Urupfu rwa Gen. Kahimbi: Fondation Bill Clinton ihangayikishijwe n’iperereza ritava aho riri

Nyuma y’amezi 8 uwahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Gen. Delphin Kahimbi, apfuye, ‘Fondation Bill Clinton’ ihangayikishijwe no kuba iperereza ku rupfu rwe rigenda biguruntege nubwo hari abantu batanu bafunze bakekwaho kurugiramo uruhare. Umurambo wa Gen. Delphin Kahimbi uracyari mu buruhukiro bwa bimwe mu bitaro by’i Kinshasa byitwa ‘Hôpital du […]

USA: Umukobwa w’imyaka 17 wafotoye iyicwa rya George Floyd agiye guhembwa

Umuryango PEN America, uharanira uburenganzira bwo gutangaza icyo umuntu ashaka muri Amerika no ku Isi, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 27 Ukwakira watangaje ko ugiye guha igihembo cya PEN / Benenson Courage, umukobwa w’imyaka 17 witwa Darnella Frazier wafashe amashusho y’Umwirabura George Floyd yicwa. Umuyobozi w’uyu muryango, Suzanne Nossel, mu butumwa yanyujije kuri twitter […]

Abari mu byiciro by’ubudehe by’abifashije barasabwa uruhare mu kuzamura abandi

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof. Shyaka Anastase yahamagariye Abanyarwanda bari mu byiciro by’ubudehe by’abifashije (A, B) nabo kugira uruhare mu kuzamura bagenzi babo bafite ubushobozi bukeya kugirango igihugu cyose gikomeze kuzamukira rimwe. Ibi Prof. Shyaka Anastase yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane asobanuro icyo ibyiciro by’ubudehe aricyo. Ministiri […]

Indege 10 za mbere z’indwanyi zifite ikoranabuhanga rikataje

81abf7cuitl._sl1500_.jpg

Indege z’intambara ni ikintu cy’ingenzi ku gisirikare cyose cyo mu kirere kandi ingero za F-35 Lightning II na F-22 Raptor zigaragaza ubuhangange bwazo. Urubuga Airforce-technology rurasesengura indege icumi za mbere z’indwanyi ku Isi, rushingiye ku mwihariko wazo, ikoranabuhanga rizigize, intwaro zikoresha ndetse n’imikorere yazo. Lockheed Martin F-35 Lightning II F-35 Lighting II ni yo ndege […]

Abayobozi b’ibigo basabwe kwirinda kongera amafaranga y’ishuri

ela9bjwxuaasyns.jpg

Mu gihe mu guhera ku itariki 02 Ugushyingo biteganyijwe ko amashuri yongera gusubukurwa mu byiciro byateganyijwe umwaka w’amashuri ugakomereza aho wari ugeze mbere y’umwaduko wa Covid-19, hirya no hino mu gihugu habaye inama nyunguranabitekerezo yiga aho imyiteguro igeze no ku bibazo bitandukanye biri mu burezi, ariko by’umwihariko ku kijyanye no kongera amafaranga y’ishuri minisiteri y’uburezi […]

Uganda: Ibihangange ku Isi byaba biri inyuma ya Bobi Wine mu matora ateganyijwe

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko nta mukandida n’umwe zishyigikiye mu matora rusange ateganyijwe muri Uganda muri Gashyantare 2021, ndetse zishimangira ko ziteganya ibihano ku bantu cyangwa imiryango izagerageza kwivanga muri aya matora cyangwa gushishikariza abantu kugirira nabi abaturage b’abasivili haba mbere y’amatora, mu gihe azaba aba na nyuma yayo. Ibi Guverinoma ya Amerika […]

RDC: Abantu 8 barimo 6 bo mu muryango umwe bishwe n’abantu bataramenyekana

Abantu 8 barimo batandatu bo mu muryango umwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki 28 Ukwakira bishwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye , mu giturage cya Katoro, mu birometero nka 5 uvuye ahitwa Kiwanja, muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. […]

