Iyo Uganda iba imfasha, ntibaba bari ku butegetsi — Kayumba Nyamwasa

Gen. Kayumba Nyamwasa urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yahakanye ibivugwa ko ahabwa ubufasha na Guverinoma ya Uganda, avuga ko iyo biba bimeze gutyo, Guverinoma y’u Rwanda iba itari ku butegetsi ubu. Gen. Kayumba Nyamwasa aheruka mu Rwanda mu 2010 ubwo yahungaga amaze gushyingura nyina. Bivugwa ko yatumijwe na Biro Politiki y’ishyaka FPR ngo yisobanure ku byaha […]

Waremanywe DNA y’ Imana, biguhesha kuba usobanutse

Abafeso2:10 “ Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugirango tuyigenderemo” Ijambo DNA ni incamake y’ijambo ry’ Icyongereza ryitwa “ DEOXYRIBONUCLEIC ACID. DNA ikaba yerekana inkomoko y’ Umuntu cyangwa ikintu. Iyo umaze guhinduka icyaremwe gishya uhita uhabwa indi DNA yo mu urwego rwo hejuru kuko iba isumba kure […]

Hon. Sebaba muri Nyungwe : Kubera iki igisubizo cyaba intambara cyangwa kumena amaraso

Muraho nshuti zanjye nkunda mwo kabyara mugaheka, mugahinga , mugasarura, mugatunga mugatunganirwa? Ni mugire amahoro n’umutekano kandi mbahaye amashyo! Burya koko amatage ni mabi kuko nari mbakumbuye mwese ariko cyane cyane Semahoro, Nyiramahoro, Mahoro, Shyaka, Mbaraga, Rwamakuba, Semakuba, Byago, n’abandi mwese ntavuze. Ndabizi urukumbuzi rwari rwose ariko kubera ikibazo cy’itumanaho nabuze uko mvuza umwirongi ngo […]

Kinshasa: Urubyiruko rushyigikiye Martin Fayulu rwamusabye kutazitaba urukiko

Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu i Kinshasa habyukiye imyigaragambyo y’urubyiruko rushyigikiye umunyapolitiki Martin Fayulu rwamagana ikirego aherutse kuregwa cyo gushaka kuzana amacakubiri ashingiye ku moko. Uru rubyiruko ngo rukaba rwagaragaye ruzenguruka boulevard Lumumba ruririmba indirimbo zituka ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi. Uru rubyiruko rwiganjemo urwo mu gace ka Tshangu, mu burasirazuba bwa Kinshasa, […]

Baho nk’uzapfa ejo, wige kubaho nk‘uzabaho iteka ryose- Gandhi

Mu nkuru zimaze iminsi zisohorwa na Bwiza.com, twagiye tubagezaho amwe mu magambo yuje ubwenge yavuzwe na Gandhi, umuhinde waharaniye ubwigenge bw’igihugu cye bakigobotora ingoma ya gikoloni y’abongereza. Ayo magambo yagiye ayageza ku baturage mu mbwirwaruhame ze mu bihe bitandukanye mu rugamba barimo rw’amahoro bitarimo intambara n’ihohotera ry’ikiremwamuntu. Jya ubaho nk’uzapfa ejo, gusa wige nk’uzabaho iteka […]

Litiro ya lisansi i Kigali yavuye ku Mafaranga 1013 igera ku 1096

Guhera kuri uyu wa gatandatu, itariki 04 Gicurasi 2019, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyahindutse nk’uko byatangajwe n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA)mu itangazo rwashyize ahagaragara. Igiciro cya lisansi i Kigali kuri ubu ntikigomba kurenza Amafaranga y’u Rwanda 1096 kuri litiro, mu gihe litiro ya mazutu i Kigali itagomba kurenza amafaranga y’u Rwanda 1091. Ni mu gihe ubusanzwe litiro […]

Koreya ya Ruguru yongeye kugerageza ibisasu bya missiles kuva mu 2017

Igihugu cya Koreya ya Ruguru cyongeye kugeragereza ibisasu bya missiles biraswa bugufi mu Nyanja y’u Buyapani nk’uko bitangazwa na minisiteri y’ingabo muri Koreya y’Epfo. Iri gerageza rishya rikaba ngo rishobora kongera umwuka mubi hagati y’iki gihugu na Leta Zunze Ubumwe za Amerika no gukoma mu nkokora ibiganiro bikomeje ku bitwaro bya kirimbuzi. Biravugwa ko ibisasu […]

