Bayern Münich yasheshe amasezerano ya ‘Visit Rwanda’ 

AA1yzSWg

Ikipe ya Bayern Münich yo mu Budage ku wa Gatanu yasheshe amasezerano yari ifitanye n’u Rwanda agamije kurumenyekanisha biciye muri gahunda ya Visit Rwanda, impande zombi zinjira mu mikoranire mishya. Iyi kipe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku wa Gatanu bombi bemeje ko binjiye mu cyiciro cya kabiri cy’imikoranire kizibanda ku gushaka abakinnyi ba ruhago bakiri […]

Museveni yohereje mu kiruhuko cy’izabukuru ba Jenerali 7

20250809 072830

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, ku wa Gatanu tariki ya 8 Kanama yayoboye umuhango wo kohereza mu za bukuru ba Jenerali barindwi bari bamaze igihe mu ngabo ze. Ni umuhango wabereye mu biro bya Perezida Museveni i Entebbe. Abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Lt. Gen. Peter Elwelu wahoze […]

M23 yigaruriye uduce dushya muri Kivu y’Amajyepfo 

20250808 172931

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Kanama, wigaruriye uduce dushya two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo wirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Walungu yemeje ko M23 yigaruriye Groupement ya Mulamba, muri iriya Teritwari. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu […]

Abasirikare ba ‘Military Police’ ya RDF barimo ba Ofisiye basoje imyitozo ikaze

20250808 185247

Abasirikare bashinzwe imyitwarire myiza mu ngabo z’u Rwanda (Military Police) barimo ba Ofisiye 163 n’abandi bo mu bindi byiciro, kuri uyu wa Gatanu basoje imyitozo yo mu rwego rwo hejuru bari bamaze ibyumweru bitandatu bakorera mu kigo cya gisirikare cy’i Gako mu karere ka Bugesera. Ni imyitozo yakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Qatar. […]

SANDF yavuze ku musirikare w’umugore washyize umbwambure hanze

Screenshot 2025 08 08 155644 1754665456

Ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF) zatangaje ko zigiye gufatira ingamba zikomeye abanduza isura y’igisirikare ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho yakwirakwijwe agaragaza umusirikare w’umugore wayo yiyambura umwambaro wa gisirikare, arimo no kubyina. Itangazo rya SANDF ryavuze ko imyitwarire nk’iyo “idahesha agaciro umwambaro” kandi irenga ku mategeko n’indangagaciro z’igisirikare. Umuvugizi w’igisirikare, Siphiwe Dlamini, yasobanuye ko umwambaro utari […]

Minisitiri wa Siporo yemeje ko siporo yunguka byikubye inshuro 124

66828

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko ishoramari muri siporo rifite inyungu nyinshi, aho ushoyemo 1$ wunguka 124$. Ibi ngo bituma Leta y’u Rwanda iyifata nk’urwego rwo gushyirwamo imbaraga. Yabitangaje aganira na Daniel Bernard, ufite umushinga Ride For Unity ugamije guteza imbere imibereho binyuze mu gutwara igare. Yavuze ko u Rwanda rwashyizemo imbaraga mu kwiyubaka […]

Rayon Sports yazanye umukinnyi mushya

469706846 8881299718630203 2198493510010058619 n 75229 4aa1e

Rayon Sports FC yakemuye ikibazo cy’ubusatirizi nyuma yo gusinyisha Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, imutanzeho miliyoni 8 Frw kugira ngo igure amasezerano y’umwaka umwe yari asigaranye. Iyi kipe y’Ubururu n’Umweru ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura amarushanwa arimo na CAF Confederation Cup. Uko gushakisha abakinnyi bashya byaje nyuma y’uko Biramahire Abeddy wari mu mishinga yayo […]