Umuvunyi yakiriye ibirego 640 by’akarengane muri 2019/2020

Mu mwaka wa 2019-2020 Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko rwakiriye mu nyandiko ibibazo by’akarengane 640, birimo ibyazanywe n’abagabo 377 n’ibyazanywe n’abagore 261 n’ibibazo 2 byatanzwe n’ibigo. Mu mwaka wa 2019- 2020 kandi, Urwego rw’Umuvunyi rwasesenguye kandi rugenzura imitungo yamenyekanishijwe n’abantu 1,245 muri bo 12 ntibashoboye gusobanura neza inkomoko y’umutungo wabo bityo bakorwaho iperereza. Abantu 3 dosiye […]

Un Rwandais accusé d’avoir participé au génocide arrêté aux Pays-Bas

Un Rwandais accusé d’avoir participé au génocide de 1994 dans le pays a été arrêté par les autorités néerlandaises, a déclaré mardi un responsable de la capitale, Kigali. Le porte-parole du parquet du Rwanda, Faustin Nkusi, a déclaré que son gouvernement avait demandé que Joseph Mugenzi, un ancien banquier, soit extradé chez lui pour qu’il […]

Abagera kuri 80 bamaze kugaragaraho Covid-19 mu Nkambi ya Mahama

Mu byumweru bibiri bishize, Inkambi ya Mahama y’impunzi z’Abarundi mu karere ka Kirehe hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya imaze kugaragaramo abantu 14 bashya banduye COVID-19. Iyi nkambi icumbikiye impunzi zirenga 60.000 zihaba kuva mu 2015. Amakuru aturuka mu bayobozi b’inkambi ya Mahama yerekana ko kuva icyorezo cyatangira mu Rwanda hagati muri Werurwe, hamaze kugaragara […]

Abarwanyi 2 ba Twirwaneho bafashwe na FARDC nyuma y’imirwano yaguyemo abantu 40

Abarwanyi babiri bo mu mutwe wa Twirwaneho, ugizwe n’Abanyekongo b’Abanyamulenge bafashwe n’ingabo za FARDC kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ukwakira, ahitwa Tingiangoma, mu majyepfo ya Minembwe, ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo gukomerekera mu mirwano yabahuzaga na Mai-Mai. Nk’uko bitangazwa na Capt. Dieudonne Kasereka, umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo, abo barwanyi […]

RDC: Nyuma yo kutanyurwa n’ibisubizo bye, Minisitiri Ruberwa yasabwe kwegura

Nyuma no kutanyurwa n’ibisobanuro minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Azarias Ruberwa, yahaye Abadepite ku kibazo cy’ishyirwaho rya Komini Minembwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Ukwakira, Depite Muhindo Nzangi arahamagarira uyu mu minisitiri kwegura ku mirimo ye ku bushake. Depite Muhindo Nzangi yakomeje gushimangira ko minisitiri Ruberwa ari we […]

Burundi: Inka 15 z’uwahoze mu gisirikare (Ex-FAB) zishwe zirozwe

Inka zigera kuri 15 mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ushize rishyira ku Cyumweru, mu Mudugudu wa Gasenyi, Komini Buyengero, ho mu Ntara ya Rumonge, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi zishwe zirozwe. Izi nka zikaba zari uz’uwitwa Valentin Ndyibingoye, wahoze muri Gisirikare cy’u Burundi kizwi nka Ex-FAB. Imbonerakure ziratungwa intoki. Amakuru aturuka muri aka gace avuga […]

Gatsibo: Hari abumva badakwiye kuba mu cyiciro kimwe n’abo bashakanye

Muri kamwe mu duce inzego z’ibanze zatangirijemo igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe mu Murenge wa Rugarama, Akarere ka Gatsibo, haravugwa abagabo n’abagore bihakana abo bashakanye cyangwa abana babo, bavuga ko badakwiriye kuba mu cyiciro kimwe bitewe n’uko babahemukira. Ibi ni bimwe mu bibazo abaturage bashatse ko bikemurwa bakimara kumva ko umuntu udasangira […]

Brazzaville: Louise Mushikiwabo yaganiriye n’abakuru b’ibihugu barimo Tshisekedi

elslhfkxiaaavhc.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, Kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Ukwakira yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu bya Congo, Centrafrica, Tchad na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bahuriraga i Brazaville, mu murwa mukuru wa Repubulika ya Congo, aho ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu kuva kuri uyu wa Mbere. Perezida […]

Le Rwanda va mobiliser plus de 600 millions de dollars pour réduire les maladies non transmissibles

