Umuhanzi Sizza mu byishimo byo kwibaruka umwana

Umuhanzi w’umugande Sizza ari mu byishimo bikomeye byo kwitwa papa, nyuma yo kwibaruka umwana w’umukobwa mu mpera z’icyumweru gishize. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Sizza Man yashimiye Imana avuga uburyo ari nziza yo yamuhaye umwana w’umukobwa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Sizza Man yagize ati ‘’ Imana ni nziza, ubu umwana w’umukobwa yavutse, ubu umwana na nyina bameze neza […]

2017-2024: FPR ishyize imbere kubaka no kongerera ubushobozi inganda nshya zirimo urw’ imiti

Umuryango FPR Inkotanyi urateganya kubaka igihugu gishingiye ku iterambere ry’umuturage , kongera ibyoherezwa mu mahanga no kubaka inganda zikomeye zizaba ibisubizo ku bibazo byagiye bigaragara mu Rwanda byo kudakora ku Nyanja. Kudakora ku nyanja n’imwe ni imwe mu ngaruka zikomeye zigira uruhare ku iterambere ry’u Rwanda n’iry’umuturage kuko usanga ibicuruzwa byavuye mu mahanga bitwarwa ku […]

Ambasaderi wa Amerika muri Loni aranenga Afurika ku bijyanye n'inzara

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley yanenze bikomeye imihugu bya Afurika uburyo byananiwe guhangana n’inzara kuri uyu mugabane. Ibyo Haley yabivugiye mu nama y’umutekano ya Loni, yiga ku bibazo by’umutekano ku mugabane wa Afurika. Avuga ko inzara itarikwiye kuba ikivugwa mu mwaka w’2017. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Haley yatangaje ko abantu barenga […]

Muhanga: Dr Frank yakiriwe n’imbaga y’abaturage kuva yatangira kwiyamamaza (Amafoto)

Ubwo umukandida wa Green Party yasesekaraga mu karere ka Muhanga mu bikorwa byo kwiyamamaza, yakirwanywe urugwiro n’imbaga y’abaturage na we yavuzeko ari ubwa mbere yari ababonye kuva yatangira ibi bikorwa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni umuhango wabereye mu marembo y’umurenge wa Nyarusange aho imbaga y’abaturage b’impande zose bari bitabiriye ku bwinshi. Ni umuhango waranzwe n’ibyishimo ku mukandida […]

Karongi: Dr Frank yijeje urubyiruko ruzajya rwihangira imirimo ko ruzajya rutangira gusora nyuma y'imyaka 2

Kuri uyu wa Kane Nyakanga 2017, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije rya Green Party, Dr Frank Habineza yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu karere ka Karongi, ibikorwa byabereye mu kibuga kinini giherereye mu ishyamba rwagati mu murenge wa Rugabano mu kagari ka rufungo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu ijambo yagejeje ku babashije kuhagera na bo […]

Umwana yateweho amaboko avanywe ku wapfuye arakora neza

Umwana w’umuhungu w’Umunyamerika yateweho amaboko mashya ku buryo ubu akora neza ku buryo abasha kuyakoresha akina udukino tw’abana dutandukanye. Uyu mwana Zion Harvey amaze imyaka ibiri ateweho amabko, kuko yayateweho afite imyaka 8 ubu akaba afite 10 nkuko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje. Ababonye Zion akinisha ayo maboko basabwe n’ibyishimo bitewe nuko amerewe. Ayo maboko […]

Mu by'ukuri turifuza gupfa – Imfungwa zo muri ISIS

Mu by’ukuri turifuza gupfa (we really want to die) ni imvugo yumvikana mu barwanyi bakekwaho kuba mu mutwe wa leta ya kiyisilamu (ISIS) bafashwe n’ingabo za Irak zibafungiye mu buzima bukomeje kwibazwaho. Abo barwanyi bafashwe n’izo ngabo ubwo zahanganaga nabo mu mujyi wa Mosul izi nyeshyamba zari zimaze igihe kinini zarigaruriye. Ubuzima bwabo bukomeje kwibazwaho […]

Rwamagana :Yibye ibigori ubukwe yiteguraga burapfa umugeni aburirwa irengero

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 27 utuye mu Kagari ka Ntunga mu mpera z’icyumweru gishize yafashwe ashinjwa kwiba umufuka w’ibigori maze ajyanwa mu kigo ngororamuco ubukwe yiteguraga buhita bupfa. Umukobwa bari gushyingiranwa akaba yarahise nawe aburirwa irengero. Kuri uyu wa kane, itariki ya 20 Nyakanga 2016 twanyarukiye mu Murenge wa Mwurire maze dusanga inkuru yabaye […]

