Abanyamulenge bongeye guterwa, batakira ingabo za Leta ntizatabara
Mu gitondo cyâejo tariki ya 29 Gicurasi 2021, Abanyamulenge batuye mu biturage bitandukanye muri Gurupoma ya Bijombo ya Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bavuze ko bagabweho igitero na RED Tabara na Mai Mai Ilunga. Murwanashyaka Patrick uyoboye Sosiyete Sivile muri Bijombo yabwiye Radiyo Ijwi rya Amerika […]
Perezida Ndayishimiye yongeye guhura nâintumwa yihariye yâumuyobozi wa UN, nyuma yâamezi make
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye yongeye guhura nâintumwa yihariye yâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye mu Karere kâIbiyaga Bigari, Huang Xia, nyuma yâamezi atandatu. Nkâuko ibiro byâUmukuru wâu Burundi bibivuga, aba bombi bahuriye muri Gitega kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021, baganiriye ku ngingo zirimo: amahoro, umutekano nâiterambere. Ku kijyanye nâumutekano, bombi baganiriye ku ntambwe […]
CP Kabera avuga ko abantu bamwifurije isabukuru nziza ku munsi utari wo
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasubije abamwifurije isabukuru nziza yâamavuko ko atari yo tariki yavukiyeho. Ni mu gihe ubutumwa bwinshi bwari bukomeje kwandikwa ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 29 Gicurasi 2021, bugaragaza ko yaba yaravutse ku munsi nkâuyu. Umunyamakuru Robert McKenna na we ashingiye ku butumwa nâabandi bari banditse, […]
Ifoto yakunzwe: Umubyeyi w’i Goma wahungaga, yakoze ibishoboka ngo atabura umwana we
Kuva ku mugoroba wa tariki ya 22 Gicurasi 2021, abatuye mu mujyi wa Goma muri Kongo (RDC) bagwiririwe nâibyago byâiruka rya Nyiragongo, ikirunga kitari kure yabo, amahindure yacyo yibasira ibiturage nka Buhene, mu nkengero yawo. Bitewe nâuko babonaga ibimenyetso ko ikirunga kigiye kuruka kuko cyari cyatukuye cyane, abaturage bâi Goma barenga 25,000 bahungiye mu bice […]
Perezida Ndayishimiye ategerejwe muri Kenya
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, ategerejwe muri Kenya ku wa Mbere wâicyumweru gitaha, tariki ya 31 Gicurasi 2021. Igitangazamakuru Nation cyo muri Kenya, kivuga ko Perezida Ndayishimiye azagera muri iki gihugu, kugira ngo yifatanye nâAbanyakenya kwizihiza umunsi mukuru bigobotoye amategeko yâAbakoloni bâAbongereza uzwi nka Madaraka Day. Amateka agaragaza ko Kenya yatangiye kugendera ku […]
Afurika yâEpfo: Perezida Macron yakiriwe bidasanzwe (Amafoto)

Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron wasoje uruzinduko yari afite mu Rwanda kuri uyu wa 28 Gicurasi 2021, yageze muri Afurika yâEpfo, yakirwa mu buryo budasanzwe. Mu kanya gashize ni bwo Perezida Macron yakiriwe na mugenzi we uyoboye Afurika yâEpfo, Cyril Ramaphosa nkâuko yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, saa munani nâiminota 23. Aho yakiriwe ku nyubako […]
RDC: Leta yasubijwe inzu yari yarambuwe na âMajorâ mu 1997
Urukiko rusesa imanza rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, tariki ya 25 Gicurasi 2021 rwasubije Leta inyubako umusirikare wâipeti rya âMajorâ yari yarihaye mu buryo butemewe nâamategeko. Radio na Televiziyo ya RDC dukesha aya makuru, ivuga ko uyu musirikare yihaye iyi nzu mu 1997 ubwo abarwanyi ba AFDL bari bayobowe na Laurent DĂ©sirĂ© Kabila […]
U Rwanda rurasubukura gahunda yo gukingira Covid-19
Ikigo cyâu Rwanda gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangaje ko gahunda yo gukingira Covid-19 mu gihugu hose igiye gukomeza kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Gicurasi 2021. Ni nyuma yâaho u Bufaransa buhaye iki gihugu doze 117,600 zâinkingo za AstraZeneca, ziyongera ku zindi cyari cyarahawe muri gahunda ya Covax igamije kugeza inkingo mu bihugu biri mu […]
Abâi Rubavu batewe ubwoba nâirindi ruka rya Nyiragongo rishoboka, ngo barimo kumva ibimenyetso

