Kigali: Yafashwe agerageza guha Umupolisi Ruswa

Polisi y’u Rwanda iraburira umuntu wese ufite umutima wo gutanga cyangwa kwakira ruswa ko atazihanganirwa. Ni nyuma yaho ifashe umugabo urimo ugerageza guha Umupolisi ruswa. kuri uyu wa 28 Mata  Polisi yafashe Hitimana Emmanuel  agerageza gutanga ruswa kugira ngo imodoko yari yazanye gusuzumisha mu kigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga (Control Techinic) isonerwe amakosa Umupolisi yari ayisanganye. […]

Amafoto: Dore ibigango by’umusore Diamond yavuze ko yaryamanaga na Zari

Mu cyumweru gishize Diamond yatunguranye avuga ko Zari wahoze ari umugore we yamucaga inyuma akaryamana na Peter wo muri P-Square ndetse n’umusore atigeze avuga amazina ariko ngo akaba yari ashinzwe kumufasha imyitozo ngororamubiri mu 2017. Kuri ubu rero byamenyekaanye, amafoto yashyizwe hanze agaragaza uyu musore wo muri Afurika y’Epfo witwa Tumise ufite ibigango, bimwe mu […]

TEGEREZA WIHANGANYE

Yobu 13:13 “ Ubwenge n’ Imbaraga bifitwe n’ Imana, igira inama no kumenya.” Umwaka washize Manager yanjye yahuye n’ Ibigeragezo azakurwara indwara ya kanseli, mu gihe yarari kwa muganga afata imiti imufasha, yaje kwakira agakiza ahinduka umukristo kubwo gushyira ukwizera kwe k’ umwami wacu Kristo. Hashize amezi 6, Yesu amukiza iyo ndwara. Ubwo yahise agaruka […]

Suede: Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye igihano cyahawe Umunyarwanda Theodore Rukeratabaro

Urukiko rw’Ubujurire rwa Stockholm muri Suede kuri uyu wa Mbere, nyuma ya saa sita, rwashimangiye igihano cy’igifungo cyaburundu cyakatiwe Umunyarwanda, Theodore Rukeratabaro wahoze ari umujandarume mu yahoze ari Komini Cyimbogo, mu majyepfo y’igihugu. Nyuma y’iminsi higwa ku bujurire bwa Rukeratabaro, Urukiko rw’Ubujurire rwa Stockholm ngo rwageze ku mwanzuro warwo saa tanu kuri uyu wa Mbere, […]

Karongi/ Rubengera: Imibiri 22 y'Abatutsi bazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Iyi mibiri yashyinguwe mu rabutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Rubengera rusanzwe rushyinguyemo indi mibiri 3439, irimo 17 yabonywe mu tugari dutandukanye tw’uyu murenge mu mirima abaturage bahinga, indi iboneka aho basizaga ikibanza, hakaba n’indi 5 yari ishyinguye ahatari mu rwibutso. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe na bamwe mu barokokeye muri uyu murenge, ngo hari  hari n’aho […]

Su-Ofisiye mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakatiwe igihano cy’urupfu mu gihe mugenzi we bakoranye icyaha yakatiwe imyaka 25 y’igifungo. Aba basirikare bakatiwe n’urukiko ku wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2019,  i Mahaga  n’urukiko rwa gisirikare rwa Ituri. Aba basirikare bahawe ibihano bikakaye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abaturage batatu b’abasivile, ndetse […]

Kinamba: Komite y’umudugudu yacitsemo ibice, bituma utabasha kwishyura ubukode bw’aho ukorera

Umudugudu w’Inkingi mu kagari ka Kamutwa, umaze amezi ane n’igice utishyura amafaranga y’ubukode bw’aho ukorera. Abaturage batunga agatoki abayobozi bacitsemo ibice, intandaro ikaba amafaranga ava mu bacuruzi bawukoreramo. Inkingi, ni umwe mu midugudu y’akagari ka Kamutwa mu murenge wa Kacyiru muri Gasabo. Uherereye ahazwi cyane nko ku Kinamba, hagati y’umuhanda w’amabuye uzamuka munsi ya Polisi, […]

Kamerhe yaba yaremeye gukora muri perezidansi cyangwa ategereje kugirwa Minisitiri w’Intebe?

