Uruganda rwa Heineken rurashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ese ni uruhe ruhare uruganda rwa Heineken rwaba rwaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994? Igisubizo cy’iki kibazo gikubiye mu gitabo cy’umunyamakuru w’Umuholandi, Olivier van Beemen, yise “ Heineken en Afrique ” cyasohokeye mu Bufaransa kuri uyu wa kane ushize, itariki 30 Kanama, kigaragaza uburyo bwakoreshejwe n’uru ruganda rwenga inzoga rwa kabiri ku […]

Urutonde rw’ibyamamare 10 byagiye byambarira ubusa mu ruhame- AMAFOTO

Mu gihe ibyamamare biba bihanzwe amaso n’abatagira ingano, ni nako n’ibyo bikora byaba byiza cyangwa ibibi bihita bimenyekana, ni nako kandi za camera z’abapaparazi zihora zibatunzweho ku buryo ikosa rito bakoze bahita bisanga mu binyamakuru. Bamwe muri ibi byamamarekazi, byagiye bigaragara mu ruhame bitambaye ikariso abandi bazambaye ariko n’ubundi imyanya y’ibanga igaragara,… 1.Rihanna 2.Kate Middleton […]

Umuraperi Tyga arasaba akayabo Lil Wayne na Birdman abashinja kumwambura

Umuraperi akaba n’utunganya umuziki, Tyaga arasaba Lil Wayne na Birdman ko bamwishyura asaga $ miliyoni 10  bataramuha kuva yabatunganyiriza alubumu ebyiri  mu 2009 Imwe mu nshuti za hafi za Tyga yabwiye TMZ ko  Lil Wayne na Birdman bamwemereye ko bazamwishyura mu mwaka wa 2016 ariko akaba yarategereje agaheba. Mu kirego cye cyo mu 2009, Tyga […]

Kimisagara: Umusore yatewe ibyuma n’abantu bataramenyekana

Abantu bataramenyekana mu rukerera rwo kuri uyu 1 Nzeri 2018 bateye ibyuma umusore witwa Ahmed Uwimana uzwi nka Nana utuye ahitwa mu Kuve ubwo yari ageze ahitwa ku Kidirishya mu murenge wa Kimisagara. Uwimana w’imyaka 23 y’amavuko yatangarije Bwiza.com ko yatewe ibyuma  ku kuboko kw’ibumoso n’abasore babiri bari bamaze kuniga mushiki we yari aherekeje bashaka […]

Burera: Muri buri kagali hagiye kubakwa ikigo nderabuzima

Akarere ka Burera gafite imirenge 17 igizwe n’utigari 69 . Murwego  rwo kwegereza abaturage  ubuvuzi ,mu Karere hubatswe ibigo nderabuzima 19 ,bisobanuye ko nibura buri murenge ufite ikigo nderabuzima, ariko akarere kaje gusanga ibyo bidahagije kuko hari umurenge ushobora  gusanga harimo Abaturage bagikora urugendo rurenze ikilometero. Niyo mpamvu hafashwe  imwanzuro ko  buri kagari kagomba kugira […]

Umuhanzi Beka Flavour yavuze ikibazo gihari ku kuba Dream Boyz yariganye indirimbo ye

Umuhanzi Beka Flavour yatangaje ko kuba Itsinda rya Dream Boyz ryariganye indirimbo ye atari ibintu bibi ahubwo ko ikibazo ari uko batigeze bamumenyesha hakiri kare. Mu kiganiro na Bongo5 TV, uyu muhanzi avuga ko ibyabaye ari ikimenyetso cy’uko umuziki we wamenyekanye gusa ngo Dream Boyz yakoze ikosa ryo kutamumenyesha hakiri kare. Yagize ati” Mbere na […]

Kenya: Abanyarwanda n’Abarundi bahaba mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari gutabwa muri yombi

Abanyarwanda n’Abarundi baba mu gihugu cya Kenya mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakomeje gutabwa muri yombi bagasubizwa iwabo babanje gufungirwa muri kasho za polisi, aho ngo abasaga 50 bamaze  gutabwa muri yombi cyangwa gucyurwa mu cyumweru kimwe nk’uko ambasade z’ibi bihugu zibitangaza. Amakuru atangazwa aravuga ko abatabwa muri yombi abenshi ari abantu usanga bakora imirimo iciriritse […]

