U Bufaransa: Minisitiri w’ibidukikije yeguriye kuri radio

Minisitiri w’ibidukikije mu Bufarasansa, Nicolas Hulot, yeguye ku mirimo ye ari mu kiganiro cyacaga kuri radiyo bitungura benshi barimo na Perezida Emmanuel Macron. Minisitiri Hulot wanabaye umunyamakuru kuri televiziyo ndetse akaba impirimbanyi yo kubungabunga ibidukikije, yavuze ko yagombaga kwegura kubera uruhererekane rwo gutengurwa yagiye agira ku bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere ndetse n’ibindi bibazo byugarije ibidukikije. Nicolas […]

RDC: Abasirikare babiri ba Angola bafashwe basambanya ku ngufu Umunyekongokazi

Umugore w’umunyekongoko yasambanyijwe ku ngufu n’abasirikare babiri ba Angola, aho bivugwa ko ibi byabereye kuwa Gatandatu ushize ku mupaka wa kamako mu birometero nka 150 mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Tshikapa. Amakuru aturuka ahabereye ibi bintu avuga ko uyu munyekongokazi w’imyaka byibuze 30 wari mu isoko rya Kamako, yagiye mu gihuru kiri hafi aho kwihagarika, abo […]

Abantu bagiye bicishwa imihoro, abagore bakabagwamo abana bakicwa- Ibishinjwa Bosco Ntaganda

Bosco Ntaganda ufungiye muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) ruri i Hague mu Buholandi, yagejejwe imbere y’uru rukiko humvwa bwa nyuma abamutangaho ubuhamya ku mpande zose. Abatangabuhamya ku mpande zombi bongeye kumvwa kuva ku wa Kabiri tariki ya 28 Kanama kuzagera ku wa Kane tariki ya 30 Kanama 2018, abamushinjwa bakaba bavuga ko yakoze ibyaha […]

Green Party ihetuye Amajyepfo ibijeje iterambere rirambye

Mu bikorwa byo kwiyamamaza kw’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Intara y’Amajyepfo niyo yasorejweho icyumweru cya kabiri, uturere twose twayo tumaze kugerwamo n’Abakandida Depite bayo. Huye na Nyamagabe nitwo turere twasorejweho ibikorwa bya Green party byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo, hari kuwa 26/08/2018. Iterambere rirambye niryo zingiro ry’imigabo n’imigambi y’iri shyaka. INSHAMAKE […]

Kamonyi: Abajura babiri bateraga abantu ibyuma babambura bafashwe

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 Kanama, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi, mu murenge wa Runda, akagari ka Ruyenzi; ku bufatanye n’abaturage yafashe abajura babiri barimo umumotari witwa Ntakirutimana Elie.Aba bajura bakaba bibaga amatelefoni y’abaturage muri iyi   santeri ya Ruyenzi. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of […]

Burundi: Hafashwe agatsiko k’amabandi adasanzwe yiganjemo abasirikare n'abapolisi

Minisiteri y’umutekano mu Burundi yerekanye abagize agatsiko k’abajura kabuhariwe bibisha imbunda mu mujyi wa Bujumbura. Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Pierre Nkurikiye yatangarije abanyamakuru ko mu kwiba kwabo, biyoberanya bakigira nk’abakozi ba sosiyeti ishinzwe iby’amazi n’amashanyarazi (REGIDESO). Uyu mutwe weretswe abanyamakuru, ugizwe n’abasirikare, abapolisi, abasivile b’Abarundi n’umunyamahanga umwe. Avuga ko aba bajura bibana ubuhanga n’imbunda, ngo binjira […]

Musanze: Umupasiteri ushinjwa guha ruswa umushinjacyaha yakatiwe gufungwa iminsi 30

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyeho umupasiteri witwa Bikeka Faustin kubera icyaha akekwaho cyo  gutanga ruswa , maze  rutegeka ko aba afunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30. Ku italiki 07 Kanama 2018, ahagana saa saba z’amanywa  nibwo Pasiteri Bikeka Faustin yatawe muri yombi ku biro by’Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Musanze , ubwo […]

Reba Video: Inzoka nini yizingiye kuri moteri y’imodoka yari itwawe n’umugore

Umugore utatangajwe amazina wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo yari atwaye imodoka yatunguwe no gusanga inzoka nini yizingiye kuri moteri. Uyu mugore ubwo yari atwaye imodoka, ngo yumvise irimo kugenda ku buryo budasanzwe yiyongeza umuvuduko, ukongera ukagabanuka, aza gusanga hari inzoka nini yizingiye kuri moteri. Polisi yo mu gace ka Omro, ibicishije ku […]

Aho kuzuza inshingano ze zo mu buriri, umugabo wanjye arara yikinisha – NKORE IKI?

