Abazakora ibizamini bya Leta ntibarebwa na gahunda yo gutaha_MINEDUC

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yasobanuye ko abanyeshuri bazakora ibizamini bya Leta baba mu bigo by’amashuri batarebwa na gahunda yo gutaha. Ni nyuma y’aho Guverinoma isohoreye itangazo rivuga ko amashuri aho ava akagera afunga guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021, hakanasohorwa imiterere ya gahunda yo gucyura aba banyeshuri. Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ubwo yari imaze gusohora […]

RIB yagaruje miliyoni 771 Frw muri miliyari 1 Frw yibwe umushoramari

abafashwe.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda zagaruje amafaranga angana n’amanyarwanda (Frw) 771,701,000 muri angana na 1,000,000,000 Frw yari yaribwe umushoramari ukomoka muri Hungary hakoreshejwe ubwambuzi bushukana. Nk’uko RIB yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, hafashwe kandi abakekwaho kuyiba babiri n’ibitso byabo. Muri ibi byitso, harimo Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Rwamagana, […]

Uganda yemeye kwifashisha umuti gakondo mu guhangana na Covid-19

Ikigo cya Uganda gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti, NDA, cyemeye ko umuti gakondo wa Covidex wifashishwa mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Aya makuru yemejwe n’umunyamakuru wa televiziyo NBS muri Uganda ukora inkuru zicukumbuye, Canary Mugume mu gitondo cy’uyu wa 29 Kamena 2021. Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho bamwe mu bahanga mu by’imiti batangarije ko bizeye ko […]

Perezida Ndayishimiye arateganya guhura na Tshisekedi bidatinze

shingiro.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye arateganya guhura na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, mu gihe cya vuba. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro ubwo yagezaga ubutumwa bwihariye bwa Ndayishimiye kuri Tshisekedi, i Goma kuri uyu wa 28 Kamena 2021. Nk’uko ibiro bya Perezida wa RDC […]

Iteka ryerekeye urumogi ryasohotse; menya imiterere y’umutekano w’aho ruzajya ruhingwa

Kuri uyu wa 28 Kamena 2021, mu Igazeti ya Leta n° 24 hasohotse iteka No. 003/MoH/2021 ryo ku wa 25/06/2021 rya Minisitiri w’Ubuzima ryerekeye urumogi n’ibirukomokaho. Iri teka rigizwe n’imitwe itanu irimo: itangwa ry’uruhushya rwo guhinga, gutunganya, gukwirakwiza no gukoresha urumogi, ibisabwa muri rusange mu rwego rw’umutekano n’iy’ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi. Umutwe w’ibisabwa mu […]

Goma-Kinshasa: Ibiciro by’ingendo z’indege bigiye kumanurwaho 59%

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo kumanura ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi zitandukanye, aho umugenzi uva mu mujyi wa Goma ajya muri Kinshasa yagabanyirijweho 59%. Ubusanzwe umugenzi wavaga mu mujyi wa Goma ajya muri Kinshasa, cyangwa se ava muri Kinshasa ajya i Goma yishyuraga amadolari ya Amerika 340. Guverinoma ya RDC yatangaje […]

Abaturage bababajwe cyane n’uko Perezida Kim Jong-un yananutse

Abaturage bo muri Koreya ya Ruguru batangaje ko bababajwe bikomeye n’uko Perezida wabo, Kim Jong-un akomeje kunanuka. Babitangarije mu kiganiro CNN ivuga ko kidasanzwe bagiranye na televiziyo ya Koreya ya Ruguru (KCTV), cyagiye ahagaragara ku wa Gatanu, tariki ya 25 Kamena 2021. Umwe muri bo wise Perezida Kim Umunyamabanga Mukuru[w’ishyaka] yatangarije KCTV ati: “Abantu nanjye […]

Rubavu: Umubare w’abazahazwa na Covid-19 uri hafi kurenga ubushobozi bw’ibitaro bya Gisenyi

