Desmond Tutu, l’icĂ´ne sud-africaine anti-apartheid, dĂ©cĂ©dĂ©
Desmond Tutu, archevĂŞque Ă la retraite d’Afrique du Sud et icĂ´ne anti-apartheid, est dĂ©cĂ©dĂ© Ă l’âge de 90 ans. Tutu, laurĂ©at du prix Nobel de la paix et vĂ©tĂ©ran de la lutte de l’Afrique du Sud contre le rĂ©gime de la minoritĂ© blanche, est dĂ©cĂ©dĂ© dimanche. “Le dĂ©cès de l’archevĂŞque Ă©mĂ©rite Desmond Tutu est un […]
RDC: Umuyobozi w’inyeshyamba yishwe inka hafi 100 zari zasahuwe ziragaruzwa
Umuyobozi w’inyeshyamba, ushinzwe ibikorwa bya Mai-Mai Buhirwa, yiciwe muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo yishwe n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, itariki 25 Ukuboza 2021, naho inka hafi 100 ziragaruzwa. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu, Major DieudonnĂ© Kaseraka yavuze […]
Abagande, ibigo n’abafite aho bahuriye na Uganda, nka Bozize, 50 ku rutonde rw’ibihano bya Amerika
Amasosiyete n’abantu hafi 50 bo muri Uganda bahuye cyangwa bararebwa n’ibihano mpuzamahanga kandi urutonde rugenda rwiyongera uko iki cyemezo kigenda kigaragara mu bihugu bikomeye ndetse n’ibigo mpuzamahanga. urutonde rwa Uganda ruriho abandi bantu batari Abagende ariko bafite aho bahuriye nayo nka Francois Bozize wabaye Perezida wa Centrafrica. Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, u Bwongereza, […]
Amafoto: Kit 300 camouflage yakorewe guhisha abasirikare ikomeje gutangaza

Nyuma y’aho Isosiyete ikora ibicuruzwa byo kurokora ubuzima yo muri Israel yitwa Polaris Solutions ikoze ikoranabuhanga riituma abasirikari bari ku rugamba batagaragara mu mwka ushize, abatari bacye bakomeje gutangarira iri koranabuhanga. Ku bufatanye na Minisiteri y’Ingabo, iyi sosiyete yashyize ahagaragara iri koranabuhanga yise Kit 300, rikaba ari umwambaro wa camouflage ukozwe mu bikoresho bituma umusirikare […]
Donald Trump yashinje Abayahudi b’Abanyamerika kudakunda gakondo yabo
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yashinjwe kurwanya Abayahudi, kubera ibitekerezo yatanze ku nkunga y’Abayahudi bo muri Amerika kuri Israel aho yavuze ko Abayahudi bo muri Amerika badakunda cyangwa ngo bashyigikire Israel. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’umunyamakuru wo muri Israel, Barak Ravid, aho yanavuze ko Israel itagifite ijambo mu Nteko […]
RwandaAir reprend ses vols vers l’Afrique australe
La compagnie aĂ©rienne nationale, RwandAir, a annoncĂ© la reprise des vols vers l’Afrique australe Ă partir du 23 dĂ©cembre. La dĂ©cision d’interdire temporairement les vols entre Kigali et la rĂ©gion de l’Afrique australe dans le cadre des nouvelles mesures visant Ă contrĂ´ler la propagation de la variante Omicron de Covid-19 dans le pays a Ă©tĂ© […]
TPLF yemeye kuva mu bice byo muri Afar na Amhara yari yarigaruriye
Kuri uyu wa Mbere, umuvugizi w’ingabo za TPLF yavuze ko bagiye kuva mu turere duturanye n’Intara ya Tigray two mu majyaruguru ya Ethiopia bari barimo, intambwe iganisha ku guhagarika intambara nyuma y’amezi 13 y’intambara ikaze. Umuyobozi w’ishyaka rya Tigray People Liberation Front (TPLF), umutwe wa politiki ugenzura igice kinini cy’Intara ya Tigray, Debretsion Gebremichael, yagize […]
Rubavu: Hadutse abajura bari kwiba imyaka ikiri mu mirima
