Zambia: Uwiyamamarije kuba umudepite yananiwe kumvikana n’umukobwa bari mu kabariro, yitabaza urukiko
Herbert Mwale wigeze kwiyamamariza umwanya w’umudepite muri Repubulika ya Zambia, yitabaje urukiko nyuma yo kugirana ubwumvikane buke n’umukobwa witwa Natasha Chabinga mu gihe bari gutera akabariro. Nk’uko igitangazamakuru cyabitangaje, iburanisha ryabereye mu rukiko rwa Ndola kuri uyu wa 24 Nyakanga 2021, Mwale w’imyaka 51 y’amavuko asobanura ko saa tanu z’ijoro ryo ku wa 18 Mata […]
Umwuka si mwiza hagati ya Zimbabwe na USA, hejuru y’inkingo za Covid-19
Umwuka si mwiza hagati ya Guverinoma ya Zimbabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bitewe n’inkingo z’icyorezo cya Covid-19. Ibibazo hagati y’ibihugu byombi byatutumbye ubwo Ambasade ya USA yashakaga guha ishyaka MDC Alliance ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Zimbabwe inkingo 500,000 za Johnson & Johnson kugira ngo ritangire gahunda yo gukingira abaturage. Ni mu gihe […]
Kampala: Abakobwa 14 bigishwaga gusambana n’imbwa ku gahato batabawe
Polisi ya Uganda kuri uyu wa 23 Nyakanga 2021 yatangaje ko yatabaye abana b’abakobwa 14 bigishwaga gusambana n’imbwa ku gahato, bari bafungiranyijwe mu nzu yakira abashyitsi iherereye muri zone Muyenga B, diviziyo ya Makindye mu mujyi wa Kampala. Observer dukesha aya makuru ivuga ko aba bakobwa barimo abari munsi y’imyaka 14 y’amavuko, n’umukuru w’imyaka 19, […]
Masisi: Abarwanyi barenga 100 barambitse intwaro
Abarwanyi barenga 100 b’umutwe witwaje intwaro wa APCLS bakoreraga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barambitse intwaro, bemera gusubira mu buzima busanzwe. Umuhango wo kwakira aba barwanyi wabereye ku biro bya Teritwari ya Masisi kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 kiyobowe na Brig. Gen. Mwehu Lumbu […]
Twitter: Abanyarwandakazi 3 bari muri 200 bakunzwe muri Afurika

Ikigo Smart Data Power n’urubuga Women in Africa ruharanira iterambere ry’umugore ku mugabane wa Afurika kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 byashyize Abanyarwandakazi batatu ku rutonde rw’abagore 200 bakunzwe ku rubuga rwa Twitter kuri uyu mugabane. Smart Data Power ni ikigo cyo mu Bufaransa gikora ubusesenguzi ku butumwa butambuka ku mbuga nkoranyambaga no kubazikoresha. Uza […]
CAR: Habonetse imirambo y’abantu 13, ababishe ntibaramenyekana
Misiyo y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrika (MINUSCA) yatangaje ko yabonye imirambo y’abantu 13 bo mu Ntara ya Bossangoa itaramenya ababishe. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryayo, MINUSCA ivuga ko yamenye amakuru y’urupfu rw’aba bantu tariki ya 21 Nyakanga 2021, ihita yohereza abasirikare n’abapolisi kugira ngo bayagenzure. Iti: “Ubu burinzi (patrol) bwemeje ko bwabonye imirambo y’abantu […]
Nigeria yungutse indege z’indwanyi 6 zizayifasha guhangana n’amabandi, no kurwanya iterabwoba
Leta ya Nigeria kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 yakiriye indege z’indwanyi 6 za A-29 Super Tucano zizayifasha guhangana n’amabandi n’ibikorwa by’iterabwoba. Zakiriwe na Minisitiri w’Ingabo wa Nigeria, Bashir Magashi agaragiwe n’abasirikare bakuru, ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Kano. Izi ndege ni zimwe muri 12 iki gihugu cyaguze na Leta Zunze Ubumwe za […]
Mukandutiye arashaka kumenya niba ubutabera bw’u Rwanda butanga imbabazi
Umukecuru Angelina Mukandutiye ureganwa n’abarimo Nsabimana Callixte (Major Sankara) na Paul Rusesabagina, yavuze ko ashaka kumenya niba ubutabera bw’u Rwanda butanga imbabazi. Mukandutiye w’imyaka 70 y’amavuko yabivugiye imbere y’Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021. Muru uru rubanza, Mukandutiye ashinjwa ibyaha birimo gukora ubukangurambaga bwo kwinjiza abagore […]
