Abacu benshi barimo kuducika…Iyi ni kabutindi_Minisitiri Busingye

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Busingye Johnston ashingiye bukana bwa Covid-19 iri muri iki gihugu n’ubuzima bw’abantu iri gutwara, arasaba Abaturarwanda gukurikiza amabwiriza yose y’ubwirinzi. Mu butumwa amaze gutambutsa ku rubuga rwa Twitter, Minisitiri Busingye yagize ati: “Nshuti, bavandimwe, Covid imeze nabi!!! Abacu benshi barimo kuducika!” Minisitiri Busingye yibukije Abaturarwanda ko […]

Covid-19: USA yashyize u Rwanda mu bihugu byibasiwe kurusha ibindi

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, CDC, tariki ya 6 Nyakanga 2021 cyashyize u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bifite ubwandu buri hejuru cyane bw’icyorezo cya Covid-19. Uru rutonde rugizwe n’ibihugu 54, ruriho ibimaze igihe byibasiwe cyane n’iki cyorezo nk’u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na Afurika y’Epfo, […]

Abakomando b’abacancuro 28 ni bo bishe Perezida wa Haïti

Polisi ya Haïti yatangaje ko abakomando bishe Umukuru w’Igihugu, Jovenel Moise ari abacancuro (mercenaries) 28 barimo 26 baturutse muri Colombia n’Abanyamerika babiri. Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’iki gihugu, Léon Charles yamenyesheje itangazamakuru ko 17 muri aba bakomando bamaze gufatwa, bane barishwe, abandi ntibarafatwa. Charles yatangaje ko abishwe, barasiwe mu mirwano yabo n’abapolisi babahagaritse ubwo bari […]

Hari ibimenyetso simusiga ko Covid-19 mbi cyane iri mu Rwanda

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yavuze ko hari ibimenyetso simusiga byerekana ko Covid-19 yihinduranyije yahawe izina rya Delta yabonetse bwa mbere mu Buhinde, iri mu Rwanda. Minisitiri Ngamije yabitangarije kuri RBA kuri uyu wa 8 Nyakanga 2021, agira ati: “Uko bigaragara, ibipimo turi gufata biri kutwereka ibimenyetso simusiga ko Delta Variant ihari mu Rwanda, turabibona.” […]

Kigali: Umwarimu araregwa kwambura umunyeshuri umukufi wa 1,500,000 Frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuva tariki ya 1 Nyakanga 2021 ruri gukurikirana umwarimu wo mu mujyi wa Kigali uregwa kwaka umunyeshuri yigisha umukufi wa zahabu ufite agaciro ka 1,500,000 y’amafaranga y’u Rwanda. Nk’uko tubikomora kuri Kigali Today, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uyu mwarimu utatangarijwe amazina n’ishuri yigishaho (riherereye […]

Ruhango: Urubyiruko ‘rujya mu Ijuru’ ntirwemera amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Mu Karere ka Ruhango hari abasore n’inkumi bataye imiryango yabo, bavuga ko bagana mu Ijuru, bakaba barateye umugongo gahunda zose za Leta zirimo ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, nko guhana intera no kwambara agapfukamunwa. Umunyamakuru wa RadioTV1 dukesha iyi nkuru ahagana saa moya z’umugoroba wo ku wa 6 Nyakanga 2021, yasanze itsinda ry’uru rubyiruko […]

Rurageretse hagati y’ababyeyi ba Vestine na Dorcas, na Irene Murindahabi

Umwuka ntabwo ari mwiza hagati y’ababyeyi ba Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, abakobwa b’abavandimwe bahanze indirimbo eshatu: Nahawe Ijambo, Papa na Adonai, hamwe na MIE (M. Irene Entertainment) iyobowe na Irene Murindahabi wakoranaga nabo. Iby’uyu mwuka umaze igihe ututumbye bigiye hanze nyuma y’aho Irene Murindahabi asohoye itangazo rivuga ko yahagaritse imikoranire n’aba bakobwa. Murindahabi muri […]

