• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Dr Frank Habineza yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rya Uganda rihana abatinganyi

politiki

Dr Frank Habineza yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rya Uganda rihana abatinganyi

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 08/06/2023 10:26

Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yahamagariye amahanga kwamagana itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina riherutse gushyirwaho umukono na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, by’umwihariko ingingo yaryo iteganya igihano cy’urupfu.

Dr Habineza ubwo yatangaga ubutumwa bufungura inama mpuzamahanga yo kurengera ibidukikije iri kubera muri Koreya y’Epfo yatangiye kuri uyu wa 8 Kamena 2023 ku nsanganyamatsiko igira iti “Guharanira Ubumwe n’Ubworoherane muri Byinshi Bidutandakanya”, yasobanuye ko iri tegeko riha urwaho ivangura rishingiye ku mahitamo y’ubuzima bw’umuntu kandi ko rihohotera ikiremwamuntu.

Yagize ati: “Mu kwezi gushize, tariki ya 29 Gicurasi 2023, guverinoma ya Uganda yemeje itegeko ribi cyane ku Isi rirwanya abo muri LGBTQ ririmo igihano cy’urupfu. Nk’uko bamwe babivuze, uru ni urwango rufitiwe abaryamana bahuje ibitsina n’abihinduza ibitsina rushyigikiwe n’itegeko, ni ibangamirwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu riteye ubwoba.”

Dr Habineza yaboneyeho gusaba abo bahuriye muri iyi nama gutora umwanzuro wamagana iri tegeko. Ati: “Nzi ko twese dukomoka mu mico no mu myemerere y’amadini itandukanye ndetse n’indi mibereho itari imwe, ariko ndabasaba nk’umuryango wa Global Greens kwibuka ko mu isezerano rya Global Greens Charter, twemeranyije ko igihano cy’urupfu cyakurwa ku Isi. Muri iyi nama, dukwiye gutora umwanzuro wo kwamagana iri tegeko rirwanya LGBTQ muri Uganda.”

Yagarutse ku mateka y’u Rwanda n’uruhare ubutegetsi bwa mbere bwagize muri jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ishyaka DGPR rishimira Leta y’u Rwanda iriho ubu kuba yarashyizeho gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge, yafashije Abanyarwanda kongera kubana, bakima intebe ikibatandukanya, bagafatanya kubaka igihugu cyabo. Ati: “Nshingiye kuri ibi, numva neza ingaruka z’urugomo rushyigikiwe na Leta n’urwango rugirirwa abaryamana bahuje ibitsina, nkanabyamagana. Iyo ihohoterwa rikorewe umwe muri twe, twese bitugiraho ingaruka.”

Iyi nama izarangira tariki ya 11 Kamena 2023. Dr Habineza yatangarije BWIZA ko ashingiye ku buryo abayitabiriye bakiriye igitekerezo cye, afite icyizere cy’uko izarangira hatowe umwanzuro wamagana iri tegeko ryo muri Uganda, ariko cyane cyane ingingo yaryo iteganya igihano cy’urupfu.

Dr Habineza yasabye abitabiriye inama gutora umwanzuro wamagana iri tegeko
Dr Habineza n’itsinda ry’abo bajyanye muri Koreya y’Epfo
Iyi nama yatangiye uyu munsi, izarangira ku Cyumweru
Yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu bitandukanye

Izindi Nkuru Bijyanye


Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Izindi wasoma

Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi

Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda

Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda

Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

4 Ibitekerezo

Ngabo Kuwa 08/06/23

Ariko uyu mugabo ko avunda cyane.
Yize Kaminuza i Ruhande ari umugande. Uko yinjiye politiki y’u Rwanda akaba anatangiye gusubira muyiwabo bizateza intugunda.

Subiza ⇾

Kuwa 08/06/23

Ararimda yajya muri uganda biramurebe

Subiza ⇾

Rukundo Kuwa 08/06/23

Uziko Dr Frank burya ar’umutinganyi?nizere ko atari buvuge ko ahagarariye Abanya-Rwanda?

Subiza ⇾

Augustin Kuwa 10/06/23

Icyaha kirahanwa ntigihabwa uburenganzira. Alimentary canal na reproductive organs biratandukanye. Uwiteka yabihaye imirimo itandukanye. Umuntu niba ajijwe niyemere bamugorore yekwihagararaho mumafuti.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
26/09/23 12:12
Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
26/09/23 12:09
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Amakuru

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Ingabo zidasanzwe za Ukraine zavuze ko umuyobozi w’ingabo z’u Burusiya zikoresha amato (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Umujyi wa Kigali utangaza ko mu minsi iri imbere imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.