Perezida Volodymir Zelensky wa Ukraine yibasiye NATO
Perezida Volodymir Zelensky wa Ukraine, yibasiye Umuryango uhuza igisirikare cy’ibihugu biri mu Majyaruguru y’Inyanja ya Atlantique (NATO) nyuma yo kwanga kubahiriza icyifuzo cye cyo gushyira mu gihugu cye agace katemerewe kunyuramo indege. Perezida Zelensky mu ijambo yavugiye mu biro bye, yashinje NATO gutererana amamiliyoni y’abaturage ba Ukraine mu gihe bakeneye ubufasha. Yabwiye uyu muryango ko […]
RDB yafunze by’agateganyo Hilltop Hotel yanenzwe gutanga serivisi mbi muri Tour du Rwanda
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere (RDB), rwatangaje ko rwafunze by’agateganyo Hoteli ya Hilltop Hotel and Country Club iherereye mu mujyi wa Kigali, nyuma yo kunengwa gutanga serivisi mbi muri Tour du Rwanda ya 2022. RDB yashinje iyi Hoteli kunanirwa kubahiriza ibikubiye mu itegeko rigenga ubukerarugendo mu Rwanda, harimo n’ibijyanye n’isuku n’umutekano; iyifunga by’agateganyo mu gihe cy’ukwezi […]
Umuntu iyo atsitaye ntabwo umukurikiza inyundo ngo umutsinde ahongaho_APR FC kuri Jacques
Ikipe ya APR FC yasubije abakomeje kunenga umusaruro wa Kapiteni wayo, Jacques Tuyisenge, ivuga ko kuvuga ko nta musaruro atanga nyamara yari amaze igihe kirekire yaravunitse ari ugukabya. Nta gihe kinini gishize Jacques Tuyisenge agarutse mu kibuga, nyuma y’igihe kirekire yaravunitse. Uyu rutahizamu yari yaravunitse muri Gashyantare umwaka ushize ubwo Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yakinaga na […]
Kigali: Polisi yataye muri yombi wa mugore wagaragaye agaramye ku Gisimenti yasinze
Polisi y’Igihugu yatangaje ko iheruka guta muri yombi umugore witwa Umutoni Divine, nyuma yo kugaragara mu mashusho yafatiwe ku Gisimenti mu mujyi wa Kigali yasinze. Umutoni yatawe muri yombi ku wa Kane tariki ya 03 afatiwe mu kagari ka Nyakabanda ho mu murenge wa Kicukiro w’akarere ka Kicukiro, akaba akurikiranweho icyaha cyo gusindira mu ruhame […]
Ni umusinzi wataye umutwe_U Burusiya ku musenateri wa Amerika wasabye ko Putin yakwicwa
Guverinoma y’u Burusiya yise Senateri wa Amerika, Lindsey Graham ‘umusinzi w’umutamutwe’, nyuma yo gusabira Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya kwicwa. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo uyu musenateri wo mu ishyaka ry’aba Republicain yatangaje ko bibaye byiza Perezida Putin akicwa intambara u Burusiya buhanganyemo na Ukraine yahita irangira. Abinyujije kuri Twitter ye yibajije niba […]
Gen Muhoozi yashimiye ‘se wabo’ Kagame nyuma yo kongera gufungura imipaka yo ku butaka
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Perezida Paul Kagame nyuma yo kongera kwemera urujya n’uruza rw’abantu ku mipaka y’u Rwanda. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 04 Werurwe ni yo yemeje ko imipaka y’u Rwanda yo ku kubata yongera gufungurwa nyuma y’igihe kigera ku myaka ibiri ifunze. […]
Saa moya n’andi masaha nka yo yavuyeho nyuma y’imyaka 2, imipaka yo ku butaka irafungurwa
Guverinoma y’u Rwanda yoroheje izindi ngamba zari zimaze igihe zarashyizweho mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, zirimo gukuraho isaha ntarengwa abagenzi bagomba kuba bageze mu ngo zabo. Icyemezo cyo koroshya izi ngamba cyafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 04 Werurwe 2022, nyuma y’uko u Rwanda rumaze […]
APR FC yatangaje icyo iteganyiriza Bizimana Yannick ugifunzwe
