RDC: Hakomeje kwibazwa byinshi ku gitero cyahitanye benshi i Lubumbashi

Abenshi mu Bakongomani bakomeje kwibaza impamvu Inyeshyamba za Maï-Maï Bakata-Katanga zashoboye kwinjira i Lubumbashi, zikabura umuntu n’umwe uzikumira mbere y’uko zigaba igitero cyaguyemo abatari bake. Ni igitero cyabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, gihitana abantu 20 barimo Inyeshyamba 16, abapolisi batatu ba Congo Kinshasa n’umusirikare umwe. Barindwi kandi mu barwanyi bafashwe mpiri, hanafatwa intwaro ziganjemo […]

Bayern Munich na Man City zahuye n’uruva gusenya, FC Barcelona itsinda biyoroheye

Mu mpera z’icyumweru gishize za shampiyona ku mugabane w’u Burayi zari zakomeje hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri n’uwa gatatu ya shampiyona, isiga amakipe ya Bayern Munich na Manchester City ahuye n’uruva gusenya. N’ubwo shampiyona y’Abongereza igeze ku munsi wa gatatu wayo, Manchester City yakinaga umukino w’umunsi wa kabiri yari yakiriyemo Leicester City ku kibuga El […]

Kabuga Felesiyani arembeye mu bitaro

Kabuga Felesiyani ufungiye mu Bufaransa aho akurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, amarewe nabi ku buryo yanavanwe aho yari afungiye akajya kwitabwaho n’abaganga. Inkuru ya AFP ivuga Kabuga yagombaga gukurwa aho afungiwe mu mpera z’iki kubera impamvu z’uburwayi, ndetse hari amakuru ko yajyanywe ku bitaro by’i Paris kuri uyu wa Gatanu kubera uburwayi bw’amara. […]

Abantu 13 ni bo banduye Covid-19, hakira 11

img_20200927_002919.jpg

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu 13 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 11 bakize. Abo barwayi bashya 13 babonetse mu bipimo 1,894 bakaba bose uko ari 13 babonetse muri Kigali (bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi). Kugeza kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda […]

Umuhanzi Ndandambara yifashe videwo ahohotera umwana

Umuhanzi Nsabimana Léonard wamamaye nka ‘Ndandambara ikospeed’ yifashe videwo ari guhohotera umwana we, Polisi y’igihugu itangaza ko igiye kumukurikirana. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu muririmbyi ari kwifata amashusho, yihanangiriza cyane umwana muto bikekwa ko ari uwe. Mu mashusho yumvikana abwira uyu mwana wari witumye mu buriri ati: “Saba imbabazi ko utazongera kunnya […]

Penaliti ya nyuma y’ifirimbi ya nyuma yakuye Man United mu nzara za Brighton

Ikipe ya Manchester United ibifashijwemo na VAR, yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’Abongereza y’uyu mwaka nyuma yo gutsinda hamana Brighton & Holve Albion ibitego 3-2. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Abongereza wabereye ku kibuga Amex Stadium. Manchester United yaherukaga gutsindirwa ku kibuga cyayo ibitego 3-1 na Crystal […]

Mu mafoto, dore ‘Couple’ eshanu z’abakinnyi ba ruhago zikomeye mu Rwanda

iribagiza_joy_20200922_3.png.jpg

Umupira w’amaguru uri mu bikunzwe mu Rwanda, bigatuma abawukina baba mu bakurikirwa na benshi baba barigaruriye imitima. Bijyanye n’ibyiyumvo bya buri wese, hari bamwe mu bakinnyi badatinya gushyira ku karubanda ubuzima bwabo bwite, bikababera inyongeragaciro mu bwamamare bwabo. Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bakinnyi 10 b’umupira w’amaguru mu Rwanda bafite Couple zikomeye cyangwa z’ibimenyabose […]

Tumwe mu dushya twaranze Ndayishimiye wujuje iminsi 100 ku butegetsi (Amafoto)

img_20200926_112728.jpg

Ku wa Gatanu Tariki ya 25 Nzeri, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yujuje iminsi 100 arahiriye kuyobora u Burundi mu myaka itanu iri imbere. Mu minsi 100 yamaze kurenga uyu mutegetsi arahiriye kuyobora kiriya gihugu gihana imbibi n’u Rwanda, hari udushya twagiye tumuranga bigatuma abantu bagaragaza ibyiyumvo bitandukanye. Nk’umunyacyubahiro wa mbere mu Burundi, Perezida Ndayishimiye […]

