• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
P. Kagame yagaye impuguke za Loni zashinje RDF guha ubufasha M23

Amakuru

P. Kagame yagaye impuguke za Loni zashinje RDF guha ubufasha M23

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 20/09/2023 06:30

Perezida Paul Kagame yanenze impuguke za Loni zagaragaje ko hari ubufasha Ingabo z’u Rwanda zaba zarahaye umutwe wa M23, azishinja kubogamira kuri Congo Kinshasa zigatangaza ibinyoma ku Rwanda.

Perezida Kagame yabitangarije mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bimaze umwaka urenga birebana ay’ingwe, kubera amakimbirane amaze igihe mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni amakimbirane yadutse nyuma y’uko imirwano yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Leta ya Congo.

Kinshasa ishinja Kigali kuba ari yo yabyukije uriya mutwe binyuze mu kuwuha ubufasha, ibyo u Rwanda rutahwemye guhakana rwivuye inyuma.

Ibi birego cyakora byanashimangiwe na raporo ivuga ku bibazo byo muri Congo impuguke za Loni zasohoye muri Kamena uyu mwaka. Iyo raporo ishinja ingabo z’u Rwanda guha ubufasha M23, by’umwihariko igashyira mu majwi bamwe mu basirikare bakuru bazo.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro na Jeune Afrique, yagaragaje ko atemeranya na ziriya mpuguke ku birego zashyize ku Rwanda.

Yagize ati: "Sinzi ibyo aba bantu bahugukiwemo, ariko reka dufate ko iri tsinda ryakoze "raporo". Ibyinshi mu byatangajwe n’izi mpuguke bihabanye n’ukuri dusanzwe tuzi. Ese mu by’ukuri ikibazo cya RDC ni M23, cyangwa ni u Rwanda? U Rwanda na M23 byombi byaba ibibazo bya RDC?"

Perezida Kagame yakomeje agira ati: "Ndabaza iki kibazo kuko muri iyi raporo, nta kintu na kimwe ku mateka y’ibibazo bya Congo kigaragaza uruhare rw’inzego za RDC [mu kugaragaza] ibyaha byakozwe na FARDC."

Perezida Kagame yavuze ko Igisirikare cya Congo kimaze imyaka irenga 20 gikora ibyaha bikirengagizwa, nyamara muri iki gihugu harimo ingabo za MONUSCO zirirwa zitakazwaho za miliyari z’amadolari ya Amerika.

Yunzemo ati: "Ese kuki tutari kuvuga ku musaruro w’ubu butumwa? Ese kubibaza nta cyo bimaze? Niba u Rwanda rushinjwa ibyo wavuze, ni iyihe mpamvu ishobora gutuma rubigiramo uruhare? Kuki izi mpuguke zibiceceka, ntizivuge ku kuba FDLR imaze muri aka karere iyi myaka yose, [ntizivuge] ku kibazo iteje u Rwanda na RDC ubwayo?"

Perezida Kagame yavuze ko ibirenze ibi Guverinoma ya Congo ijya ihuriza hamwe abantu bavuga ko barwanya u Rwanda, bashaka guhirika guverinoma y’u Rwanda; bikarangira Perezida Tshisekedi anabakiriye ku mugaragaro.

Yavuze ko birangira ziriya mpuguke zihisemo kuruca zikarumira, ahubwo zigahitamo kwenyegeza ibirego bishyira u Rwanda mu majwi birimo n’iby’uko rwaba rufasha M23.

Ku bwa Perezida Kagame, ngo ibi ni ukwirengagiza umuzi nyawo y’ikibazo cyugarije Congo.

Yavuze ko birangira byose babyegetse ku Rwanda, gusa yibutsa ko "u Rwanda si bo rukesha kubaho."

Izindi Nkuru Bijyanye


FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw'u Rwanda: Major wa FARDC
Tshisekedi arashaka kunesha M23 hanyuma akajya gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda: Major wa FARDC
Ikamyo yari izanye lisansi i Kigali yakoze impanuka ikomeye
Ikamyo yari izanye lisansi i Kigali yakoze impanuka ikomeye

Izindi wasoma

Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi

Perezida Ibrahim Traoré yohereje ku rugamba umuganga wagaragaye amunenga

FARDC nta mbaraga ifite zo guhangana na M23: Jean Pierre Bemba

Somalia: Nibura abarwanyi 70 ba al Shabab bishwe n’igisirikare

Ikibanza kigurishwa ku Muyumbu kirimo n’inzu ntoya

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Senateri Menendez yasobanuye iby'amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe
Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
26/09/23 09:09
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubuzima

Mu Rwanda hagiye gutangira amahugurwa ku bumenyi bwa massage no gufashwa kwihangira umurimo

Mu Rwanda, gukenera serivisi za massage z’umwuga bikomeje kwiyongera. Ariko, kubura ibigo (...)

Yanditswe na Mecky Merchiore Kayiranga

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.