Uburwayi Bobi Wine yakuye muri Gereza butumye yerekeza muri Amerika kwivuza -Amafoto

Umuhanzi akaba n’umudepite mu gihugu cya Uganda Bobi Wine wari umaze iminsi afunzwe na Leta ya Uganda ndetse akaba yaranakorewe iyicarubozo nk’uko byemejwe n’abaganga bo kubitaro bya Lubaka ho mu gihugu cya Uganda, gusa kuri ubu akaba yemerewe kujya kwivuriza mu gihugu cy’Amerika we na mugenzi we Hon Zaake Nkuko byemejwe n’abunganira  Bobi Wine mu mategeko , […]

Impunzi z’Abanyamulenge zisaga 30 zahungiye mu Burundi

Impunzi z’Abanyekongo bagera kuri 39 bakomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge kuri uyu wa Kane ushize bageze mu Ntara ya Cibitoke, muri Komini Rugombo bavuga ko bahunze imirwano ikomeye yahuzaga ingabo za leta n’inyeshyamba za Mai-Mai muri Uvira. Izi mpunzi zarakiriwe muri Komini Rugombo mu gihugu cy’u Burundi zivuga ko zihunze imirwano imaze amezi hafi atatu muri […]

Ngororero: Umusore w'imyaka 26 yagwiriwe n'ikirombe ahasiga ubuzima

Umusore w’imyaka  26 yitabye Imana kuwa 30 Kanama nyuma yo kugwirwa n’itaka ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Koluta mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu mudugudu wa Ruhuha, akagari ka Kibanda, mu murenge wa Ndaro homu karere ka Ngororero. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Innocent Gasasira […]

Rwamagana : Bazatora FPR-Inkotanyi kuko ikipe itsinda ntuyihindura

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Kanama 2018,   ku kibuga cya Police mu murenge wa Kigabiro,   habereye ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’umuryango wa FPR-Inkotanyi , abakandida depite bari bahagarariye abandi ni Uwamariya Odette na Murekatete Alphonsine, bose   bijeje abatuye i Rwamagana ko nibatora FPR-Inkotany,   bazajya babasura bakumva ibyifuzo   n’ibitekerezo […]

Bugesera : PSD yiyamamarije imbere y'abakabakabaga 60 ibizeza ubuvugizi

Kuri uyu wa 31 Kanama 2018, mu karere ka Bugesera ishyaka riharanira Demokarasi n’amajyambere n’imibereho myiza y’abaturage (PSD), ryamamaje abakandida depite babo mu murenge wa Juru ho mu gasantere ka Kabagore, imbere y’abarwanashyaka babo n’abaturage bose bakabakabaga 50. Isaa cyenda n’iminota mike nibwo ibikorwa byo kwamamaza byatangiye, nyuma y’igihe gito bamwe mu bayobozi b’ishyaka bahageze, […]

Musanze-Burera : Green Party yabijeje gukemura ikibazo cy’ibirayi

Kuri uyu wa 31/08/2018, Ishyaka Riharania Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda Green Party ryiyamamarije mu karere ka Gakenke muri Centre ya Gakenke n’ubundi, mu karere ka Musanze, center ya Byangabo no mu Karere ka Burera Centre ya Gahunga. Ubutumwa bwahatangiwe n’abakandida —depite ba Green Party ni ubusanzwe butangwa hose mu gihugu aho babanjirije kwiyamamaza […]

Dr Frank Habineza yagabiwe n’Abanyaburera kubwo kumwishimira

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma wo kwiyamamaza kw’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR, iki gikorwa cyakorewe mu Ntara y’Amajyaruguru, MU Turere dutatu. Mu gihe igikorwa cyo kwiyamamaza cyaberaga mu karere ka Burera mu gasantere ka Gahunga, mu barwanashyaka ba Green Party bahavuka banahatuye, habonetse abagaragaje ko bifuza guha impano umuyobozi wabo, Dr Frank Habineza. […]

Kamonyi/Ngamba: Bavuga ko bakeneye ubuvugizi bakabona amazi n’umuriro w’amashanyarazi