Ndabaramukije, mbasaba n’inama; nitwa
 [ryagizwe ibanga], ntuye muri Kigali, nkaba nkora akazi k’ubucuruzi. Mfite abana babiri nabyaranye n’umugabo wanjye tumaranye imyaka 6, nta kibazo tujya dukunda kugirana cyane ngo wenda kibe cyadutera gushwana bidasanzwe uretse kwakundi gacamo k’izibana zikomanya amahembe. Ntarondogoye, nifuza ko na njye mungira inama kuko umugabo wanjye ntakibasha mu buriri pe, yarahindutse, […]

Gen.Kale Kayihura yemerewe kuburana ari hanze ya gereza

Uwahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Edward Kayihura Muhwezi  kuri uyu wa 28 Kanama 2018 yemerewe kuburana ari hanze ya gereza. Urukiko rwa Gisirikare ruherereye Makindye mu mujyi wa Kampala rwafashe uyu mwanzuro maze rwemeza ko Kayihura aburana ari hanze nyuma yo gutanga ingwate ifite agaciro ka  miliyoni 10 z’amashilingi ya Uganda […]

KwitaIzina2018:Mafikizolo niyo izasusurutsa abazitabira umusangiro i Rubavu

Theo Kgosinkwe na Nhlanhla Nciza bagize itsinda rya Mafikizolo rikomoka mu gihugu cy’Afuka yepfo ryatumiwe  mu birori byo kwita zina, ni umuhango uteganijwe tariki 2 Nzeri 2018 hano mu Rwanda mu karere ka Musanze. Nkuko bigaraga ku rukuta rwa Twitter yo KwitaIzina byemejwe ko iritsinda rizasusurutsa abazitabira umugoroba wo gusangira uzwi nka Gala Dinner uteganyijwe […]

Burundi: Karusi, umwana w’imyaka 11 yishwe akatwa igitsina, i Ngozi umusore yicwa atemagujwe imihoro

Mu mpera z’icyumweru gishize mu bice bitandukanye by’u Burundi hagiye hagaragara ubwicanyi ndengakamere bwakorewe abantu babiri barimo umwana w’imyaka 11 wanaciwe igitsina. Umwana witwaga Nsengiyumva Eric wari ufite imyaka 11 y’amavuko, ababyeyi be batuye ku musozi wa Kayange, Komini Buhiga, mu ntara ya Karusi yishwe n’umugabo wafashwe, arangije anamuca ubugabo. Igipolisi cy’u Burundi gitangaza ko […]

Ngizi ingeso zizakwereka umukobwa utashinga urugo ngo rukomere

Nkuko bisanzwe Bwiza.com tubagezaho zimwe mu nkuru zitandukanye z’urukundo abagisha inama,abashaka abakunzi,ndetse n’izijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. uyu munsi rero twagerageje kubakusanyiriza bimwe mubintu byingenzi bikunzwe kugarukwaho biranga umukobwa udafite gahunda yogushinga urugo ngo rukomere 1. Akabya gukunda gusenga Uyu azi imirongo ya Bibiliya yose mu mutwe we, avuga Imana buri kanya, arakureba ikijisho niwibeshya ugakora mu […]

Nyamasheke: Kurwanya imirire mibi mu bana bizitirwa n’uburangare bw’ababyeyi

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buvuga ko nubwo bukora ibishoboka byose ngo buhangane n’ikibazo cy’imirre mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu, iki kibazo kidashobora gukemuka burundu igihe bamwe mu babyeyi batabishyizemo ingufu. Ni bimwe mu byo umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukamana Claudette yatangarije Bwiza.com  ubwo bamwe mu barebwa n’iki kibazo bari […]

