Museveni yatangaje ko nta bihano ateganyiriza umuhungu we ‘wivanga’ muri politiki
Perezida wa Uganda akaba nâUmugaba wâIkirenga, Yoweri Museveni, yatangaje ko nta ngamba cyangwa ibihano ateganyiriza umuhungu we usanzwe ari umujyanama we mu byâigisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, ushinjwa kwivanga muri politiki. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Daily Monitor ubwo yari i Washington DC nyuma yâaho Gen. Kainerugaba atangaje ko adashyigikiye ishyaka riri ku butegetsi, NRM. […]
UN yahatiye RDC kwakira Abahutu bâabajenosideri: Minisitiri Bazaiba
Minisitiri wâibidukikije muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Eve Bazaiba, yatangaje ko akanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe umutekano kahatiye igihugu cyabo kwakira Abahutu bâabajenosideri mu mwaka wâ1994. Bazaiba yabitangarije mu nama mpuzamahanga yo kubungabunga ibidukikije yabereye i Montreal muri Canada tariki ya 16 Ukuboza 2022, asobanura imiterere yâikibazo cyâumutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC. U […]
RDC yashyize General Laurent Nkunda ku rutonde rw’abarwanyi ba M23

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ibara General Laurent Nkunda mu barwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwâigihugu. Gen. Nkunda agaragara ku rutonde ârwâabarwanyi 7 ba M23â bafatiwe ibihano nâakanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe umutekano, ruri mu gitabo guverinoma ya RDC yise âUrupapuro Rweraâ. RDC ivuga ko iki gitabo cyâimpapuro 64 […]
Mushikiwabo yashimye uko ikipe yâu Bufaransa yitwaye mu gikombe cyâIsi
Umunyamabanga Mukuru wâumuryango wâibihugu bikoresha ururimi rwâIgifaransa, Louise Mushikiwabo, yashimye uko ikipe yâu Bufaransa yitwaye mu irushanwa ryâigikombe cyâIsi ryaberaga muri Qatar kuva mu kwezi gushize. Ni nyuma yâaho iyi kipe itsindiwe ku mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2022, hitabajwe penaliti. Iminota 90 yâumukino yarangiye amakipe yombi anganya ibitego bibiri, umusifuzo […]
Betrand Bisimwa yatangaje ko FDLR isubiye mu Rwanda, na M23 ishobora kurambika intwaro
Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko mu gihe abarwanyi ba FDLR basubira mu Rwanda, byashoboka cyane ko na bo barambika intwaro kuko ngo ni yo ntandaro yâumutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bisimwa yabitangarije mu kiganiro M23 yagiranye nâabanyamakuru muri Bunagana kuri uyu wa 14 Ukuboza. […]
Colonel mu ngabo zirinda Tshisekedi yapfiriye muri Rutshuru
Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko Colonel wo mu mutwe wâingabo zirinda Umukuru wâIgihugu witwa Nzunzu Paseke yapfiriye muri teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu yâAmajyaruguru. Ibiro bya Polisi bisobanura ko uyu musirikare yishwe nâimpanuka yo mu muhanda tariki ya 16 Ukuboza, ahagana saa kumi nâimwe nâigice zâumugoroba, ubwo yari ageze […]
General Kazura n’abagaba bakuru bo muri EAC bahuriye i Dar es Salaam