Norvege yashyikirije u Rwanda Francois Gasana ukurikiranweho ibyaha bya jenoside

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu, itariki 8 Kanama, bwakiriye Umunyarwanda ukurikiranweho ibyaha bya jenoside, Francois Gasana uzwi na none ku izina rya Franky DUSABE, woherejwe n’Ubwami bwa Norvege. Mu 2007 Francois Gasana yahamijwe icyaha akatirwa igifungo cy’imyaka 19 n’urukiko rwa gacaca rwa Nyange kubera uruhare yagize mu cyaha cya Jenoside. Francois Gasana, […]

Abanyogosi, Imparata n’Abahebyi bazwiho gukora ubucukuzi butemewe bakomeje kubangamira ibidukikije

IMG 20250808 WA0004

Udutsiko tw’abantu barimo abiyita Abanyogosi, Imparata n’Abahebyi bakunze kugaragara mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe; turatungwa agatoki ku kuba turi mu bantu bamaze igihe babangamira ibidukikije. Aya mazina y’abangiza ibidukikije, ngo ahanini bayiyita iyo bamaze kwishimira ibyavuye mu musaruro w’amabuye y’agaciro na kariyeri baba bacukuye. Ikibazo cya bariya bantu cyagaragarijwe mu bukangurambaga Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha […]

USA yasubitse imyitozo ya gisirikare yari guhuriramo na Afurika y’Epfo

u s south african troops kick off shared accord 2017 with ceremonial tribute

Muri uku kwezi ntihazabaho imyitozo ihuriweho ya “Shared Accord 2025”, nk’uko Ishami ry’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane rya Afurika y’Epfo (DIRCO) ryamenyeshejwe na Ambasade ya Amerika i Pretoria, ko imyitozo ihuriweho y’ubutabazi hagati y’ibihugu byombi yari iteganyijwe uyu mwaka yahagaritswe. Iki cyemezo mu buryo burambuye kigaragara mu nyandiko yo ku itariki ya 1 Kanama 2025, ya Ambasade […]

Inyoni ya Falcon yakoze urugendo rwa kilometero 10,000

WhatsApp Image 2025 08 08 at 09.39.34

Falcon yagendaga ibirometero 230 buri munsi, ikoresheje umurongo ugororotse unyuze k’umugabane wa Afrika kugeza ubwo yageze mu butayu bw’amajyaruguru y’Afurika. Kuguruka hejuru y’inyanja nini ya Mediterane yakurikiranye urugendo ikoresheje ubuhanga karemano ikurikira uruzi rwa Nili muri Sudani na Egiputa ikomereza muri Finiland. Iyi Falcon yakoze ibirometero ibihumbi 10, ubwo yashyirwagaho akuma ka GPS kakurikiranye urugendo […]

Teta Sandra yafunguwe, asobanura icyamuteye kugonga Weasel

20250808 093416

Umunyarwandakazi Sandra Teta wari watawe muri yombi na Polisi ya Uganda nyuma yo kugonga umugabo we Douglas Mayanja uzwi mu muziki wa Uganda nka Weasel, yamaze kurekurwa. Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 7 Kanama ni bwo Teta yarekuwe; ahita ajya no gusura Weasel mu bitaro arwariyemo. Amafoto yashyizwe hanze n’ibitangazamakuru ndetse n’imbuga […]

Biratangaje! Ubu bwoko butaburura abapfuye bakabasuhuza

Manene tradition of changing corpse clothes Tana toraja sulawesi indonesia

Mu gace ka Toraja, gaherereye Sulawesi muri Indonesia, habarurwa abaturage barenga miliyoni bizera ko urupfu atari iherezo ry’ubuzima. Ku bo mu muryango, iyo umuntu apfuye, bumva ko roho ye iguma mu rugo igakomeza gukenera ibyo yakeneraga akiri muzima: ibiryo, imyambaro, n’ibindi. Mu gihe mu bindi bice by’isi umuntu apfa agahita ashyingurwa cyangwa atwikwa, Abatoraja bo […]

