• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
    Mackenzie ushinjwa urupfu rw’abarenga 240 n’agirwa umwere ngo azakomeza afungwe
    Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro
    Intasi za RDC zasatse urugo rwa MoĂŻse Katumbi
    Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
    Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
    Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
    Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
    Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Covid-19: «Nyunganira mwana », inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y’amahugu arwana n’inzego z’ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z’Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
    Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza
    Dr Frank Habineza yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rya Uganda rihana abatinganyi
    Dutegereje ibihano by’u Bufaransa ku Rwanda: Muyaya
    Perezida Kagame yaba aherutse kwakira intumwa ya Joseph Kabila
    Perezida Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    APR FC mu rugamba rwo kugura umukinnyi ukomeye w’Umugande
    Gacinya na Murangwa Eugène bangiwe kwiyamamariza kuyobora FERWAFA
    Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa mbere
    Kiyovu Sports yaba igiye kwirukana abakinnyi bayo bose bakomeye ku bwo ’kuyigambanira’
    Umugore wa Messi arimo kumusunikira muri Fc Barcelona
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

Amakuru

Nyaruguru: Umufatanyabikorwa arashimirwa uruhare mu iterambere ry’umugore

Yanditswe na Domice Gasarabwe
Yanditswe kuwa 24/05/2023 16:20

Abagore basaga 900 bibumbiye mu matsinda 33 yo mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru, bavuga ko kumara imyaka isaga 7 bakorana umunsi ku wundi n’umufatanyabikorwa ActionAid Rwanda, byabazamuriye imyumvire bizana ubwimvikane mu ngo zabo, bakorera hamwe bongera umusaruro w’ubuhinzi, barizigama bashora imari mu mishinga yinjiza amafaranga.

Aba bagore babitangarije Bwiza ubwo bamurikaga umusaruro w’ubuhinzi babonye muri iki gihembwe cy’ihinga kuri uyu wa 23 Gicurasi 2023, ugizwe n’ibirayi, amashaza, imboga, karoti n’ibinyomoro.

Ntakirutimama Marthe, Perezida w’ihuriro ry’aya matsinda 33 avuga ko kuva muri 2016, ActionAid ibaha amahugurwa ku bijyanye n’ubuhinzi bw’umwuga, kurwanya ihohoterwa mu ngo, gucunga umutungo no gutegura ifunguro ryuzuye.

Ntakirutimana yagize ati: "Kuva 2016, ActionAid yabanje kuduha amahugurwa ku buhinzi bw’umwuga, kurwanya ihohoterwa mu ngo no gucunga neza umutungo. Ariko ikiruta ibindi nuko kuva icyo gihe, iduhora hafi, ireba intambwe dutera umunsi ku wundi. Duhinga amashaza, ibirayi, imboga n’imbuto. Turahinga tukeza tukiteza imbere. Ubu dufite uruganda ruto rusya ibigori kawunda, dufite na toni zisaga 7 z’ibirayi by’imbuto twabikiye kuzatera mu gihemwe cy’ihinga gitaha."

Ntakirutimana Marthe

Mukamugenzi Mélanie nawe wo mu kagari ka Remera, yemeza ko kugira umufatanyabikorwa ubahora hafi byabaremyemo icyizere. Ati "Abagore ba Ruheru twateye imbere. Turahinga tukeza, tukizigama tukabitsa amafaranga muri SACCO, mu ngo zacu tubanye neza n’abatware bacu. Umufatanyabikorwa wacu atuba hafi, buri ntambwe tukayiterana."

Barayavuga Jacques, utuye mu kagari ka Uwumusebeya nawe yemeza ko imikorere ya ActionAid itandukanye n’iy’abandi baterankunga. Yagize ati: “Ni byo. Imiryango ya bariya bagore yateye imbere ku buryo bugaragara ugererenyije n’iyindi. Nta kibazo cy’imbuto zi gutera bagira. ActionAid ibahora hafi buri munsi. Bitandukanye n’abandi baza bagatanga inkunga bagahita bigendera.»