Le Rwanda va mobiliser 699,1 millions de dollars de financement auprès de différentes sources pour réduire les maladies non transmissibles dans le cadre d’un plan stratégique quinquennal dévoilé lundi. Le plan, qui couvre une période de 2020 à 2025, vise à faire en sorte que d’ici 2025, les décès prématurés liés aux maladies non transmissibles […]

Uganda: Yakatiwe imyaka 50 y’igifungo azira guhohotera umwana we

Urukiko Rukuru rwa Jinja, muri Uganda, rwakatiye imyaka 50 y’igifungo umugabo wari ukurikiranweho gusambanya no gutera inda umwana we w’umukobwa w’imyaka 14. Uyu mugabo witwa Amuza Kamulya, yemeye icyaha nyuma y’aho umukobwa we n’umugore we bamutanzeho ubuhamya mu rukiko. Amuza Kamulya ukomoka mu Karere ka Jinja yari yabanje guhakana icyaha ndetse akangisha umukobwa we kuzamwica […]

Nyamagabe: Amaze imyaka 8 ahohoterwa n’umugabo amuziza ko yanduye sida

Uwitwa Kwizera wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko amaze imyaka umunani akorerwa ihohoterwa n’umugabo we amuziza ko yanduye sida igihe we yari muri gereza afunzwe. Uyu mugore wemeza ko kugirango yandure ari ibyago byamugwiririye, avuga ko umunsi umwe ubwo yari avuye mu murima yashyize inkono ku iziko ubundi agakaraba, umugore […]

Abarundi baturiye umupaka w’u Rwanda barifuza ko umubano wasubira uko wahoze

Bamwe mu Barundi baturiye umupaka w’u Rwanda barifuza ko umubano w’ibihugu byombi wasubira uko wari umeze mbere ya 2015, ikintu bahuriyeho na benshi muri bagenzi babo b’Abanyarwanda, aho aba baturage bo mu Ntara ya Cibitoke bashima ibiganiro ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi bagiranye mu cyumweru gishize, bagasaba ko inama nk’izi zakomeza kugirango ibintu bisubire […]

RDC: Minisitiri Ruberwa araha abadepite ibisobanuro ku kibazo cya Minembwe

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Ukwakira, minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi, Azarias Ruberwa, arasubira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho ategerejweho gutanga ibisobanuro ku ishyirwaho rya Komini Minembwe n’abayobozi bayo riherutse guteza impaka za ngo turwane mu Banyekongo. Ubwo yitabaga bwa mbere ku itariki 19 Ukwakira, abadepite babajije ibibazo […]

Abayisilamu bari mu kaga nk’ako Abayahudi barimo mbere y’Intambara ya II y’Isi – Erdogan

Nyuma yo gutangaza kuwa Gatandatu ushize ko Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron akwiye gupimwa hakarebwa niba ari muzima mu mutwe, Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan kuri ubu arahamagarira abantu kwanga kugura ibicuruzwa byo mu Bufaransa ndetse agereranya ukuntu u Burayi bufata Abayisilamu muri iki gihe nk’uko Abayahudi bafatwaga mbere y’Intambara ya II y’Isi. Kuri […]

Rukundo wabeshyaraga abagabo abashinja gusambanya umwana we yafashwe

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Sheema cyataye muri yombi umutekamutwe w’umugore wari ukomeje kwambura abagabo amafaranga abashinja kumusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka 10. Igipolisi kiravuga ko uyu mugore yitwa Annet Rukundo, yatezaga abagabo umukobwa we w’imyaka 10 ubundi agahita yirukankira kuri polisi akajya gutanga ikirego avuga ko bari kumusambanyiriza umwana. Amakuru aturuka mu gipolisi aragira […]

Abarimu basaga 1500 bari mu kazi nta byangombwa byemewe bafite – Raporo

Muri raporo y’ibikorwa ya 2019/2020, komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta yavuze ko abarimu 1.566 bigisha mu mashuri ya Leta barimo gukora nta byangombwa byemewe bibashyira mu myanya bafite. Raporo yashyikirijwe Sena ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, yerekana ko abarimu 6,6 ku ijana by’abakorimu bose bigisha bakomeje gukora nta madosiye, ahanini biteea n’ubushobozi buke […]

