DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora
Mu gihe kuwa 23 Ukuboza 2018,muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya congo biteguye amatora ya Perezida wa Repubulika opozisiyo irasaba Loni kutagwa mu mutego wa Perezida Joseph Kabila. Aba banyapolitiki bahanganye nâ ishyaka PPRD ya Joseph Kabila wamaze kwemeza ko ataziyamamaza, bakomeje kugira impungenge ko hari umugambi ukomeye ugamije kuburizamo amatora ya perezida wa Repubulika. Abayobozi […]
Hari ibyo andi mashuri yakwigira ku mashuri yo muri Rubavu – MINEDUC
Nyuma y’ubukangurambaga bwo guteza imbere ireme ry’uburezi bwakozwe ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi hari bimwe byagaragaye mu mashuri yo mu karere ka Rubavu yasuwe andi mashuri yakwigiraho. Nk’uko byagarutsweho ubwo hamurikwaga ibyagaragaye mu mashuri 32 yakorewemo ubu bukangurambaga kuri uyu wa 21 Nzeri 2018 hari amashuri yagaragayemo udusha mu mikorere, imicungire ndetse n’imiyoborere andi mashuri […]
Uvira: Abarundi nâAbanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza
Amakuru aturuka Uvira muri Kivu yâAmajyepfo ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Abarundi batawe muri yombi bashinjwa kuba inyeshyamba, bafunzwe mu buryo buteye agahinda. Aho aba bafungiye biravugwa ko harimo nâAbanyarwanda. Benshi muri aba Barundi ni urubyiruko batawe muri yombi bashinjwa kuba inyeshyamba. Bashinjwa gushakira abarwanyi umutwe wa RED Tabara cyangwa FNL, […]
Umugabo wâimyaka 58 yarokowe ubucakara yari amazemo imyaka 40
Umugabo wâimyaka 58 kuri uyu wa Gatatu ushize yarokowe nâabayobozi bâu Bwongereza ubucakara ibyavuye mu iperereza ryâibanze bivuga ko yari amazemo imyaka igera kuri 40 afungiwe mu kazu kâimbaho kâumugabo wâimyaka 79 utuye ahitwa Carlisle. Uwari waramushyize muri ubu bucakara watawe muri yombi, yashoboraga gukurikiranwaho icyaha cyâUbucakara bugezweho ariko yahise arekurwa. Ubwo uyu mugabo wagizwe […]
Umucuruzi yafatiwe ku muhanda asambana nâumuforomokazi
Umucuruzi witwa N. Dieng nâumuforomokazi witwa A. Faye bafatiwe ku muhanda basambana, ni mu gace kegereye umuhanda uri hagati ya Pikine na Dakar muri Senegal. Dieng asanzwe ari umucuruzi mu mujyi wa Petit Mbao, ngo akaba yari yatumiye umukunzi we, A.Faye, usanzwe ari umuforomokazi ku ivuriro riri i Yeumbeul, bahura mu masaha ya saa moya […]
Rubavu: Abatujwe mu mudugudu wâicyitegererezo basabwe kuwufata neza
Minisitiri wâIngabo, Gen James Kabarebe ubwo yatahaga ku mugaragaro umudugudu wâicyitegererezo wa Bahimba wubatse mu Murenge wa Nyundo, mu Karere ka Rubavu, Intara yâIburengerazuba, yasabye abawutujwemo kuwubungabunga. Imiryango 24 yakuwe mu manegeka niyo yatujwe muri uyu mudugudu, ubwo watahwaga ku mugaragaro ku wa Gatandatu tariki ya 6 Ukwakira 2018, Min. Gen Kabarebe yasabye abo Leta yawutujemo […]
U Buyapani buraburira Afurika ku nyota yâinguzanyo zâamahanga
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Buyapani, Taro Kono yaburiye ibihugu byo muri Afurika abisaba gucunganwa nâinyota yâinguzanyo zâamahanga bifite, abigira inama ko gucunga neza imyenda ari rwo rufunguzo rwâiterambere rirambye ryâumugabane wa Afurika bikozwe nâAbanyafurika ubwabo. Minisitiri Kono kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ibi ubwo yafunguraga inama yâabaminisitiri ku iterambere rya Afurika izwi mu Cyongereza nka […]
Kenya: Umuhanzi Bahati mu munyenga wâurukundo nâibyishimo hamwe nâumuryango we- AMAFOTO