Umugaba Mukuru wâingabo zâu Rwanda, General Jean Bosco Kazura, hamwe na bagenzi be bayobora ingabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania. Iyi nama yayobowe nâUmugaba Mukuru wâingabo zâu Burundi, Lt Gen. Prime Niyongabo, yabaye tariki ya 16 Ukuboza 2022. Abandi bari bayirimo ni: Gen. Wilson Mbadi wo […]
RDC yokeje igitutu kuri UN ngo ifatire u Rwanda ibihano byihuse
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasabye akanama kâUmuryango wâAbibumbye (UN) gashinzwe umutekano gufatira u Rwanda ibihano byihuse, kuko ngo rwohereje ingabo zarwo muri iki gihugu, zijya kwifatanya nâumutwe witwaje intwaro wa M23 gukora ibyaha byitandukanye. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho nâitangazamakuru, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2022 yashyize hanze inyandiko […]
Leta ya RDC yasabye Zimbabwe kuyoherereza General Numbi
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasaba iya Zimbabwe kuyoherereza General John Numbi wabaye Komiseri Mukuru wa Polisi kuva mu 2010 kugeza mu 2020. Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Minisitiri wâububanyi nâamahanga, Christophe Lutundula, yandikiye Ambasade ya Zimbabwe muri RDC kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022. Minisitiri Lutundula yasabye iyi Ambasade ko Leta ya […]
M23 irashinja ingabo za RDC kuyigabaho igitero
Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugaba igitero ku birindiro byawo biherereye mu gace ka Bwiza kari muri teritwari ya Masisi. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, ni we wemeje aya makuru, aho yagize ati: âTwamaganye kurenga ku guhagarika imirwano kwâihuriro ryâingabo za Leta zagabye igitero ku birindiro […]
Umunyeshuri yahuye nâakaga nyuma yo guhamagara umukobwa wâUmugaba Mukuru wâingabo
Umunyeshuri wâimyaka 21 yâamavuko wiga muri kaminuza ya Kyambogo muri Uganda, Lorna Naula, yahuye nâakaga nyuma yo guhamagara ku murongo wa telefone umukobwa wâUmugaba Mukuru wâingabo, General Wilson Mbadi. Nkâuko ikinyamakuru Daily Monitor kibisobanura, Naula yahamagaye umukobwa wa Gen. Mbadi (bariganye) kugira ngo amuhuze nâuyu musirikare mukuru, maze amusabe gufunguza byâagateganyo musaza we uri muri […]
Perezida Ramaphosa yasubije Zuma wamushinje kumwirengagiza mu rubanza rwe
Perezida wa Afurika yâEpfo, Cyril Ramaphosa, yasubije Jacob Zuma yasimbuye ku butegetsi, uherutse kumushinja kutamufasha mu rubanza rwe. Zuma ukurikiranweho icyaha cya ruswa no kunyereza umutungo aherutse kuvuga ko Perezida Ramaphosa yanze kumufasha ku kibazo cyâabashinjacyaha babiri, William Downer na Andrew Breitenbach, ashinja kwitwara nabi mu kazi. Ni nyuma yâaho uyu munyapolitiki asabye Umukuru wâIgihugu […]
Tshisekedi yahuye na Senateri Menendez usaba USA gufatira u Rwanda ibihano

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yahuye na Perezida wa komisiyo ishinzwe ububanyi nâamahanga muri sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika, Senateri Bob Menendez, usanzwe usabira u Rwanda gufatirwa ibihano. Ibiro bya Perezida wa RDC byasobanuye ko aba bombi bahuye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022, bagirana ikiganiro ku buryo […]
Perezida Ndayishimiye yiteze ko M23 itangira gusubira inyuma

Perezida wâu Burundi akaba nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yiteze kumva umutwe witwaje intwaro wa M23 utangira gusubiza ingabo zawo inyuma. Ndayishimiye yabitangaje nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi hamwe n’uwa Angola, JoĂŁo Manuel Lourenço kuri uyu wa 15 Ukuboza […]
Ingabo za EAC nizidutera, tuzirwanaho: M23

Perezida wâumutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko ingabo zâibihugu byâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo mu mutwe uzwi nka EACRF, nizibagabaho ibitero, bazirwanaho. Bisimwa yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru baturutse mu bihugu bitandukanye, cyabereye mu mujyi wa Bunagana, teritwari ya Rutshuru kuri uyu wa 14 […]
M23 yatangaje urwego izashyikiriza abarwanyi ba FDLR yafashe mpiri