Kwizera Olivier yasezeye ku mupira w’amaguru
Kwizera Olivier wakiniraga Rayon Sports n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi mu izamu, yatangaje ko yamaze gusezera ku mupira w’amaguru. Mu kiganiro yagiranye na Radio Flash, Kwizera yasobanuye ko ari icyemezo afashe nyuma yo kurangira kw’amasezerano yari afitanye na Rayon Sports. Ati: “Uyu mwaka w’imikino nta kipe n’imwe nzakinira kuko nta kipe mfitiye amasezerano. Biri muri […]
Bamporiki abona Leta itahagurutswa n’umukinnyi wambitswe impeta n’uwo bahuje igitsina
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard abona iyi Minisiteri itahagurutswa n’umukinnyi w’u Rwanda uherutse kwambikwa impeta n’uwo bahuje igitsina. Mu minsi ishize ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abagore ikina Basketball, Tierra Monay Henderson yambitswe impeta n’umukobwa mugenzi we witwa Amanda Thompson. Iki gikorwa cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe […]
Sinzi niba u Rwanda rwaranyumvirije, byarabaye sinatungurwa_Andrew Mwenda
Umunyamakuru wo muri Uganda wigeze kuba inshuti y’Abanyarwanda, Andrew Mwenda, yavuze ko atazi koko niba u Rwanda rwarumvirije telefone ye rwifashishije porogaramu ya Pegasus yifashishwa mu butasi, ngo bibaye byarabaye ntiyatungurwa. Iki ni igisubizo yatanze ubwo yasabwaga na Daily Monitor gutangaza uruhande rwe ku makuru yatangajwe n’umuryango OCCRP avuga ko u Rwanda rwageregeje kumviriza telefone […]
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zatangiye gukozanyaho n’inyeshyamba
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique biravugwa ko kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021 zatangiye gukozanyaho n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba. Igitangazamakuru Daily Maverick cyo muri Afurika y’Epfo kivuga ko amakuru cyahawe n’abashinzwe umutekano muri Mozambique avuga ko iyi mirwano yarose ubwo ingabo z’u Rwanda zari ku burinzi ziturutse […]
Burundi: Nditije avuga ko gutanga ingoma ari ugutukisha igihugu

Umuyobozi w’ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, Charles Nditije avuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye yatukishije igihugu ubwo yahaga ingoma mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan. Perezida Ndayishimiye yatanze iyi mpano tariki ya 17 Nyakanga 2021 ubwo yari yasuwe na Perezida Samia mu ruzinduko bombi basinyiyemo amasezerano atandukanye y’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Charles Nditije mu […]
Bamporiki abona APR FC ikwiye gukinisha abanyamahanga kugira ngo ihe Abanyarwanda ibyishimo
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard abona ko ikipe ya APR FC ikwiye gukinisha abakinnyi barimo abanyamahanga kugira ngo irusheho guha Abanyarwanda ibyishimo. Uyu muyobozi yabitangarije mu kiganiro Urubuga rw’Imikino cyo kuri Radio Rwanda, yari yatumiwemo kuri uyu wa 21 Nyakanga 2021. APR FC ni ikipe ikunze gutwara ibikombe hano mu […]
Rulindo: Inka yivuganye umusaza
Umusaza Nkekabahizi Claver w’imyaka 80 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Tumba w’Akarere ka Rulindo, mu masaa saba y’amanywa yo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021 yishwe n’inka yari avuye kugura. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Manirakiza Jean Bosco yabwiye Kigali Today dukesha aya makuru ko urupfu rw’uyu musaza rwabaye ubwo yageragezaga guhunga iyi nka […]
Japan: Umugande watorotse avuga ko iwabo nta mibereho yishyikirije ubuyobozi, bitewe n’igitutu
