
Abashingamategeko babiri bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika barasaba Perezida wa komisiyo ya sena ishinzwe ububanyi n’amahanga, Robert Bob Menendez, kwegura, bitewe n’ibyaha bya ruswa aregwa.
Tariki ya 22 Nzeri 2023, ubushinjacyaha bwo muri Leta ya New York bwareze Menendez n’umugore we Nadine mu rukiko rwa Manhattan, nyuma yo gushyikirizwa dosiye irimo ibimenyetso bikomeye bigaragara ko bakiriye ruswa yavuye mu bashoramari.
Itangazo ryashyizwe hanze n’uru rwego ryasobanuye ko Menendez yakiriye ruswa kugira ngo akoreshe ijambo afite muri politiki ya USA mu guharanira inyungu z’abashoramari batatu bakorera muri New Jersey ndetse na Leta ya Misiri.
Senateri witwa John Fetterman yavuze ko mu gihe Menendez atarahamwa n’icyaha akwiye kwegura mu rwego rwo kugira ngo adasiga icyasha politiki y’igihugu nk’umuntu ufite inshingano ikomeye.
Mu butumwa yashyize kuri Twitter, yagize ati: “Senateri Menendez akwiye kwegura. Afatwa nk’umwere ariko ntiyakomeza kugira ijambo kuri politiki y’igihugu, cyane cyane bitewe n’ubukomere n’umwihariko w’ibyo aregwa.”
Depite Don Beyer washinze umuryango uharanira uburenganzira bw’Abanyamisiri akaba ananenga ubutegetsi bwa Abdel Fattah al Sisi na we yasabye Menendez kwegura.
Yagize ati: “Abacamanza bazemeza niba Menendez yarakoze ibi byaha ariko ibimenyetso byagarajwe mu kirego biratuma gukomeza inshingano muri sena bitamushobokera, bityo ndasaba ko yegura. Ndasaba ubuyobozi na bagenzi banjye mu nteko ishinga amategeko kugira icyo bakora mu guhagarika gahunda yagaragaye ya Misiri yo guhindura intego ya politiki ya Amerika ku mahanga.”
Menendez ni senateri uhagarariye New Jersey kuva mu 2006. Yayoboye komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga kuva mu 2013 kugeza mu 2015, yongera kuyiyobora kuva mu 2021 kugeza ubu. We na Nadine bazatangira kuburanishwa tariki ya 27 Nzeri 2023.
Tanga igitekerezo