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) watangaje urwego uzashyikiriza abarwanyi uherutse gufata mpiri ba FDLR irwanya Leta yâu Rwanda. Byatangajwe nâUmuyobozi wâuyu mutwe mu rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru mu gace ka Bunagana kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022. Muri iki kiganiro, […]
Bosco Ntaganda yoherejwe mu Bubiligi
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Haye mu Buholandi rwajyanye Umunyekongo Bosco Ntaganda muri gereza ya Leuze-en-Hainaut yo mu Bubiligi kugira ngo arangirizeyo igifungo cyâimyaka 30 yakatiwe. Uru rukiko rusobanura ko rwohereje Ntaganda muri iyi gereza kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022, ruti: âBosco Ntaganda, wahamijwe ibyaha byâintambara nâibyaha byibasira inyokomuntu yakoreye muri RDC, […]
Perezida Kagame yatangaje ko adakwiye kubazwa ibibazo bireba Abanyekongo

Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko adakwiye kubazwa ibibazo byâAbanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamburwa uburenganzira bwabo. Umukuru wâIgihugu yabitangarije mu kiganiro cyerekeye kuri Afurika cyateguwe nâikinyamakuru Semafor, cyabaye kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022. Yagize ati: “Iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo, hari imitwe yitwaje intwaro irenga 100 ikomoka imbere mu gihugu, umwe witwa […]
Perezida wa Ghana yasabye Afurika kureka gusabiriza
Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo yasabye ibihugu byo kumugabane wa Afurika gukomeza gusabiriza ubufasha mu bindi bihugu kuko ngo ni impamvu ituma bisuzugurwa. Ni ubusabe yagejeje kuri ibi bihugu ubwo kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 i Washington DC hatangizwaga inama ihuza abakuru bâibihugu birenga 40 byo ku mugabane wa Afurika nâuwa Leta zunze ubumwe […]
Kibumba: M23 yijejwe ko itazagabwaho ibitero mu gihe yasubira inyuma

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wasezeranyijwe ko utagabwaho ibitero mu gihe watangira kuva mu birindiro wafashe mu gihe cya vuba. Nkâuko byemejwe nâUmuvugizi wa operasiyo Sokola 2, Lt Col. Ndjike Kaiko Guillaume, iyi ngingo iri mu byaganiriweho ubwo M23 yakiraga intumwa zâingabo za RDC, izâibihugu […]
Pasteur Niyonzima yatangaje ko yabangikanyaga ivugabutumwa no gukorera FDLR
Pasiteri Niyonzima Jean Damascene ukomoka mu yahoze ari Komini Kinyami muri Perefegitura ya Byumba, yatangaje ko yabangikanyaga umurimo wâivugabutumwa no gukorera umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda. Uyu mushumba bigaragara ko akuze kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 yasobanuriye abasirikare ba M23 bamufite ko yavuye mu Rwanda mu mwaka wâ1994, ajya muri […]
Impuguke za UN zirashinja ingabo za Uganda gufasha M23
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye zikurikiranira hafi ibibazo bishingiye ku mutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo zirashinja ingabo kabuhariwe za Uganda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Nkâuko ikinyamakuru Africa Intelligence cyabitangaje kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022, aya makuru yemeza ko ingabo za Uganda zifasha M23 yanakusanyijwe nâabakozi mu rwego rwâubutasi rwa […]
Abana barindwi bari mu barwanyi ba ADF ingabo za Uganda zafashe mpiri

Ibiro byâUmuvugizi wâigisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Felix Kulayigye kuri uyu wa 13 Ukuboza byatangaje ko mu barwanyi bâumutwe wâiterabwoba wa ADF bagabye igitero mu karere ka Ntoroko, hishwemo 11, abandi 8 bafatwa mpiri. Aba barwanyi bagabye iki gitero mu gace ka Kyapa mu rukerera, nyuma yo kwambuka umugezi wa Semuliki utandukanya Uganda na Repubulika […]
Umurwanyi wafashwe mpiri yavuze ba ‘General’ 10 bayoboye FDLR