Umuhanzi Trey Songz yarezwe mu nkiko ashinjwa kwambika ubusa umugore

Umuhanzi Trey Songz yarezwe mu nkiko  n’umugore witwa Andrea Buera amushinja kumukubita no kumwambika ubusa mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka mu birori bayabereye Hollywood mu mujyi wa Los Angeles. Inyandiko zikubiye mu kirego cy’uyu mugore zabonywe n’ikinyamakuru TMZ zivuga ko Trey Songz yirukanse kuri Andrea Buera  amukubita ibipfunsi byinshi mu maso amuryoza kuba  yari […]

Inteko Nshingamategeko irasaba Perezida Museveni guhana abahohoteye Bobi Wine na bagenzi be

Inteko Nshingamategeko ya Uganda yandikiye Perezida Museveni imusaba gutanga itegeko rifata abashinzwe kumurinda n’abandi bo mu nzego z’umutekano bakoreye iyicarubozo Abadepite barimo Bobi Wine n’abanyamakuru. Mu ibaruwa yashyizweho umukono ku wa 27 Kanama 2018, n’umuvugizi w’Inteko Nshingamategeko, Rebecca Kadaga, yasabye Perezida Museveni gutanga itegeko abahohoteye Abadepite n’abanyamakuru, mu myigaragambyo yabereye i Arua, bagafatwa bakanashyikirizwa inkiko. […]

Amakimbirane hagati ya Birdman na Lil Wayne  yashyizweho akadomo

Umuraperi Birdman yashyize akadomo ku mubano  mubi umaze igihe hagati ye na Lil Wayne nyuma yo gusaba imbabazi ku mugaragaro mu mujyi wa Orleans. Ibi Birdman yabikoze mu mpera z’cyumweru gishize mu gitaramo Weezyana Fest 2018 maze agira ati” Mumbabarire, nari nziko umunsi nk’uyu uzagera gusa sinari nzi igihe kizagera” Urwangano hagati na Lil Wayne […]

Zakia Hussen yabaye umugore wa mbere wambitswe ipeti rya Brig.General muri Somalia- AMAFOTO

Col. Zakia Hussen Ahmed yazamuwe mu ntera yambikwa ipeti rya burigadiye jenerali (Brig.General) mu gipolisi cya Somalia, aba umugore wa mbere mu mateka y’iki gihugu ugeze kuri uru rwego. Mu muhango uyu mugire yambikiwemo iri peti, Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Hassan Ali Khayre yatangaje ko abagore bafite ubushobozi n’uburenganzira mu gihugu cyabo bwo kugaragaza ubushobozi […]

Rwamagana: Abayobozi ba ADEPR barasabwa gutanga inyigisho zo kurwanya ihohoterwa

Abayobozi bagera kuri 300 baturutse mu   midugudu kugera ku rwego rwa Paruwasi mu itorero rya ADEPR,  guhera tariki 23 kugeza tariki 26 Kanama bahawe amahugurwa  agamije kurwanya amakimbirane abera mu miryango.Ni amahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti”Kubabarira no kwirinda amakimbirane mu miryango”. Muri ayo mahugurwa Polisi y’u Rwanda ikaba yaratumiwe gutangamo ikiganiro kigamije kurwanya ihohoterwa […]

Abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza baranenga imikorere ya Benjamin Mkapa

Abatavuga rumwe na Perezida Pierre Nkurunziza baranenga imikorere y’ umuhuza mu biganiro,  Benjamin Mkapa bavuga ko ibiganiro by’ amahoro bigenda biguruntege. Opozisiyo ihanganye na Leta iyobowe na CNDD/FDD yavuze kandi  ko Mkapa atarabasha gutegura ibiganiro nyakuri bihuza impande zombi mu buryo bwagutse kandi bunoze. Kuri iyi ngingo kandi  opozisiyo ikomeza gushimangira ko umuhuza atigeze atumira […]

Jay z na Beyonce bagabweho igitero mu mujyi wa Atlanta

Ibyamamare Beyonce na Jay Z bagabweho igitero n’umufana ubwo bari ku rubyiniro mu mujyi wa Atlanta. Uyu musore bivugwako yari yasinze, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Kanama yacunze abashizwe umutekano, abaca muri humye maze yerekeza aho Beyonce na Jay Z bari bahagaze baririmba maze nabo amaguru bayabangira ingata. Nyuma yaho aba birutse,ababyinnyi berekanye ko […]