Ubwo  umuryango  RPF /Inkotanyi wamamazaga abakandida bawo bazawuhagararira mu matora y’Abadepite mu murenge  wa  Ngamba, akarere  ka Kamonyi, bamwe mu batuye muri uyu murenge  bavuga ko bifuza gukorerwa ubuvugizi  nabo bakagerwaho  n’ibikorwaremezo  cyane cyane amazi n’umuriro w’amashanyarazi   n’amazi. Ndereyimana Gildas utuye muri uyu murenge  avuga ko nubwo uyu murenge watembeye imbere ariko bafite ikibazo cy’ingutu […]

Ambasaderi Charles Kayonga yahishuye ko Perezida Kagame ategerejwe I Beijing mu kwezi gutaha

Umugabane wa Afurika n’u Bushinwa biri kwishimira ubufatanye mu nzego zitandukanye kandi iyo mikoranire igomba gukomeza nk’uko byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Charles Kayonga, wanahishuye ko Perezida Kagame mu kwezi gutaha azongera gukorera urugendo mu Bushinwa. Ngo usibye ubufatanye mu bya politiki, u Bushinwa na Afurika biri gukorana neza mu nzego zitandukanye nko […]

Umugore yagurishije umwana w’amezi atandatu agura telefoni na moto y’umugabo

Umugore witwa Miracle Johnson w’imyaka 23 y’amavuko, wo mu gihugu cya Nigeria mu gace kitwa Edo yagurishije umwana w’ibyumweru bitandatu kugira ngo agure Telefoni. Miracle Johnson yagurishije uyu mwana ahita ajya kwifunukuriza terefoni akemura n’ibindi bibazo byo mu rugo, akaba yanashakaga kugurira umugabo we moto. Nk’uko ikinyamakuru Dailypost, kibitangaza ngo komiseri wa Polisi, Johnson Kokumo […]

Ibihugu 10 bizwiho kugira igipolisi gikabije mu guhohotera abo cyakabaye kirengera

Ubusanzwe abapolisi bi abashinzwe gutuma amategeko yubahirizwa mu gihugu. Akazi kabo ni ugukomeza ituze muri rubanda, gufata abanyabyaha, kugenzura ubugizi bwa nabi, ariko mu byo bashinzwe ntiharimo guhana. Ntabwo ari abayobozi bafata icyemezo cy’umuntu ukwiye kwicwa cyangwa guhanwa; bisobanura ko badashobora kugendana amategeko mu mifuka yabo. Nubwo bimeze gutyo, hirya no hino ku Isi hari […]

Nyamasheke & Karongi, gutuma Green Party ni ukwigererayo

Kuwa 29 Kanama 2018, ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije ryakiriwe n’abaturage bo mu Karere ka Karongi n’aka Nyamasheke , twombi two mu Ntara y’Uburengerazuba, ribamenyesha ko abakandida depite baryo ari ba Mudatenguha. I Kibilizi muri Rubengera ho mu Karere ka Karongi, intero yabaye “Gutuma Green Party ni ukwigererayo”. Abaturage bari benshi bakurikirana imigabo y’iri […]

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Malawi byiyemeje kongera imbaraga mu mikoranire

Mu ruzinduko itsinda ry’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda bagiriye mu gihugu cya Malawi kuri uyu wa Mbere, itariki ya 27 Kanama 2018; Abayobozi ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda na Malawi bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano. Ni amasezerano yitezweho kongera imikoranire hagati y’igisirikare cy’u Rwanda na Malawi, hibandwa cyane ku myitozo ya gisirikare, guhashya […]

Dore ibyago bigutegereje niba uryama ntumare ibitotsi

Mu miterere y’ikiremwa muntu harimo ibintu bimwe na bimwe biteye amatsiko ndetse ahanini ugasanga bigira ingaruka mbi ku buzima bwamuntu, aha tugiye kurebera hamwe ingaruka umuntu ashobora guhura nazo igihe atasinziriye neza cyangwa ngo amare ibitotsi bihagije. Bimwe mu bibazo bishobora ku kwibasira igihe utajya uryama ngo umare ibitotsi harimo: 1.Kwibagirwa: ubushakashatsi bwakozwe ni mpuguke […]

Bugesera: Nibatora FPR-Inkotanyi bazagezwaho umuhanda ubahuza n’uturere tubiri

Kuri uyu wa kane, tariki ya 30 Kanama 2018, mu Karere ka Bugesera , Umuryango wa FPR-Inkotanyi, ubwo wamamazaga abakandida depite bawo, wemereye abaturage bo mu murenge wa Ruhuha, ko nibayitora ikabasha kugira ubwiganze mu nteko ishinga amategeko bazagezwaho umuhanda ubahuza n’uturere twa Ngoma na Nyanza. Umuyobozi w’akarere ka Bugesera ari nawe Chairman w’umuryango wa […]