Adjudant Uwamungu Innocent ukomoka mu yahoze ari komini Mutura muri Perefegitura ya Gisenyi (ubu ni mu karere ka Rubavu) yatangaje amazina yâabasirikare bakuru bayoboye umutwe witwaje intwaro wa FDLR barimo 10 bafite amapeti yo mu cyiciro cya General. Uwamungu uri mu maboko yâumutwe witwaje intwaro wa M23, kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 yatangaje ko […]
USA yasubijeho ibihano yari yarakuriyeho General Bunyoni
Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zasubijeho ibihano zari zarafatiye General de Police Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe wâu Burundi. Ibiro bya USA bishinzwe ububanyi nâamahanga tariki ya 9 Ukuboza byasobanuye ko Bunyoni yafatiwe ibihano kubera ibikorwa bibangamira uburenganzira bwâikiremwamuntu bimushinja gukora. Byagize biti: âAlain Guillaume Bunyoni (Bunyoni) wabaye umuyobozi mu Burundi. Hashingiwe ku gika […]
Imvubu yarutse umwana wâimyaka 2 ari muzima
Imvubu yarutse umwana wâimyaka 2 yâamavuko witwa Paul Yiga, ufite ubarizwa mu gace ka Katwe-Kabatooro mu karere ka Kasese muri Uganda, ari muzima. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, yasobanuye ko iyi mvubu yari ivuye mu kiyaga cya Edouard mu masaa munani ya tariki ya 4 Ukuboza 2022, yamize uyu mwana ubwo yamusangaga ari […]
Amafoto: M23 yakiriye intumwa z’ingabo za EAC na FARDC

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko wakiriye intumwa zirimo izâingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EACRF), ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC), iza MONUSCO, izâurwego rushinzwe umutekano wo ku mipaka mu karere kâibiyaga bigari (EJVM) nâizâurwego ruhuriweho rushinzwe iperereza ruyobowe nâumusirikare wa Angola. Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, mu […]
Imishyikirano yâAbanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari miliyoni 350

Umunyamabanga Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC), Dr Peter Mutuku Mathuki, yatangaje ko imishyikirano yâAbanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari ya Amerika miliyoni 350. Dr Mathuki yabimenyesheje akanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe umutekano ku mugoroba wa tariki ya 9 Ukuboza 2022, ubwo yakagezagaho raporo yâiyi mishyikirano igamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]
Abarwanyi ba ADF binjiye muri Uganda, bica abaturage

Abarwanyi bâumutwe wâiterabwoba wa ADF binjiye muri Uganda bavuye mu birindiro byabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umunyamakuru Canary Mugume wibanda ku nkuru zicukumbuye yatangaje ko abarwanyi ba ADF bambutse umugezi wa Semuliki utandukanya RDC na Uganda mu ijoro, binjira mu gace ka Bweramule mu karere ka Ntoroko. Aya makuru yemejwe […]
Imyaka 19 irashize ingabo kabuhariwe z’Abanyamerika zivumbuye Saddam Hussein mu mwobo