Avuga ko yigeze gufungwa imyaka 8 azira kunga Perezida Kagame na Bizimungu

Umuturage wirwa Hakuzimana Abdul Rashid utuye mu Kagari ka Cyivugiza, Umurenge wa Nyamirambo w’Akarere ka Nyarugenge, avuga ko yigeze gufungwa imyaka 8 azira kunga Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Pasteur Bizimungu yasimbuye ku butegetsi. Hakuzimana uvuga ko muri kamere ye arangwa no kwisanzura, yanditse iyi baruwa mu 2006 ubwo Bizimungu wari umaze […]

Huye: Abakobwa ‘basindishije’ umugabo bakamwiba amafaranga bafashwe

Abapolisi bakorera mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye tariki ya 6 Nyakanga 2021 bataye muri yombi abakobwa babiri: Mutesi Grace w’imyaka 24 na Iradukunda Elyse w’imyaka 21 bakekwaho kwiba amafaranga y’u Rwanda 300,000 umugabo witwa Hategekimana Daniel w’imyaka 40 babanje kumusindisha. Amakuru ari ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda avuga ko aba bakobwa bakekwaho […]

Abakomando bane mu bishe Perezida wa Haïti barashwe, hafatwa bamwe

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Haïti, Leon Charles kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021 yatangaje ko abakomando bane bari mu gatsiko kishe Umukuru w’Igihugu, Jovenel Moïse, nabo bishwe barashwe. Inkuru y’urupfu rwa Perezida Moïse yamenyekanye ku manywa y’ejo, ibiro bya Minisitiri w’Intebe bivuga ko yishwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi bataramenyekana, barimo abavuga ururimi rwa Espagnol. […]

Rubavu: Gitifu yasabye ko ibaruwa yanditse yegura iteshwa agaciro

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba w’Akarere ka Rubavu, Ngabonzima Jean de Dieu, kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021 yasabye ko ibaruwa y’ubwegure aherutse kwandika yateshwa agaciro kuko ngo yayanditse ari ku gitutu. Tariki ya 5 Nyakanga ni bwo mu Karere ka Rubavu hamenyekanye inkuru y’ubwegure “ku mpamvu bwite” bw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari […]

Ruhango: Arashinja Mudugudu kumwaka ruswa y’igitsina yambaye ubusa buri buri

inkari.png

Umugore witwa Dusabimana Claudine utuye mu Mudugudu wa Nyamagana, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango aravuga ko Umuyobozi w’Umudugudu atuyemo yitwikiriye ijoro, ajya kumusaba ruswa y’igitsina kugira ngo ajye amuha uburenganzira bwo gucuruza akabari yisanzuye, bigera aho umuyobozi yiyambika ubusa, atangira kwikinisha. Dusabimana yabwiye BTN TV dukesha iyi nkuru ko Mudugudu yamuteye mu masaa […]

Karasira Aimable yavuze ko adatuye mu Biryogo, ngo atuye muri sitasiyo ya Polisi

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Nyakanga 2021, Karasira Uzaramba Aimable wamenyekaniye mu biganiro kuri YouTube bitavugwaho rumwe yageze imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Umucamanza yatangiye amusomera umwirondoro we, amubaza niba amakuru awuvuzwemo yose ari ukuri. Yabyemeye ariko ahakana ko atuye mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa […]

Perezida wa Haïti yishwe n’abagizi ba nabi, bakomeretsa umufasha we

Perezida wa Repubulika ya Haïti, Jovenel Moise, mu rukerera rw’uyu wa 7 Nyakanga 2021 yishwe arashwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi bataramenyekana, umufasha we na we arahakomerekera. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu byemeje iyi nkuru bivuga ko Perezida Moise n’umugore we bagabweho iki gitero ubwo bari mu rugo rwabo rwihariye, saa saba. Byagize biti: “Ahagana […]