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François yatangaje ko umubare w’abazahazwa n’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Rubavu uri kwiyongera, ukaba uri hafi kurenga ubushobozi bw’ibitaro bya Gisenyi biri kubakira. Nk’uko RBA yabitangaje, Guverineri Habitegeko yavuze ko kuva muri Werurwe kugeza ubu, i Rubavu hamaze kuboneka abantu 1400 banduye Covid-19, abarenga 60% bose bakaba barabonetse muri uku […]

Ibaye inshuro ya gatatu abanzi bavuga ko napfuye_Gen. Kainerugaba

Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko kuva yaba umusirikare, abanzi bamubitse ari muzima ubugira gatatu. Gen. Kainerugaba yabitangarije mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 28 Kamena 2021 nyuma y’amakuru yahwihwiswaga avuga ko yaba yapfuye cyangwa arembejwe n’icyorezo cya Covid-19. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri […]

Abahanga mu by’imiti barasaba Uganda kwitabaza ‘umuti wa Covid-19’ wakoreweyo

Umuryango w’abahanga mu by’imiti muri Uganda wasabye guverinoma kwemera ko umuti wa Covid-19 witwa Covidex wakorewe muri iki gihugu wakwitabazwa muri iki gihe kigoye. Ni nyuma y’aho ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti, FDA, muri uku kwezi cyatangaje ko uyu muti utakoreshwa mu gihe uwawukoze, Prof. Patrick Ogwang atigeze akora amasuzuma yawo nk’uko bisabwa n’inzego […]

Uwanga kujya mu kato, akanduza abandi Covid-19, azafungwa imyaka igera kuri itatu

Polisi y’u Rwanda iraburira abandura Covid-19 bakomeje kuva mu kato bakajya mu ruhame, ko uzongera gufatwa bikagaragara ko yanduje abandi, ashobora kuzahanishwa ibihano bikomeye. Byatangajwe n’Umuvugizi w’uru rwego, CP John Bosco Kabera nyuma y’aho abapolisi bari bamaze gufatira muri resitora iherereye mu Karere ka Kicukiro umukobwa wamenyeshejwe ko yanduye Covid-19, ari gusangira n’undi utaranduye. Polisi […]

RDF muri Mozambique, impinduka zikomeye muri UPDF, gutakamba kwa Herman na Sankara, mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 21 Kamena 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, ay’ingenzi yiganjemo arebana n’umutekano, ububera ndetse n’ububanyi n’amahanga. Inkuru zirebana nayo zirimo: Uruzinduko rwa Perezida Kagame na Tshisekedi Tariki ya 25 Kamena 2021 Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Rubavu mu Rwanda, yakirwa na Perezida […]

Abaguye mu gitero cy’i Muramvya barenga 15

Mu ijoro ry’ejo tariki ya 26 Kamena 2021 ni bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro bateze igico imodoka zirimo bisi ntoya yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye abagenzi, n’indi modoka ntoya ya Toyota Probox, muri Komini Rutegama mu ntara ya Muramvya mu Burundi. Amakuru yabanje gusakara ku mbuga zitandukanye zo mu Burundi, yavugaga […]

Uganda yamaganye amakuru avuga ko Museveni yajyanwe mu Budage, arembye

Leta ya Uganda yahakanye inamagana amakuru yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yavugaga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yihutishirijwe mu Budage kugira ngo yitabweho n’abaganga. Aya makuru yitiriwe igitangazamakuru NTV ishami rya Uganda, yavugaga ati: “Perezida wa Uganda byavuzwe ko indege yamujyanye mu Budage arembye, nyuma yo kugira ibibazo byo guhumeka […]

Lt. Gen. Muganga yaciye amarenga ko agiye gusezera ku buyobozi bwa APR FC

e3d6dgewuaq_pmc-d0d15.jpg

Lt. Gen. Mubarakh Muganga kuri uyu wa 27 Kamena 2021 yaciye amarenga ko yaba agiye gusezera ku nshingano y’ubuyobozi bukuru bwa APR FC, ikipe iri mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Nk’uko tubikesha umunyamakuru Jean Luc Imfurayacu, Gen. Muganga yabitangarije abagize Inteko Rusange y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, asobanura uku […]