Mu Murenge wa Busasamana, Akarere Rubavu hadutse ubujura buhangayikishije abaturage bw’abantu barimo kubiba imyaka ikiri mu mirima. Aba baturage bakeka ko ubu bujura bukorwa n’abahoze barinda iyo myaka, bavuga ko ubu bujura bwibasira imyaka y’ibirayi n’ibindi bikiri mu mirima. Bavuga ko ubu bujura bubasigira igihombo gikabije nyamara baba barahinze bagamije inyungu, ari naho bahera basaba […]
Gabon: Uwatozaga abatarengeje imyaka 17 arashinjwa gusambanya abana magana
Umutoza ukomeye w’umupira w’amaguru muri Gabon arakekwaho kuba yarakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina abana babarirwa muri magana kandi umukuru w’igihugu kuwa Gatanu yasabye ubutabera gufungura iperereza no kurigeza muri federasiyo zose za siporo mu gihugu, hakarandurwa icyo yita “inyamanswa z’ubusambanyi”. Minisitiri w’imikino, Franck Nguema, yatangarije abanyamakuru ati: “Patrick Assoumou Eyi (…), umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje […]
Gen Kainerugaba yahishuye ko yagiye yitambikwa n’abo yafataga nka bakuru be
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yasezeranije urubyiruko kuzahora arushyigikira mu guteza imbere umwuga warwo bitandukanye n’urucantege we yahuye narwo rw’abantu yfataga nk’abamukuriye atigeze avuga amazina. Gen. Kainerugaba, akaba n’umujyanama wa perezida ku bikorwa bidasanzwe, kuri iki Cyumweru yibukije ko mu mwuga we wa gisirikare yahuye n’ibitero yise iby’”umuco […]
Nigeria: Abajura bitwaje intwaro bishe abantu 38 baranatwika
Abajura b’amatungo bitwaje intwaro kuri iki Cyumweru bishe abantu 38 mu bitero bitatu bagabye muri Leta ya Kaduna iri mu majyaruguru ya Nigeria nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi. Abo bajura bagendaga kuri za moto bateye uduce twa Kauran, Marke na Riheya muri Komini ya Giwa, nk’uko byatangajwe na Samuel Aruwan, umuyobozi muri Leta ya Kaduna. […]
Nyanza: Batawe muri yombi bashinjwa guhimba ibisubizo by’ibipimo bya COVID-19

Kuri iki cyumweru tariki ya 19 Ukuboza Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza yafashe Hategekimana Joseph w’imyaka 36 na Uwimana Francois bakurikiranweho gukoresha ubutumwa buhimbano bugaragaza ko bipimishije icyorezo cya COVID-19. Bafatiwe mu mihango yo gusaba no gukwa mu bukwe bwa Uwimana Joseph bwari bwaberereye mu murenge wa Ntyazo Akagari ka Katarara, Umudugudu wa Gasharu. […]
USA: Hari abemeza ko hashobora kuba coup d’etat cyangwa intambara y’abenegihugu

Ku wa Gatanu, abajenerali batatu bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru batanze umuburo ko hashobora kuzaba ikindi kigeragezo cyo guhirika ubutegetsi muri Amerika mu 2024 gishobora gucamo ibice igisirikare kandi kigashora igihugu mu ntambara y’abenegihugu itariteguwe. Uwahoze ari Jenerali Majoro, Paul Eaton, uwahoze ari Burigadiye Jenerali, Steven Anderson, n’uwahoze ari Jenerali Majoro, Antonio Taguba, baranditse bati: “Nk’igihugu […]
U Buhinde: Umugabo yakubiswe kugeza apfuye ashinjwa gukora sakirilego ku rusengero

Polisi yo mu Mujyi wa Amritsar wo mu Buhinde ivuga ko umugabo ukekwaho gushaka gukora igikorwa cya Sakirilego ku rusengero rwera rw’Aba-Sikh yakubiswe kugeza apfuye. Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, ngo ibi byabaye mu masengesho yaberaga mu rusengero rwa Golden Temple kuri uyu wa Gatandatu. Uyu mugabo ngo yinjiye mu cyumba cyera, ahabikwa igitabo cyera cya […]
