Perezida Museveni yoherereje Ndayishimiye ubutumwa bwihariye

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ejo ku wa 8 Kamena 2021 yohereje Adonia Ayebare mu Burundi, ageza kuri Perezida Ndayishimiye ubutumwa bwihariye. Adonia Ayebare usanzwe ari intumwa yihariye ya Perezida Museveni yemereje aya makuru ku rubuga rwa Twitter ubwo yari amaze guhura na Ndayishimiye. Yagize ati: âWakoze Gen. Neva (Ndayishimiye) kunyakirana urugwiro mu rugo […]
Kaminuza yâu Rwanda irateganya guhagarika amasomo adakenewe ku isoko ryâumurimo
Umuyobozi wa Kaminuza yâu Rwanda wungirije ushinzwe amasomo nâubushakashatsi, Dr Emile Bievennue avuga ko hagiye gukorwa ubusesenguzi ku masomo 158 yigishwamo kugira ngo adakenewe ku isoko ryâumurimo ahagarikwe. Ni nyuma yâaho bigaragaye ko hari amasomo yigishwa muri iyi kaminuza, bikagorana kubona nâumwe wayarangije akabona akazi cyangwa se akihangira umurimo uyerekeye. Hari kandi nâaba akenewe ku […]
Uganda: Janet Museveni yagumye muri Guverinoma, Kutesa yasimbujwe

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 8 Kamena 2021 yashyizeho Visi Perezida, Minisitiri wâIntebe nâabagize guverinoma, aho bigaragara ko abarimo umufasha we Janet Museveni usanzwe ari Minisitiri wâUburezi yagumyemo, abarimo Sam Kutesa wari Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga basimbujwe. Uwo yagize Visi Perezida ni Rtd Maj. Jessica Alupo, Minisitiri wâIntebe ni Nobinah Nabbanja, ba Minisitiri […]
BRD ntifite amakuru yuzuye ku bize kaminuza ku nguzanyo ya Leta
Umugenzuzi Mukuru wa Leta yâu Rwanda, Obadiah Biraro mu kwezi gushize yagaragaje ko Banki yâigihugu itsura amajyambere idafite amakuru yuzuye ku barangije kaminuza nâamashuri makuru bigiraga ku nguzanyo ya Leta. Nkâuko The Chronicles yabitangaje, iyi banki izwi nka BRD yahawe inshingano yo kubika amakuru yâabanyeshuri, uretse no kugira amakuru yose ku rutonde rwâabo ifite, ngo […]
Yaraduhamagaye aratubwira ngo dusakuze cyane_Umukobwa wa Rusesabagina
Umukobwa wa Paul Rusesabagina witwa Lys Rusesabagina ku wa 6 Kamena 2021 yatangaje ko se ufungiwe muri Gereza ya Nyarugenge ari mu bihe bitamworoheye, ngo byageze nâaho abahamagara nkâabagize umuryango we, abasaba gusakuza cyane kugira ngo ahabwe uburenganzira atakibona. Lys yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri shene ya YouTube yitwa Ikondera Libre ikoreshwa nâabarwanya ubutegetsi bwâuRwanda, […]
Uwabeshye ko Mbonyi yapfuye yashoboraga kuzafungwa imyaka itanu, agacibwa na miliyoni 3 FRW
Tariki ya 6 Kamena 2021 ni bwo shene ya YouTube yitwa Faster TV Show yatangaje inkuru yâuko umuhanzi Israel Mbonyicyambu (Mbonyi) yapfuye. Mu gitondo cyâejo tariki ya 7 Kamena, Mbonyi yabyutse ayinyomoza, avuga ko ari muzima kurushaho. Yagize ati: âBusiness yâama views imaze gutuma abantu bata ubunyangamugayo. Ku nshuti zanjye nâumuryango wanjye, âNDI MUZIMA KURUSHAHOâ. […]
Umuryango wo muri USA urasaba ko abayobozi babiri mu Rwanda bafatirwa ibihano kubera Rusesabagina
Umuryango Lantos Foundation uhirimbanira uburenganzira bwâikiremwamuntu urasaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gufatira ibihano Minisitiri wâUbutabera akaba nâIntumwa Nkuru ya Leta yâu Rwanda, Busingye Johnston nâUmunyamabanga Mukuru wâUrwego rwâUbugenzacyaha, Col. Jeannot Ruhunga. Bigaragara mu rwandiko uyu muryango wasohoye ku rubuga rwawo kuri uyu wa 7 Kamena 2021 uvuga ko wagejeje mu biro bya Minisiteri […]
Kibira: Abavuga Ikinyarwanda 8 baguye mu mirwano yumvikanyemo imbunda ziremereye, abandi bafashwe
