• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Musanze: Abatsindiye akazi baratakamba basaba kurengenurwa nyuma yo kubwirwa ko imyanya bahataniye itagihari

Zicukumbuye

Musanze: Abatsindiye akazi baratakamba basaba kurengenurwa nyuma yo kubwirwa ko imyanya bahataniye itagihari

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 17/02/2020 11:20

Itsinda ry�abakandida mu burezi barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mateka n�ubumenyi bw�isi (History+Geography A0), batuye mu Karere ka Musanze, riravuga ko ritazi irengero ry�imyanya ryatsindiye mu bizamini by�akazi byakozwe tariki ya 10 Ukuboza 2019,bityo rigashinja inzego zibishinzwe kuba inyuma y�icyo ryise akarengane.

Ku rutonde rwasohowe n�Akarere ka Musanze rugaragara abakandida 13 batsinze iki kizamini mu isomo ry’Amateka (bari hejuru y�amanota 70), mu Bumenyi bw’Isi (Geography) ari 11, mu gihe imyanya yatangajwe ko igomba guhatanirwa muri aya masomo yombi mu kwigisha mu mashuri yisumbuye, icyiciro cyisumbuye (A0) ari umunani nk�uko bigaragara ku itangazo risaba ababyifuza babifitiye ubushobozi kuza gupiganwa.

Aya ni amanota aba bakandida bagize mu isomo ry’Amateka (Histoire) AO, bigaragara ko abantu 13 batsinze

Amanota y’abakoze ikizamini cy’isomo rya Geography ari hano: https://musanze.gov.rw/fileadmin/templates/Amafoto/AKAZI/TEACHERS/GEOGRPHY_AO_A_LEVEL.PDF

Aba bakandida mu mabaruwa bandikiye Umuyobozi w�Akarere ka Musanze tariki ya 16 Mutarama 2020 n�iya Minisitiri Ushinzwe Abakozi n�Umurimo, bavuga ko umuntu umwe muri bo ari we wahawe akazi.

Meya w�akarere ka Musanze asubiza ko tariki ya 16 Mutarama 2020, yandikiye Umuyobozi Mukuru wa REB, amugezaho urutonde rw�abakandida batsinze, batabonewe imyanya, bityo ngo bakaba basabwa gutegereza amezi atandatu, hazaboneka umwanya bakawubona.

Kopi y�ibaruwa Bwiza.com yabonye ni iya Meya Nuwumuremyi Jeannine yanditse asubiza Mvuyekure Patrick, umwe muri aba bakandida waje ku mwanya wa gatatu, agira amanota 89.5 % , akurikira abandi babiri banganyije amanota 90%, umwe muri aba banganyije ni we wabonye akazi.

Amabaruwa aravuga iki ?

Tariki ya 16 Mutarama, umwe muri bo witwa Mvuyekure Patrick yandikiye Umuyobozi w�akarere ka Musanze agira ati : � Mbandikiye ngira ngo mbasabe kurenganurwa ku karengane nakorewe ku bijyanye n�ibizamini nakoze, nkabitsinda byo kwigisha Geo-History A0, ariko bakambwira ko nta mwanya uhari. Nakoze ikizamini cyo gupiganira imyanya umunani yo kwigisha mu mashuri yisumbuye, nza gutsinda n�amanota 89.5 ndi uwa gatatu, none nategereje ko bampamagara ndaheba. �

Meya Nuwumuremyi yamusubije mu ibaruwa ya tariki ya 21 Mutarama, yasubije agira ati : � Nkwandikiye ngira ngo nkumenyeshe ko urutonde rw�abatsinze rufite agaciro mu gihe cy�amezi atandatu, bityo ukaba �usabwa� gutegereza muri icyo gihe umwanya uzaboneka ugendanye n�ibyo watsindiye, uzawuhabwa hakurikijwe uko murushanwa amanota ku rutonde rw�abatsinze kandi hakurikijwe iteka rya Perezida ryavuzwe haruguru ( No. 144/01 ryo ku wa 13/04/2017) �

Ibaruwa ya Meya w’akarere ka Musanze isubiza ubusabe bwa Mvuyekure Patrick

Tariki ya 30 Mutarama 2020, nk�itsinda ry�abakandida 9 batsinze ariko batarabona akazi, bandikiye Minisitiri w�Abakozi ba Leta n�Umurimo, na bwo basabwa kurenganurwa.

