Burundi: Abatoye Yego mu matora ya kamarampaka nibo baza imbere
Ku wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, nibwo mu gihugu cyâu Burundi habaye amatora ya kamarampaka, mu gihe amajwi akibarurwa abatoye YEGO, ngo Itegeko Nshinga rivugururwe nibo baza imbere yâabatoye Oya, bifuza ko ryaguma uko riri. Komisiyo Ishinzwe Amatora mu Burundi, CENI, itangaza ko amajwi yabaruwe mu rwego rwâIntara ataragera ku cyicaro cyayo. Ariko […]
Umwami Mswati III wa Swaziland yahinduye izina ry'iki gihugu
 Umwami w’igihugu cya Swaziland, Mswati III yahinduye izina ryacyo akita Eswatini ‘Igihugu cy’ubutaka kavukire”. Iri zina ryahinduwe n’umwami Mswati III ashingiye ku itegeko No. 80 ryo mu 2018 ryashyizweho umukono na we ubwe, rinasohoka mu igazeti ya Leta. Mbere y’uko Umwami afata icyemezo cyo guhindura izina ry’igiihugu cye, ngo yabanje kubitangaza mu kwezi gushize mu […]
Minisitiri wâUburezi arasaba abarezi kwigisha uburere buzira ingengabitekerezo ya jenoside
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Mutimura Eugene avuga ko uburezi bwa bose ariryo pfundo ry’u Rwanda rwa none n’ejo hazaza, bityo agasaba abarezi guha abana uburere buzira ingengabitekerezo ya jenoside. Ibi yabitangarije ku rwibutso rwa jenoside rwa Kiziguro, mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Gicurasi 2018, ubwo abakozi ba Minisiteri yâUburenzi (Mineduc) nâibindi […]
Ubusambanyi buravuza ubuhuha hagati yâabarimu nâabanyeshuri muri kaminuza ya Makerere
Iperereza ryakozwe muri Kaminuza ya Makerere, rigaragaza ko ubusambanyi hagati yâabarimu nâabanyeshuri, bumaze gufata indi ntera, mu gihe bukorwa abanyeshuri bashukishwa amanota. Iperereza ryakozwe mu gihe cyâamezi abiri, cyane cyane rikorwa harebwa ihohoterwa rikorwa rishingiye ku gitsina, byagaragaye ko iyo ngeso yeze cyane muri Kaminuza ya Makerere iherereye mu mujyi wa Kampala muri Uganda Nkâuko […]
30% byâimpunzi zâAbanye Congo ziri mu nkambi ya Kiziba zimaze kwiyandikisha zishaka gutaha
Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) ryatangiye kwandika impunzi zishaka gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu 30% bakaba bamaze kwiyandikisha. Minisiteri Ishinzwe Imicungire yâIbiza nâImpunzi (Midimar) yatangaje ibi, ku wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, mu kiganiro yagiranaga na Komisiyo yâIngengo yâImari nâumutungo byâIgihugu, ku mbanzirizamushinga wâingengo yâimari yayo 2018/2019. Umunyamabanga Uhoraho muri […]
Uganda: Hibwe imbunda mu rugo rwa Gen Salim Saleh
Inzego zâumutekano muri Uganda ziri mu iperereza ry’imbunda yari yibwe mu rugo rwa Gen Salim Saleh, umuvandimwe akanaba umujyanama wa Perezida Museveni wa Uganda. Ku wa 9 Gicurasi 2018, nibwo amakuru yamenyekanye ko imbunda yibwe, hakekwa umusirikare witwa Richard Komakech wavuye ku kazi nta ruhushya ahawe. Umuvugizi wâigisirikare, Brig. Richard Karemire yemeje aya makuru, atangariza […]
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe
Visi Perezida wâInteko Nshingamategeko yâu Burundi, Rwasa Agathon avuga ko bamwe mu bayoboke be bafunzwe abandi baricwa mu bihe hitegurwaga amatora ya kamarampaka yabaye ku wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018. Aganira nâitangazamakuru ubwo yari amaze gutora ku biro byâitora bya Ciri, mu ntara ya Ngozi, ahagana saa tanu zâamanywa zo kuri uyu wa […]
Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga
Mu cyumweru gishize nibwo hari hatangajwe inkuru zâuko abakerarugendo babiri bâAbongereza bashimutiwe muri Pariki ya Virunga, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kurekurwa, bitangazwa ko ari inyeshyamba za FDLR zari zabashimuse. Ku wa 11 Gicurasi 2018, nibwo Abongereza babiri nâabashoferi bari babatwaye bâabanyecongo, bashimuswe, nyuma yo kurasanaho kwabaye hagati yâabashinzwe kurinda pariki nâizi […]
Abakinnyi ba Rayon Sports batunguwe nâuko nta bafana bagiye kubakira ku kibuga cyâindege i Kanombe
Ubwo ikipe ya Rayon Sports yari ikubutse muri Tanzanira, ivuye gukina nâikipe yaho, igatahana intsinzi itarashimishije abafana bayo, yasesekaye i Kigali, itungurwa no kubura abafana benshi baje kuyakira. Ahagana saa yine na makumyabiri zâijoro (20:20) zo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, nibwo abakinnyi ba Rayon Sports, umutoza nâabandi bari bajyanye nayo […]
Icyumweru cyâibikorwa bya Polisi: Hakozwe ubukangurambaga mu mashuri
Ubukangurambaga ku kurwanya no gukumira ukwishora mu biyobyabwenge burakomeje nkâuko gahunda iteye mu cyumweru cya mbere cyâukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi yâu Rwanda mu mwaka wa 2018. Ku wa kabiri tariki 16 zâuku kwezi, Polisi yatanze ibiganiro mu bigo byâamashuri 23 byo mu turere dutandukanye; ababitanze bakaba baribanze ku bwoko bwâibiyobyabwenge bikunze gufatirwa mu Rwanda, […]
Ihohoterwa rikorerwa abana ryiganje mu gukubita abâabahungu mu ngo no mu mashuri- Ubushakashatsi
Ubwo hashyirwaga ahabona ubushakashatsi bwakozwe ku ihohoterwa rikorerwa abana nâurubyiruko mu Rwanda, Minisiteri yâubuzima mu Rwanda, yasabye ababyeyi nâabarezi kwirinda gukubita abana ko bibagiraho ingaruka mbi ku mu biri no mu mitekerereze yabo. Ni ubushakashatsi bwamuritswe kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe mu Kigo […]
Kigali: Dr. Munyakazi Leopold yasabiwe igifungo cya burundu yâumwihariko
Urugereko rwihariye rwâurukiko rukuru i Kigali, kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, rwumvise abashinja nâabashinjura Dr Leopold Munyakazi, ubushinjacyaha bumusabira igifungo cya burundu yâumwihariko. Mu kwezi gushize nibwo abatangabuhamya bashinjura Dr Munyakazi bumviswe aho avuga i Kirwa mu murenge wa Kayenzi, akarere ka Kamonyi, naho abamushinja bumvirwa mu rugereko rwihariye rwâurukiko Rukuru […]
Nizeye neza ko Zari azaba uwanjye- Umuhanzi Ringtone
Umunyakenya uririmba indirimbo zihimbaza Imana uzwi nka Ringtone amaze iminsi uvugwa cyane bitewe no kuba ashaka kwiyegurira umutima wa Zari Hassan Tlale wahoze ari umugore wa Diamond, kuri ubu yamaze gutangaza ko atacika intege kugeza yegukanye uyu mugore. Ibi uyu muririmbyi yabitangaje nyuma yaho Zari yanze kwakira impano y’imodoka yari yagenewe n’uyu muhanzi ubwo yari […]
Umuyobozi wâinyeshyamba za Antibalaka zo muri Centrafrika yafatiwe muri Congo
Umuyobozi mukuru wâinyeshyamba za âAntibalakaâ zo muri Centrafrika, Gen. Pinho yafashwe nâigisirikare cya Congo (FARDC) muri Teritwari ya Bondo. Ku wa Gatatu tariki ya 16 Gicurasi 2018, nibwo Gen. Pinho yafashwe ari mu gace ka Kanzau muri Teritwari ya Bondo arinzwe nâabasirikare basaga 30 buri wese afite intwaro ye. Radiyo Okapi dukesha iyi nkuru, itangaza […]
Nyabihu: Minisitiri wâIntebe arakangurira ababyeyi kurandura ikibazo cyâimirire mibi n'igwingira mu bana
Minisitiri wâIntebe, Dr Ngirente Edouard arasaba ababyeyi bo mu karere ka Nyabihu, Â kurandura burundu ikibazo cyâimirire mibi ndetse nâigwingira mu bana. Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe ho mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, niho Minisitiri wâIntebe yatangirije ubukangurambaga bwo kurandura ikibazo cyâigwingira mu bana bato mu […]