Nyuma yâitangazo rya Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) riburira abatuye mu mujyi wa Goma ko ikirunga cya Nyiragongo gishobora kongera kurukira no munsi yâikiyaga cya Kivu, abâi Rubavu mu Rwanda bavuga ko bafite ubwoba ko cyabarukira, kuko ngo hari nâibimenyetso barimo kumva. Uyu Guverineri, Lt. Gen. Constant Ndima […]
Uganda na RDC byasinye amasezerano ây’Amatekaâ

Leta ya Uganda n’iya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), kuri uyu wa 27 Gicurasi 2021 byasinye amasezerano akomeye, ziyita âAyâAmatekaâ. Nkâuko byatangarijwe ku rubuga rwa Twitter rya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, aya masezerano yasinywe ubwo uyu Mukuru wâIgihugu yari amaze kwakira intumwa zaturutse muri RDC, zari ziyobowe na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga, Christophe Lutundula. […]
Ibikorwa bya MONUSCO byari i Goma byimuriwe ahandi
Intumwa yihariye yâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Bintou Keita kuri uyu wa 26 Gicurasi 2021 yatangaje, bimwe mu bikorwa byâubutumwa bwâamahoro byâuyu muryango (MONUSCO) byari i Goma byimurirwa i Bukavu nâi Sake. Ni mu gihe imitingito ikomeje kwibasira uyu mujyi kuva ikirunga cya Nyiragongo cyaruka tariki ya 22 Gicurasi 2021. […]
Mwemere wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arasaba ubufasha

Mwemere Ngirinshuti wakiniye amakipe yose akomeye muri shampiyona yâumupira wâicyiciro cya mbere cyâumupira wâamaguru mu Rwanda kuva ahagana mu 2003 kugeza mu 2019, avuga ko abaye mu buzima bubi, agasaba ubufasha bwo kubona ikimutunga. Mwemere yakiniye amakipe arimo: Atraco FC itakibaho, APR FC, Police FC, Kiyovu Sports, Bugesera na Espoir FC, yitabazwa no mu ikipe […]
Amafoto: Perezida Macron ari mu Rwanda

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu kanya gashize ageze ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe. Uyu Mukuru w’Igihugu aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rwitezwemo gahunda zitandukanye zifite aho zihuriye n’ibihugu byombi. Yaraye atangarije ku rubuga rwa Twitter ko ruzafungura “urupapuro rushya ku mubano w’u Bufaransa n’u Rwanda ndetse na Afurika.” Yageze mu Rugwiro […]
Byitezwe ko Nyiragongo ishobora kurukira no muri Kivu, abaturage bari kwimurwa ku bwinshi

Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima ashingiye ku byo yabwiwe nâabashakashatsi mu byâubumenyi bwâibiri mu nda yâIsi, yavuze ko ikirunga cya Nyiragongo gishobora kongera kurukira mu bice bitandukanye by’umujyi was Goma no mu kiyaga cya Kivu. Byatumye uyu muyobozi afata icyemezo cyo kwimura abatuye muri uyu mujyi guhera kuri uyu wa 27 […]
Kivu yâAmajyaruguru na Ituri: Goma irayoborwa nâumusirikare, indi mijyi ikomeye iyoborwe nâabapolisi bakuru
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba nâUmugaba wâingabo wâikirenga, FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 yahaye imijyi ikomeye mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru na Ituri ubuyobozi bwa gisirikare nâigipolisi. Iyi mijyi ni: Goma na Beni muri Kivu yâAmajyaruguru, Bunia na Butembo muri Ituri. Uyobora Goma ni umusirikare witwa Kebya Makosa François, […]
Amafoto: Umugore wâabana 6 yakoze ubukwe bukomeye ânâUmwuka Weraâ