Umuhanzi wâindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bahati, umugore we, Diana Marua ndetse nâumwana wabo, Heaven, bagaragaye bari ku mwaro, mu munyenga wâurukundo nâibyishimo. Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Bahati yatangaje ko cyari cyo gihe cyo kujya mu karuhuko, ko kuva yava muri kwezi kwa buki ndetse nâumwana we yavuka, yari atari yajya kuruhuka. […]
USA: Kavanaugh wari uhangayikishije Abademokarate yemejwe na Sena mu Rukiko rwâIkirenga
Sena ya Leta zunze ubumwe zâAmerika yemeje ko Brett Kavanaugh, wâimyaka 53 yâamavuko, aba umucamanza wa cyenda mu rukiko rwâikirenga. Yemejwe ku majwi 50-48 yâabagize sena. Kavanaugh asimbuye kuri uwo mwanya Anthony Kennedy wafashe ikiruhuko cyâizabukuru mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka. Kwemezwa kwa Kavanaugh kwabayemo impaka nyinshi cyane nyuma yuma yuko hari abagore bamushinje […]
RDC: Impanuka ikomeye yahitanye abagera kuri 50
Abantu bagera kuri 50 bapfuye ubwo ku wa Gatandatu tariki ya 6 Ukwakira 2018, ikamyo itwaye ibikomoka kuri peteroli yagonganaga n’imodoka mu muhanda munini wo mu burengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Byabereye hafi y’umujyi wa Kisantu, uri hagati y’umurwa mukuru Kinshasa n’icyambu cya Matadi. Atou Matabuana, Guverineri w’Intara yo hagati ya Congo, yavuze […]
Nyamasheke: Hon. Senani arashimirwa uruhare rwe mu kuzamura uburezi mu kigo yayoboraga
Abanyeshuri bâurwunge rwâamashuri rwitiriwe Frank Adamson rwa Kibogora ( GS FAK) mu karere ka Nyamasheke, abayeyi babo, abarezi babo nâitorero Methodiste Libre mu Rwanda nyiri iri shuri, barashimira byimazeyo uwari umuyobozo waryo, Hon. Pasiteri Senani Benoit wagiriwe icyizere nâabaturage nâumuryango FPR Inkotanyi agatorerwa kuba intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe wâabadepite, uruhare yagize […]
U Bufaransa: Intambara yâ igitangazamakuru nâ ubutabera kâ ubwicanyi bwo mu Bisesero
Abajenerari batatu bâ U Bufaransa baregwa kugira uruhare ubwicanyi bwakorewe mu Bisesero muri jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, bareze ikinyamakuru Mediartpart kwiba inyandiko zibashinja. Aba bajenerari Jean-Claude Lafourcade, Marin Gillier na Jacques Rosier bashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu misozi ya Bisesero ku itariki 27 na 30 Kamena 1994 aho ingabo zâ […]
Bobi Wine yatangaje impamvu yatumye yinjira muri politiki
Nyuma yo gukubitwa na Polisi yo muri Uganda no kuva kwivuza muri Leta Zunze za Amerika, Depite Kyagulani Robert wamenyekanye cyane ku izina rya Bobi Wine yatangaje impamvu yatumye atangira urugamba rwo guharanira impinduka mu gihugu cye. Bobi Wine yasubije ibibazo bitandukanye mu kiganiro yagiranye na NTV yo muri Kenya iwe mu rugo I Kampala. […]
Bus zishaje zitwara abanyeshuri zigiye guhagurukirwa nâigipolisi
Igipolisi cyâU Rwanda gishinzwe umutekano wo mu mihanda kirahamagarira ba nyiri ibigo byâubwikorezi nâabashinzwe kubicunga kugira uruhare mu gutuma imodoka zabo ziguma ku murongo wâizemerewe gutwara abantu, aho bivugwa ko bus zitwara abanyeshuri zishaje zigiye gukurwa mu muhanda. Umuvugizi wâigipolisi gishinzwe umutekano mu muhanda (Traffic Police), SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi yavuze ko rimwe na […]
France: Hatangiye iperereza ku ibura ryâumuyobozi w'Igipolisi Mpuzamahanga
Umushinwa Meng Hongwei, ukuriye Igipolisi Mpuzamahanga (Interpol) amaze icyumweru aburiwe irengero, ibintu biri gufatwa nâubugambanyi. Uyu akaba yarabuze ava mu Bufaransa ajya iwabo mu Bushinwa ku itariki 29 Nzeri nkâuko amakuru avuga. Abayobozi bâu Bufaransa batangiye iperereza ku ibura rya Meng Hongwei nyuma yâaho umugore we agannye ubuyobozi muri Lyon ku cyicaro cya Interpol akabamenyesha […]