Ikipe ya APR FC yemeje ko rutahizamu Bizimana Yannick agifunze, ivuga ko mu gihe azaba yarekuwe iteganya kumuganiriza no kumucyaha kugira ngo agaruke mu murongo mwiza. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu rutahizamu yamenyekanye ku wa Gatatu w’iki cyumweru, nyuma yo gufatirwa i Nyamirambo atwaye imodoka yarengeje isaha yo gutaha ndetse yanarengeje igipimo cy’ibisindisha umuntu atagomba […]
Perezida Zelensky yagezwe amajanja n’abancancuro bashakaga kumwivugana arusimbuka ubugira 3
Kuva mu cyumweru gishize Perezida Volodymir Zelensky wa Ukraine yagezwe amajanja n’abancancuro b’Abarusiya bashakaga kumwivugana, gusa arusimbuka incuro eshatu zose. Abacancuro bo mu mutwe wa Wagner ndetse n’abasirikare badasanzwe bo mu mutwe wa Chechen ni bo bashakaga kwivugana Perezida Zelensky. Iyi mitwe yombi ngo yari yatumwe na bamwe mu bakozi bashinzwe kurwanya intambara mu rwego […]
Wakwishimira kugaruka mu Rwanda ariko ntiwakwishimira kugaruka muri Hoteli yaducumbikiye_Louis Bendixen
Umunya-Denmark Louis Bendixen ukinira ikipe ya Team Coop y’iwabo, yanenze serivisi mbi yahawe n’imwe mu mahoteli yo mujyi wa Kigali yari acumbitsemo mu gihe cya Tour du Rwanda 2022, avuga ko ubwiza bw’u Rwanda yabonye ntaho buhuriye na serivisi yahawe. Ni mu butumwa uyu mukinnyi aheruka kwandika ku rubuga rwe rwa Twitter. Bendixen yanenze serivisi […]
Nyaruguru: Abasoromyi b’icyayi bafite impungenge nyuma y’aho umugezi wishe mugenzi wabo

Nyuma y’aho ku wa 22 Gashyantare 2022, umubyeyi wasoromaga icyayi hafi y’umugezi w’Akavuguto, anyereye ku gateme k’ibiti yambuka akagwamo agapfana n’umwana we w’amezi atandatu yari ahetse, impungenge ni nyinshi mu basoromyi b’icyayi cy’uruganda rwa Mata, mu karere ka Nyaruguru, gihinze mu kibaya cy’urwo ruzi. Aba basoromyi barasaba ko amateme bambukiraho bari mu kazi ka buri […]
Buri munyafurika wese uri ku Isi akwiriye gushyigikira Perezida Putin muri uru rugamba_Gen Muhoozi
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye Umunyafurika wese aho ari ku Isi gushyigikira u Burusiya mu ntambara burimo na Ukraine. Ni mu butumwa uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yanyujije ku rubuga rwa Twitter. Ni nyuma y’uko igihugu cye cya Uganda kiri muri 35 biheruka […]
Macron yaburiye Isi ko iby’u Burusiya na Ukraine bigiye kuba bibi kurushaho nyuma yo kuganira na Putin
Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa byaburiye Isi ko iby’u Burusiya na Ukraine bigiye kuba bibi kurushaho, nyuma yo kugirana na Perezida Vladimir Putin ikiganiro cyamaze iminota 90. Aba bombi kuri uyu wa Kane bagiranye ikiganiro kuri terefoni cyamaze isaha n’igice, nyuma y’uko Putin yari ahamagaye uriya mugenzi we w’u Bufaransa. Umwe mu bakozi […]
Umuherwe Roman Abramovich yemeje ko ashaka kugurisha Chelsea
Umuherwe Roman Abramovich, yaraye atangaje ko yifuza kugurisha ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza yari amaze imyaka hafi 20 yaraguze. Uyu mucuruzi ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya yemeje aya makuru binyuze mu itangazo yanyujije ku rubuga rwa Internet rw’ikipe ya Chelsea. Yavuze ko icyemezo cyo kugurisha iriya kipe yafashe ari “icyemezo gikomeye kandi kibabaje.” […]
U Rwanda rwatoye umwanzuro usaba u Burusiya guhagarika intambara burimo na Ukraine
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu yatoye umwanzuro usaba ko u Burusiya bwahagarika intambara bumazemo hafi icyumweru n’igihugu cya Ukraine. Ni umwanzuro watorewe mu nteko rusange idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 02 Gashyantare 2022. Kuva ku wa Kane w’icyumweru gishize u Burusiya na Ukraine bari mu ntambara, nyuma y’uko […]