Ibikorwa byo kwiyamamaza Paul Kagame yabikomereje muri Nyarugenge- AMAFOTO

Umukandida w’umuryango FPR Inkotanyi,Paul Kagame ubwo yari asoje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Rulindo, yabikomereje mu karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali. Ku gicamunsi cyo ku wa 20 Nyakanga 2017, nibwo umukandida Paul Kagame yasesekaye mu murenge wa Nyakabanda ku kibuga cy’ahazwi nko kuri Tapis Rouge aho umuhango waberaga, abaturage babarirwa mu bihumbi […]

RDC: Konti zose z’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri banki zitandukanye zahagaritswe

Ibiro by’Inama y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo byategetse ko konti za banki zose z’intara zifungwa nyuma yo kwegura kw’uwari Guverineri w’intara, Marcellin Cishambo. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’iyi nama, David Ombeni Nakabinda, watangarije Radio Okapi aya makuru kuri uyu wa Gatatu itariki 19 Nyakanga, yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kubuza ko ubuyobozi bweguye bwayakoresha […]

Inama zagufasha gukomera mu rukundo rushya nyuma yo gutandukana n’uwo wakundaga

Burya gutandukana n’uwo ukunda ni ibintu bitakirwa kimwe n’abakundana bombi, rimwe na rimwe ugasanga umwe muri mwe ahise afata ibyemezo bitandukanye bishobora no kumuganisha ahabi. Hari igihe uhita uninjira mu rukundo rushya ariko bikakugora kubera urukundo rwa mbere wahozemo rutarasibangana muri wowe. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Dore inama zagufasha mu gihe bikubayeho: Urasabwa kwizera uwo mukundanye nyuma […]

Sida yahitanye abasaga miliyoni muri 2016 ku Isi

Gahunda ya Loni ishinzwe kurwanya Loni(Onusida,) iratangaza ko abantu basaga miliyoni bishwe na Sida mu mwaka ushize wa 2016, ariko ko hari icyizere ko bagenda bagabanuka. Muri iyo mibare yatangajwe n’iyi gahunda ku wa Kane, tariki ya 20 Nyakanga 2017, igaragaza ko hari icyagabanutse kinini ku bicwaga nayo ku mwaka, kuko ngo mu wa 2005 […]

Bidasubirwaho Karekezi Olivier ni umutoza mushya wa Rayons Sports

Perezida w’Ikipe ya Rayon Sports, Gacinya Denis, yemeje ko iyi kipe ifite umutoza mushya uzayitoza guhera muri shampiyona itaha ari we Karekezi Olivier, wabaye igihe kinini umukinnyi w’ Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse na APR FC, amakipe yombi yanabereye kapiteni. Aya makuru yayemeje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 na TV10 uyu munsi ku wa Kane […]

Polisi mu Mujyi wa Kigali ntibona urusaku nk’ikibazo cyananiranye gukemuka

Mu Mujyi wa Kigali hamwe na hamwe haracyumvikana urusaku rukabije kuba rwinshi mu duce abaturage batuyemo, akenshi ruturuka mu tubari, amahoteli ndetse n’insengero. Ibi rero bikaba bibangamira abaturage bahatuye, kuko akenshi usanga urwo rusaku rugeza mu masaha akuze y’ijoro. Nyiramana Betty ni umubyeyi umaze igihe gito yibarutse, atuye mu gace ka Remera hafi ya stade, […]

Girinka munyarwanda izahinduka Girinzu musirikare, Girinzu mupolisi-Dr Frank Habineza

Umukandida w’ ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikeje, Dr Frank Habineza yabwiye abaturage bo mu murenge wa Shyira, akagari ka Mpinga umudugudu wa Vunga mu karere ka Nyabihu ko azakora bakagira imibereho myiza ndetse akazakora ibishoboka hakabaho gira Girinzu musirikare girinzu mupolisi . Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2017 nibwo Dr Frank […]