Abanyatanzaniya bavuga ko ibyo Dream Boyz yakoze yigana  indirimbo y’umuhanzi  Beka Flavor nta bupfura burimo

Abaturage bakurikiranira hafi umuziki wa Tanzaniya baranenga bikomeye itsinda rya Dream Boyz ryo mu Rwanda bavuga ko ryiganye indirimbo y’umuhanzi Beka Flavour yitwa ‘Sikinai maze bagakora indi bise ‘ Romeo and Juliet’. Babinyujije ku rubuga rwa You Tube, benshi mu bagiye batanga ibitekerezo bavuze ko ibyo Dream Boyz yakoze  nta bupfura burimo kandi ko bisubiza […]

Mparanira impinduramatwara ntabwo ndi umunyabyaha- Bosco Ntaganda

Bosco Ntaganda ukirikiranyweho n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (CPI) ruri i hague mu Buholandi, ibyaha birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, yatangaje ko ari uharanira impinduramatwara, ko atari umunyabyaha. Bosco Ntaganda ushinjwa ibyaha 13 by’intambara n’ibindi bitanu byibasiye inyokomuntu, ubwo yagezwaga mu rukiko ku wa Kane tariki ya 30 Kanama 2018, humvwa bwa nyuma abamushinja n’abamushinjura kuri ibi byaha […]

Ugisha inama: Kubera kutitabwaho, byanteye gusangira umugabo na mama

Ndi umukobwa wiga mu mwaka wa Gatatu wa kaminuza, Mama yashatse undi mugabo, babyarana umwana w’umukobwa, ubwo tubana mu rugo turi bane (Njye, mama, umugabo we n’uwo mukobwa wabo). Nubwo mba muri uru rugo, nabayeho mu bwigunge, yaba mama ntabwo yanyitagaho, uyu murumuna wanjye niwe witabwagaho cyane, yaba se na mama usanga ibyiza byose ari […]

Green Party izaharanira ko nta wikubira isoko rya Transport

Kuwa 30 Kanama 2018, Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukiije Mu Rwada (DGPR) ryiyamamarihe mu mujyi wa Kigali, Mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali risezeranya ko niritorwa rizaharanira ko ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu bitikubirwa n’abantu bamwe. Igikorwa cyo kwiyamamaria i Kigali kwa Green Party, cyabanjirijwe n’akarasisi k’amapikipiki hamwe n’imodoka ifite indangururamajwi yagendaga […]

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti uburanisha Gen Kayihura ari kuririra mu myotsi

Chairman w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Uganda, Lt. Gen. Andrew Gutti ari kuririra mu myotsi nyuma y’aho muramu we amutekeye umutwe akamutwara agera kuri miliyoni 180 z’Amashilingi nk’uko amakuru agera kuri Spyreports avuga. Uyu muramu wa Gen. Gutti witwa Odongo John Baptist uri mu myaka 30 kuri ubu ari muri kasho ya Polisi ya Kampala […]

Amajyaruguru: Ubucuruzi bw'amafaranga butemewe buzwi nka Banque Lambert bwahagurukiwe

Ibi ni ibikubiye mu ijambo Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze mu nama yari igamije kuganira ku bucuruzi bw’amafaranga butemewe buzwi ku izina rya Bank Lambert cyangwa Urunguze mu Ntara y’Amajyaruguru, yateraniye mu Karere ka Musanze kuri uyu wa gatatu, itariki ya 29 Kanama 2019. Iyi nama yitabiriwe n’abantu bahangarariye inzego zitandukanye, […]

Bobi Wine yongeye gutabwa muri yombi nyuma yo gutoroka ibitaro

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yongeye gutabwa muri yombi na Polisi ya Uganda ubwo yari ageze ku Kibuga cy’indege  cya Entebbe mu mujyi wa Kampala. Ni nyuma y’umukwabu wa Polisi ku gicamunsi cy’umunsi w’ejo tariki ya 30 Kanama bashakisha uyu mugabo byavugwagako yatorotse ibitaro bya Lubaga, aho yavurirwaga. Aya makuru yavugaga ko yanyuze […]