Imiziki, imbyino, imvugirizo, urusaku nâibindi bigize ibyishimo, ni byo byaranze ubukwe bukomeye bwâumubyeyi wâabana 6 wo mu gace ka Mukutano mu Karere ka West Pokot muri Kenya, Elizabeth Nalem uvuga ko yakoranye nâUmwuka Wera. Amashusho dukesha The Standard agaragaza umubyeyi Nalem yambaye agatimba, kamupfutse mu maso nkâuko bisanzwe ku mugeni wakoze ubukwe, ariko umukwe (umusore […]
Abakorana na Ntamuhanga Cassien bemeza ko yatawe muri yombi

Abakorana na Ntamuhanga Cassien bibumbiye mu muryango bise âRANP Abaryankunaâ urwanya Leta yâu Rwanda bemeje amakuru yâitabwa muri yombi rye. Ni amakuru yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga guhera mu ntangiriro zâiki cyumweru, avuga ko Ntamuhanga yafatiwe mu murwa mukuru wa Mozambique, Maputo, aho yabaga nkâimpunzi. Aya makuru yavugaga ko nyuma yo gufatirwa i Maputo, byitezwe […]
Perezida Kagame yavuze kuri Tshisekedi utavuga rumwe na we kuri âRapport Mappingâ
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yavuze kuri mugenzi we uyoboye Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi utavuga rumwe na we ku bakoze âRapport Mappingâ. Rapport Mapping yakozwe na Komisiyo yâimpuguke zâUmuryango wâAbibumbye ishinzwe uburenganzira bwâikiremwamuntu, igaragaza ibyaha byakorewe mu burasirazuba bwa RDC hagati yâ1993 n’2003, nâababikoze. Muri iyi raporo, ingabo zâu […]
Sudani yâEpfo yasubije inkingo za Covid-19 yari yarahawe
Leta ya Sudani yâEpfo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 yasubije urwego rwa Covax inkingo 72,000 za Covid-19 mu 132,000 rwari rwarayihaye muri Werurwe, bitewe nâibibazo byâubukungu. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ko izi nkingo zayisaziraho, zigapfa ubusa, kuko ngo ntabwo iri kubona ubushobozi bwo kuba zose yaramaze kuzikoresho kugeza tariki ya 18 […]
Umuhanga avuga ko u Rwanda rurimo gutandukana na RDC

Umuhanga mu bumenyi bwâibibera mu nda yâIsi wigisha amasomo abwerekeyeho muri Kaminuza yâu Rwanda, Dr Digne Rwabuhungu avuga ko u Rwanda rurimo gutandukana na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), mu myaka myinshi iri imbere ibi bihugu bikazatandukanywa nâinyanja. Dr Rwabuhungu yabitangarije kuri Radiyo Rwanda kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021, mu kiganiro cyibandaga ku […]
Perezida wa Angola yirukanye mu kazi ba âGeneralâ batandatu
Perezida wa Repubulika ya Angola akaba nâumugaba wâingabo wâikirenga, JoĂŁo Lourenço, yirukanye mu kazi abasirikare batandatu bafite amapeti ya jenerali (General). Nkâuko igitangazamakuru Angop cyo muri Angola cyabitangaje, ni icyemezo Perezida Lourenço yafashe agishyira mu bikorwa kuri uyu wa 24 Gicurasi 2021 nyuma yâinama yiga ku mutekano yari ayoboye, yari imaze kuba. Abirukanwe ni: Lieutenant-General […]
FLN yigambye igitero cyo mu Bweyeye
Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta, 2nd Lt Irambona Steven Tamboula yemeje ko tariki ya 23 Gicurasi 2021 bagabye igitero mu Kagari ka Nyamuzi, Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ngo bakaba bishimira uko cyagenze. Tamboula yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021. […]
U Burundi buvuga ko nta âbagizi ba nabi’ bateye u Rwanda baturutseyo