Aubin Minaku, wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kugeza kuwa Gatanu ushize, aremeza ko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu agomba kuva mu ihuriro FCC, rya Joseph Kabila, mu gihe Vital Kamerhe yashabitse uyu mwanya mbere y’amatora ubwo yemeraga kwifatanya na Felix Tshisekedi mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu bakumvikana ko natsinda azamugira […]

Ignace Murwanashyaka wari Perezida wa FDLR yashyinguwe mu Budage

Dr Murwanashyaka Ignace wari Perezida wa FDLR ( Forces  DĂ©mocratiques de LibĂ©ration du Rwanda ) wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 13 akaza gupfira muri gereza mu Budage atarangije igihano cye, ni naho yashyinguwe. Ku wa kabiri tariki ya 16 Mata 2019, nibwo Murwanashyaka yapfiriye mu bitaro kubera ikibazo cy’ uburwayi, yashyinguwe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. […]

Umunsi Mzee Jomo Kenyatta yatabaye ubuzima bwa Milton Obote wayoboraga Uganda

Minisitiri w’Intebe na Perezida wa mbere wa Uganda, Apollo Milton Obote, ngo akesha kuyobora igihugu kabiri umunsi uwahoze ari Perezida wa Kenya, Mzee Jomo Kenyatta, yatabaraga ubuzima bwe buri mu kaga. Ibi ni ibikubiye mu nyandiko nyakwigendera Dr Njoroge Mungai, yasize zigaragaza ko yari ari kumwe na Obote muri Singapore kuwa 25 Mutarama 1971, bagiye […]

Burundi: Abaturage bavuga ko babangamiwe n’ikandamizwa bakorerwa n’Imbonerakure

Abaturage bo mu gace ka Kibago, mu Ntara ya Makamba, mu Burundi bashinja iterabwoba Imbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’ishyaka CNDD- FDD riri ku butegetsi, aho ziyenza ku muhisi n’umugenzi icyo zimusabye yakwanga kugikora zikamushinja ibyaha atakoze. Ku wa 24 na 25 Mata 2019, izi mbonerakure ubwo zari ku musozi wa Jimbi na Kabago, ngo zakubise bikomeye […]

Amashusho y’urukozasoni ya Zari yashyizwe hanze, Tanasha wa Diamond atungwa agatoki

Ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko instagram mu mpera z’icyumweru dusoje, hakwirakwiye amashusho y’urukozasoni ya Zari. Bamwe bahise batangira kuvuga ko ibyabaye byakozwe n’umukunzi wa Diamond, Tanasha Donna mu rwego rwo kwihimura. Ababivuga bashingira ku kuba mu minsi mike ishize, Zari yarise uyu mukobwa ikigoryi we n’umugabo we Diamond aho yagize ati “Ibigoryi bibiri” Agira icyo avuga […]

Turkiya: Umwe mu ntasi ebyiri ziherutse gufatwa yiyahuriye aho yari afungiye

Umwe mu ntasi ebyiri z’Ibihugu Byunze Ubumwe by’Abarabu (UAE) ziherutse gufatirwa mu gihugu cya Turkiya yiyahuriye muri gereza yari afungiwemo nk’uko byemezwa n’itangazamakuru rya leta muri iki gihugu. Urubuga Haberturk rwo muri Turkiya rwatangaje aya makuru bwa mbere kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mata, rwavuze ko uyu wakekwagaho ubutasi yiyahuye akoresheje umugozi ku Cyumweru […]

Kwibuka25: Hanenzwe abari intiti bakoze jenoside aho kuyirwanya

Kuwa gatandatu tariki 27 Mata 2019, ubwo hibukwaga abari abakozi b’icyahoze ari ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi mu by’ubuhinzi n’ubworozi (ISAR) bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanenzwe uruhare bamwe mu bakoreraga iki kigo cyarafatwaga nk’igicumbi cy’intiti bagize mu gutegura no gukora Jenoside yakorewe Abatutsi. Igikorwa cyo kwibuka abakoreraga iki kigo , kuri ubu cyahindutse ikigo cy’igihugu […]

