![Tchad yemereye Tshisekedi umudali w'ishimwe no kumwitirira umuhanda](local/cache-vignettes/L980xH551/w980-p16x9-2021-01-28t184845z_409350023_rc26hl95128z_rtrmadp_3_congo-politics-671a5.jpg)
Repubulika ya Tchad irateganya kwambika Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC umudali w’ishimwe, kubera uruhare yagize nk’umuhuza mu bibazo bya Politiki byahoze muri iki gihugu.
Iby’uwo mudali w’ishimwe byatangajwe na Minisitiri wa RDC ushinzwe ubufatanye bw’akarere iki gihugu giherereyemo, ubwo ku wa Mbere yakirwaga na Tshisekedi.
Aba bombi bahuye nyuma y’urugendo Minisitiri Didier Mazenga yari akubutsemo i Ndjamena muri Tchad.
Perezidansi ya RDC yatangaje ko Mazenga ubwo yahuraga na Tshisekedi yamugejejeho raporo y’umusaruro ubuhuza bwe mu bibazo byo muri Tchad bwatanze, mbere y’uko muri iki gihugu habamo amatora yasize Gen. Mahamat Idriss Déby Itno wari ukiyobowe mu nzibacyuho atorewe kukiyobora.
Mazenga yabwiye ikinyamakuru Politico cyo muri Congo ko uruhare Tshisekedi yagize mu gukemura ibibazo byo muri Tchad byatumwe "afatwa nk’umwami ndetse nk’intwari, ni muri uru rwego azambikwa umudali w’ishimwe hanyuma anitirirwe umuhanda".
Abanya-Tchad barateganya guha ishimwe Tshisekedi, mu gihe mu gihe ashinjwa kuba yarananiwe gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu cye.
Muri byo harimo icy’umutwe wa M23 umaze imyaka ibiri n’igice uri mu mirwano n’Ingabo za Leta ya Congo, ndetse n’icy’umutekano muke utezwa n’indi mitwe yitwaje intwaro ndetse n’iy’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Congo.
Tanga igitekerezo