Tanzania irateganya kwikorera inkingo za Covid-19 n’izindi ndwara

Minisitiri w’Ubuzima wa Tanzania, Prof. Abel Makubi yatangaje ko iki gihugu giteganya kwikorera inkingo z’icyorezo cya Covid-19 n’izindi ndwara, mu rwego rwo kugabanya amafaranga gishora mu gihe kizitumiza mu mahanga. Nk’uko tubikesha The Citizen TV, Prof. Makubi yabitangarije mu mujyi wa Dodoma ku wa 5 Nyakanga 2021, ubwo yasobanuraga gahunda igihugu gifite mu kurwanya iki […]

Rubavu: Ba Gitifu baherutse kweguzwa babyanze

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari turindwi mu Karere ka Rubavu byavugwaga ko beguye ku mpamvu zabo bwite, bavuga ko begujwe ku ngufu, ubu bakaba bafashe icyemezo cyo kutegura kugeza igihe bazarenganurirwa. Icyemezo cyo kubeguza cyafatiwe mu nama y’umutekano yahuje abarimo Komite Nyobozi y’Akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abegujwe. Icyo gihe bose ngo bategetswe kwandika amabaruwa, bamenyesha ubuyobozi bw’Akarere […]

Museveni yavuze ko yiteguye kuva ku butegetsi, EAC niba igihugu kimwe

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yatangaje ko yiteguye kuva ku butegetsi amazeho imyaka 37 mu gihe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, waba umaze kuba igihugu kimwe. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Visi Perezida wa Kenya, William Ruto bafatanyije gushyira ibuye fatizo ahazubakwa uruganda rwa Dei BioPharma Ltd ruzajya rukora imiti n’inkingo, igikorwa […]

USA: Inyamaswa ziri guhabwa inkingo za Covid-19

Ubuyobozi bw’urwororero rw’inyamaswa (Zoo) rwa Oakland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko bwatangiye gahunda yo kuzikingira icyorezo cya Covid-19 mu rwego rw’ubushakashatsi. Izi nkingo zakozwe n’abahanga mu gukora imiti y’inyamaswa bo mu kigo cya Zoetis, zemezwa n’ibiro bishinzwe ubuhinzi n’ubworozi, UDSA. Inyamaswa zatangiye guhabwa inyamaswa zirimo: amadubu, intare zo mu misozi miremire, ibisamagwe; […]

Minisitiri Gatabazi yavuze ko umumotari wahondaguwe n’abarimo Gitifu yarenganye

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko umumotari wagaragaye ahondagurwa n’abarimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, yaziraga ubusa kuko nta kosa yari yakoze. Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye video y’iminota ibiri igaragaza uyu mumotari yatangiriwe n’abaturage barimo urubyiruko rw’abakorerabushake na Gitifu Hakuzimana […]

Imyaka 11 irashize: Kabila yategetse ko abasirikare 14 barimo Gen. Ntaganda na Makenga birukanwa mu ngabo za Leta

makenga.jpg

Tariki ya 6 Nyakanga 2012 ni bwo Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umugaba w’Ingabo y’Ikirenga yayoboye inama ya gisirikare ikomeye yafatiwemo icyemezo cyo kwirukana abasirikare bakuru 14 barimo Gen. Bosco Ntaganda na Sultani Makenga. Aba basirikare ni: Gen. Ntaganda, Col. Makenga, Col. Biyoya Karhanga Josué, Col. Byamungu Maheshe […]

Rwanda-Uganda: Dr Kayumba abona ko umubano mubi ushingiye ku myemerere bwite y’abayobozi

Umunyapolitiki Dr Christopher Kayumba mu busesenguzi bwe, abona ko umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda ushingiye ku myemerere bwite y’abayobozi b’ibi bihugu, Paul Kagame na Yoweri Museveni. Dr Kayumba yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Bwiza TV, cyibandaga ku mubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye, cyatambutse kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021. Aha yagize ati: […]