Ndayisenga w’imyaka 28, yarangije kwiga icyiciro cya 3 cya kaminuza, arashaka umukunzi

Nitwa Ndayisenga Dona, mfite imyaka 28, mfite ibiro 78, nize kugeza kuri master’s degree, ntuye i Musanze nkorera RWANDA ENERY GROUP (REG), ndashaka umukunzi uteye atya: -Ufite imyaka kuva kuri 25 kugeza kuri 45 -Uzi gusoma no kwandika birahagije yaraminuje byaba ari akarusho -Ufite icyo akora, akazi kamutunze (afite akazi) cyane ko nanjye ngafite -Ufite […]

DGPR yahigiye kuzita ku buzima bw'abana bato

Mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru,   ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda DGPR ryahize ko riramutse ritorewe kujya mu nteko, kimwe mu byo rizitaho ari imibereho y’umwana muto. Ibi byagarutsweho na Kandida Depite Mutesi Jesca wavuze ko kimwe mu bigora ababyeyi kikanagira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abana bato […]

Rusizi/Nkombo: Bakiranye urugwiro rudasanzwe abakandida Depite ba FPR- Inkotanyi

Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi bavuga ko bakurikije aho umuryango FPR Inkotanyi ubavanye n’aho uubagejeje mu iterambere, nta cyababuza gushyira igikumwe ku gipfunsi bakitorera abakandida depite bayo. Babivuze ubwo abakandinda depite bari kuri listi yatanzwe n’umuryango FPR Inkotanyi bo muri aka karere babiyerekaga babasaba amajwi,aho ibyo umuryango FPR Inkotanyi wakoreye […]

Kuki u Rwanda rugaragaza impungenge ku ngaruka zaterwa n’amatora yo muri Congo?

Mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kurangwa n’ ibibazo bya politiki bishingiye ku  matora y’umukuru w’igihugu, hari abacyeka ko bishobora guteza umutekano mucye ndetse no mu bihugu by’ Akarere k’ Ibiyaga Bigali. Muri Gicurasi 2018, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yasuye u Bufaransa agirana ibiganiro na […]

Ishyaka rya J.Pierre Bemba wakuwe ku rutonde rw’abakandida Perezida rigiye kujurira

Ishyaka rya Jean Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaba na Visi-Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Kanama 2018, ryatangaje ko rizajuririra icyemezo cy’akanama k’amatora cyo ku mukuru ku rutonde rw’abakandida perezida. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 24 Kanama, akanama gashinzwe amatora kakuye Bemba kuri urwo […]

Uganda: Bobi Wine yafunguwe by'agateganyo

Urukiko rwo mu mujyi wa Gulu mu Majyaruguru ya Uganda rwafunguye by’agateganyo umuhanzi mu njyana ya Afropop akaba n’umunyapolitiki, Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine). Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Kanama 2018, Urukiko rwanzuye ko nta byago bihari ko ashobora guhunga igihugu, ndetse ko rushobora kuba rufatiriye urwandiko rwe rw’inzira. BBC […]

Kuba Oprah asangiye uburiri na Dogo, ngo ntibihagije kuba yamukoresha muri video ku buntu

Irene Uwoya uzwi ku izina rya Oprah, wahoze ari umugore wa Nyakwigendera Ndikumana Hamadi Katauti, ubu akaba ari umugore w’umuhanzi Dogo Janja, avuga ko kuba ari umugore we atakwemera gukoreshwa mu mashusho y’indirimbo ze ku buntu. Oprah usanzwe azwi cyane mu ruhando rwa cinema no kumurika imideli, avuga ko adashobora gukorana n’umugabo we ngo abe […]

Rutsiro: Abaturage b’Umurenge wa Kivumu basabwe kuba maso nyuma y’ibura ry’abaturage bagera ku munani

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro burasaba abaturage guhora bari maso hafi y’igice cyegereye Ikiyaga cya Congo, nyuma y’aho abaturage bagera ku munani bamaze kuburirwa irengero bikekwa ko bishwe. Sylvestre Bisangabagabo, Gitifu w’Umurenge wa Kivumu, mu Karere ka Rutsiro ati: “ Hari abantu bamaze kubura bagera hafi mu munani mu myaka nk’ibiri ngereranyije, […]