Impamvu yatumye Justin Bieber ashaka byihuse
Abantu benshi bakomeje kwibaza impamvu yatumye Justin Bieber ashakana byihuse  nâumunyamideri, Hailey Baldwin mu mpera z’ukwezi gushize. Umuntu wa hafi  ya Justin Bieber yabwiye ikinyamakuru Hollywoodlife dukesha iyi nkuru kivuga ko Justin Bieber yabikoze mu rwego rwo kugira ngo habeho igikorwa cyâimibonano mpuzabitsina  hagati ye na Hailey kuko ngo imyemerere yabo bombi itabibemereraga mu gihe […]
Icyo Ingabire na Me Ntaganda bavuze nyuma yâirekurwa rya Diane Rwigara na nyina
Umunyapolitiki Ingabire Victoire uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika nyuma yâimyaka 8 ari muri gereza kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Ukwakira, nyuma yâifungurwa ryâagateganyo rya Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline, yashimye iki cyemezo cyâurukiko avuga ko hari intambwe ubutegetsi bwâU Rwanda butangiye gutera kandi ishimishije yo gufungura urubuga rwa politiki. Ingabire […]
Diamond ni isukari yâabagore beza- Guverineri wa Dar Es- Salaam
Guverineri wâIntara ya Dar Es Salaam, Paul Makonda yatangaje ko Diamond Platnumz ari isukari  yâabagore beza kuko ngo uwo yifuje atarara atamubonye. Ibi Guverineri  Makonda  yabitangaje mu muhango Diamond yatangagamo inkunga ku bantu bafite ubumuga ku munsi we wâamavuko mu gace ka Tandale maze  anamusaba kutihutira gushaka umugore kuko ngo agifite akazi gakomeye ko kubaka […]
Lucky Fire afatanya ate ubupfumu n'ubuhanzi?
Umuhanzi umaze kwigarurira imitima yabenshi bitewe n’uburyo aririmbamo budasanzwe mu Rwanda nyuma yo kuba umuhanzi akora n’akandi kazi katoroshye ko kuragura nk’umwuga yasigiye na se umubyara. Aka kazi Lucky Fire akora ngo kamuha amafaranga atari make gusa atifuje gutangaza, ubwo yaganiraga n’Umuseke dukesha iyi nkuru yawuhamirije ko aya mafaranga akura muri aka kazi ariyo ashora […]
 Itsinda ryâabaganga bâAbashinwa ryiyemeje kuvura Abanyarwanda
Itsinda rya 19 ryâAbaganga 200 bavuye mu Bushinwa riri mu Rwanda mu rwego rwo gutanga serivisi zâubuvuzi. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri yâUbuzima Ushinzwe Serivisi zUbuzima, Zuberi Muvunyi avuga ko aba baganga abari mu Rwanda mu rwego rwo kunoza umubano hagati yâibihugu byombi mu bijyanye nâubuvuzi. Uyu muyobozi avuga ko uretse kuba U Rwanda rusanzwe rufitanye […]
Kivu, isibaniro ryâintambara ikomeye ya Afurika itaribagirana
Intara za Kivu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimaze imyaka igera kuri 24 mu ntambara zâurudaca, aho usanga muri izi ntara iya Kivu yâAmajyepfo nâiya Kivu yâAmajyaruguru, buri munsi habera ubwicanyi, gufata ku ngufu nâubundi bugizi bwa nabi bugirwamo uruhare nâimitwe yâinyeshyamba. Dusubire inyuma mu ntambara zabereye mu burasirazuba bwa Congo mu bice byegereye […]
Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi
Urukiko rushinzwe kurwanya ruswa muri Uganda rwanzuye ko umwe mu bantu ba hafi bâuwahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura ariwe  ACP Silaje Bakaleke ashinjwa ruswa. Urukiko rwafashe uyu mwanzuro  nyuma yahoACP Bakaleke ananiwe  kwtitaba urukiko rwari rwamusbaye ko kuwa 17 Nzeri 2018 yazajya gutanga ibisobanuro ku byaha uruhuri bijyanye na ruswa […]
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure nâAbarwanashyaka bayiteza urubwa
Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu gihugu cyâu Burundi riravuga ko rigiye guhagurukira abarwanashyaka baryo baritera urubwa, abarya ruswa, abanebwe nâibisambo nkâuko byatangajwe nâUmunyamabanga Mukuru wâiri shyaka. Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye yatangaje ko bagiye guhagurukira abigira abarwanashyaka (Abagumyabanga) kandi atari bo, avuga ko bagiye gusezererwa. Abarwanashyaka ba CNDD bari mu mirimo ya leta […]
Kicukiro: Ku bufatanye nâabaturage Polisi yafashe abasore 2 bari bamaze kwiba mu nzu yâumuturage
Mu ntangiriro zâuku kwezi kâUkwakira, Tariki 02, ku bufatanye nâabaturage bari mu irondo yafashe abagabo babiri bari bamaze gutobora inzu yâumuturage biba ibikoresho byo munzu. Abafashwe ni Nizeyimana Frederic wâimyaka 28 wafatanywe televiziyo nini yo mu bwoko bwa flat screen nâindangururamajwi yâumuziki (Amprificateur), Harorimana Martin we yari afite moto yo mu bwoko bwa Boxer itagira […]
Uganda: Umuhanzi yatawe muri yombi azira gutuka perezida Museveni na Kadaga
Umuhanzi Viboyo yatawe muri yombi azira kwita Perezida  Museveni nâUmuvugizi wâInteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga abita âibibunoâ Moses Nsubuga uzwi nka Viboyo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Nyumbani’ yafatanyije na Goodlife yafashwe mu rwego rwo kugira ngo ahatwe ibibazo ku bijyanye nâindirimbo yashyize hanze atuka abayobozi. Umuvugizi wâUrwego rwâIperereza, Vincent Ssekatte avuga ko Viboyo kuri […]
Abasirikare bane ba FARDC bishwe nâinyeshyamba
Inyeshyamba za ADF/Nalu zikomoka muri Uganda, zishe abasirikare bane ba Leta ya Congo/Kinshasa i Paida, agace kari muri Teritwari ya Beni (Nord-Kivu) . Aba basirikare bishwe ku wa kane tariki ya 4 Ukwakira 2018, ubwo izi nyeshyamba zakozanyagaho nâabasirikare ba Leta. Nkâuko Radiyo Okapi ibitangaza, ngo izi nyeshyamba za ADF, zagabye ibitero ku birindiro bya […]
 Mureke gutuma Afurika igaragara nkâumugabane wavumwe- Perezida Kagame
 Perezida wâU Rwanda akaba nâUmuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, Paul Kagame yasabye urubyiruko rwo mu bihugu bya Afurika  kudatuma uyu mugabane ugaragara nkâaho wavumwe kandi ufite byinshi indi migabane itagira. Ibi yabitangaje mu biganiro yagiranaga nâurubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika kuri uyu wa 4 Ukwakira 2018 ruri mu ruzinduko mu Rwanda kuva  cyumweru […]
Umugabo wanjye agiye kugurira moto undi mugore mu mafaranga yanjye- NKORE IKI?
Mungire inama, nitwa M.Claire, nkaba ndi umugore ufite abana babiri, ariko umugabo wanjye aranzengereje, arara atereta abandi bagore, akavuga mu ndimi ntumva. Nakomeje kubona yarahindutse bikantera kumwibazaho ariko ukuri nsa nkaho nakumenye, kubera akazi kenshi agira, ku manywa ntabwo abona akanya ko kuganira nâumugore bahararanye akabikora ageze mu rugo. Iyo ageze mu rugo, nibwo baganira […]
Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi
Umuntu utaramenyekana yateye gerenade ahari ibiro bya polisi muri Zone ya Musaga, mu mujyi wa Bujumbura ahazwi nko kuri OTRACO. Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko abantu begereye aho iyi gerenade yatewe, batangaje ko bumvise ituritse nka saa mbiri nâigice zâijoro, ikaba yakurikiwe nâamasasu yarashwe nâabapolisi ariko uwayiteye yarangije kugenda. Polisi yâu Burundi ntabwo yari […]
Gitwe: Abanyeshuri bigaragambije bashinja umuyobozi wâikigo kubakubita
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 4 Ukwakira 2018, abanyeshuri biga muri âCollege Adventiste de Gitweâ bigaragambije bashinja umuyobozi wâikigo, Ndayisenga Wilton kubakubita. Â Abanyeshuri basaga 150, basohotse mu kigo, bafata umuhanda berekeza ku karere ka Ruhango, bavugaga ko bagiye gushaka ubuyobozi bwâakarere ngo bubakemurire ikibazo, bashimangira ko ari icyâinkoni bakubitwa na diregiteri […]