Huye: Abahoze muri VUP ntibazi aho amafaranga ava mu bukode bw’inzu biyubakiye ajya

Abakecuru n’abasaza bahoze bahabwa inkunga ya VUP bakaza gusezererwa, bishyize hamwe bubaka inzu izabafasha ariko kuri ubu basanga ntacyo ibamariye kuko batazi aho amafaranga ava mu bukode bwayo ajya. Ni inzu igeretse rimwe, iherereye mu Murenge wa Mukura hafi y’ibiro by’uyu Murenge ahantu ubona ko hakorerwa ubucuruzi buteye imbere. Bamwe mubaganiriye na RadioTv10 dukesha iyi […]

Umunyarwanda yarinze araswa agira ngo agurishe ibishyimbo bye muri Uganda

Umunyarwanda, Innocent Ndahimana yarasiwe ku mupaka wa Gatuna yatangaje ko yarashwe nyuma yo kwanga amabwiriza y’umupolisi wo mu Rwanda yo kutambuka, agamije kugurisha ibishyimbo bye ibiro 500 ku giciro avuga ko kiri hejuru ugereranyije no mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 41 y’amavuko afite umugore n’abana batanu kuri uyu wa 3 Gicurasi 2019, yatangarije Daily Monitor […]

Sudani: Umusirikare mukuru ntakozwa ko abasivili bagira ubwiganze mu nzibacyuho

Umutegetsi mukuru wo mu kanama ka gisirikare kari ku butegetsi muri Sudani yabwiye BBC ko aka kanama katazemerera abasivile kugira ubwiganze mu kanama k’ikirenga gateganyijwe kuyobora iki gihugu mu gihe cy’inzibacyuho. Liyetona Jenerali Salah Abdelkhalek yavuze ko kimwe mu byo akanama ka gisirikare gashobora kuba kakwigaho ari uko imyanya yasaranganywa mu buryo bungana hagati y’abasivile […]

Gishari : Hashojwe amahugurwa yo gutabara abari mu kaga

Kuri uyu wa 03 Gicurasi mu Ishuri rya Gishari Integrated Polytechnic (GIP) hashojwe amahugurwa y’abapolisi yaramaze ibyumweru bitatu yibandaga ku kuzimya umuriro no gutabara abantu baheze mu byuma bizamuka mu miturirwa . Ayamahugurwa yateguwe n’ishuri rya IPRS Gishari kubufatanye n’ikigo cy’abadage kigisha uburyo bwo gutabara abari mukaga (Strategic Fire Solutions) yari agizwe n’ibice bibiri aho […]

Boeing 737: Urwishe ya mbwa ruracyayirimo

Indege ya Boeing 737 yakoze impanuka igwa mu mugezi wa St Johns,Florida, abantu 136 bari bayirimo nta numwe wapfuye kuko yaguye ahatari amazi menshi. Iyi ndege ya Boeing 737 yaguye muri uyu mugezi wa St. Johns River uri hafi y’umujyi wa Jacksonville muri Florida nyuma yo kugerageza kugwa ku kibuga cy’indege kuri uyu wa Gatanu. […]

Hafashwe abantu bakora magendu barwanya abapolisi umwe atorokera muri Uganda — CIP Rugigana

Igipolisi cy’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru kiranyomoza amakuru yagaragaye mu binyamakuru byo muri Uganda kuri uyu wa Gatanu avuga ko hari Umunyarwanda warashwe agerageza kwinjira muri Uganda arasiwe ku mupaka wa Gatuna, aho kivuga ko ahubwo uwo ari umwe mu gatsiko k’abantu benshi bari bikoreye magendu bayijyanye muri Uganda bagacakirana n’abashinzwe umutekano bagashaka kubarwanya. Ku […]

Burundi: Umuyobozi muri Polisi yishwe

Umuyobozi mukuru wa Polisi muri Komini Nyabihanga, Intara ya Mwaro yitabye Imana nyuma yo kuraswa n’agatsiko k’amabandi yari yitwaje intwaro. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano, Pierre Nkurikiye, avuga ko uyu muyobozi wa Polisi, OP1 Ndayikengurukiye Anicet yarashwe n’ayo mabandi, ubwo abashinzwe umutekano barasanaga nayo. Akomeza avuga muri iyo mirwano Anicet yapfiriyemo, yanaguyemo amabandi abiri […]

