Gasabo: Umugabo âyiyahuyeâ nyuma yo kwangirwa kujyana n’abandi ahabereye ubukwe
Ringuyeneza Jean Bosco wari ufite umugore nâumwana umwe, atuye mu mudugudu wa Rugogwe, akagari ka Bweramvura, umurenge wa Jabana mu karere ka Gasabo, aravugwaho kwiyahura kubera agahinda ko kwangirwa kujyana nâabandi ahabereye ubukwe. Uyu mugabo wari ufite imyaka 27 yâamavuko yagaragaye mu mugozi wari umanitse muri ‘salon’ yapfuye, kuri iki Cyumweru tariki ya 15 Mutarama […]
RDC: Babona kujya muri zone ya Sabyinyo kwa M23 kuzahungabanya umutekano w’ingagi
Abagize umuryango utari uwa Leta uharanira uburenganzira bwâingagi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gorilla Ambassador, ntibashyigikiye ko abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 wasubira muri zone ya Sabyinyo muri Pariki ya Virunga. Uyu muryango mu itangazo ryo kuri uyu wa 15 Mutarama 2023 ryashyizwe hanze nâUmuyobozi wawo wungirije, Alain Mukiranya, wasobanuye ko ingagi zimaze […]
Ambasaderi wa Uganda muri Kenya yapfuye
Ambasaderi wa Uganda muri Kenya no mu birwa bya Seychelles, Dr Hassan Galiwango, yapfuye azize uburwayi mu gitondo cyâuyu wa 16 Mutarama 2023. Galiwango yapfiriye mu bitaro bikuru bya Nairobi muri Kenya, aho yivurizaga, nkâuko ibinyamakuru nka Daily Monitor bibisobanura. Inkuru yâurupfu rwâuyu mudipolomate yemejwe nâabayobozi batandukanye barimo Umuyobozi wâinteko ishinga amategeko, Anita Annet Among, […]
Putin yatangaje ko byose biri kugenda neza ku rugamba muri Ukraine
Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ibikorwa byihariye abasirikare bâigihugu cye barimo muri Ukraine byose biri kugenda neza nkâuko byategajanyijwe. Uyu Mukuru wâIgihugu mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo ya Rossiya-1 nkâuko ibiro ntaramakuru byâAbarusiya, TASS bibivuga, yatangaje ko abasirikare bâigihugu cye bari kumushimisha, kandi ngo bazamushimisha kurushaho nibagera ku musaruro. Ati: “Ibintu bimeze neza. […]
Perezida Kagame yanenze UN, Sena ibona Perezida mushya, M23 ihura na Uhuru Kenyatta: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 9 Mutarama 2023 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru ziganjemo iza politiki ndetse nâumutekano. Harimo ko: Sena yabonye Perezida mushya Umutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda wabonye Perezida mushya, Dr Kalinda François Xavier, tariki ya 9 Mutarama 2023. Dr Kalinda yari aheruka kwinjizwa muri sena na Perezida wa Repubulika yâu […]
MONUSCO ibona M23 igomba kurara isubiye muri Sabyinyo nta mananiza
Misiyo yâamahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (MONUSCO) ibona umutwe witwaje intwaro wa M23 ugomba kurara urekuye ibice byose usigaranye kuri uyu wa 15 Mutarama 2023, nta mananiza ushyizeho. MONUSCO yabitangaje ivuga ku guhura kwâabahagarariye M23 ku rwego rwa politiki bahuye nâumuhuza washyizweho nâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba, Uhuru Kenyatta, tariki ya 12 […]
BAHO yababajwe nâibyemezo ‘inzego zihutiye gufata’ kubera abaganga bayo bakekwagaho uburangare mu rupfu rwâumurwayi
Ibitaro byigenga bya BAHO International byatangaje ko byababajwe nâibyatangajwe nâibinyamakuru ku baganga babyo babiri bakekwagaho uburangare mu rupfu rwâumurwayi witwa Kamanzi Ngwinondebe Chantal rwabaye tariki ya 8 Nzeri 2021 ndetse nâibyemezo inzego zimwe zafashe. Kamanzi wari ufite imyaka 54 yâamavuko yagiye muri ibi bitaro kwikurishamo agapira ko kuringaniza urubyaro tariki ya 7 Nzeri uwo mwaka, […]
U Budage nâu Bufaransa birasabira Afurika imyanya ihoraho mu kanama ka UN gashinzwe umutekano