Bukavu: Abajura bitwaje imbunda bishe abantu babiri mbere yo gusahura

Abajura bitwaje imbunda kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 29 Kanama bishe abantu babiri mu gace ka Nyakaliba muri Komini ya Katundu, ho mu Mujyi wa Bukavu, muri Kivu y’Amajyepfo. Abo bitwaje intwaro barashe umusore wari muri butike icuruza amatelefone nka saa 19h30 ku isaha yo muri Congo. Umuzamu waje atabaye nawe yarashwe amasasu bamwegereye […]

Rusizi/Bweyeye: Barashimangira igihango bafitanye n’umuryango FPR/Inkotanyi

Umwaka umwe gusa abaturage b’umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi bamaranye umuriro w’amashanyarazi bavuga ko bahawe n’umukuru w’igihugu akaba na chairman w’umuryango FPR/Inkotanyi ngo wabahinduriye ubuzima kuruta n’abawumaranye igihe kirekire, bakabona ari igihango gikomeye cyane bafitanye n’umuryango FPR Inkotanyi. Ni bimwe mu byo batangarije Bwiza.com ubwo abakandida depite b’umuryango FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya […]

Nyagatare: Abagabo babiri binjizaga mu gihugu ibicuruzwa bya magendu bafashwe

Mu ijoro ryo ku itariki ya 29 Kanama nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyagatare yafashe Habumuremyi Jean Marie Vianney w’imyaka 33 na Nzayikorera J.Damascene w’imyaka 31.Bombi bafatiwe mu murenge wa Rukomo bafite amabalo abiri 2 y’imyenda ya Caguwa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze […]

Ethiopia: Impanuka ya kajugujugu ya gisirikare yaguyemo abantu 18 barimo abana

Ikinyamakuru cya leta muri Ethiopia kiratangaza ko impanuka y’indege ya kajugujugu ya gisirikare yaguyemo abantu 18 barimo abana 2. Umuyobozi muri polisi, Aschalew Alemu yabwiye Ibiro Ntaramakuru bya Ethiopia ko iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane mu karere ka Oromia. Iyi ndege yo mu bwoko bwa kajugujugu y’Igisirikare cya Ethiopia yari […]

Guverinoma yatangiye guha indangamuntu impunzi zahungiye mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kane, itariki 30 Kanama yatangiye igikorwa cyo guha impunzi zahungiye mu Rwanda indangamuntu zazigenewe zizazifasha kubona serivisi za leta n’iz’abigenga, kubona akazi no kujya aho zishaka mu gihugu mu bwisanzure. Minisitiri ushinzwe impunzi mu nshingano ze, DeBonheur Jeanne d’Arc ndetse n’uhagarariye HCR mu Rwanda, Ahmed Baba fall nibo batangije […]

Guverinoma y’u Rwanda yakubye inshuro zirenze 2 amafaranga yo guhangana n’ibiza

Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bakubye inshuro zirenze ebyiri inkunga igenewe kwita ku biza, aho amafaranga yari yateganyijwe hagati ya 2017 na 2018 yavuye kuri miliyoni 643 akagera kuri miliyari 1.6 muri uyu mwaka. Kongera amafaranga agomba kwifashishwa mu guhangana n’ingaruka z’ibiza bije nyuma y’ibiza bimaze iminsi byibasiye igihugu birimo imvura ivanze n’umuyaga ukabije, inkuba, […]

Umuhanzi Beka Flavour yagaragaje agahinda yatewe no kumva Dream Boyz yariganye indirimbo ye

Umuhanzi Beka Flavour wo mu gihugu cya Tanzania yanenze cyane itsinda Dream Boyz ryo mu Rwanda nyuma yo kumenya ko iri tsinda riherutse gushishura indirimbo ye yiswe Sikinai rikayita Romeo na Juliet, gusa yongeraho ko ashimishwa n’urwego umuziki we ugezeho. Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, umuhanzi Beka Flavour yatangiye agisha inama abamukurikira […]

Impamvu Gen Kale Kayihura atashinjwe uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru Chimpreports buvuga ko Gen Kale Kayihura yari yabwiwe umugambi w’abakozi b’Urwego rushinzwe Umutekano imbere mu gihugu (ISO) wo kumugerekaho uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda. Ibi bikaba byaremejwe n’abunganira Kayihura mu mategeko bavuga ko kuva ku ntangiriro abakozi ba ISO bacuraga ibimenyetso byo gushinja umukiriya wabo. […]