Guverinoma yâu Burundi yahakanye amakuru yatangajwe na Minisiteri yâIngabo mu Rwanda, avuga ko abarwanyi ba FLN bagabye igitero mu Murenge wa Bweyeye muri Rusizi, bari baturutseyo (mu Burundi). Bigaragara mu itangazo rigenewe itangazamakuru Umuvugizi wa Minisiteri yâIngabo zâu Burundi, Col. Biyereke Floribert yashyize ahabona kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021. Minisiteri yâIngabo yâu Burundi ivuga […]
Iruka rya Nyiragongo: Abapfuye bageze kuri 32, barimo abishwe nâumwuka wâamahindure
Urwego rushinzwe kurinda abasivili mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021 rwatangaje ko abantu bamaze kumenyekana bapfuye bazize iruka ryâikirunga cya Nyiragongo, bageze kuri 32. Joseph Makundi uyoboye uru rwego, yabwiye itangazamakuru ko muri aba bapfuye harimo: 7 batwitswe nâamahindure yatembaga […]
I Bujumbura harakeye_Isidore Ntirampeba ku Burundi buraberamo inama ya UN
Kuva kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021, i Bujumbura mu Burundi harabera inama ihuza ibihugu 11 byo mu Karere ka Afurika yo hagati yateguwe nâakanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe amahoro nâumutekano muri aka karere. Iyi nama yiga ku mutekano, amatora nâumubano wâibihugu byo muri aka karere, ni iya mbere mpuzamahanga iki gihugu cyakira kuva mu 2015 […]
Ingabo za Mali zafunze Perezida n’abarimo Minisitiri w’Intebe
Ingabo za Mali zaraye zitaye muri yombi Perezida w’inzibacyuho, Bah Ndaw n’abarimo Minisitiri w’Intebe, Moctar Ouane, nyuma y’amavugurura yari amaze gukorwa muri guverinoma. Muri aya mavugurura, abasirikare bakuru babiri bagize uruhare rukomeye mu ihirika ku butegetsi ry’uwari Perezida wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita muri Kanama 2020, basimbujwe, birakaza ingabo z’igihugu. Ni amavugurura Perezida Ndaw na […]
U Buhinde: Abantu 50,000 bishwe na Covid-19 mu byumweru bibiri
Inzego zâubuzima mu Buhinde kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021 zaraye zitangaje ko icyorezo cya Covid-19 kimaze kwica abantu 50,000 mu byumweru bibiri gusa. Ni umubare wazamuwe nâabishwe nâiki cyorezo 4452 kuri uyu munsi, ukaba ari uwa kabiri munini cyishe muri iki gihugu, ku munsi umwe. Abantu benshi bishwe na Covid-19 mu munsi umwe ni […]
Umuhungu wâimyaka 47 yishwe nâababyeyi, azira kuba ingaragu
Umuhungu wâimyaka 47 yâamavuko wamamaye mu gutunganya filimi muri Iran, Babak Khorramdin, yishwe nâababyeyi be bombi, bamuziza ko atarongora. Byamenyekanye mu cyumweru gishize, ubwo abapolisi basangaga umurambo wa Babak ukatakase, uzingazinze mu isashe, wajugunywe mu kimoteri kiri mu gace ka Ekbatan mu burengerazuba bwâumurwa mukuru wa Iran, Tehran. Igitangazamakuru Arab News kivuga ko mbere yo […]
Amafoto: Abarwanyi ba FLN bateye u Rwanda, babiri bishwe

Abarwayi bâumutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta, mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021 binjiye mu Karere ka Rusizi mu Rwanda baturutse mu Burundi, ingabo za RDF zicamo babiri, zifata nâintwaro zimwe bari bafite. Nkâuko byatangajwe na RDF ku rubuga rwayo, aba barwanyi binjiriye mu mu mudugudu wa Rwamisave, Akagari ka Nyamuzi, […]
Iruka rya Nyiragongo: Kubura kwâamafaranga ya interineti kwatumye abaturage bataburirwa
Umuyobozi wâurwego rushinzwe ubumenyi bwâibirunga mu mujyi wa Goma (OVG), Kasereka Muhinda CĂ©lestin, yatangaje ko bataburiye abaturage ko ikirunga cya Nyiragongo kigiye kuruka, bitewe nâuko babuze amafaranga yo kugura interineti. Muhinda yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa Radio Okapi kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021, ubwo yamubazaga impamvu uru rwego rutatanze impuruza hakiri kare nkâimwe […]
Igikomeye cyatumye Prince Ibeh aba Umunyarwanda