Guverinoma yâu Budage nâiyâu Bufaransa zirasabira umugabane wa Afurika imyanya ibiri ihoraho mu kanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe umutekano, UNSC. Iki cyifuzo cyagaragajwe na Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Budage, Annalena Baerbock na mugenzi we wâu Bufaransa, Catherine Colonna, ubwo bahuriraga nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat ku biro bye i […]
Tshisekedi abona umunsi ari uyu ngo M23 irekure Bunagana nâibindi bice isigaranye
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, abona umunsi ari uyu ngo umutwe witwaje intwaro wa M23 urekure umujyi wa Bunagana nâibindi byose usigaranye. Tshisekedi ubwo yaganiraga nâUmunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, kuri uyu wa 14 Mutarama 2023, yamubwiye ko uyu wa 15 Mutarama ari umunsi ntarengwa M23 […]
Uncle Austin yatahuye ikintu kidasanzwe Meddy yakoze mu ndirimbo ye nshya

Umuhanzi Luwano Austin Tosh uzwi nka Uncle Austin yatahuye ikintu kidasanzwe Ngabo Medard uzwi nka Meddy yakoze mu ndirimbo ye âGrateful’ yo gushima Imana yashyize hanze kuri uyu wa 14 Mutarama 2023. Iyi ndirimbo Meddy yashyize hanze nyuma yâigihe kirekire atangaje ko agiye kujya aririmba iziramya nâizihimbaza Imana, imaze kurebwa inshuro zirenga ibihumbi 191 mu […]
Blinken na Tshisekedi âbaneguyeâ u Rwanda na M23
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, baneguye u Rwanda nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Ibiro bya Perezida wa RD Congo bisobanura ko aba bombi bagiranye ikiganiro bifashishije telefone, bavuga ku kibazo cyo mu burasirazuba bwâiki gihugu, âhabura umunsi umwe ngo nyirantarengwa […]
Umwana wâimyaka 17 afungiwe gutera inda abakobwa 10
Umwana wâimyaka 17 yâamavuko witwa Noble Uzuchi yatawe muri yombi na Polisi yo muri ya Rivers Plate muri Nigeria, akurikiranweho gutera inda abakobwa 10. Polisi ikorera muri iyi Leta yasobanuye ko Uzuchi yafatiwe mu nzu zacururizwamo abana mu gace ka Obion na Ikwere, ari hamwe nâabandi bane bujuje imyaka yâubukure na bo batawe muri yombi. […]
Dr Kayumba Christopher yasabiwe gufungwa imyaka 10 nâamezi 6
Ubushinjacyaha bwasabye urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gukatira umunyapolitiki Dr Kayumba Christopher igifungo cyâimyaka 10 nâamezi 6. Urubanza rwa Dr Kayumba nâubushinjacyaha rwaburanishijwe mu mizi kuri uyu wa 13 Mutarama 2023, aho ashinjwa icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato nâubwinjiracyaha muri iki cyaha. Muri iri buranisha, Dr Kayumba yahakanye ibi byaha, nkâuko yabisobanuye no […]
Umugaba Mukuru wa FARDC yihanangirije abasirikare bakoresha imbuga nkoranyambaga bari ku rugamba
Umugaba Mukuru wâingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen. Christian Tshiwewe, yihanangirije abasirikare bakoresha imbuga nkoranyambaga bari ku rugamba. Ni mu gihe yasozaga uruzinduko rwo kugenzura ibikorwa bya FARDC byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, byâumwihariko M23, kuri uyu wa 12 Mutarama 2023. Lt Gen. Tshiwewe yabwiye […]
Imbuga nkoranyambaga ni inkota ikeba uyikoresheje nabi: Umuvugizi wa RIB
Umuvugizi wâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry, yaburiye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuko ngo ari inkota ishobora gukeba uyikoresheje nabi. Mu kiganiro yagiranye nâabakoresha urubuga rwa Twitter kuri uyu wa 12 Mutarama 2023, Dr Murangira yavuze ko yashyize imbaraga mu guteza imbere ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, kandi ko ishyigikira ikoreshwa ryâimbuga nkoranyambaga mu buryo bwubaka igihugu. […]
Umunyarwanda Brig. Gen. Rusanganwa yasuye ingabo zâu Burundi ziri muri CAR