Gicumbi: Umusore yasohoreye ku mugore mu isoko, arakubitwa, ati ‘namwe byababaho’

Umusore ufite imyaka 22 y’amavuko wari mu isoko mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yasohoreye ku mugore w’undi mugabo, abwira abamutaye muri yombi ko ibyamubayeho ntawe bitabaho. Igitangazamakuru Igicumbi News kivuga ko byabaye hafi saa kumi z’umugoroba ubwo uyu mugore wari kumwe n’umugabo we yari yunamye, ari guhaha amasahani, yumva igitsina […]

Abantu 120 bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo

Abantu 120 ni bo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Simba Ngezayo wari umushoramari ukomeye mu mujyi wa Goma uri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umwavoka w’umuryango wa Simba wemereje itangazamakuru aya makuru, yavuze ko aba batawe muri yombi kuva mu Gushyingo 2020 ubwo nyakwigendera yari amaze […]

Covid-19 ikwirakwira byihuse iri kwibasira Afurika_WHO

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) ku mugabane wa Afurika, Dr Matshidiso Moeti aherutse gutangaza ko uyu mugabane uri kwibasirwa n’icyorezo cya Covid-19 kiri gukwirakwira mu buryo bwihuse burenze ubushobozi bw’ibihugu bimwe na bimwe. Dr Moeti mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye tariki ya 24 Kamena 2021 yavuze ko kuri uyu mugabane hari izamuka rikabije ry’umubare […]

Umucuruzi w’Umunyarwanda aroroherezwa kurusha Umunyekongo_Imwe mu mpamvu RDC yifuza kwinjira muri EAC

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yagaragaje ko imwe mu mpamvu igihugu cye cyifuza kwinjira mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ari ukugira ngo abacuruzi bacyo boroherezwe nk’uko bikorerwa ababa mu bihugu biwugize barimo Abanyarwanda. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wwa 26 Kamena 2021 ubwo yabazwaga ku mpamvu […]

Kicukiro: Uwanduye Covid-19 yafatiwe muri resitora, asangira n’undi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa 26 Kamena 2021 yafatiye muri resitora iherereye mu Murenge wa Nyarugunga w’Akarere ka Kicukiro umukobwa witwa Umugwaneza Liliane byagaragaye ko yanduye Covid-19, asangira n’umusore. Uyu mukobwa wari ufite urugendo, ngo yagiye kwipimisha Covid-19 ku ivuriro ryo kwa Kanimba riherereye mu mujyi wa Kigali tariki ya 25 Kamena […]

Simbona ko cyatunanira_Perezida Kagame ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC

Kuri uyu wa 26 Kamena 2021 ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yari mu ruzinduko mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yavuze ko hari ubushobozi bwo gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke kimaze igihe mu burasirazuba bw’iki gihugu cy’abaturanyi. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo we na Perezida […]

Burundi: Imodoka 8 zaguye mu mutego w’abitwaje intwaro, zimwe ziratwikwa

Mu masaa mbiri y’ijoro ryo kuri uyu wa 26 Kamena 2021, imodoka umunani zari zitwaye abagenzi zaguye mu mutego w’abitwaje intwaro,ubwo zari zigeze muri Komine Rutegama iri mu Ntara ya Muramvya, bamwe bahasiga ubuzima, abandi barakomereka cyane. Urubuga SOS ruvuga ko ubwo izi modoka zageraga aho abitwaje intwaro bari bazitegeye, bahise batwikamo ebyiri zirimo bisi […]

Amafoto: Rudeboy na Alikiba mu isura y’abakomando

fb_img_16246322095076883.jpg

Umuhanzi wo muri Tanzania, Ally Saleh Kiba uzwi nka Alikiba na mugenzi we wo muri Nigeria wahoze mu itsinda rya P-Square, Paul Okoye uzwi nka Rudeboy, bagarageye mu isura y’abakomando. Amafoto aba bahanzi bashyize ku mbuga nkoranyambaga zabo, abagaragaza mu bihe bitandukanye, bambaye imyambaro ya gisirikare, bameze nk’abari ku rugamba. Aya mafoto yafatiwe mu mashusho […]