Abasirikare bâu Burundi nâabitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bongeye kurwanira mu ishyamba rya Kibira mu masaha yâikigoroba cyo kuri uyu wa 6 Kamena 2021, ahaherera muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke. SOS Media ivuga ko intandaro y’iyi mirwano yumvikanyemo urusaku rwâimbunda ziremereye, ari igico aba barwanyi batezemo abasirikare bâu Burundi bari ku burinzi tariki ya […]
Dosiye ya Karasira Aimable yageze mu Bushinjacyaha
Dosiye ya Karasira Aimable wabaye umwarimu muri Kaminuza yâu Rwanda, akamenyekanira mu biganiro bitavugwaho rumwe kuri YouTube, yashyikirijwe Ubushinjacyaha kuri uyu wa 7 Kamena 2021. Iyi dosiye ikubiyemo ibyaha bitatu aregwa: Guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kubiba amacakubiri nâicyo kudasobanura inkomoko yâumutungo cyiyongereyeho nyuma yâisaka Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwari rumaze […]
Mwarimu yazengurukije abana 30 ikibuga cyuzuye amabuye bapfukamye, ngo batsinzwe Igifaransa
Umwarimu witwa Nizeyimana Esperee wigisha mu ishuri rya Ecofo Ngobeke riherereye muri Gitega mu Burundi, yazengurukije abanyeshuri 30 ikibuga cyuzuye amabuye bapfukamye, abazize gutsindwa imyitozo yâisomo ryâIgifaransa. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu mwarimu yazengurukije aba banyeshuri ikibuga mu minsi itandatu ishize, kugeza ubwo bamwe muri bo bakomeretse ku mavi, bajyanwa ku bitaro, bashyirwaho […]
Hari abakunzi bâumuhanuzi TB Joshua bizera ko asinziriye, ashobora kuzuka
Umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua uzwi nka TB Joshua wari ukomeye ku mugabane wa Afurika yapfuye mu ijoro ryo ku wa 5 Kamena 2021. Ni inkuru yababaje benshi bamukundaga, byâumwihariko abâiwabo muri Nigeria, bamwe babyukiye ku rusengero rwe rwa SCOAN (The Sinagogue, Church of All Nations), kugira ngo bamenye neza niba koko yapfuye. BBC ishami ryâururimi […]
Mecky Kayiranga yashyize hanze amashusho yâindirimbo âGarukaâ yuje impanuro ku bakundanye (Video & amafoto)

Umuhanzi, umucuranzi akaba nâumunyamakuru, Mecky Kayiranga kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Kamena 2021 yashyize hanze amashusho yâindirimbo yise âGarukaâ yuje impanuro ku bakundanye. Muri iyi ndirimbo, Mecky yishyize mu mwanya wâumugabo watawe nâumugore we bitewe nâamakimbirane yoroheje bagiranye. Amusaba kwirengagiza ibyabatandukanyije, akagaruka mu rugo, bakongera bakabana nkâabakunzi. Mu ijwi rituje, hari aho agera […]
Perezida Museveni yafunze amashuri yose kubera impungenge za Covid-19
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 6 Kamena 2021 yategetse ko amashuri yose afungwa mu gihe cyâiminsi 42 bitewe nâubwiyongere bwâubwandu bwâicyorezo cya Covid-19 mu gihugu. Mu ijambo yagezaga ku baturage ryatambutse ku bitangazamakuru bya Leta rirebana nâingamba zo kwirinda Covid-19, Perezida Museveni yavuze ko guhera saa mbiri zâigitondo cyâuyu wa […]
Kayibanda yifuje ko u Rwanda rwagabwa kabiri, Abahutu bagatandukana nâAbatutsi_Dr Bizimana

Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo yâIgihugu ishinzwe kurwanya jenoside, Dr Bizimana Jean DamascĂšne yavuze ko Kayibanda GrĂ©goire wabaye Perezida wâu Rwanda, yigeze kwifuza ko iki gihugu cyagabwamo ibice bibiri, kimwe kikabamo Abahutu, ikindi kikabamo Abatutsi. Nkâuko Kigali Today dukesha iyi nkuru yabitangaje, Dr Bizimana yabivuze ubwo yari mu muhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri yâAbatutsi bazize […]
Uwabaye Visi Meya wa Rubavu arasaba ubufasha nyuma yo gusenyerwa nâimitingito
Nsengiyumva Buntu Ezechiel wabaye Umuyobozi wâAkarere ka Rubavu wungirije, ushinzwe iterambere ryâubukungu kuva mu 2011 kugeza mu 2015, arasaba Leta yâu Rwanda ubufasha nyuma yâaho inzu ye isenywe nâimitingito yakurikiye iruka ryâikirunga cya Nyiragongo mu kwezi gushize. Nsengiyumva utuye mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu aherutse gutangariza Radiyo Ijwi rya Amerika ko muri […]