Burundi: Leta yatangaje ko yiteguye kwakira neza abagize uruhare mu gushaka guhirikika ubutegetsi bwa Nkurunziza

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Iguhgu mu Burundi, Therance Ntahiraja kuwa mbere w’iki cyumweru yasabye Abarundi bahungiye mu bihugu by’abaturanyi  n’abagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza muri Gicurasi 2015 ko bataha kuko mu gihugu hari amahoro. Mu ijambo rye, Ntahiraja yasabye izi mpunzi kwiyumvamo amahoro zigataha mu gihugu cyazo. Yagize ati”Ndashaka kubamenyesha ko […]

Iburasirazuba: Minisiteri y'uburezi irihanangiriza ibigo by’amashuri bigaragaramo ibibazo

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 28 Kanama 2018 mu nzu mberabyombi y’Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Aloyizi i Rwamagana habereye inama yaguye y’uburezi  yahuje  abayobora ibigo by’amashuri n’abayobozi bafite uburezi  mu nshingano   bose hamwe bagera ku 1172. Minisitiri w’uburezi, Dr Mutimura Eugene, yihanangirije abayobozi bayobora ibigo bikigaragaramo ibibazo birimo abana bata amashuri ,ibigaragaza isuku nke ,imitsindire  y’abanyeshuri iri hasi ndetse […]

Abaganga bemeje ko impyiko n’uruti rw’umugongo bya Bob Wine byangirijwe bikomeye

Abaganga b’inzobere b’ibitaro bya Rubaga mu mujyi wa Kampala bamaze kwemeza ko Impyiko y’ibumoso n’uruti rw’umugongo ahagana ku ijosi inyuma rwa Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bob Wine byangirijwe bikomeye bitewe n’iyicarubozo yakorewe mu kaduruvayo kabereye mu Karere ka Arua. Aba baganga bemeje aya makuru nyuma y’igenzura raykorewe umubiri wa Bob Wine mu rwego rwo […]

Amakipe Rayon Sports ishobora gutombora muri 1/4 cya CAF CC yamenyekanye

Ku wa 29 Kanama 2018 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike ya 1/4 cya CAF Confederation cup nyuma yo gutsinda Young Africans igitego 1-0 i Kigali. amakipe Rayon Sports ishobora gutombora harimo Raja Casablanca yo muri Maroc,RS Berkane, na Enyimba FC yo muri Nigeria. Tombora y’uko amakipe azahura iteganyijwe Ku wa mbere tariki 3 […]

Bugesera: Green Party izita ku guteza imbere ubuhinzi

Mu kwiyamamariza mu Ntara y’Uburasirazuba Akarere ka Bugesera Umurenge wa Juru, mu gasantere ka Kabukuba, Ishyaka Green Party ryamenyesheje abaryitabiriye ko niritorwa rizakora ibishoboka ubuhinzi n’ubworozi bigatera intambwe igaragara.   Dr Frank Habineza ukuriye iri shyaka yavuze ko mu gihe cyose ubutaka budahingwaho icyo umturage yifuza kandi azi neza ko ari cyo gisanzwe kera mu […]

Kenya: Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May, mu ruzinduko rw’umunsi umwe

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May, kuri uyu wa Kane, itariki 30 Kanama 2018 yasesekaye mu gihugu cya Kenya mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe nyuma y’imyaka 30 umuyobozi w’u Bwongereza wo kuri uru rwego, Margaret Thatcher, asuye iki gihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika. Theresa May yasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga Jomo Kenyatta saa 6:30 […]

Lebron James yavuze  uburyo gukunda abazungu byamugoye

Igihangange mu mukino wa Basketball, Lebron James yatangaje ko byamugoye kwiyumvamo abafite uruhu rwera( abazungu) bitewe n’uko yumvaga ataba hafi yabo. Uyu mugabo ubwo yaganiraga na ‘The Shop’ kuwa Kabiri w’iki cyumweru, yasobanuye ibyamubayeho ubwo yigaga ku ishuri r ryigenga rya Akron ahanini rigizwe n’abazungu riri mu mujyi wa Ohio. Muri iki kiganiro Lebron James […]

