Marines FC yari yaruhuye abakinnyi ku mukino wayihuje na APR FC
Kuri uyu wa 19 Kamena 2021, APR FC yanyagiye Marines FC ibitego 6-0 mu minota 33, biyongerera amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona yâu Rwanda, icyiciro cya mbere. Ni amakipe yabanje kugorana, ku buryo igice cya mbere cyâumukino cyarangiye anganya ubusa ku busa (0-0), ariko APR FC igaruka mu gice cya kabiri ifite imbaraga […]
UN yatahuye ko umutwe wa ADF ufite âdronesâ
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zivuga ko umutwe witwaje intwaro wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ufite utudege duto tutagira abapilote (drones). Nkâuko bigaragara muri raporo izi mpuguke zigize akanama kâumutekano ka UN zashyize ahabona tariki ya 10 Kamena 2021, amakuru yâuko ADF ikoresha utu tudege yemejwe nâabantu batandatu yari […]
Urugo rwâumunyamakuru Cyuma rwatewe nâabafite amapingu

Umunyamakuru Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan avuga ko mu masaa tanu yâejo ku wa 17 Kamena 2021 urugo rwe rwatewe nâabantu bataramenyekana bari bitwaje amapingu, akeka ko bamushakaga ku ngufu. Umukozi wo mu rugo wa Cyuma yabwiye itangazamakuru ko abashakaga umukoresha we bari bambaye imyenda ya gisivili, bari mu modoka yâumweru ya Vigo ifite […]
Perezida Ndayishimiye yasabye abakozi ba Leta kwitangira igihugu, kikava mu madeni acyugarije
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, arasaba abakozi ba Leta kwitangira igihugu cyabo kugira ngo kive mu madeni menshi acyugarije. Uyu Mukuru wâIgihugu mu nama aherutse kugirana nâaba bayobozi mu Ntara ya Ngozi, yavuze ko iki gihugu gikomeje kujya mu madeni ku buryo hari impungenge ko mu gihe nta cyaba gikozwe, ashobora kuzarenga ubukungu […]
Simbabajwe nâuko nakuwe muri Guverinoma kuko umukobwa wanjye yagizwe Minisitiri_Dr Mateke
Dr Philemon Mateke wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ushinzwe ibibazo byâakarere, yahishuye ko atigeze ababazwa nâuko yakuwe muri Guverinoma bitewe nâuko umukobwa we yagizwe Minisitiri cyangwa se Umunyamabanga wa Leta. Tariki ya 8 Kamena 2021 ni bwo Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yatangaje abantu 80 bagize guverinoma nshya, abari bayisanzwemo barimo Dr Mateke […]
ApĂŽtre Mutabazi yavuze ko hari abari gupanga kumugirira nabi
Umuvugabutumwa akaba nâumusesenguzi mu bya politiki n’imibereho rusange y’abaturage, ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice, yatangaje ko hari abantu batavuga rumwe na Leta yâu Rwanda yamenye ko bashaka kumugirira nabi, kugira ngo byitiriwe Leta. Ni nyuma yâamakuru yavugaga ko hari ababa baramucecekesheje bamuziza ibiganiro bye byâubusesenguzi yamenyekaniyeho ku rubuga rwa YouTube. Mu kiganiro yagiriye kuri Bwiza TV […]
Amwe mu mahoteli y’i Musanze ntasaba icyemezo cyerekana ko umuntu yipimishije Covid-19_Polisi
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko amahoteli akorera mu Karere ka Musanze mu Ntara yâAmajyaruguru gafatwa nkâigicumbi cyâubukerarugendo, yaba imwe mu nzira zishobora kunyuramo ubwandu bwâicyorezo cya Covid-19. Mu kiganiro CP Kabera yagiriye kuri radiyo Musanze mu ijoro ryo kuri uyu wa 17 Kamena 2021, yavuze ko ubwo we na […]
Tanzania yatangiye gusaba inkingo za Covid-19
Umuyobozi wâumuryango mpuzamahanga wita ku buzima (WHO), ishami rya Afurika, Dr Matshidiso Moeti kuri uyu wa 17 Kamena 2021 yatangaje ko Tanzania yasabye kwinjizwa muri gahunda ya COVAX kugira ngo ihabwe inkingo za Covid-19. Dr Moeti mu nkuru dukesha ibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, yagize ati: âTwakiriye amakuru yâuko Tanzania ishaja kwinjira muri gahunda ya COVAX.â […]
