Dore ibintu 5 bishobora gutuma ushinga urugo ntirushinge imizi

Burya gushaka ni igikorwa cya kigabo ntabwo bishobora buri wese, kandi gushaka no gukomeza urugo ni ikindi kintu, niyo mpamvu mu gihe hari ingeso zakunaniye uba usabwa kubanza kwitekerezaho mbere yo gufata icyo cyemezo. Mu gihe cyose urangwa n’izi ntekerezo, ntuzirirwe uhirahira ngo ushake umugore cyangwa umugabo kuko ntabwo mwamarana kabiri. Zimwe muri zo, twavuga: […]

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y'imodoka ihenze- AMAFOTO

Ku munsi wejo tariki 11 Gicurasi 2018 nibwo umuherwekazi Zari Hassan yari ategereje muri Kenya aho agiye mu gikorwa cy’urukundo(gufasha) nkuko byari biteganyijwe ko uyu Zari agirana ikinaganiro na Kiss fn (kenya) siko byagenze kuko byaje guhinduka ubwo yamenyaga ko Ringtone ahamutegerereje ngo amuhe impano atigeze ahakandagira. Ringtone umaze iminsi agaragaza ko afitiye urukundo Zari […]

Gasabo: Abakozi batanu b'Ikigo Nderabuzima batawe muri yombi bacyekwaho kwiba imiti

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku wa kane tariki ya 10 Gicurasi 2018, yafashe abantu batanu, barimo abaforomo batatu (3) bakekwaho kwiba ibikoresho n’imiti byo mu kigo nderabuzima cya Kayanga giherereye mu murenge wa Rutunga Akarere ka Gasabo. Bimwe mu byibwe muri icyo kigo nderabuzima birimo ibikoresho bya Laboratwari, amashuka n’ibiringiti by’ikigo […]

Mani Martin yasubije abamwibasiye nyuma yo kugaragaza ko ashaka umukobwa umubyarira umwana

Hashize iminsi mike, umuhanzi Mani Martin agaragaje ko ashaka umwana bidasubirwaho, ashyira ifoto y’umwana ku rukuta rwe rwa Instagram arangije ayandikaho amagambo avuga ko ‘ashaka umukobwa umubyarira umwana’ maze yakirizwa ibitutsi. Ashyiraho iyo foto, Mani Martin yagize ati ”Bagore, uwumva yambyarira umwana mwiza nk’uyu nguyu nanshake tuvugane.” Bamwe mu bamukurikira kuri Instagram, bamusamiye hejuru baramwandagaza, […]

OMS iraburira ibihugu bihana imbibi na RDC kubera icyorezo cya Ebola cyahagaragaye

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) utangaza ko waburiye ibihugu icyenda bihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragayemo icyorezo cya Ebola, ko byafata ingamba kare byirinda ko cyabigeramo. Uyu muryango utangaje ibi mu gihe muri Congo hongeye kugaragara abantu bafashwe n’iki cyorezo cya Ebola, ariko ko hakiri kare ngo kibe cyakwira cyane mu […]

Imana yakuremanye ubutware ariko ukwiriye kubukoresha neza

« Abamarayika si bo Imana yahaye gutegeka isi izabaho, iyo tuvuga » (Abaheburayo 2: 5.) Umugambi w’ Imana ku muntu ubwo yamuremaga, kwari ukugira ategeke byose (Itangiriro 2:15-20), ariko umuntu yategetse umwanya muto nyuma akoze icyaha ategekwa na byose. Imana iramubwira ngo uzategekwa n’umuruho, uzarya ututubikanye, n’inyamaswa zo mugasozi ziramuhindukirira kandi ari we wazise amazina […]

Abahanzi 5 bapfuye amarabira bari ku rubyiniro mu mwaka wa 2017

Mu mwaka wa 2017 hari byinshi byabaye mu myidagaduro hirya no hino ku Isi, gusa bimwe muri byo ntibizibagirana bitewe n’uburemere bwa byo, aha turavuga ku bahanzi babuze ubuzima bwabo mu gihe bahaga ibyishimo abafana babo. 1.Bishnu Bhakti Phuyal Uyu yari umuhanzi mu bijyanye no gukina amakinamico (Drama) ukomoka mu gihugu cya Nepali, Ku wa […]