Urupfu rwa Me Bukuru, ifatwa rya Karasira, Rusesabagina wakuwe âmu katoâ nâizamurwa mu ntera rya Gen. Muganga, mu nkuru zâicyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 31 Gicurasi kirangira tariki ya 6 Kamena 2021. Cyaranzwe nâamakuru atandukanye, yiganjemo arebana nâubutabera ndetse nâumutekano. Muri yo harimo ayavuzweho cyane akurikira: Urupfu rwa Me Bukuru Ntwali Umunyamategeko akaba nâumushakashatsi wâUmunyamulenge, Me Bukuru Ntwali, yapfuye tariki ya 2 Kamena 2021, kugeza ubu icyamwishe kiracyari amayobera. Mu gitondo cyâuwo munsi ni […]
Abasirikare bâu Burundi baguye mu gico cyâabavuga Ikinyarwanda, bakozanyaho
Abasirikare bâu Burundi bari ku burinzi, kuri uyu wa 5 Kamena 2021 baguye mu gico (ambush) cyâabitwaje intwaro bavuga ururimi rwâIkinyarwanda, bararasana. Urubuga SOS/Burundi ruvuga ko iyi mirwano yabereye mu ishyamba rya Kibira, muri Zone ya Butahana, Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke iri mu majyaruguru yâuburasirazuba bwâigihugu. Umuturage wahaye SOS aya makuru yavuze ko […]
U Rwanda rurashaka ko icyaha cyo guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi cyajya gihanwa nâamategeko yâibihugu byinshi
Minisitiri wâUbubanyi wâAmahanga, Dr Vincent Biruta yatangaje ko u Rwanda rushaka ko icyaha cyo guhakana jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyajya gihanwa mu mategeko yâibihugu byinshi, nkâuko bimeze ku yakorewe Abayahudi. Minisitiri Biruta yabitangarije mu kiganiro cyo kwibuka we nâabandi bayobozi bagiranaga nâAbanyarwanda baba mu mahanga, cyakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga. Yagize ati: âIkindi gikomeye nka Leta […]
Ijambo Karasira Aimable yigeze kuvuga ku âbamugushije mu mutego’
Kuva tariki ya 31 Gicurasi 2021, Karasira Aimable wamenyekanye cyane ku rubuga rwa YouTube mu Rwanda, ari mu maboko yâUrwego rwâIgihugu rwâUbugencyaha (RIB) aho akurikiranweho icyaha cyo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kubiba amacakubiri. Nkâuko RIB yabisobanuye, Karasira arazira ibyo yatangarije kuri shene ye ya YouTube yitwa Ukuri Mbona. Si […]
U Rwanda rwizeye ko mu 2024 nta rugo ruzaba rukiri mu kizima
Minisitiri wâImari nâIgenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yatangaje ko mu Rwanda umwaka wâ2024 uzarangira nta rugo rukiri mu kizima. Minisitiri Ndagijimana yabivugiye mu kiganiro nâitangazamakuru ku wa 4 Kamena 2021 ubwo Leta yâu Rwanda yari imaze gusinya amasezerano yâinkunga yâamadolari ya Amerika miliyoni 84.2 ya Banki Nyafurika itsura amajyambere (BAD), arimo miliyoni 36.7 yâinguzanyo. Iyi nkunga […]
Umuhanuzi TB Joshua yapfuye; yaba yabanje kubihishura
Umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua) wamamaye ku mugabane wa Afurika, yapfuye kuri uyu wa 5 Kamena 2021, bikaba bivugwa ko yabanje kubihishura. Umuryango TB Joshua Minisitries uyu muhanuzi yashinze ni wo wemereje inkuru y’urupfu rwe mu gitondo cy’uyu wa 6 Kamena 2021 ku rubuga rwa Facebook, uti: “Ni koko Umwami ntacyo akora atabanje kugihishurira […]
Rusesabagina ntagifungiwe aho yitaga âmu katoâ, ntagihabwa amafunguro yihariye
Nyuma yâaho umuryango wa Paul Rusesabagina uvugiye ko afungiwe nabi muri Gereza ya Nyarugenge, Urwego rwâIgihugu rushinzwe imfungwa nâabagororwa (RCS) rusobanura ko atari ukuri, ko ahubwo yavanwe ahantu yitaga mu kato, afungirwa hamwe nâabandi. Umuryango wa Rusesabagina watanze impuruza, uvuga ko mu byumweru bishize uburyo yafatwagamo muri gereza bwahindutse, afungirwa ahantu hashya, mu bantu atazi. […]
Karasira yafatanwe arenga miliyoni 30 FRW, bikekwa ko yayahawe nâabarwanya Leta
