
Umuyobozi w’agateganyo w’Inkeragutabara mu ntara y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Higiro Vianney, yasabye ko abanyamahanga yise “inzererezi” babunza ibicuruzwa mu Rwanda kandi bitemewe, bafatwa.
Lt Col. Higiro waganirizaga abaturage bo mu karere ka Musanze, yavuze ko aba banyamahanga bazwi bacuruza imiti bavuga ngo ivura ubugabo, ibintu Leta y’u Rwanda itemera.
Yagize ati: “Tumaze iminsi duhura n’abantu b’inzererezi z’abanyamahanga. Inzererezi z’abanyamahanga zabinjiye mo hano, zirirwa zicuruza imiti zibabwira ko zitanga imiti y’ubugabo. Ntimubazi? Zirirwa zitanga ngo urubyaro, bakirirwa bagendana ibikweto ku rutugu, wabibara ugasanga bihora ari ibikweto 10 yirirwa atwaye, mumenya ko bariya bantu ntabwo ari beza.”
Uyu musirikare, nk’uko byumvikana mu mashusho yafashwe n’umunyamakuru wa Flash TV, yakomeje agira ati: “Mwabamenye? Murabazi ba bandi birirwa bakenyeye rumbiya? Abo ntabwo tubemera. Ubu rero na bo turaza kubafatira ingamba. Aho mubabonye, umuyobozi w’umudugudu, turagira ngo rwose mubashakishe, yaba ari mu mudugudu aho acumbitse, udusinyara tuza tumujyana.”
Lt Col. Higiro yavuze ko bitumvikana ukuntu aba bantu bambara rumbiya bakomeza kubunza ibicuruzwa kandi Abanyarwanda batabyemerewe. Ati: “Ntabwo twaba twemera ko abantu bagenda bacuruza kuriya, tutabyemerera Abanyarwanda ngo abanyamahanga abe ari bo babikora.”
Aremeza ko nta kindi kigenza aba banyamahanga, keretse gucuruza iyi miti avuga ko yakenesheje Abanyarwanda, bakabura amafaranga yo kujyana “mu bimina”. Ngo niba bashaka kuza gukorera mu Rwanda, bagomba kubisabira impushya nk’uko abandi babigenza.
Tanga igitekerezo