Prince Chinenye Ibeh ni umukinnyi wa Basketball ufite inkomoko ya Nigeria, wahawe ubwenegihugu ubwâu Rwanda muri Gashyantare 2021. Yavukiye i Londres mu Bwongereza tariki ya 3 Kamena 1994, akurirayo, anigayo. Umuryango we uba mu mujyi wa Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku mwanya wo hagati, C (Center)), yakiniye amakipe ya Basketball atandukanye, arimo: […]
Perezida Kagame mu Bufaransa, Macron mu Rwanda, Dr Mukwege nâingabo za Uganda muri RDC âmu ibangaâ; mu nkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 17 Gicurasi 2021 cyaranzwe nâamakuru atandukanye, yiganjemo arebana na politiki byâumwihariko mu bubanyi nâamahanga, siyansi, umutekano ndetse nâubuzima bwâumuryango. Ayâingenzi yakiranze ni akurikira: Perezida Kagame mu Bufaransa, Macron mu Rwanda Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Bufaransa kuva tariki ya 16 Gicurasi 2021, aho yari yitabiriye […]
Seninga watozaga Musanze FC yirukanwe umukino utararangira, asabwa kuguma i Bugesera
Umuyobozi wa Musanze FC, Tuyishime Placide yirukanye umutoza wâiyi kipe, Seninga Innocent umukino wayihuzaga na Gasogi United utararangira. Byabereye ku kibuga cya Bugesera cyakinirwagaho umukino wahuzaga aya makipe, mu masaa kumi yâikigoroba cyâuyu wa 23 Gicurasi 2021. Tuyishime utishimiye umusaruro wa Seninga muri uyu mukino, yumvikanye yarakaye cyane, ari na yo mpamvu ishobora kuba yatumye […]
Umunyekongokazi wahungaga iruka rya Nyiragongo yabyariye mu Rwanda, umwana amwita Umutoni
Umubyeyi wâi Goma wahungaga iruka ryâikirunga cya Nyiragongo, Devotha Mawazo, yaraye abyariye mu Murenge wa Busasamana wâAkarere ka Rubavu mu Rwanda, yita uruhinja we âUmutoniâ. Impamvu uyu mubyeyi yise umwana we iri zina nkâuko yabisobanuye, ni uko yabyariye mu Rwanda kandi akaba yafashijwe nâAbanyarwanda. Mawazo mu nkuru dukesha RBA, yagize ati: âUmwana wanjye mwise Umutoni, […]
Iruka rya Nyiragongo: Batanu bahungaga bapfuye, inzu nyinshi zasenyutse

Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Lt Gen. Ndima Constant yatangaje ko abantu batanu bahungaga iruka ryâikirunga cya Nyiragongo bapfiriye mu mpanuka yatewe nâumuvundo, hakaba hanasenyutse inzu nyinshi. Gen. Ndima yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku gitangazamakuru cyâigihugu, RTNC, mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021. Yavuze ko […]
Abanyarwanda, Perezida Kagame, mwakoze gufungura umupaka_Umunyekongo