Nyanza: Ucuruza urumogi ndetse n'uwari uri kurunywa batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya abacuruza,abakwirakwiza ndetse n’ abakoresha ibiyobyabwenge.Ni muri urwo rwego kuri uyu wa 28 Kanama Polisi y’u Rwanda ikorerera mu karere ka Nyanza mu mirenge ya  Busasamana  na Mukingo yahakoreye  igikorwa cyo gushaka no gufata abantu bakekwaho gucuruza no  gukoresha ibiyobyabwenge. Muri iki gikorwa , Polisi yafashe abasore babiri,mu murenge […]

CPI izatanga umwanzuro ku cyaha cya nyuma ikurikiranyeho Jean-Pierre Bemba mu kwezi gutaha

Umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba, yongeye guhamagazwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ruzatanga umwanzuro warwo kuwa 17 Nzeri ku cyaha cyo gucecekesha abatangabuhamya rwari rukurikiranyeho umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba ruherutse kurekura nyuma yo kumugira umwere ku bindi byaha by’intambara yari akurikiranweho. Ibi ni ibyatangajwe n’Uru Rukiko Mpuzamhanga Mpanabyaha rwa La Haye kuri uyu wa gatatu, itariki 29 Kanama nk’uko iyi […]

Bwa mbere mu mateka y'u Rwanda,Rayon Sports ibonye itike ya 1/4 mu marushanwa ya CAF

Ikipe ikunzwe nabatari bake hano mu Rwanda no mukarere izwi nka Rayon Sports itsinze Yanga Africans igitego 1-0 ihita ibona itike iyijyana mu kiciro gikurikiye cya 1/4 cya confederations cup. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo urangiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru bakunda kwita gikundiro itsinze Yanga Africans […]

Nyamagabe : Umugore uvugwa ko yatwawe na Diregiteri asanga ari ihohoterwa akomeje gukorerwa

Mu nkuru bwiza.com yagejeje ku basomyi kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Kanama 2018, hagaragaye ibaruwa y’umwarimu Munyaneza Cyprien wandikiye urwego rw’umuvunyi, aha kopi akarere ka Nyamagabe asaba kurenganurwa. Asobanura ko umugore we Dusabe Blandine yataye urugo akurikiye Diregiteri, umuyobora wanamuzamuye mu ntera akamugira umunyamabanga w’ishuri. Dusabe Blandine we asanga ari urubwa aterwa n’umugabo […]

Justin Bieber n’umukunzi we mushya batunguranye ku rusengero

Umuhanzi Justin Bieber n’umukunzi we mushya, Hailey Baldwin bakomeje kugaragara mu ruhame ahantu henshi harimo amaresitora ndetse n’insengero. Mu cyumweru gishize nibwo aba bombi bagaragaye  berekeza mu rusengero maze batungura benshi bavuga ko  baje gusura Pasiteri w’urusengero rwa Hillsong, Carl Lentz ibintu bitamenyerewe kuko ubusanzwe Bieber aba ari  wenyine. Ababikurikiranira hafi bahamya ko urukundo rw’aba […]

Minisiteri y’Uburezi irasabwa gushyira inyigisho zikumira ihohoterwa mu mashuri

Ubwo hasozwaga  ibikorwa by’umushinga Indashyikirwa urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo hagati y’abashakanye Ku wa 28 Kanama 2018, bamwe  mu bafashamyumvire  bagaragaje ko bene izi nyigisho zigomba no kujya mu mashuri.  Bavuga ko nubwo hari  abibwira  ko  amakimbirane  n’ihohoterwa  bikorerwa  mu ngo  biboneka  mu ngo z’abantu  batiize, mu batuye  mu byaro  no […]

Ubuhamya bw’umugore wabonye neza uburyo umushoferi wa Bobi Wine yarashwe n’inzego z’umutekano

Umugore urimo kuvurirwa mu ivuriro ryo muri Uganda birinze gutangaza amazina, yatanze ubuhamya bw’urupfu rwa Yasin Kawuma  wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ariko akaba afite impungenge z’umutekano we.   Kubera umutekano w’ubuzima bwe, uyu mugore yasabye ikinyamakuru Monitor kudatangaza amazina ye, aho arwariye n’ikindi cyose abona cyatuma hamenyekana ko ari we watanze […]