Abitwaje intwaro bagabye igitero mu Mujyi wa Kampala bahitana umwe

Abantu bataramenyakana bitwaje intwaro bagabye igitero mu Mujyi wa Kampala mu isoko rya Mpererwe nyuma yo kwica umurinzi, Wilson Okot. Iki gitero cyabaye kuwa Gatandatu nijoro cyakozwe n’abagabo batandatu bitwaje intwaro nk’uko itangazo rya polisi ya Uganda ribitangaza. Riragira riti “ Kuwa Gatandatu nijoro, ibisambo bitandatu byitwaje SMG (ubwoko bw’imbunda) na pisitori byagabye igitero ku […]

Imana itungurana

Izayi 48:3 “ Ibyababayeho mbere, nari narabibabwiye, byavuye mu munwa wanjye, ntuma bimenyekana, ako kanya ndabikora, kandi bibaho.” Ushobora kuba umaze imyaka icumi uhanganye n’ibibazo bimwe bidahinduka. Ushobora kumva ko ibibazo byawe bikomeye cyane ku buryo ntacyahinduka. Ariko mu isegonda rimwe, ushobora kubibonera igisubizo. “Bitunguranye, utabiteganyaga. Niko dusanzwe kandi si ikintu cyoroshye. N’ubwo bimaze igihe, […]

Perezida Putin yarakariye Amerika yahaye maneko ye igihano gikakaye

Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yavuze ko yarakajwe n’icyemezo cy’urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwakatiye igifungo maneko, Maria Butina w’Uburusiya, avuga ko ari “Ugukoresha nabi ubutabera”. Ku wa Gatanu w’iki cyumweru, Butina yakatiwe igifungo cy’amezi 18 muri gereza nyuma yo guhamwa no kugerageza kwinjirira amatsinda ya politiki muri Amerika agamije guhindura ingamba zayo […]

Tshisekedi agomba kureka Kabila akagenda, Tshisekedi yagurishije Kabila igihugu: Martin Fayulu

Nyuma y’uruzinduko yakoreye i Burayi no ku mugabane w’Amerika, kuri uyu wa 28 Mata Martin Fayulu yageze i Kinshasa, avuga ko Tshisekedi yakagombye kureka Kabila akagenda, yongeraho ko yagurishije igihugu kuri uyu wahoze akiyoboye. Muri iyi nama yakoreye kuri Sainte ThĂ©rĂšse muri Ndjili, yasabye ko havugwa ku cyemezo cyo kugira ubutegetsi buhuriweho n’ishyaka rya Kabila(FCC) […]

Rusizi: Amakimbirane mu miryango mu bitera ubuzererezi no guta amashuri

Ubuyobozi bw’ikigo Baho neza mwana cyakira kikanita ku bana bo mu muhanda mu karere ka Rusizi , buvuga ko kimwe mu bituma hari abana bumva baba mu muhanda kuruta kuba mu miryango yabo ari imibanire mibi hagati y’ababyeyi babo nubwo ngo hariho n’abana bananirana bitewe n’ibigare by’abana babi bishoramo, ubu buyobozi bugasaba ababyeyi babana mu […]

Imana nta dini igira- Gandhi

Gandhi yari umugabo ukomoka mu Buhinde wabayeho mu mpera z’ikinyejana cya 18-19 waharaniye akanageza igihugu cye ku bwigenge bigobotora ubutegetsi bwa gikoloni bw’abongereza hakoreshejwe inzira y’amahoro. Ibi ni mu gihe ahandi mu bihugu byinshi byari byugarijwe n’ingoma z’ubukoloni, abaturage bakoreshaga inzira y’imyivumbagatanyo n’ibindi bikorwa bikaze birimo ndetse intambara kugira ngo bibone ubwigenge. Uburyo bw inzira […]

Niki cyihishe inyuma y'ibihugu by’ibihangange byongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ibihugu bikomeye ku isi bisa naho byaviriyeho inda imwe u Rwanda, bisaba abaturage babyo kwitonda no kutajya mu bice bimwe by’igihugu byerekana ko umutekano utizewe. Ibyo bihugu byabimburiwe n’Ubufaransa, Canada, Ubudage, Ubwongereza,Ubuholandi, Australia, Sweden, Belgium na USA kugeza ubu twandika iyi nkuru. Iyo usomye impamvu zitangwa n’ibi bihugu usanga byose bihurira ku kuba ibice bimwe […]