U Burusiya bwatangaje umubare w’abasirikare babwo bamaze kwicwa uhabanye n’uwo Ukraine ivuga
Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya yatangaje ko abasirikare ba kiriya gihugu 498 ari bo bamaze kugwa mu ntambara Ingabo zacyo zihanganyemo n’iza Ukraine. Ni bwo bwa mbere u Burusiya butangaje imibare y’abasirikare babwo bapfiriye muri Ukraine kuva ku wa Kane w’icyumweru gishize ubwo ingabo zabwo zatangiraga kugaba ibitero mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu. Iki gihugu […]
Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Lt Gen Salem Bin Hamad Al-Nabit
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu, yakiriye mu biro bye Lt Gen Salem Bin Hamad Al-Nabit uri mu ruzinduko rw’akazi hano mu Rwanda. Lt Gen Salem Bin Hamad asanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter byavuze ko ari hano mu Rwanda mu ruzinduko rugamije “kunoza umubano w’ibihugu […]
Bizimana Yannick wa APR FC yatawe muri yombi
Rutahizamu Bizimana Yannick ukinira ikipe ya APR FC, yaraye atawe muri yombi na Polisi y’Igihugu nyuma yo kumufata atwaye imodoka yarengeje amasaha yo gutaha yanarengeje igipimo cy’ibisindisha umuntu adakwiye kurenza atwaye ikinyabiziga. Yannick yafatiwe i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge ahita ajya gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi yo muri kariya gace nk’uko B&B FM yabitangaje. […]
N’abantu bavuga ngo nari nanyoye akantu, ntako nari nashyizemo_Wa mugeni wagaragaye abyina mu buryo budasanzwe
Kuva mu mpera z’icyumweru gishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umugeni [w’umusore] wabyinaga mu bukwe budasanzwe, bituma abazikoresha bacika ururondogoro. Mu mashusho yakwirakwiye cyane kuri Twitter uyu mukwe n’umugeni we bagaragara babyina indirimbo ‘Queen of Sheba’ y’umuhanzi Meddy, ariko we yirekuye cyane mu buryo budasanzwe. Mu busanzwe uyu mugabo yitwa Bizumuremyi Straton uzwi ku izina […]
Bobi Wine yibasiye Gen Muhoozi nyuma yo gutangaza ko ashyigikiye u Burusiya mu ntambara burimo na Ukraine
Umunya-Politiki Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yibasiye Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na se Yoweri Kaguta Museveni, nyuma yo gutangaza ko ashyigikiye intambara y’u Burusiya kuri Ukraine. Mu rukerera rwo ku wa Kane w’icyumweru gishize ni bwo Ingabo z’u Burusiya zatangiye kugaba ibitero muri Ukraine, ku itegeko […]
Perezidansi y’u Rwanda yamaganye ubutumwa bwihaniza Putin bwitiriwe Perezida Kagame

Perezidansi y’u Rwanda yamaganye ubutumwa buhimbano bwihaniza Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya bwitiriwe Perezida Paul Kagame, ivuga ko ari ‘amakuru y’ibihuha’. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gukwirakwizwa ubutumwa buri mu ishusho ya ‘Tweet’ bwitiriwe Konti ya Twitter y’Umukuru w’Igihugu. Ni ubutumwa bwihaniza Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya […]
Nizeyimana Mirafa yasezeranye n’umunya-Portugal yitegura kurongora
Nizeyimana Mirafa wahoze akinira ikipe ya Rayon Sports, yasezeranye n’umukunzi we, Rosalyn Dos Santos ukomoka muri Portugal bitegura kurushingana. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo uyu muhango wabaye, ubera muri Zambia aho Mirafa asanzwe akina. Uyu musore ukina hagati mu kibuga kuri ubu akinira Kabwe Warriors yo mu cyiciro cya mbere muri kiriya gihugu, […]
Abanyarwanda 51 bashoboye kuva muri Ukraine amahoro bahunga, hari abo bitakundira
