• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Umujyi wa Kigali: Visi Meya na Perezida wa Njyanama ntibemeranya ku kiraro Gisozi-Karuruma kitarubakwa

Amakuru

Umujyi wa Kigali: Visi Meya na Perezida wa Njyanama ntibemeranya ku kiraro Gisozi-Karuruma kitarubakwa

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 18/09/2023 06:30

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard na Perezida w’inama njyanama, Dr Kayihura Muganga Didas, ntibemeranya ku mushinga w’iyubakwa ry’ikiraro cya Gisozi-Karuruma watinze gushyirwa mu bikorwa.

Tariki ya 15 Nzeri 2023 ubwo abayobozi n’abakozi b’uyu mujyi bari imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, PAC, bibukijwe ko mu mwaka ushize bari baratanze icyizere cy’uko iki gihe kizagera iki kiraro cyaruzuye.

Dr Mpabwanamaguru yabajijwe impamvu umujyi wa Kigali "wabeshye", abanza gusaba imbabazi, hanyuma atanga ibisobanuro nk’ibyo yatanze ubwo yaherukaga imbere ya PAC tariki ya 13 Nzeri 2022.

Uyu muyobozi yagize ati: "Ndagira ngo wenda nsabe imbabazi kuri iyo commitment kuko kiriya ni igikorwa cya engineering kandi gisaba amastudies menshi, harimo geo-technical study yo yari yarakozwe ariko bisaba n’inyigo yimbitse ya hydrological kuko kiriya gishanga cya karuruma hacamo umugezi wa Nyabugogo uturuka mu kiyaga cya Muhazi ndetse hakaba hari n’impinduka zabaye mu bigendanye n’ikoreshwa ry’ubutaka nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali."

Depite Niyorurema Jean René, amaze kumva ibi bisobanuro, yavuze ko kudindira k’uyu mushinga kwatewe n’agaciro abaturage badahabwa. Ati: "Iki kiraro nakomeje kukibaza cyane. Urebye ni ukudaha agaciro abaturage banyura ziriya nce. Nko mu gihe cy’imvura, bigenda bigaragara ko abaturage bahatuye babaheka iyo huzuye. Ni ukuvuga ngo ahandi hose bagenda bakora ibindi bikorwaremezo, mugakora imihanda, mugakora ibiraro ariko ntimuhe agaciro bariya bantu. Kino kiraro kimaze kuvugwa muri raporo zigeze kuri eshatu, buri munsi mutubwira ngo kizuzura, kizuzura. Ahubwo mutubwire Umugenzuzi Mukuru w’imari ntazongere kucyodita, niba byarananiranye."

Depite Ntezimana Jean Claude yavuze ko Dr Mpabwanamaguru yabeshye. Ati: "Ibintu Visi Meya yatubwiye ntabwo ari byo. Kiriya kiraro ntabwo ari cyo kiraro gikomeye mu biraro byubatswe, haba mu mujyi wa Kigali, haba n’ahandi hose Leta y’u Rwanda igenda yubaka ibiraro. Ku buryo promesse waduhaye umwaka ushize byaba bigeze iki gihe ukitubwira ngo bikeneye skills ziri high, engineering ihambaye kugira ngo bibe byakorwa. Ukatubwira uti ‘Ibintu bipfira hehe?’ Harahari kuko murahazi, ariko ibyo wasobanuye ntabwo bihura n’ukuri."

Iki ni cyo kiraro cya Gisozi-Karuruma kivugwa mu nkuru

Bitandukanye n’ibisobanuro Dr Mpabwanamaguru yatanze, Dr Muganga yavuze ko inyigo yo kubaka iki kiraro yarangiye, ahubwo ikibazo cyabayeho ari uko hari rwiyemezamirimo wari wiyemeje kucyubaka abivamo, hashakwa undi. Ati: "Ni ukuri ibyo mvuga ni byo, ikiraro cyararambiranye kandi ntabwo ari umwihariko uhambaye. […] Uyu munsi twavuga ko iby’inyigo nta kibazo tugifite. Inyigo zirahari, zamaze kuzura. Mu by’ukuri ntabwo ikibazo kiri ku nyigo, zo zamaze kwemeranwaho ahubwo igisigaye ni negociation ya subcontractor uzafasha rwiyemezamirimo kugira ngo abe yakubaka icyo kiraro."

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens, yabajije Dr Mpabwanamaguru impamvu atavugishije ukuri. Amubaza ati: "None se Visi Meya ibyo yatubwiraga…ni amakuru utari ufite Visi Me?", na we amusubiza ati: "Aaah! Amakuru ndayafite Chair", yongera kumubaza ati: "None se aya Chairperson ayakuye he? Nari nakubwiye ngo aho twagejeje abe ari ho ducumbukurira. Ubu se wadusubije inyuma kubera iki? None se imihindagurikire y’igihe na geo-technics wumvaga ari termes abantu batumva ku buryo uza kuzitwigisha kugira ngo tubyumve vuba? Ntabwo ari byo rwose Visi Meya."

Dr Mpabwanamaguru yasezeranyije PAC ko rwiyemezamirimo n’ugomba kumufasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga bazaba baramaze kugirana amasezerano mu mpera z’uku kwezi kwa Nzeri 2023. Gusa Dr Kayihura we arisegura, avuga ko imirimo ishobora gukomwa mu nkokora n’imvura nyinshi yo mu mpeshyi yatangiye kugwa, hakabaho ubukererwe.

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC Vs M23: Birashya bishyira indi mirwano karundura
FARDC Vs M23: Birashya bishyira indi mirwano karundura
Ngororero: Mizero wishyuriye umusore Kaminuza azi ko azamurongora araririra mu myotsi
Ngororero: Mizero wishyuriye umusore Kaminuza azi ko azamurongora araririra mu myotsi
U Burundi bwahakanye amakuru y'umwuka mubi uvugwa mu butegetsi
U Burundi bwahakanye amakuru y’umwuka mubi uvugwa mu butegetsi

Izindi wasoma

Sudani y’Epfo: Umushoferi w’Umunyakenya n’uw’Umurundi bishwe n’inyeshyamba

Hari uburyo butandukanye buri gukoreshwa ngo imanza zijye zihutishwa - Mutabazi

U Burundi bwahakanye amakuru y’umwuka mubi uvugwa mu butegetsi

Brig. Gen Chongo Vidigal arashima inkunga ya RDF mu kugarura umutekano muri Cabo Delgado

Impinduka ku ingengabihe y’amatora nko kubwa Kabila ntabwo byari ikintu kiza - Alexander De Croo

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.