Umunyarwanda Brigadier General Rusanganwa DĂ©o uyobora ingabo ziri mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye ku rwego rw’akarere muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) yasuye ingabo zâu Burundi zifite ibirindiro muri Sibut. Brig. Gen. Rusanganwa yakiriwe nâumuyobozi wâingabo zâu Burundi ziri mu butumwa bwâamahoro muri CAR, Lt Col. Mbonyiyeze Jean Pierre ku wa 9 Mutarama 2023. Uyu musirikare […]
Minisitiri Muhindo aremeza ko nta Munyekongo wâukuri wahungira mu Rwanda

Minisitiri ushinzwe amashuri makuru na za kaminuza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Muhindo Nzangi Butondo, yahamije ko nta Munyekongo wâukuri wahungira mu Rwanda, kuko ngo atari igihugu cyo guhungiramo. Ubwo yari mu kiganiro kuri radiyo na televiziyo y’igihugu, RTNC, tariki ya 11 Mutarama 2023, Minisitiri Muhindo yatangaje ko impunzi zâAbanyekongo ziri mu Rwanda ari […]
RIB yaba iri mu iperereza ku mashusho yâurukozasoni ya Moses Turahirwa
Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha (RIB) rwaba ruri mu iperereza ku mashusho yâurukozasoni agaragaza Moses Turahirwa asambana nâabandi bagabo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu minsi yashize. Aya mashusho yateje impaka yagaragaje Turahirwa asambana nâabagabo babiri, kandi na we yaje kwemera ko ari we uyagaragaramo, tariki ya 5 Mutarama 2023 asobanura ko yafashwe mu rwego rwo gutegura filimi […]
Igisirikare cya Ukraine cyishongoye kuri ba âGeneralsâ bâAbarusiya
Igisirikare cya Ukraine cyishongoye ku basirikare bâAbarusiya ku rwego rwa General boherezwa gushoza intambara cyangwa kuyobora ibikorwa bidasanzwe bya gisirikare muri iki gihugu kuva muri Gashyantare 2022. Ni nyuma yâaho Perezida wâu Burusiya akaba nâUmugaba wâIkirenga, Vladimir Putin, kuri uyu wa 11 Mutarama 2023 akuye Gen. Sergei Surovikin ku nshingano yo kuyobora ibi bikorwa muri […]
Cabo Delgado: Hatangiye iperereza ku basirikare bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura

Umuyobozi Mukuru wâumuryango wâakarere ka Afurika yâAmajyepfo (SADC) akaba na Perezida wa Namibia, Hage Geingob, yatangaje ko hatangiye iperereza ku basirikare bivugwa ko bari mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura ry’umuriro. Mu minsi mike ishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye videwo yâamasegonda 20 igaragaza abasirikare barimo ugaragara neza wambaye imyambaro […]
RIB yasobanuye impamvu yoherereza ubushinjacyaha na dosiye zirimo ubusa

Umunyamabanga Mukuru wâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha (RIB), Colonel (Rtd) Jeannot Ruhunga, yasobanuye impamvu boherereza ubushinjacyaha dosiye zose zirimo nâizirimo ubusa zakabaye zishyingurwa. Ku wa 10 Mutarama 2023 ubwo Minisiteri yâubutabera yatangizaga ku mugaragaro politiki yâuburyo bwo gukemura amakimbirane nâiyâubutabera mpanabyaha yitezweho kugabanya ubucucike mu magereza, Col. Ruhunga yasobanuye ko RIB igengwa nâamategeko atayemerera gushyingura dosiye. Col. […]
Umuriro watse hagati yâumunyamakuru Sheilah Gashumba nâumubyeyi we, Frank Gashumba
Umwuka mubi watutumbye mu buryo bugaragarira rubanda hagati yâumunyamakuru wamamaye mu myidagaduro yo muri Uganda akaba nâumushyushyarugamba (MC), Sheilah Gashumba nâumubyeyi we usanzwe ari umunyapolitiki nâumushoramari, Frank Gashumba. Frank yoherereje uwitwa Diana [inshuti ya Sheilah] ijwi ryâakababaro, aho amubwira ko umukobwa we atakimwubaha kandi asigaye yiyandarika, akanakoresha amafaranga yinjiza mu buryo bwo gusesagura. Muri iri […]
Goma: Umugaba Mukuru wa FARDC yasuye ingabo za EAC