Bugesera: Abahinzi bâumuceri barataka igihombo batewe nâibiza byakuruwe nâimvura
Abahinzi basaga 1800 bahinga umuceri mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera baravuga ko kubera ibiza byatewe n’imvura idasanzwe byabahombeje amafaranga agera kuri miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda. Bagasaba ko Leta yabavuganira kugira ngo ibigo by’imari byari byabahaye inguzanyo bibihanganire muri ibi bihe bikomeye barimo nyuma yo kwibasirwa nâibiza. Aha baroba amafi, ubusanzwe […]
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa
Polisi yo muri Uganda irimo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka akagonga umuyobozi wa Polisi mu gace  ka Kyebando, agahita apfa. Polisi itangaza ko ibi byabaye ku wa Kabiri tariki ya 15 Gicurasi 2018, Francis Kato wari umuyobozi wa polisi mu gace ka Kyebando agongwa nâimodoka yihutaga cyane iva mu cyerekezo cya  Kira. Umuyobozi wa polisi […]
Kigali: Ibikoresho bya Family Tv byafatiriwe kubera amadeni
Nyuma yâuko televiziyo ikorera mu Rwanda izwi nka Family Tv ijyanywe mu nkiko kubera kunanirwa kwishyura amadeni yari ifitiye ikigo cyâitumanaho cyayigurishaga interineti, byabaye ngombwa ko abanyamakuru basohorwa mu kazi ibikoresho birazingwa. Amakuru agera kuri bwiza.com avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Gicurasi 2017, aribwo umuhesha wâinkiko yinjiye aho iyi televiziyo ikorera […]
Burundi: Abaturage bazindukiye mu gikorwa cy'amatora ya kamarampaka- AMAFOTO
Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, Abarundi babukereye bitabira amatora ya Kamarampaka, batora YEGO na OYA, ngo Itegeko Nshinga ry’u Burundi ribe ryahindurwa cyangwa rigume uko ryari risanzwe. Abitabiriye amatora hagaragayemo n’umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza n’umufasha we Denise Nkurunziza, batonze umurongo nk’abandi baturage ku biro by’itora bya ECOFO […]
Nyamasheke: Abana bari munsi yâimyaka 5 bugarijwe n'uburwayi bwâinzoka zo mu nda buterwa nâisuku nke
Bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Mutongo, umurenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko abana babo, cyane cyane abari munsi yâimyaka itanu yâamavuko bakunze kwibasirwa n’uburwayi bwâinzoka, bavuga ko ahanini biterwa nâisuku nke. Ababyeyi bavuga iki kibazo kibakomereye, nâubwo bagerageza kuvuza abana babo ariko indwara zâinzoka zo mu nda ngo biranga zikabazahaza, […]
Zeid Hussein ugereranya u Burundi nâiseta ibagirwaho abantuâ aranenga Leta yabwo
Nyuma yâigitero cyagabwe mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi, kigahitana ubuzima bwâabantu 26, Intumwa Nkuru ya Loni ku burenganzira bwa muntu, Zeid Raâad Al Hussein, aranenga Leta yâu Burundi itarabashije kurinda umutekano wâabaturage. Zeid Raâad Al Hussein avuga ko hakenewe ibisobanuro byinshi kuri ubu bwicanyi, hakamenyekana ababukoze, akavuga ko u Burundi bwuzuye ibinyoma. Yagize ati âBishobora kuba byaturutse ku mpamvu […]
Ubuyobozi bwâakarere ka Rusizi bwagaragarije Abasenateri raporo 'itekinitse' bunyomorezwa aho
Ubwo ubuyobozi bwâakarere ka Rusizi bwagaragariza Abasenateri bagize Komisiyo yâ Ubukungu nâ Imari, Â raporo igaragaza aho bageze bageza amazi meza ku baturage, basanze irimo itekinika batamarizwa aho, banemera kubikosora. Ku wa Kabiri tariki ya 15 Gicurasi 2018, ubwo Abasenateri bagize Komisiyo yâ Ubukungu nâ Imari, basuraga aka karere, nibwo babeshye, umwe muri bo agezaho yemera […]
Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau
Urubanza ruregwamo Barahira Tito na Ngenzi Octavien bombi bayoboye Komini Kabarondo bakaba bashinjwa Jenoside rugeze mu bujurire i Paris. Nyuma yo kuba ruhagaze iminsi 10 (4-14 Gicurasi ) ku mpamvu zâuburwayi nâabunganizi bifuzaga kugera ahakorewe icyaha, kuri uyu wa mbere rwasubukuwe. Ibindi byagarutsweho mu rukiko : -Kwica abana niko gutsemba, nâuwari mu nda yahawe ubwoko aricwa, […]
Uganda: Umuryango wa Rutagungira ushinjwa gushimuta Lt Joel Mutabazi, uratabaza Loni
Umuryango wa RenĂ© Rutagungira ufungiye muri Uganda wandikiye agashami ka Loni gashize uburenganzi bwa muntu, ugasaba kugira icyo ukora ku iyicarubozi ngo akorerwa aho afungiye. RenĂ© Rutagungira, ni umunyarwanda, afungiye muri Uganda kuva mu Kanama 2017, ashinjwa ibyaha birimo ugushimuta Lt Joel Mutabazi wahoze ari mu basirikare barinda Perezida Kagame wâu Rwanda, agasubizwa mu Rwanda […]
Abahigira guhirika Leta yâu Rwanda umugambi ubapfubana ntaho bari bagera
Amwe mu mashyaka ya politiki akorera hanze yâu Rwanda agizwe nâabatavuga rumwe na Leta yâu Rwanda yagiye yishyira hamwe agamije icyo yise âimpinduka mu Rwandaâ, no kuvanaho ubutegetsi buriho ariko bamwe mu bayagize ntibyabahiriye, abandi bacika intege batararenga umutaru. Ubu, umunyapolitiki Rusesabagina Paul afatanyije na Sankara Callixte bavuga ko bishoye mu kibuga gushobora ibimaze kugeragezwa […]
Amama Mbabazi agiye gushyingirana na perezida wâAfurika yâEpfo Cyril Ramaphosa
Mu minsi ya vuba, Amama Mbabazi wahoze ari Minisitiri wâIntebe muri Uganda araba bamwana wa Cyril Ramaphosa, umuyobozi mushya wa repubulika yâAfurika yâEpfo nyuma yâuko abana babo bashakanye bakabana nkâumugore nâumugabo. Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko umuryango wa Amama Mbabazi watangaje ko mu mpera zâiki cyumweru, mwishywa wa Amama Mbabazi witwa Bridget Birungi Rwakairu […]
Abahanzi batanu bahenze gutumira muri Uganda – Amafoto
Umuziki wa  Uganda umaze gutera imbere kuburyo utatinya kuvuga ko uri ku rwego rwo hejuru muri Afurika byâumwihariko Afurika yâiburasirazuba uku gukundwa kwawo bituma nâabawukora binjiza kuburyo bugaragara aho usanga abahanzi bo muri Uganda bihagazeho, igihe ukeneye umuhanzi wakwifashisha mu birori biba bigoye utifite, aba ni abahanzi 5 bahenze igihe ukeneye gutumira umwe muri bo. […]
Burundi: Abatavuga rumwe na leta basabye ko amahanga yabufatira ibihano
bikomeye Abanyepolitike batavuga rumwe na leta yâu Burundi bibumbiye mu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu basabye ko amahanga yafatira kiriya gihugu ibihano bikomeyye kubera ibibazo biri mu miyoborere ndetse no muri politiki bavuga ko byatumye igihugu gicikammo ibice. Aba banyepolitiki biganjemo abari mu buhungiro bavugiye mu kiganiro bagiranye nâitangazamakuru cyateguwe nâumuryango uharanira uburenganzira bwa muntu […]
Nyamasheke: Umusaza wâimyaka 59 yasanzwe mu giti cyâimyembe yapfuye
Mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Gasayo, umurenge wa Karengera ho mu karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu ruteye urujijo rwâumusaza, Ngendahayo Jean wâimyaka 59 yâamavuko, wabyutse saa munani zâijoro  zo ku cyumweru tariki ya 13 Gicurasi 2018, ajya kwihagarika ntiyagaruka mu nzu, mu gitondo bamusanga mu giti cyâimyembe ho amanitse yapfuye. Nkâuko Bwiza.com yabitangarijwe nâumunyamabanga […]
Ku wa 16 Gicurasi 1994: Interahamwe n'abasirikare bishe Abatutsi benshi bari i Kabgayi
Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) itangaza ko ku munsi nk’uyu wa 16 Gicurasi mu 1994, Interahamwe nâabasirikare bishe abantu babarirwa mu magana bari bahungiye kuri Kiliziya i Kabgayi. Kuri iyi tariki kandi ingabo za FPR/Inkotanyi zafashe agace ka Bugesera zirokora abantu […]