Ihere ijisho umwana unywa isigara 40 ku munsi-Amafoto

Umwana w’umuhungu ukomoka mu gihugu cya Indonesian uzwi nka Rapi Pamungkas uri mu kigero kimyaka 2 y’amavuko yatangaje abantu bitewe n’uburyo anywamo itabi. Nkuko SDE ibivuga, uyu mwana  Rapi Pamungkas ngo ashobora kunwa amasigara 40 ku munsi,Rapi anywa itabi ku kigero gikabije akomeje gukundwa n’abatari bake bitewe n’ingamo y’itabi anwa ku munsi akiri muto kandi […]

Umugore wa Bob Wine nawe agiye kwinjira muri politiki

Umugore wa depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bob Wine ari we Barbie Kyagulanyi Itungo arateganya kwinjira muri politiki mu mwaka wa 2021. Uyu mugore basigaye bita ‘First lady’ n’intwari bitewe n’uburyo akomeje kwitwara mu bibazo by’ifungwa n’iyicarubozo byakorewe umugabo we, arateganya kuziyamanaza mu matora rusange azaba mu gihugu cya Uganda mu myaka itatu iri imbere. […]

Ibigo by’Amashuri hafi 60 byari byahagaritswe byasubukuye imirimo yabyo

Amashuri agera kuri 57 yari amaze iminsi yarafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa mu rwego rwo guha abanyeshuri umwuka mwiza wo kwigiramo, byongeye gufungura imiryango ndetse asubukura imirimo yayo kuri uyu wa Mbere. Aya mashuri yari yahagaritswe nyuma y’igenzura ryakozwe mbere y’itangira ry’igihembwe gishya cyatangiye kuwa Mbere w’icyumweru gishize. Minisiteri y’uburezi yari yahaye amashuri yahagaritswe icyumweru kimwe […]

CPI: Urubanza rwa Gen Bosco Ntaganda rugeze ku musozo

Guhera kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Kanama, urubanza rwa Gen Bosco Ntaganda rurongera gusubukurwa uruhande rushinja n’urushinjura bihabwa ijambo ku nshuro ya nyuma mbere y’uko uru rubanza rumaze imyaka 3 rutangiye rupfundikirwa. Gen Bosco Ntaganda wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Nzeri 2015 yari yahakanye ibyaha 13 by’intambara na […]

Nyamagabe: Umwarimu arasaba kurenganurwa nyuma y’uko umugore we atwawe na Diregiteri

Munyaneza Cyprien, umwarimu mu ishuri ribanza rya Gahango, umurenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe, amaze umwaka atabaza inzego zinyuranye ngo zimurenganure. Avuga ko umugore we wari umwarimukazi,  yazamuwe mu ntera akaba umunyamabanga w’ishuri agahita amuta, ngo “akeka ko abana na Diregiteri wamuzamuye”. Uyu mwarimu udatekanye, avuga ko atewe agahinda n’izamurwa mu ntera ry’umugore we, […]

Uganda: Perezida Museveni yijeje Abagande ko ahazaza h'igihugu harinzwe

Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Igisirikare cya Uganda (UPDF) arizeza abaturage ba Uganda ko ahazaza h’igihugu kirinzwe kuko gifite ingabo zo kukirinda, imbogamizi ihari yonyine ikaba ari abanyapolitiki bamwe badafite ikinyabupfura. Perezida Museveni kuri iki cyumweru witabiriye umuhango wo gusoza kwinjiza mu gisirikare abasirikare bashya 3,958 basoje imyitozo y’umwaka uumwe yaberaga mu Kigo cya […]

Irlande: Papa Fransisiko yasabiye imbabazi ibyaha bikorerwa muri Kiliziya Gaturika

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gaturika, Papa Fransisiko kuri iki Cyumweru yasabye Imana imbabazi by’umwihariko ku bicumuro bijyanye no gusambanya abana bakiri bato bikorwa muri iyi kiliziya. Ibi Papa Fransisiko akaba yarabivugiye muri kiliziya ya Knock, aho yari mu ruzinduko mu gihugu cya Irlande, aho yagereranyije ibyo bicumuro biteye isoni bikorwa n’abayobozi b’insengero nk’ibihora ari bishyashya. […]

Gasabo: Polisi yagaragaje abasore batatu bakekwaho kwiba ibikoresho by’ikoranabuhanga