Mu bikorwa bitazibagirana ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zakoze, harimo âOperation Red Dawnâ yarangiye zivumbuye mu mwobo Saddam Hussein wabaye Perezida wa Iraq kuva mu mwaka wâ1979 kugeza mu 2003. Operasiyo yabereye mu mujyi wa ad-Dawr muri Iraq, mu majyepfo yâumujyi wa Tikrit yavukiyemo, tariki ya 13 Ukuboza 2003, ikozwe nâitsinda kabuhariwe, […]
Dr Mukwege arasaba UN gufatira u Rwanda ibihano
Umunyapolitiki akaba na muganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Denis Mukwege, arasaba Umuryango wâAbibumbye (UN) gufatira u Rwanda ibihano. Ubu busabe arabushingira ku kuba UN, kimwe nâindi miryango mpuzamahanga, ishinja u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa RDC, ikanasaba guhagarika ubu bufasha. Dr Mukwege mu kiganiro […]
Leta ya RDC ihangayikishijwe nâabanyamakuru bâAbanyarwanda bagiye gutara inkuru ahagenzurwa na M23
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yagaragaje ko ihangayikishijwe nâabanyamakuru bâAbanyarwanda bagiye gutara inkuru mu bice bigenzurwa nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Minisiteri ishinzwe itumanaho nâitangazamakuru ya RDC kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 yatangaje ko hari abanyamakuru barimo nâabakwirakwiza icengezamatwara binjiye mu buryo butemewe nâamategeko, banyuze i Bunagana, bakomereza muri Kishishe, Murimbi […]
Umuhungu wa Museveni yasabye u Bwongereza gukuraho ibihano bwafatiye General Kayihura
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba nâumujyanama we mu byâumutekano, General Muhoozi Kainerugaba yasabye Leta yâu Bwongereza gukuraho ibihano yafatiye General Kale Kayihura. Kuri uyu wa 11 Ukuboza 2022 ni bwo Leta yâu Bwongereza yatangaje ko yafatiye ibihano Gen. Kayihura, isobanura ko azira ibikorwa bibangamira uburenganzira bwâikiremwamuntu yagizemo uruhare kuva mu 2015 kugeza […]
Tshisekedi yatangaje ko arasaba Joe Biden gufatira u Rwanda ibihano
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa 11 Ukuboza ari mu ruzinduko rwâakazi muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Yagiye kwitabira inama yiga ku iterambere ihuza USA nâibihugu bya Afurika izabera i Washington DC kuva tariki ya 14 Ukuboza 2022. Nyuma yo kugera ku […]
Rubavu: Abanyerondo b’umwuga barashinjwa gutega, bakambura abarimo umusirikare

Abanyerondo bâumwuga bakorera mu kagari ka Gikombe, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu barashinjwa gutega abarimo umusirikare bakabambura amafaranga nâibikoresho. Dusabimana Pascal yatangarije BWIZA ko mu kwezi gushize yatezwe nâabanyerondo, bamwambura ibyo yari afite byose. Ati: “Ku itariki ya 25/11/2022 nari ndi gutaha, ngeze hafi yâaho ntuye, mbona abantua batatu bambaye uniforme yâabanyerondo bahakorera, […]
Nyamagabe: Impunzi zâAbanyekongo zasabye Leta ya RDC kubahiriza isezerano yazihaye
Impunzi zâAbanyekongo ziba mu karere ka Nyamagabe zazindukiye mu myigaragambyo ikomeye, zamagana itotezwa nâihohoterwa imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ikorera Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, zinasaba gufasha gutaha kandi zikarindirwa umutekano. Mu gitondo cyâuyu wa 12 Ukuboza 2022, izi mpunzi zasohoye mu nkambi ya Kigeme zisanzwe zicumbitsemo, zijya mu muhanda zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa busobanura impamvu yâiyi […]
RDB yatangiye iperereza ku mwiryane uri muri kampani ya SDU

Urwego rwâigihugu rushinzwe iterambere (RDB) rwayoboye inama y’Inteko Rusange idasanzwe yâabanyamigabane badacana uwaka ba kampani ya SDU (Special Drivers United) Ltd itanga serivisi yo gutwara abantu nâibintu. Iyi nama yabereye mu cyumba cyâinama cya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Vincent Pallotti, i Gikondo mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa 11 Ukuboza 2022. Ni inama yakerewe bitewe […]
Kagame na Blinken ntibumvikanye, Dr Iyamuremye yareguye, Maj. Ngoma wafatiwe ibihano: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 5 Ukuboza 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zerekeye kuri politiki nâumutekano. Harimo ko: Perezida wa sena yareguye Uwari Perezida wâumutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin, yeguye kuri iyi nshingano kubera impamvu yâuburwayi. Ibaruwa yâubwegure bwe yayigejeje kuri ba visi perezida ba sena ndetse nâabasenateri muri […]
M23 yerekanye Lieutenant Colonel Assani iherutse gufata