Umugabo yasinze aryama mu muhanda arindwa n'imbwa ye – Amafoto

Nyuma yo kujya mu kabari agafata kuri ka manyinya (inzoga) akarenza urugero, umugabo ukomoka mu gihugu cya Colombia yafotowe aryamye mu muhanda imbwa ye ariyo imurinze. Uyu mugabo utatangajwe amazina amaze gufatwa na manyinya yafashe umwanzuro wo kuryama mu muhanda abuza ibinyabiziga n’abandi bantu bakoreshaga uwo muhanda cyane ko n’uwahirahiraga kumwegera imbwa ye yendaga kumucamo […]

Rulindo: Inkuru irambuye ku musirikare wishe umugore bafitanye abana batatu

-Amakimbirane amaze igihe: Kudahahira urugo, guheza umugore kuri Konti,kugurisha inzu rwihishwa, guta urugo. -Urupfu rwa Akimana rwamenyekanye nyuma y’amasaha 12 yishwe. -Aho yafatiwe, niho akomoka, afiteyo imitungo Muri iki cyumweru havuzwe inkuru y’umusirikare Cpl Nsengimana Janvier wishe umugore we Akimana Claudine babyaranye gatatu, amuciye umutwe. Uyu musirikare yahise atoroka, ariko aza gufatirwa mu murenge wa […]

Leta y’u Burundi irikanga Hussen Radjabu ko yahungabanya umutekano mu gihe cy’amatora

Minisiteri y’umutekano mu Burundi, itangaza ko yafashe imodoka 10 zo mu bwoko (camionnette-double cabine) n’amapikipiki 27 by’umunyapolitiki, Hussen Radjabu ngo ushaka guhungabanya umutekano w’igihugu. Iyi Minisiteri itangaza ko Hussen Radjabu wahoze ayoboye ishyaka CNDD FDD ubu uri mu buhungiro, ibi binyabiziga yari yarabiteganyirije kuzabikoresha ahungabanya umutekano w’u Burundi muri ibi bihe bitegura amatora ya kamarampaka […]

Umuhanzi wifuza kurongora umuherwe Zari, yanejejwe no kumubona mu rusengero

Ku cyumweru tariki 6 Gicurasi 2018, Zari Hassan yagaragaye mu rusengero rwa gikirisitu kandi bizwi ko atigeze asezera mu idini ya Isilamu, ibi bikaba byahuriranye n’amagambo yari amaze iminsi avuzwe n’umuhanzi, Ringtone ko aramutse yegeye Yesu byamumara intimba yatewe na Diamond. Kuva Zari yatandukana na Diamond, uyu muhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana ntiyahwemye kugaragariza Zari […]

Dore ibyiza byo kurya imbuto z’amapapayi buri munsi

Ipapayi  n’ibirikomokaho ni umumuti ushobora  kukurinda kuba warwara  zimwe mu ndwara zikomeye nka kanseri, uburwayi bwo mu maraso, igifu ndetse n’izindi. Dr Joseph Mercola w’umunyamerika akaba n’inzobere mu bijyanye n’imirire, avuga ko ipapayi ari urubuto rwiza ruzwiho kugira uburyohe bwinshi  kandi rikaba rikungahaye kuri Vitamin A, C na D. Ipapayi ni urubuto rwunganira urwunganongogozi kuko rigira […]

Mu mezi atatu, Leta imaze gutanga asaga miliyoni 346 mu gukemura ibibazo byatewe n’ibiza

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko Leta imaze gutanga miliyoni zirenga 346 mu mezi atatu ashize zo gukemura ibibazo bitandukanye byatewe n’ibiza bikomoka ku mvura yaguye mu buryo budasanzwe. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa Gatanu 11 Gicurasi 2018, Minisitiri Ngirente yavuze ko aya mafaranga yakoreshejwe mu kugoboka abasenyewe amazu, gutanga ubufasha bw’ibanze ndetse […]