Ethiopia yaciye amarenga ko yazinjiza urubyiruko rwinshi mu ntambara na TPLF

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yaciye amarenga ko bibaye ngombwa mu gihe kiri imbere igihugu cye cyazinjiza urubyiruko rwinshi mu ntambara gihanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF urwanira ubwigenge bwa Leta ya Tigray. Minisitiri Abiy yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021, cyabaye nyuma y’aho abarwanyi ba […]

Gatsibo: Bamaze iminsi 15 bategereje umurambo w’umusore wabo wapfuye ari n’umukunzi we, ngo bawushyingure

Umuryango utuye mu Kagari ka Karenge, Umurenge wa Kabarore w’Akarere ka Gatsibo umaze iminsi 15 utegereje umurambo w’umusore wapfuye ari kumwe n’umukunzi we wari wamusuye mu icumbi (ghetto). Inkuru y’urupfu rw’uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko yamenyekanye tariki ya 20 Kamena 2021, aho byahwihwiswaga ko yapfuye ari gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa bakundanaga. Icyo gihe, Meya w’Akarere […]

Rulindo: Abaturage bahondaguye umumotari, bamugaragura hasi, baranamuboha

Abaturage barimo urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Rulindo bagaragaye bahondagura umumotari wari uhetse imizigo, bamuziza ko yari ayijyanye mu Karere ka Gakenke kandi ngo bihabanye na gahunda ya Guma mu Karere yashyizweho na Guverinoma. Muri videwo yashyizwe ku rubuga rwa Twitter n’umuryango CLADHO uharanira uburenganzira bw’ikiramwamuntu, aba baturage bagaragara batongana n’uyu mumotari wari ugeze hafi […]

Ethiopia igiye gufunga ambasade zayo 30 bitewe n’ibibazo irimo

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021 yatangaje ko igihugu cye kigiye gufunga ambasade 30 muri 60 cyari gisanzwe gifite. Uyu Mukuru wa Guverinoma yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abagize inteko ishinga amategeko, asobanura ko ari icyemezo cyafashwe kugira ngo hagabanywe ubwinshi bw’amafaranga akoreshwa na ambasade. Minisitiri Abiy mu nkuru ya […]

Uganda: Minisitiri w’Intebe yahaye itorero miliyoni 50 Shs kugira ngo rivemo ideni rya banki

Minisitiri w’Intebe wa Uganda mushya, Hon. Robinah Nabbanja yahaye Itorero rya Angilikani atabereye umuyoboke umushahara we wa mbere w’amashilingi (Shs) miliyoni 50 kugira ngo rishobora kwivana mu ideni ryafashe muri banki. Hon. Nabbanja yabikoze kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021 ubwo yari yitabiriye gahunda y’amasengesho yabereye ku rusengero ruherereye mu gace ka Namirembe mu murwa […]

RDC: Abadepite basabye Leta kugurisha Jeep yari yarabaguriye

Abadepite bane bahagarariye ishyaka EciDé rya Martin Fayulu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basabye ko imodoka za Hyundai Jeep 4×4 baguriwe zagurishwa, amafaranga agasubizwa mu kigega cya Leta, agakoresha mu bikorwa byihutirwa. Nk’uko ibitangazamakuru byo muri RDC byabitangaje, aba badepite bacishije ubu butumwa mu ibaruwa bandikiye Perezida w’Inteko, Christophe […]

Kigali: Umukobwa yakamejeje ubwo abapolisi bamusabaga ibyangombwa

umukobwa2.png

Nyabugogo mu mujyi wa Kigali, mu masaa cyenda y’igicamunsi cyo ku wa 3 Nyakanga 2021, umukobwa wari utwaye imodoka ntoya ya Toyota Corolla yakamejeje ubwo abapolisi bakorera mu muhanda bamusabaga ibyangombwa. BTN TV dukesha iyi nkuru ivuga ko byatangiye umupolisi abaza uyu mukobwa impamvu yaparitse imodoka mu muhanda rwagati, agateza umyvundo, ndetse akanamusaba ibyangombwa bimwererera […]