Abanyura muri Nyungwe bavugwaho gushyira mu kaga urusobe rw’ibinyabuzima
Abakoresha umuhanda Nyamagabe-Rusizi unyura muri iyi pariki,kwitwararika ku isuku n’umutekano kuko kutabyubahiriza bikomeje gushyira mu kaga urusobe rw’ibinyabuzima birimo. Abari muri iyi modoka barerekeza i Kigali bavuye i Rusizi bavuga ko bazi uko bagomba kwitwararika mu rugendo rwabo mu gihe banyura muri Nyungwe. Ariko, Koperative Nyungwe Cultural Village, isanzwe ifasha ba mukerarugendo mu bukerarugendo bushingiye […]
Covid-19 izakomeza kuzunguza Isi kugeza muri za 2024 – Pfizer
Ku wa Gatanu, Pfizer Inc yahanuye ko icyorezo cya COVID-19 kizakomeza kuzunguza abatuye Isi kugeza mu 2024 ivuga ko doze nto y’urukingo rw’abana bafite hagati y’imyaka ibiri n’ine rwatanze ubudahangarwa bw’umubiri kuruta uko byari byitezwe. Umuyobozi mukuru ushinzwe ubumenyi muri Pfizer, Mikael Dolsten, mu kiganiro yagejeje ku bashoramari yavuze ko iyi sosiyete iteganya ko uturere […]
Vatikani: Karidinali Peter Turkson wafatwaga nk’Umunyafurika wa mbere uzaba Papa yeguye
Kuri uyu wa Gatandatu, Karidinali Peter Turkson, bamwe babonaga nk’umukandida wari kuzaba Papa wa mbere w’Umunyafurika mu myaka igera ku 1.500 ishize, mu buryo butunguranye yeguye ku mwanya yari arimo mu ishami ry’ingenzi rya Vatikani. Turkson, ufite imyaka 73, ukomoka muri Ghana, yabaye umujyanama w’ibanze wa Papa Fransisko ku bibazo nk’imihindagurikire y’ikirere n’ubutabera, kandi ni […]
Tchad igiye kohereza muri Mali izindi ngabo mu gihe u Bufaransa burimo gukurayo akarenge
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali yavuze ko Tchad iteganya kohereza abandi basirikare 1.000 muri Mali kugira ngo bongere ingufu ingabo zayo zirwanya intagondwa, nyuma y’aho u Bufaransa bukomeje gukura ingabo zabwo mu karere ka Sahel. Abasirikare ba Tchad bagize hafi 1400 mu ngabo z’umuryango w’abibumbye zigamije kubungabunga amahoro zigera ku 13.000 mu majyaruguru no hagati […]
Inshingano zo kureberera Polisi y’u Rwanda na RCS zashyikirijwe minisitiri mushya w’umutekano

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 17 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Ubutabera yashyikirije Minisitiri mushya w’umutekano, Alfred Gasana, inshingano za Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS). Minisitiri Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu, ifite inshingano yo kugenzura uko ibyaha bikura bigendanye n’ibihe, mu gihe ubuyobozi bushya bwayo buvuga ko kugira ngo umutekano […]
Le colonel Gatarayiha nommé chef adjoint du renseignement de défense
Le prĂ©sident Paul Kagame, en sa qualitĂ© de commandant en chef des Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF), a nommĂ© vendredi 17 dĂ©cembre le colonel François-RĂ©gis Gatarayiha au poste de chef adjoint du renseignement de dĂ©fense et directeur de la technologie. Gatarayiha Ă©tait jusqu’en septembre de cette annĂ©e le directeur gĂ©nĂ©ral de l’immigration et de l’Ă©migration […]
Col François-Régis Gatarayiha wagizwe Umuyobozi wungirije w’Ubutasi bwa Gisirikare ni muntu ki?