Rubavu: Minisitiri w’Intebe yahumurije abanyeshuri bagizweho ingaruka n’ibiza mu Iseminari yo ku Nyundo

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangarije abanyeshuri bo mu Ishuri ryisumbuye rya Seminari Nto yo ku Nyundo, riherereye mu karere ka Rubavu, Intara y’I Burengerazuba, ko Leta y’u Rwanda izakomeza kubaba hafi nyuma yo kugirwaho ingaruka n’ibiza. Ku wa Gatatu tariki ya 9 Gicurasi 2018, ubwo Minisitiri w’Intebe yasuraga Seminari Nto yo ku Nyundo, akerekwa […]

Gicumbi: Imodoka ebyiri zafashwe mu ijoro zipakiye magendu

Polisi mu karere ka Gicumbi ku wa Gatatu tariki 9 Gicurasi 2018, yafashe imodoka ebyiri  zo mu bwoko bwa Toyota Corona zipakiye ibicuruzwa bya magendu n’inzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge mu Rwanda.  Hafashwe imodoka ifite nimero za pulake UAQ 639K  n’indi ifite pulake RAA 251N; izi modoka zikaba zarafatiwe mu kagari ka Rugerero, mu murenge wa Mukarange. […]

Umuhanzi Meddy yerekeje muri Tanzania mu kiganiro cyiswe ‘Ala za Roho’

Umuhanzi Ngabo Medard yatangaje ko uyu munsi tariki ya 11 Gicurasi 2018, araba ari mu kiganiro cyiswe ‘Ala za roho’ bivuga ‘ibikoresho bya roho’ kuri  Radiyo na Televiziyo ‘Clouds’ mu gihugu cya Tanzaniya. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Meddy yavuze ko muri iki kiganiro araza kuba ari kumwe n’umukobwa ukunzwe muri Tanzaniya, Diva The […]

Nyabihu: Umuyobozi w’akarere n’umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage beguye

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Uwanzwenuwe ThĂ©oneste n’uwari amwungirije ashinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Mukansanga Clarisse, beguye ku kazi ku mpamvu bavuga ko ari izabo bwite. Nk’uko Flash radio &tv, dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo aba bayobozi bombi ubwegure bwabo bukozwe ku mpamvu zabo bwite, by’umwihariko uyu Mukansanga Clarisse muri Mata akaba yaravuzweho kwanga gufata urumuri rw’icyizere ubwo akarere [Nyabihu] […]

Mugabo, dore ibintu usabwa kugendera kure niba udashaka ko umugore wawe azinukwa akabariro burundu

Kuzinukwa ntibikunze kubaho gusa iyo bije ntawubihagarika kuko usanga ari inshuro zirenga imwe zituma umuntu azinukwa ikintu runaka, ni nayo mpamvu hari ibintu wakorera umugore wawe bigatuma azinukwa burundu ibijyanye n’inshingano z’abashakanye(Gutera akabariro), bimwe muri byo twavuga: 1.Umujinya ndengakamere: Mu miterere y’igitsina gore barangwa n’akanyamuneza mu gihe, rero hari amakimbirane hagati y’abashakanye, umugore ashobora kugira uburakari […]

Abanyarwanda bane bafatanwe ibiro 70 by’amabuye y’agaciro bari bibye muri Congo

Urwego Rushinzwe kurwanya forode z’amabuye y’agaciro (CNLFM) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rutangaza ko rwafashe abantu bane batatangajwe amazina, bari bibye ibiro 70 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan. Aba bantu ngo bavaga mu gace ka Rubaya, bafatirwa muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Umuyobozi mukuru w’uru rwego, Daniel Ngoy atangaza ko […]