Gatuna: Haravugwa Umunyarwanda warashwe agerageza kwinjira muri Uganda

Igipolisi cy’u Rwanda kuri uyu wa Kane cyarashe Umunyarwanda wageragezaga kwambuka ajya muri Uganda ku mupaka wa Gatuna nk’uko amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Uganda birimo Chimpreports avuga. Ibi ngo byabereye mu Kagali ka Rushaki B, ahitwa Nyinamuronzi, mu mujyi wa Katuna. Uwarashwe bivugwa ko yitwa Ndahimana Innocent ngo yarashwe ukuboko kw’iburyo n’abapolisi b’u Rwanda […]

Zari yasabiwe gutabwa muri yombi

Impirimbanyi akaba n’umwanzi gica wa Zari Hassan Tlale, Mange Kimambi yasabye ko Zari yatabwa muri yombi ighe yaba akojeje ikirenge muri Tanzania. Mambe ni we ushinjwa gukwirakwiza amashusho  y’urukozasoni ya Zari mu ntangiro z’icyi cyumweru. Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Mambe yavuze ko Tanzania idakwiriuye kwemerera Zari uri kwamamaza ibikoresho by’abana kugera muri iki […]

Pasiteri wafashwe asambana n’umugore w’abandi yireguje Satani

Pasiteri  Tito Machibya wo muri Kenya, nyuma yo gufatirwa mu cyuho asambana n’umugore w’abandi, yasabye imbabazi ashimangira ko ari Satani wamukoresheje ibyaha. Mu kiganiro yagiranye na EATV,  uyu mupasiteri yagize ati “Ndakijijwe ubu, Murabizi mu minsi yashize nakoreshaga abantu amakosa, Shitani yarankoresheje nyobya abantu nkoresheje ijambo  ry’Imana mu binyoma. Nari mfite akamenyero ko gukoresha ububasha […]

U Rwanda rwavuze ku mpungenge z’uko Abashinwa bakumviriza  Minisitiri w’Intebe

U Rwanda rwamaze impungenge abatekerezaga ko Ubushinwa bushobora kuzajya bwumviriza ibikorwa na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente binyuze mu nyubako baherutse guha u Rwanda. Mu minsi mike ishize, Igihugu cy’Ubushinwa cyashyikirije u Rwanda inyubako ifite agaciro ka miliyoni 25 z’amadolari ya Amerika. Iyi nyubako izakoreramo Minisitiri w’Intebe n’izindi nzego za Leta. Impungenge ziriho ni uko […]

Hari abasirikare ba LONI batwitse ingofero zabo kubera isoni ubwo bavaga mu Rwanda jenoside irimbanyije — Hon. Gray

“ Sinabona amagambo yo gusobanura uko bimera kubona igihugu gishiramo abaturage bacyo, igice kimwe kishwe ikindi cyahunze. Ariko nshobora kuvuga ko icyasigaye ari ikintu cyakozwe n’ikibi hariya iminsi mikeya mbere ,” uyu ni umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ecosse, Iain Gray wageze mu Rwanda nyuma ya jenoside. Biravugwa ko mu cyumba kiberamo impaka cy’Inteko […]

Noherezayo abantu kuhahinga, uwo tuhaburana akoherezayo abantu kubatema- Uwarokotse jenoside uburana isambu

Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutis mu 1994, bo mu karere ka Huye baravuga ko babajwe n’uburyo badashobora gukoresha amasambu yabo bitewe n’abayigabije, nyamara urukiko rwaramaze kubaha ibyangombwa by’uko bayatsindiye ariko kugeza ubu bakaba batayakoresha. Barasaba ko inzego zo hejuru zabafasha gukemura iki kibazo, kuko ntaho batageze mu nzego z’ibanze ariko ntibikemurwe. […]

RDC: Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zakozwe mu nda zishimuta  abantu basaga 30

Inyeshyamba za ADF zigendera ku matwara ya Kiyisilamu, zikomoka muri Uganda, zagabye igitero mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishimuta abaturage basaga 30. Umuvugizi w’igisiriakre cya Congo mu Ntara ya Ituri, Jules Ngongo yatangaje ko icyo gitero cyagabwa ku wa Gatatu tariki ya 1 Gicurasi 2019, muri gurupoma ya Tondoli, muri Kigwa/Tshabi, Teritwari […]