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rwafatanye Karasira Aimable amafaranga yâu Rwanda arenga miliyoni 30 (30,000,000 FRW), ntiyasobanura inkomoko yayo, rwo rukaba ruca amarenga ko yaba yarayahawe nâababa mu mahanga bamutegeka kuvuga ibyo bashaka. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yabwiye itangazamakuru ati: âNyuma yâifungwa rye ryo ku wa 31 Gicurasi nâiperereza ryakozwe, byagaragaye ko […]
Perezida Museveni yanenze polisi, ngo iyo ikora neza Gen. Katumba ntiyari kuraswa
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yanenze imikorere ya polisi yâigihugu kubera iraswa rya Gen. Katumba Wamala, umukobwa we nâumushoferi kuko ngo iyo iza kuba ikora neza, yari kumutabara hakiri kare. Uyu Mukuru wâIgihugu yabitangarije mu ijambo yageneye abaturage ba Uganda, kuri uyu wa 4 Kamena 2021. Yagize ati: âIraswa rya Gen. Katumba Wamala ryakozwe nâabo […]
Perezida Tshisekedi yongeye kuganira na Joseph Kabila
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi nâumufasha we, Denise Nyakeru baganiriye na Joseph Kabila wujuje imyaka 50 yâamavuko uyu munsi. Nkâuko ibiro bya Perezida wa RDC byabitangaje, umuryango mukuru waganiriye na Kabila mu gitondo cyâuyu wa 4 Kamena 2021, ku murongo wa telefone. Ubutumwa Perezida Tshisekedi na Denise bageneye Kabila ni ubumwifuriza […]
Cricket: Ikipe ya Uganda ntikije mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka
Ishyirahamwe ryâumukino wa Cricket muri Uganda (UCA), kuri uyu wa 3 Kamena 2021 ryatangaje ko ritazohereza abakinnyi mu irushanwa ryâabagore ryateguwe mu rwego rwo kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi, Kwibuka Memorial Womenâs T20I Tournament 2021. Itangazo ryashyizweho umukono nâumuyobozi wâiri shyirahamwe, Martin Ondeko rivuga ko impamvu iki cyemezo cyafashwe, ariko bamwe mu bakinnyi bâikipe yâigihugu […]
Abadepite bagumishije Kivu yâAmajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe
Mu gihe habura iminsi mike ngo ibihe bidasanzwe Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yashyize mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru na Ituri birangira, abadepite baraye bemeje ko zigumamo. Nkâuko Radio Okapi ibivuga, aba badepite bakoze itora ryemeza ko ibihe bidasanzwe bigumaho, bamaze kubisabwa na Minisitiri wâUbutabera, Rose Mutombo. Iki gitangazamakuru kivuga ko […]
SIDA izaba isa nâitakiriho nyuma y’imyaka 9_UN
Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye rishinzwe kurwanya SIDA, UNAIDS, rivuga ko umwaka wâ2030 uzaba usa nâiherezo ryâiki cyorezo kimaze imyaka 40 ku Isi. Nkâuko Radiyo Ijwi rya Amerika yabitangaje, iri shami rivuga ko ubu riri gukurikirana ibihugu 40 byugarijwe nâiki cyorezo cyane, rikaba rifite intego yâuko uyu mwaka uzagera cyararwanyijwe ku kigero cya 90%. Ibi bihugu birimo […]
Dr Mukwege yavuze ko adashaka kuvuga ku muntu utemera ibimenyetso ku bwicanyi bwavuzwe muri RDC
Umuganga wamamaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) uzwiho ibikorwa byo kwita ku bagore nâabakobwa bafatiwe ku ngufu mu bitero byâimitwe yitwaje intwaro, Dr Denis Mukwege avuga ko adashaka kuvuga ku wirengagiza ibimenyetso ku bwicanyi bivugwa ko bwakorewe muri iki gihugu mu myaka irenga 18 ishize. Ni ijambo yavuze atanga igitekerezo ku ryo Perezida […]
Afurika yâEpfo: Umuryango w’Abanyekongo 6 wasanzwe wapfuye
Abanyekongo 6 bagize umuryango umwe bari batuye mu ntara ya Bloemfontein muri Afurika yâEpfo, basanzwe mu nzu bapfuye, bikaba bikekwa ko bishwe. Ambasaderi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo muri Afurika yâEpfo, Bene Mpoko yahamirije Radio Top Congo aya makuru kuri uyu wa 2 Kamena 2021. Ambasaderi Mpoko yavuze ko aba bantu bose baherukaga kugaragara […]