Umugaba Mukuru wâingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, Lt Gen. Tshiwewe Christian yasuye ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba ku biro byazo biherereye mu mujyi wa Goma. Lt Gen. Tshiwewe yakiriwe na Komanda wâingabo za EAC ziri mu butumwa bwâamahoro muri RDC, Lt Gen. Jeff Nyagah wamugejejeho raporo yâibikorwa izi ngabo zimaze gukora kuva […]
Amafoto: U Burundi bwashyikirije u Rwanda inka yari yaribwe buyicishije mu Kanyaru

Leta yâu Burundi yashyikirije iyâu Rwanda inka yari yaribwe uwitwa Nsanzimfura Tharcisse utuye mu mudugudu wa Hemba, akagari ka Nyabitare, umurenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, buyicishije mu ruzi rwâAkanyaru. Ihererekanya ryâiyi nka ryakozwe nâabayobozi bari bahagarariye ibi bihugu kuri uyu wa 11 Mutarama 2023, ku ruzi rwâAkanyaru rubitandukanya, ahererera mu murenge wa Gishubi. […]
Ituri: Abasirikare barenga 700 bo mu mutwe kabuhariwe wa ‘Tigre’ barangije amahugurwa

Abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo barenga 700 babarizwa mu mutwe kabuhariwe wa Tigre basoje amahugurwa yâibikorwa byihariye byâigisirikare bari bamaze amezi 9 bakorera mu kigo cya Lukusa kiri muri Kisangani. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa ku mugaragaro wabereye kigo cya Rwampara kiri muri teritwari ya Bunia kuri uyu wa 10 Mutarama 2023, witabirwa […]
Byatangajwe ko umukobwa wakubiswe azira âgusambanaâ nâumukunzi wâundi, afite imyaka 14
Nyina wâumukobwa wakubiswe na bagenzi be mu buryo bukomeye bamuziza âgusambanaâ nâumusore ukundana nâumwe muri bo, Pretty Nicole wamenyekanye nka Doreen, yatangaje ko uyu umwana we afite imyaka 14 yâamavuko. Videwo igaragaza uyu mukobwa wo muri Uganda akubitwa na bagenzi be yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bumvikana bamubwira ko yarenze umurongo, agerageza gusambana nâuyu musore. Polisi […]
Abarwanyi ba Tigray batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye
Abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wo mu ntara ya Tigray, nyuma yo kwemera guhagarika imirwano, batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye bari batunze. Ibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, byatangaje ko umuhango wo gutanga izi ntwaro wabereye mu gace ka Agulae, mu bilometero bigera kuri 30 ugana mu mujyi mukuru wa Tigray, Mekelle kuri uyu wa 10 […]
Umuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda yemeza ko nta mpunzi zizirukanwa
Umuvugizi wa guverinoma yâu Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko nta mpunzi zâAbanyekongo zizirukanwa cyangwa ngo zikumirwe muri iki gihugu mu gihe ikibazo gituma zihunga kigihari. Ni ubutumwa bwerekeye ku binyamakuru avuga ko byumvise nabi ijambo rya Perezida Paul Kagame ku mpunzi zâAbanyekongo no ku kibazo cyâumutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]
Inkumi yimye Polisi amakuru nyuma yo guhondagurwa na bagenzi bayo
Umukobwa wo muri Uganda wamenyekanye nka Doreen yimye Polisi ya Uganda amakuru mu gihe yari mu iperereza rigamije kumenya abakobwa bagenzi be bagaragaye mu mashusho bamuhondagura. Uyu mukobwa yagaragaye akubitwa nâitsinda ryâabakobwa babiri, bahagarikiwe nâabasore babiri, bamutonganyaga, bamubwira ko yarenze umurongo, agerageza gusambana nâumuhungu ukundana nâumwe muri bo. Mu mashusho ya mbere, bagaragara bamukubita inshyi […]
Perezida wa Tanzania ahangayikishijwe n’uko urubyiruko rushaka gukira byihuse
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ahangayikishijwe nâuko urubyiruko ruba rushaka gukira byihuse, arwibutsa ko bigira ingaruka mbi. Uyu Mukuru wâIgihugu ubwo yagezaga ubutumwa ku bagize ihuriro ryâurubyiruko rushamikiye ku ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi, muri Zanzibar kuri uyu wa 9 Mutarama 2023, yavuze ko gukira byihuse ari bibi. Samia yagize ati: […]
Ifoto Irangabiye yifotoje na Perezida Kagame mu byatumye atabwa muri yombi