Umutoza wa APR FC ntatewe ubwoba na Rayon Sports

talib 2 fb69e

Umutoza mushya wa APR FC w’umunya-Maroc Abderrahim Talib, yavuze ko nta bwoba afite ku mukino wa FERWAFA Super Cup uzabahuza na Rayon Sports, nubwo hari abakeka ko ashobora gutsindwa bitewe n’imyitwarire y’ikipe ye mu mikino ya gicuti. Talib yavuze ko afite ubunararibonye mu mikino ikomeye, kuko yatoje Wydad Casablanca aho yakinnye ‘derby’ zigera kuri 25 […]

M23 yanyomoje amakuru avuga ko hari abasirikari b’u Burundi barekuye

umuvugizi wa m23 lt col willy ngoma yerekanaga abafashwe mpiri 6315c e1753997609939

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ntabasirikari b’ u Burundi bafatiwe ku rugambo boherejwe mu gihugu cyabo, ko ari ibuhuha; icyakora bemere ko babafite ariko ko igihe cyo kubarekura kitaragera kandi ko nikigera bizatangazwa nk’ uko n’ abandi bose barekuye byatangajwe. Ibi ni ibyatangajwe n’ umuyobozi w’ igisirikari cya M23 Bartrand Bisiimwa mu kiganiro ihuriro AFC-M23 ryagiranye […]

Muzito wakunze gusaba urukuta hagati ya RDC n’u Rwanda mu bo Tshisekedi yashyize muri Guverinoma ye nshya

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250702232300248280 Adolphe

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye ashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 53. Muri iyi Guverinoma nshya na yo iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka, Abaminisitiri benshi bagumanye imyanya bari basanganwe, abandi bahindurirwa imirimo; na ho bake mu bari basanzwe muri Guverinoma bayisohokamo. Itangazo umuvugizi wa Perezida Tshisekedi, Tina Salama […]

Ihuriro AFC-M23 ryahakanye ko nta ntumwa zohereje i Doha

CONF

Ihuriro AFC-M23 ryahakanye ko ntantumwa zohereje i Doha muri Qatar Qatar mu biganiro bigamije kugarura amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo byumwihariko mu Burasirazuba bw’ iki ihugu byari bteganijwe kuri uyu wa gatanu tariki 8 Kanama 2025 Ni amakuru yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga guhera mu gitondo cyo ku munsi w’ejo kuwa kane tariki […]

Israel: Inama y’umutekano yahaye umugisha umugambi wo kwigarurira Gaza yose

f8cb6ed8c735ab8846f93516ada0210b

Inama y’umutekano ya Guverinoma ya Israel yemeje gahunda ya Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, yo kwagura ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Gaza. Iki cyemezo cyerekana gukomeza kw’intambara ya Israel imaze amezi 22 muri Gaza nyuma y’ibitero bya Hamas byo ku itariki ya 7 Ukwakira 2023. Mbere y’inama yagejeje mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, […]

Ba Defence Attachés 22 bakorera mu Rwanda baganirijwe ku mutekano

Kuri uyu wa Kane, itariki 7 Kanama, ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’ingabo n’icy’Ingabo z’u Rwanda (RDC) ku Kimihurura hakiriwe abashinzwe ibibazo bya gisirikare muri za ambasade (Defence Attachés) n’abafatanyabikorwa mu nama y’umutekano. Baganirijwe ku bijyanye n’umutekano w’imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo no ku bikorwa bya RDF mu kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye […]

HRW yamaganye ubugwari bwa FARDC na MONUSCO mu kurinda abaturage

202508afr drc komanda burial

Igitero cyagabwe kuri kiliziya gatolika n’inyeshyamba za ADF mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 26 Nyakanga, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyahitanye abantu basaga mirongo ine, barimo abagore n’abana. Umuryango Mpuzamahanga utegamiye kuri Leta uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, wamaganye ubugwari bw’Ingabo za Congo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye […]

Prof. Munyaneza wayoboraga WASAC afunzwe akekwaho gusaba igitsina

depite omar munyaneza yagaragaje ko impinduka mu misoro zizatuma abasora boroherwa 2 89873 35ff7