U Rwanda rugiye kongera umubare wa za kamera zo ku mihanda mu mujyi wa Kigali
Leta yâu Rwanda igiye gushora akayabo ka Miliyari zigera kuri 5 zâamafaranga yâu Rwanda mu kugura izindi kamera zo ku mihanda zizwi nka CCTV hagamijwe gukaza umutekano mu mujyi wa Kigali. The New Times dukesha iyi nkuru ivuga ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa guhera mu mwaka utaha, bikaba binateganyijwe ko aya mafaranga agomba kuzongerwa […]
Uganda: Umusaza wâimyaka 80 yarashe umugore we wâimyaka 30 aramwica
Polisi yo mu gihugu cya Uganda mu gace ka Mityana, iri mu iperereza ryâumusaza wâimyaka 80 bikekwa ko yaba yarashe umugore we akamwica. Nkâuko polisi yabitangarije chimpreports, ngo umusaza witwa Samuel Baliluno wâimyaka 80, acyekwaho kurasa umugore we, Agnes Nakimera mu rutugu ahita apfa. Umuvugizi wa polisi mu gace ka Mityana, rejiyo ya Wamala, Kikandwa […]
Inzobere zâabaganga bâAbanyamerika zigiye kumara iminsi 10 mu Rwanda zivura umwingo nâibibari
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018, nibwo inzobere zâabaganga bâAbanyamerika basesekaye ku kibuga cyâindege cya Kigali i Kanombe, bakaba bazamara iminsi 10 mu Rwanda bavura umwingo nâibibari. Aba baganga bazaba bavurira mu bitaro bya Gitwe biherereye mu karere ka Ruhango, ubuyobozi bwabyo bukavuga ko bizeye ko hari umubare munini wâabarwayi […]
Nyamasheke: Mu mirenge ya Kanjongo na Bushekeri hatoraguwe imbunda abaturage bahinga
Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko mu mirenge ya Kanjongo na Bushekeri mu karere ka Nyamasheke gutoraguwe imbunda abaturage bahinga, ngo bikaba bigaragara ko aho zakuwe zahatabwe mu myaka ishize binagendanye nâibihe igihugu cyanyuzemo, zikaba zitoraguwe hashize iminsi mike cyane no mu murenge wa Bushenge muri aka karere hatoraguwe gerenade mu gitsinsi cyâinsina ubwo nanone […]
Bidasubirwaho, perezida Trump agiye guhura na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru
Perezida wâAmerika Donald Trump yatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Kamena aba yabonanye na mugenzi we wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un bakaganira amaso ku maso ibyerekeye ibitwaro bya kirimbuzi. Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, perezida Donald Trump yagize ati âNiduhura bizaba ari ibihe bidasanzwe kuko tuzaganira ibintu bifitiye isi umumaro bigamije kuyigarurira amahoro.â Perezida […]
Kanyinya: Bifuza kubona imibiri yâababo bishwe muri jenoside bakabashyingura mu cyubahiro
Ubwo abaturage bo mu murenge wa Kanyinya wo mu karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali, bibukaga ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, basabye ko bafashwa kubona imibiri y’ababo bishwe muri jenoside bagashyingura mu cyubahiro. Umuhango wo kwibuka wabaye mu mpera zâicyumweru gishize, utangizwa nâurugendo rwo kwibuka nyuma haba ibiganiro nâubuhamya bwatanzwe nâabaturage bari batuye […]
Umuhanzi Davido mu nzira zihagarika umuziki burundu
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido akomoka mu gihugu cya Nigeriya yatangaje ko agiye guhagarika umuziki akareba ibindi yerekezamo mu gihe cya vuba. Ubwo yaganiraga nâitangzamakuru umuhanzi Davido wavutse 21 Ugushyingo 1992 kuri ubu ufite imyaka 25 yatangaje ko niyuzuza imyaka 30 azahita ahagarika umuziki burundu bivuzeko  yihaye igihe kingana nâimyaka 5 akora umuziki Yagize […]
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto
Rayon Sports yahagurutse hano mu Rwanda i saa tanu n’igice z’igicuku yerekeza i Dar Es Salam ho muri Tanzaniya kuri uyu wa 14 Gicurasi 2018 aho yahagurukanye abakinnyi 18 bazakurwamo abazakina na Young Africans mu marushanwa ya CAF Confederation cup ndetse abakinnyi bose bakaba bamaze kuhagera Ni nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports inganyirije i […]
Umugore wa perezida Trump, Melania ari mu bitaro
Umugore wa perezida wâAmerika, Melania Trump ari mu bitaro aho agomba kumara iminsi 7 akurikiranwa nâabaganga ku ndwara yâimpyiko. Melania wâimyaka 48 yoherejwe mu bitaro bya Walter Reed medical center biherereye mu mujyi wa Bethesda guhera kuwa mbere wâiki cyumweru, nyuma yo kubona ko impyiko ze zitameze neza, ubu akaba ari kugurikiranwa nâabaganga bâinzobere. Ikinyamakuru […]
Rubavu: Abayobozi bavuga ko hakiri aboshya abaturage kubyara bagamije kuzuza isi
Nyuma yâuko bigaragaye ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bikirangwamo ibibazo byâimirire mibi, abayobozi batandukanye bahagurukiye iki kibazo ndetse banashakisha uburyo cyacika burundu. Ni muri urwo rwego mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ubuzima bwâumubyeyi nâumwana mu Rwanda abaminisitiri barimo uwâubuzima, Diane Gashumba ndetse na Minisitiri wâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango Nyirasafari Esperance basuye abaturage ba […]
Yerusalemu: Abagera kuri 52 bamaze kugwa mu myigaragambyo yakuruwe na Amerika yimuye ambasade yayo
Abantu bagera kuri 52 ni bo bamaze kubarurwa ko baguye mu bikorwa byâimyivumbagatanyo hagati ya Israel na Parestine ubwo Amerika yari mu bikorwa byo gufungura ku mugaragaro ambasade yayo mu mujyi wa Yerusalemu. BBC dukesha iyi nkuru iravuga ko ingabo za Israel ari zo zamennye urufaya rwâamasasu ku baturage ba Palestine ubwo bari mu myigaragambyo, […]
Burundi: Loni ibabajwe nâubwicanyi bwahitanye abantu 26 mu Ntara ya Cibitoke
Intumwa idasanzwe mu Burundi yâUmunyamabanga mukuru wâumuryango wâAbibumbye, Michel Kafando, atangaza ko bababajwe kandi banenga ubwicanyi bwakorewe abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke bugahitana abuzima bwâabantu 26. Ni ubwicanyi bwakozwe ku wa 11 Gicurasi 2018, abantu 26 bicishwa ibyuma nâamasasu, abandi benshi barakomereka. Mu itangazo iyi ntumwa ya Loni mu Burundi, yasohoye ku wa 12 […]
Nabyaranye na musaza wanjye, tubimenya nyuma ko tuva inda imwe kubera amakosa yakozwe nâababyeyi bacu
Muraho neza, dushimishwa nâinama mutugira umunsi ku munsi, ni nayo mpamvu na njye nifuza ko munsangiza kuri ibyo bitekerezo byâisanamitima dore ko abenshi tuba twarumiwe. Nitwa Nikuze, iwacu ni mu karere ka Kicukiro, nashatse umugabo mu mwaka wa 2016, tubana ariko tudasezeranye, ubu mfite umwana wâimyaka ibiri ariko naje gutungurwa nâuko nabyaranye na musaza wanjye. […]
Meya wa Rusizi yeguye âgisukutiâ, nyobozi yâudushya i Nyabihu irarembereye
Ku Cyumweru tariki ya 13 Gicurasi 2018, nibwo humvikanye iyegura rya Meya wa Rusizi, Harerimana Frederic, ariko yabyitwayemo gisukuti kuko atabihishe cyangwa ngo bimutere ipfunwe nkâabandi. Hari hashize kandi igihe gito, nyobozi yose ya Nyabihu na Gitifu wayo bakuyemo akabo karenge, nabo bakaba barakunze kurangwa nâudushya abâubu bita âkwinyuramoâ. Harerimana Frederic yakuriye mu gisukuti. Yawubereye […]
Polisi igiye guha abaturage amashanyarazi inubake ibiro byâimidugudu mu cyumweru cyayihariwe
Uyu mwaka, icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kiratangira ku itariki ya 15 Gicurasi kizagere kuwa 16 Kamena, ubwo Polisi yâu Rwanda izizihiza isabukuru yâimyaka 18 imaze ishinzwe, uku kwezi kwahariwe ibikorwa byayo, guha abaturage amashanyari batishoboye kubaka ibiro byâimidugudu nibindi, kukaba gufite insanganyamatsiko igira itiâImyaka 18 yâubufatanye mu kubungabunga umutekano: Duture mu mudugudu utarangwamo icyaha.â […]