Amashuri azatangira mu Ukwakira, abanyeshuri bige bambaye udupfukamunwa

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yatangaje ko amashuri azatangira mu Ukwakira uyu mwaka, gusa bikazakorwa mu byiciro aho ku ikubitiro amashuri makuru na za Kaminuza ariyo azaherwaho. Ni amakuru Minisiriri w’Uburezi yahamirije Radio Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 25 yanzuye ko “amashuri azafungura mu gihe […]

Umukinnyi ushaje kurusha abandi ku Isi yaciye agahigo gakomeye

Nyuma y’imyaka 34 atangiye gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, Kazuyoshi Miura yaciye agahigo ko kuba umukinnyi ukuze kurusha abandi ugaragaye muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Buyapani. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru uyu mugabo yagaragaye mu mukino ikipe ye ya Yokohama FC asanzwe anabereye Kapiteni yatsinzwemo na Kawasaki ibitego 3-2. Miura w’imyaka 53 y’amavuko, yari […]

Luis Suàrez ni umukinnyi mushya wa Atlético de Madrid (Amafoto)

img_20200925_184142.jpg

Umunya-Uruguay, Luis Suàrez, ni umukinnyi mushya w’ikipe ya Atletico Madrid yo muri Espagne, nyuma yo gusezererwa na FC Barcelona. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo uyu rutahizamu w’imyaka 33 y’amavuko yasezeweho na FC Barcelona, nyuma y’urugendo rw’imyaka itandatu yari yaratangiye nyuma y’Igikombe cy’Isi cya 2014. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Suàrez yamuritswe nk’umukinnyi […]

Burundi: Red-Tabara yahinyuje Perezida Evariste Ndayishimiye

Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wavuze ko wishe abasirikare babiri b’icyo gihugu unakomeretsa batatu, nyuma gato y’uko Perezida wacyo, Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye atangaje ko nta mitwe yitwaje intwaro ijya itera u Burundi. Perezida Ndayishimiye kuri uyu wa Gatanu ubwo waganiraga n’itangazamakuru ry’i Burundi ndetse n’abaturage b’icyo gihugu, yavuze ko u Burundi butugarijwe […]

Messi usigaye ari nyakamwe yashenguwe n’igenda ry’incuti ye magara Suaréz

neymar-luis-suarez-lionel-messi-barcelona-vs-villareal-la-liga-2017.jpg

Lionel Messi yongeye kunenga FC Barcelona, mu butumwa bwuzuye imbamutima yanditse asezera kuri Luis Suarez bamaze gutandukana akerekeza muri Atletico Madrid. Mu mpeshyi y’uyu mwaka byari byavuzwe ko Messi na we ashaka kuva muri iriya kipe, gusa biza kwicwa n’uko ikipe ye yanze kumurekura ku buntu. Messi ubwe yatangaje ko impamvu yemeye kuguma muri Barça […]

Perezida Ndayishimiye yavuze ko nta bitero u Burundi bugabwaho n’abitwaje intwaro

Perezida w’u Burundi, Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye, asanga nta mitwe yitwaje intwaro igaba ibitero ku Burundi, ngo kuko iyo biza kuba ari byo iyo mitwe yakabaye yarafashe ibice bimwe na bimwe bya kiriya gihugu. Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru ndetse n’abaturage batandukanye b’u Burundi. Ni ikiganiro cyabereye i Gitega mu murwa […]

Menya izina Kapiteni wa Arsenal yahaye umwana w’Ingagi

Umunya-Gabon, Pierre-Emerick Aubameyang usanzwe ari Kapiteni wa Arsenal yo mu Bwongereza, yahaye izina ‘Igitego’ umwana w’ingagi yise. Ku munsi w’ejo ni bwo habaye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi wabaga ku ncuro ya 16, wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo cya coronavirus. Umwana w’ingagi wavutse muri iki gihe cya Coronavirus umwe mu bazirinda yamwise “Amabwiriza”, avuga […]

Ndayishimiye yikomye ibihugu birimo n’ibyagerageje guhirika ubutegetsi bw’u Burundi mu 2015