Perezida Paul Kagame mu bubasha bwe nk’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Gatanu, itariki 17 Ukuboza 2021, yazamuye mu ntera Col François-RĂ©gis Gatarayiha amugira Umuyobozi Wungirije w’Ubutasi bwa Gisirikare n’Umuyobozi w’Ikoranabuhanga (Deputy Head Defence Intelligence and Director of Technology). Kugeza muri Nzeri uyu mwaka Gatarayiha yari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka […]
Goma: Hadutse imyigaragambyo ikaze nyuma y’iyicwa ry’abantu 5 mu ijoro rimwe
Mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Goma kuri uyu wa Gatanu, itariki 17 Ukuboza 2021 hadutse imyigaragambyo simusiga yamagana iyicwa ry’abantu batanu bishwe mu ijoro rimwe ryakeye kuri uyu wa Kane. Imyigaragambyo yabereye mu duce twa Katoyi, Kyeshero na Ndosho, aho abaturage bashinze za bariyeri bamagana ubwo bwicanyi bwakozwe n’abajura bitwaje intwaro. Muri Kyeshero nk’urugero, ahategerwa […]
USA: Abasirikare 30,000 bashobora gusezererwa kubera kwanga urukingo, 103 batashye
Kuri uyu wa Kane, Igisirikare cyo ku butaka cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko cyasezereye abamarine 103 bazira ko banze gufata urukingo rwa COVID, icyemezo gishobora kugera ku basirikare 30,000 bataremera kwikingiza nubwo babonye amahirwe menshi yo kubikora mu gihe ntarengwa cyo gukingirwa cyatambutse. Mu mpera za Kanama, Minisitiri w’ingabo, Lloyd Austin yatangaje […]
Uganda: Abapolisi 2 biciwe kuri station ya polisi
Abapolisi babiri ba Uganda bishwe imbunda zabo ziribwa mu gitero abantu bane bitwaje intwaro bagabye kuri station ya polisi mu Karere ka Kiboga saa moya n’igice z’ijoro kuri uyu wa Kane. Umuvugizi wa polisi muri Wamala. Racheal Kawalla, yavuze ko abapolisi bishwe ari Cpl Francis Nsubuga na SPC Paul Ddimba. Ati “Ibimenyetso byerekana ko abo […]
Guverinoma yemeje ko nta muturage uzongera kwimurwa adahawe ingurane
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Claver Gatete, yavuze ko ibibazo by’ingurane byafatiwe ingamba aho umuturage azajya abanza kwishyurwa mbere yo gukorera mu mitungo ye, nyuma y’ibirego by’uburenganzira ku mutungo bishingiye ku butaka no kudahabwa indishyi ikwiye ku mitungo yangijwe n’imirimo y’ibikorwaremezo. Raporo ya Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu ya 2020/21 ni yo yatumye kuri uyu wa Kane, itariki 16 […]
Un tribunal français condamne Muhayimana à 14 ans de prison pour génocide
Un tribunal français a condamnĂ© jeudi un ancien chauffeur d’hĂ´tel Ă 14 ans de prison pour complicitĂ© dans le gĂ©nocide rwandais de 1994 pour implication dans le transport de miliciens hutus qui ont massacrĂ© des centaines de Tutsis. Le franco-rwandais Claude Muhayimana, 60 ans, a Ă©tĂ© reconnu coupable de complicitĂ© de gĂ©nocide et de crimes […]
Kenya: William Ruto yasabye Abanyakenya kutazatora “umunyabugugu” Raila Odinga
Visi Perezida wa Kenya, William Ruto yasabye Abanyakenya kutazatora Raila Odinga kubera ko ari “umunyabugugu”. Ibi William Ruto yabigarutseho ubwo yaganiraga n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri Samburu aho atuye muri Karen mu gihe yobitsaga abamuteze amatwi uko yahagararanye nabo mu myaka itanu ishize. Ati “Mwese muribuka igihe urusengero rwanyu ryatwikwaga. Nabafashije gushaka uburyo bwo kubuka […]
Uganda: Abadepite 3 ba NUP n’abahuzabikorwa bayo batawe muri yombi
Abadepite batatu b’ishyaka NUP (National Unity Platform) rya Bobi Wine n’abandi bahuzabikorwa baryo batandukanye bari bagiye kurinda amajwi y’umukandida w’iri shyaka ku mwanya w’ubuyobozi bw’Akarere ka Kayunga, Harriet Nakwende, batawe muri yombi. Abo badepite ni Aloysius Mukasa (Uhagarariye Rubaga y’Amajyepfo), Charles Tebandeke (Uhagarariye Bbaale) na Lukyamuzi Kalwanga (Uhagarariye Busujju). Batawe muri yombi kuri uyu wa […]
Inkingo za Covid-19 zigera muri miliyoni zigiye kwangizwa muri Nigeria