Ifoto Floriane Irangabiye yifotoje ari kumwe na Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, byamenyekanye ko iri mu byatumye uyu Murundikazi wakoraga umwuga wâitangazamakuru atabwa muri yombi nâabakozi bâurwego rwâiwabo rushinzwe iperereza, SNR. Irangabiye yatawe muri yombi tariki ya 30 Kanama 2022 ubwo yari ageze ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye, i Bujumbura, avuye i Kigali […]
Cabo Delgado: Umusirikare wari mu butumwa bwâamahoro yiyahuye
Umusirikare wari mu bagize umutwe wâingabo zâumuryango wâakarere ka Afurika yâAmajyepfo ukorera mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique (SAMIM), ukomoka muri Botswana, yiyahuye. Umuvugizi wâigisirikare cya Botswana, Colonel Magosi Moshagane, yatangaje ko uyu musirikare yiyahuriye mu gace Pemba ahagana saa tanu nâiminota 20 zâigitondo kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Col. Moshagane yasobanuye ko […]
Kivu yâAmajyaruguru: Sosiyete sivile irashinja ingabo za EAC korohereza M23
Sosiyete sivile yo mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) irashinja ingabo za Kenya ziri mu mutwe wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) korohereza umutwe witwaje intwaro wa M23. Visi Perezida wâiyi sosiyete sivile, Edgard Mateso, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 9 Mutarama 2023, yatangaje ko kuba kwâingabo za […]
Football: Abapadiri bo mu Rwanda banyagiriye abo mu Burundi imbere y’abafana benshi

Abapadiri bakorera muri diyosezi gatolika ya Ruhengeri mu Rwanda batsinze abo muri diyosezi ya Muyinga mu Burundi ibitego bitanu ku busa (5-0) mu mukino wâumupira wâamaguru wabaye kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Uyu mukino wabereye kuri Stade Umuco iherereye mu ntara ya Muyinga saa cyenda zâigicamunsi, ukaba wabaye mu rwego rwo kwishimira umubano mwiza […]
Perezida Kagame ahamya ko abacancuro bari muri RDC bazayongerera ibibazo
Perezida Paul Kagame yatangaje ko abasirikare bigenga bazwi nkâabacancuro bari mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bazayongerera ibibazo, aho kuyifasha kubikemura. Umukuru wâu Rwanda yabitangaje nyuma yo kwakira indahiro ya Perezida mushya wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Nyuma yo guha impanuro Dr Kalinda, abasenateri nâabandi […]
Dr Kalinda François Xavier yatorewe kuba Perezida wa Sena yâu Rwanda