Umunyakenya avuga ko abamushinja gushishura indirimbo ya Knowless ari abanyeshyari

Umuhanzi wâUmunyakenya, Kevin Kioko wamenyekaniye ku izina rya Bahati, yasubije abamushinja gushishura indirimbo âPeke Yanguâ yâUmunyarwandakazi Butera Knowless ko bamugiriye ishyari kubera ko ari nimero ya mbere. Uyu muhanzi uri ku gitutu nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise âPete Yanguâ, kubera ko yayiririmbye mu buryo busa nâubwa Knowless, yanditse ku rubuga rwa Instagram ati: âNi […]
Umugaba Mukuru wâingabo zâu Bufaransa agiye kwegura
Umugaba Mukuru wâIngabo zâu Bufaransa, General François Lecointre aherutse gutangaza ko tariki ya 21 Nyakanga 2021 azegura kuri izi nshingano, mu rwego rwo kwirinda kuvugwa muri politiki kandi akiri umusirikare mukuru. Gen. Lecointre mu kiganiro Le Grand Jury yagiriye kuri radiyo na televiziyo RTL tariki ya 13 Kamena 2021, yagize ati: âNasabye Perezida wa Repubulika […]
Abacuruza amashusho ya âpornoâ baricinya icyara kubera ubwiyongere bukabije bwâabakiriya
Abatunganya bakanacuruza amashusho yâurukozasoni azwi nka âpornoâ mu Bwongereza ubu baricinya icyara bitewe nâubwiyongere bukabije bwâabakiriya babo. Raporo nshya yashyizwe hanze nâurubuga Ofcom ivuga ko mu bihe bya Guma mu Rugo byo kwirinda ikwirakwira ryâicyorezo cya Covid-91 mu Bwongereza, abantu benshi bahugiye cyane mu kureba amashusho yâurukozasoni ku mbuga agaragaraho. Mu Bwongereza, kuva muri Nzeri […]
Rusesabagina yasabiwe gufungwa ubuzima bwose, Herman imyaka 20
Ubushinjacyaha kuri uyu wa 17 Kamena 2021 bwasabiye Paul Rusesabagina wabaye Perezida wâihuriro mpuzamashyaka rya MRCD-Ubumwe gufungwa ubuzima bwose, mu gihe Nsengimana Herman wabaye umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa FLN urishamikiyeho we yasabiwe gufungwa imyaka 20. Rusesabagina utacyitabira urubanza rwe kuva muri Werurwe 2021, akurikiranweho ibyaha 9 bifitanye isano nâibitero byâiterabwoba FLN yagabye mu turere […]
400 bakingiwe bagaragayeho Covid-19, abakenera ibitanda biyongereyeho 175%_RBC
Umuyobozi Mukuru wâikigo cyâigihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Dr Nsanzimana Sabin yatangaje ko ibipimo byâicyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi bafata, bigaragaza ko abantu 400 bacyanduye kandi baramaze gukingirwa. Dr Nsanzimana yabitangarije mu kiganiro iki kigo na Minisiteri yâUbuzima byagiranye nâitangazamakuru kuri uyu wa 16 Kamena 2021 cyibandaga ku ngamba nshya Guverinoma yitegura gufata bitewe nâubwiyongere bukabije […]
Me Ntaganda avuga ko yatewe nâinzego za Leta, Polisi ikavuga ko yazitiranyije nâuwajyanwe i Ndera
Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, Me Ntaganda Bernard avuga ko mu gitondo cyâuyu wa 16 Kamena 2021 urugo rwe rwatewe nâabo akeka ko ari abo mu nzego za Leta zirimo urwâubugenzacyaha (RIB) na Polisi, Polisi yo ikavuga ko yazitiranyije nâufite ikibazo cyo mu mutwe wamaze kujyanwa i Ndera. Me Ntaganda mu kiganiro yagiriye kuri Ishema […]
Sankara yasabiwe igifungo cyâimyaka 25 kubera ko yafashije ubutabera
Ubushinjacyaha kuri uyu wa 16 Kamena 2021 bwasababiye Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara igihano cyâigifungo cyâimyaka 25, bushimangira ko bwamworohereje kubera ko yafashije ubutabera. Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byâiterabwoba nâibyambukiranya imipaka ko hashingiwe ku byaha bushinja Sankara, yari akwiye igihano cyâigifungo cya burundu. Gusa ngo kubera ko kuva ku nshuro […]
U Burundi bwakuyeho ibihano bwari bwarafatiye BBC