Julius Ssekitoleko, umukinnyi uterura ibiremereye wari waraserukiye Uganda mu mikino ya Olempike iri kubera mu Buyapani, yishyikirije ubuyobozi nyuma y’iminsi ine ahigishwa uruhindu, aho yari yaratangaje ko yatorotse. Ssekitoleko wari mu kato muri hoteli yo mu Buyapani mbere y’uko iyi mikino itangira, yabuze ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo ababishinzwe bari bagiye kumupima icyorezo cya […]
Pegasus: U Rwanda ruravugwaho kugerageza gukurikirana telefone z’abakomeye muri Uganda n’umukobwa wa Rusesabagina
Umuryango mpuzamahanga w’itangazamakuru rikora ubucukumbuzi ku byaha bitegurwa n’ibya ruswa, OCCRP uvuga ko Leta y’u Rwanda yaba yaba yaragerageje gukurikirana telefone za bamwe mu bakomeye mu bihugu by’akarere n’abandi barimo umukobwa wa Paul Rusesabagina, Carine Kanimba, rwifashishije ‘application’ yitwa Pegasus. Ni amakuru uyu muryango ukesha ubushakashatsi uvuga ko wakoze hamwe n’itsinda ry’abanyamakuru bahurijwe hamwe n’igitangazamakuru […]
Igihugu kibyaye igihunyira ubwo cyibarutse ubutinganyi_Sadate
Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports yagaragaje ko ababajwe n’uko Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abagore ikina Basketball, Tierra Monay Henderson, aherutse kwambikwa impeta y’urukundo n’uwo bahuje igitsina. Inkuru yo kwambikwa impeta kwa Tierra Monay yatangiye gusakara, inavugwaho cyane guhera kuri uyu wa 19 Nyakanga 2021 nyuma y’igihe gikabakaba amezi abiri iki gikorwa kibaye. Mu bayivuzeho […]
Abagabo babiri bagerageje kwica Col. Goïta uyoboye Mali
Abagabo babiri kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021 bagabye igitero kuri Perezida wa Mali w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta, umwe agerageza kumutera icyuma, ariko Imana ikinga akaboko. France 24 dukesha iyi nkuru ivuga ko Col. Goïta yagabweho iki gitero ubwo yari mu isengesho ry’igitambo Eid al-Adha mu musigiti uherereye mu mujyi wa Bamako. Abashinzwe umutekano wa […]
Ituri: Abarwanyi ba ADF barimo Abanyarwanda barambitse intwaro
Abarwanyi barimo 7 b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bakoreraga mu Ntara ya Ituri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) baherutse kurambika intwaro. Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko aba barwanyi (ntabwo amazina yabo yatangajwe) barimo batanu b’Abanyekongo na babiri b’Abanyarwanda; bose bakaba bararambitse intwaro hagati ya tariki ya 15 na 17 Nyakanga 2021. Barimo […]
Basketball: Kapiteni w’Amavubi y’abagore yambitswe impeta n’uwo bahuje igitsina

Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda y’abagore ikina Basketball, Tierra Monay Henderson aherutse kwambikwa impeta n’umukunzi we w’umukobwa witwa Amanda Thompson wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Iyi nkuru Kapiteni Monay yayitangarije ku rubuga rwa Instagram tariki ya 21 Gicurasi 2021 ubwo yari muri USA, ashyiraho amafoto arimo igaragaza Amanda amuterera ivi n’imugaragaza asa n’ugiye […]
RDC: Umudepite arasaba ko Leta yamanura ibiciro by’inkwano
Umudepite wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) witwa Daniel Mbau arasaba guverinoma ko yashyiraho ibiciro by’inkwano bidahinduka kandi bidahanitse. Depite uhagarariye ishyaka MLC mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa 17 Nyakanga 2021 yaganiriye na 7SUR7, avuga ko yifuza ko inkwano ku mukobwa wo mu mujyi itarenga amadolari ya Amerika 500, naho ku wo […]
Bishop yirukanye abapasiteri 40 abahora kwinjiriza itorero amafaranga make