Mu Kiganiro na Bwiza.com bati : � Muri make twatunguwe n�uko twaje kubaza ibijyanye n�imyanya twatsindiye, tugasubizwa ko hari umwanya uhari umwe, indi yasubijwe kuri REB, ngo kuko ntayo bari bafite, batubwira ko REB ari yo izaduhamagara ikaduha imyanya twatsindiye, tugategereza mu gihe cy�amezi atandatu, tukaba dusanga ari akarengane kuko nta tangazo ryigeze riboneka rivuguruza irya mbere kugeza dukoze ibizamini ndetse amanota yarinze asohoka ntaryo. Mu ibaruwa buri wese yandikiye Mayor yagerageje kumusaba ko yatubariza aho imyanya yasohotse mu itangazo yasinye yagiye, nta gisubizo cyayo twahawe. �

Iyi ni ibaruwa iri tsinda ryandikiye Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

Barashinja abakozi bo mu karere kuba inyuma y�iki kibazo

Aba bakandida bavuga ko bagiye gukora ikizamini tariki ya 10 Ukuboza 2019 bazi ko bakora Amateka ndetse n�Ubumenyi bw�Isi, ariko ngo baje kubahitishamo gukora kimwe muri byo. Bamwe bakoze Amateka gusa (ari nabo basaba kurenganurwa), abandi bakora Ubumenyi bw�Isi.

Urutonde rw�uko batsinze rugaragaza ko abakoze Amateka ari bo batsinze cyane kuko aba mbere banganyije bagize 90%, mu gihe ngo urutonde rw�Abakoze Ubumenyi bw�Isi, uwa mbere yagize amanota 83.5%. Ku ntonde z�abakoze Ubumenyi bw�Isi ndetse n�Amateka, abatsinze bose hamwe ni 24, bakaba barahataniraga imyanya 8, habonekamo umwe gusa.

Bose bahataniraga imyanya umunani

Mvuyekure ati : � Bamaze gushyira urutonde rw�imitsindire ku rubaho, twaricaye dutegereza amabaruwa azatujyana ku kazi, abanyeshuri baratangira, icyumweru cya mbere kirashira, icya kabiri,icya gatatu, tubona ntibaduhamaye. Yaba njyewe wabaye uwa gatatu, yaba uwa mbere n�uwa kabiri, nta n�umwe bari barahamagaye. Ubwo nta kindi kintu twakoze, twatangiye kujya ku karere, tubaza tuti ko twatsinze ikizamini, mukaba mutaduha akazi ? Tugezeyo, Human Resource w�akarere [ushinzwe abakozi] aratubwira ngo hari umwanya umwe wonyine mu myanya umunani bari bashyize ku isoko,"

Akomeza agira ati " Turamubaza se ni gute hari umwanya umwe, twarakoze itangazo ririho imyanya umunani, nta n�irindi ryasohotse rivuguruza irya mbere, ngo byibuze tubimenye tujye kwikorera mu tundi turere ? Aratubwira ngo ni umwanya umwe uhari, ngo indi REB yarayisubiranye. �

Uyu avuga ko byaje kurangira bamenye ko muri ba bandi banganyije amanota, bombi babonye akazi, ngo kandi bari batangarijwe ko hari umwanya umwe.

Ernest Nizeyimana ati : � Babiri ba mbere bagize 90%, tuti none se ko muvuga ko umwanya ari umwe, aba bantu babiri bagize 90% murawubagabanya mute? Hari ikigenderwaho (sinzi niba cyemewe n�amategeko) kivuga ko bombi ari abagabo cyangwa se ari abagore, bareba ufite ubumuga. Abanganyije bombi bari abagabo, nta bumuga bafite ariko umwe yari yamaze guhamagarwa yagiye mu kazi, usigaye yagiye kubaza ati �Kuki mutampaye umwanya wanjye kandi narabaye uwa mbere ?� Bamubwiye ko undi yakagiyemo, bamubwira ko hari ikigenderwaho (condition), bamubaza niba afite ubumuga, arikiriza, ajya gushaka icyangombwa cyerekana ko afite ubumuga, bamushyira mu kazi, byumvikane ko imyanya yahise iba ibiri. �

Nyuma y�ibi, ngo ni bwo aba bakandida bagiye kubaza iki kibazo ku mukozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Musanze, Munyamahoro Alexis ababwira ko ntacyo abiziho, abasaba gusubira kukibaza mugenzi we ushinzwe ubuyobozi n�abakozi, Musabyimana Fran�ois, nabwo ntibanyurwa n�ibisobanura yabahaye ku iherezo ry�iyi myanya.