Abayobozi mu rwego rw’ubuzima muri Nigeria batangaje ko bagiye kwangiza inkingo zibarirwa muri miliyoni za Covid-19 zarengeje igihe (Expired) mbere y’uko zikoreshwa. Nigeria ikaba yafashe icyemezo cyo kutazongera kwakira inkingo zibikwa igihe gito. Ni Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere mu by’Ubuvuzi (NPHCDA) muri Nigeria, Faisal Shuaib wabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru i […]
Umugabo w’i Kigali yavumbuye amayeri yo gukwepa ibihano by’umuvuduko

Nshimiyimana Adolphe w’imyaka 37 yafashwe kuwa mbere, itariki ya 13 Ukuboza acyekwaho guhindura ibirango by’imodoka ye agamije gukwepa amande ajyanye n’umuvuduko. Yafatiwe mu Karere Nyarugenge, Umurenge wa Muhima, yafashwe nyuma yo guhindura ibirango by’umwimerere biranga imodoka ye. Yari ifite RAE 710 F ayihindura RAE 718 P ubwo yavaga mu Karere ka Rubavu ku italiki ya […]
U Rwanda ku mwanya wa 6 ku rutonde rwa Africa Visa Openness 2021
U Rwanda rwateye intambwe ikomeye, nyuma ya Tanzania, mu bihugu byo mu karere byafunguriye amarembo abashyitsi baturutse mu bindi bihugu bya Afurika ndetse na gahunda z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu myaka itanu ishize. Ibi ni ibyanditswe n’abanditsi ba raporo iheruka ku itangwa rya viza muri Afurika, “Africa Visa Openness 2021”. U Rwanda rwaje ku […]
La peine de prison de l’ex-ministre Munyakazi rĂ©duite Ă cinq ans, avec sursis
La Haute Cour a rĂ©duit de moitiĂ© la peine de prison infligĂ©e l’an dernier Ă l’ancien ministre d’Etat chargĂ© de l’enseignement primaire et secondaire, lui infligeant une peine de cinq ans avec sursis. L’amende de Dr Isaac Munyakazi a Ă©galement Ă©tĂ© rĂ©duite Ă 3 millions de Frw par rapport aux 5 millions de Frw initiaux […]
Apotre Mutabazi yagejeje ku Nteko ubusabe bw’uko Perezida Kagame yagirwa “Baba wa Taifa”, ati si ugucinya inkoro

Nyuma y’aho mu minsi ishize tubagejejeho inkuru ya Apotre Mutabazi Kabarira Maurice, aho yavugaga ko ateganya gusaba inteko ishinga amategeko kwiga ubusabe bwe bwo kugira Perezida Kagame Umubyeyi w’Igihugu (Baba wa Taifa), ubu amakuru agera kuri Bwiza.com na Bwiza TV aremeza ko Apotre Mutabazi yamaze kubishyira mu bikorwa yandikira ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko imitwe […]
Amerika yaburiye Mali yanze ingabo za Loni igashaka gukoresha abacanshuro ba Wagner
Kuri uyu wa Gatatu, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yiaburiye Mali ku ngaruka z’amafaranga no guhungabana k’umutekano niba guverinoma ihaye akazi abacanshuro bo mu Burusiya bakorera ikigo cya Wagner. Inteko iri ku butegetsi i Bamako ikangisha gukoresha serivisi z’iyi sosiyete yigenga yo mu Burusiya ikekwaho kuba yegereye Perezida Vladimir […]
Nyarugenge: Arashinjwa guhengera umugore we akamuturuka inyuma akamukeba ijosi
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaregeye urukiko umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we bashyingiranywe w’ imyaka 27 amukebye ijosi. Ni icyaha bivugwa ko cyakozwe saa tatu z’igitondo cyo ku itariki ya 06 Ukuboza 2021, mu Murenge wa Nyarugunga, Akagari ka Kamashashi, Umudugudu wa Mukoni. Uregwa avugwaho kuba yaragiye kugura icyuma ku isoko i […]
Afurika y’Epfo: Urukiko rwategetse ko Jacob Zuma asubira muri gereza
Urukiko Rukuru rwa Afurika y’Epfo rwategetse Jacob Zuma wahoze ari perezida w’iki gihugu gusubira muri gereza nyuma yo gushyira ku ruhande icyemezo cyari cyamufunguye by’agateganyo ku mpamvu z’uburwayi. Icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Zuma w’imyaka 79 “cyatangajwe ko kitemewe kandi gishyizwe ku ruhande”, nk’uko byasomwe n’umucamanza Elias Matojane ku wa Gatatu. Ishami rishinzwe imfungwa n’abagororwa ryavuze […]
Uwari umurinzi wa Perezida Emmanuel Macron arimo gukorwaho iperereza rifitanye isano n’Abarusiya