Urwego rw’Igihugugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Prof. Omar Munyaneza Omar wahoze ari umuyobozi w’Ikigo Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) n’abandi bayobozi bakuru ba kiriya kigo, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina. Munyaneza yayoboye WASAC kuva muri Nzeri 2023 kugeza mu kwezi gushize kwa Nyakanga, ubwo yasimburwaga ku buyobozi bwa kiriya kigo […]

Wasili yishongoye kuri APR FC

Wasili

Umunyamakuru akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi cyane ku izina rya “Wasili”, yongeye gutera urwenya kuri APR FC. Ibi byavuzwe nyuma y’uko Brig. Gen. Déo Rusanganwa, Chairman wa APR FC atangaje ko bateguye irushanwa bise “Inkera y’Abahizi”, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Champions League n’umwaka w’imikino wa 2025/26. Mu kiganiro […]

Korea y’Epfo: Hasabwe impapuro zo guta muri yombi uwahoze ari First Lady

486128

Abashinjacyaha bo muri Koreya y’Epfo basabye icyemezo cyo guta muri yombi Kim Keon Hee wahoze ari umudamu wa mbere, nyuma y’umunsi umwe ahaswe ibibazo akekwaho kuba yaragize uruhare mu byaha bya ruswa no kwivanga muri politiki. Umushinjacyaha udasanzwe Oh Jung-hee mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati: “Twasabye icyemezo cyo guta muri yombi Kim saa 1:21 (0421 […]

U Bubiligi bwagiriye abaturage babwo inama yo kwirinda intara 6 za RDC

IMG 20220505 WA0045

Guverinoma y’u Bubiligi yasabye abaturage b’iki gihugu kwirinda gukorera ingendo zitari ngombwa mu ntara esheshatu zo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera umutekano muke ukomeje kuraharangwa. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu itangazo yasohoye, yasabye Ababiligi kwirinda gukorera ingendo mu ntara zirimo Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo, Ituri, Tanganyika, Maniema na Tshopo. Iyi Minisiteri kandi yagaragaje […]

Congo izakira inteko rusange ya CAF

assemblee generale de la CAF

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), niwo wemejwe nk’uzakira Inteko rusange ya 47 isanzwe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), izaba ku wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025. Icyemezo cyo kuzakirira iyo nama cyatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono i Nairobi na Me Belinda Luntadila Nzunzi, uyoboye Komite ishinzwe […]

Uganda: Sandra Teta yatawe muri yombi 

IMG 20250807 WA0005 1

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwandakazi Sandra Teta, imukekaho gukomeretsa ku bushake umugabo we akanaba n’umuhanzi Douglas Mayanja ‘Weasel’. Sandra Teta afungiye mu gace ka Kabalagala. Uyu mugore yatawe muri yombi mu gihe hari amakuru avuga ko yagonze Weasel ku bushake akamuvuna amaguru yombi, nyuma yo gushwanira mu gace ka Munyonyo. Umuvugizi […]

Burundi: Abagore ba ba Jenerali biganje mu Nteko Ishinga Amategeko nshya

61edf0df30646d4c02e07eb1 Armee Burundi

Abagore b’abasirikare n’abapolisi bo ku rwego rwa ba Jenerali na ba Colonel mu Burundi, biganje mu nteko ishinga amategeko nshya ya kiriya gihugu. Inteko icyuye igihe yari igizwe n’amashyaka arimo CNDD-FDD, CNL na UPRONA. Itegeko risanzwe riyigenga rivuga ko biro yayo igomba kugirwa n’abantu batatu bo mu mashyaka atandukanye, hashingiwe ku itegekoshinga ry’igihugu. Kuri ubu […]

Perezida Trump agiye guhura na Putin mu minsi iri imbere

AP18197597438101 1739752685

Umukozi muri Perezidansi y’u Burusiya (Kremlin), Yuri Ushakov, yatangaje ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bemeye guhura mu “minsi iri imbere”. Ibi bitangajwe nyuma y’uko Trump avuze ko hari “amahirwe” ko ashobora guhura na bagenzi be bo mu Burusiya na Ukraine bari hamwe “imbonankubone” kugira […]