Nyabihu: Gs. St Agnes/ Gitebe yibwe mudasobwa abanyeshuri bigiragaho

Abantu  kugeza ubu bataramenyekana bateye mu Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe mutagatifu Agnes rw’i Gitebe, ruherereye mu murenge wa Muringa, akarere ka Nyabihu,  biba za musasobwa n’ibindi bikoresho. Mudasobwa icyenda hamwe n’ibindi bikoresho bitandukanye byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni eshatu nibyo byibwe n’abantu bataramenyekana. Umuyobozi w’iki kigo, Mukakamana Esperance mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, […]

Imyambarire idasanzwe ya Rihanna na Katty Perry ikomeje kwibazwaho – Amafoto

Ku wa 7 Gicurasi 2018, nibwo abahanzikazi, Katy Perry na Rihanna bagaragaye mu birori bambaye imyenda idasanzwe, umwe mu ngoferi iteye nk’iy’umushumba wa Kiliziya undi n’amababa nk’abamarayika. Ibirori barimo byabereye Up&Down mu Mujyi wa New York, ni nyuma y’amezi umunani aba bombi badahura, bongeye guhurira muri ibi birori byakataraboneka byitabiriwe n’ibihumbi by’abantu ndetse banatambukana ku […]

Imfungwa z’Abanyamerika zarekuwe muri Koreya ya Ruguru zakiriwe na Perezida Trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yakiriye imfungwa eshatu baherutse kurekurwa muri Koreya ya Ruguru, avuga ko kuri we ari abantu bakomeye. Avugana n’itangazamakuru ku kibuga cy’indege za gisirikare “Andrews Air Force Base” Trump yavuze ko Kim Hak-song, Tony Kim na Kim Dong-chul bari bafungiye muri Koreya ya Ruguru, ari bantu bakomeye, […]

Ibyo wamenya kuri Dr. Habineza Frank wiyamamarije kuba Perezida w’u Rwanda

Dr. Frank Habineza ni Umunyapolitiki w’umunyarwanda washinze Ishyaka Riharanira Demokarasi  no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) wanamenyekanye cyane mu 2017, ubwo yiyamamazaga ku mwanya wa Perezida wa Rupubulika. Dr Frank Habineza yavutse ku wa 22 Gashyantare 1977 i Mityana muri Uganda, abashuri abanza yayize muri ‘Namutamba Demonstration School’, Bakijurura Primary School, na Buyaga Primary School […]

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite- REBA AMAFOTO

David Adedeji Adeleke ukomoka muri Nigeriya, ukoresha Davido nk’izina ry’ubuhanzi, ku myaka 26 y’amavuko yamaze kwemeza ko yaguze indege ye bwite izajya imujyana hirya no hino mu nguni enye z’Isi. Nk’uko yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, yagaragaje akanyamuneza yatewe n’intambwe yateye. Agira ati” Yaguzwe… si bintu byoroshye, kuko bisaba gukora cyane no kugira intego”. […]

Ruhango: Umugabo yakamye Inka yasinze imuteye umugeri ahita ayica

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 9 Gicurasi 2018, umugabo witwa Nzitonda Fabien, utuye mu mudugudu wa Biraro, akagari ka Kizibere, umurenge wa Mbuye ho mu karere ka Ruhango, yishe Inka ye ayikubise isuka n’ipiki, ibi ngo akaba yabitewe n’ubusinzi. Amakuru aturuka muri uwo mudugudu , avuga ko ubwo uyu mugabo yari arimo […]

Zari yatunguye abafana be bamubonye mu rusengero rwa gikirisito

Umugore ukunzwe ku mbuga nkoranyamga cyane akaba n’umushoramari ukomeye muri Afurika, Zari Hassan yibasiwe n’abafana be bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga umunsi ku wundi, nyuma yaho bamuboneye mu rusengero kandi bizwi ko atigeze asezera mu idini ya Isilamu. Zari umuze igihe kinini ari umuyoboke w’idini rya Isilamu, ngo amaze iminsi agaragara ashyira amafoto ye n’abana be […]