Musanze: Polisi yaganirije Abayisilamukazi baho ku ihohotera rishingiye ku gitsina
Mu rwego rwo gukomeza gufatanya nâizindi nzego gukumira no kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, ku cyumweru tariki 13 Gicurasi uyu mwaka; Polisi mu karere ka Musanze yagiranye ikiganiro nâAbayisilamukazi baho 359 ku ihohotera rishingiye ku gitsina, ibasaba kugira uruhare mu gukumira iki cyaha. Ubu butumwa bwatanzwe nâUmuvugizi wa Polisi mu Ntara yâAmajyaruguru, Chief Inspector of […]
Video: Amwe mu mateka ya Nyirabiyoro bivugwa ko yasize umuvumo
Urubanza-shuri: Urubanza rwa Rukundo nâUbushinjacyaha ntirushobora kurangizwa
Abagenerwankuru: Abacamanza, abapolisi, abagenzacyaha, abunganira abandi mu mategeko, abashinjacyaha, abashyiraho amategeko, abahesha bâinkiko, abiga amategeko, imiryango irengera uburenganzira bwa muntu, imiryango irwanya ruswa nâakarengane, inzego zâibanze, abanyamakuru, abanyarwanda muri rusange. Isobanurampamvu: Uwabona umukino uri muri uru rubanza, byamugora kumva ko inzego zishinzwe amategeko mu Rwanda zikora uko bikwiye. Yego ngo âNyirikirimi kibi yatanze umurozi gupfaâ, […]
Ibintu by'ibanze bizakwereka ko urukundo rwanyu ruri mu marembera
Urukundo benshi bemeza ko ari indwara y’umutima abandi bati rurasaza mbega buri wese aruvuga uko abishaka ariko akenshi ntiruba akaramata, abahanga mu mibanire bemeza ko hari ibimenyetso bikomeye bikwereka ko urukundo rwanyu rwarangiye cyangwa ruri hafi kujyaho akadomo. Nkuko ikinyamakuru Daily Life cyaganiriye nâumuhanga mu mibanire witwa Bella Elwood-Clayton avuga ko ibyiyumvo umubiri ukora iyo […]
Umusore washakaga guha Zari impano y'imodoka yahuriye n'akaga ku mbuga nkoranyambaga-Amafoto
Umuhanzi wo muri Kenya uririmba indirimbo zihimabaza Imana, Ringtone washakaga guha Zari Hassan impano yimodoka ihenze ya ‘Range Rover’, ubu yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga. Hadutse inkubiri yo gukwirakwiza amafoto ku mbuga nkoranyaga asa neza n’aya Ringtone ubwo yari ategereje Zari ngo amushyikirize imodoka yari yamugeneye. Bamwe mu bantu batangiye gusakaza aya mafoto bigana […]
Urutonde rwâabantu 10 bavuga rikijyana ku Isi mu 2018
Kugeza ubu, Isi ituwe nâabaturage barenga miliyali 7.5 , ariko uko iminsi ishira niko hagaragara abanyembaraga bashobora kuvuga Isi igakangarana bitewe nâibihugu baturukamo, bayobora , amafaranga nâibindi byose bituma icyo bavuze cyumvikana ndetse kigahabwa agaciro. Mu rutonde rwâabantu 75 bashyizwe ahagaragara nâikinyamakuru forbes, bwiza.com igiye kugerageza kukwerekamo 10 ba mbere bafite ijambo nâubutware mu ntoki […]
Nyamasheke: Abakozi bâibitaro bya Kibogora nâIbigo Nderabuzima bibishamikiyeho bibutse ababikoragamo bazize Jenoside
Mu gihe u Rwanda nâIsi yose bibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, ibitaro bya Kibogora biherereye mu murenge wa Kanjongo, mu karere ka Nyamasheke na bimwe mu bigo nderabuzima bibishamikiyeho byibutse abari abakozi babyo bishwe muri jenoside. Abibutswe bari abakozi bagera kuri 30 babiguyemo, barimo 15 baguye mu bitaro ubwabyo, abandi 15 bicirwa […]
Iyo modoka yinjyane uyihe Hamissa Mobetto – Zari Hassan
Zari Hassan umuze iminsi ari kuvugwa cyane mu binyamakuru bitewe ahanini n’umusore uzwi nka Ringtone umaze iminsi amugaragariza urukundo rudanzwe kugeza nubwo amuguriye imodoka nk’impano nubwo Zari atigeze ayakira ahubwo akamubwira ko yayiha Hamissa Mobetto wabyaranye na Diamond. Mu mpera z’iki cyumweru ubwo zari yari afite gahunda y’igitaramo muri Kenya ari naho uyu Ringtone akorera […]
