• Ahabanza
  • amakuru
    Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu
    Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi
    Mexico: Inkongi y’umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40
    Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
    Perezida Ndayishimiye abona umuyobozi wa OLUCOME wamusabye kugabanya ibiciro ari umunebwe
  • ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
    Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
    Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
    Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
    Rwanda: Igwingirabitekerezo ni ingaruka z’inyigisho nyobokamana
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Covid-19: «Nyunganira mwana », inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y’amahugu arwana n’inzego z’ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z’Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
    Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Tshisekedi yakoze impinduka muri Guverinoma, aha imyanya ikomeye Bemba na Kamerhe
    Perezida Paul Kagame ari i Doha
    Tshisekedi yibasiye u Bwongereza kubera u Rwanda
    Ibintu 3 Gen. Muhoozi yigiye kuri Perezida Kagame
    Perezida wa Tanzania ntashyigikiye ko ingabo za EAC zirasa M23
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Amavubi ashobora gusubizwa amahirwe yo kwakirira Bénin i Huye?
    Cristiano yashimagije shampiyona ya Saudi Arabia, ayigereranya n’izikomeye i Burayi
    Amavubi y’abakinnyi 10 akuye inota rimwe kuri Bénin
    Min. Munyangaju abona ’abanyamakuru bo mu Rwanda’ bafashije Bénin kurusenya no kurusebya
    Mesut Özil yasezeye ku mupira w’amaguru
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Inkuru zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Inkuru zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Legal Stuff
  • Privacy Policy
  • Manage Cookies
  • Terms and Conditions
  • Partners
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
amakuru

Umuturage yandikiye Inteko asaba ko Perezida Kagame yagirwa Umwami w’u Rwanda

TUYIZERE JD
Yanditwe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 25/06/2020 13:42

Manirareba Herman utuye mu mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi yandikiye Inteko ishinga amategeko ayisaba ko yavugurura itegekonshinga, Perezida Paul Kagame akagirwa Umwami w’u Rwanda gusa ngo imyaka imaze kurenga ibiri atarabona igisubizo.

Iyi baruwa Manirareba yayandikiye umutwe w’Abadepite tariki ya 12 Gicurasi 2018, avuga ko ubwami bwakuweho n’abapadiri bera b’abamisiyoneri bifatanyije n’abakoloni b’Ababiligi tariki ya 18 Mutarama 1961 muri ‘Coup d’Etat de Gitarama’ [ku ngoma ya Kigeli V Ndahindurwa].

Manirareba yasobanuye ko muri icyo gihe, Paul Kagame yagiye mu buhungiro muri Uganda. Ngo bityo rero, aho yagarukiye, ntiyakomeza kuba Perezida wa Repubulika, ahubwo yaba Umwami mu bwami bwashyizweho na Gihanga, igihugu kigasubira uko cyahoze.

Manirareba agereranya igikorwa cyo guhagarika jenoside cyari kiyobowe na Paul Kagame n’uburyo Umwami Ruganzu II Ndoli yabohoye u Rwanda (1510-1543) abanyamahanga bari barumaranye imyaka 11.

Manirareba yashyikirije Inteko iyi baruwa muri Gucurasi 2018

Impamvu Perezida Kagame yaba Umwami w’u Rwanda

Bwiza.com yagiranye ikiganiro na Manirareba kuri uyu wa 25 Kamena 2020, avuga ko Paul Kagame aramutse abaye Umwami w’u Rwanda, yarushaho kwegera abaturage. Ati: “Burya umwami ni uwa rubanda. Aramutse abaye umwani, yarushaho kwegera abaturage cyane kuko ubona ko akenshi akunda kubonana nabo ari uko aba yagiye mu nteko zabo. Ubona bagifite inyota yo kugumana na we, bakamubwira ibibazo byinshi.”

Yakomeje avuga ko “umwami yaciraga urubanza ku karubanda” mu gihe Perezida Kagame yaba abaye Uwami, ibintu byo gusiragira mu nkiko byavaho.

Manirareba avuga ko adashyigikiye inama abakuru b’ibihugu bajya gukorera mu mahanga. Ngo izo zagabanyuka cyangwa zikavaho kuko nta kinini zimara. Ati: “Reba abantu bakubaza ibibazo ufite kandi ari bo batumye umera utyo.” Yakomozaga ku bihugu byo ku mugabane w’i Burayi byakolonije Afurika. Aho ngo ntihari ku bw’ineza y’Afurika, ahubwo byishakiraga ubutunzi kuri uyu mugabane, ndetse ngo ni ko bikimeze n’ubu.