Alexandre Benalla, wahoze ari umurinzi wa Perezida Macron mbere yo kwirukanwa, kuri uyu wa Kabiri yatangiye gukorwaho iperereza kubera amasezerano y’umutekano mugenzi we yasinyanye n’Abarusiya. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano mu Bufaransa agera ku Biro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, avuga ko Benalla wirukanwe mu mwaka wa 2018 nyuma yo gufatwa amashusho yibasira abigaragambyaga, yafunzwe n’abapolisi kabuhariwe […]
RDC: Amashuri makuru na kaminuza 187 byafunzwe muri Kivu

Mu nyandiko ikomeje gukwirakwizwa yashyizweho umukono ku wa Gatanu, 10 Ukuboza 2021 na kopi yayo yageze kuri 7SUR7.CD, Minisitiri w’uburezi wa RDC, Muhindo Nzangi Butondo aratangaza ko hafunzwe kaminuza 88 n’ibigo bikuru byo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kubera ko “bidashoboye”, ibi bikaba byiyongera ku bindi 99 byafunzwe muri Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Kabiri, […]
Le ministère de la Santé a confirmé six cas de variante Omicron au Rwanda
Le Rwanda a confirmĂ© six cas de la variante Omicron du coronavirus, a dĂ©clarĂ© le ministère de la SantĂ©, alors qu’il poussait les autoritĂ©s Ă exhorter les gens Ă se faire vacciner. “Tous les passagers Ă l’arrivĂ©e doivent se mettre en quarantaine pendant trois jours dans un hĂ´tel dĂ©signĂ© Ă leurs propres frais”, a dĂ©clarĂ© […]
Abahuye na ruswa mu Rwanda bavuye kuri 19% mu 2020 bagera kuri 23% muri 2021 – TIR
Inzego z’abikorera n’ishami rya polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda biza ku isonga mu zo ruswa yiyongereye cyane kurusha izindi muri uyu mwaka wa 2021, muri rusange abatswe ruswa bakaba bariyongereyeho 4% muri uyu mwaka wa 2021 nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi buzwi nka “Rwanda Bribery Index” bwa Transparency International Rwanda. Uyu muryango urwanya ruswa n’akarengane […]
Burundi: Igitero cya grenade cyakomerekeyemo abantu bo mu muryango umwe barimo abana
Abantu bane bo mu muryango umwe batuye mu Mudugudu na Zone ya Gatete, muri Komini n’Intara ya Rumonge, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Burundi bakomerekeye mu gitero cya grenade mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuwa Mbere ushize. Bamwe mu bakomeretse bajyanywe kuvurirwa ku bitaro by’intara mu gihe abandi bajyanywe mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Bujumbura. Uwitwa […]
Asanga ibihano byahawe Gen. Kandiho bikwiye kugera no kubarimo Museveni n’umuhungu we
Ngo kubera ubugome bukabije bwahungabanyije uburenganzira bw’Abagande hirengagijwe amategeko y’imbere mu gihugu ndetse n’amategeko mpuzamahanga, hari abavuga ko bitumvikana kandi nta n’akamaro ko guhana gusa Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) Gen. Abel Kandiho, nk’uko Amerika yabikoze. Uwitwa Kakwenza Rukirabashaija uvuga ko iki ari igitekerezo cye (Opinion) cyatambutse ku rubuga blackstarnews, avuga ko “Iyo hataba […]
Burundi: Leta iravugwaho guhisha ukuri ku nkongi y’umuriro yibasiye Gereza ya Gitega
Iperereza rimaze gukorwa na Radio RPA yo mu Burundi riravuga ko haba hari ukuri kwahishwe ku nongi y’umuriro iherutse kubera muri Gereza ya Gitega nk’impamvu yayiteye ndetse n’umubare w’abayiguyemo. Iri perereza ry’iki gitangazamakuru rivuga ko nk’iyi nkongi y’umuriro yaba itaraturutse ku mashanyarazi nk’uko biherutse gutangazwa na Guverinoma y’u Burundi. Bivugwa ko uyu muriro wafatiye icya […]
Le Rwanda demande des Ă©claircissements sur le transfert d’anciens dĂ©tenus du TPIR au Niger
Le gouvernement rwandais a demandĂ© au MĂ©canisme des Nations Unies pour les tribunaux pĂ©naux internationaux (MICT) de clarifier les circonstances dans lesquelles huit Rwandais acquittĂ©s ou condamnĂ©s ayant purgĂ© leur peine Ă la Cour des Nations Unies, ont rĂ©cemment Ă©tĂ© transfĂ©rĂ©s au Niger. Les huit font partie des neuf qui sont restĂ©s pendant des annĂ©es […]
