• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Aba-Rayon bakije umuriro ku muyobozi wabo wagaragaye yaserutse mu mwambaro wa APR FC

imikino

Aba-Rayon bakije umuriro ku muyobozi wabo wagaragaye yaserutse mu mwambaro wa APR FC

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 18/09/2023 08:30

Abafana b’ikipe ya Rayon Sports bibasiye bikomeye Rukundo Patrick ukuriye komite nkemurampaka muri iriya kipe, nyuma yo kugaragara yambaye umwambaro wa APR FC.

Ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri ni bwo Rukundo yagaragaye muri Kigali Pele yambaye umupira w’ibara ryera w’Ikipe ya APR FC.

Uyu mugabo ni umwe mu bari bagiye gushyigikira iyi kipe y’Ingabo z’igihugu, ubwo yari ihanganye na Pyramids yo mu Misiri mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya 0-0, ategereza gukiranurwa n’umukino wo kwishyura uzabera mu Misiri mu byumweru bibiri biri imbere.

Amafoto ya Rukundo akijya hanze abafana ba Rayon Sports bahise bamucanaho umuriro, bagaragaza ko atakagombye kwambara umwambaro wa APR FC; ikipe bafata nk’umukeba w’ibihe byose.

Nka Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yifashishije amagambo ari mu ndirimbo "Inda nini" ya Rugamba Sipiriyani, mu kugaragaza ko ibyo Rukundo Patrick yakoze yaba yabitewe no kubunza inda mu bakeba.

Ati: "Tuyime amayira! Tuyime amayira! Iduteranya n’inshuti ukaba umugaragu wayo. Nshuhuje Perezida wa Nkemurampaka w’Umuryango wa Rayon Sports Bwana Rukundo Patrick."

Tuyime amayira!
Tuyime amayira!
Iduteranya n'inshuti ukaba umugaragu wayo.
Nshuhuje Perezida wa Nkemurampaka w'Umuryango wa @rayon_sports Bwana #RUKUNDOPATRICK pic.twitter.com/03Kbw77uMj

— Munyakazi Sadate (@SadateMunyakazi) September 17, 2023

Uwiyita AGAPIPI kuri X we yavuze ko nyuma y’ibyo Rukundo yakoze yakabaye yirukanwa muri Rayon Sports.

Ati: "Nuko Rukundo Patrick uyobora komite nkemurampaka ya RAYON SPORT akaba yari yaje yambaye Jersey ari inyuma y’ikipe twanga cyane APR. Namwe mwarangiza ngo mufite za mayobozi turabizi ko ari abo APR yatwoherereje...Ubundi uyu yagakwiye guhita yirukanwa."

Nuko Rukundo Patrick uyobora komite nkemurampaka ya RAYON SPORT akaba yari yaje yambaye Jersey ari inyuma y'ikipe twanga cyane APR

Namwe mwarangiza ngo mufite za mayobozi turabizi ko ari abo APR yatwoherereje.... ubundi uyu yagakwiye guhita yirukanwa ☹️☹️ pic.twitter.com/oFXiCIBowl

— AGAPIPI 🍁 (@Agapipigato) September 17, 2023

Abenshi mu bafana ba Rayon Sports bo bagaragaje ko kuba yagiye gushyigikira APR FC nta kibazo kibirimo, gusa ikibi kikaba kubikora anambaye umwambaro wayo.

Nyamara Rayon yarinjiriwe pe😭😭ibaze umuyobozi mu ikipe agakora nkibi😭ubu kandi ntago baarara bamukuyeho

— Tora Kagame 2024✊🇱🇺 (@HarrisKigali) September 17, 2023

Mubyukuri tutabeshye abafana n'abandi turashyigikirana ariko kwambara umwambaro wa mukeba Kandi uri muri team staff byo ni agahebuzo kuko nubwo dushakira ineza igihugu cyacu ariko burya ikipe dufana ni amavubi.

— a.nkurunziza (@ankurunziza1) September 17, 2023

Twizereko yagiye ubutazagaruka,gushyigikira umukeba muri international competition bitandukanye no kuba we, uyu rero ntiyashyigikiye gusa ahubwo yabaye Apr, afate icyemeze nki cyawa mu petit Frere wa ancien president agenda agiye ntituzamukumbura.