Maninareba avuga ko kugeza ubu nta gisubizo Inteko iramuha ku ibaruwa ye yanditse muri Gicurasi 2018. Ati: “Narirutse ndaruha. Amafaranga y’amatike, yanshizeho, nta kintu na kimwe bigeze baha agaciro.” Avuga ko yahise atekereza kurema ishyaka rya politiki rizamura igitekerezo cye kurusha ibaruwa yanditse, rikaba ryitwa ‘Abanyamurage’ gusa ntiriratangira gukora. Yatangaje ko yakoze ‘Declaration’ y’iri shyaka tariki ya 22 Kamena, ubu akaba agishakisha ibyangombwa ndetse n’abayoboke, ageraranyije rikaba rigeze ku kigero cya 80% kugira ngo ryuzuze ibisabwa byose.

Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, mu ngingo ya 98, rivuga ko Perezida wa Repubulika ari we Mukuru w’Igihugu. Igika cya gatatu kiri mu ngingo y’175 y’iri tegeko kivuga ko iyo ivurugurura ry’itegekonshinga ryerekeye manda ya Perezida wa Repubulika, ubutegetsi bwa demukarasi ishingiye ku bitekerezo binyuranye cyangwa ku bwoko bw’ubutegetsi buteganyijwe naryo, cyane cyane ku butegetsi bwa leta bushingiye kuri Repubulika n’ubusugire bw’igihugu, rigomba kwemezwa na referandumu, rimaze gutorwa na buri mutwe w’Inteko Ishinga Amategeko.

Amateka agaragaza ko Paul Kagame ari Perezida wa 6 uyoboye u Rwanda kuva rwaba Repubulika mu 1961. Umwami wa nyuma wategetse u Rwanda ni Kigeli V Ndahindurwa wimye ingoma kuva mu 1959.

Izindi Nkuru Bijyanye


U Burusiya bwatanze isezerano ryo kurekura abana batumye Putin ashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi
U Burusiya bwatanze isezerano ryo kurekura abana batumye Putin ashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n'ubutabera bwa Amerika n'u Busuwisi
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika

Izindi wasoma

Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu

Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi

Mexico: Inkongi y’umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40

Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika

Perezida Ndayishimiye abona umuyobozi wa OLUCOME wamusabye kugabanya ibiciro ari umunebwe

TAGGED: Business, Money, Motivation, Startup
SOURCES: bwiza.com, BWIZA TV
VIA: BWIZA MEDIA, BWIZA MEDIA
Ruby Staff August 11, 2021
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

Innocent Kuwa 25/06/20

Uyu we se kandi apfana iki na Barafinda?

Subiza ⇾

ruheza Kuwa 26/06/20

Uyu mugabo baza atari tayari, ko Babarafinda bamaze kuba benshi,

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe
Telegram Follow

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions
- KWAMAMAZA -

Amakuru Agezweho

Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu
Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n'ubutabera bwa Amerika n'u Busuwisi
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi
Mexico: Inkongi y'umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40
Mexico: Inkongi y’umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
Perezida Ndayishimiye abona umuyobozi wa OLUCOME wamusabye kugabanya ibiciro ari umunebwe
Perezida Ndayishimiye abona umuyobozi wa OLUCOME wamusabye kugabanya ibiciro ari umunebwe
U Budage bwahaye Ukraine icyiciro cya mbere cy'ibifaru yari imaze iminsi isaba
U Budage bwahaye Ukraine icyiciro cya mbere cy’ibifaru yari imaze iminsi isaba
RDC: Ishyaka PPRD ryemeje ko Joseph Kabila ari we mukanida waryo mu matora ya 2023
RDC: Ishyaka PPRD ryemeje ko Joseph Kabila ari we mukanida waryo mu matora ya 2023
Rusizi: Mukabutera warokotse jenoside aratabaza
Rusizi: Mukabutera warokotse jenoside aratabaza
U Burusiya bwatanze isezerano ryo kurekura abana batumye Putin ashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi
U Burusiya bwatanze isezerano ryo kurekura abana batumye Putin ashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi
Amavubi ashobora gusubizwa amahirwe yo kwakirira Bénin i Huye?

Biravugwa

Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu
29/03/23 08:41
Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n'ubutabera bwa Amerika n'u Busuwisi
29/03/23 08:14
Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi
Mexico: Inkongi y'umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40
29/03/23 07:52
Mexico: Inkongi y’umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
28/03/23 20:11
Nyiri Wagner Group yandikiye Blinken, amwishongoraho kubera Afurika
amakuru

Paul Rusesabagina arurira indege imujyana muri Amerika kuri uyu wa Gatatu

Nk’uko amakuru aturuka mu nzego za diplomasi agera kuri Africanews abitangaza, ngo biteganijwe (...)

Yanditawe na TUYIZERE JD
amakuru

Umukobwa wa Perezida Paul Biya ari gushakishwa n’ubutabera bwa Amerika n’u Busuwisi

Brenda Biya, umukobwa wa Perezida wa Cameroun, Paul Biya, aravugwaho kuba arimo gushakishwa (...)

Yanditawe na TUYIZERE JD
amakuru

Mexico: Inkongi y’umuriro mu kigo gifungirwamo abimukira yahitanye byibuze 40

Abantu benshi bapfuye abandi barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye ikigo (...)

Yanditawe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.