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Abanyarwanda 51 ari bo bamaze kuva muri Ukraine, bakaba bashoboye kuhava amahoro bahunga intambara iki gihugu kirimo n’u Burusiya. Ni amakuru yemejwe n’umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye na RBA. Mukuralinda yavuze ko muri bariya Banyarwanda “50 bamaze kwambuka bari muri Pologne, undi umwe ari muri Hongrie.” […]
RDC: TP Mazembe yategetswe gusubiza igikombe cya shampiyona ya 2021 yatwaye kigahabwa AS Vita Club
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), ryasabye ikipe ya TP Mazembe kurigarurira igikombe cya shampiyona yatwaye mu mwaka ushize kigahabwa ikipe ya AS Vita Club. Muri Kamena umwaka ushize TP Mazembe yari yegukanye igikombe cya shampiyona ya 2020/2021, nyuma yo kuyirangiza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 69. Iyi kipe y’i […]
Ukraine yigambye kuba imaze kwica abasirikare 5,300 b’u Burusiya
Igisirikare cya Ukraine kuri uyu wa Mbere cyatangaje ko kimaze kwivugana ingabo z’u Burusiya 5,300; nyuma y’iminsi itanu ibihugu byombi byisanze mu ntambara. Ku wa Kane w’icyumweru gishize ni bwo Ingabo za z’u Burusiya zatangije ibitero muri Ukraine ku itegeko rya Perezida Vladimir Putin. Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko nyuma y’iminsi itanu imirwano itangiye kimaze […]
Gen Muhoozi agiye kugaruka i Kigali kubonana na Perezida Kagame
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yemeranyije na Perezida Paul Kagame ko agomba kugaruka i Kigali bagakemura ibibazo byasigaye by’u Rwanda na Uganda. Gen Muhoozi yemeje aya makuru abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Nyuma y’ikiganiro kirekire na data wacu, Perezida Kagame, muri gitondo twemeranyije ko […]
Gen Muhoozi Kainerugaba yahishuye aho ADF ikura ubufasha
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashyize mu majwi ubutumwa bwa MONUSCO avuga ko hari bamwe mu baburimo bakorana n’umutwe wa ADF. Gen Muhoozi yabitangaje mu cyumweru gishize mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru Arnaitwe Rugyendo. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi 100 Ingabo za Uganda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]
Mangwende na Manzi babonye amanota 3 nyuma y’imikino 5, Kagere na Simba batsindirwa muri Maroc
Ikipe ya AS FAR ikinamo ba myugariro b’Abanyarwanda, Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ na Manzi Thierry, yongeye kubona amanota atatu nyuma y’imikino itanu yikurikiranya yari imaze idatsinda. Iyi kipe y’Ingabo z’ubwami bwa Maroc yongeye kubona amanota atatu nyuma yo gutsinda Difaa El Jadida ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona. Ibitego bibiri bya Ismael Khafi […]
Rayon Sports yujuje umukino wa 4 wikurikiranya idatsinda APR FC
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na APR FC 0-0, yuzuza umukino wa kane wikurikiranya idatsinda iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu. Rayon Sports yari yakiriye APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona. Ni umukino iyi kipe yihariyemo igice cya mbere cyawo, gusa inanirwa kurema uburyo bugaragara bw’ibitego. Uburyo bumwe […]
Ukraine yerekanye abo ivuga ko ari abasirikare b’u Burusiya yafatiye mpiri ku rugamba (Amafoto)

Leta ya Ukraine n’igisirikare cyayo bakomeje kwerekana amafoto bavuga ko ari ay’abasirikare b’Abarusiya bakomeje gufatirwa mpiri ku rugamba. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu ingabo z’iki gihugu zinjiye mu munsi wa gatatu w’intambara zihanganyemo n’iz’u Burusiya. Amafoto Igisirikare cya Ukraine gikomeje gushyira ku mbuga nkoranyambaga zacyo yerekana amafoto ya bamwe mu bo kivuga ko […]
