• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Gen. Oligui nyuma yo guhirika Bongo yagejeje imigabo n'imigambi ye i Paris

politiki

Gen. Oligui nyuma yo guhirika Bongo yagejeje imigabo n’imigambi ye i Paris

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 05/09/2023 18:00

Nyuma y’umunsi umwe Perezida mushya wa Gabon, Gen Brice Clotaire Oligui ahiritse ku butegetsi mubyara we Ali Bongo Ondimba, byabaye ngombwa ko asobanurira ubutegetsi bw’u Bufaransa gahunda afite.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ni bwo uriya musirikare wahoze akuriye umutwe w’abasirikare barindaga Bongo yamuhiritse ku butegetsi, mbere yo kurahirira kuyobora Gabon nka Perezida w’inzibacyuho ku wa Mbere tariki ya 04 Nzeri 2023.

Africa Intelligence ivuga ko mu byo Gen Oligui yemereye u Bufaransa, harimo gushimangira umubano wa Libreville na Paris wasaga n’uwatangiye kuzamo agatotsi.

Iki gitangazamakuru kivuga ko uriya Jenerali w’inyenyeri ebyiri yatangaje imigabo n’imigambi ye biciye mu kiganiro yagiranye na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Gabon, Alexis Lamek, ndetse n’Umuyobozi w’urwego rukuru rushinzwe umutekano wo hanze y’igihugu (DGSE).

Amafoto y’iriya nama yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’iminsi itatu ibaye.

Mu bindi Perezida mushya wa Gabon yemereye u Bufaransa harimo gucungira umutekano Ali Bongo n’abantu bo hafi ye nk’uko byagakorewe uwo ari we wese wahoze ari Umukuru w’Igihugu.

Gen Oligui yanakuye mu rujijo abo baganiraga, abizeza ko ibyabereye muri Gabon ntaho bihuriye na Coup d’État yabaye muri Niger ku wa 26 Nyakanga igasiga mbere yo gusiga Général Abdourahamane Tchiani ahiritse ubutegetsi bwa Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu.

Ni Coup d’État yasize umubano wa Paris na Niamey usenyutse mu buryo bukomeye.

Gen Oligui muri kiriya kiganiro ntiyigeze atangaza igihe inzibacyuho ye izamara.

Yijeje u Bufaransa cyakora ko azakomeza ubufatanye bwari busanzwe bufitanye na Gabon, mbere yo gushinja Ali Bongo kuba ari we wari warabuteye umugongo yinjiza igihugu mu muryango wa Commonwealth uhuriwemo n’ibihugu bikoresha Icyongereza.

Yunzemo ko Ali Bongo yari yaranashimangiye umubano ukomeye n’igihugu cy’u Bushinwa, by’umwihariko mu nzego zirimo ubucuruzi n’umutekano; ibyatumye buhinduka umufatanyabikorwa wa mbere wa Gabon mu by’ubucuruzi.

Umuhuro wa Gen Oligui n’abayobozi b’u Bufaransa wahuriranye n’inama ya gisirikare Perezida Emmanuel Macron yari yatumije ku wa 31 Kanama kugira ngo yige ku bibazo birimo ibyo muri Gabon.

Mu bigaragara umubano wasaga n’uwamaze gucogora hagati ya Ali Bongo na Paris, ku buryo u Bufaransa bwasaga n’ubukeneye icyizere cy’uko inyungu zabwo muri Gabon zitagomba gukomeza kubangamirwa.

Urugero ni nk’ubufatanye bwa gisirikare hagati y’ingabo z’Abafaransa ziba muri Gabon (EFG) n’igisirikare cya Gabon bwari byahagaritswe by’agateganyo, gusa nyuma y’uriya muhuro buza gusubukurwa.

Mu bindi bikorwa byasubukuwe harimo ibya sosiyete y’Abafaransa yitwa Eramet yemerewe kongera gucukura manganèse mu kirombe cya Moanda, ndetse n’ibitangazamakuru bya RFI na France 24 byemerewe kongera gukorera ku butaka bwa Gabon nyuma y’iminsi mike byarakumiriwe.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Izindi wasoma

Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu

Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi

Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda

Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda

Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.