Urwego rwâu Burundi rushinzwe kugenzura imikorere yâibitangazamakuru, CNC (Conseil National de la Communication), kuri uyu wa 16 Kamena 2021 rwakuyeho ibihano rwari rwarafatiye BBC. CNC yari yarafatiye BBC ibi bihano muri Gicurasi 2018, ibigumishaho muri Werurwe 2019, iyishinja gutangaza amakuru yâibinyoma ku Burundi, n’ubwo ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru bwo bwatangaje ko ari uburyo bwo kuniga ubwisanzure […]
MTN ivuga ko gukoresha simu kadi ebyiri bituma hari abavuga ko itakigira âamarezoâ
Ikigo cyâitumaho cya MTN gisobanura ko kuba hari abakoresha imirongo (sim cards) ebyiri biri mu bituma hari abakiriya bavuga ko kitakigira ihuzanzira (amarezo) nko mu bihe byashize. Muri iki gihe usanga abakiriya bâiki kigo binubira serivisi zacyo zirimo izijyanye no guhamagara cyangwa se interineti, bavuga ko zigenda gake cyangwa se ntizinakore, byâumwihariko mu bice byâicyaro. […]
Kenya yohereje ingabo zidasanzwe mu burasirazuba bwa RDC (Amafoto)

Ingabo za Kenya zigize umutwe wa QRF (Quick Reaction Force) kuri uyu wa 15 Kamena 2021 zamaze koherezwa mu butumwa bwo kugarura amahoro nâumutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ziyobowe na Lieutenant-Colonel Abdul Galgalo. Nkâuko igisirikare cya Kenya (KDF) cyabitangaje, mbere yâuko zifata urugendo zerekeza muri RDC, zasuwe nâUmugaba Mukuru, Gen. […]
Burundi: Barasaba ko umupaka ubahuza nâu Rwanda ufungurwa
Bamwe mu batuye mu Ntara ya Cibitoke iherereye mu majyaruguru yâuburengerazuba bwâu Burundi, barasaba ko umupaka wa Ruhwa ubahuza nâu Rwanda wafungurwa kugira ngo ibikorwa byâubuhahirane bisubukurwe. Abaganiriye na Radiyo na Televiziyo Isanganiro dukesha iyi nkuru, batangaje ko ifungwa ryâuyu mupaka ryabateye ubukene kuko ryahagaritse bikorwa bitandukanye byababeshagaho birimo ubucuruzi bwambukiranya umupaka. Bavuga ko usibye […]
Bakoze igikorwa cyâintambara, ntituzakomeza guceceka_Uganda ku ifatwa ryâumusirikare wayo
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ya Uganda, Ambasaderi Patrick Mugoya yavuze ko ingabo zâu Rwanda zakoze igikorwa cyâintambara ubwo zafataga umusirikare wabo, kandi ngo ntabwo igihugu cye kizakomeza guceceka. Ambasaderi Mugoya yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika wamubazaga ibyo kuba Minisiteri akoreramo yaroherereje u Rwanda inyandiko yamagana (protest note) icyo […]
Kera kabaye, Perezida Tshisekedi yasuye abaturage ba Beni
Nyuma yâigihe kirekire abisabwa, Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi yasuye abatuye mu mujyi wa Beni mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru kuri uyu wa 15 Kamena 2021. Ibitangazamakuru byo muri RDC bivuga ko gahunda yâuruzinduko rwa Perezida Tshisekedi muri Beni, ari ukugenzura uko ingabo zâigihugu ziri kugarura amahoro nâumutekano kuva yashyira […]
Perezida Tshisekedi yasezeranyije abasenyewe na Nyiragongo kubakirwa inzu
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa 14 Kamena 2021yasuye ibikorwa byo mu mujyi wa Goma byangijwe nâikirunga cya Nyiragongo cyarutse muri Gicurasi, biri mu duce turimo Kibati nâishuri rya Kayembe riri muri Gurupoma ya Munigi ricumbikiwemo abasenyewe inzu. Mu rugendo yakoze azenguruka uyu mujyi ari kumwe nâumufasha we, […]
Afurika yâEpfo: Abadipolomate barimo abâu Rwanda bashobora kwirukanwa
Guverinoma ya Afurika yâEpfo ishobora kwirukana abandi badipolomate (abakozi ba za Ambasade) bo mu bihugu birenga 10 barimo abâu Rwanda, ibaziza guhombya iki gihugu miliyoni zâamadolari zâimisoro buri kwezi. Ni nyuma yo kwirukana abo muri Lesotho na Malawi nâimiryango yabo mu cyumweru gishize, ikanabategeka gutanga ibyangombwa nâibikoresho byabemereraga gukora izi nshingano muri iki gihugu. Nkâuko […]
