• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Muhanga: Meya yahagaritse igikorwa cyo kunyaga umuturage

Amakuru

Muhanga: Meya yahagaritse igikorwa cyo kunyaga umuturage

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 06/06/2023 08:57

Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yahagaritse igikorwa cyo kunyaga umuturage utishoboye kandi ufite ubumuga witwa Mujawamariya Françoise ikimasa yaherukaga kugabirwa muri gahunda ya ’Gira Inka Munyarwanda’.

Ni nyuma y’aho Umukuru w’Umudugudu wa Kagitaba n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Remera mu murenge wa Kiyumba bananiwe kumvikana ku inyagwa ry’uyu muturage wari warahawe inka mu buryo butubahirije amabwiriza y’iyi gahunda.

Mujawamariya avuga ko yashyizwe ku rutonde rw’abagombaga kugabirwa inka muri iyi gahunda mu mwaka w’2018, ariko ntiyayihabwa kubera ko nta muntu wo kuyimuragirira yari afite, kuko umuhungu we yari yaragiye mu mujyi wa Kigali gushaka imibereho.

Umukuru w’Umudugudu yasobanuriye BWIZA ko uyu musore yatashye mu Kuboza 2022, abaza impamvu inka Mujawamariya yemerewe atayihawe, ni ko kumushakira ikimasa. Mudugudu ati: "Turavuga tuti ‘Noneho kuva abaturage barayimwemereye, nta kibazo.’ Ivutse mu mudugudu, turayimuha.”

Umuyobozi w’akagari, Nkerabigwi Léonidas, yasobanuye ko impamvu yafashe icyemezo cy’uko Mujawamariya yamburwa iyi nka y’ikimasa ari uko atari ku rutonde rw’abagabirwa rwakozwe mu mwaka w’imihigo. Ati: “Gahunda ya Gira Inka ihabwa umuntu uri ku rutonde watowe n’abaturage. We bakoze erreur, bayimuha atari ku rutonde. Nta yindi mpamvu rwose. Urutonde rukorwa mu kwezi kwa 6, uyu mwaka w’imihigo rero ntabwo ari ku rutonde.”

BWIZA yari yavuganye na Meya Kayitare tariki ya 4 Kamena 2023, imumenyesha uko buri ruhande rugaragaza imiterere y’ikibazo. Yasubije ko agiye kugikurikirana, kandi ko agikemura. Ati: “Ngiye kubikurikirana, nidusangamo ikibazo turabikemura.”

Meya yanzuye ko Mujawamariya atanyagwa

Meya Kayitare kuri uyu wa 5 Kamena yatangaje ko yasanze koko Mujawamariya yari yarashyizwe ku rutonde rwo mu 2018, ariko ntiyagabirwa inka kubera impamvu zasobanuwe haruguru.

Uyu muyobozi yakomeje asobanura ko ubwo uyu musore yatahaga mu mpera z’umwaka ushize, ubuyobozi bw’umudugudu bwihutiye guha Mujawamariya inka, bwirengagije amabwiriza agenga gahunda ya Gira Inka, ikaba ari na yo mpamvu yateje impaka hagati yabwo n’Umuyobozi w’akagari.

Ati: “Ikosa rero ryakozwe ni iri; Umukuru w’umudugudu yafashe inka. Icyari gukorwa ni uko yari kongera agashyirwa ku rutonde. Kandi yari yaje mu mwaka w’ingengo y’imari hagati, ni ukuvuga ko atashyirwa ku rutonde rw’uwo mwaka kuko rwari rwakozwe, rwanemejwe.”

Meya Kayitare yafashe umwanzuro w’uko Mujawamariya atanyagwa iki kimasa

Meya yakomeje agira ati: “Mudugudu rero nk’umuntu wari uzi ikibazo cye, we yihutiye ahubwo kumuha inka. Icya mbere, ntabwo umuntu ashobora guhabwa inka atari ku rutonde rw’uwo mwaka. Iyo habonetse irengayobora, uwo si umwanzuro wo ku rwego rw’umudugudu.”

Nyuma y’aho bigaragaye ikosa ryakorewe mu mudugudu, Meya yanzuye ko uyu muturage agumana iki kimasa, cyazakura kikagurishwa, kikavanwamo inyan. Ati: “Mbasabye ko …Mukecuru kubera ko afite ubumuga, inka yo ntibayikureyo, ahubwo icyo bari bumukorere, bamumenyeshe ko tutagaba ibimasa. Ubwo umuhungu we ahari, icyo kimasa bacyakire, bakirere, hanyuma mu gihe runaka komite ya Gira Inka izafate umwanzuro, ikigurishe, bagikuremo inyana, bayigarure kwa Mukecuru.”

Mudugudu arakurikiranwa

Meya Kayitare arahamya ko Umukuru w’umudugudu yakoze amakosa abiri; guha umuntu inka kandi atari ku rutonde rushya rwa Gira Inka, no gutanga ikimasa. Bityo, ngo akwiye gukurikiranwa, kandi hakarebwa niba nta ruhare na komite ya Gira Inka yose ku rwego rw’umudugudu yabigizemo.

Ati: “Umukuru w’umudugudu agomba gukurikiranwa kuri iryo kosa. Iyo habayeho amakosa nk’ayo ngayo, byanze bikunze haba harimo inyungu z’umuntu ku giti cye. Ni yo mpamvu mbabwiye ngo babikurikirane, barebe niba komite ya Gira Inka yarabigizemo uruhare ku mudugudu, barebe impamvu batuma bakora icyo kintu, bakirengagiza amabwiriza basanzwe bayazi, nibasanga hari amakosa yakozwemo, uwayakoze bamukurikirane.”

Yakomeje asobanura ko nta ruhare Mujawamariya yagize muri aya makosa. Ati: "Mukecuru nta ruhare na rumwe afite muri ibi bintu. Icyo yabonye, yahawe inka, kandi uyu munsi umufasha kuyorora arahari, kandi ni umuntu ufite ubumuga, akwiriye gushyigikirwa, ariko ntakwiriye kuyihabwa mu buryo bunyuranije n’amategeko kandi ababishyira mu bikorwa, amategeko bayazi. Iyo aba cyakora atari umukecuru, ntabe ari n’umuntu ufite ubumuga, yari kuyamburwa. N’ubwo ni ukuvuga ngo dukoze irengayobora. Ariko bitewe n’ubuzima afite, n’imyaka ye, n’imbaraga amaze kuyishyiraho, kuyimwambura ni akarengane kandi si we wabigizemo uruhare, nibura ngo be ari we duhana."

Meya Kayitare aravuga ko Mujawamariya yagabiwe iki kimasa muri Gashyantare 2023.

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw'u Rwanda: Major wa FARDC
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda: Major wa FARDC

Izindi wasoma

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

Adrien Kuwa 06/06/23

Oya ntibamunyage kuko ntiyiahoboye ahubwo batinze kumugabira.

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.