• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Haravugwa akaboko k'umuyobozi mu gutorongeza umunyamakuru Tuyishimire

Zicukumbuye

Haravugwa akaboko k’umuyobozi mu gutorongeza umunyamakuru Tuyishimire

Yanditswe na Fred Rugira
Yanditswe kuwa 10/02/2020 09:05

Umunyamakuru Constantin Tuyishimire wakorega Radio na televiziyo One yaburiwe irengero muri Nyakanga 2019.

Abakoresha b’uyu munyamakuru batangaje ko bamubuze ubwo yari ku kazi ke ko gutara amakuru yakoreraga mu Karere ka Gicumbi (i Byumba) mu majyaruguru y’u Rwanda.

Urwego rushinzwe ubugenzacyaha mu Rwanda ruvuga ko ruri gukurikirana ibura ry’uyu munyamakuru.

Umunyamakuru Tuyishimire Constantin yabuze ku wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2019. Umugore we bamaranye imyaka 8 Placidie Uwabasindi na Radio na TV1 batanze ikirego mu Rwego rw� Igihugu rw� Ubugenzacyaha (RIB) ko uyu munyamakuru yabuze. Uru rwego narwo rwatangaje ko ruri gukurikirana iki kirego.

Mu makuru yagiye atangazwa nyuma na bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda yavuze ko Tuyishimire yaba yarahungiye muri Uganda anyuze ku Gisenyi (Rubavu) hagendewe aho yakorehereje telefoni ye bwa nyuma. Urwego rw�Igihugu rw�Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Tuyishimire, ashobora kuba yarambutse umupaka akerekeza muri Uganda.

Byavuzwe ko yahungaga amadeni. KT Press yatangaje ko bivugwa ko uyu munyamakuru abereyemo 40,000 Rwf Dominique Habumugisha, akagira ideni ry� ibihumbi 300 afitiye Honore Ishimwe ukora kuri Radiyo Ishingiro ikorera mu karere ka Gicumbi n� irindi deni ry� ibihumbi 50 bivugwa ko abereyemo Alphonse Mihanga. yose hamwe akaba ibihumbi Frw 490.

Nyuma yo gutangaza ibyavuzwe haruguru, mu Gushyingo 2019 Bwiza.com yabagejejeho inkuru yavugaga ko Umunyamakuru Tuyishimire yagaragaye i Bujumbura yakubiswe yagizwe intere. Ntibyumvikanye neza uko uyu mugabo yaba ageze mu Burundi.

http://bwiza.com/?Bivugwa-ko-umunyamakuru-Constantin-Tuyishimire-wari-warabuze-yakubitiwe-mu

Ideni rituma umugabo ahunga!

Hagendewe ku buryo amafaranga akwirakwira kuva ku muntu umwe ajya ku wundi, biragoye ko umuntu wubatse urugo yakwihandagaza akavuga ko we nta deni ajya agira. Aramutse ahari, umwanditsi amubona nk’utari muri urwo ruhererekane rw’izo mpapuro abantu bemeranyije bagaha agaciro.

Tuyishimire aramutse yarahunze kubera ideni ry’amafaranga ibihumbi 490 agasiga umugore n’abana, mu Rwanda twagira impunzi nyinshi! Si we wa mbere yewe si n’uwanyuma ugize ideni, abandi bo ko badahunga? Umwanditsi aribaza niba Tuyishimire ari ikigwari kuri urwego rwego.

Umwanditsi akurikije ibyatangajwe n’ Umwanditsi mukuru wa TV1 Olivier Ngabirano wahamije ko Tuyishimire Constantin nta kibazo cyo mu kazi yari afite, bigaragaza ko no kwishyura byari kuzashoboka kuko yari asanzwe akora kandi abihemberwa.

Bwiza.com yanyuzwe manuma ku mpamvu zagiye zitangazwa ko zaba zaratumye uyu mugabo ahunga. Bigoranye, yavuganye n’umwe mu bakora bya hafi mu itangazamakuru ryo mu Karere ka Gicumbi itari butangaze amazina ye ku mpamvu z’umutekano we, avuga ko Tuyishimire yaba yarazize umwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa w’umwe mu mirenge igize Akarere ka Gicumbi tutari butangaze amazina.

Avuga ko Tuyishimire yashakaga kuzakora inkuru icukumbuye ku myitwarire y’uyu gitifu uvugwaho gutwara abagore b’abandi bagabo.

Uyu yagize ati " Twe nk’ababa mu mwuga w’itangazamakuru tuzi neza ko Tuyishimire ashobora kuba yarajujubijwe n’uriya gitifu kuko yari kuzamukoraho inkuru iva imuzingo ingeso ye yo gutwara abagore b’abandi."

Yakomeje abwira Bwiza.com ko hari n’undi munyamakuru ubizi wa kimwe mu binyamakuru byandikirwa kuri interineti mu Rwanda gusa akibaza impamvu atigeze atangaza iby’iyo nkuru.

Uyu na we bigaragara ko atinya kugira byinshi atangaza ku myitwarire y’uwo gitifu yavuze ko nta byinshi yatangariza Bwiza.com kuri iki kibazo.

Bwiza.com yijeje abakunzi bayo ko izakomeza gushakisha amakuru kuri iki kibazo.

Biramutse ari uko biri, ntibyaba ari ubwa mbere hagaragaye umunyabubasha mu Karere ka Gicumbi. Ibi byumvikanisha ko byashoboka ko Tuyishimire yaba yaragezweho n’ingaruka n’iyi migirire.

Kugeza ubu, ntihazwi aho uyu munyakamakuru aherereye hazwi n’umuryango we cyangwa inzego z’umutekano z’igihugu zifite mu nshingano zazo kurengera buri muturarwanda.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
 Rwanda: Ubwinshi bw'imanza, gufunga n'ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Izindi wasoma

Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda

Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame

Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba

Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?

Fred Rugira
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

habimana jean claude Kuwa 10/02/20

ni mukomereze aho ntimuzabe ibigwari nkabariya bose batinye gucukumbura ibyiyi nkuru gusa na nyirubwite yababwira mu mugiriye ibanga nundi wese mwabaza ntiyabima amakuru kuko twarababaye cyane kubona umuntu abura igihugu ntigikore reaction kandi twarabonye amazina yabari bafungiye Uganda igihugu cyibasaba mu mazina yabo kandi bamwe barabonetse.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.