Abarezi barasabwa kugaragaza uruhare rwabo mu kurwanya icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda yahuguye Abarezi 251 bigisha mu bigo bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Bugesera , Rulindo, Rwamagana na Gakenke; ibaha ubumenyi mu  bijyanye n’uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya  icuruzwa ry’abantu, ihohotera rishingiye ku gitsina, ukwishora mu biyobyabwenge ku rubyiruko no gutwara inda ku bangavu. Aya mahugurwa yabereye mu […]

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta y’u Burundi, Agathon Rwasa, yaburiye bamwe mu barundi bashobora kuzatora ‘Yego’ mu matora ya Kamarampaka, ko nyuma bashobora kuzicuza. Ibi yabitangarije mu ntara ya Makamba, aho yari mu bukangurambaga, busaba Abarundi kuzatora OYA, kugira ngo Itegeko Nshinga ridahindurwa, akabatangariza ko riramutse rihinduwe zaba ari ingaruka zikomeye ku benegihugu. Agathon Rwasa […]

U Bwongereza: Alex Ferguson wari umaze iminsi arembye yatangiye koroherwa

Ikipe ya Manchester United iratangaza ko uwahoze ayitoza, Sir Alex Ferguson wari umaze iminsi yitabwaho by’umwihariko n’abaganga, ubu yatangiye koroherwa. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Furguson yajyanwe mu bitaro arembye cyane, biba ngombwa ko abagwa mu bwonko kubera ikibazo cyo kuviramo (hĂ©morragie cĂ©rĂ©brale), amakuru akaba amenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya […]

Harmonize yandagaje Jackline Wolper wahoze ari umukunzi we

Rajab Abdul Kahali wamenyekanye cyane mu muziki nka Harmonize, umwe mu bahanzi babarizwa mu nzu itunganya umuziki ya Wasafi, aherutse gushyira ku mugaragaro urutonde rw’abagabo baryamanye n’umukobwa bigeze gukundana witwa Jackline Wolper, ashyiramo na Diamond ari na we Sebuja. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cyo muri Tanzania, Tuko, ngo Kimwe mu byateye Harmonize kwandagaza uwahoze ari umukunzi […]

Abahanzi bafite agatubutse kurusha abandi muri Afurika y'i Burasirazuba- Amafoto

Umuziki utunga uwukora ndetse bikagera ku rwego rushimishije, abahanzi cyangwa abashora imari muri aka kazi usanga hari aho bavuye naho bageze, mu gushaka kumenya byimbitse uko abahanzi bahagaze mu bijyanye n’agaciro k’imitungu bafite, twifashishije urubuga naijaquest.com rwakoze uru rutonde rw’abahanzi bafite ubutunzi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2018. 5.Emmanuel Jal: Nushaka umwite Jal Jok, […]

Ndasaba abatuye mu manegeka ubufatanye mu kwimurwa bagatuzwa mu mpinga z'imisozi- Min. w’Intebe Ngirente

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard arasaba abaturage bagituye mu manegeka ubufatanye kugirango bimurwe batuzwe mu mpinga z’imisozi mu rwego rwo kwirinda Ibiza bishobora kubagwirira. Mu butumwa bw’ihumure yagajeje ku baturage batuye mu murenge wa Kavumu, mu karere ka Ngororero, bamwe muri bo bagizweho ingaruka n’ibiza,  kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Gicurasi 2018, Minisitiri […]

Ntabwo dushaka kubaka igihugu cy'abantu barenzaho- Komiseri Dusabeyezu

Komiseri muri komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Dusabeyezu Thacienne, mu biganiro bya Ndi Umunyarwanda byahawe urubyiruko rwo mu karere ka Kamonyi ku wa Mbere tariki ya 7 Gicurasi 2018, yarusabye gufasha Abanyarwada bagakira ibikomere bafite. Komiseri Dusabeyezu aributsa urubyiruko ko ari imbaraga z’Igihugu, akarusaba gukoresha izo mbaraga mu gufasha Abanyarwanda bakagera ku bumwe n’ubwiyunge, ruhindura ababyeyi […]