Indorerezi 1,200 zimaze kwemezwa na NEC ko zizakurikirana amatora yo mu Rwanda

Indorerezi zaturutse mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba zirishimira umutekano uri mu Rwanda muri iki gihe ndetse n’uko amatora y’umukuru w’igihugu yateguwe ugereranyije no mu bindi bihugu nk’uko byemezwa na Charles JK Njoroge, waje uyoboye izi ndorerezi. EAC irateganya kohereza itsinda ry’indorerezi 27 zizakurikirana amatora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu kwezi kwa 8 uyu mwaka. Bamwe muri […]

Tanzania: Inzara iri mu Nkambi ya Nduta yatumye impunzi z'Abarundi zisaga 15,000 ziyemeza gutaha

Ikibazo cy’inzara irangwa mu nkambi z’impunzi muri Tanzania cyatumye imiryango irenga 3,000 y’Abarundi bahungiye mu nkambi ya Nduta muri Tanzaniya kuri ubu imaze kwiyandisha ishaka gutahuka. Urutonde zifuza gutahuka mu gihugu cy’amavukiro rumanitse mu kigo cy’ukuriye iyo nkambi. Urwo rutonde rugaragaraho imiryango 3,048. Harimo imiryango irimo umuntu umwe cangwa abarenga batandatu, bityo bigatuma abantu bose […]

Dr Habineza avuga ko kumwangira ko yiyamamariza aho yihitiyemo ari intandaro yo kubura abaturage

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Nyakanga 2017, umukandida w’ishyaka rya Green Party, Dr Habineza Frank yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu karere ka Rulindo aho yakiriwe n’abaturage bacye ariko na none benshi ugereranyije n’aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza ku munsi wabanje, ibi ngo bikaba biterwa no kuba aho aba yasabye kwiyamamariza, inzego z’ibanze […]

Nta wo muri opozisiyo ugaragara nk’uwaba Perezida, nta wabujijwe ndetse n’Abapadiri-Mushikiwabo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yatangaje ko nta muntu wigeze abuzwa guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika mu Rwanda. Mu nkuru y’ikinyamakuru Jeune Afrique iri mu gifaransa ifite umutwe ugira uti: « Rwanda, Louise Mushikiwabo : ‘ Personne n’est empĂ ÂȘchĂ© de se prĂ©senter à  la prĂ©sidentielle ‘ ugenekereje mu kinyarwanda igira iti: Rwanda, […]

Amatora 2017: Abanyarwanda bakabakaba miliyoni 7 nibo bemerewe gutora Perezida wa Repubulika

Komisiyo y’igihugu y’Amatora yatangaje urutonde ndakuka rw’abemerewe gutora mu matora ya perezida wa Repubulika ategerejwe muri Kanama uyu mwaka. Urwo rutonde rwashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu tariki ya 19 Nyakanga 2017, nyuma yuko Abanyarwanda bahawe igihe cyo kwikosoza no kwiyandikisha kuri lisiti y’itora dore uko imibare y’abazatora iteye. Abazatora bose hamwe ni 6,897,076. Abagore bangana […]

REB n’abamenta ruracyageretse mu nkiko, inzitizi no gusubikwa bibonwa nko gutinza urubanza nkana

Kuri uyu wa gatatu tariki 19 Nyakanga 2017, hari hateganijwe inama ntegura rubanza rwa kabiri abamenta (Abarimu bigisha abandi Icyongereza)baregamo ikigo gishinzwe uburezi mu Rwanda REB, urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruyimurira tariki ya 27 Nzeri ngo nta myiteguro yabaye. Icyiciro cya kabiri cy’abamenta barega REB kigizwe n’abamenta 20 bataburanye mu cyiciro cya mbere, nk’uko bitangazwa […]

Imiti igabanya ubukana hari abayiha amatungo, abayishyira ku bisebe n'abakayigurisha abandi !!

Bamwe mu baturage baravuga ko hari abafata imiti igenewe abanduye virusi itera Sida bakayiha amatungo yarwaye, mu gihe abandi bayishyira ku bisebe hakaba hari n’abayigurisha abandi, ibi bikorwa byose ngo ntibikwiye kuko byagira ingaruka kandi iba yatwaye akayabo. Imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida ngo igura miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda ku ihabwa umuntu […]

Yishe umukobwa we w’imyaka 15 amuziza gusambana n’umuhungu bakundanaga

Umubyeyi w’umugabo yahondaguye umukobwa we w’imyaka 15 kugeza amwishe amuziza gusambana n’umuhungu wari inshuti ye atabanje kubisabira uburenganzira nk’uko bitangazwa n’igipolisi cyo muri Zimbabwe. Igipolisi cya Zimbabwe muri Midlands kivuga ko kiri gushakisha uyu mugabo wiyiciye umwana witwa Benjamin Mpanduki, nyuma yo gushinjwa kwica umukobwa we, Pamela Believer Mpanduki. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nyina w’uyu mwana witwa […]

