• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
    Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
    Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi
    Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
    Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Ambasaderi Gatete yatangaje ko ibihano byo gushimisha RDC ntacyo bizamara
    Mukuralinda yahishuye ko ubwo yahuraga na Lutundula, bateranye urwenya
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
    Rayon Sports mu ntambara na FERWAFA, Umujyi wa Kigali na Urid Technologies
    Ibihugu 3 bituranye n’u Rwanda byahawe kwakira CAN 2027
    Perezida wa Rayon Sports yemeje ko hari aba-Rayon bari kuyigambanira ngo izatsindwe na Al Hilal
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Umuyobozi wa ADEPR yavuzweho guha intebe abatinganyi mu rusengero rwa Nyarugenge

Amakuru

Umuyobozi wa ADEPR yavuzweho guha intebe abatinganyi mu rusengero rwa Nyarugenge

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 15/09/2023 11:36

Umuyobozi w’itorero ADEPR, Rev. Pasiteri Ndayizeye Isaie, yavuze ku byabereye mu rusengero rwa Nyarugenge nyuma y’aho ashinjwe guha ikaze abamamaza abaryamana bahuje ibitsina bazwi nk’abatinganyi.

Ku mbuga nkoranyambaga hari gukwirakwira amakuru avuga ko Pasiteri Ndayizeye “yahaye ikaze abatinganyi” guhera kuri uyu wa 14 Nzeri 2023 hashingiwe kuri videwo y’Umunyamerikakazi Kake Cheys wagiriye uruzinduko mu Rwanda.

Ejo ni bwo Kake yagaragaye mu rusengero rwa ADEPR Nyarugenge, ahaberaga amahugurwa y’iyobokamana, mu gihe cyo kuramya Imana, yegera imbere hafi y’uruhimbi, arambura igitambaro yari afite cy’amabara y’uruvange, akizunguza mu kirere.

Pasiteri Ndayizeye agaragara muri iyi videwo yegera uyu Munyamerikakazi, aramwongorera [ibyo yamubwiye ntibiramenyekana], na we amufata ku mugongo. Hari abasobanuye ko yamubwiraga ko iki gitambaro ari ikibazo, na we amuhumuriza ko atongera kukizunguza.

Ubwo yazunguzaga igitambaro cy’amabara avanze hafi y’uruhimbi

Nyuma yo kubona ko ibyo yakoze byateje impaka, Kake ukiri mu Rwanda kuri uyu wa 14 Nzeri yifashe amashusho, asobanura ko nta kibi yari agambiriye. Aya ni yo BWIZA yahawe na Pasiteri Ndayizeye ubwo yamusabaga kugira icyo avuga ku makuru ari gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Kake yumvikana agira ati: “Ndagira ngo nsabe imbabazi ku kintu cyagaragaye gisa naho kidakwiye, ku gitambaro cyagaragaye murusengero rwa ADEPR Nyarugenge aho twari turi uyu munsi. Aho nturuka igisobanuro cyacyo ni ikindi. Twebwe iwacu dukoresha ibitambaro bisanzwe turamya Imana.”

Uyu Munyamerikakazi uhamya ko yakiriye agakiza kuva afite imyaka 9 y’amavuko, yakomeje ati: “Ni ukuri nta cyo nari ngambiriye kandi mbisubiremo nta ntego mbi yindi mfite yo kwamamaza ubutinganyi ariko ndagira ngo mbabwire ko ncishijwe bugufi no kuba hano, nishimiye kuzagaruka nkongera nkababona tugafatanya namwe kuramya no guhimbaza Imana”.

Kake yasubiyemo ko icyo yamamaza ari Kirisitu aho kuba ubutinganyi. Ati: “Njyewe gahunda namamaza ni iya Yesu Kirisitu gusa. Nta yindi gahunda namamaza, yewe sinamamaza LGBTQ. Yesu ni we mwami n’umukiza wanjye. Icyo nifuza ni ukuzana urukundo rw’umwuka wera kuri mwebwe no kuri njye kuko ni cyo Yesu yadukoreye twese.”

Pasiteri Ndayizeye yasobanuye ko Kake atari umutinganyi kandi atamamaza ubutinganyi. Ati: "Ari na we si umutinganyi kandi ntabwo yamamaza ubutinganyi, rero mu cyo twabwira abantu ni uko dukomeza kuba mu murongo twahisemo nk’itorero kandi ushingiye ku ijambo ry’Imana kandi ikindi ni uko tunakomeza kuvuga ubutumwa bwiza bwa Yesu Kirisitu no gusenga."

Uyu Munyamerikakazi yavuze ko atazigera yamamaza ubutinganyi

Izindi Nkuru Bijyanye


Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo
Niteguye kuba umunyagitugu n'inkoramaraso ku bw'icyubahiro cya RDC: Tshisekedi
Niteguye kuba umunyagitugu n’inkoramaraso ku bw’icyubahiro cya RDC: Tshisekedi
Abasirikare barenga 10,000 ba Ukraine bayamanitse imbere y'Abarusiya
Abasirikare barenga 10,000 ba Ukraine bayamanitse imbere y’Abarusiya

Izindi wasoma

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

3 Ibitekerezo

Mukristo Kuwa 15/09/23

Bazi ko nta bwenge tugira???imitongero yabo ntacyo izadutwara tur’ubwoko butavumika,naho Isaī we mumureke ibyo yigira byose azibuke ko amarembo y’ikuzimu atashobora itorero ry’Imana,yabereye itorero Balamu.izo ncuti yashakiye itorero aryambuye abarivunnye ziramutamaje ubwo zazamuraga ibendera ryazo zerekana ko zahageze.gusa ntacyo satani n’abakozi be bazadutwara

Subiza ⇾

jojo Kuwa 15/09/23

Nimusenge ibihe byasohoye, mufate ingamba mwamagane ikibi aho gukomeza kurebera,muragwa mu ruzi murwita ikiziba!

Subiza ⇾

Nitwa.eric ariko mureke twitonde tutavuga tugacumura habaho nokwibeshya kumunu. Kuwa 16/09/23

Uwo munyamerika kazi ngewe ndumva nakosa afite yabikoze uko babikora iwabo cyeretse iyobamubwira ukoyitwara bamubwiye ukoyitwara abirengahose?

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC

Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye

Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we

Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry'Intumwa Muhamadi
Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
29/09/23 19:01
CAF Champions league: APR FC yasezerewe yandagajwe na Pyramids FC
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
29/09/23 14:00
Abamvuma cyangwa bakantera ubwoba nibareke kwirushya - Perezida Ndayishimiye
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
29/09/23 13:24
Prof. Harelimana yasobanuye byinshi ku majwi yumvikanyemo yigamba kwirukana abatemeranya na we
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
29/09/23 12:01
Ibyihebe byishe abasirikare benshi ba Niger
Amakuru

Pakistan: Byibuze abantu 50 biciwe mu birori byo kwizihiza ivuka ry’Intumwa Muhamadi

Byibuze abantu 50 bishwe abandi barenga 50 barakomereka mu iturika ry’igisasu mu gihugu cya (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubukungu

Inyungu ku nguzanyo ziri gutera abato kwiyahura: Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko inyungu zisabwa abahabwa inguzanyo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Lutundula yabwiye akanama ka Loni ko kajugujugu ya RDF iherutse kugwa i Rumangabo

Mu ijambo yavugiye imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Muhanga: ’Abahebyi’ bari guhigwa bukware nyuma yo gutema abarinzi b’ikirombe

Inzego z’umutekano mu karere ka Muhanga ziri guhiga bukware insoresore zo mu gatsiko kazwi (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.