Ibihugu 5 bya mbere bifite igisirikare cyo mu kirere gikomeye muri Afurika

202805.jpg

Ibisirikare birwanira mu kirere bya mbere muri Afurika muri 2020 ushobora kuvuga ko ari byo bifite ubushobozi bwinshi mu bice byose by’intambara zo mu kirere. Ingabo zirwanira mu kirere ni Ishami ryo mu kirere ry’ingabo z’igihugu. Uruhare rwazo ni, Ukurinda ikirere, kugaba ibitero bya bombe, kugenzura imipaka, kugaba ibitero ku mwanzi ku butaka no mu […]

L’archevêque Kambanda devient le premier cardinal du Rwanda

L’archevêque de l’Église catholique romaine au Rwanda, Mgr. Antoine Kambanda, a été élevé au rang de cardinal par le Pape François. Le nom de Kambanda figurait sur la liste des 13 clercs que le Pape François a nommés cardinaux que le pontife a délivrée le 25 octobre, et ils seront élevés au rang lors d’une […]

Karidinali wa mbere w’Umunyamerika wirabura ntacana uwaka na Trump

1362161505there.jpg

Wilton Gregory, wabaye Umunyamerika wa mbere wirabura wagizwe Karidinali, asanzwe azwi cyane mu guharanira uburenganzira bwa muntu nk’aho yavuzwe cyane mu itangazamakuru ubwo yanengagaTrump ashaka kwifotoreza imbere ya kiliziya y’i Washington nyuma y’aho igipolisi cyari kimaze gukoresha ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambyaga muri Kamena. Gregory ni umwe mu ba Karidinali 13 batoranyijwe na […]

Uganda: Museveni na Tumukunde mu bamaze kwemererwa kuziyamamaza

aa.png

Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda yamaze gusuzuma no kwemeza kandidatire z’abakandida bane mu bifuza kuzahatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2021. Abo bakandida ni Yoweri Museveni wa NRM usanzwe ari perezida, Fred Mwesigye (umukandida wigenga), Henry Tumukunde Kakurugu (umukandida wigenga) na Nancy Kalembe (umukandida wigenga). Bamwe mu bakandida kandidatire zabo zigisuzumwa […]

Kujya mu Burundi ngo ngiye kuburana byaba ari nko kwiyahura – Buyoya

Pierre Buyoya wahoze ari Perezida w’u Burundi yatangaje ko kujya mu gihugu cye ngo agiye kuburana byaba ari nko kwiyahura kuri we. Ibi Buyoya yabitangarije VOA Afrique nyuma y’aho ubutabera bw’u Burundi bumuhamije n’abandi bantu kugira uruhare mu iyicwa rya Perezida Ndadaye bukamukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Nyuma y’urwo rubanza, Pierre Buyoya ntiyatinze kugira ibyo […]

Umugore w’uyoboye ADF niwe wafatiwe ku rugamba aho kuba uwa Jamil Mukulu

afande-baluku-829x1024.jpg

Indwanyikazi ya ADF iherutse gufatirwa ku rugamba n’umugore wa Musa Seka Baluku, uyoboye uyu mutwe muri iki gihe aho kuba umugore wa Jamil Mukulu wawushinze nk’uko byari byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu na FARDC. Amakuru akosora ayari yatangajwe aturuka mu gisirikare cya Congo niko avuga. Aya makuru agera kuri Actualite.cd avuga ko Safi Adidja wafashwe […]

Le Rwanda parmi les «20 meilleurs endroits pour voyager en 2021» de Forbes

Le Rwanda a fait partie de la liste Forbes des 20 meilleures destinations pour voyager en 2021. Chaque année, Forbes rassemble une équipe d’experts pour classer les 20 meilleures destinations au monde que les touristes peuvent visiter. Cette année, comme l’année dernière, le Rwanda a figuré sur cette liste. Le pays a été choisi par […]

Guverineri wa Banki Nkuru ya Kenya avuga ko yahinduranya imyanya n’uwa BNR bikamenywa na bacye

Umuyobozi wa Banki Nkuru ya Kenya (CBK), Patrick Njoroge, aravuga ko usibye gusa neza na mubyara we, hari n’abandi bajya bamwitiranya na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa ndetse n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Cello Dalein Diallo. Nk’uko tubikesha urubuga rwa Capitalfm.co.ke, ibi Njoroge yabitangaje asubiza umuntu ukoresha twitter witwa Ahmed Mohamed […]

