Komanda wâingabo za EAC zikorera mu burasirazuba bwa RDC yagiye i Kinshasa
Umunyakenya uyobora ingabo ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Lt Gen. Jeff Nyagah, yagiye mu murwa mukuru wâiki gihugu, Kinshasa. Ikinyamakuru ActualitĂ© cyatangaje ko Lt Gen. Nyagah yageze i Kinshasa kuri uyu wa 29 Ukuboza 2022, yakirwa na Perezida FĂ©lix Tshisekedi mu biro bye. Lt Gen. Nyagah […]
Leta ya RDC ikeneye abasirikare bashya ibihumbi 350
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko hakenewe abasirikare bashya ibihumbi 350 bazafasha bagenzi babo kurinda igihugu. Bikubiye mu mushinga mushya Minisitiri wâingabo wa RDC, Kabanda Gilbert, yagejeje kuri bagenzi be bagize guverinoma tariki ya 27 Ukuboza 2022. Kabanda yasobanuye ko ashingiye ku batuye muri RDC babarirwa muri miliyoni 100, ibihumbi 150 […]
Ndayishimiye yahishuye uko umuntu ukomeye yari yaramuzengereje mbere y’uko amufatira icyemezo
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahishuye uko umuntu utaravugirwagamo yari yaramuzengereje mbere yâuko amufatira icyemezo gikomeye muri uyu mwaka w’2022. Ubwo yasozaga umunsi wa gatatu wâamasengesho yo ku rwego rwâigihugu kuri uyu wa 28 Ukuboza 2022, Ndayishimiye yavuze ko Satani yari yaratumye uyu muntu kuboha igihugu, bigera aho uyu Mukuru wâIgihugu abura yigira inama yo […]
RDC ntiyemera ko indege y’intambara yayo yavogereye ikirere cy’u Rwanda
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko nta ndege yâintambara yâigisirikare cyayo yavogereye ikirere cyâu Rwanda kuri uyu wa 28 Ukuboza 2022. Ni amakuru ahabanye nâayatanzwe nâUmuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda, watangaje ko indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yavogereye ikirere cyâigihugu ahaherera mu kiyaga cya Kivu ahagana saa sita zâamanywa yâuyu […]
Mbappé yavuze ku muzamu wa Argentina washinyaguriye ifoto ye, yishimira igikombe
Rutahizamu wâikipe yâu Bufaransa na Paris Saint Germain, yavuze make ku muzamu wâiya Argentina, Emiliano Martinez, washinyaguriye ifoto ye ubwo yishimiraga igikombe cyâIsi we na bagenzi be bari bamaze kwegukana. Ikipe ya Argentina yatwaye igikombe cyâIsi tariki ya 20 Ukuboza nyuma yo gutsindira iyâu Bufaransa kuri penaliti. Iminota 120 irimo agace kâinyongera (extra-time) yari yarangiye […]
Undi mudepite uvugwaho ubusinzi yeguye
Umudepite wari uhagarariye urubyiruko mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda witwa Kamanzi Ernest yeguye kuri iyi nshingano. Kamanzi yagejeje ku Nteko ubwegure bwe kuri uyu wa 28 Ukuboza 2022, asobanura ko yeguye ku mpamvu ze bwite, ndetse ashimira abo bari bahuje inshingano. Ariko kandi, Kamanzi avugwaho gufungirwa mu karere ka Huye mu minsi ishize, azira […]
U Burusiya bwatangaje ko bwasenye imbunda zirasa roketi na misile za Ukraine zirenga 1300, butwika indege zirenga 500
Ingabo zâu Burusiya zatangaje ko kuva zatangira ibikorwa byihariye muri Ukraine muri Gashyantare 2022, zimaze gusenya imbunda zâigisirikare bahanganye zirasa roketi nâizirasa misile zirenga 1300, no guhanura indege zirenga 500. Byatangajwe nâUmuvugizi wa Minisiteri yâingabo, Lt Gen. Igor Konashenkov, muri raporo yâumwaka yagejeje ku Barusiya tariki ya 27 Ukuboza 2022, nkâuko byemezwa nâibiro ntaramakuru TASS. […]
RDC: Imitwe yitwaje intwaro yiyemeje gukora Brigade yihariye izajya irinda imipaka
Ihuriro ryâimitwe yitwaje intwaro ikorera mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru irimo CMC, APCLS, ANCDH, NDCR na FPP ryatangaje ko rigiye gukora burigade (Brigade) yihariye izajya irinda imipaka ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Umuvugizi wâiri huriro, Jules Mulumba, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku wa 27 Ukuboza 2022, yasobanuye ko iyi burigade itazaba ishamikiye ku ngabo […]
Gasabo: Pasiteri uvugwaho gushaka kugurisha urusengero no gutera inda abakobwa yikomye itangazamakuru