Ifoto yakunzwe: CP Kabera mu bihe bya kera

e5cttufxmamvkzc.jpg

Kuva mu gitondo cy’uyu wa 4 Nyakanga 2021 wizihirijweho isabukuru y’imyaka 27 u Rwanda rumaze rwibohoye, ku mbuga nkoranyambaga bari guhererakanya ifoto ya kera y’abasirikare 6. Aba basirikare ni bamwe muri bari bagize umutwe wa RPA Inkotanyi batangiye kurwana urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990 baturutse muri Uganda, barutsinda mu buryo bwuzuye tariki ya […]

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi, iyirukanwa ry’abayobozi bakuru hamwe n’ingamba zikaze kuri Covid-19; mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Kamena 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru ziganjemo izirebana n’ububanyi n’amahanga, ubuzima, politiki n’ubutabera. Muri zo harimo: Umubano w’u Rwanda n’u Burundi mu ivugururwa Tariki ya 1 Nyakanga 2021 Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yibiriye umuhango w’isabukuru y’imyaka 59 u Burundi bumaze bubonye ubwigenge, biba ikimenyetso gikomeye cy’uko umubano […]

Col. Goïta uyoboye Mali yoherereje Perezida Kagame ubutumwa

diop-2.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021 yakiriye ubutumwa bwa Perezida wa Mali w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta. Ubu butumwa Umukuru w’Igihugu yabugejejweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mali, Ambasaderi Abdoulaye Diop nk’uko byatangajwe n’ibiro bye, Village Urugwiro mu kanya gashize. Ibi biro byagize biti: “Uyu munsi muri Village […]

Gen. Ibingira yarasimbujwe

Umugaba w’Inkeragutabara, Gen. Fred Ibingira yasimbujwe Maj. Gen. (Rtd) Ambasaderi Frank Mugambage wigeze guhagararira u Rwanda muri Uganda, mu buryo bw’agateganyo. Izi mpinduka zigaragara ku rubuga rwa Minisiteri y’Ingabo, mu mwanya (portal) wagenewe abayobozi mu ngabo z’iki gihugu, gusa ntituramenya igihe zabereyeho. Byashoboka ko gusimbuzwa kwa Gen. Ibingira kwaba gufitanye isano n’ikosa ryo kubutahiriza amabwiriza […]

Misiri: Ikipe ya Iranzi Jean Claude irashaka Dani Alves wakanyujijeho muri Barça

iranzi.jpg

Ikipe yo mu Misiri ya Pharco FC ikinamo Umunyarwanda Iranzi Jean Claude irashaka gusinyisha Dani Alves wakanyujijeho muri FC Barcelona (Barça) kugira ngo ajye ayikinira. Igitangazamakuru Goal gikora inkuru za siporo dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi gahunda yatangajwe na nyir’iyi kipe, Shreen Helmy ubwo yari imaze kubona itike yo kujya muri shampiyona y’icyiciro cya […]

Uganda: Covid-19 yishe ba Dogiteri 16 mu byumweru bibiri

Umuryango w’abaganga muri Uganda, UMA, uvuga ko mu byumweru bibiri bishize, abaganga 16 bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Umunyamabanga Mukuru wa UMA, Dr Mukuzi Muhereza yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Radio Capital FM kuri uyu wa 3 Nyakanga 2021. Dr Muhereza yavuze ko izi mfu zatewe n’uko abaganga bahura cyane n’abarwayi b’iki cyorezo, hakiyongeraho ikibazo cyo […]

Twarwaniye ukwibohora kugira ngo tubone ubwigenge_Tito Rutaremara

Umunyapolitiki Tito Rutaremara abona ko umunsi wo kwibohora u Rwanda rwizihiza tariki ya 4 Nyakanga ufite agaciro gakomeye kurusha uw’ubwigenge wo ku wa 1 Nyakanga. Rutaremara yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa The New Times cyerekeye umunsi wo kwibohora. Yagize ati: “Twaranwanye kugira ngo tubone ubwigenge, kandi twashatse kuba igihugu gifite ubwigenge. Abantu babubonye baraburwaniye.” […]