Uganda yakoze iperereza isanga umusirikare wayo âyarashimusweâ, yandikira u Rwanda
Leta ya Uganda ivuga ko yakoze iperereza ku musirikare wayo, Pte Baruku Muhuba ingabo zâu Rwanda (RDF) ziherutse gutangaza ko zamufatiye mu Murenge wa Cyanika wâAkarere ka Burera, ngo isanga yarashimuswe, ishinja iki gihugu ubushotoranyi. Tariki ya 13 Kamena 2021, RDF yatangaje ko saa munani nâiminota 45 zâigicamunsi cyo ku wa 12 Kamena, yafatiye Pte […]
Umusore wafashijwe nâabarimo Shaddyboo yabonye âdiplĂŽmeâ ye yari yarafatiriwe kubera kubura ubushobozi
Ibyishimo ni byinshi ku musore witwa Uwiduhaye Jean Baptiste wabonye ibyangombwa bye birimo impamyabumenyi (diplĂŽme) nâindangamanota ze byari byari byarafatiriwe ubwo umuryango we waburaga ubushobozi bwo kwishyura amadeni yari abereyemo ishuri, abifashijwemo nâabarimo icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Mbabazi Chadia uzwi nka Shaddyboo. Tariki ya 7 Kamena 2021 ni bwo Uwiduhaye warangije amasomo mu ishuri ryâimyuga […]
Minisitiri WilmĂšs wo mu Bubiligi yakiriye umuryango wa Rusesabagina
Minisitiri wâIntebe wungirije wâu Bubiligi akaba na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga, Sophie WilmĂšs kuri uyu wa 14 Kamena 2021 yatangaje ko yakiriye umugore nâumukobwa wa Rusesabagina mu biro bye. Nkâuko Minisitiri WilmĂšs yabitangarije kuri Twitter, icyabahuje ni ukugira ngo baganire ku mibereho ya Rusesabagina usanzwe afite ubwenegihugu bwâu Bubiligi ukurikiranwe nâubutabera bwâu Rwanda. Yagize ati: âNakiriye […]
Perezida Museveni na Tshisekedi mu muhango ukomeye urabera ku mupaka
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa 16 Kamena 2021 barayobora umuhango ukomeye urabera ku mupaka wa Kasindi uhuza ibihugu byombi. Nkâuko Minisiteri yâImirimo nâUbwikorezi ya Uganda yabitangaje, umuhango aba bakuru bâibihugu bazayobora ni uwo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byâubwubatsi bwâimihanda mu […]
Perezida Ndayishimiye yongeye kwisubiraho, ategeka abayobozi bakuru kwerekana imitungo yabo
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye yisubiyeho ku nshuro ya kabiri, yongera gusaba abayobozi bakuru bose kwerekana imitungo bafite kugira ngo harebwe niba bataribye igihugu. Nkâuko igitangazamakuru UBM News cyabitangaje, iki cyemezo gishya Perezida Ndayishimiye yagifashe tariki ya 9 Kamena 2021 ubwo yari ayoboye inama yâabaminisitiri. Mu itangazo ryâibyemezo byâiyi nama ryasomwe nâUmuvugizi wa […]
Umuherwe Dr Chris Kirubi yapfuye, hari ubutumwa yasize
Umushoramari wari ukomeye muri Kenya, wayoboraga ikigo cyâitangazamakuru cya Capital Group Ltd, Dr Christopher John Kirubi, yapfuye mu masaha yâikigoroba cyâuyu wa 14 Kamena 2021. Umuryango wa Dr Kirubi wemeje urupfu rwe, watangaje ko yapfiriye mu rugo, azize kanseri yari amaranye imyaka ine. Wagize uti: âTubabajwe cyane no kubamenyesha urupfu rwa Dr Christopher J. Kirubi […]
Mu Rwanda hari abakingiwe bagaragayeho Covid-19
Ikigo cyâigihugu gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Rwanda CDC nâigishinzwe ubuzima, RBC, byatangaje ko hari umubare muto udateye impungenge wâabantu bakingiwe bagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Nkâuko The New Times yabitangaje, Dr Aimee Geissler uyobora Rwanda CDC yagize ati: âHari ubwandu bwabonetse mu bantu bahawe ubwoko bwose bwâinkingo ku Isi barimo nâabo mu Rwanda, nâubwo hari […]
Perezida Samia yategetse amabanki kugabanya inyungu y’umurengera asaba abakiriya
Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan kuri uyu wa 13 Kamena 2021 yategetse amabanki kugabanya inyungu yise âiyâumurengeraâ yaka abayisaba inguzanyo, ntirenge 10%. Uyu Mukuru wâIgihugu mu nkuru yâigitangazamakuru Mwananchi, yagize ati: âInyungu ni umurengera, zikwiye kugabanyuka byibuze ntizirenge 10%.â Perezida Samia yavuze ko kuba inyungu ku nguzanyo amabanki yaka ari […]
Uganda yari yavuze ko umusirikare wayo âyashimusweâ ubwo yibohoraga
Ku gicamunsi cyâejo ku wa 13 Kamena 2021, Minisiteri yâIngabo (MINADEF) yatangaje ko ku wa 12 abasirikare bâu Rwanda bafatiye umusirikare wa Uganda, Pte Baruku Muhuba mu murenge wa Cyanika wâAkarere ka Burera, afite ibikoresho birimo: imbunda ya mashinigani iringaniye, amasasu 100, indebakure na telefone. Ku mugoroba, ingabo zâu Rwanda (RDF) zaraye zishyikirije iza Uganda […]
Imitoma ya Denise ku mugabo we FĂ©lix Tshisekedi, ku munsi w’amavuko
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo wagize isabukuru y’amavuko, kuri uyu wa 13 Kamena 2021 yatewe imitoma n’umufasha we, Denise Nyakeru Tshisekedi. Ku rubuga rwa Twitter, Denise yashyize akavidewo k’amasegonda ane, kamugaragaza yicaranye na Tshisekedi, bombi bamwenyura mu buryo bugaragaza ko bari mu bihe byiza. Kuri iyi videwo, yageretseho ubutumwa […]
Abafatanyabikorwa baca inyuma u Rwanda na Lantos isabira abayobozi bakuru ibihano, mu nkuru z’icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Kamena cyaranzwe nâamakuru atandukanye, yiganjemo ay’ingenzi arebana nâubutabera, umutekano na politiki. Ayâingenzi muri yo arimo ko: Perezida Kagame yihanangirije abafatanyabikorwa baca inyuma u Rwanda Perezida wa Repubulika yâu Rwanda akaba nâUmugaba wâIngabo wâIkirenga, Paul Kagame tariki ya 11 Kamena yayoboye umuhango wo guha impamyabumenyi abasirikare 47 basoreje amasomo mu […]
RDF yafatiye umusirikare wa Uganda ku butaka bwâu Rwanda, afite mashinigani nâindebakure
Minisiteri yâIngabo kuri uyu wa 13 Kamena 2021 yatangaje ko abasirikare bâu Rwanda bari ku burinzi(RDF) bafatiye umusirikare wa Uganda ku butaka bwâu Rwanda, afite ibikoresho birimo imbunda ya mashinigani iringaniye (Medium Machine Gun) nâindebakure (binocular). Iyi Minisiteri ivuga ko uyu musirikare, Pte Bakuru Muhuba yafatiwe mu Mudugudu wa Majyambere, Akagari ka Kamanyana, Umurenge wa […]
Abahunze iruka rya Nyiragongo nâabava muri Uganda, bari mu bazamuye ubwandu bwa Covid-19 mu Rwanda_Minisitiri Ngamije
Minisitiri wâUbuzima, Dr Daniel Ngamije yatangaje ko ubwiyongere bwa Covid-19 mu Rwanda bugaragara muri iyi minsi bwatewe nâabarimo Abanyekongo bahunze iruka ryâikirunga cya Nyiragongo ndetse nâAbanyarwanda bava muri Uganda. Dr Ngamije yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 13 Kamena 2021, cyibandaga ku byemezo byâInama yâAbaminisitiri yaraye ifashe, birebana nâingamba zo kwirinda […]
Tshisekedi yizeye ko umwaka uzarangira Afurika imaze gukingira Covid-19 kuri 60%
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba nâUmuyobozi wâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, FĂ©lix Tshisekedi yatangaje ko yizeye ko uyu mwaka uzarangira Afurika imaze gukingira icyorezo cya Covid-19 ku kigero cya 60%. Uyu Mukuru wâIgihugu mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 12 Kamena 2021, yavuze ko igihugu cye nâumugabane wa Afurika biri […]
Ba banyeshuri bakoze ku mitima yâabarimo CP Kabera, bahawe ishimwe