Bishop David Oyedepo washinze itorero rya Living Faith Church muri Nigeria yirukanye abapasiteri bari bayoboye amashami 40, abahora kwinjiriza iri torero amafaranga make. Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru Pulse, iyirukanwa ry’aba bapasiteri ryahishuwe n’umwe muri bo witwa Peter Godwin wakoraga iyi nshingano ku rusengero ruherereye mu gace ka Ikere-Ekiti kuva tariki ya 28 Kanama 2020. Yagize ati: […]
Ikigo cyo muri Israeli cyongeye gushinjwa kwinjirira telefone zirimo iz’Abanyarwanda mu buryo bw’ubutasi
Ikigo cyo muri Israeli gitanga serivisi y’ubutasi bwifashisha ikoranabuhanga, NSO Group, cyongeye gushinjwa kwinjirira telefone z’abantu batandukanye mu bihugu bimwe na bimwe birimo u Rwanda, gikoresheje ‘application’ yacyo yitwa Pegasus. Ibindi bihugu bivugwa ni Azerbaijan, Bahrain, Hungary, u Buhinde, Kazakhstan, Mexique, Maroc, Arabie Saoudite, Togo na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Igitangazamakuru Forbiden Stories cyo […]
Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yasubiye mu rugo yambaye akarindamasasu
Umugore wa nyakwigendera Jovenel Moïse wari Perezida wa Haïti mbere y’uko yicwa tariki ya 7, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021 yasubiye iwe mu rugo yambaye agakote kamurinda amasasu. Uyu mugore, Martine Moïse, ni ubwa bwa mbere yageze mu rugo, nyuma yo kurokoka igitero we n’umugabo we bagabweho. Yari avuye mu bitaro byo muri Leta […]
Gen. Ndima agiye kwimurira ibiro muri Beni
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Lt. Gen. Ndima Constant yatangaje ko agiye kwimurira ibiro bye mu mujyi wa Beni, avuye mu wa Goma. Gen. Ndima yabimenyesheje itangazamakuru kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021, asobanura ko agiye kubikora kugira ngo yongerere imbaraga operasiyo y’ingabo za Leta ku mutwe witwaje […]
Ethiopia: TPLF yarekuye bamwe mu basirikare yari yarafashe, abandi izababuranisha
Umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bwa Leta ya Tigray uvuga ko warekuye abasirikare1000 ba Leta ya Ethiopia mu babarirwa mu 6000 wari warafashe mpiri. Byatangajwe n’umuyobozi w’ishyaka rya TPLF, Debretsion Gebremichael mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021. Gebremichael yavuze ko abasirikare bafite amapeti mato ari bo […]
Joseph Kabila yarangije amasomo y’icyiciro cya nyuma cya kaminuza
Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 16 Nyakanga 2021 yarangije amasomo y’icyiciro cya nyuma (PhD) muri Kaminuza ya Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Ni nyuma y’imyaka ikabakaba ine amaze yiga mu ishami rya politiki n’umubano mpuzamahanga (Political Science and International Relations) riri muri iyi kaminuza, yifashisha iyakure. […]
Minisitiri Busingye ‘yaremeye’ uwamusabiye agafuka k’umuceri kuri Twitter
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa ya Leta, Busingye Johnson kuri uyu wa 17 Nyakanga 2021 yoherereje amafaranga uwamusabye agafuka k’umuceri uzamubeshaho muri iki gihe cya Guma mu Rugo. Saa mbiri n’umunota umwe z’igitondo cy’uyu munsi ni bwo Minisitiri Busingye nk’uko asanzwe abigenza, yageneye abakoresha Twitter ubutumwa bwo kwitwararika bakirinda icyorezo cya Covid-19. Yagize ati: “Mwaramutse #RwOT […]
Hari abanyabyaha bajya kwihisha mu Rwanda_Perezida Ndayishimiye
Perezida wa Repubulika y’u Burundi kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko hari abanyabyaha bajya kwihisha mu Rwanda, bikavugwa ko baburiwe irengero. Ni igisubizo yatanze ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ba Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI na France 24, iby’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi bivugwa ko baburiwe irengero, cyane cyane abayoboke b’ishyaka CNL. Perezida Ndayishimiye yavuze ko icyo azi […]