Kuri iki cyumweru tariki 26 Kanama, mu murenge wa Remera mu karere ka Gasabo   Polisi y’u Rwanda yagaragaje abagabo batatu bakekwaho kwiba ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo amaterefoni 70 n’icyuma kibika amashusho bibye mu mujyi wa Kigali bakoresheje imfunguzo z’incurano. Abafashwe ni Ndorimana Jotam w’imyaka 29, Nzabonimpa Vincent na Twahirwa Emmanuel bombi b’imyaka 30 y’amavuko. Aba beretswe […]

U Burundi bugiye kugura mu Burusiya 'Pantsir-S1'  irasa missiles zikingira ibitero byo mu kirere

Igihugu cy’u Burundi kiri mu nzira zo kugura mu Burusiya imbunda yo kwikingira ibitero by’indege nk’uko amakuru atandukanye haba mu Burundi ndetse no mu Burusiya abyemeza. Nk’uko inkuru Rassian Television ikesha Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya, RIA Novosti, ivuga, ngo igihugu cy’u Burundi kiri gutekereza uko cyagura imbunda irasa missiles zikingira ibitero byo mu kirere ikorerwa […]

Amajyaruguru: Batatu bafatanywe ibiro 36 by’urumogi n’amaduzene arenga 200 y’inzoga zitemewe

Polisi y’u Rwanda ikorera Muturere twa Burera na Gakenke,kuri uyu wa 24 Kanama yafashe ibiyobyabwenge bitandukanye bigizwe n’ibiro 36 by’urumogi,Litiro 81 za Kanyanga, n’amaduzeni 203  y’inzoga zitemewe zo mubwoko bwa  Blue Sky na chief warage byinjijwe mu gihugu n’abacuruza ibiyobyabwenge bazwi nk’abarembetsi muri utu turere. Abafatanywe ibi biyobyabwenge ni Habyarimana Gilbert w’imyaka 34 y’amavuko, Dushimimana […]

Perezida Kagame ni umwe mu bakuru b’ibihugu bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Perezida wa Zimbabwe, Emmerrson Mnangagwa, kuri iki Cyumweru, itariki 26 kanama yarahiriye manda ye ya mbere nyuma y’umwaka yari amaze ari perezida w’inzibacyuho, aho yarahiriye kutazahemukira igihugu, kubaha no kurinda itegeko nshinga n’andi mategeko ya Zimbabwe kandi ko azarinda akanateza imbere uburenganzira bw’abaturage b’iki gihugu. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bya Afurika batandukanye barimo Perezida […]

Gen Kayihura yemerewe gukurikiranwa adafunze kuri bail kimwe n’undi muturage – Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi aravuga ko uwahoze ari umukuru w’igipolisi ufunze, Gen Kale kKa, kimwe n’undi muturage wese wa Uganda. Ibi umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yabitangaje nyuma y’umunsi umwe Gen Kale Kayihura  agejejwe imbere y’urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Makindye bwa mbere, kuva yatabwa muri yombi kuwa 13 Kamena, akamenyeshwa […]

Minisitiri Kaboneka yibukije abasoje amasomo yo kwinjira muri Dasso guha agaciro no kubaha umuturage

Mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishari mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa Gatandatu, itariki 25 Kanama habereye umuhango wo kwambika aba-DASSO 515 basoje imyitozo yo kunganira Uturere mu gucunga umutekano. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka aherekejwe n’abandi bayobozi barimo umukuru wa polisi, IGP Emmanuel Gasana, niwe wari umushyitsi mukuru muri uyu  muhango […]

Kirehe: Polisi yasubije Kompanyi y’Abashinwa ikora umuhanda Mazutu yari yibwe

Polisi y’u Rwanda Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, ku wa 24 Kanama yasubije Kompanyi y’Abashinwa (CRBC) ikora umuhanda Gasenyi-Gasarabwayi-Nganda, litiro 270 za Mazutu yibwe. Iyi Mazutu ikaba yaribwe ku wa gatatu taliki ya 22 Kanama, yibwe n’abashoferi b’iyi Kompanyi. Ifatwa nyuma y’iminsi ibiri mu Kagari ka Cyanya, Umurenge wa Kigarama. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara […]

Iburasirazuba: Amafaranga menshi y’urugendo, imbogamizi ku bifuza kwitabira imurikagurisha

Abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasaba ko Imurikagurisha riyiberamo ryajya rishyirwa aho abaturage bose bashobora kugera batishyuye amafaranga y’umurengera y’urugendo. Bamwe muri abo bemeza ko urugaga rw’abikorera rwashyize Mini Expo mu karere ka Nyagatare bakabangamirwa no kwishyura amafaranga y’umurengera ku rugendo ndetse ko yashyizwe ku ruhande kandi hari uturere turi hagati muri iyi ntara. Mukeshimana […]

Nyirahabineza Jane asobanura uburyo abagore aribo baryoherwa cyane n'imibonano

Ingo nyinshi usanga zisenyuka ahanini biturutse ku kutuzuza ishingano hagati y’abashakanye, ugasanga uruhare rumwe rutuzuza neza amabanga yo mu buriri, ariko ahanini atari uko yanze uwo bashakanye ahubwo ari ubumenyi buke umuntu aba abifiteho. Nyirahabineza Jane ni umugore w’umuvuzi, mu biganiro yagiye agirana n’ibitangazamakuru bitandukanye, bwiza.com ikaba yifashishije videwo zigaragara ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko […]

Nyamiyaga/Gicumbi: Bamwe mu bagore ntibarasobanukirwa inshingano z’Abadepite

Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi ntibasobanukiwe neza inshingano z’abadepite by’umwihariko abagore kuko bazi ko kuba bafite imyanya 30% mu nteko bizabafasha mu mishinga y’iterambere bafite aho mu cyaro. Kamikazi Alphonsine ni umubyeyi w’abana batanu ahagarariye cooperative “  twiteze imbere  “ ikora umwuga  w’ubudozi azi ko kuba mu nteko […]

Urutonde rw’Abanyapolitiki n’abasirikare b’Abanyafurika batangajwe ko bapfuye ari bazima- AMAFOTO

Bamwe mu banyapolitiki n’abasirikare bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika bagiye babikwa ko bapfuye nyuma bikaza kugaragara ko ari bazima ndetse ko nta kibazo bafite.  Urutonde Bwiza.com yabateguriye, rugaragaza bamwe muri aba bayobozi ko bagiye babikwa kubera izabukuru, uburwayi, urugamba ndetse no kwibeshya. 1.Mugabe Robert: Mugabe ni umukambwe w’imyaka 94 y’amavuko akaba yaravuye ku butegetsi […]

Umuhanzi Tiwa Savage yagize icyo avuga ku bivugwa ko asigaye akundana na Wizkid

Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nijeriya, Tiwa Savage  yashize avuga akari ku mutima ku  makuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko yaba asigaye akundana n’umuhanzi Wizkid. Tiwa Savage yahakanye aya makuru yivuye inyuma avuga ko batigeze ndetse bitabayeho ko we na Wizkid bakundana. Inkuru dukesha Information Nigeria ivuga ko abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ati” Nagiye numva […]

Thierry Henry yagizwe umutoza mukuru w'ikipe ya Bordeaux yo muri Ligue 1

Ikipe ya FC Girondins de Bordeaux yo mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Bufaransa yahaye Thierry Henry akazi ko kuba umutoza mukuru w’iyi kipe ku masezerano y’igihe kirekire. Thierry Henry wamamaye nka rutahizamu w’ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, ku myaka ye 41 yari yasabye igihe cyo kubanza gutekereza kuri aya mahirwe yahawe avuga […]

Amajyaruguru: Hagiye kubakwa uruganda rwa sima ruzatanga akazi ku baturage bagera ku bihumbi bibiri

Kuri uyu wa kane tariki ya 23 Kanama 2018 mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Musanze, Umurenge wa Kimonyi hashyizwe ibuye ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa uruganda rwa Sima rwitwa “PrimeCement”, rwiteguye kuzatanga akazi ku baturage bagera ku bihumbi bibiri. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney afatanyije n’Umuyobozi Mukuru wa PrimeCement Francesco De Martino, ni […]

Diamond yabonanye amaso ku maso na Rich Mavoko bashwanye

Nyuma yo gushwana umuhanzi Rich Mavoko agahagarika ibikorwa bye byo gukorera umuziki muri Wasafi records, kuri ubu we na Diamond bibonaniye amaso ku yandi. Ku wa 13 Kanama 2018, nibwo  Diamond Platnumz n’abahagarariye inyungu ze, Babu Tale, Sallam na Mkubwa Fella, bitabye Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubugeni n’Ubuhanzi muri Tanzaniya (BASATA) kugira ngo hakemurwe ikibazo bafiyanye […]