Abaminisitiri 4 ba RDC bari mu ruzinduko rw’iminsi 10 muri Amerika y’Epfo

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) imaze gutera indi ntambwe muri politiki y’ububanyi n’amahanga, aho yatangije ingendo za dipolomasi zitigeze zibaho muri Amerika y’Epfo zirimo ba minisitiri bane, kuva ku itariki ya 3 kugeza ku ya 13 Kanama 2025. Uru ruzinduko rwo muri Amerika y’Epfo rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu bibiri ndetse n’ibihugu byinshi, no […]

Affaire y’amafaranga ya RDF: Mucyo Antha yiyongereye mu bafunzwe 

img 3528 3 84423

Biganiro Mucyo Antha wahoze ari umunyamakuru yiyongereye mu bantu bafunzwe bakurikiranweho amafaranga ya Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yanyereje. Amakuru avuga ko biganiro yafatiwe i Kampala muri Uganda aho yari yaragiye kureba imikino y’Igikombe cya Afurika guhuza abakinnyi bakina muri za shampiyona z’imbere mu bihugu byabo (CHAN), mbere yo kuzanwa ku mupaka wa Kagitumba aho yashyikiririjwe […]

CAF yahannye Kenya

Kenya fans 1 1536x1024 1

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Kenya kubera ibibazo byagaragaye mu mukino wa CHAN 2024 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani, ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ubwo ikipe y’igihugu ya Kenya, Harambee Stars, yakinaga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. CAF yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura […]

Ingabo za Sudani zahanuye indege y’igihugu gikomeye yari itwaye abacanshuro b’abanya-Colombia

burhan 2 gty er

Igisirikare cya Sudani kurwanira mu kirere ku wa Gatatu cyahanuye indege yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yari itwaye abacanshuro b’abanya-Colombia, hicwa ababarirwa muri 40. Ni amakuru yatangajwe ku ikubitiro na Televiziyo y’igisirikare. Umwe mu basirikare ba Sudani utifuje gutangazwa amazina yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP by’Abafaransa ko iyo ndege yarashwe igashwanyagurizwa ku kibuga cy’indege […]

Le Rêve de Réconciliation Rwanda-Burundi Ébranlé par une Nomination Contestée

8559044005 cf7c13658f b

L’espoir de raviver les relations diplomatiques entre le Rwanda et le Burundi s’amenuise après la nomination par le président Evariste Ndayishimiye d’un nouveau ministre des Affaires étrangères, le Dr Edouard Bizimana, que beaucoup décrivent comme un homme clivant et imprégné d’idéologies ethniques, un profil de plus en plus visible chez certains dirigeants de la région […]

Hope for Rwanda-Burundi Diplomatic Reconciliation Fades After Controversial Appointment

8559044005 cf7c13658f b

Hopes of reviving good relations between Rwanda and Burundi have once again dwindled after Burundian President Evariste Ndayishimiye appointed a new Minister of Foreign Affairs, Dr. Edouard Bizimana, a man many describe as deeply divisive and ethnically biased—traits increasingly seen among some leaders in the Great Lakes region. On August 5, 2025, President Ndayishimiye reshuffled […]

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ushobora kurushaho kuzamba

8559044005 cf7c13658f b

Icyizere cyo kongera kubyutsa umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi cyongeye gukendera nyuma y’uko Perezida Evariste Ndayishimiye ashyizeho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mushya, Dr Edouard Bizimana, benshi bemeza ko ari umuntu wamunzwe n’amacakubiri n’ivanguramoko, bikomeje kuranga bamwe mu bayobozi bo mu Biyaga Bigari. Ku itariki ya 5 Kanama 2025 nibwo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye […]

MRDP-Twirwaneho yiyemeje kujya mu mujishi wo gutabara abaturage

images 2

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho, uharanira inyungu z’Abanyamulenge muri kivu y’ amajyepfo, watangaje ko nubwo wifuza amahoro arambye, ariko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda ubuzima bw’Abanyamulenge bagabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo FARDC. Ni nyuma y’ uko mu minsi ishize igisirikari cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Wazalendo n’ingabo […]