Kenya: Abagabo bigaragaje nkâabanyamideri bambaye imyenda y'abagore-Amafoto
Abakozi ba Kompanyi Chrolide Exide bâabagabo mu gihugu cya Kenya bashyize hanze amafoto  bambaye amakanzu  nâindi myenda yâabagore nkâabamurika imideri. Aba bagabo barimo nâUmuyobozi Mukuru,Guy Jack bakoze ibi mu rwego rwo gukangurira abaturage guha agaciro ubuzima bwâabagore byâumwihariko guhangana nâikibazo cya Kanseri yâibere. Aya mafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu gihugu cya Kenya aho benshi […]
Kigali: Diane Rwigara na nyina bafunguwe byâagateganyo
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukwakira 2018, Urukiko Rukuru rwemeye ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline, bemererwa gufungurwa byâagateganyo. Mu iburanisha ryo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, Diane Rwigara na Mukangemanyi Adeline bari basabye kuburana bari hanze, ubushinjacyaha bubitera utwatsi buvuga ko ubwo busaye bwatanzwe igihe cyararenze. Urukiko […]
Kayonza: Bahabwa moteri zuhira imyaka batazi kuzikanika
Abahinga igishanga cya Rwinkwavu nâinkuka zacyo mu mirenge ya Mwiri, Murundi na Rwinkwavu, bashima Leta yabahaye imashini zuhira kuri gahunda ya nkunganire, ariko bakababazwa nâuko rwiyemezamirimo abemerera kuzikanika zapfuye ntabikorere ku gihe bikabateza ibihombo. Gahunda ya nkunganire mu kuhira mu karere ka Kayonza, ihesha umuhinzi wo mu cyiciro cya mbere nâicya kabiri imashini yuhira ikoresha […]
Leta yateguye kwica Bobi Wine- Besigye
Uwahoze ayobora ishyaka ritavga rumwe na Leta ya Uganda, Rtd Col. Dr Kiiza Besigye avuga ko leta ariyo yacuze umugambi wo kwivugana Depite wa Kyadondo yâIburasirazuba, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu kaduruvayo kabereye mu Karere ka Arua. Besigye avuga ko Leta ariyo yateguye kwica Bobi Wine maze ikabyegeka kuri we maze ikamuta muri […]
Amerika mu nzira yo gukura abasirikare bayo muri Afghanistani
Umusirikare umwe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishwe ku wa Kane tariki ya 4 Ukwakira 2018, nâumutwe wâinyeshyamba za Abatalibani, bityo Amarika ikaba itangaza ko igiye gukurayo abasirikare bayo. Ubuyobozi mu gisirikare cya Amerika, butangaza ko buzagira byinshi butangaza ku rupfu rwâuyu musirikare birinze no gutangaza amazina, mu gihe buzaba bwarangije kugira icyo buganira […]
2020: Abigisha batarize uburezi akabo kashobotse
Ikigo cyâIgihugu Gishinzwe Uburezi gitangaza ko mu mwaka wa 2020 nta muntu nâumwe uzongera guhabwa akazi mu burezi mu gihe atize cyangwa ngo abe afite amahugurwa mu byo kwigisha. REB ivuga iki cyemezo kigamije kongera sitati yâabarimu no kubongerera icyizere mu kazi bakora. Umuyobozi wa REB, Dr  Irene Ndayambaje avuga ko abarimu bazobereye akazi bagiye […]
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
Umusirikare wa Congo/Kinshasa, yishe abana be babiri mbere yâuko nawe yiyahura, aya mahano akaba yabaye ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, muri karitiye ya Kanzulinzuli iri muri Komini Bungulu, Teritwari ya Beni (Nord-Kivu). Hari mu masaha ya saa tatu zâijoro, Adjudant- Chef Kapunga Kande RenĂ© wari umusirikare wa Congo byâumwihariko wanavuraga bagenzi be, […]
Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise
Umuforomo wakoreraga ku ivuriro rito ryo muri Zone Bumba, muri Komini Bukinanyana, Intara ya Cibitoke mu Burundi, yahamijwe nâurukiko icyaha cyo gusambanya umugore wari utwite. Ntunzwenimana Laurent, yahanishije igifungo cyâimyaka irindwi ndetse nâihazabu yâamafaranga yâu Burundi ahwanye na miliyoni, yahamijwe nâurukiko icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore wari uri ku nda yenda kubyara. Urukiko rukuru […]
Maj. Ntuyahaga  avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga
Komisariya Nkuru Ishinzwe Impunzi nâAbatagira ubwenegihugu mu Bubiligi (CGRA) yateye utwatsi ubusabe bwo kwakira Maj. Ntuyahaga washinjwaga kwica abasirikare 10 bari mu butumwa bwa ONU mu Rwanda. Iki cyemezo cyatangajwe kuwa 3 Nzeri 2018 maze Ntuyahaga avuga ko azajurira kuko ngo aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga nkâuko ibitangazamakuru byo mu Bubiligi bibitangaza. […]
Abagore bafatanwe na pasiteri mu rusengero bambaye ubusa
Polisi yo mu gace ka Rukiga muri Uganda ivuga ko yataye muri yombi barindwi yasanze mu rusengero bambaye ubusa bari kumwe na pasiteri wâumugabo witwa Mubangizi uzwi nka Aggrey ukomoka mu Karere ka Ibanda. Polisi yo muri aka gace ivuga ko abatawe muri yombi bashinjwa gukora inama itemewe mu nzu yâuwitwa Adah Kahababo wo mu […]
Nyabitekeri: Umugabo wâimyaka 61 yapfuye urwâamayobera
Mu mudugudu wa Muremure,akagari ka Kinunga,mu murenge wa Nyabitekeri, akarere ka Nyamasheke haravugwa urupfu rwâumugabo wâimyaka 61 yâamavuko witwaga Shyirambere Silas, bamwe bakavuga ko ari imitego yâabarozi yaba yarenze abandi bakabibona nkâibisanzwe,ubuyobozi bwo bukavuga ko ari amayobera ariko ibyo kurenga imitego yâabarozi byo atari byo. Nkâuko umunyamabanga nshingwabikorwa wâakagari ka Kinunga muri uyu murenge, Gahongayire […]
Ishavu n'agahinda mu mutima wa Selena Gomez
Umuhanzikazi  Selena Gomez akomeje kunanirwa kwakira ishyingirwa ryâumusore bahoze bakundana, Justin Bieber wamaze kubana n’umunyamideli, Hailey Baldwin. Umwe mu bantu ba hafi bâuyu mukobwa avuga ko Gomez yananiwe kwiyumvisha ko Justin Bieber yaba umugabo wâundi mukobwa bityo akaba ari mu gahinda. Atiâ Selena azi neza ko Justin Bieber yamaze kubana nâundi mukobwa gusa ntarabyakira. Biramugora […]
Anne Rwigara avuga ko imitungo yabo yatejwe mu buryo bwâubusahuzi
Umuryango wo kwa Rwigara Assinapol uvuga ko watunguwe no kumva ko hatejwe imitungo yabo mu cyamunara cyabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, bakaba babyita ubusahuzi. Amakuru yâitezwa mu cyamunara ryâimitungo yâumuryango wa Rwigara Assinapol bamwe bavuga ko ryatangiye guhwihwiswa cyane ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018, ariko bamwe batazi ikizagurishwa. […]
Ntimugasaze ibyiza biri imbere- Habineza Joe abwira inshuti ze
Umunyapolitiki Habineza Joseph, ukunzwe cyane nâurubyiruko rwâu Rwanda ndetse rwanamuhaye akazina ka Joe, yifurije abakunzi be kuramba, ndetse ko ibyiza biri imbere. Ibi yabitangarije abakunzi be bamwifurije isabukuru nziza yâamavuko, yabaye ku wa 3 Ukwakira 2018, ubwo yari yujuje imyaka 54. Habineza abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yagize ati â Kuri mwe mwese nshuti […]
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki yâIsi
Mu gihe ibihugu byinshi bya Afurika bisamira hejuru inkunga ya Banki yâIsi, igihugu cya Tanzaniya cyo  cyanze kwakira asaga miliyoni 50 zâamadolari ya Amerika cyari cyahawe nâiyi banki. Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri yâImari nâIgenamigambi, Dotto James yavuze ko batakwakira aya mafaranga kuko batigeze basaba ubufasha iyi banki yâisi. Mu kiganiro nâikinyamakuru MCL Digital, yagize atiâ […]