Dr Frank Habineza yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Umukandida wa Green Party, Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu Karere ka Ngoma ko imisoro y’ubutaka izaba yamaze kuvaho mu kwezi kwa Cyenda naramuka atowe. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu Murenge wa Kibungo, Akagali ka Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma, ubwo yiyamamazaga ku mwanya w’umukuru mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa Kanama. […]

Kicukiro: Ibihumbi by’abaturage byazindukiye kwakira umukandida Paul Kagame- AMAFOTO

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi hamwe n’abarwanashyaka b’indi mitwe ya politiki bishyize hamwe nayo, bateraniye mu karere ka Kicukiro ari benshi bakira umukandida wabo, Paul Kagame, wiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu yari asanzweho. Umahango wabereye mu Murenge wa gahanga, mu karere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali, ku wa 19 Nyakanga 2017, Abaturage babarirwa mu bihumbi bakaba babukereye […]

RDC : Urukiko Rwisumbuye rwa Lubumbashi rurasuzuma ubujurire bwa MoĂ ÂŻse Katumbi

Urukuko rwisumbuye rwa Lubumbashi Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rurasuzuma ubujurire bwa MoĂ ÂŻse Katumbi ku bijyanye n’igifungo cy’imyaka 3 yakatiwe muri Kamena 2016 ku gukoresha inyandiko mpimbano. Kuri uyu wa kabiri washize, Katumbi yanze abacamanza 29 muri 30 bagize urwo rukiko rwa Lubumbashi. Arasaba ko urwo rubanza ruburanishwa n’urundi rukiko nkuko Radio Okapi ibitangaza. […]

Chameleone yatunguye abantu avuga icyo azakora nareka umuziki

Umuhanzi Jose Chameleone, kuri uyu wa 17 Nyakanga, ari mu kiganiro kuri televiziyo ya NTV The Beat, yatunguye abantu kubera ibyo yatangaje avuga ko nareka umuziki azajya gukora ubworozi bw’inyamaswa. Uyu muririmbyi ubwo yabazwaga icyo azakora mu hazaza he, anabazwa gahunda afite mugihe azaba atagikora umuziki, yavuze ko mubuzima bwe yikundira inyamaswa ko nareka muzika […]

Haribazwa aho imbaraga zakoreshejwe mu gutangiza ikoreshwa rya Passport Nyafurika zagiye

Kuwa 17 Nyakanga 2017, umwaka umwe wari ushize Afurika Yunze Ubumwe itangije Passport Nyafurika, mu nama ya 27 ya A.U yabereye I Kigali mu Rwanda, aho iza mbere zahawe perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, na perezida Idriss Deby Etino wa Tchad. Nyuma y’iki gihe gishize ariko, ngo imbaraga zakoreshejwe iki gikorwa gitangizwa zisa nk’izakendereye. Nk’uko […]

Muhazi: Kwamamaza umukandida wa FPR byaranzwe no kwishimira ibyo yabagejejeho

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 ibikorwa byo kwamamaza Paul Kagame mu Karere ka Rwamagana byakomereje mu murenge wa Muhazi ahahuriye abaturage benshi Gahunda yo kwamamaza Paul Kagame yaranzwe no kuvuga ibigwi ndetse n’ibikorwa by’indashyikirwa bagezeho kubera Paul Kagame. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umwe mu baturage yabwiye Bwiza.com ko baje kwishimira ibyo bagejejweho […]

Exclusive : Amakuru y’ikoranabuhanga ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora arinzwe hejuru ya 98%

Mu gihe gitambutse mu nkuru zijyanye n’amatora yagiye aba ku isi dufatiye nko ku byabaye mu mwaka ushize muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’Ubufaransa havuzwe iby’uko hari ibihugu by’amahanga ya kure byaba byarashoboye kwinjirira serivisi zitegura amatora maze zigahinduramo byinshi byanatumye ibyayavagamo bikemangwa. Ni muri urwo rwego ikinyamakuru Bwiza.com twegereye Mike Shima Senga umukozi […]

Turkiya: Abakozi 6 ba Amnesty International barimo umuyobozi wayo batawe muri yombi

Abaharanira uburenganzira bwa muntu 6 b’abanyamahanga batawe muri yombi mu gihugu cya Turkiya, barimo n’umuyobozi w’ishami rya Amnesty International muri Turkiya, Idil Eser, aho bafashwe n’igipolisi kibasanze muri hotelo bari bari gukoreramo inama y’umutekano bashinjwa gufasha abiyahuzi. Kuri uyu wa Kabiri nibwo Urukiko rwa Instabul rwategetse ko aba bantu bazarekurwa ari uko babanje kuburanishwa nk’uko […]

U Rwanda rurasangiza amahanga aho rugeze mu kubungabunga umurage ndangamateka ushingiye ku muco

U Rwanda ruteganyijwe kwitabira inama mpuzamahanga y’ishami rya Loni rishinzwe, ubuhanga, uburezi n’umuco(Unesco), aho rumurika ibijyanye n’intambwe rwateye mu bijyanye no kubungabunga umuco. Iyi nama irahuza abayobozi ba za Minisiteri zifite umuco mu nshingano zayo bigira hamwe uko bakomeza kurinda umurage ushingiye ku muco mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba n’ibirwa bikikije inyanja y’u Buhinde,ibera […]

Rubavu : Abana batatu bishwe n’imyumbati abandi bari mu bitaro

Abana babiri bavukana ,hamwe n’umwe w’umuturanyi ,bo mukagari ka Rwaza mu mudugudu wa Gashovu umurenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu,bahitanwe n’imyumbati bariye ,ndetse hakaba hari n’undi mwana n’umugore barwariye mubitaro bya Gisenyi basangiye iyo myumbati. Nk’uko twabitangarijwe n’ubuyobozi bw’umudugudu abo bana bari batuyeyemo ngo iyo myumbati ikiri mibisi bayitekewe na ICYIZANYE Chantal umuturanyi w’abo […]

Umukandida Paul Kagame yiyamamarije muri Muhanga yakirwa n’abasaga ibihumbi 150 — AMAFOTO

Ku munsi wa gatanu w’ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yakiriwe n’abanyamuryango basaga ibihumbi 150 mu karere ka Muhanga. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Nyakanga, Ubwo Umukandida Paul Kagame yageraga kuri Sitade ya Muhanga aho ibihumbi n’ibihumbi byari bimutegerereje yasanzwe n’ibyishimo abatangariza ko abishimiye dore ko babarirwa […]

Bujumbura: Igitero cya grenade muri Zone Bwiza cyakomerekeje abagera ku 10

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga mu mujyi wa Bujumbura muri Zone Bwiza, ku Muhanda wa 2, hagabwe igitero cy’abantu bitwaje ibirwanisho ku Cyumweru gishize mu kabari kitwa ‘ Kubajandarume ‘, aho bateye grenade ikomeretsa abantu bagera ku icumi. Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter akaba yavuze ko […]

Ibiribwa bibujijwe kurya mbereho amasaha 2 ugiye gutera akabariro

Imibonano mpuzabitsina ku bashakanye ni kimwe mu bikorwa by’ibanze bihuza umugore n’umugabo kandi bikababera inkingi ikomeye yo gukomeza urugo rwabo,Iyo itagenze neza rero usanga akenshi hari utubazo twa hato na hato tuza tubishamikiyeho. Niba wifuza ko rero igikorwa cyo gutera akabariro cyabagendekera neza mukaryoherwa kandi mukanyurwa uzirinde gukora amakosa yo kurya ibi bintu bikurikira mbereho […]

Muhima : Abacuruza ikiryabarezi bahawe iminsi ibiri yo kugifunga

Ubuyobozi bw’akagari ka Rugenge mu murenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge, butewe impungenge n’uko haba hari abana bakina ikiryabarezi, bufata umwanzuro wo kuba abakora ubwo bucuruzi babuhagarika bitarenze kuwa gatatu tariki ya 19 Nyakanga 2017. Mu mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Nyakanga, abagabo babiri bazengurutse ahantu hose hacururizwa imikino y’amahirwe […]

Ubwitabire bw’abaturage mu turere 7 burashimangira icyizere-Komiseri Gasamagera

Umuryango FPR Inkotanyi usanga uhereye ku bwitabire bw’abaturage ahantu hatandukanye umukandida wayo, Paul Kagame yiyamamariza, ufite icyizere gikomeye cy’intsinzi mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama uyu mwaka. Ibyo byatangajwe n’Umuvugizi w’uyu muryango muri ibi bihe byo kwiyamamaza, Gasamagera Wellars, unashinzwe ubukangurambaga n’ibikorwa bya politiki muri uyu muryango, mu kiganiro cyihariye yagiranye na […]

Diamond arashinjwa kwihakana umwana yabyaranye na Hawa

Umuhanzi wo mu gihugu cya Tanzaniya Hawa yatangaje ko se w’umwana we ari Diamond Platnumz, avuga ko ababazwa cyane no kuba yirengagiza umwana babyaranye, akabifata nkaho nta nibyo azi. Hawa na Diamond bakoranye indirimbo yamamaye muri aka karere “Nitarejea”, aya makuru yo kuba Diamond arise w’umwana wa Hawa yari yaragizwe ibanga rikomeye ahanini kuko Hawa […]

Umutekano turawufite ariko dukeneye n’uwo mu gifu, hehe na Nzaramba -Dr Habineza

Dr Frank Habineza wiyamamariza kuyobora u Rwanda yasezeranyije abatuye intara y’i Burasirazuba ko batazongera guhura n’inzara yakunze kwitwa Nzaramba mu gihe yaba atowe. Dr Habineza wo mu ishyaka Democratic Green Party of Rwanda yabigarutseho ku wa Mbere tariki ya 17 Nyakanga 2017, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Gatsibo mu ntara y’i […]

Kirehe: Dr Frank Habineza yongeye kwimurwa aho yagombaga kwiyamamariza

Umukandida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza yongeye kwimurwa aho yari yateganyije kwiyamamariza mu karere ka Kirehe, ajyanwa kure yaho,bivugwa ko ubuyobozi bwirukanye abaturage, ndetse hagaragara n’abanyeshuri biga mu mashuri abanza bitwaje ibirango by’andi mashyaka badobeje icyo gikorwa. Ubwo Umukandida yageraga mu mujyi wa Kirehe, byabaye ngombwa ko akomereza ibikorwa bye aho […]

Uganda: Babiri batawe muri yombi nyuma yo kwigaragambya batwika imipira iriho Museveni

Igipolisi cya Uganda mu mujyi wa Kampala cyataye muri yombi abantu babiri bashinjwa gutwika amapine n’imipira iriho amafoto ya perezida Museveni mu rwego rw’imyigaragambyo yo kwamagana ko itegeko nshinga ry’iki gihugu rivugururwa ngo hakurwemo umubare wa manda umukuru w’igihugu yemerewe. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Abantu bane babarizwa mu ishyirahamwe ry’abashomeri biyise Jobless Brotherhood bagaragaye hafi y’ahitwa Mutasa […]

Rutsiro: Bahangayikishijwe n’umuhanda ugana mu Gakiriro uri kubacaho abakiriya

Abakorera imirimo itandukanye mu Gakiriro ka Rutsiro gaherereye mu Murenge wa Mushubati baravuga ko bafite impungenge z’umuhanda ushobora kuzabacaho abakiliya bakenera gutwara ibigakorerwamo mu modoka. Bavuga ko hari n’impanuka iherutse kubera muri ako Gakiriro biturutse ku miterere y’uwo muhanda. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uretse kubateza impanuka, kugeza ibikoresho byabo mu Gakiriro na byo ngo biragorana kuko bisaba […]

Malawi: Yatawe muri yombi ashinjwa kwigira umugore akajya gutega abagabo

Igipolisi cya Malawi cyataye muri yombi kuri uyu wa Mbere, umusore w’imyaka 19 witwa Van Gomani wigiraga umugore akajya gutega abagabo nk’indaya ku Muhanda witiriwe Kaunda mu murwa mukuru, Lolongwe. Ushinzwe itumanaho kuri station ya polisi ya Kanengo, salome Zgambo Chibwana, avuga ko uyu musore yambaraga imyambaro ya kigore ngo akaba yasaga n’abagore bigurisha.   […]

Abapadiri babiri bashimutiwe hagati ya Beni na Butembo n’abantu bitwaje ibirwanisho

Inyeshyamba zo mu burasirazuba bwa Congo zashimuse abapadiri babiri ba Kiliziya gaturika mu gace kamaze imyaka ibiri karangwamo ubwicanyi nk’uko bytangajwe n’inama ya ba musenyeri kuri uyu wa Mbere. Abapadiri bashimuswe ni Charles Kipasa na Jean-Pierre Akilimali, bakaba barakuwe muri Paruwasi ya Bunyuka, iherereye hagati y’imijyi ya Butembo na Beni, aho batwawe n’agatsiko k’abantu bagera […]

Lt Gen. Karake, Maj Gen. Nziza na Brig Gen Gashayija mu basirikare bakuru bagiye mu kiruhuko

Abahoze mu ngabo z’u Rwanda(RDF) bagera kuri 817 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru kubera impamvu zitandukanye zirimo kurangiza amasezerano y’akazi, ukukure ndetse n’uburwayi. Ni ku nshuro ya gatanu hakorwa igikorwa nk’iki guhera mu mwaka w’2013, RDF ishyira mu kiruhuko cy’izabukuru nkuko biteganywa n’amasezerano adasanzwe yayo. Abagiye muri iki kiruhuko muri uyu mwaka barimo ba Ofisiye na […]

Perezida Joseph Kabila yasimbuje Gen Bisengimana mu mpinduka yakoze mu nzego z’umutekano

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yakoze impinduka muri polisi y’icyo gihugu no mu gisirikare ashyiraho umuyobozi mushya usimbura Gen. Charles Bisengimana, ari we Gen DieudonnĂ© Amuli Bahigwa. Izi mpinduka zatangajwe mu nyandiko yasinyweho na Perezida Kabila, yo ku wa mbere tariki ya 17 Nyakanga 2017 yatangajwe kuri televiziyo y’iki gihugu nkuko […]

NEC yagize icyo ivuga ku mpamvu zatumye umukandida Habineza atiyamamaza i Nyagatare

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) irasaba umukandida Frank Habineza w’ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije, gukomeza kubahiriza amabwiriza agenga amatora mu rwego rwo kwirinda ko ibikorwa bye byo kwiyamamaza bizamo ibibazo. Ahantu habiri habineza yagombaga kwiyamamariza kuri uyu wa 17 Nyakanga, ngo hagombaga guhindurwa nyuma yo kugaragara ko Green Party yahisemo kwiyamamariza mu isoko no ku ishuri kandi […]

Ngororero : Aho tugana turahazi, kuko dufite umugambi umwe, tuzagera kure —Paul Kagame

Umukandida wa FPR -Inkotanyi Paul Kagame yishimiye cyane gusura abaturage b’akarere ka Ngororero ngo aganire nabo ibyubaka igihugu. Anababwira kandi ko gutora umukandida wa FPR-Inkotanyi ari ugutora kuguma kugira igihugu gikomeza mu Iterambere. Ku wa wa kabiri tariki ya 18 Nyakanga. nibwo Umukandida wa FPR-Inkotanyi yagiye kwiyamamariza mu Karere ka Ngororero, yakiriwe n’abaturage benshi buzuye […]

Turukiya: Perezida Erdogan arifuza ko abashakaga kumuhirika bacibwa imitwe

Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan arasaba ko abashakaga kumuhirika mu gikorwa cyabaye mu mwaka ushize bacibwa imitwe kuko ngo ari abanzi n’abagambanyi b’igihugu. Yabitangaje ubwo muri iki gihugu bizihizaga umwaka umwe bamaze baburijemo icyo gikorwa cyo guhirika ubutegetsi mu mpera z’uyu mwaka. Muri ibyo birori hibutswe n’abantu basaga 250 baguye muri icyo gikorwa batari […]

Abayobozi ba sosiyete Pharo bijeje perezida Kagame gukomeza gushora imari mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi ba sosiyete ikora ibikorwa by’ishoramari ‘Pharo Management’ bari mu mwiherero mu Rwanda bamwizeza ko bateganya gukomeza gushora imari mu Rwanda. Abakozi n’abayobozi basaga 60 b’iyi sosiyete bari mu karere ka Rubavu bavuye i Burayi muri Amerika no muri Aziya. Aba bayobozi bakiriwe na Perezida Kagame ku wa Mbere […]

Kenya :Perezida Kenyatta ntazitabira ikiganiro mpaka gihuza abahatanira kuyobora igihugu

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta ntabwo azitabira ikiganiro mpaka gihuza abahatanira umwanya wo kuyobora Kenya. Iki kiganiro giteganyijwe kuba tariki ya 24 Nyakanga 2017 kikazabera kuri televiziyo y’igihugu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umuyobozi w’ibiro bye bishinzwe itumanaho, Dennis Itumbi yatangaje ko Kenyatta atazaboneka nkuko bigaragara ku rukuta rwe rwa twitter. Iki kiganiro mpaka kizakorwa nyuma yuko cyimuwe […]