Umugore wa McAfee avuga ko ari ikinyoma kuvuga ko umugabo we yiyahuriye muri gereza

Umugore wa John McAfee wakoze ubwirinzi (anti-virus) bwa mudasobwa bwa ‘McAfee’, Janice McAfee ntiyemeranya na Guverinoma ya Esipanye ivuga ko umugabo we yiyahuriye muri gereza. Kuri uyu wa 24 Kamena 2021 ni bwo Minisiteri y’Ubutabera ya Esipanye yatangaje ko uyu Munyamerika yapfiriye muri kasho ya polisi muri Barcelona. Urupfu rwe rwakurikiye icyemezo cy’urukiko rwo muri […]

Perezida Tshisekedi wa RDC ari mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu kanya gashize yakiriye mu Karere ka Rubavu Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi. Perezida Tshisekedi wageze mu Karere ka Rubavu avuye mu mujyi wa Goma bihana imbibi, yakiriwe na Perezida Kagame ku mupaka munini uzwi nka La Corniche, bakomerezaho basura ibikorwa byagizweho […]

U Rwanda ruracyarimo amadeni arenga miliyari 27 Frw yo ku bwa Habyarimana

Umugenzuzi Mukuru wa Leta, Obadiah Biraro, aherutse kugaragaza ko hari amadeni afite agaciro k’amafaranga 27,365,921,353 Frw yafashwe ku butegetsi bwa Juvénal Habyarimana, u Rwanda rutarishyura. Nk’uko The Chronicles dukesha iyi nkuru yabitangaje, raporo Biraro aherutse gushyira ahagaragara yerekana ko aya madeni yafashwe kuva mu 1975. Urugero rw’iyi nguzanyo, haravugwamo iyo kugeza tariki ya 30 Kamena […]

U Rwanda ruracyafite gahunda yo kohereza ingabo muri Mozambique

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko iki gihugu gifite gahunda yo kohereza ingabo muri Mozambique kugira ngo zibungabunge amahoro n’umutekano bimaze imyaka itatu bihungabanywa n’ibikorwa by’iterabwoba by’abegamiye ku idini ya Isilamu. Col. Rwivanga yabitangarije igitangazamakuru The Bloomberg kuri uyu wa Kane, tariki ya 24 Kamena 2021 mu kiganiro cyo kuri telefone. Col. […]

Perezida Kagame agiye guhura na Tshisekedi

Guhera kuri uyu wa 24 Kamena 2021, bimwe mu bitangazamakuru byo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, barahurira mu mujyi wa Goma. Ni amakuru atigeze yemezwa n’urwego na rumwe bireba, haba ku ruhande rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa RDC cyangwa se ibiro […]

UN irashinja ingabo za CAR kuvogera ibirindiro byayo, no gutera ubwoba abakozi bayo

Umuryango w’Abibumbye (UN) urashinja ingabo za Repubulika ya Centrafrika (CAR) kuvogera ibirindiro by’ingabo zayo ziri mu butumwa bw’amahoro buzwi nka MINUSCA no gutera ubwoba abakozi bawo. Ibi birego bikubiye mu ijambo intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN akaba n’umuyobozi wa MINUSCA, Mankeur Ndiaye yagejeje ku bagize akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano tariki ya 23 Kamena […]

RDC: Za Jeep 500 zakuruye umwuka mubi ntizikiri ishimwe

Imodoka 500 zo mu bwoko bwa Hyundai Jeep 4×4 zagombaga guhabwa abadepite bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nk’ishimwe, zahinduwe inguzanyo. Tariki ya 18 Kamena 2021 ni bwo Perezida w’Inteko Ishingamategeko ya RDC, umutwe w’Abadepite, Christophe Mboso Nkodia yatangaje ko abadepite bose uko ari 500 bagiye guhabwa impano y’izi modoka, bisabwe na Perezida […]