Loni yikoreje M23 imfu z’abarenga 300 bo muri Rutshuru ivuga ko bishwe muri Nyakanga

88c37120 e105 11ee 8ce7 5bef85a88551.jpg

Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), watangaje ko abantu ushinja umutwe wa M23 kwicira muri Kivu y’Amajyaruguru mu kwezi gushize bamaze kugera muri 319. Komiseri wa biriya biro, Volker Turk, kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abishwe barimo abagore 48 n’abana 19. Mu Cyumweru gishize UNJHRO yari yatangaje ko abishwe […]

Teta Sandra yagonze umugabo we

201111416 534783801265863 2217928747688060820 n edited

Umuriro wongeye kwaka hagati ya Teta Sandra n’umuhanzi wo muri Uganda, Weasel Manizo, nyuma y’uko amugonze n’imodoka bikamuviramo gukomereka amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga byihuse. Ibi bibaye mu gihe bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo. Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda nka Big Eye Ug, avuga ko byabereye ahitwa Munyonyo, mu ijoro ryakeye, ubwo bombi […]

Aissa Cyiza yagizwe CEO wa Royal FM

IMG 3062 860x953 1

Tariki ya 6 Kanama 2025, ubuyobozi bwa Royal FM bwatangaje ko Aissa Cyiza yagizwe Umuyobozi Mukuru w’iyi radiyo, nyuma y’amezi atanu yari amaze ari Umuyobozi Mukuru Wungirije. Aissa Cyiza asanzwe azwi nk’umunyamakuru w’inararibonye wamenyekanye cyane binyuze mu kiganiro AM to PM gitangira saa Tanu kugeza saa Munani kuri Royal FM, aho amaze imyaka umunani. Yatangiye […]

Uwahoze ari Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania yapfuye

46209596 906

Uwahoze ari Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko mu gihugu cya Tanzania, akaba yari n’umudepite uhagarariye akarere ka Kongwa, Job Yustino Ndugai, yapfuye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Kanama 2025, aguye mu mujyi wa Dodoma, aho yari arwariye. Urupfu rwe rwemejwe na Parezida w’Inteko ya Tanzania akaba na Perezida w’Umuryango Mpuzamahanga w’Inteko Ishinga Amategeko (IPU), […]

Jules Karangwa yagizwe umuyobozi wa Rwanda Premier League

1754505616655

Jules Karangwa wari usanzwe ari Umujyanama mu by’amategeko mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yashyizwe ku mwanya w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Rwanda Premier League – urwego rushya rushinzwe gutegura no kuyobora Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda. Uyu mwanya mushya ahawe ni ubwa mbere uhawe umuntu kuva uru rwego rwashyirwaho, kandi biteganyijwe ko Karangwa azagirira […]

Ibitero simusiga byiriwe mu misozi ya Minembwe bigabwe n’ ihuriro rya leta ya DRC

FARDC et Police RDC 787x443 1

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 06/08/2025 Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye ibitero mu duce dutandukanye dutuwe n’Abanyamulenge twa Mibunda na Rugezi two mu misozi miremire y’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri ibyo bice avuga ko agace ka Mibunda ko muri Teritware […]

Operesheni Kitona: Shambulio la Kushtukiza la Rwanda Lililotikisa Afrika ya Kati

SADC IMAZE MUPAKA WA RUBAVU3

Rwanda yateketeza kambi ya kijeshi ya Kitona kwa dakika 20 tu, huku wanajeshi wake wakiwasili kwa ndege kutoka Kigali hadi kaskazini-magharibi mwa DRC Operesheni Kitona ni moja ya mashambulizi ya kijeshi ya kushangaza na ya kijasiri zaidi kuwahi kufanywa barani Afrika. Ilifanyika mnamo Agosti 1998, wakati Rwanda, ikishirikiana na Uganda, ilianzisha mashambulio ya haraka dhidi […]