RED Tabara yahakanye ibyo kwifatanya n’imitwe irimo Gumino na Twirwaneho
Umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi wahakanye ibyo kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu misozi ya Minembwe, Teritwari ya Fizi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ni nyuma y’itangazo Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Gen. Maj. Léon-Richard Kasonga yashyize hanze tariki ya 12 Nyakanga 2021, ryamagana ibitero by’imitwe yitwaje intwaro yihurije mu […]
Minisitiri Gatabazi yasabye abashyizwe muri Guma mu Rugo kudakora ingendo bajya gushaka imibereho
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abashyizwe muri Guma mu Rugo kwirinda gukora ingendo bajya gushaka imibereho kuko Leta yabatekerejeho, yiteguye kubagaburira. Minisitiri Gatabazi yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda nyuma y’itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021. Mu byemezo byafashwe harimo Guma mu Rugo ku turere 8 […]
Uganda iri gukora ‘ibishoboka byose’ ngo imipaka iyihuza n’u Rwanda ifungurwe
Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Henry Okello Oryem yatanze icyizere ko imipaka ihuza igihugu cye n’u Rwanda ifungurwa mu gihe cya vuba. Minisitiri Okello yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Xinhua News, ku murongo wa telefone, ubwo yabazwaga intambwe ibihugu byombi bimaze gutera mu kugerageza kuzahura umubano umaze imyaka hafi itatu utifashe neza. […]
Afurika y’Epfo ikeneye abasirikare 25,000 bo guhagarika abigaragambiriza ifungwa rya Zuma
Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje ko igihugu gikeneye abasirikare 25,000 bo guhagarika abigaragambiriza ifungwa ry’uwabaye Umukuru w’Igihugu, Jacob Zuma. Byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo w’iki gihugu, Nosiviwe Mapisa-Nqakula kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021, ubwo yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Yagize ati: “Nasabye abasirikare 25,000.” Iyi myigaragambyo iri kubera mu ntara ya KwaZulu Natal yatangiye […]
Minembwe: Imitwe yitwaje intwaro yahuje imbaraga
Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021 zatangaje ko mu misozi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo havutse ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro. Umuvugizi w’izi ngabo, Gen. Maj. Léon-Richard Kasonga mu itangazo yashyizeho umukono uyu munsi, yavuze ko iri huriro ryitwa MFRD (Mouvement Féderal pour […]
Rusizi: Batandatu bafunzwe bakurikiranweho gusagararira umucamanza
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu bagaragaye basagararira umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi. Mu butumwa RIB yacishije ku rubuga rwa Twitter, yatangaje iti: “RIB yafunze batandatu bakurikiranweho gusagararira umucamanza no kuvogera inyubako y’urukiko rw’ibanze rwa Kamembe tariki ya 9 Nyakanga 2021.” Aba baturage bumvikanye mu […]
Covid-19: USA yongereye u Burundi mu bihugu byibasiwe kurusha ibindi
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, CDC, cyongereye u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byibasiwe n’icyorezo cya Covid-19 kurusha ibindi ku Isi. Ni nyuma y’iminsi 6 iki kigo gishyize u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bifite ubwandu buke bw’iki cyorezo ku Isi, aho byagaragaraga ko iki gihugu ari cyo kimeze […]
Kenya: Umugabo ufite igitsina ‘kidafata umurego’ araregwa gusambanya umwana
