
Perezida Yoweri Museveni yihanangirije umutwe w’inyeshyamba wa Allied Democratic Forces (ADF) nyuma y’ikindi gikorwa cya gisirikare avuga ko cyashegeshe uyu mutwe aboneraho ariko gusaba Abagande kuba maso.
Mu byumweru bishize, byagaragaye ko ADF yari yateguye ibitero byo kwibasira ibirori bya Nyege Nyege mu mujyi wa Jinja.
Icyakora, nta kintu cyigeze kiba nyuma yo kohereza abashinzwe umutekano ku bwinshi nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.
Mu itangazo rye, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 18 Ugushyingo, Perezida Museveni yavuze ko abashinzwe umutekano muri Uganda ku wa Kabiri bagabye igitero “gikomeye ku ngurube muri Congo, kuri iyi nshuro mu birometero 68 km uvuye ku mupaka.”
Yakomeje agira ati: “Twakoresheje ibitero byo ku butaka, indege, n’imbunda zirasa mu ntera ndende. Ibisubizo byari bibabaje kuri aba ba runyunyusi . Amashyamba ya Congo ntabwo ari ubuhungiro kuri bo. Niyo mpamvu bamwe mu basigaye biruka basubira muri Uganda. Turabahiga. Tuzababona. "
Perezida Museveni ariko yasabye abaturage kuba maso no kugira amakenga ku bantu batazi mu karere kabo.
Yagize ati: “Hakenewe kuba maso mu masoko, mu nsengero, mu misigiti no muri gahunda zo gutwara abantu.”
Perezida kandi yagize ati: "Turi gusya (nko gusya imyumbati) imitwe y’iterabwoba nyamukuru muri Congo kandi turimo kwita ku byasewe,"
Tanga igitekerezo