Opération Kitona : Le Coup Audacieux du Rwanda qui a Ébranlé l’Afrique Centrale

SADC IMAZE MUPAKA WA RUBAVU3

Dans l’histoire tumultueuse de l’Afrique centrale, rares sont les événements qui ont autant captivé l’attention que l’opération Kitona. En août 1998, au début de la Deuxième Guerre du Congo, le Rwanda a exécuté une manœuvre militaire audacieuse qui a défié les probabilités et redéfini la guerre moderne sur le continent africain. 🔵 Le Contexte : […]

Kitona Operation: Rwanda’s Daring Strike That Shook Central Africa

SADC IMAZE MUPAKA WA RUBAVU3

The Kitona Operation, also known as Opération Kitona, was one of the boldest military operations conducted by the Rwanda Defence Forces (RDF), alongside Uganda, at the beginning of the Second Congo War in 1998. This operation marked a turning point in Central Africa’s geopolitics and demonstrated Rwanda’s growing military prowess. Background Following the end of […]

Operasiyo Kitona: Igitero kabuhariwe cyakozwe n’ingabo z’u Rwanda

SADC IMAZE MUPAKA WA RUBAVU3

Tariki ya 4 Kanama 1998, nibwo habaye Operation Kitona yaramamaye cyane kugeza nubwo yigishwa mu mashuri, mu mirwano yari imaze igihe irimo ingabo z’u Rwanda na Uganda  zarwanaga n’ingabo za DRC zifatanyije n’ingabo z’bihugu bya SADEC, Operasion Kitona cyari igitero kidasanzwe cyayobowe na Jenerali Jemes Kabarebe w’u Rwanda, mu ntambara ya Congo ya kabiri ubwo […]

Ghana: Minisitiri w’Ingabo n’uw’Ibidukikije bapfuye

GridArt 20250806 172909845

Minisitiri w’Ingabo za Ghana ndetse n’uw’Ibidukikije, bari mu bantu umunani bapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Kanama baguye mu mpanuka ya kajugujugu. Aba ba Minisitiri bombi bapfanye n’abandi bayobozi batatu ndetse n’abasirikare batatu bo mu ngabo za Ghana zirwanira mu kirere bakoraga muri iriya ndege. Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida John Mahama wa Ghana, […]

Goma: Umukwabu wa M23 wafatiwemo abatari bake bakekwaho kuba ibyitso bya FARDC na FDLR

202503africa congo m23car

Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Kanama, inzego z’umutekano za M23 zahakoreye umukwabu wasize hafashwe abatari bake bakekwaho guteza umutekano muke. Abafashwe biganjemo insoresore bafatiwe mu gace ka Mabanga, mu majyepfo ya Komine ya Karisimbi. Ni ku nshuro ya gatandatu M23 yari ikoreye […]

Amerika igiye kujya yishyuza Frw miliyoni 21 abanya-Malawi n’abanya-Zambia bashaka Viza

US visa 1366x768 1

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gutangira kwishyuza abaturage bava mu bihugu bya Malawi na Zambia $ 15,000 (arenga Frw miliyoni 21), kugira ngo babashe guhabwa za Viza ku bagiye kuzikoreramo ibikorwa by’ubucuruzi cyangwa abagiye gutembera. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, Tammy Bruce, yatangaje ko ikiguzi cya Viza ku banya-Zambia na Malawi cyazamuwe […]

Hakim Sahabo yagize uruhare rukomeye mu gushyingura ‘Mama Mukura’

download

Hakim Sahabo, umukinnyi w’Amavubi ukinira Standard de Liège, ni we watanze byinshi mu gutegura no gutanga ibikenewe byose kugira ngo Mukanemeye Madeleine, benshi bazi nka “Mama Mukura”, ashyingurwe mu cyubahiro gikwiye. Mukanemeye yitabye Imana ku cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ashyingurwa ku wa kabiri tariki ya 5 Kanama. Amakuru avuga ko Hakim Sahabo yatanze […]