Umushumba Mukuru wâItorero Ebenezer, Rev. Past. Nkundabandi Jean DamascĂšne yikomye itangazamakuru nyuma yo kubazwa ku makuru avugwaho yo gushaka kugurisha urusengero ruherereye i Kagugu mu karere ka Gasabo no gutera abakobwa inda. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hazenguruka ifoto yâitangazo ryamamazaa igurishwa ryâuru rusengero, rigira riti: âUrusengero rugurishwa Kagugu million 400 FRW. Ni runini kuko […]
Koreya yâEpfo yatangaje ko itazatinya intwaro kirimbuzi za Koreya ya Ruguru, niyongera gushotorwa
Perezida wa Koreya yâEpfo, Yoon Suk-yeol yamenyesheje Koreya ya Ruguru ko bazahangana nâiki igihugu kiri mu majyaruguru badatewe ubwoba nâintwaro za kirimbuzi gifite. Yoon yabitangaje ku wa 27 Ukuboza 2022, nyuma yâaho ingabo za Koreya ya Ruguru zohereje mu kirere kitagomba kuvogerwa utudege duto tutagira abapilote dutanu, byaketswe ko twari mu gikorwa cyâubutasi. Ingabo za […]
Ba Minisitiri batatu beguye, bayoboka MoĂŻse Katumbi
Ba Minisitiri batatu beguye muri guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bayoboka umunyapolitiki MoĂŻse Katumbi uherutse gukura ishyaka ayoboye mu ihuriro Union SacrĂ©e rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi. Abeguye ni: Christian Mwando wari Minisitiri wâigenamigambi, ChĂ©rubin Okende wari ushinzwe ubwikorezi na VĂ©ronique Kilumba wari ushinzwe ubuzima. Ubwegure bwabo babugejeje kuri Tshisekedi na Minisitiri wâIntebe, […]
Nyuma yo kwerekana ko atwite, Aline Gahongayire yerekanye umugabo we