Leta ya Tanzania mu nzira yo gucyura ku ngufu impunzi z’Abarundi

Abayobozi batandatu b’ama zone yo mu nkambi y’impunzi ya Nduta ya mbere muri Tanzania, bavanwe ku kazi, bahorwa kudakangurira impunzi z’abarundi bayoboraga gutaha iwabo. Aba bayobozi bakuru birukanwe ku kazi n’abahagarariye Leta ya Tanzania muri iyi nkambi, ku wa Mbere w’iki cyumweru, abirukanwe bakaba ari abagabo batanu n’umugore umwe. Amakuru agera kuri RPA, avuga ko […]

Uganda: Depite Robert Kyagulanyi wari umaze iminsi afunze yarekuwe by’agateganyo

Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ukurikiranweho icyaha cyo kurenga ku mategeko agenga abadepite muri Uganda akaba yari afungiye muri Gereza ya Luzira, kuri uyu wa Kane yarekuwe by’agateganyo amaze gutanga amafaranga. Umucamanza wo mu Rukiko rwa Buganda Road, Esther Nahirya yamutegetse kwishyura miliyoni 1 y’amashilingi kugirango arekurwe. Abandi bantu batatu biyemeje kumwishingira nabo basabwe kwishyura […]

Rusizi: Batatu bakurikiranweho gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge

Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi rwaburanishije mu ruhame abagabo batatu aribo Habiyambere Bosco, Munezero ThĂ©ogene na Nzeyimana Vedaste bose bakomoka mu karere ka Nyamagabe, bakurikiranyweho  n’Ubushinjacyaha icyaha cyo gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi. Nk’uko byasobanuwe n’Umushinjacyaha, ibi byakozwe ku mugoroba wo ku wa 10/04/2019, nyuma y’uko abaturage  batanze amakuru,  abaregwa bafatirwa mu mudugudu […]

RDC: Abasirikare babiri n’abaturage batandatu baguye mu mirwano hagati ya FDLR na FARDC

Abasirikare babiri ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’abasivili batandatu, barimo abagore batatu bishwe abandi bantu benshi barakomereka mu mirwano yahuje FARDC n’inyeshyamba bikekwa ko ari zo mu mutwe wa FDLR ugizwe n’Abanyarwanda. Ni mu gitero cyagabwe kuwa Gatatu ushize ahitwa Rugari, muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka aha akaba avuga […]

Vuga amahoro ku bantu b’ Imana no ku gihugu cyawe

Mariko 4:39 “ Akangutse Acyaha umuyaga abwira inyanja ati” CECEKA TUZA” Ni iki ukora iyo mu ubuzima bwawe butewe n’ ibibazo bigiye bitandukanye? Umunsi umwe Yesu yarari kumwe n’ Abigishwa be mu bwato mu nyanja. Hageraho Igihe umuraba waje ariko muri uwo mwanya Yesu yarasinziriye . Abagishwa be batangiye kugira ubwoba kubera ko Yesu yarari […]

Tanzania: Abapolisi babiri bari mu rukiko kuko umwe yananiwe gutera inda umugore wa mugenzi we

Mu gihugu cya Tanzania, umupolisi yahaye mugenzi we ikiraka cyo kumuterera inda umugore, kumbe nawe atabibasha. Ubu rurageretse mu nkiko ngo amusubize miliyoni ebyiri z’amashilingi, anamwishyure impozamarira ku mugore we yaryamanye amajoro 77. Ngo “Gupfa utabyaye bitera agahinda”. Umupilisi wo mu muhanda Darius Makambako yarambiwe kumarana n’umugore imyaka itandatu nta mwana, ahitamo guha ikiraka mugenzi […]

25 bashinjwa gukorana na FDLR bagejejwe mu rukiko

Urugereko rwihariye ruburanisha imanza z’iterabwoba ruri i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda, rwatangiye kuburanisha itsinda ry’abantu 25 barimo abagore batatu baregwa gushaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Bivugwa ko bari abayoboke b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Bafashwe mu mwaka wa 2017, bakaba baregwa kwinjiza intwaro mu gihugu zivuye muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, […]