Dr Kalinda François Xavier wari uherutse kugirwa umusenateri na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, amaze gutorerwa umwanya wa Perezida wâInteko ishinga amategeko yâu Rwanda, umutwe wa sena. Kandidatire ya Dr Kalinda wari umaze kurahirira umwanya wâumusenateri yatanzwe na mugenzi we, Senateri Nyirasafari EspĂ©rance, washingiye ku bunararibonye uyu munyapolitiki afite. Hari hanatanzwe kandidatire ya Senateri Umuhire […]
Rutangarwamaboko avuga ko yajyana mu rukiko Turahirwa kubera gukoresha nabi Ikinyarwanda
Umupfumu akaba nâumushakashatsi wâubuzima bushingiye ku muco, Rutangarwamaboko avuga ko yajyana mu rukiko umunyamideli Turahirwa Moses kubera gukoresha nabi ijambo ryâIkinyarwanda âKwandaâ. Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye videwo igaragaza Turahirwa wahanze inzu yâimideli ya Moshons asambana na bagenzi be bâabagabo. Turahirwa yasabye imbabazi ku bwo kujya hanze kwâiyi videwo, asobanura ko yafashwe mu […]
Ubu mba ndi Kisangani kuko nta ngabo zampagarika: Colonel Nzenze wa M23
Colonel Nzenze Imani uyobora abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 baherutse kurekura ikigo cya gisirikare cya Rumangabo muri teritwari ya Rutshuru, yatangaje ko nta musirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo wamuhagarika mu gihe yaba afite gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo. Ni igisubizo yahaye abanyamakuru ubwo bamwibutsaga ko Leta ya […]
Uganda: Vincent Gasana uri mu bashinze Akanama kâAbavandimwe yashimuswe, aricwa
Umunyapolitiki Vincent Gasana Kimbugwe uri mu bashinze Akanama kâAbavandimwe bafite inkomoko mu Rwanda yashimuswe nâabantu bataramenyekana, baramukubita bimuviramo urupfu. Ikinyamakuru Chimpreports gisobanura ko ku wa 5 Mutarama 2023 saa kumi nâimwe, ubwo Gasana yari ku nyubako akodesha, hari umuntu atazi wavugaga Urunyankole wamuhamagaye, amubwira ko yamusanga mu mujyi kuri Sheraton Kampala Hotel. Ngo Gasana yabanje […]
Abapadiri bo mu Rwanda barakina imikino ya gicuti n’abo mu Burundi
Abapadiri bakorera muri diyosezi gatolika ya Ruhengeri mu Rwanda nâabo mu ya Muyinga mu Burundi barakina imikino ya gicuti yâumupira wâamaguru nâumukino wâamaboko wa Basketball kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Nk’uko urubuga Ikiriho rubivuga, umukino wa Basketball urabera mu cyumba cya Mess des Officiers mu ntara ya Muyinga saa tanu nâigice zâamanywa, umupira wâamaguru […]
Visi Perezida wa Kenya ahangayikishijwe nâuko adasiba gusabiriza ibiryo byo gutunga abaturage

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yagaragaje ko ahangayikishijwe nâuko kuva yajya kuri iyi nshingano adasiba gusabiriza ibiryo byo gutunga abatuye mu gihugu bugarijwe nâinzara, agasaba nâibihugu byâabakoloni. Aya maganya yayagaragaje ubwo yasengeraga mu karere ka Mount Kenya kuri uyu wa 8 Mutarama 2023, atura Imana ibibazo byugarije igihugu muri rusange, byâumwihariko inzara yatewe n’amapfa. […]
Depite Matofali ntiyumva ukuntu umusirikare wâu Rwanda yemererwa kugera mu kigo cya Rumangabo

Umudepite uhagarariye ishyaka Ensemble pour la RĂ©publique mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Promesse Matofali Yonama, ntiyumva ukuntu umusirikare wâu Rwanda yemererwa kugera mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo. Tariki ya 6 Mutarama 2023, abo mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bwâumutwe wâingabo wa Afurika yâiburasirazuba, EACRF nâabo mu rwego rwâakarere […]
Kenya: Umutinganyi yishe mugenzi we, amukekaho kumuca inyuma
Umutinganyi wamamaye muri Kenya witwa Edwin Chiloba yishwe na mugenzi we witwa Jackton Odhiambo wamukekagaho gukundana nâundi musore. Tariki ya 3 Mutarama 2023, abamotari basanze Chiloba yishwe, ibice byâumubiri we bibitse mu gasanduku kâicyuma kari kajugunywe mu gace ka Uasin Gishu, hafi yâaho yakoreraga ubucuruzi bwâimyambaro. Umuvugizi wa Polisi ya Kenya, Resila Onyango, yamenyesheje ibiro […]
Umuburo ku bagabo bakoresha imiti ivugwaho kongera igitsina cyabo
Abagabo bakoresha imiti ikomoka ku bimera ivugwaho kongera ingano yâigitsina cyabo ituruka muri Tanzania ya âDawa ya Kupanua Uumeâ na âDelay Spray for Menâ baramenyeshwa ko ishobora kubagiraho ingaruka mbi. Ikigo cyâigihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bwâibiribwa nâimiti, Rwanda FDA, kivuga ko iyi miti hamwe nâuwitwa Ngetwa 3 ukoreshwa mu kuvura indwara nyinshi itemerewe gucuruzwa no […]
Burundi: Minisiteri yâubutabera yasobanuye ibyâurubanza rwa Irangabiye wari warahungiye mu Rwanda
Minisiteri yâubutabera mu Burundi yasobanuye ibyâurubanza umunyamakuru Floriane Irangabiye wari warahungiye mu Rwanda yakatiwemo igifungo cyâimyaka 10, akanacibwa ihazabu yâamafaranga yâAmarundi miliyoni 1. Tariki ya 3 Mutarama 2023 ni bwo urukiko rwisumbuye rwa Mukaza rwakatiye Irangabiye ibi bihano, rumaze kumuhamya icyaha cyo kubangamira umutekano wâimbere mu gihugu. Itabwa muri yombi rya Irangabiye ryabereye ku kibuga […]
Colonel Nzenze aremeza ko hari abacancuro ba Wagner M23 yishe
Colonel Nzenze Imani John uri mu bayobozi bakuru bâumutwe witwaje intwaro wa M23 yemeje ko hari abacancuro bâumutwe wâigisirikare wigenga wa Wagner abarwanyi ayoboye baherutse kwicira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Uyu musirikare yabimenyesheje abanyamakuru kuri uyu wa 6 Mutarama 2023 ubwo we nâabarwanyi ayoboye bashyikirizaga ku mugaragaro ingabo za Kenya ziri […]
Musanze: Umugabo yapfiriye muri âgymâ ari gukora imyitozo
Uwitwa Ndamiyabo Ferdinard wari ufite imyaka 41 yâamavuko yapfiriye mu nzu yâimyitozo ngororamubiri iherereye mu mujyi wa Musanze ubwo yakoreraga umwitozo wo kwiruka ku mashini yabigenewe izwi nka Lepow. KT Press dukesha aya makuru ivuga ko iyi mpanuka yabereye muri Uptown Gym ku mugoroba wa tariki ya 5 Mutarama 2023. SP Ndayisenga Alex ushinzwe guhuza […]
Perezida Ruto yategetse ba Minisitiri kwishyurira icumbi nâamafunguro ababaherekeje mu mwiherero