Tour du Rwanda: Alan Boileau yegukanye agace kabanziriza aka nyuma, kaba aka 2 atwaye
Umufaransa Alan Boileau ukinira ikipe ya B&B Hotels y’iwabo, ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda 2022 kaba aka kabiri atwaye. Abasiganwa kuri uyu wa Gatatu bari bahagurutse ku Ntwari mu karere ka Nyarugenge berekeza i Gicumbi, bahava bafata umuhanda wa Base bagaruka i Kigali ariko banyuze kuri Nyirangarama, mbere yo gusoreza […]
U Rwanda rwaba rufite gahunda yo gushyikiriza u Burundi abagerageje gukorera Nkurunziza Coup d’État
Intumwa zo mu rwego rw’ubutabera bw’u Burundi ziyobowe na Minisitiri w’ubutabera muri iki gihugu, Domina Banyankimbona, ejo ku wa Gatanu zagiriye uruzinduko hano mu Rwanda, ziganira na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel. Ingingo impande zombi zibanzeho kurusha izindi ni ijyanye no guhererekanya abanyabyaha, dore ko zemeranyije gukomeza kugirana ibiganiro ku […]
Igisirikare cya Ukraine kirigamba kwivugana abasirikare barenga 3,500 b’u Burusiya
Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko kimaze kwivugana abasirikare barenga 3,500 b’Abarusiya ndetse kikanangiza ibikoresho byinshi by’igisirikare cy’iki gihugu, mu mirwano impande zombi zimazemo iminsi ibiri. Kuva mu rukerera rwo ku wa Kane w’iki cyumweru Ukraine ihanganye mu ntambara n’u Burusiya, nyuma y’uko ingabo zabwo zinjiye ku butaka bwayo. Ukraine mu butumwa Igisirikare cyayo kigenda kinyuza […]
RDF yungutse abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze (Amafoto)

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyungutse abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze bari bamaze amezi 11 bahererwa mu kigo cy’imyitozo cya Nasho. Umuhango wo kwinjiza ku mugaragaro aba basirikare mu ngabo z’u Rwanda wabaye ejo ku wa Gatanu, uyoborwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura. Abasirikare basoje imyitozo berekanye ubumenyi bahawe mu bijyanye n’amayeri […]
Gen Muhoozi yemeje ko RDF ishobora guhuza imbaraga na UPDF bagahashya FDLR na ADF
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) zishobora guhuza imbaraga n’iza RDC, bagahashya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na ADF. Gen Muhoozi yemeje aya makuru ku kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umunyamakuru witwa Arinaitwe Rugyendo. Iki kiganiro cyabaye muri iki cyumweru cyibanze ku […]
Umunya-Ukraine ni we wegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda, Karadiyo yongera kuba uwa 3
Umunya-Ukraine Budyak Anatoli ukinira ikipe ya TSG Cycling Club, ni we wegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatanu. Saa yine z’igitondo abasiganwa bari bahagurukiye i Musanze, banyura mu karere ka Gicumbi mbere yo kugera kuri Kigali Conversation Center ahasorejwe agace k’uyu munsi. Ni urugendo rwareshyaga n’ibilometero 152. Anatoli yegukanye […]
Guverineri Habitegeko yashimagije umuturage wafatishije Gitifu w’i Rubavu waguwe gitumo yakira ruswa ya Frw 50,000
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Habitegeko François, yashimye umuturage w’i Rubavu watungiye agatoki umwe muri ba Gitifu b’utugari two muri kariya karere wamwakaga ruswa bigatuma afatirwa mu cyuho. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruheruka guta muri yombi Turikumwenimana Apollinaire usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’kagari ka Rubavu ho mu murenge wa Gisenyi, nyuma yo kumufatira mu cyuho yakira Ruswa ya […]
Umunyamakuru Jado Castar arafungurwa cyangwa akomeze gufungwa kuri uyu wa Gatanu