Uwahoze ari umuyobozi ushinzwe abakozi wa Sarkozy yatangiye igifungo cy’amezi 9
Claude GuĂ©ant, wahoze ari umuyobozi w’abakozi muri minisiteri yayoborwaga na Nicholas Sarkozy, yatangiye igifungo cy’amezi icyenda kuri uyu wa Mbere kubera kunyereza umutungo wa leta hagati ya 2002 na 2004. GuĂ©ant, w’imyaka 76, yoherejwe muri Gereza ya La SantĂ© mu murwa mukuru wa Paris nk’uko umunyamategeko we yabyemeje. Ifungwa rye rikaba rije nyuma yo kumuhamya […]
Ethiopia: Amakamyo 18 y’ibiribwa bya PAM yibwe n’abakekwaho kuba ingabo za leta
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM) kuri uyu wa Mbere ryatangaje ko ku nshuro ya kabiri mu gihe gito imfashanyo y’ibiribwa bigenewe abaturage bugarijwe n’inzara muri Ethiopia, byongeye kwibwa, aho bivugwa ko kuri iyi nshuro amakamyo 18 yibwe. Umuvugizi wa Loni, Farhan Haq, yavuze ko abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abasirikare ba leta […]
RDC: Perezida Tshisekedi yatangaje ko nta gihe Ingabo za Uganda zifite muri Congo
Perezida Felix Tshisekedi wa Repuburika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko ingabo za Uganda ziri mu gihugu cye, nta gihe kinini zihafite, aho kuri uyu wa Mbere yatangaje ko azakora ibishoboka zikahamara igihe gito. Ingabo za Uganda zifatanyije n’iza Congo zatangije igikorwa cyo kurwanya inyeshyamba za ADF, zikorana n’umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu muri […]
Igipolisi cy’u Rwanda n’icya Congo byasinyanye amasezerano y’ubufatanye
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukuboza Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Amuli Bahigwa Dieudonne n’intumwa ayoboye bageze ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Uyu muyobozi yakiriwe na mugenzi we uyobora Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza. Aba bashyitsi baje mu ruzinduko […]
Près de 200 avocats sanctionnés pour faute professionnelle
Un rapport de l’Association du barreau du Rwanda, l’organisme professionnel rĂ©gissant les praticiens du droit, a indiquĂ© que près de 200 avocats ont Ă©tĂ© sanctionnĂ©s pour diffĂ©rentes fautes professionnelles au cours des deux dernières annĂ©es (2019-2021). Au total, ils ont reçu 207 plaintes de clients et parmi ceux-ci, seuls 12 ont Ă©tĂ© dĂ©clarĂ©s innocents, et […]
Uzarushaho gukora neza igihugu kibyungukiremo -Perezida Kagame kuri Minisitiri Gasana
Perezida Paul Kagame yavuze ko minisitiri mushya w’umutekano, Alfred Gasana, imirimo agiye gukora nta gishya n’ubundi asanzwe akora mu bijyanye n’umutekano, amwizeza ubufasha kugirango azabashe gusohoza inshingano ze neza bityo n’igihugu kibyungukiremo. Minisitiri mushya w’Umutekano w’u Rwanda, Alfred Gasana, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Ukuboza 2021 yarahiriye inshingano ze nshya zo […]
Abavoka hafi 200 bahawe ibihano kubera imyitwarire idahwitse

Raporo y’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, urwego rw’umwuga rugenga abakora umwuga w’amategeko, rwerekanye ko abanyamategeko hafi 200 bahawe ibihano kubera amakosa atandukanye mu myaka ibiri ishize (2019-2021). Muri rusange, bakiriye ibirego 207 by’abakiriya kandi muri byo, 12 gusa ni bo basanze ari abere, naho abandi basanga bifite ishingiro abanyabyaha bahabwa ibihano bitandukanye. Raporo yatanzwe na Gatera […]
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Naftal Bennett, yakoze uruzinduko rw’amateka muri UAE

Kuri uyu wa mbere, Bennett yahuye n’igikomangoma Sheikh Mohammed bin Zayed Al-Nahyan mu ngoro ye bwite, nk’uko abayobozi ba Isiraheli babitangaje, nyuma y’uko Minisitiri w’intebe ageze mu murwa mukuru, Abu Dhabi, ku cyumweru mu ruzinduko rw’amateka. Bennett utegerejweho kwibanda ku bucuruzi, nk’uko umuvugizi we abitangaza, ngo uruzinduko rwe rwerekanye “ukuri gushya” ku karere. Yatangarije Ibiro […]
Amajyepfo: Ukekwaho kwihekura avuga ko yagiye ku musarani akumva umwana yituyemo