Umusore yasambanyije umucyecuru w’imyaka 80 anamumena urusenda mu gitsina

Mu gihugu cya kenya, umusore witwa Koita Munyaya yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 kubera guhohotera umucyecuru w’imyaka 80 amusambanya ndetse anamushyira urusenda mu myanya ye y’ibanga. Uyu mucyecuru yatangarije urukiko ko Koita yamukuyemo imyenda ku ngufu akamusambanya, yarangiza akamushyira urusenda mu myanya ye y’ibanga nk’uko ikinyamakuru SDE News kibitangaza. Urukiko rwatangaje ko mu madosiye bafite agaragaza […]

RDC: Jean-Pierre Bemba ntari ku rutonde rw’abantu 19 bemerewe kuzahatana mu matora ya perezida

Jean-Pierre Bemba Gombo wifuzaga guhatanira umwanya w’umukuru mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka nawe yakuwe mu isiganwa nk’uko urutonde rw’abakandida bemerewe rwashyizwe ahagaragara na CENI mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu rishyira kuri uyu wa gatandatu rubigaragaza. Kandidatire y’umukandida, Bemba w’ishyaka MLC ikaba yateshejwe agaciro hatangwa impamvu ko ari uko yakatiwe na CPI […]

Rusizi: Barakomera amashyi Perezida Kagame washyizeho uburezi bw’imyaka 12

Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe B mu mujyi wa Rusizi kimwe n’abarerera mu yandi mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 muri aka karere, bavuga ko bashima Leta kuba yarabashyiriyeho aya mashuri, abana bose bakaba biga. Bamwe muri bo kimwe na bamwe mu bana bayigamo baganiriye na Bwiza.com, bavuze ko bitakiri ngombwa kugurisha […]

Ngo haba hari ibiri gukorwa mu ibanga ngo umubano w’u Burundi n’u Rwanda wongere kumera neza

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Ezechiel Nibigira, kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko Guverinoma y’iki gihugu izitabira ibiganiro hagati y’Abarundi biteganyijwe kubera hanze y’igihugu, ndetse akomoza ku mubano n’u Rwanda avuga ko hari ibiri gukorwa mu ibanga mu kugarura umubano mwiza hagati y’ibi bihugu by’ibituranyi. Ibi minisitiri Nibigira yabitangaje nyuma y’inama yabereye mu muhezo yagiranye […]

Burera: Hafashwe magendu y'ibicuruzwa bitandukanye birimo amabaro 24 ya caguwa

Kuri uyu wa 22 Kanama, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera yafashe ibicuruzwa bya magendu n’inzoga zitemewe byinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’ amategeko. Ibi bicuruzwa byafatiwe mu murenge wa Cyanika mu modoka zavaga ku mupaka wa Cyanika zerekeza mu Mujyi wa Musanze. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu  Ntara y’ Amajyaruguru Chief […]

Green Party ibaye iya mbere yiyamamarije muri Nyaruguru

Mu gihe icyumweru cya kabiri cyo kwiyamamaza hose mu gihugu kigana ku musozo, Akarere ka Nyaruguru niko konyine kari kataragerwamo n’umukandida n’umwe, baba abigenga cyangwa amashyaka. DGPR ibaye iya mbere mu kuhamamariza abakandida-depite bayo. Kur iuyu wa Kane tariki ya 24 Kanama 2018, Abakandida-Depite 32 b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), baserukiye […]

Diamond  yahishuye impamvu yahishaga Zari ko yaryamanye na Mobetto

Umuhanzi Diamond Platnumz yashize avuga impamvu atigeze abwira uwahoze ari umukunzi we Zari Hassan Tlale ko yabyaranye na  Hamisa Mobetto. Mu kiganiro na #247HHEXCL, Diamond avuga ko yanze kubwira Zari ko amuca inyuma mu rwego rwo  kurinda urukundo yamukundaga. Muri iki kiganiro agira ati” Nakomeje kubihakana mbinyujije mu biganiro n’abanyamakuru no kuri twitter mvuga ko […]