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko igihugu cye cyiyamye za Guverinoma z’ibihugu by’amahanga birimo n’ibyagerageje guhirika ubutegetsi bw’u Burundi mu myaka itanu ishize, kubera icyo yise ‘Ibitero bishingiye kuri politiki na dipolomasi’ byagiye byibasira u Burundi n’abaturage babwo. Perezida Ndayishimiye yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, mu butumwa yageneye abitabiriye Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye iri […]

Munyakazi Sadate mu bo Rayon Sports ibereyemo imyenda

Perezida wa Rayon Sports ucyuye igihe, Munyakazi Sadate, Ni umwe iyi kipe ibereyemo imyenda mu madeni arenga miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda yasize ifite. Kuri uyu wa Kane ni bwo habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Munyakazi Sadate na Murenzi Abdallah ugomba kuba ayoboye Rayon Sports mu gihe cy’inzibacyuho y’iminsi 30. Mu byo komite ya Rayon […]

Munyakazi Sadate yiyemeje gushyigikira ubuyobozi bushya bwa Rayon Sports

Perezida ucyuye igihe wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko yiteguye gushyigikira no kuba hafi ubuyobozi bushya bw’iriya kipe mu rwego rwo kuyiteza imbere. Ni ibikubiye mu butumwa bugenewe itangazamakuru yashyize ahagaragara, bwaje bukurikira umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ye na Murenzi Abdallah wagizwe Perezida w’inzibacyuho w’umuryango wa Rayon Sports. Mu byo Perezida Sadate yashyikirije Murenzi, harimo […]

Menya ingano y’umushahara abayobozi b’ibigo bya Leta bitandukanye bagenerwa buri kwezi

Iteka rya Minisitiri w’Intebe N° 92/03 ryo kuwa 01/03/2013 rihindura kandi rikuzuza Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 53/03 ryo kuwa 14/07/2012, ni ryo rishyiraho imishahara n’ibindi bigenerwa Abakozi bo mu Butegetsi Bwite bwa Leta. Cyakora cyo n’ubwo iri teka ari iryo mu myaka irindwi ishize, nta wakwirengagiza ko buri myaka itatu imishahara y’abakozi ba Leta […]

FC Barcelona: Umukinnyi umwe ni we usigaye mu bo umutoza Koeman atashakaga

Ikipe ya FC Barcelona yamaze kwemeza ko yamaze kumvikana na Atletico Madrid, kuri Luis Suaréz ugomba kuyivamo akerekeza muri iyi kipe y’umutoza, Diego Simeone. Suaréz yatanzweho miliyoni esheshatu z’ama -Euro. FC Barcelona yamusezeyeho ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, gusa byitezwe ko umuhango nyir’izina wo kumusezeraho bya nyabyo uba kuri uyu wa Kane, aho na we […]

Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n’abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: “Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi”. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko […]

Murenzi Abdalah ni we wagizwe Perezida w’inzibacyuho wa Rayon Sports

img_20200923_221321.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwemeje ko Murenzi Abdalah wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports ari we wagizwe Perezida w’inzibacyuho w’umuryango wa Rayon Sports. Ni nyuma y’uko ku wa kabiri w’iki cyumweru RGB yasezereye Munyakazi Sadate wa Rayon Sports na komite yari ayoboye, bashinjwa kunanirwa kubahiriza inshingano bahawe ubwo ruriya rwego rwahagarikaga komite nyobozi y’umuryango wa […]

Gasogi United yerekanye rutahizamu ukomeye uzayifasha guhanganira ibikombe na APR FC

Ikipe ya Gasogi United ifite intego zo guhanganira igikombe cya shampiyona na APR FC mu mwaka utaha w’imikino, yerekanye rutahizamu wayo mushya Iddy Museremu uri mu bo izaba igenderaho mu mwaka utaha w’imikino. Ku gicamunsi cy’uyu wa Gatatu ni bwo Gasogi United yakiriye uriya rutahizamu ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, mu gikorwa cyabereye ku biro […]

Kirehe: Umugabo yishwe atemaguwe n’umugore n’abakobwa be

Umugabo witwa Habineza François wo mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe, mu gitondo cyo kuri uyu Gatatu yishwe atemaguwe n’umugore we wifatanyije n’abakobwa be batatu. Habineza w’imyaka 43 y’amavuko, mu gitondo cyo ku wa mbere umugore we ndetse n’abana be batatu bamusanze mu murima aho yahingaga mu kagari ka Rwanteru, baramutemagura kugeza […]