Umunyamategeko akaba nâumwanditsi wâibitabo ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Me Dominique Mpundu yashimiye Abanyarwanda nâUmukuru wâIgihugu, Paul Kagame, bemeye gufungurira umupaka, abahungaga iruka ryâikirunga cya Nyiragongo bakinjira. Me Mpundu yashimye yifashishije videwo yâamasegonda 40 igaragaza amagana yâAbanyakongo binjira mu mujyi wa Rubavu mu Rwanda birukanka baturutse mu wa Goma muri RDC. Yagize ati: […]
Umukino wa Marine na Rutsiro FC wasubitswe kubera iruka rya Nyiragongo
Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubitse umukino wari guhuza Marine na Rutsiro FC kuri uyu wa 23 Gicurasi 2021. FERWAFA ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, yasobanuye ko impamvu yâisubikwa ryâuyu mukino ari iruka ryâikirunga cya Nyiragongo giherereye mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru cyarutse guhera ku mugoroba wâuyu wa 22 Gicurasi 2021. Yagize iti: âUmukino […]
Perezida Tshisekedi yahagaritse uruzinduko yagiriraga i Burayi, kubera iruka rya Nyiragongo
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi yahagaritse uruzinduko yagiriraga ku mugabane wâi Burayi, yiyemeza gusubira muri iki gihugu ayoboye, agakurikirana uko abaturage bagizweho ingaruka nâiruka ryâikirunga cya Nyiragongo bari gufashwa. Byatangajwe nâibiro bye mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Gicurasi 2021, ubwo iki kirunga cyegereye umujyi wa Goma mu Ntara […]
Hon. Habineza arasaba ko abadepite bakongerwa bakagera ku 100, mu kugabanya icyuho mu mikorere yabo
Umuyobozi wâishyaka Democratic Green Party riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije akaba anarihagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko yâu Rwanda, Dr Frank Habineza, arasaba Leta kongera umubare wâabadepite ukava muri 80 ukagera ku 100 mu rwego rwo kugabanya icyuho mu mikorere yabo. Dr Habineza yabitangarije mu nama nyunguranabitekerezo ku mavugurura yifuzwa ku bijyanye nâamatora, yakozwe nâabayoboke bâiri […]
U Rwanda rwakiriye Abanyekongo barenga 3500 bahungaga iruka rya Nyiragongo
Minisiteri ishinzwe ibikorwa byâubutabazi mu Rwanda (MINEMA) yatangaje ko iki gihugu cyaraye cyakiriye Abanyekongo barenga 3500 bahungaga iruka ryâikirunga cya Nyiragongo. Iyi Minisiteri yatangarije ku rubuga rwa Twitter mu masaa sita yâuyu wa 23 Gicurasi 2021 iti: âRubavu, u Rwanda rwakiriye Abanyekongo barenga 3500 bashakaga ubuhungiro bitewe nâiruka ryâikirunga cya Nyiragongo.â Ikirunga cya Nyiragongo cyatangiye […]
RED Tabara irashinja ingabo zâu Burundi kwifatanya na FDLR, Gumino na Twirwaneho
Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urashinja ingabo zâu Burundi kwifatanya nâuwa FDLR ukomoka mu Rwanda, Gumino na Twirwaneho yiganjemo Abanyamulenge, mu guteza umutekano muke muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono nâUmuvugizi wâuyu mutwe urwanya ubutegetsi bwâu Burundi, Patrick Nahimana, kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021. Muri iri tangazo, […]
RDC irateganya guha Kenya inkingo za Covid-19 zibarirwa mu 150,000
Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) irateganya guha Kenya inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca zibarirwa mu bihumbi 150 mu minsi mike iri imbere. Byatangajwe na Minisitiri wâUbuzima wa Kenya, Mutahi Kagwe mu kiganiro yagiranye na CNN ejo tariki ya 20 Gicurasi 2021. Kagwe yavuze ko mu nkingo miliyoni 1.12 za AstraZeneca Kenya […]
âNanaca imiganiâ_Mr Eazi yatangiye gukoresha Ikinyarwanda cyâumwimerere

Umuhanzi Oluwatosin Ajibade (Mr Eazi) ukomoka muri Nigeria, umaze iminsi mu Rwanda, yatangiye gukoresha ururimi rwâIkinyarwanda rutavangiye. Bigaragara mu butumwa uyu muhanzi ari kwandika ku rubuga rwe rwa Twitter, aganira nâAbanyarwanda bishimira uruzinduko rwe muri iki gihugu. Muri uru ruzinduko yatangiye tariki ya 11 Gicurasi 2021, uyu muhanzi yaje kureba amahirwe ari mu ishoramari mu […]
Impunzi yâUmunyekongo igiye kwiruka amasaha 40, nta guhagarara
Impunzi ikomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iba muri Kenya yitwa François Msafiri, igiye kwiruka amasaha 40, nta guhagarara. Msafiri mu kiganiro yagiranye na Citizen TV, yavuze ko iyi âmarathonâ azayikora ava mu mujyi wa Nairobi, agana i Mombasa; ahantu hafite intera yâibilometero 480. Yagize ati: âAbahanga baravuga ngo ntacyo umuntu atakora. Njyewe […]
Abanyarwanda 9 bagiye kurangiza amasomo ya gisirikare muri USA (Amafoto)

Abanyarwanda icyenda (9) bagiye kurangiza amasomo ya gisirikare mu ishuri rikuru rya Missouri Military Academy (MMA) riherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Aba ni: Dylan Neza Mugisha, Kenny Kazoora, Prize Mpabuka, Bruno Migaruka Kuzwayezu, Ganza Sano Rugumire, Edwin Kagame, Landry Cyusa Rudasingwa, Dhalil Brave Belko na Fred Bryant Intwali. Umuhango wo kurangiza amasomo […]
Amafoto: Misile ya Israel yaguye ku gitanda cyâumuturage, ntiyaturika