Perezida wa Turkiya yise mugenzi we w’u Bufaransa umurwayi wo mu mutwe

Igihugu cy’u Bufaransa, kuri uyu wa Gatandatu cyatangaje ko cyahamagaje Ambasaderi wacyo muri Turkiya nyuma y’amagambo aherutse gutangazwa na Perezida Recep Tayyip Erdogan yibaza ku buzima bwo mu mutwe bwa mugenzi we, Emmanuel Macron. U Bufaransa na Turkiya, ibihugu byombi bihuriye mu muryango wa NATO bimaze iminsi birebana ay’ingwe binaterana amagambo kubera ibibazo bitandukanye bifitanye […]

Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algeria yashyizwe mu kato

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune, yagiye mu kato mu gihe cy’iminsi itanu abisabwe n’itsinda rishinzwe ubuvuzi muri perezidansi nyuma y’uko “abayobozi benshi” bakuru muri perezidansi na guverinoma bagaragaje ibimenyetso bya Covid-19. Iki cyemezo cyo gukumira, mu bihe nk’ibi, gifite ishingiro, nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi kubera ibimenyetso bya […]

Impamvu kwirukana Col Kaka wayoboraga ISO ari inyungu ku Rwanda na Uganda – Opinion

bagye.jpg

Ngo ntabwo biba ari ugukabya iyo u Rwanda ruvuga ko abantu barushaho guteza umwuka mubi mu mubano warwo na Uganda ari bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’iki gihugu bifuza guhindura ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ibi Abagande bashobora kubyizera kubera ko ku ruhande rw’igihugu cyabo nta wuratangaza ibintu nk’ibi ku Rwanda ku mugaragaro, ibintu […]

Rubavu: Abantu 8 bashinjwa kwiba isima yubakishwaga amashuri bafashwe

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yataye muri yombi abantu umunani bakekwaho kunyereza isima igenewe kubakisha ishuri rya Kanyundo. Abatawe muri yombi barimo abafundi, abashinzwe ububiko bw’ibikoresho, n’abazamu bashinzwe kurinda ahakorerwa ubwubatsi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mudende, yemeje aya makuru, yongeraho ko bafashwe bigizwemo uruhare n’abaturage bariye urwara abashinzwe umutekano mu karere bazwi nka DASSO. […]

FARDC iravuga ko yafatiye ku rugamba umugore wa Jamil Mukulu washinze ADF

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kuri uyu wa Gatandatu, itariki 24 Ukwakira cyatangaje ko cyataye muri yombi umugore wa Jamil Mukulu, wari umuyobozi w’umutwe wa ADF ushinjwa kwicwa ibihumbi by’abaturage muri Beni kuva mu myaka itandatu ishize. Amakuru aturuka muri FARDC agera ku rubuga Actualite.cd aravuga ko uyu mugore witwa Safi Adidja, […]

Rusizi: Ubuhamya bw’uburyo mu miryango bahanganye na COVID-19

Uwamariya Diane na we yemeza ko kubahiriza amabwiriza neza byarinze umuryango we COVID-19

Nubwo Akarere ka Rusizi kazahajwe cyane na COVID-19 kubera kuhatinda, ibice byako byegereye umupaka wa RDC biri muri guma mu rugo, ibindi bitakarenga, imwe mu miryango ivuga ko yahanganye na yo ku buryo yarinze ihagabanuka bigaragara nta cyo ibatwaye. Mukangarambe Mamu atuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe, avuga ko […]

Malawi: Uwari minisitiri wahaye passport Umunyarwanda wahungaga ubutabera yakatiwe

Urukiko rukuru rwa Lilongwe rwakatiye igihano cyo gufungwa imyaka itandatu no gukora imirimo y’amaboko uwahoze ari minisitiri w’umurimo n’umutekano w’imbere mu gihugu, Uladi Musa, nyuma y’amahano yakoze yo guha Umunyarwanda wacitse ubutabera passport ya Malawi kugirango atazafatwa. Uw Munyarwanda ni Vincent Murekezi, wamaze imyaka hafi 20 atarafatwa nubwo yari yarashyiriweho impapuro zimuta muri yombi akurikiranweho […]