Ihere ijisho Adebayo Akinfenwa, umukinnyi wa ruhago ufite ibigango kurusha abandi ku Isi (Amafoto)

30748966-8521331-image-a-39_1594730920485.jpg

Adebayo Akinfenwa ni we uyoboye urutonde rw’abakinnyi bafite ibiro byinshi ku Isi. Uyu rutahizamu w’Umwongereza, akinira ikipe ya Wycombe Wanderers iheruka kuzamuka mu kiciro cya kabiri mu Bwongereza. Akinfenwa w’imyaka 38 y’amavuko, apima ibiro 103 by’uburemere, akarusha bitatu Christophe Samba upima 100. Ni umukinnyi usanzwe ari na muremure kuko apima metero na santimetero 85. Uyu […]

RIB yafunze Gitifu watwaye sekirite muri butu y’imodoka ye bikamuviramo impanuka

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje rwafunze Nsengimana Aimable, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busogo uri muri 15 igize akarere ka Musanze. RIB yavuze ko Gitifu Nsengimana akurikiranweho icyaha cyo gukomeretsa bitari ku bushake ndetse n’icyaha cyo gufunga no gutwara umuntu ahantu hatemewe. Ibinyujije kuri Twitter yagize iti: ” RIB yafunze Nsengimana Aimable, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa […]

Nta gihugu na kimwe kiragera ku buringanire nyabwo_Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga hari intambwe ikomeye ibihugu bimaze gutera mu kubahuriza ihame ry’uburinganire ry’abagabo n’abagore, gusa agashimangira ko nta gihugu na kimwe ku Isi kiragera ku buringanire nyabwo. Umukuru w’igihugu yabigarutseho ku munsi w’ejo, ubwo yagezaga ubutumwa ku nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateraniye i New York muri Amerika ku ncuro ya 75. […]

Ishimwe rya bamwe mu ba-Rayon kuri Munyakazi Sadate

screenshot_20200922-195909.png

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports bageneye ubutumwa Munyakazi Sadate wambuwe inshingano zo kuyobora iyo kipe, bamushimira ku kuba yaratangije urugamba ruganisha ku gukemuka kw’ibibazo byari bimaze igihe byarabaye akarande mu kipe yabo. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), rwafashe icyemezo cyo gusezerera Sadate Munyakazi na Komite […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye na madamu we bagaragaye bacigatiye ingurube

img_20200922_205841.jpg

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaye we n’umufasha we, Angeline Ndayubaha, bateruye ikibwana cy’ingurube bari bagiye koroza umwe mu miryango ngo kibafashe kwiteza imbere. Amafoto y’uriya mukuru w’igihugu cy’u Burundi na madamu we bacigatiye ingurube ikomeje guterwaho urwenya ku mbuga nkoranyambaga. Ni ifoto yafatiwe mu ntara ya Cibitoke iherereye mu majyaruguru ashyira Uburenganzira bw’u Burundi, […]

Munyakazi Sadate na Komite ye basezerewe muri Rayon Sports

Munyakazi Sadate wari umaze umwaka ayobora Rayon Sports na Komite bari bafatanyije kuyobora iyi kipe, bamaze gusezererwa ku buyobozi bw’iyi kipe. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama iri kubera muri Kigali Arena yahuje inzego zitandukanye zirimo Minisiteri ya Siporo n’Urwego rw’igihugu rushinzwe Imiyoborere RGB. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri muri Kigali Arena, Umuyobozi […]

Kenya: Undi murambo wafunze umutwe wanga kujyanwa muri ‘morgue’

Abaturage mu gace ka Lugari ho mu ntara ya Kakamega mu gihugu cya Kenya, baguye mu kantu nyuma y’uko imodoka enye zitandukanye zari zakodeshejwe ngo zijyane umurambo ku ruhukiro bw’ibitaro biri hafi aho, zose zapfuye mu buryo bw’amayobera. Ku Cyumweru cyo ku wa 13 Nzeri, ni bwo umukambwe y’imyaka 88 y’amavuko witwa Kepha Abukusi yitabye […]