Inama zigirwa abagabo babaswe n'ingeso yo kugura indaya

Muri iyi minsi ugenda wumva inkuru zicaracara ahanini zigaruka ku mfu za hato na hato ziterwa n’ubusambanyi buterwa n’indaya gusa hari inama zigirwa abajya bakora uyu mwuga. Bamwe mu bagabo n’abasore usanga birirwa biruka hirya no hino mu bubari bashaka indaya zicyeye cyangwa se zihagazeho biterwa n’uko wifite mbese byabaye nk’ubucuruzi bw’umwijima aho uhaha neza […]

Urutonde rw’abayobozi 5 b’abatoni kuri Perezida Nkurunziza w'u Burundi

Muri Kanama 2015, nibwo i Burundi humvikanye inkuru yiswe iy’inshamugongo kuri Perezida Nkurunziza w’u Burundi, y’urupfu rwa Lt Gen Adolphe Nshimirimana, wafatwaga nk’ushinzwe umutekano bwite wa Perezida. Lt. Gen Adolphe Nshimirimana yari inshuti ya Perezida Nkurunziza mu mashyamba mbere y’uko bafata igihugu mu 2005, aho apfiriye Perezida Nkurunziza yagaragaje amagambo y’akababaro ndetse anatangaza ko abuze […]

RDC: Abantu 17 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola

Mu gihe hari amakuru yatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 8 Gicurasi 2018, avuga ko haba hari abantu babiri bahitanwe n’icyorezo cya Ebola, kuri ubu Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itangaza ko abamaze gupfa ari 17 muri 21 cyagaragayeho kuva ku itariki ya 3 Gicurasi. Mu itangazo Radiyo Okapi ifitiye kopi, ryashyizwe hanze […]

Ste Famille: Karamaga aravuga uko Padiri Munyeshyaka Wenceslas yakoranaga n’Interahamwe zicaga Abatutsi

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, abarokokeye kuri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu(Ste Famille ) mu Mujyi wa Kigali, barasaba ko Padiri Wenceslas Munyeshyaka yashikirizwa ubutabera kubera ibikorwa bye birimo gufata ku ngufu abana b’abakobwa ndetse no gukorana n’Interahamwe mu kwica abagabo bari bahungiye kuri iyi paruwasi. Umwe muri […]

Karongi: Minisitiri w’Intebe arasaba abaturage gufasha Leta mu kwihutisha igikorwa cy’ubutabazi

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu biza byibasiye uduce dutandukanye tw’igihugu, bigatwara ubuzima bw’ abantu 18 bahitanywe n’inkangu mu Karere ka Karongi, anabasaba kuzajya bafasha Leta kwihutisha igikorwa cy’ubutabazi. Ibi Minisitiri w’Intebe yabisabye abaturage mu muhango wo gushyingura abahitanwe n’ibiza wabereye i Karongi, mu murenge wa Rwankuba, kuri uyu wa 8 […]

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Gicurasi 2018, Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13 n’umucamanza w’urukiko rw’ibanze rwa Kabale, bashinjwa kwinjira mu gihugu cya Uganda mu buryo butemewe n’amategeko. Abo Banyarwanda ni Uwinduhaye Uwidonata w’imyaka 22, Uwimbabazi Karesi w’imyaka 23, Shantali Benemariya w’imyaka 27, Ajerie Mukunddantayambaje w’imyaka 23, Shantali Mukansiina w’imyaka 24, Habyarimana w’imyaka […]

RDC: Abantu babiri bahitanywe n’icyorezo cya Ebola

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko abantu babiri bahitanywe n’icyorezo cya Ebola mu gace ka Bikoro, kari mu Burengerazuba bw’Amajyarguru y’iki gihugu. Ikinyamakuru The Mirror, gitangaza ko iyi Leta ifite impungenge ko iki cyorezo cyakongera kukibasira by’umwihariko na Afurika y’i Burengerazuba muri rusange, nyuma yaho kihahitaniye abantu basaga 11000 kuva mu 2014 […]