Perezida wa Tchad yagize Samuel Eto’o Fils ambasaderi

50824307-39144235.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 22 Ukwakira 2020, Perezida wa Tchad, Marshal Idriss Deby Itno yashyize umukono ku iteka, rigira ambasaderi w’igihugu cye ku rwego mpuzamahanga, uwahoze ari kizigenza w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Les Lions Indomptables, Samuel Eto’o Fils. Ni amakuru yakiriwe neza iwabo muri Cameroun kubona umuhungu wabo yubashywe gutyo mu gihugu cy’igituranyi […]

Guinea: Perezida Alpha Conde yongeye gutorerwa manda ya gatatu itavugwaho rumwe

Perezida wa Guinea, Alpha Condé, yongeye gutorerwa manda ya gatatu nyuma yo gutsinda amatora mu turere 37 kuri 38 aho yabonye amjwi akubye kabiri ay’uwo bari bahanganye nk’uko byatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane nk’imibare y’ibanze y’ibyavuye mu matora. Condé, ufite imyaka 82, kugeza ubu amaze kubona amajwi miliyoni 2.4, ugereranije na miliyoni […]

RDC: Abantu 9 barimo umusirikare n’abapolisi biciwe mu gitero cy’inyeshyamba

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 21 Ukwakira, abantu icyenda bapfiriye mu mirwano yahuje inyeshyamba za FPIC (Force Patriotique et intégrationniste du Congo) na FARDC, muri Irumu, nko mu birometero 55 mu majyepfo ya Bunia, ku muhanda wa 27. Nk’uko byatangajwe na minisitiri w’intara ushinzwe umutekano, Adjio Gidi, ngo inyubako y’ubuyobozi bwa teritwari ndetse n’ibiro […]

Minembwe: Haravugwa imirwano ikaze hagati y’Abanyamulenge na Mai-Mai

Imirwano ikaze hagati y’umutwe w’ubwirinzi w’Abanyamulenge n’inyeshyamba za Mai-Mai ikomeje guca ibintu kuva kuwa Kabiri, itariki 20 Ukwakira mu gace ka Kashasha, hafi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi ho muri Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi wa Minembwe, Gadi Mukiza, aravuga ko hamaze gupfa abantu hataramenyekana neza umubare wabo baguye muri iyo mirwano, ndetse abaturage benshi bataye […]

RURA suspend sa décision d’augmenter les tarifs des transports publics

L’Autorité de régulation des services publics du Rwanda (RURA) a annoncé mercredi 21 octobre que la décision controversée d’augmenter les tarifs de transport serait suspendue. Les frais pré-Covid-19 sont ce que les transporteurs factureront aux passagers à compter du vendredi 23 octobre 2020. «Suite à des consultations avec les parties prenantes concernées dirigées par le […]

Rusizi: Abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Giheke baratabaza nyuma y’amezi 4 batazi umushahara

Abaganga n’abandi bakozi bahembwa n’Ikigo Nderabuzima cya Giheke mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze amezi ane batazi umushara bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka z’imibereho, mu gihe ubuyobozi bw’akarere buvuga ko iki kibazo cyatewe no kuba RSSB yaratinze kwishyura iki kigo. Ni abaganga n’abandi bakozi bakora muri serivisi zitandukanye muri iki kigo nderabuzima giherereye mu Murenge […]

OIF: Catherine Cano wari wungirije Mushikiwabo yeguye ku mirimo ye

Uwari Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyakadakazi, Catherine Cano, yasezeye ku nshingano ze nyuma yo kutumva ibintu kimwe n’abo bakorana kwari gukomeje. Ukugenda kwe kwatangajwe kuri uyu wa gatatu, na Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango. Ubutumwa bwohererejwe abakozi bo ku cyicaro cy’uyu muryango I Paris buvuga ko Mushikiwabo yemeye kwegura kwa […]

Urwego rw’umutekano rwongeye kuza imbere mu gushimwa n’abaturage, urw’ubuhinzi ruza inyuma

ekxpmdmx0aey3xx.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruravuga ko mu Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye (Citizen Report Card-CRC 2020), Urwego rw’umutekano ari rwo rwaje imbere mu mu gushimwa n’abaturage naho urw’ubuhinzi rukaza ku mwanya wa nyuma. Ni ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, umutekano n’ituze by’Abanyarwanda bije ku isonga mu bushakashatsi bwa Karindwi […]