Ingabire Victoire yahuriye mu muganda na Minisitiri Richard Sezibera – Amafoto

Madamu Ingabire Victoire, Umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Mata yahuriye n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera mu muganda ngarukakwezi wabereye mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Gasabo. Ni umuganda usoza ukwezi wabereye ku rwego rw’Akarere ka Gasabo mu Murenge wa Remera, aho yifatanyije n’abandi baturage n’abayobozi mu gikorwa […]

Pentagon yafashe iya mbere mu kurekura amafaranga yo kubaka urukuta ku mupaka na Mexico

Minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatanze uruhushya rwo koherereza miliyari imwe y’amadolari abasirikare b’abubatsi ngo hubakwe urukuta rushya ku mupaka w’iki gihugu na Mexico. Ayo mafaranga ni aya mbere atanzwe muri gahunda y’ibihe bidasanzwe yatangajwe na Perezida Donald Trump w’Amerika arenga ku cyemezo cya kongere y’iki gihugu ngo yubakishe urukuta rwo kuzitira abimukira […]

Andi mateka kuri Messi wahesheje Barà§a ikindi gikombe(amafoto)

Mu ijoro ry’uwa 27 Mata, ni bwo FC Barcelona yatwaraga igikombe cya 26 cya shampiyona, igikesheje Lionel Messi wayitsindiye igitego asimbuye; mu mukino wabahuzaga na Levante. Uyu mukino Barà§a yari yarahiye kuwutsinda kugira ngo itwarire igikombe ku kibuga cyayo(Nou Camp), ikomeze isatire Real Madrid yayirushaga Ibikombe 8, ndetse ijye no mu gatebo ka Juventus na […]

Tanzania: Perezida Magufuli yahaye imbabazi imfungwa zisaga 3,000

John Pombe Magufuli wa Tanzania, kuri uyu wa Gatanu ushize yahaye imbabazi imfungwa 3,540 ubwo igihugu kizihizaga imyaka 55 ishize Tanganyika na Zanzibar bibaye igihugu kimwe. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi ya Tanzania rivuga ko yizeye ko izi mfungwa zizasubira mu muryango kandi zikagira uruhare mu gufatanya n’abandi mu kubaka igihugu, kandi hitezwe ko batazasubira […]

Iburasirazuba: Hatowe abayobozi 1400 basimbura abeguye n’abegujwe mu nzego z’ibanze

Kuwa Gatandatu tariki ya 27 Mata 2019 mu Ntara y’Iburasirazuba habaye igikorwa cy’amatora yo gusimbuza bamwe mu bayobozi batowe muri 2016 mu matora ya komite z’imidugudu, abagize njyanama n’abagore n’urubyiruko ndetse n’abafite ubumuga . Bamwe mu batowe bagiye begura ku myanya yabo abandi bakeguzwa kubera amakosa arimo imikorere mibi. Abaturage barishimira ko umuyobozi ukora nabi […]

Abapolisi basaga 100 bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mata, ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku  Kacyiru habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi kubufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC). Ni igikorwa cya kozwe nyuma y’umuganda rusange usoza ukwezi kwa kane aho cyitabiriwe n’abapolisi mu nzego zose basaga 100 muri rusange hakaba hatanzwe amaraso angana […]

Ntukibagirwe aho ibyo ufite byavuye

Soma Abaheburayo 11:6 “Ariko utayizera ntibishoboka ko Ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.” Ibintu byose ufite ndetse ni ibyo ukeneye byose wabibonye kandi uzabibona binyuze k’ umwana w’ umuntu, ariko bivuye ku Imana. Imana niyo soko yabyo byose. Gusa yahisemo iyo nzira yo kubikugezaho kuko Imana ikoresha inzira nyinshi kugirango ukugire […]

Alain Muku yasohoye indirimbo akeburamo abashakanye n’abafite abakunzi- Video

Umuhanzi Alain Mukurarinda (Alain Muku) yamaze gushyira hanze indirimbo y’amajwi n’amashusho yise ‘Tona Tona’, akaba yemeza ko yayisohoye mu rwego rwo gukebura abashakanye ndetse n’abafite abakunzi kujya babatetesha. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, Alain Muku yavuze ko nyuma y’imyaka itandatu asa n’uri ku ruhande mu muziki, yayisemo kugarukana indirimbo ivuga ku rukundo. Ati“ Naherukaga gukora […]