Umunyakenya witwa Francis Wafula araregwa gusambanya umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko, mu gihe we avuga ko atabibasha kuko igitsina cye kimaze imyaka igera kuri itanu kidafata umurego. Imbere y’umucamanza, Wafula yagize ati: “Ibivugwa sinabasha kubikora kubera ko ubugabo bwanjye ntibukora kuva mu 2016. Buri gihe iyo nshatse kubikora n’umugore wanjye, nkoresha TNT20.” TNT20 ni ibinini binyobwa, […]
Ingabo z’u Rwanda ntizizakorana n’iza SADC muri Mozambique
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko ingabo z’iki gihugu ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique zitazakorana n’iz’umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo ya Afurika, SADC, zigiye koherezwayo. Col. Rwivanga yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Taarifa, nk’uko bigaragara mu nkuru iki gitangazamakuru cyashyize hanze kuri uyu wa 12 Nyakanga […]
EU igiye kohereza abasirikare bazajya batoza ingabo za Mozambique
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) wafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare bazajya baha imyitozo ingabo za Mozambique ziri ku rugamba rwo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Brussels mu Bubiligi, yahurije hamwe ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021. Nk’uko ibiro […]
Haïti: Umuganga yatawe muri yombi, akekwaho kuba inyuma y’urupfu rwa Perezida
Polisi ya Haïti yatangaje ko yataye muri yombi umuganga witwa Christian Emmanuel Sanon, imukekaho kuba inyuma y’umugambi wo kwica uwari Perezida, Jovenel Moïse tariki ya 7 Nyakanga 2021. Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Haïti, Léon Charles yavuze ko muganga Sanon ukomoka muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), yageze muri iki […]
Perezida Ndayishimiye yageze i Kinshasa

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021 yasesekaye mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Kinshasa. Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kinshasa, Perezida Ndayishimiye yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa RDC, Sama Lukonde. Biteganyijwe ko Perezida Ndayishimiye yakirwa na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi mu biro bye, […]
Ubucamanza bwanenze abashatse gukubita umucamanza n’umwanditsi w’urukiko

Urwego rw’Ubucamanza kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021 rwasohoye itangazo rinenga abaturage bo mu Karere ka Rusizi bari bagiye gukubitira umucamanza n’umwanditsi w’urukiko mu rukiko rw’ibanze rwa Kamembe. Uru rugomo rwabaye tariki ya 9 Nyakanga ubwo aba bagore bari bimina bitemewe bikoresha ihererakanya ry’amafaranga rizwi nka ‘pyramid’ batari banyuzwe n’umwanzuro w’urukiko wo kurekura by’agateganyo umwe […]
Burundi: Abayobozi basenye inzu z’abaturage bategetswe kuzisubiza uko zari zimeze
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Gervais Ndirakobuca yategetse abayobozi bo mu nzego z’ibanze bihaye ububasha bwo gusenyera abaturage mu gace ka Mugoboka mu Ntara ya Bujumbura, kongera kuzubaka bikaba birangiye mu byumweru bibiri. Minisitiri Ndirakobuca yafashe iki cyemezo ubwo yari yasuye aka gace kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021, nyuma yo gutabazwa n’abaturage bavuze ko […]
Mike Karangwa yavuze ko ikibazo cye na M.Irene kiri mu butabera
Umunyamakuru Mike Karangwa yashyize hanze ukuri kwe ku kibazo cye na mugenzi we Murindahabi Irene wamushinje kuba mu mugambi wo gushaka kumutandukanya n’itsinda ry’abahanzi, Vestine & Dorcas, binyuze ku babyeyi babo. Byose yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri shene ya YouTube ye ku mugoroba wo kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021, cyitabiriwe kandi na Nzizera Aimable […]
U Burundi bwakuye urujijo ku ifoto yavugishije benshi