Dr Biruta ari muri Tanzania, yajyanye ubutumwa bwihariye bwa Perezida Kagame

Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Rwanda, Dr Vincent Biruta yageze muri Tanzania, ageza kuri Perezida wâiki gihugu ubutumwa bwihariye yahawe na Perezida Paul Kagame. Ibiro byâUmukuru wâIgihugu wa Tanzania byagize biti: âPerezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Nyakubahwa Samia Suluhu Hassan uyu munsi tariki ya 03 Kamena 2021 yakiriye ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika yâu […]
Nkurunziza yayoboye igihugu cyari kirwaye impande zose_Perezida Ndayishimiye
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye avuga ko uwo yasimbuye kuri iyi nshingano, nyakwigendera Pierre Nkurunziza yayoboye igihugu cyari kirwaye impande zose, agisiga kimeze neza. Perezida Ndayishimiye yabitangarije mu kiganiro âIragiâ cyatambutse kuri shene ya YouTube y’Umukuru w’u Burundi, mu gihe Abarundi bitegura kwibuka Pierre Nkurunziza uzaba amaze umwaka apfuye, tariki ya 8 Kamena […]
Abanyamulenge baratatse, ariko Leta ntacyo idufasha_Ijambo Me Bukuru aherutse gutangaza
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Kamena 2021 ni bwo abari muri Nyabugogo babonye umugabo utari wakamenyekanye yitura hasi aturutse ku igorofa rya kane ryâinyubako yâishyirahamwe Inkundamahoro, aho ngo yahise apfa. Ako kanya, amakuru yavugaga ko uyu mugabo yiyahuye, kuko ngo yabanje guparika imodoka ye kuri iyi nyubako, azamuka ku igorofa rya kane, akora […]
Ntamuhanga Cassien yaba afungiwe muri Ambasade y’u Rwanda
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe demukarasi n’iterambere muri Mozambique, Prof. Adrien Nuvunga yatangaje ko Ntamuhanga Cassien watorotse gereza, ubu afungiwe muri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu. Prof. Nuvunga yabitangarije mu kiganiro yagiranye na radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, nk’uko bigaragara mu nkuru yayo yasohotse mu gitondo cy’uyu wa 3 Kamena 2021. Prof. Nuvunga avuga ko uburyo Ntamuhanga […]
Nyabugogo: Umunyamategeko akaba n’umusesenguzi ni we wahanutse ku igorofa
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umwavoka witwa Bukuru Ntwali wakundaga kumvikana mu busesenguzi ku bibazo by’Abanyamulenge, ari we wahanutse ku igorofa rya kane mu nyubako y’Inkundamahoro muri Nyabugogo. Uyu munyamategeko yari atuye mu mudugudu wa Ituze, Akagari ka Kamuhoza, Umurenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Kamena […]
Imyaka 54 irashize Santos FC yarimo Pelé yitabiriye ubutumire bwa Mobutu Sese Seko

Tariki ya 2 Kamena 1967 wari umunsi udasanzwe ku bakunzi bâumupira wâamaguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ubwo yitwaga Congo. Uwo munsi ni bwo ikipe yâumupira wâamaguru ya Santos FC yo muri Brazil yarimo Edson Arantes do Nascimento uzwi nka PelĂ© yakinnye nâiyâigihugu ya Congo (Les LĂ©opards) mu mukino wa gicuti yari yatumiwemo nâUmukuru […]
Wa mugore âwakoze ubukwe nâUmwuka Weraâ yatawe muri yombi

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka West Pokot muri Kenya, Jackson Tumwet, yatangaje ko uru rwego rwataye muri yombi umubyeyi witwa Elizabeth Nalem uherutse gukora ubukwe nâUmwuka Wera nkâuko yabyivugiye. Nalem wâimyaka 41 yâamavuko yatawe muri yombi kuri uyu wa 1 Kamena 2021 bikekwa ko azira kuba yarataye abana batandatu yabyaye nâumugabo we wamukoye inka […]
Urukiko rugiye kumva ubujurire bwa Dr Kayumba wafunzwe umwaka, avuga ko arengana
Urukiko rugiye kumva ubujurire bwa Dr Christopher Kayumba wafungiwe muri gereza ya Nyarugenge (Mageragere) mu gihe kigera ku mwaka, aho avuga ko yarenganaga. Uyu munyapolitiki wigishije muri Kaminuza yâu Rwanda, yatawe muri yombi tariki ya 10 Ukuboza 2019, akurikiranwaho ibyaha bitatu birimo: guteza imvururu ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Kigali no gusindira mu ruhame. Icyo […]