Urujijo ku rwibutso rwa jenoside yakorewe Abahutu mu Burundi
Urwibutso rwiswe urwa jenoside yakorewe Abahutu mu Burundi ruherutse gushingwa i Gitega mu Burundi, ntiruvugwaho rumwe nâabaharanira kwibuka ubwo bwicanyi bwakozwe mu 1972. Ingingo itavugwaho rumwe ni umuntu wubatse urwo rwibutso ndetse nâukuntu rwubatswe mu kwezi gushize, uwatanze uburengenzira,… Abari mu muryango âCollectif International des survivants du Genocide Hutu de 1972â bakorera i Burundi, bavuga […]
Uganda: Umunyarwanda yafashwe ashinjwa urupfu rwa ASP Kirumira
Urwego rwâubutasi bwa Gisirikare muri Uganda rutangaza ko Umunyarwanda, Bashir Hamad Mugisha ari mu batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwâuwari Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Buyende, ASP Muhammad Kirumira. Mugisha yafashwe nyuma yaho igipolisi nâigisirikare bya Uganda bikoreye za operasiyo mu gihugu hose mu rwego rwo gushaka kumenya uwarashe Kirumira.Kugeza ubu […]
Isabukuru nziza nyir'inkende zanjye – Zari abwira Diamond
Buri tariki 2 Ukwakira 2018, nibwo icyamamare mu muziki Diamond yizihiza isabukuru yâimyaka amaze avutse, kuri ubu arizihiza iyi myaka 29 yujuje kuwa 2 Ukwakira 2018 bamwe mu bamwifurije isabukuru nziza harimo n’uwahoze ari umugore we Zari Hassan Gusa amagambo yakoresheje yateye benshi urujijo hibazwa icyaba cyabimuteye. Abinyujije kurukuta rwe rwa Instagram Zari Hassan mu […]
Ruhango: Umumotari yafashwe agerageza gutanga ruswa
Ku gicamunsi cyo ku wa 2 Ukwakira 2018, mu murenge wa Byimana,mu karere ka Ruhango,Polisi yafashe umumotari witwa Uwizeyimana Vivens wâimyaka 36 yâamavuko ageragezaga gutanga ruswa yâibihumbi makumyabiri (20 000 frw) ku mu Polisi kugira ngo arekure Moto ye yafatiwe mu makosa. Iyi moto yo mu bwoko bwa TVS ifite icyapa kiyiranga RE 259 C […]
Nyamasheke: Barasaba inyigisho zihoraho zirebana no kuboneza urubyaro
Abaturage bo mu murenge wa Ruharambuga  mu karere ka Nyamasheke barasaba ko ababishinzwe bahozaho mu gutanga ibiganiro nâinyigisho mu baturage ku bijyanye na gahunda nâuburyo bukoreshwa mu kuboneza urubyaro. Babisabye ubwo muri uyu murenge hasorezwaga icyumweru cyahariwe gahunda zo kuboneza urubyaro cyari cyatangirijwe mu murenge wa Gihombo, ubuyobozi bwâakarere ka Nyamasheke, ubwâibigo nderabuzima nâubwâishami ryâumuryango […]
Iyo umuturage arangirijwe urubanza nibwo aba abonye ubutabera bwuzuye- Min. Busingye
Minisitiri wâUbutabera Johnston Busingye avuga ko umuturage ahabwa ubutabera bwuzuye mu gihe urubanza rwe ruba rwarangijwe. Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 2018, ubwo yari amaze kwakira indahiro z’Abahesha b’Inkiko batari ab’umwuga bazajya barangiza imanza na ba Noteri. Minisitiri Busingye yabasabye kwirinda gusiragiza abaturage mu gihe cyose babagannye babashakaho ubutabera. Ati âMugomba […]
Bobi Wine umaze iminsi mu bizazane, agiye gutaramira abafana be
Umunyapolitiki akaba nâumunyamuziki mu gihugu cya Uganda, Bobi Wine yatangaje ko agiye gutaramira abafana be mu minsi ya vuba. Uyu muhanzi wâumunyapolitiki, ufite intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, avuga ko igitaramo cye kizabera kuri sitade yitiriwe Mandela âMandela National Stadiumâ ikaba inazwi ku izina rya Namboole. Nkâuko ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda kibitangaza, […]
Uburyo ASP Kirumira yishwe