Trump yiyemeje gukura Amerika mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n'icuruzwa ry'intwaro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko azakura iki gihugu mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n’icuruzwa ry’intwaro (Arms Trade Treaty). Aya masezerano ahuriweho n’ibihugu 130, yashyizweho umukono mu mwaka wa 2013 n’uwo yasimbuye Barack Obama, agamije gushyira gahunda mu bucuruzi bw’intwaro hagati y’ibihugu. Ishyirahamwe rya Amerika rijyanye no gutunga intwaro rivuga ko […]

Abanyeshuri ibihumbi 10 bahabwa buruse zo kwiga mu bushinwa buri mwaka

Aho ubushinwa butangiriye umushinga wo guhuza ibihugu mu bijyanye n’ibikorwaremezo, wiswe Centure et route, ubu mu bijyanye n’umuco, uburezi n’ubukerarugendo bimaze gutanga umusaruro ugaragara, ubu Ubushinwa bukaba butanga Buruse ibihumbi 10 ku banyeshuri b’abanyamahanga bakajya kwiga mu mashuri yabwo. Ikurwaho n’iyoroshywa ryo kubona Visa ku bashinwa, gutanga buruse ku banyeshuri no kwemera impamyabumenyi z’abanyeshuri bo […]

Rusizi: Abazi amakuru ku iyicwa ry’Abatutsi bakoraga muri Cimerwa basabwe kuyatanga

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi, abari abakozi b’uruganda rwa CIMERWA  mu karere ka Rusizi bavuga ko kugeza ubu hari bagenzi babo biciwe muri uru ruganda no hafi yarwo ariko imibiri yabo ikaba itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro. Bamwe mu bakoraga muri uru ruganda rukora sima babashije kuharokokera, bavuga ko bagenzi […]

U Rwanda rwakijijwe n’umuntu umwe gusa — Gen. James Kabarebe

“ U Rwanda rwakijijwe n’umuntu umwe gusa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ”, ibi ni ibiherutse gutangazwa na Gen. James kabarebe, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano mu kiganiro aherutse gutanga mu biganiro by’Umuryango Unity Club. Ni ibiganiro byabaye kuwa  24 Mata 2019 byateguwe ku bufatanye bw’Umuryango Unity Club Intwararumuri n’Ishuri Rikuru rya […]

Huye: Hibutswe Abatutsi bazize Jenoside mu cyahoze ari Komini Ruhashya

Kuwa kane tariki ya 25 Mata 2019, abayobozi batandukanye bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Huye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, hibukwa by’umwihariko Abatutsi b’i Ruhashya bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro yatanze ku mateka y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Havugimana, Perezida w’inama y’Ubutegetsi ya Komisiyo […]

Mageragere: Uko abana bato babana n’ababyeyi babo muri gereza babayeho

Abana bato batarengeje imyaka itatu babana n’ababyeyi babo bafungiye muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, bagaragaza imyitwarire idasanzwe irimo no gutinya cyane ibyo badasanzwe babonamo. Mukamurigo Regine ni umubyeyi ufungiye muri Gereza ya Mageragere, afite inshingano zo kwita kuri abo bana afatanije na bagenzi be arasobanura impamvu yo gutinya abantu kuri aba bana. Ati“Gutinya […]

Natunguwe no gusanga igitsina cy’umugabo wanjye kidafata umurego kandi twarashakanye abizi- Nkore iki

Ndi umugore w’imyaka 27, mumbabarire ntabwo mvuga aho ntuye n’amazina byanjye, nkaba maze amezi ane mbana n’umugabo wanjye, mbese turacyari abageni ariko mu buriri hakaba harimo akabazo gakomeye. Umugabo wanjye ni umuntu ukunda gusenga cyane, tunakundana twamenyaniye muri kolari, tukaririmbana, mbese urukundo ruza gutyo birangira ubukwe bwacu bubaye mu kwa 12 umwaka ushize, twari tumaze […]

Sri Lanka: Ukuriye agatsiko kagabye ibitero by’ubwiyahuzi kuri Pasika nawe yabigendeyemo