Umutwe witwaje intwaro wa M23 werekanye Lieutenant Colonel Assani Kimonkola Adrien wari komanda wungirije wa batayo yâingabo zishinzwe ibikorwa byihariye ya 213, Burigade ya 21 mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Lt Col. Assani yerekanwe hamwe nâabandi basirikare 7 bâingabo za RDC ndetse nâumupolisi, barimo abafashwe ndetse nâabiyunze na M23. Ni igikorwa […]
Koffi Olomide yashimiye Perezida Kagame, amusaba gusaba M23 kurambika intwaro
Umuhanzi wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba na Ambasaderi wâiki gihugu mu bijyanye nâumuco, Koffi Olomide, yashimiye Perezida Paul Kagame wâu Rwanda, amusaba gusaba umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano. Uyu muhanzi wamamaye ku mugabane wa Afurika mu njyana ya Rumba, yatangiye iri shimwe nâicyifuzo mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa TV5 […]
U Bufaransa burashinja u Burusiya gutuma Abanyafurika babwanga
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Bufaransa, Catherine Colonna, yatangaje ko hari ubukangurambaga bukomeje ku mugabane wa Afurika bwimika urwango ku gihugu cyabo, kandi ngo bugirwamo uruhare runini na Leta yâu Burusiya. Uyu munyapolitiki yabivugiye mu kiagniro yagiriye kuri France 24, nyuma yâuruzinduko yagiriye muri CĂŽte dâIvoire tariki ya 9 nâiya 10 Ukuboza 2022. Minisitiri Colonna yagize […]
Maj. Ngoma wa M23 yatangaje ko adafite ubwoba bwo kuba yajyanwa mu rukiko
Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major Willy Ngoma, yatangaje ko adatewe ubwoba no kuba yajyanwa mu rukiko mpuzamahanga rwâi La Haye mu Buholandi. Uyu muvugizi ku rwego rwâigisirikare yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Primo Media Rwanda, nyuma yâaho afatiwe ibihano na komisiyo yâumuryango wâubumwe […]
Ntabwo yacitse intege no mu gihe yari yacukuriwe imva: Mushiki wa Cristiano Ronaldo

Mushiki wâumunyabigwi mu mupira wâamaguru, Cristiano Ronaldo, witwa Katia Aveiro yashimye byinshi musaza we yakoze no kuba atarigeze arambirwa mu bihe byari bimukomereye, abantu bamurwanya. Cristiano Ronaldo na bagenzi be bo mu ikipe ya Portugal basezerewe nâiya Maroc mu irushanwa ryâigikombe cyâIsi ryari rigeze muri ÂŒ cyâirangiza, nyuma yo gutsindwa igitego kimwe ku busa kuri […]
Rubavu: Umurwayi yapfiriye mu kigo nderabuzima nyuma yâumwanya munini yabuze uwamufasha

Mu kigo nderabuzima cya Gisenyi giherereye mu karere ka Rubavu hapfiriye umurwayi witwa Ntayazi Polisi wari urembye, abari bahari bakavuga ko yari amaze umwanya munini yabuze umuforomo umufasha. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko uyu musore wavutse mu mwaka wâ1988 yageze kuri iki kigo nderabuzima mu masaa kumi nâebyiri yâigitondo cy’uyu wa 9 Ukuboza 2022, […]
David Lammy yibasiye Minisitiri Cleverly amuziza kwanga kwemeza ko u Rwanda rufasha M23

Umunyapolitiki David Lammy wahawe inshingano nâishyaka Labour yo kujora Umunyamabanga muri guverinoma yâu Bwongereza ushinzwe ububanyi nâamahanga, James Cleverly, yamwibasiye amuziza kwanga kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Minisitiri Cleverly mu kiganiro yagiriye kuri The Telegraph ku wa 7 Ukuboza 2022 yasabwe kuvuga niba Leta yâu Rwanda ifasha kandi ikanatera inkunga […]
Perezida w’u Bufaransa yatangaje ko udukingirizo tugiye kuba ubuntu kuri bamwe
Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko farumasi zigiye kujya ziha urubyiruko ruri hagati yâimyaka 18 na 25 yâamavuko udukingirizo ku buntu guhera mu mwaka utaha. Nkâuko yabisobanuye, yafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukumira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye zikomeje kwiyongera mu rubyiruko ruri muri iki kigero. Macron yagize ati: “Ku rubyiruko rwose […]
Bruce Melodie na The Ben bagiye kwifatanya nâibyamamare byo muri Uganda mu gitaramo cyâubushuti