Zambia: Abakobwa bambara impenure bafatiwe ibyemezo bikarishye

Kaminuza iherereye mu gihugu cya Zambiya yasabye abakobwa bose biga muri iyi kaminuza ko uzahirahira yambara impenure ‘Mini’ nta kabuza azasohorwa muri iyi kaminuza. Ibi bije nyuma yaho abahungu biga muri iyi kaminuza batangarije ubuyobozi ko imyambarire y’abakobwa bahiga ibacumuza, aho usanga biga badatuje bitewe n’ibyo baba babona imbere yabo. Iyi kaminuza iherereye mu murwa […]

Ibihugu 10 byaje ku isonga ku musaruro mbumbe mu mwaka wa 2017

Ibihugu byo ku Isi byose si ko binganya ubukungu ugendeye ku musaruro mbumbe (GDP), aha ni ukuvuga umusaruro w’abenegihugu ubwabo, hatabariwemo inkunga zavuye hanze. Igihugu cya Qatar kikaba kiza ku isonga mu mwaka wa 2017. Nkuko dailyrecordnews dukesha iyi nkuru ibivuga, ibi bihugu biherereye ku migabane itandukanye y’Isi, urutonde rwakozwe hagendewe ku musaruro mbumbe wa […]

Imvura yaguye mu ijoro ryo ku Cyumweru yahitanye ubuzima bw’abantu 26

Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) itangaza ko imvura yaguye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki 7 Gicurasi 2018, yahitanye ubuzima bw’abantu 26, inangiza imitungo y’abaturage irimo amazu, imirima, amatungo,
 Midimar itangaza ko ahanini abantu bagiye bicwa n’inkangu zagiye zimanuka ahantu hahanamye zikarengera inzu z’abaturage, abazirimo bakahasiga ubuzima, ibi bikaba byaragaragaye cyane mu turere […]

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Visi Perezida w’Inteko Nshingamategeko y’u Burundi akaba n’umuyobozi mukuru w’ishyaka ‘Amizero y’Abarundi’, Agathon Rwasa, ashinja inzego z’umutekano kubangamira abashaka kwigaragambya bamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga. Rwasa arasaba umuyobozi wa komisiyo ishinzwe gutegura amatora (CENI) gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu guhagarika icyo ari cyo cyose kirimo guhungabanya umutekano w’abarwanashyaka b’Amizero y’Abarundi. Ibi yabimutangarije mu ibaruwa yamwandikiye ku […]

Umurongo w'abagabo undi inyuma, bakeneye kuntereta- Zari Hassan

Umuherwe w’umugore, Zari Hassan, aratangaza ko afite umurongo w’abagabo bamwiruka inyuma bashaka kumutereta nyuma yo gutandukana na Diamond Platnumz. Ibi bije nyuma yo kugura imodoka ihenze cyane yo mu bwoko bwa ‘Range Rover Sport’ abantu benshi bakavuga ko arimo kubiterwa n’agahinda ko kuba ari wenyine mu rukundo ndetse ko byaba bisa no kwihimura ku wahoze […]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda

Abagize umuryango wa Assinapol Rwigara bitabye ubutabera mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 7 Gicurasi 2018, ngo baburanishwe urubanza mu mizi ku byaha baregwa birimo icyo guteza imvururu, cyangwa imidugararo muri Rubanda. Ubushinjacyaha burasaba ko n’abavandimwe babo bane bari mu mahanga bategekwa kwitaba ubutabera bw’u Rwanda bakaburanishirizwa hamwe.   Shima Diane Rwigara na […]

Mugabo dore ibyo ukwiye kwitwararika mu gihe ufite umugore utwite

Umugore utwite akenera byinshi bitandukanye bimufasha kumererwa neza mugihe atwite kimwe muri bimwe aba akeneye harimo no gutera akabariro nibyiza rero ko umenya uburyo bukwiye bwo guteramo akabariro igihe umugore wawe akuriwe(atwitwe). N’ibyiza ko umugore aryamira urubavu umugabo akamuturuka inyuma. Bitewe n’uko inda iba imaze kuba nkuru kiba kizira ko umugabo yajya hejuru y’umugore we […]