Uwo bikekwa ko ari umuyobozi w’agatsiko gaherutse kugaba ibitero by’iterabwoba muri Sri lanka yaba yaraguye mu gitero cy’ubwiyahuzi ubwe yagabye kuri hotel Shangri-La, imwe muri hotel esheshatu n’insengero byibasiwe mu bitero byahitanye abantu basaga 250. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu na Perezida wa Sri Lanka, Mainthripala Sirisena ko umuyobozi w’agatsiko gakekwaho gutegura ibitero by’iterabwoba […]

FARDC yiyemeje guhangana n’inyeshyamba zivuga Ikurundi hamwe n'iza Kayumba Nyamwasa

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2019, mu misozi muremire y’i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nibwo hagaragaye abasirikare benshi bambariye urugamba bavuga ko ari urwo guhashya inyeshyamba za Red-Tabbara zigizwe n’abavuga Ikirundi hamwe n’izindi bitangazwa ko ari iza Kayumba Nyamwasa wahoze ari umugaba w’Ingabo mu Rwanda. Ingabo za FARDC ziyobowe […]

Libya:Abimukira hafi 2000 bakeneye kwimurwa kubera intambara

Umuryango w’Abibumbye,ONU, kuri uyu wa 26 watangaje ko abimukira bafungiwe mu bigo biri mu murwa mukuru wa Libya, Tripoli, bakeneye kwimurwa byihutirwa kubera ikibazo cy’intambara iri kubera muri icyo gihugu. Abimukira bafungiwe muri ibyo bigo ni abafatwa bagerageza kujya i Burayi. Abenshi muri bo bafite inkomoko munsi y’ubutayu bwa Sahara muri Afurika. Mu gushaka inzira […]

Rubavu/Nyarugenge: Babiri bafatanwe ibiro bisaga 130 by'urumogi

Abantu babiri bafatiwe mu bikorwa byakorewe mu turere twa Rubavu na Nyarugenge bigamije kurwanya abatunda bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu. Ibi bikorwa byakozwe kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata byafatiwemo ibiro 125 n’udupfunyika 1230 by’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko ibi biyobyabwenge ndetse n’abakekwa ho […]

Karongi: Hibutswe abari abakozi n’abanyeshuri b’icyahoze ari ETO Kibuye bishwe muri Jenoside

Ubuyobozi bwa IPRC Karongi iherereye mu cyahoze ari ETO Kibuye, ubu ni mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, buvuga ko  abari abakozi n’abanyeshuri b’icyahoze ari ETO kibuye bamaze kumenyekana bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ari 13 barimo uwari umunyamabanga w’ishuri,umurezi n’abanyeshuri 11, hakaba hakomeje ubushakashatsi ngo harebwe ko haba hari n’abandi bishwe bataramenyekana. […]

Uwahoze ari icyegera cy’umukuru w’igihugu avuga ko ubwicanyi bukomeje mu Burundi

Ishyaka CNDD-FDD ryahamagariye Abarundi bari mu buhunzi gutaha mu gihugu cyabo ribizeza amahoro n’umutekano, gusa bamwe mu banyapolitiki bakemeza ko nta bihari ahubwo ko ubwicanyi bukomeje gukorwa na Leta. Frederic Bamvuginyumvira wahoze ari icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, avuga ko Leta yakagombye kubanza gukemura ibibazo bya politiki abahunze bagataha mbere y’uko amatora aba, by’umwihariko agashimangira […]

Indirimbo “ Dusohoze ikivi” yahuriyemo The Ben, Masamba, Tonzi n’abandi yashyizwe hanze

Indirimbo “ Dusohoze ikivi” yaririmbyemo abahanzi barimo The Ben, Masamba Intore, Tonzi, Aron Nitunga, Bahati n’abandi yashyizwe hanze kuri uyu wa 26 Mata 2019. Iyi ndirimbo yahimbwe n’umuririmbyi, Merchiore Mecky Kayiranga ibumbatiye ubutumwa bugamije ahanini gufata mu mugongo abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, Kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside n’ubundi butandukanye. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya R& […]