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, mu cyumweru gishize bwashyikirijwe dosiye y’umukobwa wari utwite ushinjwa guta umwana mu musarani mu gihe we avuga ko yagiye kwituma akumva umwana yituye mu musarani. Ni umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo kwikuramo inda ku bushake, yaba yarakoze ku itariki ya 4 Ukuboza 2021, mu Mudugudu wa Nyanza Akagali […]
Suwede: Impanuka y’imbonekarimwe y’amato abiri yagonganye mu Nyanja ya Baltique
Amato abiri y’imizigo yagonganye mu nyanja ya Baltique ku nkombe z’umujyi wa Ystad wo muri Suwede ndetse n’ikirwa cya Bornholm cyo muri Danemark. Bumwe mu bwato bwarohamye, kandi amatsinda yo gushakisha no gutabara arashakisha byibuze abantu babiri. Kuri uyu wa Mbere, nibwo aya mato abiri y’imizigo yagonganye mu nyanja ya Baltique nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe […]
Amafoto: Uburanga bwa Harnaaz Sandhu wegukanye ikamba rya Miss Universe 2021

Kuri iki Cyumweru, itariki 12 Ukuboza 2021, Umuhindekazi Harnaaz Sandhu yambitswe ikamba rya Miss Universe ku nshuro ya 70, aza ku mwanya wa mbere mu bahatanaga bagera kuri 80 mu irushanwa ryakozweho na politiki n’icyorezo. Harnaaz Sandhu w’imyaka 21 yavukiye kandi akurira muri Punjab, kuri ubu ari gukurikirana amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri […]
Gitega: Abantu bataramenyekana bibye amadosiye asaga 1000 y’urukiko
Abantu bataramenyekana mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoza binjiye mu rukiko rwa Gitega mu murwa mukuru w’u Burundi nyuma yo kwica amadirishya, biba amadosiye asaga igihumbi, aho abantu bari bafite imanza zitararangira bafite impungenge. Impamvu yateye iyibwa ry’aya madosiye ntabwo iramenyekana. Umuzamu urara kuri uru rukiko yatawe muri yombi ajyanwa muri kasho ya polisi ya Gitega […]
Roma: Musenyeri yibasiwe nyuma yo kubwira abana ko “Père Noel” ari baringa
Diyosezi y’Abagatolika b’Abaromani muri Sicile yasabye imbabazi nyuma y’amakuru yagiye ahagaragara avuga ko musenyeri wayo yabwiye abana ko “Père Noel” atabaho. Ibinyujije kuri Facebook, Diyosezi ya Noto yavuze ko intego ya Musenyeri Antonio Stagliano atari “ugusenya igikundiro cya Noheri ku bana bato”. Umuyobozi ushinzwe itumanaho rya Diyosezi, Alessandro Paolino, yatangaje ko ababajwe cyane n’ibyavuzwe, avuga […]
La Première Dame appelle Ă l’Ă©galitĂ© des sexes chez les scientifiques africains
La Première Dame Jeannette Kagame a plaidĂ© en faveur de l’Ă©galitĂ© des sexes dans la science et le domaine scientifique dans les pays africains. “La science et la recherche sont les tremplins vers le dĂ©veloppement technologique, mais nous n’atteindrons nos objectifs en termes de santĂ© que si tout le monde est impliquĂ© et l’implication des […]
Kenya: Weston Hotel ya Visi Perezida Ruto ivugwaho guhisha umucuruzikazi uregwa kunyereza imisoro
Weston Hotel, ya Visi Perezida wa Kenya, William Ruto, iravugwaho guhisha ko umuherwe w’umucuruzikazi witwa Mary Wambui Mungai yari ayirimo igihe yashakishwaga n’igipolisi kubera kunyereza imisoro ibarirwa muri miliyari 2,2 z’Amashilingi ya Kenya. Inyandiko abashinjacyaha bashyikirije urukiko zivuga ko nubwo Mungai n’umukobwa we, Purity Njoki bari muri iyi hoteli, kuhaba kwabo kwahishwe kuko kutanditswe mu […]
Uganda iraterana amagambo na USA ku bihano bya Kandiho, haratekerezwa n’ibindi bihanitse
Amerika yashyize umucyo ku bihano by’imari yafatiye umuyobozi mukuru w’ubutasi bwa gisirikare (CMI), Maj Gen. Abel Kandiho, yerekana ko yagiye mu biganiro bitandukanye n’abayobozi ba leta ya Uganda ku ihohoterwa n’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu. Ku wa Kane, Umuvugizi wa Ambasade y’Amerika i Kampala, Anthony Kujawa, yatangaje ko Amerika yagaragaje impungenge z’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu binyuze […]