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Gashyantare byitezwe ko ari bwo hasomwa umwanzuro w’urubanza rw’ubujurire bw’umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu wamenyekanye nka Jado Castar. Mu mpera z’ukwezi gushize Castar yari yongeye imbabazi ku bw’icyaha yahamijwe, atakambira Urukiko Rukuru arusaba ko igifungo yahawe cyasimbuzwa ihazabu. Ku wa 13 Ukwakira 2021 ni bwo Castar wahoze ari […]
Perezida Zelensky yashinje amahanga gutererana Ukraine nyuma y’urupfu rw’abaturage 137
Perezida Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy wa Ukraine yaraye atangaje ko abaturage be 137 ari bo bari bamaze kugwa mu ntambara igihugu cye gihanganyemo n’u Burusiya, agaragaza ko cyatereranwe muri iriya ntambara itoroshye. Perezida Zelensky yemeje aya makuru binyuze mu mashusho ye yasohowe n’ibiro bye. Yavuze ko uretse bariya baturage bapfuye hari n’abarenga 300 bakomerekeye mu bitero […]
Minisitiri w’Intebe E. Ngirente yahuriye i Kinshasa n’abarimo Museveni na Ndayishimiye
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yahuriye n’abarimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi mu nama ya 10 y’urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye hagati ya RDC n’akarere. Ni inama yabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kane. Amasezerano yerekeye […]
Nyaruguru: Umubyeyi n’uruhinja yari ahetse batwawe n’uruzi
Umubyeyi witwa Yambabariye Jeanne wo mu Kagari ka Mpanda, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, hamwe n’uruhinja rwe rw’amezi atandatu (6) yari ahetse batwawe n’uruzi rw’Akavuguto. Ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Gashyantare 2022 nyuma y’imvura nyinshi yaguye muri aka gace, uyu mugore wasoromaga icyayi mu murima ukoze ku ruzi, […]
Abanyarwanda n’Abagande turi umuryango_Eddy Kenzo uri i Kigali
Umuhanzi Edrisah Musuuza uzwi mu muziki wa Uganda nka Eddy Kenzo, yagaragaje ko Abanyarwanda n’Abagande ari umuryango umwe, ashimangira ko yishimiye kugaruka mu Rwanda. Uyu muhanzi uri mu bayoboye umuziki wa Uganda ari i Kigali aho yaje muri gahunda yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Bruce Melodie. Uyu muririmbyi na we uri mu bayoboye muzika nyarwanda ni […]
Abasirikare babarirwa muri 90 bamaze kugwa mu ntambara ya Ukraine n’u Burusiya
Nyuma y’amasaha make Ingabo z’u Burusiya zitangije ibitero kuri Ukraine, abasirikare babarirwa muri 90 bimaze kumenyekana ko ari bo bamaze gupfa ku mpande zombi. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko yatangije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, mbere y’uko ingabo z’igihugu cye zitangira kurasa mu mijyi […]
Umunyarwanda ‘Karadiyo’ yabaye uwa 3 mu gace ka 5 ka Tour du Rwanda
Umunyarwanda Manizabayo Eric bita ‘Karadiyo’ yabaye uwa gatatu mu gace ka gatanu ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Kane. Abasiganwa bavaga mu mujyi wa Muhanga berekeza i Musanze, mu rugendo rw’Ibirometero 129.9. Umufaransa Geniez Alexandre usanzwe akinira Ikipe ya Total Energie y’iwabo ni we wegukanye aka gace, akoresheje amasaha atatu, iminota 12 n’amasegonda […]
Perezida Vladimir Putin yatangije ibitero kuri Ukraine
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya kuri uyu wa Kane yatangaje ko yatangije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, mbere y’amasaha make ngo muri iki gihugu humvikane urusaku rw’amasasu. Putin yatangije ibi bitero nyuma y’ibyumweru u Burusiya buri mu biganiro n’ibihugu byiganjemo ibyo mu Burengerazuba bw’Isi byabusabaga kureka gutera Ukraine, bitihi se bugafatirwa ibihano. Hari hashize igihe […]