Gen. Katumba yashimiye motari wamutabaye, nyuma yo kuraswa nâabagizi ba nabi
Gen. Edward Katumba Wamala, umudepite wabaye Umugaba Mukuru wâIngabo za Uganda na Minisitiri wâUmurimo nâUbwikorezi, kuri uyu wa 2 Kamena 2021 yashimiye abamutabaye barimo umumotari, abamuhamagaye, abamwandikiye bamwifuriza koroherwa nâabamusuye ubwo yari amaze kuraswa nâabagizi ba nabi. Mu gitondo cyâejo ku wa 1 Kamena ni bwo imodoka yari itwaye Gen. Katumba, umukobwa we witwa Brenda […]
Buri Munyarwanda anywa litiro 72 zâamata ku mwaka_Impuzandengo
Mu gihe Isi yizihizaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kunywa amata ejo tariki ya 1 Kamena 2021, Minisiteri yâUbuhinzi nâUbworozi (MINAGRI) yerekana ko bitewe nâubwiyongere bwâumukamo mu Rwanda, ku mpuzandengo (average) buri Munyarwanda anywa litiro 72 zâamata ku mwaka. Iyi Minisiteri ivuga ko kuva mu mwaka wâ2014 kugeza mu 2020, umukamo wavuye kuri litiro 1,735,000 ku munsi, […]
Amafoto: Umuparakomando wa Kenya yahuye nâuruvagusenya, ubwo yiyerekanaga

Ejo tariki ya 1 Kamena 2021, Kenya yizihije umunsi mukuru wiswe Madaraka Day, wibukirwaho igihe yigobotoye amategeko yâabakoloni bâAbongereza mu 1963. Uyu munsi wizihirijwe ku kibuga cyâumupira wâamaguru kiri muri Kisumu waranzwe nâibikorwa bitandukanye byo kuwuryoshya, byâumwihariko kwiyerekana kwâabasirikare bagendera mu kirere bazwi nka âparakomandoâ. Ubwo umwe muri aba parakomando yiyerekanaga agendera mu mutaka (parachute), […]
U Burundi bwafunguye umupaka ubuhuza na RDC bwari bwarafunze mu mezi 6 ashize
Umuyobozi wâurwego rwa Polisi yâu Burundi rushinzwe umutekano wo ku mipaka, Mbonimpa Maurice kuri uyu wa 1 Kamena 2021 yafunguye umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), nyuma yâamezi agera kuri atandatu wari umaze ufunzwe. U Burundi bwari bwarafunze uyu mupaka mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19 cyari […]
U Rwanda rurateganya kwakira inkingo 3,500,000 za Pfizer muri uyu mwaka
Minisitiri wâUbuzima, Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko u Rwanda ruteganya kwakira doze miliyoni eshatu nâibihumbi magana atanu (3,500,000) zâurukingo rw’icyorezo cya Covid-19 rwa Pfizer mbere yâuko uyu mwaka wâ2021 urangira, bikazafasha iki gihugu gukingira abantu benshi nk’uko cyabyiyemeje. Dr Ngamije yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 1 Kamena 2021, cyakurikiye ibyemezo […]
Ishyaka RPD rirasaba ko Karasira Aimable arekurwa, âkuko arwayeâ
Ishyaka RPD ritavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Rwanda Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB), kurekura Karasira Aimable âkuko arwayeâ, rukamukurikirana adafunzwe. Bigaragara mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa 1 Kamena 2021 nâumuyobozi wâiri shyaka wanarishinze, Dr Christopher Kayumba. Iri tangazo rigira riti: âNâubwo twubaha RIB ko igomba gukora akazi kayo ko gukurikirana buri wese ukekwaho ibyaha, turayisaba kurekura […]
Umukobwa wa Gen. Katumba yishwe yari amaze igihe gito avuye kwiga muri USA

Mu gitondo cyâuyu wa 1 Kamena 2021 ni bwo imodoka yari itwaye Gen. Katumba Wamala wabaye Umugaba Mukuru wâIngabo za Uganda, ubu akaba ari Minisitiri wâUmurimo nâUbwikorezi akanahagararira ingabo zâigihugu mu nteko ishinga amategeko, yarashwe amasasu menshi nâabagizi ba nabi bataramenyekana. Gen. Katumba yakomerekeye muri iki gitero, umukobwa we witwa Brenda Nantongo Wamala nâumushoferi wari […]
Kinshasa: Pasiteri yateye icyuma umugore nâabana 3, babiri barapfa