Guverinoma y’u Buhinde yemeje bidasubirwaho amasezerano y’ubufatanye mu by’ubucuruzi yagiranye n’u Rwanda

Guverinoma y’u Buhinde kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Kanama, yemeje bidasubirwaho amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi hagati y’iki gihugu n’u Rwanda mu rwego rwo koroshya imibanire mu bukungu hagati y’ibihugu byombi. Ni amasezerano yashyizweho umukono hagati y’u Buhinde n’u Rwanda muri Nyakanga ubwo Minisitiri w’intebe, Narendra Modi yasuraga u Rwanda. Nk’uko umwe mu bayobozi […]

Nyamagabe: Uwishe muramu we amuteraguye ibyuma yakatiwe gufungwa imyaka 20

Ubushinjacyaha, Urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe, bwatsinze urubanza bwari bukurikiranyemo umugabo witwa Bucyana Edouard wahamwe n’icyaha cyo kwica muramu we witwaga Minani Vedaste. Uregwa akaba yarahanishijwe igihano cy’imyaka makumyabiri Ku wa 23 Kanama 2018. Ibyo bikaba byarabaye mu ijoro ryo ku wa 01/08/2018, muri Centre ya Ryagwiza, iherereye mu Mudugudu wa Bugina, Akagari ka Runyombyi, Umurenge […]

U Bubiligi: Ibya Moise Katumbi zongeye kubirwaniramo, passport ye yafatiriwe

Iby’umunyapolitiki Moise Katumbi wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo imbwa zikomeje kubirwaniramo, aho kuri ubu pariki yo muri Halle-Vilvoorde mu gihugu cy’u Bubiligi yafatiriye passport ye bivugwa ko ifite utubazo. Kuri uyu wa kabiri, itariki 28 Kanama nibwo ubutabera bw’u Bubiligi bwemeje aya makuru mu kiganiro na Politico.cd, aho bwemeje ko passport ya Moise […]

U Rwanda rushobora kuba urwa mbere muri Afurika mu kwinjira mu muryango w’ibihugu bikataje kurusha ibindi mu bukungu

Abahoze ari abayobozi mu gihugu cya Israel bari gufasha u Rwanda mu rugamba rurimo rwo gushaka kwinjira mu muryango uharanira ubufatanye mu by’ubukungu n’iterambere (Organization for Economic Cooperation and Development (OECD) uhuriyemo ibihugu 36 byakataje kurusha ibindi mu bukungu. U Rwanda ruramutse rwemerewe rukaba rwaba rubaye igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriwe muri uyu muryango. Kuba […]

Hamisa Mobetto yatangaje impamvu adashobora kubana n’undi mugabo utari Diamond Platnumz

Umwe mu bagore babyaranye na Diamond Platnumz , Hamisa Mobetto yatangaje impamvu atashobora kwemera kubana n’undi mugabo uwo ari we wese uteri Diamond Platnumz. Mu magambo asa n’aho yiyemererako nta wundi  yabana nawe,  Mobetto yagize ati”Hari benshi bagiye baza bashaka ko twabana ariko kugira ngo ushyingiranwe n’umuntu runaka n’uko muba mufite ibinyabutabire bimwe( Chemistry). Njyewe […]

Ruharambuga: Iterambere mu buhinzi n’ubworozi ryarushijeho kubakundisha umuryango FPR/ Inkotanyi

Abaturage bo mu murenge wa Ruharambuga, mu karere ka Nyamasheke bavuga ko batindiwe gusa n’itariki ya 3 Nzeri ngo bitorere abakandida depite batanzwe n’umuryango FPR Inkotanyi kubera byinshi bavuga wabagejejeho cyane cyane kwihaza mu biribwa biturutse ku ngamba zihamye zijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere. Bemeza ko mu myaka yashize byari bigoye kubona ibitunga umuryango w’umuntu […]

Rubavu: Polisi yafashe amabuye y'agaciro n'imyenda ya caguwa byinjizwaga magendu

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri Tariki ya 28 Kanama, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yafatiye mu murenge wa Nyundo imodoka ebyri zari zipakiye imyenda ya Caguwa n’amabuye y’agaciro  byinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Izi modoka imwe yari mu bwoko bwa land cruiser ifite ibirango by’ibinyamahanga CGO 1563AB19, ihetse […]