Nyamasheke/ Shangi: Umubiri w'uwishwe muri Jenoside washyinguwe mu cyubahiro

Uyu mubiri washyinguwe mu cyubahiro wabonetse mu mudugudu wa Ruzinga,akagari ka Mataba muri uyu murenge wa Shangi, mu murima w’umuturage bacukuru imiringoti mu rwego rwa VUP,  abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo muri uyu murenge kimwe n’indi bihana imbibe y’icyahoze ari komini Gafunzo bagahamya ko kubera ubugome Jenoside yakoranywe muri aka gace hari imibiri myinshi itaraboneka […]

Australia: Habonetse inzoka ifite amaso atatu

Abashinzwe kubungabunga ubuzima bw’inyamaswa mu Majyaruguru y’igihugu cya Australia, batangaje babonye inzoka ifite amaso atatu n’umutwe umwe. Ni inzoka yiswe Monty Python, yabonwe ikurura inda mu muhanda wa kaburimbo, mu bilometero 40 uvuye mu Burasirazuba bw’Amajyepfo y’Umujyi wa Darwin,  ni inzoka yari ikiri nto, kuko yari ifite uburebure bwa cm 40. Nk’uko ikinyamakuru Times Now […]

Major [Sankara] utarigeze aba umusirikare na rimwe mu buzima bwe ateye amatsiko- Ingabire Immaculée

Benshi barimo i mpirimbanyi mu kurwanya ruswa n’akarengane akaba n’Umuyobozi wa Transparence International Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, bavuga ko bafite amatsiko yo kureba Nsabimana Callixte uzwi cyane ku izina rya Sankara, wigambaga ko yafashe Nyungwe. Mu byifuzo yahuriyeho na bamwe mu bamukurikira ku rukuta rwe rwa Twitter, Ingabire ImmacuĂ©e yagize ati “Major utarigeze aba umusirikare na rimwe mu […]

AS Kigali ni ikipe nziza, ubu nta kosa na rimwe twemerewe gukora- Rusheshangoga wa APR FC

Umukinnyi Rusheshangoga Michel wa APR FC atangaza ko biteguye neza ikipe ya AS Kigali, by’umwihariko ko nk’abakinnyi nta kosa na rimwe bemerewe gukora kugira ngo babashe kwegukana igikombe. Ikipe ya APR FC yakinnye n’ikipe ya Kiyovu Vs ku wa Kabiri w’iki cyumweru, umukino urangira amakipe yombi aguye miswi. Ubu APR FC ikaba yitegura AS Kigali […]

Uwemera n’ubutunzi bwe

IGICE CYA MBERE Mu byumweru bishize, umuntu umwe yaranyegereye arambwira ati “ Ndi umukirisitu mushya, si nzi icyo Imana insaba gukora mu bijyanye n’ubutunzi. Ni gute nakwishyura umwenda? Ese wagira icyo wigisha kuri iyo ngingo? Uyu ni umwe mu banyegereye bambaza ku bijyanye n’ubutunzi. Ku bw’ibyo, ndashaka kugira ngo uyu munsi ngire icyo mbabwira ku […]

Impunzi z’Abarundi 50 zakiriwe muri Tanzania

N’ubwo Leta y’u Burundi itangaza ko umutekano umeze neza mu gihugu ndetse inakangurira impunzi zahunze gutaha mu gihugu, Leta ya Tanzania yakiriye izahunze igihugu zivuga ko zarambiwe itotezwa n’iterabwoba zishyirwaho n’Imbonerakure. Ni impunzi 50 zahungiye muri Tanzania zivuye mu Burundi, zakiriwe na Leta y’iki gihugu ifatanyije n’Agashami k’Umuryango w’Abibumbye kita ku Mpunzi (UNHCR), izi mpunzi […]

Col. Muhawe wari umuyobozi w’inyeshyamba yishyikirije igisikare cya FARDC

Col. Muhawe Faustin wari umuyobozi w’inyeshyamba ( FDDH)/Nyatura yashyize intwaro hasi yishyikiriza igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo yishyikirije igisirikare cya Leta mu gace ka Masisi, hamwe n’abarwanyi be basaga 60 n’imbunda zibarirwa muri 12. Umuyobozi w’ingabo mu gace ka Masisi, Major Ndjike Kaiko Guillaume, aganira n’itangazamakuru ku wa […]