Umuhanzi wâindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yerekanye umugabo we nyuma yo kwerekana ko atwite inda nkuru. Uyu muhanzi yari yabaye igitaramo ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 27 Ukuboza 2022 ubwo yari amaze kwerekana ifoto ye imugaragaza ko atwite, agateguza inkuru nziza mu gihe kiri imbere. Kuri iyi foto, Gahongayire yageretseho ubutumwa […]
Indege yâintambara ya RDC yongeye kuvogera ikirere cyâu Rwanda, iraswaho
Indege yâintambara yâigisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ya Sukhoi-25 yongeye kuvogera ikirere cyâu Rwanda mu karere ka Rubavu. Amakuru yizewe agera kuri BWIZA avuga ko iyi ndege ivogereye ikirere cyâu Rwanda ahagana saa tanu nâigice zâamanywa yâuyu wa 28 Ukuboza 2022. Umwe mu baturage babonye iyi ndege yabwiye iki kinyamakuru ko ingabo […]
FARDC yongeye kwifashisha indege za Sukhoi mu mirwano yayo na M23
Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo kizwi nka FARDC cyongeye kwifashisha indege zâintambara zizwiho kunyaruka, Sukhoi-25, mu mirwano zihanganyemo nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko indege ebyiri za Sukhoi-25 zagaragaye mu kirere cyo mu mujyi wa Goma mu masaa yine zishyira saa tanu zâamanywa yâuyu wa 28 Ukuboza, zerekeza […]
Dr Mukwege yatangaje ko âyababajweâ nâinkuru ya Dr Kimararungu wishwe yitegura ubukwe
Umuganga akaba nâUmunyepolitiki wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Dr Denis Mukwege, yatangaje ko yababajwe nâinkuru yâUmunyamulenge, Dr Kimararungu Merci, wishwe nâabarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa Mai Mai Bilozebishambuke. Dr Kimararungu yiciwe ku bitaro bya Bijombo mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru tariki ya 25 Ukuboza 2022, mu gitero abarwanyi ba Mai Mai bagabye no […]
Leta ya RDC ifunze abarimo Abanyarwanda 2 na Colonel wâUmunyekongo ibashinja kuba intasi zâu Rwanda
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwatangaje ko hari Abanyarwanda babiri nâAbanyekongo babiri bafungiwe muri kasho zâurwego rushinzwe ubutasi (ANR), bakurikiranweho kuba intasi zâu Rwanda. Aya makuru yatangarijwe kuri televiziyo yâigihugu nâUmuvugizi wâigisirikare, Gen. Maj. Sylvain Ekenge Bomusa ku mugoroba wâuyu wa 27 Ukuboza 2022. Yari kumwe nâUmuvugizi wa Polisi na Minisitiri wungirije ushinzwe […]
Koreya yâEpfo mu gahinda nyuma yo kumara amasaha 5 ihiga indege zâiya Ruguru, ikabura nâimwe ihanura
Leta ya Koreya yâEpfo iri mu gahinda nâumuhangayiko nyuma yâaho ingabo zayo zimaze amasaha atanu zihiga utudege tutagira abapilote (drones) twa Koreya ya Ruguru twari twarenze agace katavogerwa, ariko zikabura na kamwe zihanura. Igisirikare cya Koreya yâEpfo gisobanura ko kuri uyu wa 26 Ukuboza, Koreya ya Ruguru yohereje utudege dutanu mu kirere ibihugu byombi bihuriyeho, […]
Medvedev wayoboye u Burusiya âyahanuyeâ gusenyuka kwa EU no gucikamo ibice kwa USA
Umuyobozi Mukuru wungirije wâakanama kâu Burusiya gashinzwe umutekano akaba nâumwe mu bayoboye iki gihugu, Dmitry Medvedev, yahanuye gusenyuka kâumuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) mu mwaka utaha no gucikamo ibice kwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Mu butumwa burebure yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 26 Ukuboza 2022 bufite umutwe ugira uti âWhat can happen mu […]
Prof. Wajackoyah yaburiye abagabo ko bashobora kumera amabere, abagore bakamera ubwanwa
Umunyapolitiki wiyamamarije umwanya wa Perezida wa Kenya, Prof. George Wajackoyah, yaburiye abagabo ko bashobora kumera amabere, abagore bakamera ubwanwa, mu gihe barya ibiribwa byâibituburano bizwi nka GMO. Leta ya Kenya iri gutekereza niba ishobora kwemera ko ibi biribwa byinjira mu gihugu, mu rwego rwo guhangana nâinzira imaze amezi menshi yibasira abatuye mu bice byinshi ikomoka […]
Dr Mukwege yitandukanyije nâumuryango wo mu Bibiligi yari abereye umuyobozi wâicyubahiro

Umuganga wubashywe wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Denis Mukwege yitandukanyije n’umuryango yari abereye umuypbozi w’icyubahiro, Fight Impunity ufite icyicaro mu Bubiligi, mu gihe uri gukorwaho iperereza ku byaba bya ruswa. Uyu muryango urwanya umuco wo kudahana washinzwe muri Nzeri 2019 na Pier Antonio Panzeri wahoze ahagarariye u Butaliyani mu nteko ishinga […]
Abaharabika u Rwanda ni abatuye kure yarwo: Dr Awazi uyobora diaspora y’Abanyekongo
Dr Awazi Raymond uyobora Abanyekongo baba mu Rwanda avuga ko abo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) baruharabika ari abatuye kure yarwo, byâumwihariko abakoresha imbuga nkoranyambaga. Uyu muganga ukorera bimwe mu bitaro byo mu Rwanda mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Isango Star, yatangaje ko kuba igihugu akomokamo nâicyo atuyemo bitabanye neza, bitagomba gukuraho ubumwe […]
Dr Kimararungu wari uherutse gutangaza itariki y’ubukwe yishwe

Abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa Mai Mai Bilozebishambuke bishe umuganga w’Umunyamulenge, Dr Kimararungu Merci, wari uherutse kumenyesha inshuti ze nâumuryango itariki yâubukwe bwe. Umuryango Mahoro Peace Association uharanira uburenganzira bwâAbanyamulenge, kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 watangaje ko Dr Kimararungu yiciwe mu gitero Mai Mai yagabye ku bitaro bya Bijombo mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo. […]
Ingabo za Kenya zibarizwa muri EACRF ‘zashyizeho’ abayobozi muri Kibumba

Ingabo za Kenya zibarizwa mu mutwe wâingabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ziravugwaho gushyiraho abayobozi muri gurupoma ya Kibumba. Izi ngabo ziri mu mutwe uzwi nka EACRF zatangaje ko kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 zayoboye igikorwa cyo gucyura impunzi zâAbanyekongo zari zarahunze Kibumba ubwo […]
Ese koko imibonano mpuzabitsina ishobora guhagarika umutima?
Tariki ya 26 Nzeri 2020, mu gace ka Kamenge gaherereye mu murenge wa Nyakabanda, akarere ka Nyarugenge, humvikanye inkuru yâumugabo âwapfiriye mu maguru yâindayaâ bari bararanye. Umugore bari bararanye yabwiye inzego zâubuyobozi, izâumutekano nâubugenzacyaha ko bombi bakoze igikorwa ari muzima, ariko mu masaa kumi nâebyiri yâigitondo cyâuwo munsi, atungurwa no kubona umukiriya we yapfuye. Mu […]
Polisi ya Uganda yafatanye umuntu umwe intwaro ânyinshiâ zirimo imbunda nâibiturika
Polisi ya Uganda yatangaje ko abakozi bayo mu mutwe wihariye wa Flying Squad nâabagenzacyaha bataye muri yombi umugabo witwa Katende Ali uri mu bayobozi bakuru bâumutwe wâiterabwoba wa ADF. Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yasobanuye ko Katende uzwi nka Mao yafatiwe muri operasiyo yakorewe mu gace ka Nyendo, Masaka kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022. […]
Icyo wamenya ku musirikare wâu Rwanda umaze iminsi agaragara mu mishyikirano ya Kibumba

Muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) hamaze iminsi habera imishyikirano yahuje abahagarariye umutwe witwaje intwaro wa M23, ingabo za Leta nâizo mu mutwe woherejwe nâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba uzwi nka EACRF. Imishyikirano ya mbere yahuje izi mpande zose, hiyongereyemo nâurwego rwâakarere kâibiyaga bigari rushinzwe umutekano wo ku […]
FARDC yakuriweho ibihano, M23 iva Kibumba, umuganga ashinjwa gusambanya umurwayi: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 19 Ukuboza 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirimo izerekeye ku mutekano, politiki, ubutabera nâimyidagaduro. Harimo ko: M23 yavuye mu birindiro bya Kibumba Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje tariki ya 23 Ukuboza ko wavuye mu birindiro wari ufite muri gurupoma ya Kibumba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC. […]
Colonel Nzenze abona nta ‘byacitse’ kuba M23 yakwambara impuzankano ya RDF