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yategetse abanyamabanga muri guverinoma (ba Minisitiri) kwishyura icumbi nâamafunguro abayobozi nâabakozi babaherekeje mu mwiherero bari gukoresha. Iri bwiriza bitazwi niba yari arikomeje, yaritangiye muri uyu mwiherero wâabanyamabanga ba guverinoma bazwi nka CS (Cabinet Secretary) na PS (Principal Secretary) uri kubera muri hoteli ya Fairmont Mt Kenya Safari Club mu […]
Abanyamakuru 6 bafunzwe bazira amashusho ya Perezida Salva Kiir ubwo yinyariraga
Inzego zishinzwe umutekano muri Sudani yâEpfo zifunze abanyamakuru batandatu baba baragize uruhare mu gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir ubwo yinyariraga mu ruhame. Tariki ya 13 Ukuboza 2022, Perezida Kiir yayoboye umuhango wo gufungura ku mugaragaro umuhanda wa Juba-Terekeka. Ubwo yari ahagaze yemye, aririmba indirimbo yubahiriza igihugu, ni bwo yaje kwinyarira, bikavugwa ko ari byatewe […]
U Rwanda rwitabiriye inama yâumutekano iri kubera i Goma

U Rwanda rwitabiriye inama yâumutekano yâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) iri kubera mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022, ifungurwa na Guverineri wungirije wâintara ya Kivu yâAmajyaruguru, Komiseri wa Polisi Romy Ekuka Lipopo. Iri kuganirirwamo ingingo ijyanye nâingengo yâimari yâingabo zo mu […]
M23 yavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, gisigaramo Abanyakenya

Abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 kuri uyu wa 6 Mutarama bavuye mu kigo cyâigisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cya Rumangabo, bagishyikiriza ingabo za Kenya ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba. Abarwanyi bavuye muri iki kigo bari bayobowe na Colonel Nzenze Imani uri mu basirikare bo ku rwego rwo hejuru muri […]
Turukiya yahaye igisirikare cya RDC intwaro ânyinshiâ zigezweho