Burundi: Ababuriye ababo mu bwicanyi bw’i Kibimba babujijwe kwibuka

Mu gihe ku itariki ya 21 Ukwakira buri mwaka mu Burundi hibukwa iyicwa ry’abanyeshuri basaga 100 bo mu bwoko bw’Abatutsi biciwe ku ishuri ryisumbuye rya Kibimba, ryakurikiwe n’iyicwa rya Perezida Merchior Ndadaye, imiryango, inshuti y’aba banyeshuri n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu baravuga ko babujijwe kwibuka ababo ku nshuro ya 27. Bivugwa ko aba banyeshuri bishwe […]

Papa Francis yasabiye ababana bahuje ibitsina kwemerwa n’amategeko

Umushumba wa Kiliziya Gaturika, Papa Francis yatangaje ku mugaragaro ko yumva abashakanye bahuje ibitsina bakwiye kwemerwa imbere y’amategeko, ibintu bishobora kongera impaka ku nyigisho za kiliziya ubusanzwe zitemera ibijyanye no kubana kw’abahuje ibitsina. Ibyatangajwe na Papa, nubwo bitari mu nyigisho ze zemewe, bishoboka gushyira igitutu ku basenyeri gatolika bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere […]

Uko abanyeshuri biga baba ku bigo bazatangira gusubira ku mashuri mu cyumweru gitaha

Kuri uyu wa gatatu, itariki ya 21 Ukwakira, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko abanyeshuri biga baba ku bigo mu mashuri amwe yisumbuye, ay’imyuga ndetse n’amashuri yigisha uburezi bazasubira ku mashuri yabo guhera mu cyumweru gitaha. Abanyeshuri bazasubira ku ishuri mu gihe cy’amezi arindwi amashuri amaze afunzwe mu gihugu hose, kubera icyorezo cya Covid-19. Nyuma y’icyemezo […]

U Rwanda rwatangiye gufunga bimwe mu bigo byitaga ku banduye Covid-19

Mu gihe umubare w’abantu bakize Covid-19 mu Rwanda ukomeje kwiyongera ndetse abandura bagabanuka, Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gufunga byinshi mu bigo byabakurikirana, aho bivugwa ko bimwe muri byo bitakirimo gukora kubera kubura abarwayi. Biravugwa ko abantu banduye Covid-19 muri iyi minsi bagabanyutse cyane bakava ku 1600 babarurwaga ku itariki ya 6 Ukwakira bakaba bari bageze ku […]

Bamwe mu Barundi bataha bava mu Rwanda baba barimo gutotezwa

Umuturage w’Umurundi ucumbikiwe muri site ya Ruhororo yatawe muri yombi afungirwa muri kasho ya Komini ashinjwa ko nta byangombwa yari afite bigaragaza ko aherutse kuva mu Rwanda mu gihe abamwegereye bavuga ko yari abifite. Uyu witwa Emile Nahumuremyi bakunda kwita Kinunda yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa gatandatu, itariki 17 Ukwakira asanzwe mu kabari […]

Col Kaka Bagyenda uherutse kwirukanwa ku buyobozi bwa ISO yagizwe ambasaderi

Col Kaka Bagyenda wahoze ari umuyobozi w’urwego rushinzwe umutekano w’imbere (ISO) mu gihugu cya Uganda, akaba aherutse guhagarikwa kuri izi nshingano ze, ubu yagizwe Ambasaderi muri Angola. Abayobozi muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda baravuga ko ari we ugiye kuba umuyobozi wa mbere wa Ambasade nshya Uganda ifunguye muri iki gihugu giherereye mu majyepfo y’uburengerazuba […]

Ntibantunganya wayoboye u Burundi azayobora indorerezi za EAC mu matora yo muri Tanzania

Sylvestre Ntibantunganya wabaye Perezida w’u Burundi kuva mu 1994 kugeza mu 1996, yahawe inshingano zo kuzayobora indorerezi z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, mu matora ateganyijwe muri Tanzania ku itariki 28 Ukwakira 2020. Kuri uyu wa gatanu ushize, Ntibantunganya yakiriwe i Arusha n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Umurundi mugenzi we, Luberat Mfumukeko, aho ibiro bishinzwe gutanga amakuru […]