Pasiteri witwa Jean Pierre Mangwangasa (yambaye isengeri itukura) utuye muri Komini Kalamu mu mujyi wa Kinshasa wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, tariki ya 29 Gicurasi 2021 yateye icyuma abantu bane bo mu muryango we, babiri barapfa. Radio Top Congo dukesha aya makuru, yatangaje ko uburakari bwâuyu pasiteri bwatumye atera icyuma aba bantu, yabutewe […]
Perezida wa Kenya yagabiye uwâu Burundi inka 50
Perezida wa Repubulika wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2021 yagabiye mugenzi we wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye inka zigezweho 50. Ni igikorwa Perezida Uhuru yakoze ubwo Ndayishimiye yari amaze kugera muri Kenya, yitabiriye ubutumire bwe bwo kwifatanya nâAbanyakenya kwizihiza umunsi wa Madaraka Day, kuri uyu wa 1 Kamena 2021. Ubwo Perezida Ndayishimiye […]
Imihango yo gusaba no kwiyakira yagiye iraza abageni muri sitade yakomorewe
Inama yâAbaminisitiri yateranye kuri uyu wa 31 Gicurasi 2021, yakomoreye imihango y’ubukwe yo gusaba no kwiyakira (reception), yagiye iraza abarimo abageni muri sitade mu bihe bitandukanye. Iyi nama yatanze uburenganzira bwo gukora iyi mihango, gusa ishyiraho umubare ntarengwa wâabagomba kuyitabira, mu gihe yabereye ahasanzwe cyangwa ahandi habugenewe. Mu gihe irabera ahasanzwe, ntigomba kurenze abantu 30 […]
Ndasaba abapolisi bajye bagerageza barase amaguru_Immaculée ku barasa mu cyico
Umuyobozi wâumuryango Transparency International/Rwanda urwanya ruswa nâakarengane, Ingabire Marie ImmaculĂ©e aherutse gusaba abapolisi kujya barasa abakekwaho ibyaha babatorotse ku maguru, aho kubarasa mu cyico. ImmaculĂ©e yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Primo TV tariki ya 23 Gicurasi 2021. Nkâumuntu usanzwe ukurikirana ibibazo bya ruswa nâakarengane mu Rwanda, akanabishyira ahabona ndetse akanabirwanya, yasabwe kuvuga ku kibazo cyâabapolisi […]
I Bukavu bateguye imyigaragambyo, ngo Perezida Kagame yahakanye ubwicanyi bwavuzwe muri RDC
Sosiyete sivile ikorera mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo mu Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yahamagariye abatuye mu mujyi wa Bukavu kujya mu myigaragambyo, bitewe nâuko Perezida Kagame yavuze ko nta bwicanyi ingabo zâu Rwanda zakoreye mu burasirazuba bwâigihugu cyabo. Nkâuko ibitangazamakuru byo muri RDC birimo La Prunelle na Interview byabitangaje, Adrien Zawadi uyoboye iyi […]
Karasira Aimable yatawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumaze gutangaza ko rwataye muri yombi Karasira Aimable, rumukurikiranyeho icyaha cyo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 nâicyaha cyo gukurura amacakubiri. Ruvuga ko ibyaha akurikiranweho biteganywa kandi bigahanwa n’ingingo ya 5 n’iya 7 y’itegeko ryerekeranye nâicyaha cyâingengabitekerezo ya jenoside nâibyaha bifitanye isano na yo, n’ingingo ya 164 y’itegeko […]
Muri Nyiragongo hashyizwe âcameraâ itimurwa
Abashakashatsi mu bijyanye nâibirunga bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bashyize âcameraâ itimurwa mu mwobo (crater) uri mu kirunga cya Nyiragongo kimaze iminsi 9 kirutse. Urwego ruhuza ibikorwa byâubutabazi, OCHA, ni rwo rwabitangaje kuri uyu wa 30 Gicurasi 2021. Aba bashakashatsi bashyizemo iyi âcameraâ babitewe nâimpungenge zâuko iki kirunga gishobora kongera kuruka, bitewe nâuko […]
G.S Kabusunzu: Abanyeshuri baravugwaho gusomanira imbere yâabarimu, kunywera itabi nâinzoga mu kigo
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatatu wâamashuri yisumbuye mu Rwunge rwâAmashuri (G.S) rwa Kabusunzu ruherereye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, baravugwaho gusomanira imbere yâabarimu no kunywera itabi nâinzoga mu kigo. Ni amakuru yamenyekanye ubwo umwe mu bafite umwana wiga muri iri shuri yamenyeshaga umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu, ko aba banyeshuri basuzugura cyane abarimu […]