Rutahizamu wa APR FC agiye kurongora umukobwa uba muri Canada

9dde304f21702c11d66e7f5855db46.jpg

Rutahizamu Danny Usengimana ukinira APR FC n’ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje ko afite ubukwe buzaba mu kwezi gutaha k’Ukwakira. Uyu musore yemeje amakuru y’ubukwe bwe binyuze mu ibaruwa z’ubutumire yashyize hanze ku munsi w’ejo ateguza abantu ubukwe bwe na N. Francine. Ni ubukwe buteganyijwe ku wa 08 Ukwakira, bukazabera mu murenge wa Niboye mu karere ka […]

Kenya: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yasabye Kenyatta gusesa inteko ishinga amategeko

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya, David Maraga, yasabye Perezida Uhuru Kenyatta gusesa Inteko Ishinga amategeko ya kiriya gihugu, kubera ko irimo abadepite b’abagore badahagije. Mu ibaruwa yandikiye Perezida Kenyatta, Maraga yavuze ko kuba Kenya ifite umubare muke w’abadepite b’abagore binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya kiriya gihugu, ibirenze ibyo bikaba ikimenyetso cy’ihohoterwa rikorerwa abagore, ibyatumye asaba ko […]

Ntibisanzwe! Umurambo wasabye amazi yo kunywa mbere yo kururutswa mu mva

Mu gace ka Ahero gaherereye mu ntara ya Kisumu ho gihugu cya Kenya, habereye igisa n’igitangaza ubwo umurambo w’uwashyingurwaga wasabaga amazi yo kunywa. Byabaye ku wa kabiri w’iki cyumweru ubwo habaga umuhango wo gushyingura nyakwigendera, bageze mu gihe cyo kururutsa umurambo mu mva. Nk’uko abatuye muri kariya gace babitangarije kimwe mu bitangazamakuru byo muri Kenya, […]

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu mukeba yagenderagaho

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, yasinyishije umunya-Cameroon Ghislain Armel wari umaze igihe ari umukinnyi wa Kiyovu Sports. Uyu rutahizamu uri mu bo Kiyovu Sports yari imaze igihe igenderaho yasinye imyaka itatu yo gukinira Rayon Sports. Ghislain Armel yari afitanye amasezerano na Kiyovu Sports, gusa ahitamo kuyitera umugongo nyuma yo gutegereza amafaranga iriya […]

Lionel Messi yagaragaje imbamutima asezera kuri Artulo Vidal

mini_messi-suarez-vidal.jpg

Kapiteni Lionel Messi wa FC Barcelona, yanditse ubutumwa bwuzuye imbamutima asezera kuri Artulo Vidal byemejwe ko agomba kuva muri iriya kipe y’i Catalunya. Byitezwe ko Vidal ukomoka mu gihugu cya Chile kuri uyu wa Mbere atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Inter Milan yo mu Butaliyani. Ni ku ncuro ya kabiri uyu mugabo w’imyaka 33 agiye gukina […]

Abadamu bamwe batanye n’abagabo babo- Abahanzi b’igisope batakambira leta

papy.jpg

Abaririmbyi b’indirimbo za karahanyuze zamanyekanye nk”Igisope”, baratabaza leta y’u Rwanda nyuma y’uko imibereho yabo ikomeje kuba mibi kubera icyorezo cya Virusi ya Corona . Abenshi mu bahanzi baririmba bene ziriya ndirimbo usanga batunzwe ahanini no kuzicuranga ahantu habaye ibirori nko mu mahoteli, utubari dukomeye, utubyiniro no mu bukwe, bakahavana amafaranga abatunga mu buzima bwa buri […]

Adil utoza APR FC yavuze ikintu gikomeye yiteze kuri Jacques Tuyisenge

Umutoza Mohammed Adil Erradi utoza ikipe ya APR FC, asanga rutahizamu Jacques Tuyisenge afite ubunararibonye buzafasha ikipe atoza kwisubiza igikombe cya shampiyona yegukanye umwaka ushize, ndetse no kugera mu matsinda y’amarushanwa y’imikino nyafurika. Ku wa Gatanu Tariki 18 Nzeri ni bwo Jacques yerekanwe ku mugaragaro nk’umukinnyi mushya wa APR, nyuma yo kuyisinyira amasezeramo y’imyaka ibiri. […]

