerekeye muri Afghanistani
Umuryango wa OTAN watangaje ko umwe mu basilikali bawo yishwe muri Afghanistani. Abandi babili bakomeretse. Nkâuko itangazo ryawo ribivuga, amakuru ya mbere bafite ni uko aba âbasilikali barashwe na mugenzi wabo wo mu ngabo zâAfuganistani.â Byabereye mu ntara ya Herat, mu burasirazuba bwâigihugu. Hagati aho, igisilikali cya Amerika cyatangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya […]