Gakenke: Abavugwaho ko bapfiriye mu kirombe bavuyemo ari bazima

Kuwa 24 Nyakanga 2017 nibwo inkuru yabaye kimomo ko mu Murenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke hari abaturage bagera kuri 3 baguye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro bazize kubura umwuka. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nkuko Rushya Charles, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Rusasa yabitangarije itangazamakuru yavugaga ko intandaro y’urwo rupfu yari imashini itanga amashanyarazi yari yajyanywe kuzamura […]

Umusaza utagira amaboko udodesha amano yatangaje abantu benshi (Amafoto & Video)

Umusaza witwa Madan Lal akomoka mu gace ka Haryana mu gihugu cy’u buhinde. Uyu musaza w’imyaka 45 y’amavuko, yavutse nta kaboko na kamwe afite ariko uko akura agakunda gukora ndetse yimenyereza kujya akoresha ibirenge buri kintu cyose. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu musaza yize kwandika no gusoma mu buryo butamworoheye kuko yandikishaga ibirenge, gusa abantu benshi bagatungurwa […]

Kwizera Olivier yaguzwe na Free State ikipe yo muri Africa y’Epfo

Umuzamu Kwizera Olivier wakiniraga ikipe ya Bugesera yamaze gusinya amasezerano n’ikipe yitwa Free State yo muri Afurica y’Epfo, azajya ahembwa asaga ibihumbi 5000 by’amadorele. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu musore waciye muri APR FC akaza kwirukanwa akerekeza muri Bugersera FC, yaramaze iminsi akora isuzuma ry’ubuzima muri iyi kipe yamuguze, nyuma yo kumushima bahise bamusinyisha amasezerano y’imyaka 2 […]

Dr Habineza yasezeranyije guhindura umujyi wa Rwamagana nka Kigali

Umukandida w’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza yasezeranyije ko azahindura Umujyi wa Rwamagana ukaba nka Kigali mu rwego rwo kuwusubiza ku rwego uvugwaho ko wahozeho. Habineza yabitangaje ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Rwamagana mu Murenge wa kigabiro uyu munsi ku wa Kabiri tariki ya 26 Nyakanga 2017. Uyu mujyi ngo wahoze uri […]

Leta ya Afurika y’Epfo yinjiye mu kibazo cy’abarwanira imitungo Ivan Ssemwaga yasize

Nyuma y’aho habonekeye undi muntu wanditswe ku mitungo ya Ssemwanga, irimo amashuri n’amazu ari mu gihugu cya Afurika y’Epfo, abo mumuryango we bahagurutse basaba iki gihugu gukurikirana imitungo yasize. Amakuru mashya aturuka muri Afrika y’epfo, avuga ko ubuyobozi bwo muri iki gihugu, buri gushaka uburyo bwakiranura abagize umuryango wa Ivan Ssemwanga, nyuma y’aho ubuyobozi bwasanze […]

Ikibazo cy'amazi muri Nyakabanda na Nyamirambo cyabaye ingorabahizi, WASAC ivuga iki?

ikibazo cy’ibura ry’amazi mu mirenge imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali gikomeje kuba ingorabahizi aho usanga hari abamara amezi 2 kugeza ku byumweru 2 batarabona amazi muri za robine, mu gihe nyamara ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, WASAC, cyari cyatangaje mu ntangiriro z’uyu mwaka ko bitarenze mu kwa Gatandatu kizaba cyakemutse.   Ni mu […]

Ishusho y’uko u Rwanda rwari kumera iyo FPR Inkotanyi idatsinda urugamba mu 1994

-Itera amapfa niyo itera n’aho bahahira, FPR Inkotanyi yabayeho ngo izure u Rwanda ku bw’umugambi w’Imana -Njye mbona u Rwanda rwari kugirwa indagizo y’amahanga -Abarutuye amahanga yari gusigara abafata nk’inyamaswa cyangwa ibisimba – Ubundi abicanyi bari kumara kwica uwo bashaka nabo bakicana -Ubundi se u Rwanda rwari kurinda kumera gutyo Kagame ari hehe? Ibi ni […]

Rayon Sports mu myiteguro yo kwerekeza muri Tanzania

Mu gihe ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina umukino wa gicuti uzayihuza na Simba yo muri Tanzania, yatangiye imyiteguro yo kugira ngo izabashe kwitwara neza mu gihe izaba yaserukiye u Rwanda. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni mu gihe kandi mu kwezi kwa Nzeli biteganyijwe ko hazatangira amarushanwa ku mugabane w’Afurika, iyi kipe na yo ikaba iri mu […]

Karongi: Baritana bamwana ku buziranenge bw’inshundura barobesha mu Kivu

Abarobyi bo mu kiyaga cya Kivu bibumbiye mu makoperative, ni bo basanzwe bafitiwe icyizere cyo gufatanya n’inzego zitandukanye za leta mu gutanga amakuru agamije guca no gukumira ikoreshwa ry’imitego itemewe yitwa kaningiri mu Rwanda. Ku ruhande rw’Akarere ka Karongi bo ngo bamaze gutahura ko hari bamwe mu barobyi bemewe babarizwa muri ayo makoperative nyamara akaba […]

Umubyeyi yakubitiye umwalimu imbere y’abanyeshuri bajya gukiza

Umwalimu mu ishuri ribanza rya Amun muri uganda witwa Darius Okello ari kwivuza ibikomere yatewe n’umwe mu babyeyi barerera kuri icyo kigo uherutse kumukubitira mu maso y’abo arera ndetse akamukomeretsa bikomeye. Uyu mwalimu yakubiswe n’umubyeyi ubwo yamusangaga mu ishuri aje kwihorera kubera umwana we wari watashye arira avuga ko mwalimu yamukubise amuziza ko yatsizwe imibare. […]

Dr ‘Kimaranzara’ yeretse Abanyabugesera uburyo azaca amapfa n’inzara byakunze kuhavugwa

Umukandida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza, yatangaje ko agiye gufata ingamba zigamije kurwanya amapfa, ibura ry’imvura n’inzara byakunze kuvugwa mu karere ka Bugesera. Dr Habineza usigaye ufite izina ry’akabyiniro ka Dr Kimaranzara, yavuze ko ibyo bibazo byakunze kugaragara mu karere ka Bugesera abizi kandi bamaze igihe babishakira igisubizo kirambye. Yabivuze ubwo […]

Burundi: Uwiteguraga kuba Padiri yiyahuye

Faratiri Marc Nibasumba ukomoka muri paruwasi ya Kayogoro, Diyosezi ya Rutana mu Burundi, yiyahuye arapfa. Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko Marc yiyahuye mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 23 Nyakanga 2017, akoresheje umugozi ubwo yari mu cyumba yararagamo muri seminari nto ya Mpimba, Diyosezi ya Rutana. Andi makuru avuga ko Marc yiyahuye […]

Yeruzalemu: Imashini zigenzura ko hari uwitwaje icyuma zihanganishije ibihugu zishobora gukurwaho

Umutegetsi mukuru muri Israheli aravuga ko hari ubushake bwo kureba ibindi byakwifashishwa mu kigwi cy’imashini zitavugwaho rumwe Israheli yashyize ku butaka butagatifu bwa Yeruzalemu mu rwego rw’umutekano. Jenerali Majoro Yoav Mordechai yasabye abayisilamu gutanga ibindi bitekerezo ku cyakorwa mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubushyamirane bushingiye kuri Yeruzalemu bwiyongereye mu minsi ibiri ishize. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Igihugu […]

Umugabo w’imyaka 41 yafashwe asambana n’umwana we w’imyaka 13 avuga ko yabitewe na Satani

Umugabo witwa Sikiru Odejide w’imyaka 41 y’amavuko yatawe muri yombi asambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 13 yisobanura avuga ko yabitewe na satani. Uyu mugabo wo mu mujyi wa Ogun uherereye mu Burengerazuba bw’Amajyepfo ya Nigeria yatanzwe mu nzego z’ubutabera n’umugore we batakibana kubera impamvu zurumo n’iz’ubusambanyi, ariko ikibazo cyo kuryamana n’umwana we yibyariye kikaba cyarabaye […]

Afurika y’Epfo: Haravugwa umwana ushobora kuba warakize virusi ya sida

Abaganga bo muri Afurika y’Epfo baratangaza ko hari umwana w’imyaka 9 y’amavuko wanduye agakoko gatera sida avuka ariko amaze igihe kinini atarakenera imiti nyuma y’uko yahawe imiti myinshi nyuma gato yo kuvuka. Iyi nkuru dukesha BBC irakomeza ivuga ko uyu mwana amaze imyaka 8 n’igice nta bimenyetso agaragaza by’uko afite virusi ya sida. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] […]

Umwe mu basenya Hoteli Top Tower yagwiriwe n'urukuta ahita apfa

Mu minsi ishize, nibwo hatangiye ibikorwa byo gusenya inyubako yakoreragamo Hoteri Top Tower yari ku Kimihurura, ubu muri iyi minsi ya none ibi bikorwa bikaba birimbanyije ariko ari na ko byatangiye kugira ingaruka ku babikora no ku nyubako bituranye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Amakuru yatanzwe na Ambasaderi w’umuryango w’Ubumwe bw’ u Burayi, Michael Ryanñ€ yavuze ko urukuta […]

Gatsibo: Barinubira kubyuka iya rubika kubera amashuri ari iyo bigwa

Abaturage batuye mu Karere ka Gatsibo barasaba ubuyobozi kubatabara kubera amashuri ari kure bigatuma abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye biga kure yabo. Ababyeyi bavuga ko abana babo bakora urugendo rurerure cyane bajya kwiga bitewe n’uko aho batuye ari kure y’ahari amashuri. Umwe mu babyeyi avuga ko abana babo biga kure y’aho batuye ku buryo […]

Umukobwa yasuye umusore ku ishuri yakirwa n’imbaga y’abahungu aratungurwa (Amafoto)

Umukobwa wo mu gihugu cya Nigeria witwa Dorich Danielle aratangaza uburyo yatunguwe no gusanganirwa n’imbaga y’abahungu hafi ikigo cyose ubwo yajyaga gusura umuhungu w’inshuti ye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibyakozwe n’aba basore babana n’umukunzi wa Daniella abenshi bavuga ko byerekanye ko uyu mukobwa yitaweho, we ku ruhande rwe avuga ko byamuteye isoni ndetse bikanamutera kwikandagira kuko bose […]

Umugabo akurikiranyweho kwivugana umugore we wamuhatiraga kumutega amatwi

Umugabo witwa Jason-Kevin yivuganye umugore we witwa Kelly amuziza ko yamuhatiraga kumutega amatwi ngo amuririmbire atabishaka. Aba bantu 2 bo mu mujyi wa Lillois mu Bubiligi bari mu butembere mu misozi, aho bagezeyo baza kugira kudahuza ku biganiro bagiriyeyo birangira umugabo yivuganye umugore we bari babyaranye rimwe. Ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko uyu mugore witwa Kelly […]

Ibihugu bitunze intwaro za kirimbuzi n’ubushobozi zifite mu kwica

Ubwoba n’urwikekwe bikomeje kuzamuka ku isi nyuma y’aho igihugu cya Koreya ya Ruguru gitangarije ko cyagerageje kandi bigacamo igisasu cya missile cyambukiranya imigabane (ICBM). Igisasu bivugwa ko gifite n’ubushobozi bwo kugera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Umwuka mubi ukaba ukomeje kuzamuka kubera ubushobozi bw’igisirikare cya Koreya ya Ruguru n’ubuyobozi bushya bwa Leta […]

Kongere y'Amerika yemeje ibihano bishya ku Burusiya

Abategetsi b’amashyaka yombi muri kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bemeje itegeko rishyiraho ibihano bishya ku Burusiya ku birego by’uko bwaba bwarivanze mu matora ya perezida umwaka ushize. Iri tegeko ndetse ryanagabanya cyane ububasha bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kuba yakuriraho u Burusiya ibihano nkuko bigaraga mu nkuru […]

Umutoza wa Barcelona ntashaka ko Neymar agenda mu gihe PSG iri kumwigaho

Umutoza Ernesto Valverde w’ikipe ya FC Barcelona aramagana amakuru yuko Neymar ashobora kwerekeza mu ikipe ya Paris St-Germain(PSG). Valverde yongeye gushimangira ubushake bwe bwo kugumana umukinnyi Neymar mu ikipe ya Barcelona nyuma y’umukino wa gicuti n’ikipe ya Juventus. Ni umukino warangiye ku ntsinzi y’ibitego 2 bya Barcelona kuri 1 cya Juventus, ibitego bya Barcelona byombi […]

Kabila nadatangaza amatora kuwa 30 Nzeri , kuwa 1 Ukwakira ntazaba akitwa perezida

Ihuriro ry’abatavuga rumwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila riratangaza ko rigiye gukora ibishoboka byose akava ku butegetsi bitarenze tariki ya 1 Ukwakira 2017. Ni muri urwo rwego rwagaragaje indangaminsi y’ibikorwa bigamije kumugamburuza akava ku butegetsi nkuko Jeune Afrique ibigaragaza mu cyo yise itya ” RD Congo : l’opposition dĂ©voile son […]

Umukandida wa FPR, Paul Kagame yiyamamarije i Rwamagana- REBA AMAFOTO

Umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu yari asanzweho, Paul kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Rwamagana. Ibikorwa byo kwiyamamaza kuri iki cyumweru tariki ya 23 Nyakanga 2017, umukandida Paul Kagame yabikomereje mu murenge wa Kigabiro, akarere ka Rwamagana, nyuma yo kubisoza muri Kirehe na Ngoma, uturere twose two mu Ntara y’Iburasirazuba. Abaturage babarirwa mu […]

Uganda: Uwarindaga mubyara wa Perezida Museveni yakatiwe igihano cy’urupfu

Urukiko rwa gisirikare rushinzwe kuburanisha ingabo zidasanzwe muri Uganda (SFC) mu mujyi wa Sembabule rwakatiye igihano abasirikare n’abapolisi batandukanye muri Uganda barimo n’uwari umurinzi wa mubara wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni wakatiwe igihano cy’urupfu. Umupolisi witwa Canan Nkamuhebwa warindaga mubyara wa Perezida Museveni yakatiwe igihano cy’urupfu mu rukiko rwari ruyobowe na Lt Col […]

U Rwanda rwavanyemo Tanzaniya mu marushanwa ya CHAN 2018

Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi yanganyije na Tanzania ubusa ku bundi mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’imikino ya nyuma mu irushanwa riihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo ku mugabane wa Afurika. Ni umukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo witabiwe n’abafana benshi bari buzuye iyi stade, ku wa Gatandatu tariki ya 22 Nyakanga […]

Rubavu: Abanyekongo barifuza umuyobozi umeze nka Paul Kagame

Abaturage bo muri Congo cyane cyane mu bice bituranye n’u Rwanda, barifuza icyabaha umukuru w’igihugu umeze nka perezida Paul Kagame kubera intambwe ikomeye amaze kugeza ku Banyarwanda. Hari mu kiganiro “Dialogue entre Congolais” gihita kuri Radio Okapi cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Amatora muri afurika,na Kongo by’umwihariko” Abaturage bahawe urubuga ku mirongo ya telephone muri […]

Ibikorwa byo kwiyamamaza umukandida Paul Kagame yabikomereje i Ngoma — AMAFOTO

Umukandida perezida w’umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu munsi wa cumi w’ibikorwa byo kwiyamamaza, yabikomereje mu Karere ka Ngoma, Intara y’Iburasirazuba. Umuhango wo kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Nyakanga 2017, wabereye ku kibuga kiri mu kagari ka Cyasemakamba, umurenge wa Kibungo, Abaturage b’ingeri zose bakaba bazinduwe no kwakira umukandida wabo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] 11: […]

Dr Habineza ngo azitabira ikiganirompaka cy’abakandida ku kuyobora u Rwanda Kagame nakitabira

Ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda hashobora kuba ikiganirompaka hagati y’abakandida bazaba bahatanira kuyobora u Rwanda muri manda itaha, mbere yuko amatora aba kuwa 04 Kanama nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora. Umukandida Dr Frank Habineza aravuga ko we azitabira iki kiganiro ari uko Paul Kagame nawe akitabiriye. Iby’iki kiganirompaka bikaba byaratangajwe kuri […]

Abakuru b’ibihugu bahembwa menshi muri Afurika, Zuma imbere, Kagame ku mwanya wa 10

Abakuru b’ibihugu byo muri Afurika ni bamwe mu bahembwa agatubutse ku Isi nubwo umugabane wabo wugarijwe n’ibibazo byinshi bitandukanye. Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo, niwe wa mbere uhembwa amafaranga menshi ku mugabane n’amadolari 272,000, akaba aza ku mwanya wa kane ku Isi mu bakuru b’ibihugu bahembwa menshi. Perezida Paul Kagame aza ku mwanya wa […]

Ethiopia yarekuye Abanyasomaliya basaga 100 yari yaragize imbohe

Abanyasomaliya basaga 100 bari bamaze igihe bafungiwe muri Ethiopia ariko bakaza kurekurwa bageze iwabo kuri uyu wa Gatandatu nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bwa Somalia. Abayobozi b’iki gihugu bavuga ko izo mbohe 114 zari zifungiwe muri gereza zo muri Ethiopia zishinjwa ibyaha bitandukanye birimo kwinjira muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Bwana Jamaludin Mustafa […]

Dr Frank natorwa, inguzanyo ya buruse izikuba Kane ku banyeshuri ba Kaminuza

Umukandida w’ishyaka Green Party, Dr Frank Habineza avuga ko naramuka atowe ikibazo cy’abanyeshuri bahabwa inguzanyo y’intica ntikize kizahita gikemuka.   Mu ijambo yaku baturage mu muhango wo kwiyamamaza yakoreye mu karere ka Nyanza na Gisagara, yavuze ko bidakwiye guha abanyeshuri inguzanyo ya buruse idashinga kandi ari iyo baba bazishyura. Yagize ati”ko n’ubundi ari inguzanyo ko […]

Nyagatare : Mwadutumiye, twabitabye ngo tujye inama y'iya 4 Kanama-Kagame

Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame , akaba na Perezida wa Repubulika akomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Mujyi wa Nyagatare, nyuma yo gusoza ibi bikorwa mu Murenge wa Gatunda. Perezida Kagame yibukije abatuye aka karere ko basabwa kumutora, maze bakazakomezanya mu bikorwa bigamije gukomeza guteza igihugu imbere. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ati “ Mwadutumiye, twabitabye ngo tujye […]

Umukandida Paul Kagame yakiriwe n'ibihumbi by'abaturage i Kayonza- AMAFOTO

Umukandida Paul Kagame ubwo yari asoje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Nyagatare na Gatsibo, yakomereje mu karere ka Kayonza, Intara y’Iburasirazuba, yakirwa n’abaturage babarirwa mu bihumbi. Ku munsi wa 9 w’ibikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu yari asanzweho, ku wa 22 Nyakanga 2017, abaturage babarirwa mu bihumbi bazindukiye kwakira umukandida Paul Kagame ku […]

Burundi :Umwaka urashize nta cyerekana ko Umunyamakuru Jean Bigirimana akiriho

Abanyamakuru b’ikinyamakuru cyigenga mu Burundi, Journal Iwacu baribuka umwaka ushize mugenzi wabo, Bigirimana Jean aburiwe irengero. Abo banyamakuru barasaba ko ukuri kwashyirwa ahagaragara ku bijyanye no kuburirwa irengero kwe. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, abo banyamakuru bambaye udupira tw’umukara twanditseho tuti “ Jean Bigirimana, ntabwo duteze kukwibagirwa. » bashyize indabo ahari ifoto ye […]

Zimwe mu mpamvu zituma ingo zisenyuka

Gusenyuka kw’ingo ni igikorwa kijya kibaho kuri bamwe mu bashakanye, ibyo bikaba iyo umugabo n’umugore batanye burundu, cyangwa se bakabana mu mwuka mubi uzira urukundo aho usanga basigaye barara mu byumba bitandukanye mu nzu imwe mu gihe bagakwiye kurara bapfumbatanye bagashyushyanya. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi biterwa n’impamvu nyinshi, hano twabateguriye zimwe muri zo:   Imihindukire y’ubuzima […]

Nyuma yo kuva muri Politiki Ambasaderi Joseph Habineza arakataje mu bucuruzi

Nyuma y’aho aviriye ku mirimo ye, Uwahoze ari Minisitiri w’umuco na Siporo, Ambasaderi Joseph Habineza, yatangarije Bwiza.com ko ubu ahugiye mubikorwa byo gucuruza amakaroni, aho acuruza ubwoko bw’amakaroni yise ‘’Pastor Joe’’. Kurikirana ikiganiro twagiranye. Bwiza : Uratangira utwibwira birambuye. Joe : Nitwa Joseph Habineza niyo mazina ababyeyi banyise nyivuka, benshi banzi ku izina rya Joe, […]

Nyuma yo kutumvikana na Lil G Producer Junior yerekeje muri Studio shya

Nyuma y’aho Producer Junior atangarije ko atagikorera muri Studio Round Music y’umuhanzi Lil G, amakuru atugeraho ni uko ubu yamaze kwerekeza muri Studio nshya yitwa ‘’ T time Entertainment’’. Amasezerano ya Junior muri studio ya Lil G ‘’ Round Music’’ yarangiye kuwa 01 Nyakanga 2017, yari yarasinyweho n’impande zombi tariki ya 01 Nyakanga 2015, aya […]

Bazivamo Christophe n'abandi 65 barokotse impanuka y’imodoka

Visi Perezida w’Umuryango FPR Inkotanyi , Bazivamo Christophe yarokotse impanuka y’imodoka ubwo yerekezaga mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi. Iyi mpanuka yayikoze muri iki gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 22 Nyakanga ubwo yerekezaga muri icyo gikorwa mu karere ka Nyagatare. Ifoto y’imodoka ye iri gucicikana ku mbuga nkoranyambaga iragaragaza uruhande rw’ibumoso […]

Rwamagana: Kuba muri koperative byamufashije kudashorwa mu busambanyi

Umugore witwa Mukabutare vestine utuye mu mudugudu wa Kavura mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana avuga ko kujya muri koperative byamufashije nyuma y’uko nyuma yo gusigirwa n’umugabo we abana batatu b’indahekana yumvaga ubuzima bugiye kuba bubi. Nyuma yo gutandukana n’umugabo we, abagabo bashakaga kumushukisha ibiribwa ariko nyuma yo kujya […]

Ubutabera: Urukiko rwatesheje agaciro inzitizi za REB, urubanza rwimurirwa mu mezi atandatu

Kuri uyu wa gatatu tariki 21 Nyakanga 2017, urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rukorera I Rusororo, rwatesheje agaciro inzitizi zatanzwe n’ababuranira Leta mu rubanza abakozi barezemo REB. Ni abahoze bigisha abarimu icyongereza(English mentors) barezemo iki kigo cyabirukanye mu buryo bunyuranije n’amategeko. Urukiko rwasanze inzitizi nta shingiro zifite, ariko rwimurira urubanza ku itariki ya 8 Mutarama 2018. […]

Amakipe azajya yitabira imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika yongerewe

Guhera mu mwaka wa 2019, amakipe azajya yitabira imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu mu mupira w’amaguru aziyongeraho 8, ni ukuvuga ko azava kuri 16 akaba 24, kandi n’igihe iyi mikino yaberaga cyahinduwe. Ubusanzwe ayo makipe yahuraga ari 16 yajyaga mu mikino ya nyuma y’iri rushanwa, ndetse imikino nyiyabaga mu mpeshyi, ariko impinduka zatangajwe […]

No muri Suwede bambara Caguwa nkanswe mu Rwanda-Dr Frank Habineza

Perezida akaba n’umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Green Party, Dr Frank Habineza avuga ko naramuka atowe azasubizaho caguwa akabanza akubaka inganda zihagije z’imyenda mu gihugu hanyuma akabona guca iyi myenda icuruzwa yarabanje kwambarwa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi ni bimwe mu byo yatangaje mu gihe yagezaga imigabo n’imigambi ye ku baturage bo mu karere ka […]

Mpayimana Philippe natorwa ntazatuma hari umugore ubyara abana barenze batatu

Umukandida wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yatangaje ko naramuka atsindiye uyu mwanya azatangiza politiki yo kubyara abana batatu ku mugore. Yabitangaje ubwo yiyamamazaga mu ntara y’i Burengerazuba mu turere twa Rubavu na Nyabihu. Ku munsi we wa Karindwi Mpayimana yiyamamarije mu mirenge ya Nyamyumba Gisenyi na Kanama mu karere ka Rubavu n’iya […]

Rwamagana: Abakorera mu gakiriro bafunze imiryango kubera kubura amashanyarazi

Abakorera mu gakiriro ka Rwamagana gaherereye mu murenge wa Kigabiro, bahagaritse akazi bitewe no kubura amashanyarazi, bamwe bafunze imiryango bakaba banasaba ubuyobozi gukemura ikibazo cy’umuriro bakongera gukora. Ku wa Gatanu abakozi ba REG ( Rwanda Energy Group ) bagiye kureba ikibazo gihari ntibagira icyo bagikoraho, abahakoreraga bakaba bibaza amaherezo yabyo dore ko akazi kabo karimo […]

Meya wa Rubavu, Sinamenye Jeremie yatawe muri yombi (yavuguruwe)

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie ari mu maboko ya Polisi akekwaho kugira imyitwarire idakwiriye umuyobozi irimo no kubangamira abiyamamaza. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda , ACP Theos Badege, ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, yatangaje ko Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busanze bafunzwe by’ agateganyo bakurikiranweho kubangamira uburenganzira bw’ […]

Gisagara: Dr Habineza yijeje abaturage kongera kubahuza n'Abarundi bakongera guhahirana

Mu bikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu wa Gatanu, umuyobozi akaba n’umukandida w’ishyaka Green Party yakoreye mu karere ka Gisagara, umurenge wa Musha mu Kagari ka Bukinanyana, Dr Fraank Habineza yijeje abaturage ko azahuza ibihugu byombi bikongera kugira ubuhahirane nk’uko byahoze. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu migabo n’imigambi yagejeje ku bari aho, yavuze ko ubusanzwe Abanyarwanda n’Abarundi bahoze […]

Kicukiro:Umukozi wo mu rugo aravugwaho kuroga no kwiba abo yakoreraga

Umugabo witwa Innocent Mugabo utuye mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Gatenga ho mu karere ka Kicukiro arashakisha umukobwa wamukoreraga, ashinja kuroga umugore we n’abana be babiri. Uwo bashinja kuroga uyu muryango ni umukobwa[twirinze gutangaza amazina ye] uri mu kigero cy’imyaka y’amavuko 27 ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo, mu Kagari […]

Uganda: Abaturage basaga miliyoni 3.5 banduye hépatite B

Leta ya Uganda yatangaje ingamba nshya zo guhangana n’indwara ya hĂ©patite B ikomeje guhitana abantu muri icyo gihugu dore ko ubu abasaga miliyoni 3.5 bayanduye. Umugishwanama mu ndwara zandura, Dr. Susan Nabadda, ukora mu bitaro bya Mulago muri icyo gihugu yatangaje ko guverinoma y’icyo gihugu yatangije ingamba nshya zo guhangana n’iyo ndwara. Zirimo kongera aho […]

Rubavu: Abo mu yindi mitwe ya politiki barakataje bamamaza umukandida wa FPR/Inkotanyi, Paul Kagame

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu , bakomeje ibikorwa byo kwamamaza umukandida wabo, Paul Kagame bafatanije n’abahagarariye indi mitwe ya politiki itandukanye igakoreramo. Ubwo bamamazaga mu murenge wa Busasamana, abanyamuryango b’imitwe ya Polike nka PL, PSD, PDI bagaragarije imbere y’imbaga y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babarirwa mu bihumbi ko nabo […]

Tanzaniya: Depite Tundu yafunzwe agiye kuza mu Rwanda, arashinjwa gutuka Magufuli

Depite Tendu Lissu wo mu ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, yatawe muri yombi ashinjwa gutuka perezida w’iki gihugu, John Pombe Magufuli. Uyu mudepite usanzwe ari n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abavoka muri Tanzania yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Dar es Salaam muri Tanzaniya ku wa Kane, ubwo yari agiye gufata indege ngo aze mu Rwanda, nkuko […]

Umugore uhamya ko yabyaranye na Diamond, kubura umugabo byatumye aba imbata y’ibiyobyabwenge

Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, Umuhanzi wo muri Tanzania Hawa, yatangaje ko kuba umugabo we yaramusize bamaranye amezi 4 gusa ari byo byatumye abaho ubuzima atifuje kuva yavuka bwiganjemo kuba imbata y’ibiyobyabwenge. Uyu muhanzi wanakoranye indirimbo na Diamond Platnumz bise ‘ Nitarejea’ ku wa 19 Nyakanga, nibwo abaganga bemeje ko yorohewe, nyuma y’uburwayi yagize bwatewe n’ikoreshwa […]

Muhanga-Kamonyi: Abangirijwe n’umuyoboro w’amazi bamaze imyaka itanu bategereje ingurane

Ni abaturage basaga icumi, bo mu mudugudu wa Kabungo, akagari ka Kinini, umurenge wa Shyogwe, bavuga ko imyaka imaze kurenga itanu, bategereje kwishyurwa imyaka ndetse n’amasambu yabo, byangijwe ubwo hubakwaga umuyoboro w’amazi wiswe Shyogwe —Mayaga, muri werurwe 2012. Mabuja Floride, umukecuru w’imyaka 64, umwe mu bangirijwe imyaka, avuga ko batunguwe no kubona imodoka zije zikoreye […]

Min. Kaboneka yasabye ko hakorwa iperereza ku bayobozi bavugwaho kubangamira abakandida

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kurushaho korohereza abakandida bari kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika mu Rwanda, asaba ko ababivugwaho bakorerwa iperereza. Guhera tariki ya 14 Nyakanga 2017, Abakandida bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika batangiye urugendo rwo kwiyamamaza bazenguruka igihugu cyose, bagaragaza imigabo n’imigambi yabo kugira ngo abayishimye bazabatore muri […]

Rayon Sports ikoze amateka atarakorwa n’indi kipe mu Rwanda

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko mu ngengo y’imari y’iyi kipe hashyizweho akayabo ka Miliyoni 90 zo kugura abakinnyi, ibi bitarakorwa n’indi kipe iyo ari yo yose mu Rwanda. Iyi kipe yatwaye igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka ushije mu Rwanda (2016/2017), mu makuru yatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, bwemeza ko bafite intego zirenze iz’umwaka washize […]

Hubert Védrine yagize icyo avuga ku nkuru ya Revue XXI imushinja uruhare muri Jenoside

Hubert VĂ©drine wigeze kuba minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, yagize icyo avuga ku nkuru iherutse kwandikwa n’ikinyamakuru Revue XXI ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Muri iyi nkuru imaze ibyumweru bitatu igiye hanze, umunyamakuru Patrick de Saint-ExupĂ©ry ashinja u Bufaransa kuba bwaratanze uburenganzira bwo guha intwaro abakoze jenoside mu Rwanda, aho inyinshi […]