Kagere na Ally bafunguye konteri z’ibitego muri shampiyona ya Tanzania

img_20200921_073027.jpg

Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu Amavubi, Meddie Kagere na Ally Niyonzima, ku Cyumweru bitwaye neza bafasha amakipe yabo kwitwara neza ku munsi wa gatatu wa shampiyona ya Tanzania. Ni shampiyona ibarizwamo amakipe atanu afite aho ahuriye n’Abanyarwanda. Yanga Africans ikinamo Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Haruna Niyonzima; Simba SC yo ikinamo rutahizamu Meddie Kagere, Azam FC ikinamo Ally […]

Kepa na Jorginho batumye Chelsea y’abakinnyi 10 itsindwa na Liverpool (Amafoto)

img_20200920_195723.jpg

Ikipe ya Liverpool yegukanye amanota atatu y’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Abongereza, nyuma yo gutsinda Chelsea ibitego 2-0. Ni umukino wari utegerejwe n’Isi yose Liverpool yatwaye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize, yari yasuyemo Chelsea yiyubatse cyane igura abakinnyi ku kibuga Stamford Bridge. Igice cya mbere cy’uyu mukino cyaranzwe n’uburyo buke hagati y’amakipe yombi. Chelsea yabonye […]

Umunyarwandakazi w’imyaka 26 yabaye umuntu wa 26 wishwe na Covid-19 mu Rwanda

img_20200919_213816.jpg

Umunyarwandakazi w’imyaka 26 yishwe na COVID-19, bituma umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu Rwanda ugera ku bantu 26, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima. Ni icyorezo kimaze kwandurwa n’abantu 4, 689; nyuma y’uko abandi bantu 18 basanzwemo Coronavirus kuri uyu wa Gatandatu, barimo 14 b’i Kigali bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, na bane b’i Nyamagabe. Babonetse […]

Burundi: Batanu bashinjwa kwica Perezida Ndadaye basabiwe igihano kiruta ibindi

Ku munsi wa gatatu w’iburanisha mu rubanza ruregwamo abashinjwa kwica Melchiore Ndadaye, ubushinjacyaha bwasabiye igifungo cya burundu batanu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’uriya wahoze ari Perezida w’u Burundi. Ni urubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko rw’ikirenga rw’u Burundi, rukaba ruregwamo abantu 20 barimo 15 badahari bijyanye n’uko bari hanze y’igihugu. Batanu bari kuburanishwa ni Gen. Major […]

Ku myaka 43, Karasira Aimable agiye kurongora

Uzaramba Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yatangaje ko ari mu nzira zo gushaka umugore na we akagira umuryango nk’abandi. Karasira yirukanywe burundu ku mirimo yakoraga muri Kaminuza y’u Rwanda ku wa 14 Kanama 2020 ashinjwa imyitwarire mibi mu kazi, nyuma yo kumara imyaka 14 yigishamo. Ni icyemezo yemeza cyafashwe kimurenganya, ngo kuko […]

Umusirikare wa Uganda yakatiwe igifungo cy’imyaka 90

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya Uganda ejo ku wa Gatanu, rwakatiye igifungo cy’imyaka 90 umusirikare witwa Rubagumya Cephas, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kurasa no kwica uwari umuyobozi we. Rubagumya Cephas afite ipeti rya Private, akaba yahamijwe kwica Lance Corporal Businge Benard. Ubushinjacyaha buyobowe na Maj. Gerald Bamwitiribwe, bwabwiye urukiko rwari ruyobowe na Col Edison Muhanguzi […]

Uganda: Uwari warashyinguwe mu mezi abiri ashize yongeye kugaragara ari muzima

Abatuye mu mudugudu wa Omururinda ho muri Komini ya Kamuganguzi, mu karere ka Kabale muri Uganda; baguye mu kantu ubwo umusore w’imyaka 19 y’amavuko bari barashyinguye mu mezi abiri ashize yabasesekaragaho ari muzima. Amakuru avuga ko uyu musore witwa Clinton Tindyebwa yabuze iwabo ku wa 29 Kamena. Mu gitondo cyo ku wa 06 Nyakanga, umuyobozi […]