Gazi yo muri Kivu ituritse, yakwica abagera kuri miliyoni 1_Minisitiri Budimbu

Minisitiri ushinzwe ibyijanye n’ingufu zo mu mazi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Didier Budimbu Ntubwanga yatangaje ko hari ibyago by’uko gazi iba mu kiyaga cya Kivu yazaturika, igahitana ubuzima bw’abagera kuri miliyoni imwe mu gihugu cye no mu Rwanda. Minisitiri Budimbu yabitangarije mu nama y’abaminisitiri yabaye tariki ya 2 Nyakanga 2021, ashingiye ku […]

Jacob Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo yakoze imyigaragambyo

anc.png

Jacob Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo n’amagana y’abamushyigikiye kuri uyu wa 3 Nyakanga 2021 bakoreye imyigaragambyo mu gace ka Nkadla atuyemo, bamagana icyemezo cy’urukiko cyo kumufunga amezi 15. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byabitangaje, Zuma yagaragaye anyura hagati mu kivunge cy’abamushyigikiye bari bafite amabendera y’ishyaka rye, ANC, akikijwe n’abarinzi bambaye impu z’ingwe, bafite amacumu […]

Kamonyi: Abayobozi bane barimo ba Gitifu babiri na rwiyemezamirimo bafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuva kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021 rufungiye mu Karere ka Kamonyi abayobozi bane barimo abanyamabanga nshingwabikorwa (ba Gitifu) babiri bakekwaho kunyereza umutungo wo muri gahunda yo kongera ibyumba by’amashuri. Aba barimo: Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Bizimana Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukinga, Niyonzima Jean Rene, […]

Burundi: Iby’amasezerano ‘yo gusahura igihugu’ byasubiwemo

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu muhango wo kwizihiza umunsi w’ubwigenge kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021, yatangaje ko amasezerano yise ayo gusahura igihugu abayobozi basinyanye n’abanyamahanga agiye guseswa. Aya masezerano ni ajyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Perezida Ndayishimiye avuga ko aba banyamahanga bagiye basahura igihugu babifashijwemo n’Abarundi. Yagize ati: “Hari Abarundi bagiye bakorana […]

Perezida Kagame yirukanye Dr Anita Asiimwe ku buyobozi bukuru bwa NCD

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021 ashingiye ku Itegekonshinga ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo y’115, yirukanye ku nshingano Dr Aniita Asiimwe wari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, NCD. Ntabwo iri tangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente […]

El Clasico y’abakanyujijeho igiye kuba

Ikipe ya FC Barcelona yo muri Esipanye kuri uyu wa 2 Nyakanga yatangaje umukino uzahuza abari abakinnyi bayo bakanyujijeho n’aba Real Madrid, tariki ya 20 Nyakanga 2021. Bigaragara mu itangazo iyi kipe yanyujije ku rubuga rwayo, iti: “El Clasico nshya yemejwe. Abakanyujijeho muri Barça vs Abakanyujijeho muri Real Madrid tariki ya 20 Nyakanga.” Iyi kipe […]

Rulindo: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya mushiki we

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze Nkunzimana Théogène, umusore w’imyaka 18 y’amavuko wo mu Kagari ka Marembo, Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Rulindo, rumukekaho gusambanya mushiki we w’imyaka 7. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Marembo yabwiye itangazamakuru ati: “Ni byo koko Nkunzimana Théogène akurikiranweho icyaha cyo gufata ku ngufu mushiki we. Byabaye mu cyumweru gishize.” Gitifu […]

Perezida wa Afurika y’Epfo yashyizeho umusimbura by’agateganyo

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021 yashyizeho umusimbura ku nshingano y’Umukuru w’Igihugu mu buryo bw’agateganyo. Uwo yahaye iyi nshingano ni Angie Motshekga usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi bw’Ibanze nk’uko itangazo ryasohowe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu ribivuga. Rigira riti: “Perezida Cyril Ramaphosa yashyize Minisitiri w’Uburezi bw’Ibanze, Madamu Angie Motshekga ku nshingano ya […]