Uganda itewe ubwoba n’ukwihuza kwa ADF na  ISIS muri Congo

Hari amakuru avuga ko inyeshyamba za ADF, zirwanya ubutegetsi bwa Uganda n’umutwe wa  gisirikare uharanira ishyirwaho Leta ya kiyisilamu (ISIS) bamaze kugirana imikoranire. Ubusanzwe ADF mu ishyirwaho ryayo hashingiwe ku mahame ya kiyisilamu, ingingo ituma Uganda ibona ko iyi mitwe yombi igiye guhuza imyumvire maze ikayogoza iki gihugu. Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko uguhuza […]

Icyo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buvuga ku mutekano wo muri Nyungwe

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, mu Ntara y’Iburengerazuba buvuga ko umutekano mu ishyamba rya Nyungwe wifashe neza cyane, ko abavuga ko inyeshyamba ryahigaruriye babeshya. Bitangajwe mu gihe inyeshyamba za FLN zirwanya Leta y’u Rwanda zatangarizaga ku bitangazamakuru mpuzamahanga ko byigaruriye iri shyamba, by’umwihariko na bimwe mu bihugu by’amahanga bikagira inama abaturage babyo baba mu Rwanda kwirinda […]

Agahinda kubazi Miss Bellange wapfuye abyara , benshi bagaragaje ibyo bamwibukiraho

Urupfu rwa Miss Bellange Irene Muhikira wabaye Nyampinga wa Kaminuza ya UNILAK, aka yari n’umwe mu bazwi muri Gospel, kuko yari umwe mu baramyi muri Asamble de Dieu Gatsata, benshi mu bantu batandukanye bagiye bagaragaza agahinda basigiwe n’uyu mukozi w’Imana upfuye akiri muto.  Bamwe mubari bazi Miss Bellange bagize byinshi bavuga Gedeon Ndayishimiye Mupende ni […]

Abana batatu b’Abahinde bishwe na gari ya moshi bari gufata selfie

Abana batatu b’ingimbi mu gihugu cy’u Buhinde biciwe mu muhanda wa gari ya moshi barimo kwifata amafoto azwi nka selfie. Uwa kane yabashije kurokoka nyuma yo gusimbukira ahantu hatekanye mbere y’impanuka yabereye mu Mujyi wa Panipat, muri Leta ya Haryana nk’uko igipolisi cyabitangarije AFP kuri uyu wa gatatu. Biravugwa ko aba bana bari bahuze barimo […]

Bobi Wine yeretse Museveni igihandure mu matora yo kuri Facebook

Umudepite wa Kyadondo y’Iburasirazuba, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yanikiriye Perezida Museveni mu matora yabereye kuri Facebook. Aya matora yari agamije kureba ni nde watsinda ku mwanya wa perezida wa Repubulika ya Uganda mu matora abayateguye bavuga ko aciye mu mucyo. Ikinyamakuru Bigeye cyo muri Uganda ari acyo cyakoresheje aya matora, gitangaza ko abayagizemo […]

Zari avuga ko Diamond azahora ari umwanda imbere ye

Umuherwe Zari Hassan, umubyeyi w’abana batanu barimo babiri yabyaranye n’icyamamare Diamond Platnumz, avuga ko imbere ye azahora ari umwanda. Zari atutse Diamond bene aka kageni nyuma y’uko na we [Diamond] avugiye akari kamumaze iminsi ku mutima, nyuma yo gutandukana na we bari bamaze kubyarana abana babiri. Diamond aherutse gutangaza ko yatandukanye na Zari muri Gashyantare […]

Abanyarwanda 4% gusa nibo bafite ubumenyi ku mategeko — LAF

Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’abatanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum) mu 2017 bwari bugamije kumenya uko abaturage bishimira serivisi bahabwa n’inzego zitandukanye zikora mu bijyanye n’ubutabera ndetse no kureba ubumenyi bafite ku mategeko, bwagaragaje ko 4% gusa ari bo bafite ubumenyi ku mategeko. Ibi ni ibyatangajwe n’Umuyobozi nshingwabikorwa wa LAF, Me Andrews Kananga kuri uyu […]

Iyo yatutse u Rwanda abona amaramuko- Gen. Kabarebe avuga kuri Opozisiyo

Umujyanama wa Perezida  Kagame mu by’umutekano,  Gen  James  Kabarebe avuga ko n’ubwo hari abavuga ko barwanya Leta y’u Rwanda, iyo bari iyo mu mahanga babeshejweho narwo. Gen Kabarebe yabitangarije mu muhango wo kwibuka inzirakarengane ziciwe mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi, ubu akaba ari mu karere ka Rubavu, Intara y’Uburengerazuba. Avuga ko abagifite umugambi mubi […]