Igisirikare cya Turukiya cyahaye icya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ibikoresho byinshi ‘bigezweho cyane’ birimo intwaro zitezweho kwifashishwa mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo M23 yashinze ibirindiro muri teritwari ya Rutshuru. Indege yâubwikorezi yâigisirikare cya Turukiya kirwanira mu kirere yagejeje ibi bikoresho ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Goma mu masaha yâikigoroba cyâuyu wa 6 Mutarama […]
Leta iremeza ko nta muti wa SIDA wageze mu Rwanda
Ikigo cyâigihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bwâibiribwa nâimiti, Rwanda FDA, kiremeza ko nta muti uvura icyorezo cya SIDA wageze mu gihugu. Ni nyuma yâaho ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru guhera kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 avuga ko FDA yemeje ko umuti witwa Sunlenca na Placebo âyageze mu Rwanda kandi ngo ivura SIDA.â Rwanda FDA mu […]
Turahirwa ntakiri kuri Twitter nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana nâabo bahuje igitsina
Konti yâurubuga rwa Twitter yâumunyamideli Moses Turahirwa wanditse izina mu Rwanda ntikiriho nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana na babiri bahuje igitsina, akanabisabira imbabazi. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwira amashusho yâamasegonda 59 agaragaza uyu musore asambana nâabagabo babiri, ndetse yakomeje gushyirwaho igitutu, bamwe mu bakoresha izi mbuga bamushinja gusebya umuco wâigihugu cyamubyaye. […]
Justin Bitakwira yemeza ko ibihano yafatiwe na EU nta ngaruka âna nkeâ bizamugiraho
Justin Bitakwira wigeze guhagararira ishyaka UNC mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba na Minisitiri wari ushinzwe iterambere ryâicyaro, ahamya ko ibihano aherutse gufatirwa na komisiyo yâumuryango wâubumwe bwâUburayi nta ngaruka na nke bizamugiraho. Mu ntangiriro zâUkuboza 2022 ni bwo komisiyo ya EU yafatiye ibihano Bitakwira hamwe nâabandi bantu 7, […]
USA irashinja abacancuro ba Wagner kugenzura umutungo kamere mu gace ko muri Ukraine
Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zirashinja abacancuro bâumutwe wâigisirikare cyigenga wa Wagner Group kugenzura umunyu nâikindi kinyabutabire cya âGypsumâ biri mu gace ka Bakhmut muri Ukraine. Umwe mu bakorera mu biro bya Perezida wa USA yabwiye ibiro ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) bitashatse kuvuga amazina ye ko uyu mutwe washinzwe nâinshuti ya Perezida wâu Burusiya, Yevgeny […]
Gupima Covid-19 abinjira mu Burundi byakuweho
Minisiteri ishinzwe ubuzima bwâabantu no kurwanya SIDA yo mu Burundi yakuyeho igikorwa yari yarashyiriyeho abinjira muri iki gihugu cyo kubanza kubapima icyorezo cya Covid-19. Itangazo Minisitiri Nzeyimana Sylvie yashyize hanze kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 rivuga ko iri bwiriza ryakuriweho bose; baba, abinjira mu gihugu banyuze ku butaka abanyura ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cyitiriwe […]
Umugaba Mukuru wungirije wa FARDC yagiye muri Minembwe
Umugaba Mukuru wungirije wâingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa, Gen. Maj. Chico Tshitambwe yagiye mu gace ka Minembwe mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo. Ikinyamakuru ActualitĂ© gisobanura ko Gen. Chico yageze muri Minembwe kuri uyu wa 4 Mutarama 2023, akaba yagiye gutangiza ibikorwa bihuriweho byâingabo za RDC zifatanyije nâizâu Burundi zibarizwa mu mutwe […]
Twirwaneho irashinja Brigade ya Colonel Rugabisha kugaba ibindi bitero ku Banyamulenge
Umutwe wâubwirinzi wa Twirwaneho urashinja ingabo zo Brigade ya 12 ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ikorera mu misozi ya Minembwe kugaba ibindi bitero ku Banyamulenge, yifatanyije nâimitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai. Umuhuzabikorwa wa Twirwaneho, Kamasa Ndakize Welcome, yatangaje ko ibi bitero byagabwe mu bice bya Mashya, Kabingo, Marango na Evomi tariki ya 29 […]
Perezida Ndayishimiye yahishuye uko abakuru bâibihugu bya EAC bamukuriye ingofero
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahishuye uburyo abakuru bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba, EAC, bamukuriye ingofero ubwo yatangiraga kuyobora uyu muryango. Yabibwiye abari bifatanyije na we mu munsi wa gatatu wâamasengesho yo ku rwego rwâigihugu ategurwa nâumuryango wâUmukuru wâIgihugu, tariki ya 27 Ukuboza 2022. Ndayishimiye yavuze ko nâubwo hari umuntu wamusuzuguraga muri Leta ayoboye, […]