Kuva kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ifoto y’abantu batatu bagaragara nk’abana batoya, bambaye impuzankano (uniforme) y’igipolisi cy’u Burundi. Abenshi bibajije niba aba ari abapolisi b’u Burundi, bamwe bavuga ko bitashoboka kuko ngo “ari abana batoya”. Hari abavuze ko bashobora bibye iyi mpuzankano ababyeyi babo cyangwa abo mu miryango, bashaka kwifotoza […]
Afurika y’Epfo: Minisitiri w’Ingabo avuga ko ari ikibazo kuba ingabo z’u Rwanda zatanze iza SADC muri Mozambique
Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo, Nosiviwe Mapisa-Nqakula ko ari ikibazo kuba ingabo z’u Rwanda zageze muri Mozambique mbere y’iz’umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo ya Afurika, SADC. Minisitiri Mapisa-Nqakula yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri SABC News tariki ya 10 Nyakanga 2021, hashize amasaha make u Rwanda rutangiye kohereza abasirikare n’abapolisi mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya […]
RDF muri Mozambique, Gen. Nyakarundi i Bujumbura, FDLR barambika intwaro…mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 5 Nyakanga 2021 cyaranzwe n’inkuru zitandukanye, iz’ingenzi ziganjemo izivuga ku mutekano, ubuzima, politiki n’imiyoborere. Muri zo harimo: Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique Leta y’u Rwanda tariki ya 9 Nyakanga 2021 yatangiye kohereza ingabo mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado yo muri Mozambique imaze imyaka 3 yibasirwa n’ibikorwa by’iterabwoba […]
RDC: Karidinali Monsengwo yitabye Imana
Laurent Monsengwo Pasipanya, umwe muri ba Karidinali Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yari ifite, yitabye Imana kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021 azize uburwayi. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’abarimo Karidinali Fridolin Ambongo, wanyujije ku rubuga rwa Twitter ati: “Mbabajwe no kumenyesha umuryango w’abakirisitu gatolika n’inshuti zose inkuru y’urupfu rwa Karidinali Laurent Monsengwo.” Karidinali Ambongo […]
Imyaka 23 irashize: Laurent Kabila akura Gen. Kabarebe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo
Kuva tariki ya 11 Nyakanga 1998 kugeza kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021, hashize imyaka 23 Gen. James Kabarebe (yari afite ipeti rya Colonel) asimbujwe Gen. Célestin Kifwa wari muramu wa Laurent Désiré Kabila ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo-Kinshasa. Ni icyemezo Laurent Kabila wari Umukuru w’Igihugu yafashe mu gihe bivugwa ko we na […]
Uwabeshye ko Perezida Museveni yapfuye yafashwe
Polisi ya Uganda yataye muri yombi umusore w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Karere ka Luwero witwa Jamilu Ssekyondwa, akaba yashakishwaga nyuma yo kubeshya ko Umukuru w’Igihugu, Perezida Yoweri Museveni yapfuye. Umuyobozi wa Polisi ya Luwero w’agateganyo, Patrick Maikula yabwiye itangazamakuru ko uyu musore yatawe muri yombi, hifashishijwe ubutumwa n’ibiganiro yagiriye ku rubuga rwa WhatsApp. Maikula […]
Igihe ingabo za SADC zizasangira iz’u Rwanda muri Mozambique cyamenyekanye
Umuryango ugizwe n’bihugu biri mu majyepfo y’umugabane wa Afurika, SADC, watangaje igihe uzoherereza ingabo zawo mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yo ku wa 7 Nyakanga Umuvugizi wa SADC, Stergomena Tax yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye amumenyesha iyi gahunda, izohereza izi ngabo tariki ya 15 Nyakanga 2021. […]
Goma: Umugore wa Kabila yemereye abimuwe na Nyiragongo ibibanza birimo inzu