Ubwo budasa bwa ActionAid bugarukwaho kandi n’umuyobozi wa JADF Indashyikirwa, Pst Anicet Kabalisa. Yagize ati: "Ibikorwa byabo birigaragaza. Baguma hamwe, bagaterana intambwe n’umuturage bakamufasha kubigira ibye. Bongera imbaraga mu gukomeza gukorana na wa muturage kugeza acutse.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, yavuze ko ActionAid ari we mufatanyabikorwa umaze igihe kinini mu murenge umwe wa Ruheru. Meya yagize ati « ActionAid ihakorera kuva mu bihe by’amakomini, ubwo hitwaga komini Nshili kugeza uyu munsi. Irakora kugeza igihe ibonye ko umuturage amaze gutera imbere ikabona kujya ahandi. Ni umufatanyabikorwa dushima."

Umuyobozi wa ActionAid Rwanda, Inès Mwangavu, avuga ko bibanda ku Iterambere ry’umwana n’umugore, bakoresha uburyo bwo kumarana nibura imyaka 15 n’umuturage kugira ngo bamuherekeze mu nzira y’iterambere. Ati: "Tugirana ubucuti na we tukagendana muri iyo nzira y’iterambere. Nyuma tukareba niba hari aho yageze tukabona kujya ahandi." ActionAid ikaba ikorera muri uwo murenge wa Ruheru wonyine kuva 2006.

Mu karere ka Nyaruguru, muri iki cyumweru cyahariwe umujyanama n’umufatanyabikorwa harasurwa kandi imirenge yose igize akarere ka Nyaruguru uko ari 14. Harebwa uko imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2022/23 yeshejwe. Magingo aya akarere ka Nyaruguru, gafite abafatanyabikorwa bagera ku 118.

Meya Murwanashyaka asura umusaruro w’abagore bo mu murenge wa Ruheru
Uhagarariye ActionAid yahawe ishimwe

Izindi Nkuru Bijyanye


Umusirikare w'u Burundi yapfuye atera akabariro
Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
Rurageretse hagati ya nyiri Red Blue JD n'umunyamakuru
Rurageretse hagati ya nyiri Red Blue JD n’umunyamakuru

Izindi wasoma

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka

Mackenzie ushinjwa urupfu rw’abarenga 240 n’agirwa umwere ngo azakomeza afungwe

Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro

Intasi za RDC zasatse urugo rwa MoĂŻse Katumbi

Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4

Domice Gasarabwe
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kuba Kabuga atazaburana 'ni intege nke z'ubutabera'-HRW
Kuba Kabuga atazaburana ’ni intege nke z’ubutabera’-HRW

Odinga yahaye Ruto inama z'uburyo yaba umuyobozi mwiza
Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza

IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka

Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n'umujyanama we
Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n’umujyanama we

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kuba Kabuga atazaburana 'ni intege nke z'ubutabera'-HRW
08/06/23 22:31
Kuba Kabuga atazaburana ’ni intege nke z’ubutabera’-HRW
Odinga yahaye Ruto inama z'uburyo yaba umuyobozi mwiza
08/06/23 21:54
Odinga yahaye Ruto inama z’uburyo yaba umuyobozi mwiza
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
08/06/23 19:39
IBUKA irasaba ko imitungo ya Kabuga yakurwamo indishyi ya Frw miliyari ibihumbi 50.6
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
08/06/23 16:09
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashaka gushora RDC mu mvururu: Lamuka
imyidagaduro

Urujijo ku cyatandukanyije Otile Brown n’umujyanama we

Umuhanzi umaze kubaka izina mu muziki wo mu karere Jacob Obunga uzwi nka Otile Brown (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubuzima

Museveni yasobanuye uko Covid-19 yamuciye mu rihumye

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yemeje ko yanduye icyorezo cya Covid-19, kandi ko byatewe (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mackenzie ushinjwa urupfu rw’abarenga 240 n’agirwa umwere ngo azakomeza afungwe

Muri Kenya Inkuru y’abapfuye bategetswe na Pasiteri Paul Mackenzi ikomeje kuba uruhererekane, (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
Amakuru

Umusirikare w’u Burundi yapfuye atera akabariro

Umusirikare w’u Burundi witwa Dusabeyezu Vianney, yapfiriye muri hoteli iherereye muri komini (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.