Colonel Nzenze Imani uyobora abarwanyi ba M23 bari barafashe gurupoma ya Kibumba yatangaje ko nta ‘byacitse’ kuba we na bagenzi be bakwambara impuzankano zirimo iz’igisirikare cy’u Rwanda kizwi nka RDF. Uyu musirikare yabivuze ashingiye kuri raporo zitandukanye zirimo izasohowe nâurwego rwâubutasi rwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ndetse nâimpuguke zâUmuryango wâAbibumbye, ubwo yari mu […]
Ubuyobozi bwa APR FC buratekereza uko yajya itozwa nâAbanyarwanda gusa
Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yatangaje ko bari gutekereza uburyo mu gihe kizaza iyi kipe yazajya itozwa nâAbanyarwanda gusa bayisobanukiwe. Uyu musirikare yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru nyuma yo gusangira iminsi mikuru na bo, anifuriza ikipe ayoboye umwaka mushya muhire, nkâuko urubuga rwayo rubisobanura. Lt Gen. Muganga yasobanuye ko impamvu batekereza […]
Karidinali Kambanda arasaba abifite gusangira Noheli nâabakene
Umukuru wâinama yâabepisikopi mu Rwanda, Antoine Karidinali Kambanda, arasaba abifite mu butunzi gusangira umunsi mukuru wa Noheli nâabakene, byâumwihariko. Karidinali Kambanda yabibasabiye mu butumwa bwa Noheli yatanze kuri uyu wa 24 Ukuboza 2022, habura amasaha make ngo umunsi nyirizina ugere. Yagize ati: “Noheli ni ubwitange kugira ngo bose tubasangize ku buzima, amahoro nâibyishimo Kirisitu yatuzaniye. […]
KNC yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kuri Gasogi United
Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles yatangaje ko nta kipe izongera gukura amanota kwâikipe ye guhera mu mikino yo kwishyura (2nd leg) ya shampiyona yâicyiciro cya mbere cyâumupira wâamaguru. KNC [impine yâamazina ye], yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru, nyuma yâaho ikipe ye yatsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa (1-0), mu mukino ufunga igice […]
Nari nizeye ko Argentina izatwara igikombe cyâIsi na nyuma yo gutsindwa na Saudia Arabia: Lewandowski
Rutahizamu mu mupira wâamaguru ukinira ikipe yâigihugu ya Poland na FC Barcelona, Robert Lewandowski, yatangaje ko yari yizeye ko ikipe ya Argentina yagombaga gutwara igikombe cyâIsi na nyuma yâaho yari imaze gutsindwa umukino wa mbere wâamatsinda nâiya Saudi Arabia. Kuri uyu mukino wabaye tariki ya 22 Ugushyingo 2022, ikipe ya Saudi Arabia yatsinze iya Argentina […]
Tuzashaka umuti nihagira izindi ngabo zitari iza EAC zinjira muri Kibumba: Col. Nzenze wa M23
Umuyobozi wâabarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 bari bafite ibirindiro muri Kibumba, Colonel Nzenze Imani, yatangaje ko nihagire izindi ngabo zitari izâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba, EACRF, zinjira muri aka gace, bazazishakira umuti. Col. Nzenze yabimenyesheje abanyamakuru ubwo yari mu muhango wo gushyikiriza ku mugaragaro EACRF ibirindiro bari bafite muri Kibumba, tariki ya 23 Ukuboza 2022. […]
FARDC yatanze impuruza nyuma yâaho abarwanyi ba M23 bavuye muri Kibumba
Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, cyatanze impuruza nyuma yâaho abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 bavuye mu birindiro bari bafite mu gace ka Kibumba. Tariki ya 23 Ukuboza 2022, abarwanyi ba M23 bayobowe na Colonel Nzenze Imani ni bwo bavuye ku mugaragaro muri Kibumba. Ni igikorwa cyitabiriwe nâabarimo umuyobozi wâingabo zâumuryango wa […]
Ambasaderi Karega yasubije uwamwibukije ko yigeze gutangaza ko FDLR yaciwe intege
Ambasaderi Vincent Karega wahoze ahagarariye u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasubije uwamwibukije ko yigeze gutangaza ko ingabo zâiki gihugu zaciye intege umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Tariki ya 10 Ukuboza 2021 ubwo umubano wâibihugu byombi wari umeze neza, Ambasaderi Karega yagiranye ikiganiro abanyamakuru ba Top Congo FM, Christian Lusakueno na Thierry […]
Komanda wâingabo za EAC muri RDC yatangaje ko M23 yamaze kuva muri Kibumba

Komanda wâingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba zibarizwa mu mutwe wa EACRF uri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Lt Gen. Jeff Nyagah, yatangaje ku mugaragaro ko abarwanyi ba M23 bavuye mu gace ka Kibumba. Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022 yatangaje ko abarwanyi […]
Impuguke za UN zagaragaje uburyo ubuzima bw’Abatutsi n’Abanyamulenge baba muri RDC buri mu kaga
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zikurikiranira hafi ibibazo byâumutekano muke muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zagaragaje uburyo ubuzima bwâAbatutsi nâAbanyamulenge buri mu kaga. Muri raporo itarajya ahagaragaraâ ibiro ntaramakuru byâAbafaransa (AFP) bivuga ko byabonye kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, izi mpuguke zivuga ko kuva umutwe wa M23/ARC wegura intwaro, ugatangira kurwana nâingabo za […]
Tanzania yagiranye amasezerano nâabazubaka umuhanda wa gari ya moshi uzayihuza n’u Rwanda

