Telefone ni nziza ku muntu ushaka kugendana n’ibigezweho, ushaka gutera imbere mu ikoranabuhanga, ushaka kumenya amakuru yiriwe cyangwa yaraye hirya no hino ku Isi kandi yoroshya cyane itumanaho. Ariko kuyikoresha neza bikwiye kuba ihame.
Umuhanga mu bugenge bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo ‘‘Proper Utilization of Technology Particularly Mobile Phones’, yanditse cyigisha ku gukoresha neza telefone igendanwa, yagaragaje ko hari ibyago bikomeye bitegereje uwitaba telefone ayegereje amatwi, hafi y’ubwonko nyine.
Dr Mukarukaka avuga ko bidakwiye ko umuntu ukoresha telefone ayeregeza ugutwi mu gihe ayivugiraho. Ngo amahitamo nziza ni ukuyivugiraho wayishyize mu ntera ndende, cyangwa ugakoresha udukoresho duhuza telefone n’amatwi tuzwi nka ‘headsets’ cyangwa ‘headphones’. Ibyo birarinda umuntu kuba yakwinjirwa n’ingufu z’imirasire zituruka muri telefone, zishobora kwangiza ubwonko.
Ashingiye ku bushakashatsi bwa Sean Paul Fitzgerald, Dr Annely avuga ko kutavugira kuri telefone igihe kirekire (keretse ukoresha headsets) bigabanyiriza umuntu ibyago byo kurwara kanseri y’ubwonko.
Asobanura ko uko umuntu amara umwanya munini avugira kuri telefone, yanayegereje gutwi, ari na ko irushaho gushyuha, bityo gukomeza kuyikoza ku mubiri bikaba bimeze nko kwikozaho imbabura itekerwaho imigati, bityo Dr Annely akaba agira inama abantu gukoresha telephone ijwi rivugira ivugira hanze (loud speakers) .
Agira ati: “Uko ukoresha telefone igihe kirekire, ni ko imirasire ikwinjira byihuse. Ingufu zikoreshwa mu mirasire zihwanishwa n’ifuru itekerwaho imigati. Ibi ni byo bitwika ubwonko bw’uyikoresha. Umubiri w’umuntu ntushobora kwihanganira ubushyuhe burenze ubwa karemano. Ni byiza kumara umwanya muto ushoboka kri telefone.”
Dr Annely yatanze urugero rw’uko umuntu uvugiye kuri telefone iminota 20, 30 cyangwa isaha, ashobora kwiyumvamo umunaniro, uburibwe mu mutwe cyangwa akumva amatwi ye asa n’ayazibye.
Abakoresha telefone zicometse ku muriro w’amashanyarazi na bo baraburirwa kuko na byo byongerera telefone ubushyuhe ku buryo byagera n’aho inanirwa kubwakira, ikaba yaturika. Iyo bigeze aho, za ngufu z’imirasire na zo ziba zinjiye mu mubiri we ku kigero cyo hejuru. Icyiza ni ukuyikoresha idacometse, na bwo muri bwa buryo bwize bwavuzwe haruguru.
Dr Mukarukaka
Dr Mukarukaka ni umuhanga mu bugenge mu bya nikeleyeri (Nuclear Physics), akaba yarize icyiciro cya kabiri n’igihanitse (Masters) muri kaminuza ya Dar es Salaam, UDSM (University of Dar es Salaam) iherereye mu murwa mukuru wa Tanzania.
Impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) yayikuye muri kaminuza ya Nairobi muri Kenya, mu bumenyi bwa nikeleyeri. Dr Mukarukaka aba i Dar es Salaam muri Tanzania ku mpamvu z’akazi.
Iki gitabo gikubiyemo ubu bushakashatsi wabisanga kuri twitter ya Dr Mukarukaka, yitwa @NKUNDAURWANDA22 .
Tanga igitekerezo