Peter Okoye yunze mu rya Zari yita Diamond ikigoryi

Umuhanzi wo muri Nijeriya, Peter Okoye yahakanye ibyavuzwe na Diamond ko yaryamanye n’uwari umugore we, Zari Hassan avuga ko ibi byaba ari ubugoryi. Aganira na Radiyo Cool FM, Peter yavuze ko Diamond adashyira mu gaciro kugeza aho yihandagaza akamushinja kuryamana na Zari. Ati “  Mbabwije ukuri sinzi ibyo Diamond na Zari barimo kuvuga. Ntacyo mvuga […]

Nyamasheke: Abagabo barasabwa kudatererana abagore mu kwita ku mikurire y'abana babo

Nyuma y’aho bigenda bigaragara ko gahunda nyinshi zirebana no kwita ku mirire myiza n’imikurire y’abana zisa n’iziharirwa abagore gusa kenshi no kuzitaho neza bikabagora kubera ko hari n’ababa baragiye babyara indahekana kuzitaho bikabarushya  abagabo basa nk’aho ntacyo bibabwiye, nabo barasabwa kureka ingeso yo gutererana abagore mu birebana n’ imikurire n’ubuzima bwiza  bw’abana. Babisabwe ubwo ku […]

Ruli: Abishyize hamwe bavuka mu Karere ka Gakenke baremeye Abarokotse jenoside- AMAFOTO

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, abishyize hamwe bavuka ku Karere ka Gakenke (Diaspora Gakenke) baremeye abacitse ku icumu rya jenoside batishoboye batuye mu Murenge wa Ruli muri aka Karere. Ni igikorwa ubuyobozi bw’aka karere bwashimye, cyabaye ku wa Kane tariki ya 25 Mata 2019, imiryango ine […]

Umunyarwandakazi mu bantu 6 baguye mu mpanuka y’imodoka muri Uganda

Abantu batandatu barimo umuyobozi w’Akarere ka Koboko, Isaac Kawooya, ndetse n’Umunyarwandakazi, Anastasie  Mukakamali, baguye mu mpanuka y’imodoka yabereye ku muhanda Kampala- Masaka mu gihugu cya Uganda. Inkuru dukesha ikinyamakuru Daily Monitor iravuga ko abaguye muri iyi mpanuka ari; Haji Abudallah Muwonge w’imyaka 54 w’ahitwa Nyamitanga muri Mbarara, Anastasie Mukakamali w’imyaka 66 ukomoka mu Rwanda, Abed […]

RIB mu iperereza ku mavuriro na farumasi byakoresheje inyandiko mpimbano mu kwishyuza RSSB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza ku ikoreshwa ry’inyandiko mpimbano zigamije kwishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) ryakozwe n’amavuriro na za farumasi zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo. Iri perereza rimaze gutuma abantu bakekwa barimo abaganga n’abashinzwe gucunga ibigo bagera mu 10 batabwa muri yombi. Abafashwe ni abo muri; Ineza Clinic, mu Karere ka Muhanga, Isezerano Clinic, mu […]

Bobi Wine arashinja Leta ya Museveni gukenesha no gukandamiza abaturage

Umudepite Robert Kyagulanyi Ssentamu w’umuhanzi uzwi nka Bobi Wine wo mu gihugu cya Uganda yasohoye indirimbo yise “Afande” ahamagarira abashinzwe umutekano kureka guhohotera abaturage. Wine avuga ati: “Iminsi ibiri namaze mfunze nayikoresheje nandika indirimbo ubu ngeneye abo mu nzego z’umutekano”. Ssentamu uzwi cyane muri muzika nka Bobi Wine kuwa mbere yafashwe na polisi nyuma yo […]

Amb. Nduhungirehe ngo yaba we cyangwa Rusesabagina nta wufite amakuru ku ifatwa rya Sankara

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe aremeza ko nta makuru afite ku by’ifatwa rya Major Callixte Sankara muri Comores, ndetse akanemeza ko na Paul Rusesabagina, Perezida w’ishyaka MRCD, uherutse gutangaza ko Sankara yidegembya nawe nta makuru afite. Ibi yabitangaje mu kiganiro yahaye Ijwi rya Amerika abazwa ku byatangajwe n’ibihugu nk’u Bufaransa, […]

Umuyoboke wa FDU Inkingi yavuze ko yari kwemera ko ari we wahanuye indege ya Habyarimana Juvenal