Leta ya Tanzania yagiranye amasezerano nâibigo bibiri byâAbashinwa, CCECC na CRCC, bizubaka icyiciro cya nyuma cyâumuhanda wa gari ya moshi ugezweho uzahuza iki gihugu nâibindi byo mu karere ka Afurika yâibirasizuba birimo u Rwanda. Aya masezerano afite agaciro ka miliyari 2.2 zâamadolari yasinyiwe mu biro byâUmukuru wâIgihugu tariki ya 20 Ukuboza 2022. Masanja Kadogosa uyobora […]
Rubavu: Bahangayikishijwe nâimashini zicukura umucanga zisatira irimbi

Abatuye mu mudugudu wa Nyabibuye, akagari ka Gikombe, umurenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, bahangayikishijwe nâimashini za Stella Company Ltd zikomeje gucukura umucanga zisatira ahari irimbi rishyinguyemo ababo. Aba baturage bavuga ko iki gikorwa bita âgushinyagurira imibiriâ yâababo cyabaye nyuma yâaho akarere ka Rubavu kagurishije iyi kampani ubutaka bwegereye irimbi kugira ngo ijye icukuramo […]
Impuguke za UN zoherereje akanama k’umutekano indi raporo ishinja RDF kwifatanya na M23
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zikora ubushakashatsi ku kibazo cyâumutekano muke muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zashyikirije akanama gashinzwe umutekano indi raporo ishinja ingabo zâu Rwanda kwifatanya nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Iyi raporo ntirashyirwa ahagaragara, ariko ibiro ntaramakuru byâAbafaransa (AFP) bivuga ko byayibonye kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022. Ngo irimo ibimenyetso bikomeye […]
USA irashinja Koreya ya Ruguru guha abarwanyi ba Wagner za misile
Ubutegetsi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) burashinja Koreya ya Ruguru guha intwaro umutwe wâingabo wigenga wa Wagner, zirimo ubwoko bwa misile. Nkâuko ikinyamakuru Financial Times kibisobanura, Koreya ya Ruguru yagurishije intwaro uyu mutwe wâAbarusiya mu Gushyingo 2022. Umuvugizi wâakanama ka USA gashinzwe umutekano, John Kirby, yatangaje ko Wagner ishaka kwifashisha izi ntwaro muntambara […]
Papa Francis yatangaje ko umudayimoni w’ubwibone ari kwinjirira abashumba bakuru ba Kiliziya
Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yatangaje ko hari umudayimoni wigaragaza ko ari mwiza ariko afite ubwibone, ukomeje kwinjirira abashumba bakuru bâiri torero bakorera i Vatican. Ibi yabitangarije ba Karidinali bakorera mu biro bikuru bya Kiliziya kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, ubwo yabagezagaho ubutumwa bubanziriza umunsi mukuru wâivuka rya Yezu Kirisitu, […]
Maj. Gen. Rwarakabije yavuzwe mu rubanza rw’ababaye abarwanyi bakuru ba FDLR
Major General Paul Rwarakabije uri mu bashinze FDLR yavuzwe mu rubanza rwa Brig. Gen. Mujyambere LĂ©opold wamenyekanye nka Musenyeri, Lt Col. Mpakaniye Emelien na Lt Col. Habimana Emmanuel babaye abarwanyi bakuru muri uyu mutwe witwaje intwaro. Uru rubanza rwabereye mu rukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka na mpuzamahanga ruherereye mu karere ka Nyanza, […]
Perezida Ndayishimiye abona intambara yâingabo za EAC na M23 idakenewe
Perezida wâu Burundi akaba nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, abona intambara yâingabo zâibihugu bigize uyu muryango ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo nâumutwe witwaje intwaro wa M23 idakenewe. Ndayishimiye yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique cyibandaga ku ngingo zirimo ikibazo cyâumutekano muke mu burasirazuba bwa RDC nâinshingano […]
Komiseri Mukuru muri UN yasabye u Bwongereza kwisubira ku kohereza abimukira mu Rwanda
Komiseri Mukuru ushinzwe uburenganzira bwâikiremwamuntu mu Muryango wâAbibumbye (UN), Volker TĂŒrk, yasabye guverinoma yâu Bwongereza kwisubira kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda. TĂŒrk mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa The Guardian ubwo ku biro bye i Geneva mu Busuwisi, yasobanuye ko gushaka kohereza abimukira kâu Bwongereza ari ukwihunza inshingano, bukazimurira ku kindi gihugu. Yagize ati: […]
Perezida Zelensky yagejejwe i Washington DC nâindege ya USA