Ally Niyonzima yaba agiye gusinya amasezerano mu ikipe ya Nkana FC ya Zambia

Nyuma y’aho agiriye mu igeragezwa muri Zambia mu ikipe ya Zanaco bikanga, Umukinnyi w’ikipe ya Mukura, Ally Niyonzima ngo yaba agiye gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Nkana fc nayo yo muri kiriya gihugu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mukinnyi yifujwe n’amakipe menshi, ku buryo ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda, yigeze gutangaza ko yamaze kumusinyisha […]

Nyagatare: Nyuma yo kubangamirwa n’abamotari no koherezwa hafi y’irimbi Dr Frank Habineza arasabira inzego z’ibanze kweguzwa

Kuri uyu wa Mbere umukandinda w’Ishyaka Green Party yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Nyagatare na Gatsibo, nyuma yo kubangamirwa n’abamotari akanahindurirwa aho yagombaga kwiyamamariza akoherezwa hafi y’ahari irimbi, yafashashe umwanzuro wo wo kuzenguruka umujyi asuhuza abaturage ndetse anasaba ko abayobozi b’inzego zibanze beguzwa. Abashinzwe kwamamaza DR Frank Habineza bemeje ko ubuyobozi bw’umurenge wa […]

RD Congo : 27 biganjemo abanyeshuri bapfuye barohamye 54 baburirwa irengero

Abantu 27 bapfuye abandi 54 baburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa KasaĂ ÂŻ, mu gice cy’Amajyepfo ashyira u Burengerazubabwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Abenshi muri bo ni abanyeshuri bajyaga mu kiruhuko nkuko jeune Afrique yabitangaje ibikesha umwe mu bayobozi bo muri ako gace kabereyemo impanuka. Umuyobozi w’intara ya Idiofa, Jacques Mbila […]

Idris Elba wo muri ‘’Sometimes in April’’ yatangaje ko atazongera gushaka umugore bibaho

Umukinnyi wa Filime, Idris Elba w’imyaka 44 y’amavuko umaze gutandukana n’abagore babiri, yatangaje ko gushyingirwa ari ibintu yakuye muri gahunda ze mu buzima bwose azabaho kuri iyi si. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Essence giheruka gusohoka, yabajijwe ku bijyanye no kuba amaze gutandukana n’abagore 2, abazwa niba hari gahunda yo kuzongera gushaka, asubiza ko […]

Karekezi Olivier yasinyiye gutoza Rayons Sports Seninga yongera amasezerano muri Police FC

Amakuru agera kuri Bwiza.com aravuga ko Karekezi Olivier wabaye kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi, yamaze gusinyira gutoza ikipe ya Rayon Sports, mu gihe Seninga Innocent na we yongerewe amasezerano yo gutoza ikipe ya Police FC kugera muri 2020. Seninga yongerewe aya masezerano y’imyaka itatu nyuma yo gufasha ikipe ya Police FC kuza ku […]

Tanzania: Abakirisitu Babiri batwawe n'umugezi ubwo Pasiteri yarimo kubabatiza

Mu mpera z’icyumweru gishize, abantu Babiri bapfuye ubwo barimo babatirizwa mu ruzi ruherereye mu karere ka Rombo, mu ntara ya Kilimanjaro mu Burasirazuba bwa Tanzaniya. Amakuru atangwa nuwungirije Polisi muri kariya karere, Hamisi Selemani Issa, avuga ko abo bantu Babiri bari mu bagombaga kubatirizwa mu mazi menshi, amazi akaba yarabakuye mu nzara za Pasiteri n’umuyobozi […]

Dore bimwe mu bintu byerekana ko intambara ya 3 y’Isi yatangiye kera

Ese koko Isi yaba yarinjiye mu Ntambara ya 3 yayo abantu benshi batabizi? Birashoboka ko Intambara ya 3 y’Isi n’ibyo yangiza byaba bihari mu gihe isi irebera ari nako hategurwa ibirori byo kumurika imideri mu bihugu byabanje guhura n’iyi ntambara nka Liban? Mu gihe abanyamideri biyereka berekana amakanzu agezweho y’agaciro, ibihugu by’ibihangange byo biri kwitegura […]