Perezida Ndayishimiye yakiriwe n’imbaga y’abanya-Tanzania (Amafoto)

img_20200919_123251.jpg-2.png

Perezida w’u Burundi, Gen. Evariste Ndayishimiye, yamaze kugera i Kigoma muri Tanzania aho yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe. Ni rwo ruzinduko rwa mbere umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yagiriye hanze y’igihugu cye kuva yatorwa muri Gicurasi uyu mwaka, yemwe ni n’urwa mbere Perezida w’u Burundi agiriye hanze y’igihugu kuva muri 2015 ubwo Pierre Nkurunziza yakoreraga urugendo […]

Twagura Kagere gute kandi azakinira Simba ku cyumweru?_Gen. Muganga

Visi-perezida wa APR FC, Maj. Gen. Mubarak Muganga, yavuze ku makuru avuga ko rutahizamu Meddie Kagere ari mu bifuzwa na APR FC, ashimangira ko iyi kipe y’ingabo z’igihugu nta gahunda ifite yo gusinyisha uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi ukinira Simba SC yo muri Tanzania. Gen. Muganga yabitangaje mu gitondo cy’ejo ku wa Gatanu, mu kiganiro […]

Burundi: Babiri bahoze bafite ipeti rya Coronel bafunzwe n’ubutasi

(Rtd) Col. Prime Niyongabo wahoze ayobora abapolisi badasanzwe bo mu muhanda b’u Burundi (PSR) na (Rtd) Col. Pontien Baritonda usanzwe ari incuti ye, bafungiye muri gereza z’urwego rushinzwe iperereza mu Burundi bagejejwemo ku wa Gatanu w’iki cyumweru. SOS Media Burundi ivuga ko Col. Niyongabo afungiye muri gereza ya Muramvya iri rwagati mu Burundi, mu gihe […]

Abana batanu ba Depite bagiye gukorera ubukwe umunsi umwe

Abana batanu b’umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Nigeria, bagiye gukorera ubukwe umunsi umwe ndetse byitezwe ko buzabera ahantu hamwe. Ni ubukwe buzabera i Abuja mu murwa mukuru wa Nigeria, ku wa Gatandatu tariki ya 26 Nzeri. Ni amakuru yemejwe na nyir’ubwite, Depite Hassan Usman Sokodabo wasabye abaturage bo mu gace ahagarariye kwitabira ubutumire bwe. […]

Perezida Kagame yifuje ko inama ya Goma yazaba imbonankubone mu 2021

Ibitangazamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifuje ko inama ya Goma igomba guhuza abakuru b’ibihugu byo mu karere iba hifashishijwe ikoranabuhanga, hanyuma iy’imbonankubone ikazaba mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ni ibikubiye mu ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yandikiye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa […]

Bidasubirwaho Tuyisenge Jacques ni umukinnyi wa APR FC (Amafoto)

img-20200918-wa0017.jpg

Rutahizamu Tuyisenge Jacques wari umaze igihe gito atandukanye na Petro Atletico de Luanda yo muri Angola, yeretswe itangazamakuru nk’umukinnyi mushya wa APR FC. Jacques Tuyisenge yasinye imyaka ibiri muri APR FC, nyuma yo kumuha 40,000,000Frw ya Recruitment n’umushahara wa buri kwezi ungana na $3,500. Hari amakuru kandi avuga ko uretse Tuyisenge Jacques, APR FC inifuza […]

Ubudage: Ikipe yanyagiwe ibitego 37-0 kubera gusiga intera mu bakinnyi bayo

Ikipe y’abatarabigize umwuga ya SG Ripdorf/Molzen II yo mu gihugu cy’u Budage, yatsinzwe n’iyitwa SV Holdenstedt II ibitego 37-0, nyuma yo gusiga intera hagati y’abakinnyi nk’ingamba yo kwirinda ikwirakwizwa rya Covid-19. Aya makipe yombi abarizwa mu kiciro cya 11 mu Budage (Lower Saxony’s 3. Kreisklasse) yahuye ku Cyumweru. Perezida w’ikipe ya Ripdorf, Patrick Ristow, yavuze […]

UEFA Champions league: Menya amakipe 5 Messi yahuye na yo ntashobore kuyatsinda igitego