UEFA Champions league: Anthony Elanga yavanye Manchester United mu nzara za Atlético Madrid
Ikipe ya Manchester United yaraye iguye miswi na Atlético Madrid igitego 1-1, mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Manchester United yari yasuye Atlético i Wanda Metropolitano. Byasabye umunota wa 80 w’umukino ngo Manchester United ibashe kugombora igitego yari yatsinzwe ibifashijwemo na rutahizamu wayo Anthony Elanga ukomeje kwigaragaza muri iyi minsi. Hari […]
Gen Muhoozi yatangaje ko Ingabo za Uganda zimaze kwica ibyihebe bya ADF 1,000
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Ingabo za Uganda zifatanyije n’iza Congo Kinshasa zimaze kwica ibyihebe bibarirwa mu gihumbi byo mu mu mutwe wa ADF. Uyu mugabo usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yemeje aya makuru mu butumwa yanditse kuri Twitter ye. Ati: “Njyewe Lt Gen […]
Main Kent yegukanye agace ka 4 ka Tour du Rwanda, Umunyarwanda yambara umwambaro w’umukinnyi uzi guterera imisozi
Umunya-Afurika y’Epfo Main Kent ukinira ikipe ya Pro Touch Cycling Team yo muri Israel ni we wegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatatu. Abasiganwa bahagurukiye ku Kimironko mu mujyi wa Kigali berekeza mu karere ka Gicumbi, ku ntera y’ibirometero 124.3. Main Kent yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu, iminota […]
Kenya: Hahishuwe umugambi mugari wo kwivugana Perezida Uhuru Kenyatta
Ku wa Gatandatu tariki ya 19 Gashyantare umunyemari Stanley Livondo wo muri Kenya yatangaje ko hari abantu muri kiriya gihugu bafite umugambi wo kwivugana Perezida wacyo, Uhuru Kenyatta. Mu mbwirirwaruhame yuje imbamutima Livondo yavugiye mu gace ka Thika, yatangaje ko hari umuyobozi ukomeye muri Guverinoma ya Kenya wagerageje gutwara ubuzima bwa Perezida Kenyatta binyuze mu […]
Perezida Kagame yagaragaye aconga ruhago mu muhango wo gutaha Stade ya Abdoulaye Wade (Amafoto)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaye aconga ruhago n’abanyacyubahiro bagenzi be, ubwo bari mu birori byo gutaha Stade ya Abdoulaye Wade yo muri Sénégal. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri ni bwo iyi Stade y’akataraboneka yubatse mu mujyi wa Diamniadio yatashywe ku mugaragaro, mu birori by’akataraboneka byasojwe n’imukino wa gicuti wahuje abakanyujijeho muri Sénégal […]
Perezida Kagame yahuriye ku meza n’abanyacyubahiro batandukanye mbere yo gutaha Stade ya Abdoulaye Wade
Perezida Paul Kagame uri i Dakar muri Sénégal kuri uyu wa Kabiri yakiriwe ku meza ari hamwe n’abanyacyubahiro batandukanye, mbere yo gutaha Stade ya Abdoulaye Wade. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ni bwo iriya Stade y’akataraboneka itahwa ku mugaragaro, mu birori byitabirwa n’abanyacyubahiro batandukanye barimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abakanyujijeho muri […]
Umunya-Colombia Jhonatan Restrepo yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda
Umunya-Colombia Jhonatan Restrepo yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Kabiri. Abasiganwa bahagurukiye imbere y’inyubako ya MIC mu mujyi wa Kigali, berekeza mu karere ka Rubavu ku ntera y’ibirometero 155. Restrepo yegukanye agace ko kuri uyu wa Kabiri akoresheje amasaha atatu, iminota 54 n’amasegonda 10. Yakoresheje ibihe bingana n’abakinnyi batandatu […]
Umukino tuzakina na APR FC ni nk’uwo twakinnye na Bugesera, si derby_Umutoza wa Rayon Sports