Nta mbunda cyangwa ipeti ryatabara uri mu bibazo_Gen. Kayihura wakubititse
Umufumbira wayoboye Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura yasesekaye ku ivuko mu Karere ka Kisoro mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yâimyaka ine atahakandagiza ikirenge. Kumara iki gihe cyose atagera ku ivuko si ibintu yari amenyereye, yabitewe gusa nâuko atari yemerewe kujyayo kuko akurikiranwe nâurukiko rwa gisirikare rwa Uganda, ku byaha birimo kugambanira igihugu. Ni icyaha […]
U Rwanda ruracyashaka icyo ruzakoresha ubutaka rwahawe mu mahanga
Doreen Ntawebasa ushinzwe imishinga nâibikorwaremezo byâubucuruzi muri Minisiteri yâUbucuruzi nâInganda, yatangaje ko hari gukorwa inyingo yâibizakorerwa ku butaka u Rwanda rwahawe mu bihugu bitandukanye. Yabitangarije ikigo cyâigihugu gishinzwe cyâisakazamakuru, RBA, ati: âMinisiteri iri mu buryo bwo kwiga inyigo yakorwa ku buryo hamenyekana ibikorwaremezo byahajya kubera ko ari mu bihugu bitandukanye, kandi nâamahirwe akaba atandukanye.â Ntawebasa […]
Igitero cya FLN mu Rwanda, ifatwa rya Ntamuhanga, Macron asaba imbabazi, mu nkuru zâicyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 24 Gicurasi 2021 cyaranzwe nâamakuru atandukanye, yiganjemo arebana na politiki, ubutabera, umutekano na siyansi yâIsi. Muri iki cyumweru ni bwo: FLN yongeye gutera u Rwanda Minisiteri yâIngabo zâu Rwanda (MINADEF) tariki ya 24 Gicurasi yatangaje ko abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa FLN baraye bagabye igitero mu murenge wa Bweyeye mu […]
Umusaza witwa Kamenyero arashaka kuba âMessiyaâ wa kabiri
Umusaza wâUmurundi witwa Kamenyero Aloys yigeze kwandikira Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, amusaba ko yamuha uburenganzira, akitwa âMessiya wa kabiriâ. Messiya nkâuko bigaragara muri Bibiliya, ni umwami akaba nâumukiza, Yesu wacunguye abari mu Isi, ubwo yabambwaga azira ibyaha byabo âkugira ngo batarimbuka, ahubwo bahabwe ubugingo bwâitekaâ. Iyi baruwa nkâuko bigaragara, Kamenyero […]
Akon yahamagariye Afurika gukurikira irushanwa rya BAL riri kubera i Kigali
Umuhanzi wâUmunyamerika, Aliaune Damara Badara Thiam uzwi nka Akon, kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021 yahamagariye abo ku mugabane wa Afurika gukurikira umusozo (final) wâirushanwa rya Basketball, BAL, rimaze iminsi ribera i Kigali mu Rwanda. Ni ubutumwa yatanze mu ijwi riri hejuru nkâiryâuwamamaza, nyuma yâaho hari hamaze kumenyekana amakipe agomba guhyrira ku musozo wâiri rushanwa. […]
Perezida Tshisekedi yavuze ko aba yarageze i Goma, yabujijwe nâuko âibibuga byâindege bifunzeâ
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yaraye atangaje ko we nâubufasha we, Denise Nyakeru, baba barageze i Goma nyuma yâiruka rya Nyiragongo, gusa bakaba barahuye nâimbogamizi zâuko ibibuga byâindege bifunze. Yabivugiye i Kinshasa mu kiganiro nâitangazamakuru cyarebagana nâiruka ryâiki kirunga nâimitingito ya hato na hato yarikurikiye, igasenya ibikorwa byâabaturage, abenshi bagahunga. Perezida […]
Gen. Kayihura yagarutse i Kisoro nyuma yâigihe kirekire
Gen. Kalekezi Kayihura (Kale Kayihura), umusirikare mukuru wanayoboye polisi ya Uganda, aherutse kugaruka ku ivuko mu Karere ka Kisoro, nyuma yâimyaka ine atahakandagiza ikirenge. Nkâuko byatangajwe nâumuyobozi wa Kisoro, Abel Bizimana tariki ya 27 Gicurasi 2021, Gen. Kayihura yageze ku ivuko, muri gahunda yo gushyingura nyirakuru Ancilla Bucyana wari umaze gupfa. Ifoto dukesha televiziyo ya […]