Muri Gicurasi 2021 ubwo habaga irushanwa nyarwanda ryâumukino wâamagare (Tour du Rwanda), ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ifoto yâabana bâabanyeshuri babiri bo mu Karere ka Rulindo, bagaragagaye batarangariye abakinnyi bâuyu mukino babatambutseho. Iyi foto yafashwe nâumufotozi Plaisir Muzogeye tariki ya 4 Gicurasi 2021 ubwo abakinnyi bari bageze kuri Base hafi yo kuri Nyirangarama, berekeza i Gicumbi, […]
Prof. Shyaka wagizwe Ambasaderi, yiteguye guhamya ubudasa bwâu Rwanda
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 12 Kamena 2021 yaraye ahaye Prof. Shyaka Anastase inshingano yo guhagararira igihugu muri Pologne. Nyuma yo kubona iki cyemezo cyâUmukuru wâIgihugu, Prof. Shyaka yamushimiye byimazeyo, ati: âNdabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika HE Paul Kagame ku cyizere nâimirimo mishya munshinze yo kwagurira u Rwanda amarembo […]
Umushinwa wakubiswe nâUmunyafurika, yirukanwe mu kazi
Umushinwa uherutse kugaragara mu mashusho akubitwa nâumusore wo muri Sierra Leone aherutse kwirukanwa mu kazi nâikigo cya CRSG (China Railway Seventh Group), azira kugaragaza ikinyabupfura gike mu kazi. Inkuru yâuyu Mushinwa yamenyekanye inasakara mu ntangiro zâiki cyumweru. Amashusho amugaragara atonganya uyu musore wari ufite impapuro zâakazi mu ntoki, nyuma yâaho akubita za ntoki, impapuro zose […]
Mabayi: Imbonerakure n’abayobozi bakekwaho gukorana nâabitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe
Abashinzwe umutekano mu Burundi barashakisha abakorana nâabitwaje intwara bavuga ururimi rwâIkinyarwanda bamaze iminsi bavugwa mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke. Mu bakekwa baherutse gufatwa harimo abayobozi babiri bâimidugudu wa Gafumbegeti na Rutorero, abasore batatu bâImbonerakure nâabaturage 9 bo muri Zone ya Butahana, nkâuko urubuga SOS rwo mu Burundi rwabitangaje. […]
Ibihano biteganyirijwe uwagirira urugomo Perezida wâu Rwanda n’abandi bayobozi
Tariki ya 14 Ukuboza 2008 umunyamakuru wâumunya-Iraq witwa Muntadhar al-Zaidi yaciye igikuba ubwo yateraga inkweto George W. Bush wari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari mu kiganiro nâitangazamakuru mu mujyi wa Baghdad. Al-Zaidi yahise atabwa muri yombi nâabashinzwe umutekano, ndetse bivugwa ko yahakomerekeye ubwo yajyanwaga gufungwa. Urukiko rwamukatiye igifungo cyâimyaka 3, rurakigabanya […]
Amafoto: Perezida Tshisekedi nâumufasha baraye i Goma

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi nâumufasha we, Denise Nyakeru, kiri uyu wa 12 Kamena 2021 baraye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Nkâuko ibiro bya Perezida wa RDC byabitangaje, aba bombi bagiye gusura abagizweho ingaruka nâiruka ryâikirunga cya Nyiragongo ryabaye tariki ya 22 Gicurasi 2021. Biteganyijwe ko […]
Nta gihindutse, Perezida Tshisekedi arasesekara i Goma mu masaha make ari imbere
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi ategerejwe mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru kuri uyu wa 12 Kamena 2021, mu rwego rwo gusura abagizweho ingaruka nâiruka ryâikirunga cya Nyiragongo. Bimwe mu bitangazamakuru byo muri RDC bivuga ko amakuru yâuruzinduko rwa Perezida Tshisekedi yemejwe nâumuntu wizewe. Muri uru ruzinduko […]
RIB ivuga ko umunyamakuru Cyuma agambanira igihugu
Umuvugizi wâurwego rwâigihugu rushinzwe ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry yatangaje ko umunyamakuru Niyonsenga DieudonnĂ© uzwi nka Cyuma Hassan agambanira igihugu, binyuze mu byo atangariza ku rubuga rwa YouTube. Mu kiganiro Dr Murangira yagiriye kuri Popote TV, ubwo yageze ku bakoresha ânabiâ urubuga rwa YouTube, yavuze ko bene aba bari mu byiciro bitatu. Yagize ati: âHari cya […]
Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge
Umunyamulenge Col. Michel Rukunda wamenyekanye nka Makanika mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yemeye kujya mu biganiro bigamije gushakira amahoro bene wabo bahuje ubwoko batuye mu misozi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi. Nkâuko Radio Okapi yabitangaje, abayobozi batandukanye barimo abo muri Minembwe ni bo bemeje iki cyemezo cya Col. Makanika tariki […]
Ibihano EU yafatiye u Burundi byagize ingaruka kuri EAC yose_Dr Mathuki
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba uzwi nka EAC, Dr Peter Mathuli tariki ya 9 Kamena 2021 yandikiye Umuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) awusaba gukuraho ibihano bwafatiye u Burundi. Dr Mathuki avuga ko ikibazo cyâumwuka mubi wa politiki wateje umutekano muke kitakiri mu Burundi. Uyu munyamabanga mukuru ubwo yari amaze kugeza ubu busaba kuri EU, yatangarije […]
Abaturuka muri RDC, Uganda na Zambia ntibemerewe kwinjira i Dubai
Leta Zunze Ubumwe zâAbarabu (UAE) tariki ya 9 Kamena 2021 zafashe icyemezo cyo gukumira abagenzi baturuka muri Uganda, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) na Zambia. Ni icyemezo yafashe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19 cyugarije ibi bihugu byo ku mugabane wa Afurika, guhera mu mezi make ashize, nkâuko Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) byabitangaje. […]
Mu gihe abaturage batakamba, NISR ivuga ko ibiciro mu mijyi âbyagabanyutseâ
Ikigo cyâIgihugu gishinzwe ibarurishamibare, NISR, kivuga ko muri Gicurasi 2021 ibiciro ku masoko yo mu mijyi byagabanyutse ku kigero cya 0.1% ugereranyije nâuko byari bimeze mu kwezi nkâuku mu mwaka ushize. Nkâuko Igihe yabitangaje, igabanyuka ryâibi biciro mu mijyi ryatewe nâibiciro byâubwikorezi byagabanyutse ku kigero cya 13.8%. Iki kigo kivuga ko kuva Mata kugeza muri […]
âHari abavuga ngo yaburiwe irengeroâ Impamvu RIB yerekana utarahamwa nâicyaha
Umuvugizi wâUrwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yavuze ko zimwe mu mpamvu zituma bereka itangazamakuru umuntu ukurikiranweho icyaha kitaramuhama, ari ukugira ngo abantu batavuga ngo yaburiwe irengero. Dr Murangira yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri Popote TV, cyibandaga ku ngingo zirimo uko RIB ikurikirana abakekwaho ibyaha. Mu gihe RIB yataye muri yombi ukekwaho icyaha, […]
Ubushinjacyaha ntibushaka ko hitabazwa amashusho yerekana niba Dr Kayumba yarakoze ibyaha
Ejo ku wa 10 Kamena 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwumvise ubujurire bwa Dr Kayumba Christopher wafunzwe umwaka nyuma yo guhamwa nâibyaha birimo guteza umutekano muke, yashinjwaga gukorera ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Kanombe. Ni urubanza byari byitezwe ko rutangira saa mbiri zâigitondo, ariko rukererwaho amasaha umunani kuko rwatangiye mu masaa kumi yâumugoroba. Dr Kayumba […]
Ibiciro byâubwishingizi byikubye hafi gatatu, abamotari baratakamba
Abamotari bakorera mu Rwanda baratakamba nyuma yâaho ibigo bishinzwe ubwishingizi bizamuye ibiciro ku bwishingizi bwâimpanuka muri Gicurasi 2021, bikabikuba inshuro hafi eshatu mu buryo bavuga ko budasobanutse. Aba bamotari bavuga ko moto imwe imaze igihe kiri hagati yâamezi atandatu nâimyaka yishyuzwaga ubwishingizi bwâamafaranga yâu Rwanda (Frw) 61,666 ku mwaka, ubu ikaba isigaye yishyuzwa 166,220 Frw. […]
Umuryango uvuga ko amafaranga yâingendo Perezida Ndayishimiye akoresha ari menshi