 Umugabo wâimyaka 28 Muzamir yatangarije inzego zâubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) uburyo Uwari Umuyobozi wa polisi mu gace ka Buyende,ASP Muhammad Kirumira yishwe. Abantu bahafi bo muri CMI batangarije Spyreports dukesha iyi nkuru ko muzamir wari umaze iminsi yihishe mu Karere ka Yumbe yavuze ibyâurupfu rwa Kirumira. Aba batangaje ko Muzamir yatawe muri yombi […]
Chris Brown afite icyizere cyo kongera gukundana na Rihanna
Umuhanzi Chris Brown avuga ko agifite icyizere cyo kuzasubirana nâuwo bahoze bakundana ari we, Rihanna nyuma yâimyaka itanu batandukanye. Inshuti ya hafi ya Chris Brown ivuga ko Chris agowe no kuba Rihanna atakiri inshuti ye nkâuko inkuru dukesha Holywoodlife ibitangaza. Yagize itiâ Chris ntashobora kwikuramo Rihanna nyuma yâiyi myaka yose. Uretse kuba hashize igihe batandukanye, […]
RGB yasohoye icyegeranyo cyâibipimo byâimiyoborere mu Rwanda
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 2018, Ikigo cyâIgihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyatangaje ku ncuro ya Gatanu ibipimo byâimiyoborere mu Rwanda bizwi mu rurimi rwâIcyongereza nka âRwanda Governance Scorecardâ. Ubuyobozi bwa RGB butangaza ko iki cyegeranyo cyâibipimo byâImiyoborere mu Rwanda gikorwa hagamijwe kugaragaza ishusho yâuko imiyoborere ihagaze mu gihugu mu byiciro bitandukanye no […]
Rusizi: Ushinjwa gusambanya abana babiri arahigwa bukware
Amakuru aturuka mu kagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha, mu karere ka Rusizi, avuga ko abaturage ku bufatanye nâinzego zâumutekano bahagurukiye gushakisha umugabo witwa  Murwanashyaka Gaspard  wâimyaka 47 yâamavuko nyuma yâiminsi 2 acitse, akekwaho gusambanya abana be babiri. Nkâuko Bwiza.com yabitangarijwe nâumunyamabanga nshingwabikorwa wâakagari ka Kigenge, Munezero Rita ngo ubuyobozi nâinzego zâumutekano bumaze iminsi 2 […]
Umugore yafashwe agerageza kugurisha umwana we kuri miliyoni 11
Mu gace ka Bepanda, kari mu mujyi wa Douala  muri Cameroun, hafashwe umugore wari ugiye kugurisha umwana we wâamezi atatu nyuma yo kunananirwa kubarere ari babiri yabyaranye nâabagabo batandukanye. Nyuma yo kubona ko atabashije kubarera ari babiri, ngo yari yafashe icyemezo cyo kugurisha umuto wâamezi atatu, agasigara arera mukuru we wâimyaka itatu. Uyu mwana yari […]
2018/2019: Abemerewe inguzanyo yo kwiga muri Kaminuza y'u Rwanda baragabanutse
Inama Nkuru yâAmashuri Makuru na Kaminuza, HEC, yatangaje urutonde rwâabanyeshuri bashya bemerewe inguzanyo yo kwiga muri Kaminuza yâu Rwanda (UR) no mu mashuri makuru yâimyuga nâubumenyingiro (IPRCs) mu mwaka wâamashuri wa 2018/19 rugaragaza ko abasaga 5,314 batemerewe inguzanyo. Mu itangazo HEC yasohoye kuri uyu wa Kabiri, rigaragaza ko mu banyeshuri 13 792 bari basabye inguzanyio, abayemerewe […]
Ndifuza ko ikipe yacu ariyo ihinduka iyâigihugu -Visi Perezida wa Rayon Sports
Ku cyumweru dusoje tariki 30 Nzeri 2018 nibwo Mugisha Francois bakunda kwita Master ukinira ikipe ya Rayon Sport bakunze kwita Gikundiro yatsinze igitego mucyeba w’ibihe byose APR FC ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’agaciro kinatuma Rayon Sports yegukana igikombe. Maitre Muhirwa Freddy usanzwe ari Visi Perezida wa Rayon Sports aganira n’abakinnyi mu muhango wo kubakira […]
 Kigali: Ikirayi kirarya umugabo kigasiba undi
Abaturage batuye mu turere tugize umujyi wa Kigali bavuga ko batakirya ibirayi bitewe n’uburyo bihenze muri iyi minsi. Abaturage bavuga ko ibiciro Minisiteri ifite ubucuruzi mu nshingano zayo yashyizeho atari byo bikurikizwa ku masoko bityo kwigondera iki kiribwa bikaba atari ibyâubonetse wese. Umwe mu baturage bâakarere ka Gasabo, Divine Nikuze yatangarije TNT ko we nâumuryango […]