Umutoza Jorge Manuel da Silva Santos Pãixao utoza Rayon Sports yatangaje ko atabona nka derby umukino bitegura guhuriramo na APR FC, ngo kuko ntaho utandukaniye n’uwo baheruka gutsindamo Bugesera FC. Ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ni bwo Rayon Sports izakira APR FC, mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona uzabera kuri Stade ya Kigali i […]
Burundi: Abasirikare barenga 10 baba baherutse kwicwa bakajugunywa mu ruzi rwa Rusizi bazira kwanga kujya muri RDC
Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari abasirikare b’iki gihugu barenga 10 baheruka kwicwa imirambo yabo ikajugunywa mu ruzi rwa Rusizi, bazira kwanga kujya mu ntambara yo muri Congo Kinshasa. Ingabo z’u Burundi kuri ubu zimaze amezi agera kuri abiri muri Uvira ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho zagiye mu bikorwa byo […]
Perezida Paul Kagame yashenguwe cyane n’urupfu rwa Dr Paul Famer
Perezida Paul Kagame yatangaje ko yababajwe cyane n’inkuru y’urupfu rwa Dr Paul Famer, ashimangira ko kumutakaza ari igihombo kiremereye haba ku Rwanda nk’igihugu yakundaga cyane, ku muryango we ndetse no kuri we ubwe Inkuru y’urupfu rw’uyu munya-Amerika washinze Kaminuza ya Butaro rwamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, akaba yitabye Imana azize uburwayi. Iyi […]
Rayon Sports na APR FC zegukanye amanota atatu mbere yo kwesurana
Ikipe ya Rayon na APR FC zegukanye amanota atatu y’umunsi wa 18 wa shampiyona, mbere yo kwesurana ku wa Gatandatu w’iki cyumweru. Rayon Sports izaba yakiriye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo APR FC yayitsinze ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yari yasuye Bugesera FC […]
Arsenal yateye utwatsi icyifuzo yahawe cyo gutabariza Rusesabagina
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yateye utwatsi icyifuzo cy’umuryango wa Paul Rusesabagina cyo kumutabariza ngo arekurwe na Leta y’u Rwanda. Rusesabagina wamenyekanye muri filime ‘Hotel Rwanda’ kuri ubu afungiye mu Rwanda, nyuma yo gukatirwa imyaka 25 y’igifungo kubera ibyaha by’iterabwoba yahamijwe n’Urugereko rushinzwe kuburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi. Ni ibyaha byakozwe mu izina ry’umutwe […]
Umufaransa ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda, Umunyarwanda aba uwa 5

Umufaransa Dujardin Sandy ukinira ikipe ya Total Energie y’iwabo, ni we wegukanye agace ka kabiri k’isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rya 2022 kakinwe kuri uyu wa Mbere. Ni agace kavaga mu mujyi wa Kigali kerekeza i Rwamagana, mbere y’uko abasiganwa bahindukira nanone bagasoreza mu mujyi wa Kigali babanje kuzenguruka bimwe mu bice byawo. Rwari urugendo […]
Aubameyang wajugunywe na Arsenal yatsindiye Barcelone Hat trick mu mukino wa mbere yayikiniye yabanje mu kibuga
Umunya-Gabon Pierre-Emerick Aubameyang yatsindiye FC Barcelona ibitego bitatu wenyine, mu mukino wa mbere wa shampiyona ya Espagne yayikiniye yabanje mu kibuga. Hari mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona ya Espagne iyi kipe y’i Catalunya yari yasuyemo FC Valence i Mestalla ejo ku Cyumweru, ihayinyagirira ibitego 4-1. Wari umukino wa gatatu Aubameyang yakiniraga FC Barcelone […]
Umuhungu wa Gen Tumukunde yarongoye umukobwa wa Perezida Yoweri Museveni
Amanya Nduhura Tumukunde, umuhungu wa Lt Gen Henry Tumukunde yarongoye Dr. Angela Nagasha Kakishozi, umukobwa wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Amanya yakoye Kakishozi, mu muhango wabereye iwabo w’umukobwa mu karere ka Lyantonde. Amakuru avuga ko aba bombi bamenyaniye muri Malaysia ubwo bari bahuriye muri Kaminuza. Ni umuhango witabiriwe […]