Intumwa za EAC zirimo Prof. Nshuti ziramara iminsi 10 muri RDC

eac1.jpg

Itsinda ry’intumwa z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, zirimo Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof. Nshuti Manasseh, kuri uyu wa 23 Kamena 2021 zageze mu mujyi wa Goma uri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Izi ntumwa ziyobowe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki zakiriwe na Ambasaderi wa […]

Rubavu: Ku irimbi habaye imirwano, abasirikare barahagoboka

vlcsnap-2021-06-24-07h58m43s593.png

Mu masaa saba y’amanywa yo kuri uyu wa 23 Kamena 2021, ku irimbi rya Karundo riherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu habereye ugushyamirana kuvanze n’imirwano hagati y’abari bagiye gushyingura, bakizwa n’abasirikare. Ababuze ababo bo mu miryango igera kuri itanu bavuga ko bari bagiye gushyingura muri iri rimbi, bose bari bamaze iminsi bishyuye […]

Ntegereje kugeza ku myaka 100 turi kumwe_Ubutumwa bwa Museveni ku mufasha we

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 24 Kamena 2021 yamenyesheje umufasha we Janet Museveni ko ategereje kugeza ku myaka 100 y’amavuko bakiri kumwe. Ni ubutumwa Museveni ufite imyaka 76 y’amavuko yageneye Janet mu gitondo cy’uyu munsi yujurijeho imyaka 73 y’amavuko, yanyujije ku rubuga rwa Twitter. Uyu Mukuru w’Igihugu yabwiye umufasha we […]

SADC igiye kohereza abasirikare muri Mozambique

Umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo ya Afurika, SADC, ugiye kohereza abasirikare muri Repubulika ya Mozambique, zizayifasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba n’urugomo rukabije mu ntara ya Cabo Delgado. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Maputo muri Mozambique kuri uyu wa 23 Kamena 2021. Umunyamabanga Mukuru wa SADC, Stergomena Tax […]

Ngozi: Abarundi baratabaza, ngo Abanyarwanda babarandurira imyaka

Abarundi batuye mu ntara ya Ngozi iri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu baratabaza bavuga ko hari urubyiruko ruva mu Rwanda rugiye kwahira ubwatsi, ngo rusiga rubaranduriye imyaka. Iki kibazo bakigejeje ku Munyamabanga Uhoraho mu nama nkuru ishinzwe umutekano, Col. Pierre Claver Nzisabira ubwo yasuraga komine eshatu: Nyamurenza, Kirangara na Kiremba mu Ntara ya Ngozi, kuri uyu […]

Biryogo: Ba nyir’amaresitora bemerewe gushyira intebe n’ameza mu mihanda

Kuri uyu wa 22 Kamena 2021, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakoze ubugenzuzi ku buryo ingamba zo kurwanya icyorezo cya Covid-19 ziri kubahirizwa mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa Nyarugenge. Bitewe n’ubucucike bukunze kugaragara ku maresitora yaho bikagorana kubahiriza izi ngamba nko guhana intera, ubu buyobozi bwafashe icyemezo cyo gufunga imihanda itatu: KN 113 St, KN […]

Pakistani: Abatemera urukingo rwa Covid-19 bagiye gufungirwa telefone

Ubuyobozi bw’Intara ya Punjab muri Pakistani bwatangaje ko mu buryo budasubirwaho bugiye gutangira gufunga (block) telefone z’abantu batemera kwakira urukingo rw’icyorezo cya Covid-19. France 24 ivuga ko Umuvugizi w’urwego rw’ubuzima muri Punjab, Hammad Raza ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yatangaje ko ubuyobozi bw’iyi ntara mbere bwari bwaratanze iki gihano nk’igitekerezo, kugira ngo abaturage bemere urukingo. […]

Col. Pascal Muhizi yazamuwe mu ntera

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, Paul Kagame, kuri uyu wa 23 Kamena 2021 yazamuye mu ntera Col. Pascal Muhizi, amuha ipeti rya Brigadier-General. Nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisiteri y’Ingabo ribivuga, Col. Muhizi ahise ahindurirwa ipeti. Brigadier-General Muhizi asanzwe ayobora ingabo z’u Rwanda (RDF) mu turere twa Rubavu, Nyabihu […]

