• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Nyaruguru: Umubyeyi yabyaye impanga eshatu

Amakuru

Nyaruguru: Umubyeyi yabyaye impanga eshatu

Yanditswe na Domice Gasarabwe
Yanditswe kuwa 18/09/2023 10:37

Uwimana Josiane w’imyaka 32, mu ijoro ryo ku wa 15 Nzeri 2023 yabyariye neza abana batatu (babiri b’abahungu n’umwe w’umukobwa) mu kigo nderabuzima cya Kabilizi giherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru.

Ni ibintu bidasanzwe kuko ubusanzwe amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, avuga ko umubyeyi agomba kwipimisha agitwite, yasanga ari impanga akazabyarira mu bitaro.

Ubwo BWIZA yasuraga uyu mubyeyi kuri uyu 17 Nzeli 2023, aho yari akiri ku gitanda mu nzu y’ababyeyi y’iki kigo nderabuzima, abana be bari bameze neza, bitegura gutaha mu rugo rwabo ruherereye mu kagari ka Maliba muri uwo murenge wa Rusenge.

Uwimana yavuze ko yabyaye neza, ubu imbaraga zikaba zitangiye kugaruka. Yongeraho ko atari azi ko atwite abana batatu kuko atigeze aca mu cyuma mu bitaro by’akarere bya Munini ngo amenye uko inda imeze.

Uwimana yagize ati: "Nabyaye neza. Ubu ndishimye cyane kuko abana banjye bameze neza. Ntabwo nari nzi ko ntwite abana batatu kuko sinigeze nca mu cyuma. Ariko numvaga mu nda harimo abana babiri, umwe ahagana hepfo undi hejuru ye gato. Ibise byamfashe bintunguye kuko kwa muganga bari bambwiye ko nshobora kubyara mu mpera z’uku kwezi kwa Nzeli. Nari ngishakisha amafaranga yo kuzajya ku Munini. Ndashima Imana kuba nabyaye neza."

Uwimana avuga ko ikibazo asigaranye ari ikijyanye no gutunga impinja eshatu kuko ubusanzwe atishohoye. Ati "Ntabwo nabashobora, munkorere ubuvugizi mbone amata kuko mu rugo dufite inka y’indagizo nayo ntikamwa neza."

Umuforomo wabyaje Uwimana avuga ko n’ubwo uyu mubyeyi yaje atinze, umwana wa mbere yavutse neza . Ati: "Umwana wa mbere yavutse neza. Ariko mbona ibimenyetso ko hari undi umwana ndategereza. Abandi babiri baje bicaye. Ariko nabo ndabamubyaza. Umukuru w’umuhungu afite ibiko 2 n’igice (2,5 kg), umukurikiye w’umukobwa afite 2.3 kg n’aho umuto afite 2.0kg. Ubu bose bameze neza, systèmes zose zirakora nta kibazo. Turitegura kubasezerera bagataha."

Muganga avuga ko basaba ababyeyi bose batwite kwipimisha nibura inshuro enye, harimo iyo kujya ku bitaro by’akarere bya Munini guca mu cyuma. Ariko ngo haracyari ikibazo cy’imyumvire bose siko babyubahiriza. Ati "Hari n’ubukene mu baturage. Kubona amafaranga y’urugendo rwo kujya ku Munini hari abo bigora."

Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Byukusenge Assoumpta, yejeje uyu mubyeyi ubufasha. Ati "Inka arayikwiye kugira ngo abone amata amufasha kurera neza abana. Indagizo na yo ni inka, ariko igihe yabona bimugoye yayisubiza agahabwa iye bwite."

Visi meya Byukusenge aboneraho gusaba ababyeyi hose batwite kujya bubahiriza gahunda yo gupimisha inda no gukingiza abana. Asaba uyu mubyeyi kuboneza urubyaro kugira ngo abanze arere abo afite.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ndayishimiye yaba yarashatse kwirukana Gen Prime Niyongabo, Ndirakobuca aramwitambika
Ndayishimiye yaba yarashatse kwirukana Gen Prime Niyongabo, Ndirakobuca aramwitambika
Amerika yagabanyije ubufasha yahaga RDF
Amerika yagabanyije ubufasha yahaga RDF
Umunyamakuru Emmy ari mukaga kubera Bruce Melodie
Umunyamakuru Emmy ari mukaga kubera Bruce Melodie

Izindi wasoma

Twakoraga nk’abashaka amafaranga gusa: Umuyobozi wa RURA

USA: Umusenateri ukomeye n’umugore we bakurikiranweho ibyaha bya ruswa

Bazoum nyuma yo gukorerwa Coup d’état yitabaje inkiko ngo zimufunguze

Ndayishimiye yaba yarashatse kwirukana Gen Prime Niyongabo, Ndirakobuca aramwitambika

Gen Ndima yahamagajwe mu rukiko, Col Mikembe yamushinje uruhare mu bwicanyi bw’i Goma

Domice Gasarabwe
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.