Abahanzi babiri bâAbanyarwanda, Bruce Melodie na The Ben bagiye kwifatanya nâibyamamare byo muri Uganda mu gitaramo kizabera mu mujyi wwa Kampala. Iki gitaramo cyahawe izina rya Kigampala (Kigali na Kampala) kizabera ku kibuga cyâumukino wa cricket cya Lugogo ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Ukuboza 2022. Abo biteganyijwe ko bazacyitabira barimo: Bruce Melodie, The Ben, […]
Zimbabwe yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku barimu bayo boherejwe mu Rwanda
Guverinoma ya Zimbabwe yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku barimu boherejwe mu Rwanda hashingiwe ku masezerano yâibihugu byombi kugira ngo bigishe mu mashuri atandukanye. Perezida wâihuriro ryâabarimu b’Abanyazimbabwe rya âProgressive Teachers Union of Zimbabweâ, Takavafira Zhou tariki ya 5 Ukuboza 2022 yabwiye ikinyamakuru NewsDay ko aba barimu bamaze amezi abiri mu Rwanda babayeho nabi. Zhou yagize […]
Dr Besigye ahamya ko byose Gen. Kainerugaba akora, Museveni abimuhera uburenganzira

Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Uganda, Dr Kizza Besigye, ahamya ko ibintu byose General Muhoozi Kainerugaba akora, umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni aba yabimuhereye uburenganzira. Dr Besigye yabitangarije muri gahunda yâikiganiro âFrontlineâ gitambuka kuri televiziyo ya NBS mu gitondo cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2022. Gen. Kainerugaba usanzwe ari umujyanama wa Perezida Museveni mu […]
Rubavu: Bane bo mu muryango umwe batewe ibyuma

Agatsiko kâabagizi ba nabi bari bitwaje intwaro gakondo zirimo ibyuma kagabye igitero ku muryango wâabantu bane wo mu karere ka Rubavu, babatera ibyuma, umwe wâimyaka 15 ahaburira ubuzima. Umuryango watewe ni uwa Nzitabakuze Donath utuye mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Rukoko mu murenge wa Rubavu. Ubugizi bwa nabi bwabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, […]
Perezida wa Sena yâu Rwanda yeguye

Perezida wâumutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin, yeguye kuri iyi mirimo kuri uyu wa 8 Ukuboza 2022. Ibaruwa yâubwegure bwe yayigejeje kuri Visi Perezida wa sena no ku basenateri bose uyu munsi, asobanura ko yeguye bitewe nâuburwayi ari kwivuza. Yagize ati: “Mbandikiye mbamenyesha iyegura ku mwanya wâubuyobozi bwa sena […]
Maj. Ngoma wa M23 na Col. Ruhinda wa FDLR mu bafatiwe ibihano na EU

Komisiyo y’umuryango wâubumwe bwâUburayi (EU) yafatiye ibihano byo kudakandagira ku butaka bw’ibihugu biwugize abo ushinja guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma ndetse na komanda wâumutwe kabuhariwe wa FDLR irwanya ubutegetsi bwâu Rwanda uzwi nka CRAP, Protogene Ruvugayimikore […]
Tshisekedi yasuye urubyiruko rurenga 10,000 yahamagariye gufasha FARDC ‘kurwanya u Rwanda’