Umuryango urwanya ruswa nâisesagurwa ryâumutungo wa Leta mu Burundi witwa OLUCOME uvuga ko amafaranga Umukuru wâIgihugu, Perezida Evariste Ndayishimiye amaze gukoresha mu ngendo ajya mu mahanga ari menshi. Umuyobozi wâiri shyirahamwe, Gabriel Rufyiri mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko kuba u Burundi budafite indege yajya itwara Perezida Ndayishmiye mu gihe yagiye mu ruzinduko mu mahanga, […]
Uruganda rwahaga abanyeshuri mudasobwa, rwarahagaritswe

Umuyobozi mukuru wa Kaminuza yâu Rwanda, Prof. Lyambabaje Alexandre yatangaje ko uruganda rwa POSITIVO BGH rwahaga abanyeshuri mudasobwa ku nguzanyo rwahagaritswe, ikaba ari yo mpamvu hashize igihe kirekire igikorwa cyo kuzitanga cyarahagaze. Mu kiganiro Prof. Lyambabaje yagiriye kuri Radiyo Salus tariki ya 5 Kamena 2021, yamenyeshejwe ikibazo cya mudasobwa zahawe abanyeshuri, zigahita zipfa. Yasubije ko […]
BET yimye amatwi abayisaba gukura Diamond mu irushanwa bamushinja kuba ataranenze Magufuli
Televiziyo yâimyidagaduro ya BET yamamaye cyane ku Isi, yimye amatwi abayisaba gukura umuhanzi Diamond Platinumz mu irushanwa ryayo, bamushinja kuba ataranenze inshuti ye Dr John Pombe Magufuli wabaye Perezida wa Tanzania, bavuga ko yategekeshaga igitugu. Mu minsi ishize ni bwo BET yashyize Diamond ku rutonde rwâabahanzi nyafurika bahatanira ibihembo byayo bitandukanye. Nyuma yâaho, bamwe mu […]
Nyamagabe: Umwana yamaze iminsi ibiri aziritse, ahondagurwa nâababyeyi (Amafoto)

Umugabo witwa Hakizimana CĂ©lestin na Mukarukundo Marie Rose batuye mu Mudugudu wa Gahira, Akagari ka Mukungu, Umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe bamaze iminsi ibiri baziritse amaboko umwana wabo wâimyaka 11 yâamavuko, bamuhondagura. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko Hakizimana yafashe uyu mwana wâumuhungu wigaga mu mwaka wa kabiri wâamashuri abanza, amuzirikira amaboko inyuma […]
Amashusho yerekana neza ko Me Bukuru Ntwali yiyahuye_RIB
Umuvugizi wâUrwego rwâIgihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa 9 Kamena 2021 yatangaje ko ibimenyetso byafashwe birimo amashusho ya âcameraâ bigaragaza ko umunyamategeko wâUmunyamulenge, Me Bukuru Ntwali yiyahuye. Dr Murangira mu kiganiro yagiriye ku televiziyo yâigihugu, yagize ati: âTwebwe ibyo twagenje nkâurwego rwâubugenzacyaha, ruragaragaza neza ko yiyahuye. Footage (amashusho) za camera […]
Ingabo za Kenya zagobotse abâi Goma bagizweho ingaruka nâiruka rya Nyiragongo

Ingabo za Kenya kuri uyu wa 8 Kamena 2021 zagejeje ku batuye i Goma bagizweho ingaruka nâiruka ryâikirunga cya Nyiragongo imfashanyo irimo ibiribwa nâimiti. Mu biribwa zabahaye harimo: inyama nâibizikomokaho, amashu, ibitunguru, ibijumba na karoti; byose byatunganyirijwe mu nganda zazo ebyiri zirimo urwa KMC (Kenya Meat Commission) na KDF Gilgil Food Processing Factory. Ibi biribwa […]
RIB iraburira ba nyiri shene zirimo Afrimax TV
Umuvugizi wâUrwego rwâUbugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry araburira ba nyiri zimwe muri shene za YouTube zitangaza amakuru, zikanatambutsa ibiganiro bishobora kuyobya rubanda nka Afrimax TV ikunzwe mu Rwanda. Mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 9 Kamena 2021, Dr Murangira yavuze ko nâubwo ingingo ya 38 yâItegekonshinga iha buri wese uburenganzira bwo […]
U Rwanda rwohereje abarimu 4 bo muri Uganda, bari bamaze iminsi bafunzwe
Leta yâu Rwanda ejo ku wa 8 Kamena 2021 yaraye yohereje abarimu 4 bo muri Uganda yari imaze amezi abiri ifunze, bazira gushaka gusubira iwabo banyuze mu nzira zitemewe. Chimp Reports dukesha aya makuru ivuga ko aba barimo ari: Alex Bakitenda wâimyaka 29 yâamavuko ukomoka mu Karere ka Kaliro, Abdul Ssenono Mutwarib wâimyaka 31 na […]