Ku murongo wa telefone twagegerageje kuvugana n�aba bakozi bombi bo mu Karere ka Musanze ariko ntibaboneka. Musabyimana Fran�ois yasubije ubutumwa bugufi avuga ko ari mu nama.

Ati � Ndi mu nama ya management kandi ni njye ufata imyanzuro (muri iyo nama) �

Musabyimana yasabye ko duhamagara Nzigira Fidele ushinzwe amashuri yisumbuye na TVET ku rwego rw’akarere.

Tuvuganye na Nzigira Fidele nk’uko Musabyimana yabidusabye, avuga ko Musabyimana kuko ari we ubifiteho amakuru bityo ko ari we ukwiriye kubazwa byinshi kuri iki kibazo.

Nzigira ati: "Ko ari we (Musabyimana) ubifiteho amakuru nyayo! Muze kuganira."

Imitangire y’akazi n’imicungire mibi y’abakozi iteza Leta ibihombo

Tariki ya 8 Gashyantare 2020, Komisiyo y�Imibereho y�Abaturage n�Uburenganzira bwa Muntu ya Sena yagejeje ku nteko rusange ya Sena raporo ya ku isuzumwa ry�ibikorwa bya Komisiyo y�Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta y�umwaka wa 2018-2019 na gahunda y�ibikorwa by�umwaka wa 2019-2020. Byagaragaye ko leta iterwa ibihombo n’imanza ishorwamo n’abakozi ziyongera, kandi bikarangira izitsinzwe.

Iyi komisiyo yagaragaje ko igihombo cyose ibi bibazo bimaze guteza kirenga miliyari ebyiri, muri zo hamaze kugaruzwa miliyoni 661 RWF gusa.

Perezida w�iyi Komisiyo, Hon. Christine Muhongayire yagize ati: �Igihombo gitezwa Leta ni igituruka ku micungire mibi y�abakozi, hari ubwo yirukanwa mu buryo butubahirije amategeko, icyo gihe akiyambaza inkiko akabatsinda, bityo akishyurwa, bivuze ko uwakoze ayo makosa yo kwirukana umukozi binyuranyije n�amategeko yagombye kubiryozwa umutungo Leta yatanze yishyura umukozi ukaryozwa umuyobozi babigizemo uruhare.�

Muri Kamena 2018, Minisitiri w�umurimo yihanangirije abayobozi bashora Leta mu manza zitari ngombwa bigatuma itsindwa, aho yavugaga ko kugeza icyo gihe leta yari imaze kwishyura akayabo k�arenga miliyari 1.5 mu myaka itanu gusa.

Akarere ka Musanze nikadakemura iki kibazo cy’abatsindinze ikizamini cy’akazi, gashobora kwisanga mu manza, katsindwa nabyo bigatera Leta y’u Rwanda igihombo. Inzego bireba zikaba zigomba gukurikirana no kureba iby’iki kibazo niba koko haba harimo akarengane.

Izindi Nkuru Bijyanye


Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
 Rwanda: Ubwinshi bw'imanza, gufunga n'ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Izindi wasoma

Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera

Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda

Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame

Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba

Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

16 Ibitekerezo

HITAMUNGU JEAN DAMASCENE Kuwa 17/02/20

Mwebwe abanyamusanze reka muvuge ni ubwa mbere bibabayeho muzabaze ibibera i Kirehe ! muzumirwa,jye nigeze kujya mu kizamini cy’akazi nanahamagawe kuri telephone hari 2017 maze umuyobozi wari ushinzwe abakozi abwira abakozi ba RALGA bahamagaraga abakandida ko ngo anzi neza ntari umnyarwanda ko ngo ubwenegihugu cyanjya bukemangwa igitangaje ni uko ku rutonde rw’abasohotse ko aribo batsinze ibizamini by’akazi harimo n’abatujue ibyo itangazo ry’akazi ryavugaga , habe ngo babe baranabaye selected , yewe na n’uyu munsi njyanumva ko hari abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi bahawe akazi bakora ibyo batigiye, nkibaza nk’umukanishi cyangwa Veterineri uvura abantu uko abyifatamo hari n’abandi muri Administration nabo ngo bakora ibiterekeranye n’ibyo iyomyanya ishakirwa kuba umuntu yujuje , nkaba mbahaye pole mbasaba no kubyitondamo kuko hari abo nzi barekaramye birukanwa mu kazi bari basanganywe.

Subiza ⇾

ERNEST Kuwa 17/02/20

Ark se ubundi kombona H.E ahora ababwira kunoza service urumva , barahamagara HR ngo ari munama yakagombye gusobanurira itangaza makuru uko ikibazo giteye abantu bakava murujijo cyangwa bo bakagira nubwo bushake bwo gusobanura birambuye niba koko bafite ukuri, nonese niba uwo NZIGIRA Fidele avugako FRancois bimureba kuki batigeze bahamagara abo bajurira ngo babahe ubusobanuro burambuye, gusa nibyabindi bamenyereye byo kujijisha rubanda ntibamenye ko umuntu ari nkundi.
akazi kubu burya kabonwa nuwo zereye koko!!!!!!

Subiza ⇾

Vincent Kuwa 18/02/20

Ibyo byatubayeho ku barimu twakoreye ikizamini cya kazi mu karere ka Kayonza.ubwo twiteguraga kujya mukazi gutereza ko baduhamagara turaheba.Nyumaho twigereye ku Karere ka Kayonza ushinzwe uburezi utubwirako nta myanya ihara Kandi bari bayishyize ku isoko . Twandikiye meya ntiyadusubiza tujuririra komisiyo yabakozi niyi saha ntacyo nabo baradutangariza.

Subiza ⇾

Ryambabaje Innocent Kuwa 18/02/20

Ni ibintu bibabaje muri iki gihe ikigaragara harimo ubusambo bukomeye ahubwo H.E akore akazi kuko kuva muri MINEDUC kugeza mu turere harimo ubujura.

Subiza ⇾

Uwimbabazi Anne Kuwa 18/02/20

Natwe twakoreye ikizamini mukarere karutsiro ibwiriza riza rivugako tugomba gukora exam imwe biturutse muri REB ark banze kudushira kuri placement ntituzi niba turi abakozi cyangwa tutaribo turi mugihirahiro

Subiza ⇾

Uwimbabazi Anne Kuwa 18/02/20

Natwe twakoreye ikizamini mukarere karutsiro ibwiriza riza rivugako tugomba gukora exam imwe biturutse muri REB ark banze kudushira kuri placement ntituzi niba turi abakozi cyangwa tutaribo turi mugihirahiro

Subiza ⇾

Uwimbabazi Anne Kuwa 18/02/20

Natwe twakoreye ikizamini mukarere karutsiro ibwiriza riza rivugako tugomba gukora exam imwe biturutse muri REB ark banze kudushira kuri placement ntituzi niba turi abakozi cyangwa tutaribo turi mugihirahiro

Subiza ⇾

alexis Kuwa 19/02/20

Ibyo wagirango n’indwara iri muturere tumwe na tumwe mwasimukira Gicumbi no bari bakagezemo none bababwiye ko bazasubira gukora ibizamini. Hakorwa iki NGO uburezi bugire gahunda. Ababishinzwe mutabare hakiri kare kuko abana barimo gutakara Ku masomo.

Subiza ⇾

john Kuwa 19/02/20

Bikwiye guhinduka

Subiza ⇾

munyarukiko pacifique Kuwa 19/02/20

Mwiriwe, abantu bakoze ikizamini cyo kwigisha muri secondary kuri Ao mu mibare nabakoze muri chimie, mukarere ka ngoma barifuza ko mwabakorera ubuvugizi mukabafasha kubona imyanya batsindiye, turimo kumva ngo bari gutanga imyanya kubantu batayitsindiye Kandi abayitsindiye dusaziye kuri list. Murakoze.

Subiza ⇾
  • 1
  • 2

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.