Inzovu yamenye umugabo wayivuraga mu myaka 35 ishize

Peter Adams, umuganga w’inyamaswa w’Umwongereza yahuye n’inzovu yitwa  Kirsty yavuraga mu myaka 35 ishize, ihita imumenya, ibi bikagaragaza ko inzovu idapfa kwibagirwa vuba. Peter yakoraga muri pariki nto (zoo) y’i Neunkirchen, mu Budage kugeza mu mwaka wa 1987,  ariko nyuma aza kuhava. Abifashijwemo n’inshuti ye ituye i TrĂšves, Peter yaje kubona uko yongera kuvugana n’abaganga […]

Haruna Niyonzima yavuze ijambo ryakoze ku mutima w’ubuyobozi bw’ikipe ye

Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati mu Ikipe ya Simba yo muri Tanzania yasabye imbabazi abafana b’iyi kipe bitewe n’ikarita y’umutuku yahawe mu mukino uheruka. Uyu mugabo yahawe ikarita itukura kuwa 27 Mata 2019 ubwo ikipe ye yakinaga na Biashara United ku kibuga cya Karume mu Mujyi wa Musoma. Haruna yahawe iyi karita bitewe n’ikinyabupfura hafi ya […]

Uruganda rw’isukari rwa Kabuye rurasaba Leta kugira icyo ikora ku biciro by’isukari iva hanze.    

Uwizeye Joel ufite mu nshingano ibijyanye no kugurisha isukari y’uruganda rwa Kabuye, Kuri uyu wa 30 Mata, yatangaje ko urwo ruganda akoramo rwa Kabuye rubangamiwe cyane n’isukari ituruka hanze ihendutse kurusha iyo bakora. Uruganda rwa Kabuye ni rwo ruganda rumwe rukumbi rukora isukari mu Rwanda.Uwizeye Joel avuga ko Kugeza ubu rubitse ibihumbi by’imifuka y’isukari rwaburiye […]

Abadepite 11 ba NRM ntibakozwa kugira Museveni umukandida rukumbi mu 2021 na nyuma yaho

Itsinda ry’abadepite baturuka mu ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda ryitabaje Urukiko Rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga bamagana icyemezo cyo kugira Perezida Museveni umukandida rukumbi w’ishyaka mu matora ateganyijwe mu 2021. Baravuga ko iki cyemezo kinyuranyije n’itegeko nshinga. Kuwa 19 Gashyantare nibwo Komite nshingwabikorwa y’ishyaka NRM yemeje ko Perezida Museveni, ari nawe chairman w’ishyaka, ari […]

Burundi: Haravugwa impagarara ku kuntu umukinnyi Papy Fatty agomba gushyingurwa

Nyuma y’aho Umukinnyi mpuzamahanga w’Umurundi wanakinnye mu Rwanda, Papy Faty, yitabye Imana kuwa 26 Mata 2019 nyuma yo kwitura hasi ari mu kibuga agahita apfa, biravugwa ko mu muhango wo kumushyingura havutse ubwumvikane bucye bamwe bashaka kumushyingura mu muco wa Kisilamu abandi batabikozwa. Biravugwa ko bamwe, biganjemo abakinnyi b’Abasilamu bakinanye mu Ikipe y’Igihugu n’Abasilamu bo […]

Amb. Nduhungirehe yannyeze Rusesabagina wavugaga ko Sankara arinzwe kandi yidegembya

Nyuma y’aho Leta y’u Rwanda itangarije ko ifite Sankara Callixte wigambaga kugaba ibitero mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yannyeze umunyapolitiki Paul Rusesabagina wavugaga ko Sankara ari ahantu arindiwe umutekano. Hari hashize ibyumweru bibiri bitangajwe ko Sankara yafatiwe mu Birwa bya Comores, ni byinshi […]

Tanzania: Impunzi y’Umurundi yishwe itemeshejwe umuhoro

Impunzi y’Umurundi yari mu nkambi y’impunzi ya Nduta muri Tanzania yishwe mu mpera z’icyumweru gishize itemeshejwe umuhoro n’abantu bataramenyekana. Bitangazwa ko uyu mugabo yishwe ubwo yafataga icyemezo cyo kujya kwishakira inkwi zo guteka mu ishyamba yanga ko hajyayo umugore we ngo afatirweyo ku ngufu. Ikinyamakuru cya Radiyo RPA dukesha iyi nkuru gitangaza ko uwishwe yari […]