Umugore Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Olive Lembe yasezeranyije ab’i Goma bimuwe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ubutaka bufite ubuso bwa hegitari 100, aho buri muryango uzabonamo ikibanza kirimo inzu. Lembe yatanze iri sezerano kuri uyu wa 10 Nyakanga 2021 ubwo yasuraga ibice bigize uyu mujyi byangijwe mu buryo bukomeye n’iruka […]
Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yavuze abihishe inyuma y’urupfu rw’umugabo we
Umugore wa nyakwigendera Jovenel Moïse wari Perezida wa Repubulika ya Haïti, Martine Moïse ku nshuro ya mbere yavuze ababa bihishe inyuma y’igitero bagabweho, cyiciwemo umugabo we mu rukerera rwa tariki ya 7 Nyakanga 2021. Martine uri kuvurirwa ibikomere by’amasasu mu bitaro biri muri leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa […]
Masisi: Abandi barwanyi ba FDLR barambitse intwaro
Umuvugizi wa operasiyo Sokola 2 ikorwa n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) igamije kurandura imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Maj. Njike Kaiko yatangaje ko hari abandi barwanyi barambitse intwaro barimo aba FDLR irwanya Leta y’u Rwanda. Aya makuru akubiye muri raporo y’iyi operasiyo yo kuva tariki ya 20 Kamena 2021 […]
Kenya: Abakomoka mu Rwanda barasaba Leta kubemerera bakaba ubwoko
Abaturage ba Kenya bakomoka mu Rwanda barasaba Leta ko yabemerera bakaba ubwoko (tribe) nk’ubundi bugera muri 43 busanzwe muri iki gihugu. Aba ni abakomoka ku Banyarwanda bavuye mu Rwanda mu bihe by’ubukoloni, bakajya gukoreshwayo imirimo y’ubucakara n’Abongereza, nk’uko Nation dukesha aya makuru yabitangaje. Batanze ubu busabe nyuma y’aho tariki ya 12 Ukuboza 2020, Perezida wa […]
Batanu bafungiwe kurema umutwe w’abagizi ba nabi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze abantu batanu: Nsengiyumva Alphonse, Niyonzima Paul, Micomyiza Flugence, Karibuhungu Benjamin na Mutijima Kadahwema William, bakurikiranweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi. RIB ivuga ko aba bantu bagurishaga ibibanza n’amazu by’abandi, aho b”arebaga inzu cyangwa ubutaka bugurishwa, umwe akigira nyir’inzu, abandi bakigira abakomisiyoneri bashaka abaguzi, hakaba n’abandi bashinzwe gucura ibyangombwa […]
USA yashyize u Burundi mu bihugu bifite ubwandu buke bwa Covid-19
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gushinzwe gukumira no kurwanya indwara, CDC, tariki ya 6 Nyakanga 2021 cyashyize u Burundi mu bihugu bifite ubwandu buke bw’icyorezo cya Covid-19. Uru rutonde ruri mu ibara ry’umuhondo, rurimo rugizwe n’ibihugu 55 birimo ibindi byo muri Afurika nka: Nigeria, Benin, Burkina Faso, Chad, Comores, Côte d’Ivoire, Eswatini, […]
Kisoro: Niyonsaba yabeshye ko yabyaranye na mushiki we, bigera mu rukiko

Uwitwa Niyonsaba Robert utuye mu Mudugu wa Ndago, Nyarusiza mu Karere ka Kisoro muri Uganda, yigambye kubyarana n’umukobwa yise mushiki we, bigaragara ko yabeshye. Niyonsaba yari asanzwe akorera umugabo witwa Mbarusimana Charles muri Kisoro, amwita se umubyara. Yaje gutera inda uwo byagaragaye ko ari murumuna w’umugore wa Mbarushimana, barabyarana. Mbarushimana byaramubabaje, afata icyemezo cyo kwirukana […]
U Burundi burateganya gushinga ishuri ryigisha gukoresha intwaro ziremereye, indege n’amato
Guverinoma y’u Burundi yemeje itegurwa ry’umushinga wo gushinga ishuri rya gisirikare rizajya ryigisha amasomo arimo gukoresha intwaro ziremereye, indege n’amato. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateraniye i Gitega ku wa 7 Nyakanga 2021, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu, Evariste Ndayishimiye. Leta y’u Burundi irashaka kugabanya amafaranga ikoresha mu gihe yohereza abasirikare bayo kwiga mu mahanga, aho […]