Goma: Abarwanyi ba FDLR barambitse intwaro, biteguye gutaha mu Rwanda

Kuri uyu wa 22 Kamena 2021, igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyatangaje ko cyakiriye abarwanyi 134 b’imitwe yitwaje intwaro bemeye kuzirambika, bagasubira mu buzima busanzwe. Muri aba barwanyi, harimo: 50 ba Nyatura CMC, 47 ba APCLS, 32 ba Nyatura Bazungu na 5 ba FDLR-FOCA, umutwe urwanya Leta y’u Rwanda. Mu barwanyi ba FDLR […]

Harmonize yakarabye inzoga yubahwa n’ibyamamare ku Isi

harmo1.png

Icyamamare mu muziki wa Tanzania, Rajab Abdul Kahali kizwi nka Harmonize, cyagaragaye gikaraba inzoga ya Belaire yubashywe cyane n’ibyamamare ku Isi. Ifoto ya Harmonize akaraba iyi nzoga yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zo muri Tanzania mu ntangiriro z’iki cyumweru. Agaragara ateze intoki, bamufashije icupa rya Belaire, baricurika mu ntoki, akaraba bisanzwe nk’ukaraba amazi, yifashishije n’isabune. […]

Biryogo: Imwe mu mihanda yafunzwe, imodoka zibujijwe kuhaparika

hidaya.png

Nyuma y’aho ibyemezo by’inama y’abaminisitiri bisohokeye, ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwafashe icyemezo cyo gufunga imwe mu mihanda iherereye mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge w’Akarere ka Nyarugenge, nk’uburyo bwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Nk’uko byumvikanye mu nama yateranyije aba bayobozi mu nzego zitandukanye yatangarijwemo iki cyemezo, impamvu yatumye imodoka zibuzwa guparika kuri […]

Perezida Tshisekedi yemeye kuvuza umunyeshuri wahohotewe n’abashinzwe umutekano

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yemeye kuvuza umunyeshuri witwa Abigail Katungu wahohotewe n’abashinzwe umutekano ubwo we na bagenzi be bari mu myigaragambyo yamaganaga ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bibivuga, ubwo aba banyeshuri bari mu myigaragambyo y’amahoro, abashinzwe […]

Abarwanyi barenga 100 barimo aba FDLR n’abo bakorana, barambitse intwaro

fb_img_16243636252866695.jpg

Abarwanyi barenga 100 b’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Teritwari ya Masisi na Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barimo ab’umutwe wa FDLR-FOCA urwanya Leta y’u Rwanda, barambitse intwaro. Nk’uko igisirikare cy’iki gihugu cyabitangaje, aba barwanyi bituye kuri Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima Kongba, bamushyikiriza ku […]

Ubushinjacyaha bwasabye ko Idamange aburanira mu muhezo, kubera imyitwarire agaragaza

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko Idamange Iryamugwiza Yvonne aburanira mu muhezo, kugira ngo adakomeza kugaragaza imyitwarire buvuga ko idahwitse. Ubu busabe bwabutanze mu gitondo cy’uyu wa 22 Kamena 2021 ubwo Idamange ari kuburana mu mizi ibyaha aregwa birimo: gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi, guteza imvururu muri rubanda no gutangaza amakuru y’ibihuha yifashishije ikoranabuhanga. Ubushinjacyaha kandi bwasobanuriye urukiko […]

Wa mubyeyi washakishwaga azira kubabariza uruhinja kuri moto yarafashwe

motardii.png

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rwataye muri yombi umubyeyi wagaragaye ari kuri moto, ahetse uruhinja rwe mu buryo burubabaza. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yabwiye The New Times ko uyu mubyeyi yafatiwe mu Karere ka Huye mu mpera z’icyumweru gishize, akaba akurikiranweho icyaha cyo kubabaza umubiri bidaturutse ku bushake giteganywa n’ingingo y’118 mu […]