Covid-19: Pasiteri yatangiye kubumba amatafari yo kugurisha, nyuma y’ifungwa ry’insengero

fb_img_16252096517297568.jpg

Nyuma y’aho Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni afatiye ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 zirimo gunga insengero, Pasiteri witwa Tom Mpande yafashe icyemezo cyo gutangira akazi ko kubumba amatafari. Daily Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko Pasiteri Mpande asanzwe ayobora itorero ryitiriwe Pasiteri Tom Mugerwa muri Uganda, akaba afite abana 13 yabyaye. Birumvikana ko […]

Si impano, si ruswa_Perezida Tshisekedi kuri Jeep 500 zateje impaka

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi yavuze ko imodoka 500 z’ubwoko bwa Hyundai Jeep 4×4 zagenewe abadepite atari impano cyangwa ruswa nk’uko bamwe babigiyeho impaka. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku gitangazamakuru cy’igihugu, RTNC, cyabereye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021. Intandaro y’izi mpaka […]

Perezida Kagame arifuza guhura na Ndayishimiye imbonankubone

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yamenyesheje mugenzi we w’u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye ko yifuza ko bazahura imbonankubone mu rwego kwigira hamwe uko umubano w’ibihugu byombi warushaho gukomera. Bigaragara mu butumwa Umukuru w’Igihugu yandikiye Perezida Ndayishimiye tariki ya 28 Kamena 2021, ubwo yari amaze kumutumira ngo azitabire umuhango wo kwizihiza imyaka 59 u […]

Ibya kera turi kubirangiza_Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Ndayishimiye ku Rwanda

fb_img_16251320078030937.jpg

Nk’uko Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yabivuze, byari nk’igitangaza kubona umuyobozi mukuru mu Rwanda nka Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente amanuka akajya kwifatanya n’Abarundi kwizihiza umunsi ukomeye, mu gihe ibihugu byombi bimaze imyaka irenga itanu bitabanye neza. Dr Ngirente kuri uyu wa 1 Nyakanga yahagarariye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu […]

Perezida Tshisekedi yahishuye ko yavuganye na Perezida Kagame ku kibazo cya Rapport Mapping

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi, yahishuye ko yavuganye na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku kibazo cya ‘Rapport Mapping’ yerekeye ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu cye. Perezida Tshisekedi yabihishuriye mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique cyibandaga ahanini kuri gahunda ye y’imiyoborere, mu mujyi wa Goma tariki […]

Perezida Touadéra wa CAR ari mu Burundi

fb_img_16251249963839503.jpg

Perezida wa Repubulika ya CentrAfrika (CAR), Faustin-Archange Touadéra kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021 ari mu Burundi, mu ruzinduko rw’akazi. Mu masaha 13 ashize, ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa CAR byatangarije ku rubuga rwa Facebook ko Perezida Touadéra ari ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mpoko I Bangui yitegura kujya mu Burundi. Byagize biti: “Burundi: Perezida […]

Mukeshabatware Dismas yabayeho umusirikare_Pasiteri Uwimana

uwimana.jpg

Pasiteri Uwimana Jean Pierre, umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda wamamariye ku izina rya Kavuna mu Ikinamico y’Itorero Indamutsa, avuga ko nyakwigendera Mukeshabatware Dismas yabayeho umusirikare. Ku gicamunsi cy’ejo tariki ya 30 Kamena 2021 ni ho hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Mukeshabatware wamenyekaniye muri iyi kinamico ndetse no mu kwamamaza igitangazamakuru Imvaho. Abo mu muryango we batangaje […]

RDC: Abasirikare bazobereye mu kurwanira mu mashyamba bongerewe mu bahiga imitwe yitwaje intwaro

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gen. Léon-Richard Kasonga yatangaje ko abasirikare bari guhiga abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu bongerewe ubushobozi. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 29 Kamena 2021, Gen. Kasonga yatangaje ko mu bushobozi aba basirikare bongerewe harimo kuboherereza umutwe w’abazobereye mu kurwanira mu mashyamba. Aba basirikare kandi bahawe […]