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ruregwamo abarwanashyaka 11 b’ishyaka FDU-Inkingi ritemewe mu Rwanda. Mu baregwa harimo Twagirayezu Fabien wemera ko yari ashinzwe ubukangurambaga ku rwego rw’igihugu muri FDU-Inkingi, ubushinjacyaha bumushinja kubwira abo bari kumwe ko hari igisirikare kirimo gutegurwa hanze y’u Rwanda abakangurira […]

Ndahamagarira ibihugu byose by’isi kuza kutwigiraho inzira y’iterambere- Perezida Xi Jinping

Perezida w’u Bushinwa, Perezida Xi Jinping yasabye ibihugu bituye isi kwigira ku gihugu cye inzira inoze y’iterambere. Ibi akaba yarabitangarije mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Banki Nyaziya. Perezida Xi Jinping  atangaza ko Banki nyaziya igamije gushora mu bikorwaremezo BAII (Banque Asiatique d’Investissement en Infrastrures), ni we wayishinze mu 2015, muri gahunda ndende ya “ceinture […]

Pallaso yakebuye abakobwa baka itike abasore kuko bagiye kubasura

Umuhanzi wo muri Uganda Pius Mayanja uzwi nka Pallaso avuga ko kuba abakobwa baka abasore bakundana amafaranga y’itike kugira ngo babashe kubasura bibagiraho ingaruka. Pallaso avuga ko iyi myumvire ituma bakobwa babura abagabo mu gihe kizaza. Ati “ Murekere aho kuzajya musaba amafaranga y’itike kubera ko mwemereye umusore kumusura. Bituma mutabona abagabo mu gihe kizaza.” […]

U Bufaransa bwishe 800,000 mu Rwanda mu myaka 25 ishize — Perezida Erdogan

Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, kuri uyu wa Gatatu ushize yagize atya atangaza ku mugaragaro ko adashidikanya ko u Bufaransa bwishe abantu 800,000 mu Rwanda mu myaka 25 ishize, aho yasaga nk’usubiza perezida Emmanuel Macron wagereranyije ibyabaye mu 1915 nka jenoside. “ Iyo ducukumbuye muri za jenoside, ubwicanyi, no guhonyora uburenganzira bwa muntu, tubona […]

Inyeshyamba zisaga 200 zivuga Ikirundi zagaragaye muri Kivu y’Amajyepfo

Abaturage bo muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo bavuga ko hagaragaye inyeshyamba zibarirwa muri 200 zivuga ururimi rw’Ikirundi. Izi nyeshyamba zatangiye kugaragara mu ishyamba ryo mu misozi miremire ya Kamombo, Karumyo na Nyarusanze, Segiteri ya Tanganyika, Teritwari Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Abaturage bavuga ko bavuga Ikirundi, bagakeka ko zaba ari FNL. […]

Mu Rwanda hari umutekano n’ubwo ibihugu 5 bimaze kugira inama abaturage babyo yo kutagenda mu duce tumwe tw’u Rwanda-Nduhungirehe

N’ubwo ibihugu bigera kuri bitanu by’burayi bimaze kugira abaturage babyo yo kutajya mu duce tw’amajyepfo y’u Rwanda turi hafi ya Nyungwe, ku wa 25 Mata 2019, umunyamabanga wa leta y’u Rwanda muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko u Rwanda nta kibazo cy’umutekano rufite. Ati’’ mu Rwanda hari umutekano. Ntabwo ari twe tubizi kandi […]

Sudani: Abajenerali batatu mu bagize akanama kayoboye igihugu beguye

Batatu mu bayobozi bakuru b’akanama ka gisirikare kayoboye Sudani by’inzibacyuho batavugwaho rumwe batangaje ukwegura kwabo, iki kikaba ari kimwe mu byifuzo bikomeye by’abigaragambya. Aba bajenerali ni Omar Zain al-Abideen, Jalal al-Deen-Sheikh na Al-Tayeb Bakar Ali Fadee, basanzwe bazwiho kuba inkoramutima za Omar al-Bashir uheruka guhirikwa ku butegetsi. Babonwa kandi nk’abahezanguni ku myemerere ya Islam. Abayoboye […]