Joe Biden yoherereje Ndayishimiye ubutumwa budasanzwe

higg.jpg

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden yoherereje Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ubutumwa budasanzwe. Ambasaderi wa USA mu Burundi, Mélanie Higgins ni we wagejeje ubu butumwa kuri Perezida Ndayishimiye, kuri uyu wa 21 Kamena 2021, ubwo bahuriraga ku biro by’uyu Mukuru w’Igihugu biri mu Ntara ya Gitega. Icya mbere […]

JEEP 500 Perezida Tshisekedi yageneye abadepite zavugije induru

Imodoka 500 zo mu bwoko bwa Jeep 4×4 Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yageneye abadepite bose zatangiye gukurura umwuka mubi muri politiki y’igihugu. Iby’izi modoka zizwiho guhenda cyane byatangajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Christophe Mboso Nkodia tariki ya 18 Kamena 2021, ubwo yari ayoboye inama y’Inteko. Nkodia yagize […]

Nabimuhaye nishimye_Umukobwa arasaba ko umukunzi we ukekwaho kumusambanya afungurwa

Umukobwa witwa Mutoniwase Chantal uvuga ko afite imyaka 18 y’amavuko ubarizwa mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge arasaba urwego rushinzwe ubugenzacyaha ko rwafungura umusore bakundanaga witwa Bikorimana, ukurikiranweho icyaha cyo kumusambanya. Uyu mukobwa mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, yavuze ko atishimiye bitewe n’uko uyu musore ahamya ko yamukundaga by’ukuri, afunzwe akekwaho kumukorera […]

EU igiye gusubukura gahunda yo gutera inkunga u Burundi

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) watangaje ko ukuyeho ibihano by’ubukungu wari warafatiye u Burundi, unemeza ko ugiye gusubukura gahunda yawo yo gutera inkunga iki gihugu. Byavuzwe na Ambasaderi w’uyu muryango mu Burundi, Claude Bochu, ubwo yari mu kiganiro na Perezida w’iki gihugu, Evariste Ndayishimiye mu gitondo cy’uyu wa 21 Kamena 2021. Ambasaderi Bochu yabwiye Perezida Ndayishimiye […]

U Rwanda rwaba ruri mu nzira yo kwemeza ifaranga ry’ikoranabuhanga

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko iri gukora ubushakashatsi ku ifaranga ryifashisha ikoranabuhanga (digital currency), kugira ngo irebe ko ryazajya rikoreshwa mu Rwanda. John Karamuka ushinzwe serivisi zo guhererekanya amafaranga (payment systems) muri BNR ni we wemeje aya makuru, gusa abwira The New Times ko nyuma y’ubu bushakashatsi, iyi banki yazishyiriraho ifaranga ry’igihugu rizwi nka […]

Congo-Brazza yahaye abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo toni 84 z’ibiribwa

congo2.jpg

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou Nguesso ku mugoroba w’uyu wa 20 Kamena 2021 yoherereje abatuye mu mujyi wa Goma bagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo imfashanyo y’ibiribwa bibarirwa muri toni 84. Nk’uko ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo byabitangaje, indege zajyanye ibi biribwa i Goma zari ziherekejwe na Minisitiri […]

U Burundi ntibukiguze indege bwateganyaga

Guverinoma y’u Burundi tariki ya 16 Kamena 2021 yafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano yo kugura indege y’ubwikorezi yo mu bwoko bwa Beechcraft 1900C. Bigaragara mu ibaruwa Minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Capitoline Niyonizigiye yandikiye umuyobozi w’ikigo Win Aviation cyagombaga kugurisha Leta iyi ndege. Aya masezerano yasinywe hagati ya Win Aviation n’ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi, Air Burundi […]