Perezida Ndayishimiye abona ko u Burundi bukiri mu ngoyi y’ubukoloni

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 30 Kamena 2021 yatangaje ko igihugu cye kizaba kikiri mu ngoyi y’ubukoloni mu gihe cyose kizaba gisaba imfashanyo zituruka mu mahanga. Ni ijambo rikubiye mu butumwa uyu Mukuru w’Igihugu yageneye Abarundi n’inshuti zabo, mu gihe igihugu cyiteguraga kwizihiza imyaka 59 kimaze kibonye ubwigenge kuri uyu […]

Umugore wateje impanuka ikaze muri Tour de France yatawe muri yombi

Abashinzwe umutekano batangaje ko bataye muri yombi umugore wateje impanuka ikomeye abakinnyi bari mu irushanwa ry’umukino w’amagare rizenguruka u Bufaransa, Tour de France. Iyi mpanuka yabaye tariki ya 26 Kamena 2021 mu gace (étape) ka mbere k’iri rushanwa, umukinnyi Tony Martin wari mu gikundi kinini yagongaga icyapa uyu mugore yari yashyize ku muhanda, ashaka kucyifotorezaho. […]

Magare yakuwe mu ikipe izahagararira u Rwanda muri Olempike, i Tokyo

Muhitira Félicien (Magare) wamamaye mu mukino wo gusiganwa ku maguru, yakuwe mu ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino Olempike izabera i Tokyo mu Buyapani, azira kwikura mu mwiherero. Itangazo ryashyizwe hanze na Komite Olempike y’u Rwanda kuri uyu wa 29 Kamena 2021 rivuga ko Magare “yafashe icyemezo cyo kwikura mu mwiherero w’ikipe olempike atabiherewe uburenganzira […]

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ‘ategerejwe’ mu Burundi

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente bivugwa ko kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021 arasura u Burundi. Aya makuru yatangiye gucicikana ku mbuga z’ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Burundi mu kanya kashize, avuga ko Dr Ngirente araba ahagarariye u Rwanda mu muhango wo kwizihiza imyaka 59 iki gihugu kiraba cyujuje kibonye ubwigenge. Gusa n’ubwo ibi […]

Abanyeshuri bagiye mu biruhuko baramenyeshwa ko ibiciro by’igendo bitahindutse

Urwego rw’igihugu ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa 30 Kamena 2021 rwamenyesheje abanyeshuri bagiye mu biruhuko ko ibiciro by’ingendo bitahindutse. Ni ubutumwa kandi rwamenyesheje ababyeyi b’aba banyeshuri hamwe n’abatwara abagenzi, ruti: “RURA iramenyesha ababyeyi, abatwara abagenzi n’abanyeshuri muri iki gihe bagiye mu biruhuko, ibiciro by’ingendo bitahindutse.” Uru rwego kandi rwatangaje ko nta wemerewe kongera ibi biciro, […]

Ruhango: Umwana yatemye umugabo wasambanaga na nyina umaze amezi abiri apfakaye

Umwana w’imyaka 17 y’amavuko wo mu Kagari ka Gishweru, Umurenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango yatemesheje umuhoro umugabo baturanye witwa Musengimana Arcade ubwo yasangaga asambana na nyina wari umaze amezi abiri apfushije umugabo we. Abaturage baganiriye na televiziyo BTN dukesha aya makuru batangaje ko byabaye mu masaa munani y’urukerera rw’ejo tariki ya 29 Kamena 2021. […]

Abarimu bakorera kure y’iwabo bamenyeshejwe abazabafasha gutaha

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa 29 Kamena 2021 yafashe icyemezo cyo gusoza igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri tariki ya 1 Nyakanga, nk’imwe mu ngamba nshya zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Nyuma y’ibi byemezo, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abanyeshuri biga baba mu bigo batarimo abazakora ibizamini bya Leta, bazafashwa gutaha guhera tariki ya 1 […]