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yageze i Washington DC kuri uyu wa 21 Ukuboza 2022 atwawe nâindege ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Zelensky yageze muri USA mu masaha yâumugoroba, aho asobanura ko yagiye gushimira iki gihugu uburyo gikomeje gufasha icye mu kurwanya ingabo zâu Burusiya zimaze amezi hafi 10 zibashojeho intambara. Uyu Mukuru […]
Ingagi ziba mu gice kigenzurwa na M23 ziratabarizwa
Ubuyobozi bwa Pariki ya Virunga buratabariza ingagi ziba mu gice cya Mikeno muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kigenzurwa nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Umuvugizi wâiyi pariki, Bienvenu Bwende, yatangarije ibiro ntaramakuru byâAbafaransa (AFP) ko babuze uko bajya gukurikirana ubuzima bwâizi ngagi, kubera ko batizeye ko aho ziri hari umutekano. Yagize ati: âByagorana kuba […]
U Rwanda rwamenyesheje amahanga ko kurushinja gufasha M23 nta gisubizo byatanga
Guverinoma yâu Rwanda yamenyesheje amahanga ko gushyigikira ibirego byâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) byâuko ingabo zarwo zifasha umutwe witwaje intwaro wa M23 nta gisubizo kizima byatanga. Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo ryashyizwe hanze nâibiro byâUmuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda kuri uyu wa 21 Ukuboza 2022, risubiza amatangazo yâibihugu bitandukanye byo mu burengerazuba […]
Gitega: Mu rugo rw’umupolisi hafatiwe imyambaro n’inkweto by’igisirikare n’igipolisi

Mu rugo rwâumupolisi wâUmurundi witwa Vyankandondera ThĂ©rence ruherereye mu gace ka Mwaro, komini Makebuko mu ntara ya Gitega hafatiwe ibikoresho byâigisirikare nâigipolisi birimo imyambaro nâinkweto. Ibiro byâintara ya Gitega byemeje aya makuru kuri uyu wa 21 Ukuboza byerekanye amafoto yâimpuzankano yâigisirikare, iyâabapolisi ndetse nâimiguro enye yâinkweto zizwi nka âbutiniâ. Byasobanuye kandi ko uyu mupolisi yafatanwe […]
Ingabo za Kenya ziri mu mutwe wa EAC zashimiwe uko ziri kwitwara muri RDC