Rusesabagina yasabiwe icya burundu, abadipolomate barirukanwa, umusirikare wa Uganda ateza impagarara; inkuru zaranze icyumweru gishize

rusesaba.jpg

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 14 Kamena 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, yiganjemo ayavuzweho cyane arimo: ay’ubutabera, ay’umutekano, politiki n’ububanyi n’amahanga. Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize zirimo ko: Rusesabagina yasabiwe igifungo cya burundu Ubushinjacyaha tariki ya 17 Kamena 2021 bwasabiye Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bifitanye isano n’ibitero by’umutwe witwaje intwaro wa MRCD-FLN, igifungo cya burundu […]

UN ihamya ko Twirwaneho ari umutwe witwaje intwaro

twirwan.png

Itsinda ry’impuguke z’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano (UN Security Council), ryatangaje ko ryakoze amaperereza risanga Twirwaneho yiganjemo abo mu bwoko bw’Abanyamulenge ari umutwe witwaje intwaro. Nk’uko bigaragara muri raporo iri tsinda ryashyize ahagaragara tariki ya 10 Kamena 2021, ryagize riti: “Amaperereza y’iri tsinda yasanze Twirwaneho ari umutwe witwaje intwaro wubakitse.” Iri tsinda ryanzuye ko Twirwaneho […]

Kabale: Amaradiyo yabujijwe kujya atangaza amatariki yo gushyinguriraho abapfa

Umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Kabale muri Uganda, Darius Nandinda yabujije amaradiyo yose kuvuga amatariki yo gushyinguriraho abapfa, mu gihe asoma amatangazo yo kubika. Nk’uko bigaragara mu itangazo Nandinda yageneye amaradiyo yose akorera muri aka Karere tariki ya 18 Kamena 2021, bigomba gukorwa mu rwego rwo kwirinda ko abantu benshi […]

Umufasha wa Perezida Ndayishimiye yavuze ko yabaye umusirikare w’ipeti rya ‘Lieutenant’

Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Angeline Ndayishimiye yatangaje ko yabaye umusirikare, asubira mu buzima bwa gisivile ubwo yari afite ipeti rya ‘Lieutenant’. Angeline yabitangarije mu kiganiro Iragi cyatambutse ku rubuga rwa YouTube rw’ibiro by’Umukuru w’u Burundi tariki ya 8 Kamena 2021, kirebana n’urwibutso kuri Pierre Nkurunziza wayoboye iki gihugu. Muri iki kiganiro, Angeline […]

G.S Sainte Famille: Abanyeshuri baherutse gukora urugomo birukanwe

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatangaje ko abanyeshuri 20 biga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Sainte Famille, bamaze kwirukanwa bazira gukora urugomo rwo gutera amabuye mu kirere. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’aka Karere, Ngabonziza Emmy yatangarije The New Times ati: “Ibihano twabahaye birimo gusana buri cyose cyangiritse, icya kabiri abanyeshuri bari inyuma y’ibi […]

U Burundi bwasubije ko umupaka ubuhuza n’u Rwanda utafungurwa, ibibazo bihari bitarakemuka

Leta y’u Burundi yasabye abayisaba ko yafungura umupaka wa Ruhwa uhuza igihugu cyabo n’u Rwanda, ko bategereza ibibazo ibihugu byombi bifitanye bikabanza gukemuka. Mu kiganiro yagiranye na Radio Isanganiro, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi, Inès Sonia Niyubahwe yavuze ko icyemezo cyo gufungura umupaka gifatwa n’inzego ziri hejuru. Yabamenyesheje ko ubu ibihugu byombi biri […]

Uganda-Rwanda: Habaye imyigaragambyo, amakamyo atwara ibicuruzwa ahera ku mupaka

Abakozi ba Uganda bashinzwe gupima icyorezo cya Covid-19 abatwara amakamyo y’ibicuruzwa ku mupaka wa Mirama Hills uhuza iki gihugu n’u Rwanda, mu gitondo cyo ku wa 18 Kamena 2021 bahagaritse akazi nk’uburyo bwo kwigaragambya. Nk’uko NTV dukesha aya makuru ibitangaza, icyatumye aba bakozi bigaragambya ni uko kuva muri Nyakanga 2020 kugeza muri uku kwezi 2021, […]