• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
    Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Sgt. Robert yaba azahabwa ibyo yasabye Uganda

Ibitekerezo

Sgt. Robert yaba azahabwa ibyo yasabye Uganda

Yanditswe na Fred Rugira
Yanditswe kuwa 12/12/2020 10:11

Mu mpera z’ukwezi k’Ugushyingo 2020, hamenyekanaye amakuru ko Sergeant Major Robert Kabera mu Ngabo z’ u Rwanda (RDF) akitwa Sergeant Robert mu buhanzi yatorotse igihugu ahunga icyaha akekwaho cyo gufata ku ngufu umukobwa we w’imyaka 15.

Nyuma y’igihe gito, ubushinjacyaha bwa gisirikare bwashyize hanze itangazo buvuga ko bwatangije iperereza ku cyaha Sergeant Robert akekwaho. Ibi ariko byatangajwe uyu mugabo yamaze kunyura i Kagitumba ndetse bimenyekana nyuma ko abana barimo n’uw’amezi arindwi basigaye mu Rwanda.

Nanone kandi uyu musirikare wanaririmbaga muri Army Jazz Band akaba n’umwarimu wa gisirikare (instructor) yumvukanye mu gitangazamakuru cya Daily Monitor cyo muri Uganda avuga impamvu yahunze igihugu ari nako atera utwatsi ibyo gusambanya umwana we ndetse atangaza ko hari icyo yasabye ubutegetsi bwa Uganda.

Mu magambo ye " Ndi muri Uganda nshaka ubuhungiro, mpunga abampiga bashaka guhitana ubuzima bwanjye. Igihugu cyanjye ntigishaka umuntu uvugana n�abo mu muryango wa Rwigema kandi njye mfitanye isano na we."

Kabera yavuze ko ubuzima bwe buri mu kaga kandi ko n�umuryango we utotezwa ndetse ko ubu yifuza ubuhungiro muri Uganda, akaba yacungirwa umutekano.

Ese ubuhungiro azabuhabwa?

Mu gusubiza iki kibazo, ntawashidikanya ko ubu busabe bwa Sergeant kabera buzubahirizwa n’ubutegetsi bwa Museveni. Mu kwemeza ibi, harebwa ku busabe bw’abandi bagiye bahunga ubutegetsi bw’ u Rwanda bakakirwa na Uganda mu gihe abandi bagiye bafashwa gukomereza mu bindi bihugu.

Akabarore ni uburyo abasirikare nka Lt. Gen. Kayumba Nyamwasa, Col. Patrick Karegeya bahunze banyuze muri iki gihugu. Uretse aba, hari abandi benshi batarondowe amazina bahawe ubuhungiro na Uganda kandi bizwi neza ko hari ibyaha bakekwaho mu Rwanda.

Ku rundi ruhande, ntawapfa kwemeza ko Sergeant Robert yasaba guhungira muri Uganda ku mpamvu ntari bugarukeho cyane ariko nanone intera iri hagati y’igihugu ahunze, biragoye kwemeza ko yakumva yarabonye ibyo yasabye.

Ku rundi ruhande, hagendewe nanone ku mubano uri hagati y’ u Rwanda na Uganda, biragoye kuvuga ko Uganda yakwibwiriza ikohereza Sergeant Robert mu Rwanda ngo agire ibyo abazwa n’ubutabera bw’iki gihugu.

Amasezerano yo kohererezanya abakewaho ibyaha azubahirizwa?

Umwe mu myanzuro ikomeye yavuye mu nama yahuje abakuru b�ibihugu bane igamije kugarura umubano mwiza hagati y�u Rwanda na Uganda muri Gashyantare 2020, harimo kohererezanya abakekwaho ibyaha. Uganda yatangiye ibyubahiriza, igeze aho isa n’ibyihoreye.

Ikimenyetso kindi ni uburyo Lt. Tindifa Rubagumya Gerald na we uherutse gutoroka igisirake cya RDF byamenyekanye ko ari muri Uganda aho iki gihugu kitigeze kigira ikintu na kimwe kibivugaho. Hari amakuru ko ahubwo Uganda yaba yararehejwe n’Umutwe udasanzwe mu Gisirikare cya Uganda ngo atoroke.

Kuri iyi ngingo, biramutse ari uko byagenze, Uganda ntiyaba yiteguye kurekura Sergeant Robert usanzwe we anatanga amafunzo. Bishoboka ko imubona nk’uwagira icyo ayiha ku bijyanye n’amakuru ya gisirikare n’ibindi.

Birumvikana ko bikiri kure nk’ukwezi ko Sergeant Robert yagezwa imbere y’ubutabera mu gihe ibintu bikimeze gutya. Birashoboka ko ahubwo azaba impunzi muri Uganda cyangwa agahitamo kujya mu kindi gihugu nk’uko byagiye bigenda ku bandi Banyarwanda bahunze igihugu. Tubitege amaso!

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Fred Rugira
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

Kuwa 09/03/21

Musakozekutumenye sha amakuru agezweho

Subiza ⇾

FIDERI SHIMYUMURWA Kuwa 16/11/22

UBURYO NAMWEMERAGA

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw'abo ruhiga
U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
26/09/23 17:04
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
26/09/23 16:39
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Nzeri, urukiko rwibanze rwa Nyarugenge ruratangira (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubutabera

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Umunyamakuru Ngoboka Sylvain wigeze kumara iminsi 45 mu kigo cy’inzererezi cya Tongati mu (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.