Tshisekedi yashyizeho abayobozi bashya mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza (ANR)

IMG 20250728 WA0010

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi, wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashyizeho abayobozi bakuru babiri bashya b’amashami y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (ANR). Iteka rya perezida ryasomwe kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 5 Kanama 2025, kuri Radio na Televiziyo bya Congo, RTNC, rivuga ko uwitwa Kalala Musungu Théophile Charles yagizwe umuyobozi mukuru, w’ishami ry’imbere mu gihugu, naho […]

Gasopo ya Polisi y’u Rwanda ku bishora mu byaha muri Expo

umuvugizi mukuru wa polisi acp rutikanga boniface yasabye abazitabira expo kwirinda ibyaha cyangwa bagahanwa effdf

Kuri uyu wa 5 Kanama 2025, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yagaragaje ko inzego z’umutekano zafashe ingamba zikomeye zo kurinda umutekano mu Imurikagurisha Mpuzamahanga riri kubera i Kigali, ahazwi nk’i Gikondo, riri kuba ku nshuro ya 28. Yavuze ko nubwo iri murikagurisha ari urubuga rw’ubucuruzi no kwidagadura, hatihanganirwa ibikorwa bishobora kubangamira ituze […]

Rwatubyaye wari waraburiwe irengero yagaragaye mu matware y’Abatalibani

20250806 102323

Myugariro Rwatubyaye Abdul wari umaze igihe asa n’uwaburiwe irengero, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Abu Muslim Farah Football Club yo muri Afghanistan.   Uyu musore usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yemeje ko ari umukinnyi w’iyi kipe biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram. Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto yashyize kuri ruriya rubuga, arimo […]

Netanyahu ntavuga rumwe n’igisirikare cya Israel ku kwigarurira Gaza yose

Image from iOS 3 e1751313676782

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 5 Kanama, Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu yatangaje ko Israel igomba “gutsinda burundu” Hamas muri Gaza,  ariko Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Israel, kimwe n’igice kinini cy’ubuyobozi bukuru bwa gisirikare, barwanya igitero gishya cyo kwigarurira agace ka Palestine.  Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Israel, Eyal Zamir, yemeza ko Israel irimo irashaka […]

Konti zirenga miliyoni 7 za WhatsApp zafunzwe

04085c211784bcfded09e5673caab0cc921cc70a

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Kanama 2025 sosiyete Meta yatangaje ko yasibye konti za WhatsApp zigera hafi kuri miliyoni 7 zari zifitanye isano n’ubutekamutwe mu gice cya mbere cy’uyu mwaka, kandi ikomeje gufata ingamba zikomeye zo kubikumira. Clair Deevy, ushinzwe ibikorwa by’inyuma muri WhatsApp, yavuze ko: “Ikipe yacu yamenye izo konti kare, izifunga […]

Imyaka 80 irashize Amarika iteye igisasu cya kirimbuzi mu mujyi wa Hiroshima

Hiroshima 1 superJumbo

Umujyi wa Hiroshima, ni umwe mu mijyi yo mu Buyapani ya kera kandi ifite amateka akomeye, aho kuri iyi tariki ya 6 Kanama uri kwibuka imyaka 80 ishize igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kigabye igitero cy’inkazi kuri uyu mujyi hakoreshejwe igisasu cya kirimbuzi. Kuri iyi tariki ya 6 Kanama mu mwaka w’1945, nibwo […]

Kiongozi wa M23 Akanusha Tuhuma za Mauaji Rutshuru: “Ni Propaganda Tu”

Capture

Bertrand Bisimwa, Rais wa kundi la waasi la M23, amekanusha vikali tuhuma za Ofisi ya Pamoja ya Haki za Binadamu ya Umoja wa Mataifa (UNJHRO), zilizodai kuwa M23 waliua raia 169 huko Rutshuru, mashariki mwa DRC. Akizungumza na Reuters, Bisimwa alisema tuhuma hizo zilitokana na taarifa za mtu anayejulikana kama Mulumba, msemaji wa FDLR, na […]