Umunya-Argentine, Lionel Messi, amaze gutsinda mu marushanwa yo ku mugabane w’u Burayi ibitego 118 mu minota 12,040 yakinnye, bikamushyira ku mwanya wa kabiri mu batsinze ibitego byinshi mu mateka, inyuma ya Cristiano Ronaldo umurusha ibitego 15. Muri UEFA Champions league honyine Messi amaze gutsindamo ibitego 115, bikumvikanisha buryo ki hari amakipe menshi yagiye amugorerwaho. Urubuga […]

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina afungirwa muri gereza by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kane, rwategetse ko Paul Rusesabagina afungwa mu gihe cy’iminsi 30 kandi agafungirwa muri gereza, nyuma y’uko bigaragaye ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha 13 birimo iby’iterabwoba ashinjwa. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Rusesabagina yagaragaye imbere y’urukiko, aburana ku ifunga n’ifungurwa ku byaha 13 aregwa. Ni […]

Nta kizere Loni ifitiye ubutegetsi bwa Ndayishimiye mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu

Raporo nshya ya komisiyo ya Loni ikora iperereza ku Burundi, igaragaza ko nta cyizere ubutegetsi bushya bw’u Burundi bufitiwe mu kuzana impinduka mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Ni Raporo yamuritswe kuri uyu wa Kane. Komisiyo ya Loni yayikoze, ivuga ko yashingiye ku byabaye mu Burundi kuva muri Gicurasi 2019, cyane cyane ibyabaye mu rugendo rw’amatora […]

Liverpool yibitseho umukinnyi wa Bayern Munich wifujwe cyane na Man United

Ikipe ya Liverpool yateye intambwe yo gusinyisha Thiago Alcantala, nyuma yo kumvikana na Bayern Munich yakiniraga ikiguzi cya miliyoni 25 z’amapawundi. Byitezwe ko Alcantala asinyira Liverpool amasezerano y’imyaka ine. Uyu munya-Espagne ukina hagati mu kibuga, ni umwe mu bo Bayern Munich yari yubakiyeho cyane kuva yayigeramo mu myaka irindwi ishize avuye muri FC Barcelona yamureze. […]

AS Kigali yirukanye abakinnyi batanu

Ikipe ya AS Kigali yamaze kubwira abakinnyi batanu mu bo yari isanganwe ko batari muri gahunda z’abo izifashisha mu mwaka utaha w’imikino, ihita itandukana na bo. AS Kigali izahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup, impamvu nyamukuru ikomeje kwiyubaka kugira ngo itazasezererwa rugikubita. Muri uko kwiyubaka iyi kipe y’Umujyi wa Kigali hari […]

Kenya: Umurambo bagiye kuwushyingura urabyanga

Mu giturage cya Shamberere mu ntara ya Kakamega ho mu gihugu cya Kenya, havuzwe inkuru y’umurambo w’umugore bagiye gushyingura ukabyanga. Amakuru avuga ko umurambo w’uwo mugore witwa Light Magunda bagiye kuwushyingura ugahuza ibiganza, ikimenyetso cyerekana ko utari witeguye gushyingurwa nk’uko bigaragara mu muco w’abantu bo mu bwoko bw’aba Luhya. Amakuru avuga ko uriya murambo ukivanwa […]

Red-Tabara yagaragaje impamvu itera u Burundi zirimo kuba abategetsi babwo bakorana n’abicanyi bo mu Rwanda

Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wemeje ko ari wo umaze igihe ugaba ibitero muri kiriya gihugu ku mpamvu nyinshi zitandukanye, zirimo kuba abategetsi b’u Burundi bafitanye imikoranire n’abicanyi bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni ibikubiye mu itangazo uyu mutwe wasohoye, nyuma y’ibitero bitandukanye bimaze iminsi bigabwa ku butaka bw’u Burundi. Mu itangazo rirerire Red-Tabara […]

Gucibwa Intege byatumye mwishywa wa Adebayor yanga kuza muri Rayon Sports

Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate, yatangaje ko umunya-Togo, Alex Harlley, wari witezwe muri Rayon Sports nyuma yo kumwemeza nk’umukinnyi wayo atakiyijemo. Tariki 19 Kamena 2020 ni bwo Rayon Sports yari yatangaje ko yasinyishije uriya mukinnyi usanzwe ari mwishywa wa Emmanuel Adebayor imukuye Las Vegas Lights FC ibarizwa mu kiciro cya kane muri Leta zunze […]