RDC: Inyeshyamba zirimo izivuga Ikirundi zirashinjwa gushimuta Abanyamulenge

Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko abantu bitwaje ibirwanisho barimo abavuga ururimi rw’Ikirundi mu ijoro ryo kuwa Gatandatu bashimuse Abanyekongo batatu bo mu bwoko bw’Abanyamulenge batuye ahitwa Mutarure, mu kibaya cya Rusizi, muri Teritwari ya Uvira. Bamwe mu baturage batuye aha bavuga ko abo bantu bitwaje […]

Rubavu: Hatawe muri yombi uwamburaga abaturage abakangisha ikimeze nk’imbunda

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 18 Ukwakira, yafashe uwitwa Sibomana Joseph w’imyaka 25, wamburaga abaturage amafaranga yifashishije igiti yabaje agiha ishusho imeze nk’imbunda. Yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi ari naho yamburiraga abaturage, ubusanzwe Sibomana avuka mu murenge wa Kanama mu kagari ka Musabike mu […]

Amateka ya Remera y’Abaforongo, aho Forongo yakubitiye inshuro Abanyoro

Remera y’Abaforongo ni hamwe mu hantu ndangamateka mu Ntara y’Amajyaruguru hakaba haramenyekanye cyane ku gitero Umugaba w’ingabo z’umwami Mibambwe I Sekarongoro I Mutabazi witwa Forongo akaba ari na we Abaforongo bakomokaho afatanyije n’ingabo ze batsindiye Abanyoro ahitwa Ngabotsinze. Aha ni mu karere ka Rulindo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda hari hatuye […]

Burundi: Umucamanza uzira kwicara mu ntebe y’umukuru w’igihugu yongeye kwitaba urukiko

Umucamanza Égide Nahayo, wahoze ari perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Rumonge (mu majyepfo y’iburengerazuba bw’u Burundi) akaba yarahoze ari umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire rwa Bujumbura, kuri uyu wa Gatanu ushize yongeye kwitaba abacamanza b’urukiko rw’ikirenga aho mu byo azira harimo kwicara mu ntebe y’umukuru w’igihugu. Abunganira uregwa bazagaragaje inenge ibuza gukemura ibibazo by’uru rubanza nko kuba uyu […]

USA: Umukandida Joe Biden yarushije Trump amafaranga azakoreshwa mu kwiyamamaza

Mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo umunsi w’itora ugere, inkunga y’amafaranga agenewe ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Joe Biden uhagarariye ishyaka ry’Abademocrate, yaruse iya Perezida Donald Trump uhagarariye ishyaka ry’Abarepubulikani. Inama nkuru y’Abarepubulikani yakusanyije miliyoni 251.4 z’Amadorali y’Amerika mu gihe Abademocrate bakusanyije miliyoni 432 z’Amadorali y’Amerika mu gihe kimwe n’icyo. Ushinzwe itumanaho mu bikorwa byo kwiyamamaza […]

Louise Mushikiwabo yasabye ibihugu bigize OIF byitegura amatora kuba maso

Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yahamagariye abantu “kuba maso imbere y’imvugo zibiba inzangano, cyane cyane mu bihe by’amatora ategerejwe kubera mu bihugu bigize uyu muryango “, asaba abo bireba bose kugerageza kwihanganirana no kwirinda” Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara, Louise Mushikiwabo yibukije amahame ya Francophonie mu bijyanye no guteza imbere demokarasi, uburenganzira n’ubwisanzure […]

Umushinjacyaha Bensouda yagiye muri Sudani gushaka uko Omar al-Bashir yakoherezwa i La Haye

Kuri uyu wa Gatandatu, Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Fatou Bensouda, yerekeje i Khartoum, umurwa mukuru wa Sudani mu ruzinduko rw’akazi rugamije ku kuganira ku iyoherezwa ry’uwahoze ari pererezida w’iki gihugu Omar al-Bashir ngo aburanishwe ku byaha byakorewe muri Darfur. Inama y’Abaminisitiri yagize ati: “Intumwa za ICC ziyobowe n’umushinjacyaha mukuru Fatou Bensouda zageze i Khartoum […]