Ingabo za Israel ziherutse kurasa misile mu mujyi wa Gaza muri Palestine, igwa ku gitanda cyâumuturage ariko ku bwâamahirwe ntiyaturika. Nkâuko Daily Mail yabitangaje kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021, iyi misile yarashwe mu gace ka Khan Yunis gaherereye muri Gaza, mu bitero ingabo za Israel zari zikomeje kugaba ku mutwe wâintagondwa wa Hamas. Amafoto […]
Urusasu rwâAbanyarwanda rutandukanye nâurwâAbakongomani_Mukandutiye wa FLN
Kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021, Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byâiterabwoba nâibyambukiranya umupaka, rwumvise ubwiregure bwâabahoze ari abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda. Urubanza rwatangiye humvwa ubwiregure bwa Angelina Mukandutiye, umugore umwe rukumbi uri mu baregwa, uyu akaba yari ashinzwe kwinjiza abâigitsinagore muri uyu mutwe nkâuko ubwe yabyemereye urukiko. […]
Perezida Kagame nâubu ntarumva impamvu yafungiwe mu Bufaransa_Gen. Varret

Ku wa Kabiri tariki ya 18 Gicurasi 2021, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro nâabasirikare bari mu Rwanda mbere no mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye i Paris aho aherereye ubu ngubu. Muri aba basirikare harimo General Jean-Varret wâimyaka 86 yâamavuko, kuva mu 1990 kugeza mu 1993 akaba yari ashinzwe ubufatanye mu bya gisirikare hagati yâu […]
Perezida Museveni arasubira muri Tanzania
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, biravugwa ko kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021 asubira muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania. Amakuru aturuka muri ibi bihugu byombi avuga ko Perezida Museveni ajya muri Tanzania gusinya amasezerano ya nyuma yo gushyira mu bikorwa umushinga wâihombo ritwara ibikomoka kuri peteroli rihuza ibihugu byombi. Iri hombo […]
Ingabo za Uganda zaba zamaze kugera mu burasirazuba bwa RDC
Amakuru aturuka muri Uganda avuga ko ingabo zâiki gihugu zamaze kugera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), aho zagiye guhangana nâimitwe yitwaje intwaro imazeyo igihe. Igitangazamakuru Nile Post kivuga ko amakuru yizewe gifite ari uko izi ngabo “zitazwi umubare” zoherejwe mu bice bya: Kasindi, Butembo na Beni mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru […]
Ikindi gikorwaremezo cyitiriwe Perezida Kagame cyafunguriwe mu Bufaransa

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gicurasi 2021, yafunguye ku mugaragaro icyumba cyâinama (auditorium) cyamwitiriwe kiri mu Bufaransa. Iki cyumba nkâuko ibiro byâUmukuru wâIgihugu (Village Urugero) byabitangaje, giherereye mu nyubako yâikigo gishinzwe kurwanya kanseri yandurira mu rwugano ngogozi, IRCAD. Ikigo IRCAD cyashinzwe nâUmufaransa, Prof. Jacques Marescaux Nshuti, […]
Airtel yo muri Uganda yasezeranyije abakiriya interineti idahagarikwa
Ikigo cyâitumanaho cya Airtel muri Uganda, cyatangaje ko kigiye kujya giha abakiriya bacyo interineti idahagarikwa, bitewe nâimpinduka mu mibereho icyorezo cya Covid-19 cyazanye. Byavuzwe nâumuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri iki kigo, Amit Kapur. Kapur yavuze ko Covid-19 yatumye ubu imirimo abantu benshi basigaye bayikorera mu rugo, bakamara umwanya munini bakoresha interineti. Yagize ati: âMu mwaka ushize, […]
Icyamamare Mr Eazi kigiye gushora imari ku kiyaga cya Kivu
Icyamamare mu muziki wo muri Afurika gikomoka muri Nigeria, Oluwatosin Ajibade kizwi nka Mr Eaxi, kigiye gushora imari ku kiyaga cya Kivu mu burengerazuba bwâu Rwanda. Mr Eazi yabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa19 Gicurasi 2021, avuga ko kuri iki kiyaga agiye kuhubaka hoteli yakira ba mukerarugendo. Yagize ati: âEjo hashize nasuye ikiyaga […]
Misiri yiyemeje gusana bimwe mu byo ingabo za Israel zangije muri Gaza
Leta ya Misiri kuri uyu wa 18 Gicurasi 2021 yatangaje ko izifashisha miliyoni 500 zâamadolari ya Amerika, isana ibikorwa byo mu mujyi wa Gaza muri Palestine bikomeje gusenywa nâingabo za Israel. Byatangajwe nâibiro byâumukuru wâiki gihugu, nyuma yâinama Perezida Abdel Fattah al-Sissi yari amaze kugirana na Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron nâUmwami Abdullah wa Jordania, […]
Perezida Kagame ntazagera i Paris_Padiri Nahimana aherutse kubivuga

Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda, Padiri Nahimana Thomas tariki ya 15 Gicurasi 2021 yari yatangaje ko Perezida Paul Kagame atazagera i Paris mu Bufaransa. Padiri Nahimana yabivugiye mu nama yagiranye n’abanyapolitiki bakorana yatambutse ku rubuga rwa YouTube. Uyu munyapolitiki uba mu Bufaransa, icyo gihe yagize ati: âEse yagiye he ko ntaherutse kumubona? Ngo azaza i […]
Abarwanyi 220 bavugwaho kubuza amahwemo Abanyamulenge, bemeye kurambika intwaro
Abarwanyi 220 bâumutwe witwaje intwaro wa Mai Mai Biloze Bishambuke uvugwaho kubuza amahwemo abo mu bwoko bwâAbanyamulenge muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), bemeye kurambika intwaro. Ni icyemezo aba barwanyi bafashe nyuma yâuruzinduko abasirikare bakuru ba RDC bari bahagarariwe na Col. Alexis Rugabisha na Col. […]
Abarwanyi 22 ba ADF bamaze kwicwa, 60 bakorana barafashwe
Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ziciye abarwanyi 22 bâumutwe witwaje intwaro muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, zita muri yombi nâabandi bantu 60 bakorana nawo, kuva ibihe bidasanzwe byatangira. Nkâuko tubikesha Radio Okapi, byatangajwe nâUmuvugizi wa Operation Sokola 1 ikorera muri Kivu yâAmajyaruguru, Lt. Anthony Mwalushay. Lt. Mwalushay yagize […]
Ngoma: Yatekeye abakozi inyama zâimbwa, ngo ântacyo zitwara abaziriyeâ
Iradukunda Jean Claude utuye mu Mudugudu wa Rwaromba, Akagari ka Rwikubo, Umurenge wa Rurenge wâAkarere ka Ngoma ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yatekeye inyama zâimbwa abamufashije kubaka, yisobanura ko yumvise ko ântacyo zitwara abaziriyeâ. Abakozi bariye izi nyama, batangarije umunyamakuru wa Izuba TV ko bari bazi ko ari izâihene, ariko nyuma baza kumenya ko ari […]
Hon. Bamporiki yavuze ko umushinja ubwambuzi, ashaka amaronko
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUrubyiruko nâUmuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 18 Gicurasi 2021 yasubije ko umuntu wamushyize ku karubanda, amushinja kumwambura; ashakira amaronko mu gusebanya. Kuri uyu wa Mbere ni bwo uwitwa Mucyo yatangarije kuri Twitter ko afite agahinda yatewe na Hon. Bamporiki, ati: âNdagira ngo mbasangize agahinda natewe nâumwe mu bayobozi […]
Perezida Museveni yahaye umugore wa Akon izina ryâUrunyankole

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ejo ku wa Mbere yahaye umugore wâumuhanzi Aliaune Damala Badara Akon Thiam (Akon) izina ryâUrunyankole, rumwe mu ndimi zikoreshwa muri iki gihugu. Uyu Mukuru wâIgihugu yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, ubwo yavugaga ku nama yagiranye nâitsinda ryâabashoramari ryajyanwe muri Uganda nâuyu muhanzi wamamaye muri Leta Zunze Ubumwe […]