Ingabo za Kenya zibarizwa mu mutwe wâumuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba, EACRF, zashimiwe uburyo ziri kwitwara mu kazo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Zashimiwe nâumuyobozi wazo, Lieutenant Colonel Denis Obiero, ubwo yaziganirizaga mu birindiro byazo biherereye mu nkengero zâumujyi wa Goma kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022. Ibiro bya EACRF byagize biti: […]
RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho âembargoâ
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bwizeye ko ingabo zâiki gihugu zizatsinda umutwe witwaje intwaro wa M23, nyuma yâaho umwanzuro (embargo) wari warafashwe nâakanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe umutekano ukuweho. Kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022, aka kanama kemeje ko gakuyeho ibwiriza kari karahaye ibihugu cyangwa se inganda bigurisha RDC intwaro, wo […]
Minisitiri Gasana yaburiye abajya muri RDC mu buryo butemewe nâamategeko
Minisitiri wâumutekano wâimbere, Gasana Alfred, yaburiye Abanyarwanda bajya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu buryo butemewe nâamategeko. Minisitiri Gasana yatanze uyu muburo ubwo yaganiraga nâabatuye mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu, mu nteko yâabaturage yo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022. Uyu muyobozi yavuze ko muri iki gihe, umuntu ugiye muri […]
Akurikiranweho gusambanya ku gahato: RIB kuri muganga uregwa gukorakora igitsina cyâumurwayi
Umuvugizi wâurwego rwâubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, yatangaje ko muganga wo mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro uregwa gukorakora igitsina cyâumurwayi akurikiranweho icyaha cyo gusambanya undi ku gahato. Dr Murangira yabwiye Primo Media Rwanda ko uyu muganga wâimyaka 27 yâamavuko yatawe muri yombi tariki ya 1 Ukuboza 2022 nyuma yo kuregwa nâumukobwa wâimyaka […]
General Bunyoni yaba yambuwe abasirikare n’abapolisi bamurinda
General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe wâu Burundi, biravugwa ko yambuwe abasirikare nâabapolisi bamurinda, nyuma yâamezi atatu akuwe kuri iyi nshingano. Urubuga SOS MĂ©dias Burundi ruvuga ko aya makuru rwayahawe nâumwe mu bashinzwe umutekano bo hejuru. Ruti: âAbasirikare nâabapolisi barindaga urugo rwa Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe muri Gasekebuye (amajyepfo ya Bujumbura) bategetswe […]
Umupadiri wo muri Diyosezi ya Ruhengeri yasezeye nyuma yo ‘gusobanukirwa’
Umupadiri ubarizwa muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri mu majyaruguru yâu Rwanda, Niwemushumba Phocas, yeguye ku murimo wâubupadiri yari amazeho imyaka 15 nyuma yo âkubura amaso no gusobanukirwaâ. Mu ibaruwa yo ku wa 6 Ukuboza 2022 yandikiye Musenyeri wa Diyosezi, Vincent Harolimana, Niwemushumba yasobanuye ko igihe amaze ku mugabane wâUburayi cyamubereye umwanya wo kubura amaso, gutekereza, […]
Ntabwo ndi Perezida kubera Abanyamerika: Museveni
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko atari Umukuru wâIgihugu kubera abo muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Museveni yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru Remmy Bahati wa Daily Monitor, ubwo bari i Washington DC mu cyumweru gishize, mu gihe yari yitabiriye inama ihuza USA nâibihugu byo muri Afurika. Bahati yamwibukije ko […]
Hamenyekanye igihe inoti ziriho ifoto yâUmwami Charles III zizasohokera muri banki

Banki nkuru yâu Bwongereza kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022 yashyize hanze amafoto yâimiterere yâinoti zigaragaraho ifoto yâUmwami Charles III, isobanura ko zizatangira gukoreshwa hagati yâumwaka wâ2024. Isobanura ko inoti zizashyirwaho ifoto ya Charles III ari zose. Ni ukuvuga; iyâAmapawundi 5, 10, 20 ndetse na 50, gusa ngo nta kindi kizahindukaho. Iti: âTwamuritse isura yâinoti […]
Bamwe mu bagabo b’i Rubavu barashinjwa kwicara, bagatungwa n’abagore

Bamwe mu bagabo batuye mu mirenge ya Nyamyumba, Rugerero, Gisenyi na Rubavu mu karere ka Rubavu barashinjwa kwicara badakora, bagatungwa nâabagore muri gahunda yadutse yahawe izina rya âNdongora Nitungeâ. Ni ibyatangarijwe umunyamakuru wa BWIZA ubwo yasuraga abakorera nâabarema isoko rya Rubavu ndetse nâabari mu nkengero yaryo kuri uyu wa 19 Ukuboza 2022. Umugore umwe mu […]
Umutoza wa Espoir FC yirukanwe nyuma yo gutangaza ko abayiguriye abakinnyi bahemutse
Bisengimana Justin wari umutoza mukuru wa Espoir FC yirukanwe nyuma yo gutangaza ko abaguriye iyi kipe abakinnyi ari abahemu. Uyu mutoza yatangaje aya magambo tariki ya 17 Ukuboza 2022 ubwo Espoir FC yari imaze gutsindwa na Etincelles ibitego bibiri ku busa. Icyo gihe yabwiye abanyamakuru ko iyi kipe ifite abakinnyi badashoboye, bari ku rwego rwo […]
Rutsiro: Umuganga arashinjwa gukorakora igitsina cy’umurwayi
Umuganga wâibitaro bya Murunda biherere mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, akurikiranwe nâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha nyuma yâaho umukobwa arugejejeho ikirego, amushinja kumukorakora igitsina. Ni icyaha umukobwa avuga ko yakorewe mu gihe yanyuzaga uyu mukobwa mu cyuma nâuyu muganga, amusuma uburwayi bwâimbere mu mubiri. Dr Nkurunziza Jean Pierre yemereye Primo Media Rwanda dukesha iyi […]