Polisi yerekanye umugabo ucyekwaho gucuruza ikiyobyabwenge cya Kokayine (Cocaine)

Kuri uyu wa 30 Mata 2019 Polisi y’ u Rwanda yerekanye umugabo yafatanye ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa kokayine (Cocaine) bipfunyitse mu dufunyika 14 buri kamwe gafite agaciro k’amadolari ya Amerika $100 Kokayine kimwe n’ibindi biyobyabwenge biri ku isonga mu kwangiza ubuzima bwa muntu bityo Polisi y’u Rwanda ikaba yarashyize imbara nyinshi mu kubirwanya ndetse […]

Gen. Mugisha Muntu yasabye NRM kwitegura impinduka nk’iziheruka muri Zimbabwe na Sudani

Maj. Gen. Mugisha Muntu wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Uganda kuri ubu akaba abarizwa ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, yaburiye ishyaka NRM riri ku butegetsi aribwira ko rigomba kwitegura ibimaze iminsi biba mu bindi bihugu, aho abaturage bahagurutse bakirukana ku butegetsi abaperezida muri Sudani no muri Zimbabwe . Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yabwiye […]

Leta y’u Burundi yagaragaje inyeshyamba z’Abanyarwanda yafashe

Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 29 Mata 2019, intumwa zihagarariye inzego zitandukanye mu karere k’ibiyaga bigari zirimo iza Monusco, SADC, Iza Leta y’u Burundi n’abandi, zeretswe inyeshyamba zirindwi z’Abanyarwanda zari zarahungiye i Burundi. Ni inyeshyamba zirindwi zari zifite intwaro, amazina yazo ni Pascal Uwimana, Claude Hategekimana, Jean Claude Harerimana, Jean Pierre Tuyizere, […]

RIB yasobanuye igihe n’impamvu umuntu yafungwa adasurwa

Nta rwego na rumwe mu Rwanda rwemera ko hari ahantu hatazwi hashobora gufungirwa abantu. Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye icyo abantu bita gufungirwa ahatazwi, n’impamvu byaba ngombwa ko umuntu afungirwa aho adasurwa. Kuri uyu wa 30 Mata 2019 Urwego rw’Igihugu rw’Ubushinjacyaha RIB rwatangije ibikorwa by’ubukangurambaga mu gihugu hose, ngo abaturarwanda barusheho kurumenya no gusobanukirwa […]

Hindura intekerezo zawe kugira ngo uneshe

Yobu 13:15 “Naho yanyica, napfa nyiringira. N’ubwo bimeze bityo, inzira zanjye nzazikomeza imbere yayo.” Ubuzima ni urugamba. Urugamba ni imbuto yo gukoresha intambara, uko byagenda kose, ukwiriye kuyitsinda. Yobu ni urugero rwiza rw’akababaro ka muntu. Yari asigaye akennye, abana be barishwe. Inshuti ze za hafi zamuciraga imanza. Ariko gutsinda byatumye imigisha ye yikuba kabiri Mugenzi […]

Mpora mvuga ko kuba muri opozisiyo bitavuze kuba umwanzi w’uwo mutabona ibintu kimwe- Ingabire Victoire

Umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda (FDU-Inkingi), Ingabire Victoire atangaza ko atumva impamvu rubanda rwatangajwe no kumubona  mu bikorwa by’umuganda aganira na Min. Sezibera Richard n’abandi bayobozi. Ku wa 27 Mata wari umunsi w’Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata, aho Abanyarwanda bose bakoze ibikorwa bitandukanye birimo; kubaka inyubako zitandukanye, gusibura imihanda n’ibindi. Minisitiri w’Ububanyi […]

Leta y’u Rwanda yemeje ko ifite Sankara wigambaga gufata Nyungwe

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Mata 2019, Leta y’u Rwanda  yemeje ifatwa rwa Sankara Callixte wigambaga kugaba ibitero mu Rwanda no gufata tumwe mu duce tw’u Rwanda turimo na Pariki ya Nyungwe. Mu itangazo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasohoye, rwemeje ko rufunze Nsabimana Callixte uzwi cyane ku izina rya Sankara. Muri iri tangazo, […]