![RDC: Indorerezi z'amatora za EU zabujijwe gukoresha ibikoresho by'itumanaho zajyanye](local/cache-vignettes/L980xH551/whatsapp_image_2023-11-21_at_13.55_15-9da2c.jpg)
Ubutumwa bw’indorerezi z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ntizirahabwa uburenganzira bwose bwo gukoresha ibikoresho by’itumanaho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibintu birakomeye, nk’uko ibiro bimwe na bimwe by’ibihugu by’i Burayi i Kinshasa bibitangaza, bitewe n’igihe ntarengwa cyagenwe ndetse n’ibikorwa byinshi bigomba gukorwa n’ubu butumwa. Ibiganiro bivugwa ko birimo gukorwa ariko ko kuvana ubu butumwa muri iki gihugu biri gutekerezwa.
Amakuru atandukanye ava muri ambasade z’i Burayi i Kinshasa, yemeza ko ibiganiro biri gukorwa: “Nta kintu na kimwe cyemejwe mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ariko hari ikibazo gikomeye.” Ibi ni ukungurana ibitekerezo hagati ya Kinshasa na Bruxelles bigomba rero guhitamo ejo hazaza h’ubutumwa bw’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, nk’uko umunyamakuru wa RFI i Kinshasa, Paulina Zidi abisobanura.
Intandaro yo kuzitira ubu butumwa, ngo ni ukohereza ibikoresho by’itumanaho, cyane cyane amaterefone ya satelite, mu gihe amakipe ya mbere agize ubu butumwa yagombaga koherezwa hirya no hino mu gihugu vuba. Itsinda rigizwe n’indorerezi zigera muri 40 zageze mu gihugu ku itariki ya 17 Ugushyingo zimaze iminsi mike mu mahugurwa mu murwa mukuru.
Bagombaga rero nyuma kujya mu ntara 17 muri 26 zigize igihugu. Kandi ku munsi w’itora, Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ugomba kuhagira abantu bagera ku ijana.
Guverinoma ya Congo ivuga ko yabimenyeshejwe bitinze
Umunsi wo kuri uyu wa Kabiri ushize, wafatwaga nk’igihe ntarengwa na bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo by’i Burayi i Kinshasa kubera ko nyuma yaho, ubutumwa bushobora kudashyirwa mu bikorwa. Nk’uko umunyamakuru Patient Ligodi abitangaza, ngo nubwo hari impungenge, abategetsi ba Congo bagomba gufata icyemezo gishyize mu gaciro.
Peter Kazadi, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, yabwiye RFI ko yamenyeshejwe gusa uko ibintu bimeze kuri uyu wa Mbereushize. Kuri uwo munsi, yagiranye ibiganiro n’intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ndetse n’indorerezi zimwe.
Ku bwe, amakuru ajyanye n’ibikoresho bivugwa yatanzwe ku wa Mbere gusa, agaragaza ko ibisobanuro bijyanye n’ibi bikoresho byagombaga kumenyekana no kwemezwa na serivisi za Congo. Kuri uyu wa Gatatu, yatangaje inama nshya kuri iyo ngingo. Amakuru aturuka muri Perezidansi ya Repubulika yagize ati: "Ni ikibazo cy’inshingano, ubusugire ndetse n’umutekano wa buri wese."
Icyemezo kijyanye n’ahazaza h’ubu butumwa kigomba gutangazwa vuba. Ni itangazo ryemewe ridakwiye guturuka mu makipe y’i Kinshasa, ahubwo rigomba kuva mu biro bya Josep Borrell, ukuriye abadipolomate b’Abanyaburayi.
Tanga igitekerezo