— Matunda🇷🇼 (@Matunda93) September 17, 2023

Uyu babyuke bamwirukana ntamu Rayon wambaye umwanda wa mukeba kirazira kikazirirwa ntibibaho mugitondo abyuke yegura nategura bamweguze ntasoni umweru numukara mubururu koko

— Theos (@brunotheo6) September 17, 2023

Bibaye byiza yahita yegura
Cg akirukanywa kandi abafana twese tukabimenya ibi ni agasuzuru agumeyo . Umuyobozi nkuyu ntago tumucyeneye

— D'amour barista Rw (@BaristaDamour) September 17, 2023

Yewee yewee inda izarikora cyakoze uyu yaba umugambanyi pe nizereko perezida wa rayon abonye abo akorana nabo ko nakiza nakimwe bageza ku kipe ahubwo ko bayigambanira ibi nibikwerekako bamwe mubayobozi bayobora umupira nabyo bazi arukugendera mukigare

— [email protected] (@mukanwakihene) September 17, 2023

Perezida w'akanama nkemurampaka yateje impaka

Yitwa Patrick Rukundo ni perezida wako yabaye muri komite za Rayon kuva kera, yagaragaye yambaye Jersey ya @aprfcofficial Aba-Rayon ntibabivugaho rumwe .

Bamwe bati "sibyo" abandi bati "ntacyo birwaye"
Wowe uhagaze he?@flashfmrw pic.twitter.com/q0dmA4gnvJ

— Ephrem Kayiranga (@ephremkay) September 17, 2023

Amabara Akomeje Gukorwa?
Uwari Umuyobozi Wa Rayon Sports Muri Komite Nyobozi Yakanama Nkemuramaka
Wari Utwihishemo Yagaragaye Muri APR Fc🤔
YITWA #RUKUNDOPATRICK 🤔
MUMINSI ISHIZE UMWE MUBASHYUSHYARUGAMBA NAWE ABA AGIZE UKU AGIYE MUGIKONA 🤗🤔
DUKOMEJE KUMIRWA TWESE🤔🤔 pic.twitter.com/dQQVkhTpPL

— Nkundamatch w'Ikirinda (@Nkundamatch) September 17, 2023

Nyirubwite mu butumwa yashyize hanze yavuze ko kujya gushyigikira APR FC anambaye umwambaro wayo ari igitekerezo cye bwite kandi yumva kitamubangamiye.

Asaba imbabazi yunzemo ati: "niba hari uwo iyo foto yabangamiye musabye imbabazi. Ndi umufana wa Rayon Sports, kandi nta n’uwabimbuza."

Ubutumwa bwa #RukundoPatrick yageneye @rayon_sports pic.twitter.com/yiD9DmAFn4

— Sam Karenzi (@SamKarenzi) September 17, 2023

Izindi Nkuru Bijyanye


FIFA yahannye Rayon Sports
FIFA yahannye Rayon Sports
Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
CAF yakubise Rayon Sports ahababaza

Izindi wasoma

FIFA yahannye Rayon Sports

Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame

APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC

FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana

CAF yakubise Rayon Sports ahababaza

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

kanayingwe olive Kuwa 18/09/23

ariko rayon muzana abaswa kugeza ryari?Muzzaba ingenza kugeza ryari?ubwo se murabona mumwirukanye yabura akazi?reba noneho niminsi mumaranye, we yagiye agiye kogeza ikipe y`urwanda yakinaga namahnga, byari ngombwa ko agenda yambaye umwambaro wayo>Ni nkaho iyo baza gukina na rayo yari kuza yambaye uwanyu, so mureke amatiku, doreko yabarenze umunwa.ngo mwanga APR cyane, ariko muzi kuvuga, muzayitwara iki se?Ko ari abanyarwanda namwe mukaba abandi/ tuzarubanamo murarushywa nubusa.umuntu agomba kujya aho yishimiye kandi APR nikipe nziza abanyarwanda dukunda cyane.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
26/09/23 12:12
Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
26/09/23 12:09
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Amakuru

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Ingabo zidasanzwe za Ukraine zavuze ko umuyobozi w’ingabo z’u Burusiya zikoresha amato (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Umujyi wa Kigali utangaza ko mu minsi iri imbere imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.