Umusore yibagishije inshuro zirenga 40 ashaka impinduka ku mubiri we- Amafoto

Bamwe mu rubyiruko rukomoka mu gihugu cya Australia, bagaragaje uburyo guhindura imiterere y’umubira wabo byabagoye kugeza ubwo babazwe inshuro zirenga 40, kugirango bagera ku ntego yabo. Bimwe mu bice uru rubyiruko rukunze kubagisha ni amazuru, indimi, amaso n’amatwi. DM dukesha iyi nkuru, bayitangarije ko batangira kwibagisha bari mu kigero cy ‘imyaka  11 na 21 y’amavuko. Umwe […]

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akanaba Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), avuga ko kuba uyu mugabane warasigaye inyuma atari ibyo guhora bivugwa nk’ibishimishije, ahubwo ko iterambere ryagerwaho ku bufatanye n’abandi. Iterambere rya Afurika, Perezida Kagame yarigarutseho mu nama yari ayoboye ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet (Broadband Commission), yateraniye i Kigali ku […]

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Urukiko rw’ibanze rwa giririkare mu gace ka Isoro, Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa 7 Gicurasi 2018, rwahamije icyaha abasirikare babiri barimo ufite ipeti rya kapiteni nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwiba bakagurisha amasasu mu buryo butemewe n’amategeko. Capt. Mondongo Monga yahamijwe icyaha, ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu, Adj.Alain Kasongo bafatanyije kwiba bakagurisha ayo […]

Abarundi batatu bafatiwe muri Uganda bashinjwa ibyaha birimo iterabwoba

Abantu batatu bafite ubwenegihugu bw’u Burundi bari mu ikipe y’abantu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu gihugu cya Uganda bashinjwa ibikorwa by’iterabwoba. Ku wa 28 Mata 2018, nibwo polisi ya Uganda yakoze umukwabo ku musigiti w’abasilamu  wa Usafi, ibasha kurokora abantu 154 abashinjwa iterabwoba bari bafashe bugwate, barimo abagore 28, abakobwa 63 ndetse n’abahungu 63. […]

Kigali: Rukundo wambuwe ibye n’ubushinjacyaha arasaba Perezida Kagame kumurenganura

Rukundo Jean Claude, utuye mu kagari ka Ruhango, umurenge wa Gisozi, akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, aratakambira umukuru w’igihugu amusaba kumurenganura nyuma y’uko ubushinjacyaha bufatiriye ibikoresho bye, nyuma yaba umwere ku byo yaregwaga ntabisubizwe;   imyaka itanu ikaba ishize asemberana abana batanu n’umugore. Ibikoresho bya Rukundo byiganjemo iby’ikoranabuhanga bifite agaciro ka miliyoni 18, byafatiriwe […]

Uturere : Inguzanyo za VUP zihera muri SACCO, gutinza inkunga y’abatishoboye n’amafaranga agenewe ibigo by’amashuri

-Gutinda gutanga inkunga yagenewe abatishoboye -Gutinga no kudatanga amafaranga yagenewe ibigo by’amashuri (capitation grants) Nk’uko bigaragara mu mabwiriza y’ishyirwa mu bikorwa rya Vision 2020 Umurenge program (VUP amafaranga y’inkunga yagenewe abatishoboye yagombaga kujya atangwa mu ntangiriro za buri kwezi kugezweho; naho guhemba abakoze imirimo y’amaboko muri VUP bigakorwa muri minsi 15 (ni ukuvuga kabiri mu […]

Perezida Kagame avuga ko hakenewe ikoranabuhanga kuri bose kugira ngo Afurika igere ku bukungu yifuza

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), avuga ko hakenewe ikoranabuhanga kuri bose kugira ngo Afurika igere ku bukungu yifuza. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yafunguraga inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa interineti (Broadband) hagamijwe Iterambere Rirambye, ibera i Kigali kuva kuri uyu wa 7 Gicurasi 2018. Perezida […]