Umuyobozi wâakarere ka Rusizi yeguye
Umuyobozi wâ akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic yeguye ku buyobozi, mu gitondo cyo ku wa tariki ya 13 Gicurasi 2018. Amakuru agera kuri bwiza.com, aremeza ko uwari umuyobozi wâakarere ka Rusizi Harerimana Frederic, yatanze ibaruwa isaba kwegura ku mirimo yo kuyobora akarere ka Rusizi. Mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa City Radio, yavuze ko atanze ibaruwa […]
Iyo igihugu kiyobowe n'abagikunda nta kabuza gitera imbere- Hon. Mukabalisa
Perezida  w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, avuga ko iterambere ryâigihugu mbere na mbere riterwa nâabakiyoboye bagikunda kandi baharanira inyungu zâabo bayobora kurusha uko baharanira izabo bwite. Ibi Hon.Mukabalisa yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 11 Gicurasi 2018, ubwo abagize Inteko Ishinga Amategeko n’Abakozi bibukaga ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi […]
Burundi: Abantu bataramenyekana bishe abantu 23
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 11 Gicurasi 2018, abantu bataramenyekana bishe abantu 23 mu Burasirazuba bwâAmajyaruguru yâu Burundi. Umwe mu bayobozi bâu Burundi ikinyamakuru AFP dukesha iyi nkuru kitatangaje izina, yavuze ko bakeka ko umubare wâabishwe ushobora kwiyongera. Yagize ati âdufite abantu 23 bishwe, barimo abagabo, abagore nâabagabo, umubare ushobora kwiyongera mu […]
RDC: Abakerarugendo babiri bashimutiwe muri Pariki ya Virunga
Ku wa Gatanu tariki ya 11 Gicurasi 2018, abakerarugendo babiri bâAbongereza bashimutiwe muri Pariki ya Virunga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Radiyo Okapi itangaza ko abo bakerarugendo bashimutiwe hagati ya Kibumba na Nyiragongo muri Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu yâAmajyaruguru. Nkâuko sosiyeti sivile muri aka gace ibitangaza, ngo bashimuswe ubwo baganaga i Goma bari […]
Muhanga: Urubyiruko rurasabwa kwigira ku ngabo za FPR/Inkotanyi zahagaritse jenoside yakorewe Abatutsi
Ubwo hibukwaga urubyiruko rwazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 , urubyiruko rwiganjemo urwo mu bigo by’amashuri yisumbuye byo mu murenge wa Cyeza, mu karere ka Muhanga rwasabwe kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda kurusha ibindi byose no kwigira Ku butwari n’ubwitange byaranze urwayihagaritse. Unkundiye Fhilippe, umwe mu rubyiruko rwarokotse jenoside rwo mu murenge wa Cyeza, mu buhamya bwe, […]
U Burusiya: Abazajya kureba imikino y'igikombe cy'Isi bakorewe amarobo(Robots) bazajya basambanya
Iminsi 34 gusa niyo ibura ngo igikombe cy’isi kiba rimwe mu myaka ine gitangire, kuri ubu abahanga mu gukora amarobo(Robot) bakoze Robo zizifashishwa n’ubishaka mu gihe ashaka gukora imibonano mpuzabitsina. Ni nyuma y’uko bigaragaye ko buri gihugu cyabereyemo imikino y’igikombe cy’isi hagaragara umubare w’abana benshi bavuka nyuma yacyo, kandi ugasanga ba se ari abanyamahanga batanazwi. […]
Imitwe ibiri yâinyeshyamba zirwanya Leta y'u Burundi yakozanyijeho hapfamo batandatu
Imirwano hagati yâinyeshyamba âRed Tabara na Forebuâ ikomoka mu Burundi yabereye mu karere ka Uvira, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaguyemo abantu batandatu. Amakuru VOA ikesha abayobozi bo muri ako gace, yemeza ko iyo mirwano yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 9 Gicurasi 2018, inyeshyamba za Red Tabara zitakarizamo benshi. Bavuga […]