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasuye urubyiruko rubarirwa mu 10,200 yahamagariye gufasha ingabo zâigihugu kurwanya u Rwanda yemeza ko rwihishe inyuma yâumutwe witwaje intwaro wa M23. Uru rubyiruko rwatoranyijwe mu bice bitandukanye byâigihugu, byâumwihariko mu ntara zo mu burasirazuba, ruri gutorezwa mu kigo cyâimyitozo ya gisirikare cya Kitona giherereye mu […]
Inzuki zishe umugabo wâimyaka 58 waziganirizaga
Umugabo wâimyaka 58 yâamavuko wari utuye mu burasirazuba bwa Cape muri Afurika yâEpfo, Nkosentsha Njimbana, yishwe nâinzuki ubwo yakoraga umugenzo gakondo wo kuziganiriza. Nkâuko ikinyamakuru News 24 kibivuga, muvandimwe wa nyakwigendera witwa Mandla yasobanuye ko izi nzuki zari zimaze icyumweru ziba ku nzu yâibyatsi ye, zamwishe tariki ya 4 Ugushyingo 2022. Mandla yakomeje asobanura ko […]
Mozambique: Umuhungu wâuwabaye Perezida, abari intasi nkuru nâabandi 8 bakatiwe
Urukiko rwo muri Mozambique kuri uyu wa 7 Ukuboza rwakatiye igifungo kiri hagati yâimyaka 10 na 12 abantu 11 barimo umuhungu wa Armando Guebuza wabaye Perezida wâiki gihugu witwa Armando Ndambi ndetse na babiri bigeze kuyobora inzego zâubutasi. Ndambi, Gregorio Leao wari ukuriye urwego rukuru rwâubutasi na Antonio Carlos do Rosario wari ukuriye urwego rwâubutasi […]
Umuyobozi wâIkirenga wa Iran na mushiki we ntibavuga rumwe
Umuyobozi wâikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na mushiki we Badri Hosseini Khamenei ntibavuga rumwe ku mikorere yâumutwe wâingabo kabuhariwe utinyitse mu karere iki gihugu giherereyemo, Revolutionary Guards. Ibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, byatangaje ko imvano yo kutavuga rumwe kwa bombi kuri izi ngabo ari uko zasabye ubushinjacyaha gufatira ingamba abigaragambiriza urupfu rwâumugore wâimyaka 22 witwa […]
Amafoto: Mu myaka 3 ishize, akanyamuneza kari kose mu maso ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Nâubwo mu mubano wâu Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâabayobozi bâibi bihugu havugwa inkuru nyinshi zo kutabana neza zishingiye ku mpamvu zâumutekano na politiki, nâinyinshi nziza zaratambutse byâumwihariko kuva mu mwaka wâ2019. Hashize amezi abiri Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiye ku butegetsi muri RDC, yagiriye uruzinduko mu Rwanda muri Werurwe 2019, yakirwa na […]
Rubavu: Mu icumbi ry’abarimu habonetse imbunda ya AK-47
Mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi riherereye mu mudugudu wa Nyaburanga, akagari ka Nengo, umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu havumbuwe imbunda yo mu bwoko bwa AK-47 izwi nka Kalashnikov. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko iyi mbunda yabonetse mu gisenge (plafond) cyâicumbi ryâabarimu muri iri shuri, ibonwa nâumuyobozi ushinzwe amasomo muri iri shuri, Uwimana […]
Mu Budage: Abantu 25 batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi
Polisi yo mu Budage yataye muri yombi abantu 25 ibakekaho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Frank-Walter Steinmeier. Nkâuko BBC News ibivuga, aba bantu barimo abarwanya ubu butegetsi nâabahoze ari abasirikare bafatiwe mu mukwabu wakorewe muri Leta 11 muri 16 zigize iki gihugu, bategura uyu mugambi. Mu hantu hakorewe umukwabu nkâuko ikinyamakuru Der Spiegel cyo […]
Uzongera kuvuga ko u Burundi bukennye, azabivugira mu mwobo: Ndayishimiye
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko Umurundi uzongera kuvuga ko igihugu cye gikennye, azabivugira mu mwobo. Uyu Mukuru wâIgihugu yabivuze kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022 ubwo yayoboraga umuhango wo kwizihiza umunsi mukuru ngarukamwaka wahariwe abasora, wabereye mu mujyi wa Bujumbura. Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko u Burundi budakennye nkâuko bamwe babivuga, ngo ahubwo ubukungu […]